Tag: People

  • Urukundo rwa Meddy ku mukunzi we yarugereranyije n'urwa Yesu – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Ngabo Meddy umaze iminsi arushinze n'umukunzi we , Mimi yamubwiye ko amukunda nkuko Yesu akunda itorero rye.

    Ni ubutumwa uyu muhanzi yanyujije kuri instagram, aho yashyizeho ifoto yabo bombi maze ayiherekeza amagambo agira ati:' ndagukunda cyane nk'uko Yesu/Yezu akunda itorero rye'.

    Source : https://yegob.rw/urukundo-rwa-meddy-ku-mukunzi-we-yarugereranyije-nurwa-yesu/

  • Diamond Platnumz yavuze uburyo atahiriwe mu rukundo, yisanze yumva yasubirana n’umwe mu bo bakundanye #rwanda #RwOT

    Nyuma yo gusohora indirimbo ye nshya, 'Naanzaje’, umuhanzi Diamond Platnumz yavuze ko yamusubije mu bihe bye bya kera akiri mu rukundo, ndetse yumva yasubirana n’umwe mu nkumi bakundanye, aho bikekwa ko yavugaga Wema Sepetu.

    Diamond Platnumz ni umwe mu bahanzi bakunzwe cyane yaba muri Afurika y’Iburasirazuba ndetse na Afurika yose muri rusange, ariko na none ni umwe mu bantu bazwiho kutarambana n’abakunzi babo.

    Hashize iminsi mike uyu muhanzi asohoye indirimbo 'Naanzaje’, indirimbo yakiriwe neza n’abakunzi be, mu rwego rwo kuyimenyekanisha yashyize agace gato kayo kuri Instagram ye, gaherekezwa n’amagambo avuga ko uburyo iyi ndirimbo yamusubije mu bihe byahise ari mu rukundo, ikamwibutsa byinshi.

    Uretse ibi kandi yagaragaje ko atigeze ahirwa n’urukundo ndetse ko hari igihe aba yumva yasubirana n’uwo bahoze bakundana.

    Ati 'ndebye amashusho y’iyi ndirimbo, cyane iki gice nibuka ibihe bya kera cyane( …) Igihe cy’urukundo rukomeye na we … Igihe twabaga twifungiranye mu cyumba icyumweru cyose, nkanga kujya muri studio gukora indirimbo, n’ibitaramo iyo byabonekaga nabishakiraga impamvu yo kutabibonekamo… ukuri iyi ndirimbo nayikoze ntayitekerejeho cyane… nayikoze nk’ubwasisi(bonus) kuko nziko abafana banjye bankumbuye kunyumva ndirimba indirimbo nk’izi.'

    'Uretse kuba yarakiriwe neza ikanakundwa… bitewe n’impamvu zitandukanye uko iminsi ishira ngenda nyikunda cyane, ikibabaje kurushaho, uko nyumvise bituma numva hari umuntu nshatse kongera gukunda, nkaba mu rukundo.'

    Ntabwo yigeze avuga izina ry’uyu mukunzi we banyuranye muri ibi bihe, ariko bimwe mu bitangazamakuru byahishuye ko ari Wema Sepetu.

    Diamond Platnumz uretse Wema Sepetu, yakundanye na Zari Hassan babyaranye abana 2, akundana na Hamisa Mobetto bafitanye umwana umwe ndetse na Tanasha Donna na we bafitanye umwana w’umuhungu.

    Uretse aba kandi, muri Kamena 2021, uyu muhanzi yiyemereye ko ari mu rukundo n’umunyamideli wo muri Afurika y’Epfo, Andrea Abrahams.

    Bivugwa ko Diamond akumbuye ibihe yagiranye na Wema Sepetu

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/diamond-platnumz-yavuze-uburyo-atahiriwe-mu-rukundo-yisanze-yumva-yasubirana-n-umwe-mu-bo-bakundanye

  • Card B na Offset bari mu byishimo bidasanzwe. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuraperikazi w'Umunyamerika Belcalis Almánzar wamamaye nka Cardi B yibarutse umwana w'ubuheta yabyaranye n'umugabo we Kiari Cephus uzwi nka Offset usanzwe aba mu itsinda Migos.

    Uyu muraperikazi w'imyaka 28 yifashishije urukuta rwe rwa Instagram yanditse agaragaza ko afite akanyamuneza nyuma yo kwibaruka.

    Yashyize kuri uru rubuga ifoto ateruye umwana we ayihekeresha itariki ya 4 Nzeri bivuze ko ariyo yibarutse n'ubwo yahisemo kubitangaza uyu munsi. Yari ari kumwe n'umugabo Offset w'imyaka 29.

    Ntabwo uyu muhanzikazi yigeze avuga igitsina cy'umwana yibarutse ariko hari amakuru avuga ko yaba yabyaye umuhungu. Asanzwe undi mwana yabyaranye na Offset n'ubundi w'umukobwa bise Kulture Kiari Cephus.

    Source : https://yegob.rw/card-b-na-offset-bari-mu-byishimo-bidasanzwe/

  • Miss Mwiseneza Josiane yahishuye ukuri ku mafoto amugaragaza yakoze ubukwe #rwanda #RwOT

    Ni amafoto yagiye akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Miss Mwiseneza Josiane yambaye ikanzu igaragaza umuntu wakoze ubukwe, benshi bahise bemeza ko ubukwe bwe bwavuzwe kuva mu minsi ishize bwaba bwabaye.

    Miss Josiane yahishuye ko nta bukwe yakoze ahubwo ko ari amashusho ya film akinamo yitwa True romance.

    Ati “Iriya kanzu nyine nk’uko babibonye y’ubukwe nabaye umugeni, nari nabaye umugeni muri filime cyane ko n’ibintu nakinnye ni ibintu n’ubundi biri byo filime yitwa ‘True Romance’.”

    Yakomeje agira ati “Filime itangira nakoze ubukwe n’undi musore bari bubone tugakora ubukwe nyine turi couple ikundana nyuma ubukwe bukarangira nyine tukajya mu rugo nk’abageni noneho mu rugo tugezemo hari inzitizi ziba nyine, ziba ku bantu benshi bakunda bahura nazo duhura n’imbogamizi nyine zigoye cyane “

    Agaruka ku mubano we na fiance we, Tuyishimire Christian, yavuze ko nta kibazo kirimo ndetse na we ameze neza, ko ibyavuzwe ko ubukwe bwabo bwapfuye ari ikinyoma cyambaye ubusa.

    Ati “Inkuru zavuzwe nta n’imwe irimo y’ukuri kuko ni nayo mpamvu nabihoreye, narabaretse twembi twabigiyeho inama turavuga ngo reka tubyihorere bivugwe bisakuze”.

    Hashize umwaka urenga yambitswe impeta ya fiançailles (yayambaye muri Kanama 2020), gusa ahamya ko najya gukora ubukwe abantu bazabimenya.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Miss-Mwiseneza-Josiane-yahishuye-ukuri-ku-mafoto-amugaragaza-yakoze-ubukwe

  • Miss Josiane yakuye murujijo abibazaga ko yaba yarakoze ubukwe mw'ibanga #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro yagiranye ISIMBI TV, yavuze ku byavuzwe by'ubukwe bwe bwari basakuje kubera amafoto yagiye hanze amugaragaza yambaye nk'uwasezeranye. Abenshi bari bafite amatsiko yo kumenya niba ubu bukwe ari bwo cyane ko hasize igihe umusore witwa Tuyishime Christian bari mu rukundo amwambitse impeta undi nawe akamubwira YEGO akamwemerera kuzamubera umugore.

    Mu kumara abantu amatsiko Miss Josiane avuga ko ubukwe nta bwabaye ahubwo ko amafoto yagiye hanze kwari ukugaragaza ibizagaragara muri filime yakinnyemo yamaze no kujya hanze ikaba igaragara kuri shene yitwa “Rwandanallstar Tv” . Bamubajije bati “Josiane yakoze ubukwe ariko nta mugabo twabonye”, maze asubiza agira ati: “Ni filime ntabwo ari ubukwe bwanjye”.

    Ati “Iriya kanzu nyine nk'uko babibonye y'ubukwe nabaye umugeni, nari nabaye umugeni muri filime cyane ko n'ibintu nakinnye ni ibintu n'ubundi biri byo filime yitwa “True Romance”. Yabajijwe uko iyi filime iteye maze asubiza agira ati: “Filime itangira nakoze ubukwe n'undi musore bari bubone tugakora ubukwe nyine turi couple ikundana nyuma ubukwe bukarangira nyine tukajya mu rugo nk'abageni noneho mu rugo tugezemo hari inzitizi ziba nyine, ziba ku bantu benshi bakunda bahura nazo duhura n'imbogamizi nyine zigoye cyane ” .

    Yakomeje avuga ko izi mbogamizi zituma urukundo rwabo ruzamo agatotsi asaba abantu kureba iyo filime bakamenya uko byagenze n'uko bitwaye muri izo mbogamizi. Yakomoje kandi ku byavuzwe by'uko ubukwe bwe bwapfuye maze ashimangira ko izo nkuru zavuzwe nta n'imwe nzima irimo ati: “Inkuru zavuzwe nta ni'mwe irimo y'ukuri kuko ni nayo mpamvu nabihoreye, narabaretse twembi [n'umukunzi we] twabigiyeho inama turavuga ngo reka tubyihorere bivugwe bisakuze”.

    Miss Josiane yakomeje avuga ko kuvugwa ho ibinyoma atari ubwa mbere bibaye, yongera gutanga urugero rw'ibyavuzwe mu bihe byashize by'uko yatwite agakuramo inda. Ibintu nk'ibi ngo iyo abibonye aricecekera ntahite ajya mu itangazamakuru.

    Miss Josiane hashize igihe yambitswe impeta mu birori byabereye i Musanze

    Yashimangiye ko najya gukora ubukwe azabitangaza ati: “Nibijya kuba tuzababwira ariko habura igihe gitoya”. Ngo kuri we kubishyira mu itangazamakuru ntacyo byamutwara ariko ngo umukunzi we ntabwo abikunda. Yabajijwe uko umukunzi we yakiriye ibyavuzwe byo kuba yaratandukanye na nawe maze asubiza avuga ko byamubabaje ati: “We byabanje kumugora cyane rwose ashaka n'ikintu yabikoraho ariko yaje kubyakira”.


    Yabajijwe imbogamizi yaba yarahuye nazo mu rukundo mu buzima bwe busanzwe, avuga ko yagiye mu rukundo ari mukuru yaranamamaye icyakora agaragaza ko imbogamizi yahuye nazo ari uko urwo rukundo rwamenyekanye. Yagize ati: “Kuba ndi mu rukundo abantu bose bazi ko ndi mu rukundo gusa hari icyo bimfasha kimwe ariko na none biragorana kwirirwa abantu bandeba bareba ibiki n'ibiki icyabaye ehhh! harya ubwo ntibyagenze gutya, usanga nyine abantu barimo baranyinjirira mu rukundo cyane”.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/miss-josiane-yakuye-murujijo-abibazaga-ko-yaba-yarakoze-ubukwe-mw-ibanga

  • Miss Josiane yavuze ku bukwe bwe bwari bwasa… – #rwanda #RwOT

    Miss Mwiseneza Josiane wabaye Nyampinga wakunzwe cyane muri Miss Rwanda 2019, mu kiganiro yagiranye na ISIMBI TV, yavuze ku byavuzwe by’ubukwe bwe bwari basakuje kubera amafoto yagiye hanze amugaragaza yambaye nk’uwasezeranye. Abenshi bari bafite amatsiko yo kumenya niba ubu bukwe ari bwo cyane ko hasize igihe umusore witwa Tuyishime Christian bari mu rukundo amwambitse impeta undi nawe akamubwira YEGO akamwemerera kuzamubera umugore.

    Abenshi bari bazi ko yakoze ubukwe

    Miss Josiane yamaze abantu amatsiko maze avuga ko ubukwe nta bwabaye ahubwo ko amafoto yagiye hanze kwari ukugaragaza ibizagaragara muri filime yakinnyemo yamaze no kujya hanze ikaba igaragara kuri shene yitwa “Rwandanallstar Tv” . Bamubajije bati “Josiane yakoze ubukwe ariko nta mugabo twabonye”, maze asubiza agira ati: “Ni filime ntabwo ari ubukwe bwanjye”.

    Yakoje agira ati: “Iriya kanzu nyine nk’uko babibonye y’ubukwe nabaye umugeni, nari nabaye umugeni muri filime cyane ko n’ibintu nakinnye ni ibintu n’ubundi biri byo filime yitwa “True Romance”. Yabajijwe uko iyi filime iteye maze asubiza agira ati: “Filime itangira nakoze ubukwe n’undi musore bari bubone tugakora ubukwe nyine turi couple ikundana nyuma ubukwe bukarangira nyine tukajya mu rugo nk’abageni noneho mu rugo tugezemo hari inzitizi ziba nyine, ziba ku bantu benshi bakunda bahura nazo duhura n’imbogamizi nyine zigoye cyane ” .

    Yakomeje avuga ko izi mbogamizi zituma urukundo rwabo ruzamo agatotsi asaba abantu kureba iyo filime bakamenya uko byagenze n’uko bitwaye muri izo mbogamizi. Yakomoje kandi ku byavuzwe by’uko ubukwe bwe bwapfuye maze ashimangira ko izo nkuru zavuzwe nta n’imwe nzima irimo ati: “Inkuru zavuzwe nta ni’mwe irimo y’ukuri kuko ni nayo mpamvu nabihoreye, narabaretse twembi [n’umukunzi we] twabigiyeho inama turavuga ngo reka tubyihorere bivugwe bisakuze”.

    Miss Josiane yakomeje avuga ko kuvugwa ho ibinyoma atari ubwa mbere bibaye, yongera gutanga urugero rw’ibyavuzwe mu bihe byashize by’uko yatwite agakuramo inda. Ibintu nk’ibi ngo iyo abibonye aricecekera ntahite ajya mu itangazamakuru.

    Miss Josiane hashize igihe yambitswe impeta mu birori byabereye i Musanze

    Yashimangiye ko najya gukora ubukwe azabitangaza ati: “Nibijya kuba tuzababwira ariko habura igihe gitoya”. Ngo kuri we kubishyira mu itangazamakuru ntacyo byamutwara ariko ngo umukunzi we ntabwo abikunda. Yabajijwe uko umukunzi we yakiriye ibyavuzwe byo kuba yaratandukanye na nawe maze asubiza avuga ko byamubabaje ati: “We byabanje kumugora cyane rwose ashaka n’ikintu yabikoraho ariko yaje kubyakira”.

    Yabajijwe imbogamizi yaba yarahuye nazo mu rukundo mu buzima bwe busanzwe, avuga ko yagiye mu rukundo ari mukuru yaranamamaye icyakora agaragaza ko imbogamizi yahuye nazo ari uko urwo rukundo rwamenyekanye. Yagize ati: “Kuba ndi mu rukundo abantu bose bazi ko ndi mu rukundo gusa hari icyo bimfasha kimwe ariko na none biragorana kwirirwa abantu bandeba bareba ibiki n’ibiki icyabaye ehhh! harya ubwo ntibyagenze gutya, usanga nyine abantu barimo baranyinjirira mu rukundo cyane”.

    Si ubwa mbere Josiane akinnye filime kuko yigeze kugaragara mu yitwa “Agahinda mu kandi” ariko ubu kuri iyi nshuro yavuze ko abyinjiyemo bya kinyamwuga anashimangira ko azabihuza n’ubwamamare asanzwe afite yakuye mu irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda ndetse no kwiga muri Kaminuza aho asigaje umwaka umwe n’igice ngo asoze amasomo. Miss Josiane yavuze ko afite abakinnyi ba filime benshi akunda cyane muri sinema Nyarwanda barimo: Rulinda (Samusure), Papa Sava (Seburikoko), Mama Nicky, n’abandi. Icyakora ngo inshuti ye cyane ni uwitwa Samusure.

    REBA HANO FILIME TRUE ROMANCE MWISENEZA AKINAMO

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109238/miss-josiane-yavuze-ku-bukwe-bwe-bwari-bwasakuje-kubera-amafoto-anakomoza-ku-byavuzwe-ko-y-109238.html

  • Ibyo Fifi na Sharifa babyaranye na Jay Polly bavuze mu muhango wo gushyingura Jay Polly – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ku munsi w'ejo nibwo umuhanzi Tuyishime Joshua wamamaye cyane ku izina rya Jay Polly yashyinguwe. Ku irimbi i Rusororo, Fifi na Sharifa babyaranye na Jay Polly bahavugiye amagambo akomeye.

    Fifi yagize ati ” Joshua twamenyanye muri 2009 dukundana imyaka 2 tugeraho turabyarana. Yambereye umubyeyi mwiza nka Papa w'umwana. Njyewe n'umwana wanjye twifuza ko aho agiye haba heza… “.

    Sharifa nawe yagize ati “ Mu by'ukuri, sinzi gusa ndabashimira mwese, Imana ibahe umugisha. Yakundaga abana be icyo nicyo cya mbere. Niyo mpamvu Imana yamuhaga abana basa nkawe kuko yari afite umutima ukunda abana…. “. Shalifa yasabye abari muri uyu muhango ko bagomba kubafasha kurera abana Jay Polly asize kuko atari ab'ababyeyi babo gusa ahubwo ari n'ab'abakunzi n'abafana ba Jay Polly.

    Fifi (ibumoso) na Sharifa (iburyo) nibo babyaranye na Jay Polly

    Source : https://yegob.rw/ibyo-fifi-na-sharifa-babyaranye-na-jay-polly-bavuze-mu-muhango-wo-gushyingura-jay-polly/

  • Isomo ubuzima bwahaye Theo Bosebabireba – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Theo Bosebabireba wamamaye hano mu Rwanda nu ndirimbo zitandukanye ziganjemo izihimbaza Imana, yavuze icyo ubuzima bwamwigishije. Ni mu kiganiro Theo yagiranye na Isimbi Tv.

    Nkuko Theo yabitangaje yavuze ko ubuzima bwamwigishije ari ukugerageza kuba n'abantu, kubana neza n'abantu…. Yongeyeho ko ari byiza ko umuntu kuva avutse yiga kubana neza n'abandi…

    Source : https://yegob.rw/isomo-ubuzima-bwahaye-theo-bosebabireba/

  • Ibyo Arthur Nkusi yabwiye Sandrine Isheja ku isabukuru y'amavuko ye. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru akaba numunyarwenya Arthur Nkusi yifurije isabukuru nziza mugenzi we bakorana kuri Kiss Fm ,Sandrine Isheja mu magambo meza ,ndetse avuga yamubereye inshuti nziza mu buzima bwe.

    Kuri iyi tariki ya 06 Nzeri nibwo Umunyamakuru Sandrine Isheja yizihiza isabukuru y'amavuko ye, Arthur Nkusi bakorana mu kiganiro cya mu gitondo Kiss Morning na we yafashe umwanya yifashishije Instagram amwibutsa ko yamubereye inshuti nziza mu buzima,ko afite igihe cyo kubaho ndetse amwifuriza no kuramba.

     

    Source : https://yegob.rw/ibyo-arthur-nkusi-yabwiye-sandrine-isheja-ku-isabukuru-yamavuko-ye/

  • Ijambo rya Min Bamporiki Edouard mu gusezera Jay Polly, byari amarira menshi ku bahanzi bagenzi be(VIDEO) #rwanda #RwOT

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon. Bamporiki Edouard ni umwe mu bari bagiye gusezeraho bwa nyuma umuraperi Jay Polly witabye Imana, yavuze ko yari umugabo w’inganzo itanga ibyishimo ndetse amusaba gukomeza kwishima aho ari hose kuko inshingano yari ashinzwe ku Isi yazikoze neza.

    Uyu muhango wabaye ku munsi w’ejo aho yari atuye Kibagabaga, witabiriwe n’abahanzi bagenzi be, aho bamwe no kwihangana byabananiye bakarira.

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/ijambo-rya-min-bamporiki-edouard-mu-gusezera-jay-polly-byari-amarira-menshi-ku-bahanzi-bagenzi-be-video