Tag: People

  • Tricia na Tom Close mu byishimo byo kwibaruka umwana wa 4 #rwanda #RwOT

    Umuhanzi nyarwanda Tom Close ndetse n’umufasha we Ange Tricia bari mu byishimo nyuma y’uko bamaze amezi abiri bibarutse umwana wa kane akaba umwana wa 5 bakiriye muri uyu muryango.

    Tom Close na Tricia bashyingiranywe muri 2013 bakaba bari bamaze kubyarana abana 3, muri Kamena 2019 bakaba baraje kwakira undi mwana mu muryango bemeye kurera nyuma y’uko yari yatoraguwe aho yari yajugunywe na nyina akimubyara.

    Nk’uko yabishyize ku rukuta rwe rwa Instagram, Tricia yavuze ko ari umwana bibarutse tariki ya 10 Nyakanga 2021, ni umwana yatangaje ko Inyonga Imboni Elle.

    Imboni Elle ni umwana wa 4 wa Tricia na Tom Close, ariko akaba umwana wa 5 aba babyeyi barera.

    Ku wa 16 Kanama 2014 babyaye umukobwa w’imfura bamwita Ineza Ella, muri Kanama 2017 bibaruka umuhungu w’ubuheta bise Elan, muri Kamena 2019 babona undi mwana w’umuhungu wa gatatu watoraguwe i Nyagatare ku muhanda bemera kumurera nk’uwabo bwite ni mu gihe mu Gushyingo 2019 bibarutse Irebe Elana.

    Tricia yavuze ko bamaze amezi abiri bibarutse

    Tom Close na Tricia bibaburutse umwana wa 4

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/tricia-na-tom-close-mu-byishimo-byo-kwibaruka-umwana-wa-4

  • Umunyamideli Sonia Mugabo yambitswe impeta ya Fiançailles(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Umunyimideli ukomeye mu Rwanda, Sonia Mugabo yambitswe impeta ya Fiançailles na Diego Twahirwa usanzwe ari rwiyemezamirimo.

    Dieo ni we wafashe iya mbere atangaza iyi nkuru y’uko yamaze kwemererwa na Sonia Mugabo kuzamubera umugore.

    Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze harimo na Instagram, yashyizeho amafoto atandukanye yabo aho yaherekejwe na n’amagambo agira ati “fiance wanjye Sonia”.

    Bamwe mu nshuti zabo bagiye babifuriza guhirwa, ni mu mafoto anyuranye bashyize ku mbuga nkoranyambaga.

    Inkuru y’uyu rwiyemezamirimo usanzwe ukora ubuhinzi bw’urusenda na Sonia Mugabo, ntabwo yavuzwe cyane mu itangazamakuru, ariko inshuti zabo zikaba zari zizi iby’urukundo rwabo.

    Sonia Mugabo yambitswe impeta ya Fiancailles

    Byari ibyishimo ku mpande zombi

    Urukundo rwabo ntirwavuzwe cyane mu itangazamakuru

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/umunyamideli-sonia-mugabo-yambitswe-impeta-ya-fiancailles-amafoto

  • Sonia Mugabo uzwi mu by’Imideri yambitswe impeta n’Umushoramari Diego wakijijwe n’urusenda #rwanda #RwOT

    Uyu rwiyemezamirimo ukiri muto Twahirwa Diego ujya atumirwa mu biganiro by’urubyiruko byo kubatera akanyabugabo, yashyize kuri Instagram amafoto yambitse impeta Sonia Mugabo bagiye kubana nk’umugore n’umugabo.

    Uyu musore asanzwe ari umushoramari mu buhinzi bw’urusenda biciye mu kigo cye yise Gashora Farm, uretse kuruhinga ararutanganya, urundi akarwohereza ku isoko mpuzamahanga.

    Mbere y’uko yinjira mu buhinzi, Diego yateguraga ibitaramo yatumiragamo abahanzi batandukanye.

    Sonia Mugabo bagiye kurushinga na we ni umwe muri ba rwiyemezamirimo bakiri bato bakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu guhanga imideli.

    Sonia Mugabo wagarutse ku kanyamuneza atewe no kuba yambitswe impeta na Diego, yavuze ko basanzwe baziranye kuva muri 2017 ariko ko mu mwaka umwe ushize ari bwo urukundo rwabo rwabaye nk’urushinze imizi.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Sonia-Mugabo-uzwi-mu-by-Imideri-yambitswe-impeta-n-Umushoramari-Diego-wakijijwe-n-urusenda

  • AMAFOTO : Mayor wa Bugesera yasekuye anakaranga ikawa yo kunywa #rwanda #RwOT

    Uyu muhango wo gushyikiriza ikipe ya Bugesera Cycling Team ibikoresho izifashisha mu mwaka wa 2021-2022, wabaye kuri uyu wa Kane tariki 09 Nzeri 2021 ubera aho iyi kipe y’abakobwa icumbikiwe.

    Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Richard Mutabazi yashimiye abaterankunga bakuru b’iriya kipe ari na bo batanze ibyo bikoresho by’umwihariko ashimira abakobwa kuko ari bo shingiro ryo kubaho kw’iriya kipe.

    Yatangaje ko aterwa ishema no kubona ikipe ikura cyane ko yayibonye kuva ibayeho kugeza ubu yujuje imyaka 2.

    Yagize ati 'Igare ni umuco w’i Bugesera ariko kandi twifuje ko buri mukobwa muri BCT yiga kugira ngo azagire icyo yimarira n’icyo amarira umuryango. Intego si ugutwara imidali nubwo nabyo bizaza.'

    Richard Mutabazi kimwe n’abandi bitabiriye uriya muhango, basoje bakaranga ikawa baranayisangira.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/AMAFOTO-Mayor-wa-Bugesera-yasekuye-anakaranga-ikawa-yo-kunywa

  • Ibyishimo by’igisagirane ubwo wa mugore wahagaritse ubukwe bw’uwo babyaranye yakiraga abo yari yaramwibye #rwanda #RwOT

    Amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga ubwo uriya mugore yinjiraga mu rusengero rwa EAR i Gikondo aho Pasiteri yariho asezeranya umugabo n’umugore, agahita afata mu makote uwo mugabo.

    Icyo gihe hahise haza abantu baramufata baramukomakoma ariko ahita aturika ararira atangira guhishura ko uwo mugabo babyaranye abana batanu akaza kumwibamo babiri abandi akabamutana.

    Nyuma y’ayo mashusho, abantu bakunze kuvuga ko baharanira uburenganzira bwa muntu bahise bajya ku mbuga nkoranyambaga basaba ko uriya mugore yahabwa ubutabera ndetse uwari Minisitiri w’Ubutabera icyo gihe, Johnston Busingye yizeza ko uriya mubyeyi azahabwa ubutabera.

    Ubu uyu mubyeyi usanzwe atuye mu Karere ka Rwamagana yakiriye abo bana babiri b’impanga b’abahungu bari bamaze imyaka ibiri batabonana.

    Ni igikorwa cyakozwe n’Ubuyobozi bw’Akarere aho aka Rwamagana kajyanye n’uriya mugore mu Karere ka Nyagatare gufata bariya bana basanze nyina yabiteguye bidasanzwe aho yari yateguye umutsima usanzwe ukatwa mu birori by’isabukuru cyangwa mu bukwe.

    Uyu mubyeyi yahise atangaza ko asazwe n’ibyishimo byo kubonana n’abana yatandukanyijwe na we mu myaka ibiri ishize.

    Ati 'Iyo myaka ibiri maze yari iy’umubabaro ariko uyu munsi ndumva ari uw’ibyishimo.'

    Uyu mubyeyi avuga ko ari kenshi yagiye asaba se wa bariya bana ko nibura bamusura ariko akinangira 'kugeza igihe akora buriya bukwe naramubuse, musanga muri buriya bukwe, ni ukuri ntakindi namushakagaho usibye abana banjye.'

    Yakomeje agira ati 'Ntabwo nari mbabajwe n’uko ashatse kubera ko nubundi twari tumaze igihe kinini tutabana naranabyakiriye. Ikintu nashakaga njyewe ni abana banjye, uriya munsi ngirirwa amahirwe yo kumva ko ngo ari aha n’aha rwose niyemeza kumusangayo nkamwaka abana banjye.'

    Yaboneyeho gushimira inzego z’ubuyobozi kuba zimuhaye ubutabera akaba abashije kongera kubonana n’abana be yari amaze imyaka ibiri adaca iryera.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Ibyishimo-by-igisagirane-ubwo-wa-mugore-wahagaritse-ubukwe-bw-uwo-babyaranye-yakiraga-abo-yari-yaramwibye

  • Padiri Bernard Muhawenimana yitabye Imana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Itangazo ryo kubika ryashyizwe ahagaragara na Musenyeri Casimir Uwumukiza, mu izina ry’Umushumba wa Arkidiyosezi ya Kigali Antoine Cardinal Kambanda, riragira riti “Nyiricyubahiro Antoine Cardinal Kambanda, Arikiyepiskopi wa Kigali afatanyije n’Umuryango wa Padiri Bernard Muhawenimana, bababajwe no kumenyesha inshuti n’abavandimwe ko Padiri Bernard Muhawenimana, Umupadiri wa Arkidiyosezi ya Kigali, yitabye Imana kuri uyu wa Kane tariki 09 Nzeri 2021, azize uburwayi.”

    Muri iryo tangazo, basoza bavuga ko umunsi wo gusezera no gushyingura nyakwigendera uzamenyeshwa hanyuma.

    Mu minsi itageze muri 40, Kiliziya Gatolika mu Rwanda ibuze Abaseseridoti bane, bitabye Imana, barimo Padiri Mukuru wa Paruwasi Gatolika ya Cyahinda, Buhanga Jean Claude, witabye Imana azize impanuka y’ikamyo yamugwiriye ku itariki ya 5 Kanama 2021.

    Padiri François d’Assise Hategekimana wakoreraga ubutumwa muri Diyosezi Gatolika ya Cyangugu, na we yitaba Imana tariki 17 Kanama 2021 azize uburwayi, na Padiri Justin Kayitana wa Diyosezi ya Kibungo akaba aherutse kwitaba Imana tariki ya 01 Nzeri 2021, azize urupfu rutunguranye.

    Padiri Bernard Muhawenimana yakoreraga ubutumwa bwa Kiliziya muri Paruwasi Gatolika ya Nyamata.

    source : https://ift.tt/3hlypYB

  • Rutahizamu wa AS Kigali n'umukunzi we baritegura imfura yabo. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Rutahizamu wa AS Kigali n'ikipe y'Igihugu Amavubi, Biramahire Abeddy, n'umukunzi we Kagame Vanessa bari kwitegura kwibaruka imfura nyuma y'iminsi mike bimenyekanye ko bakundana.

    Amakuru y'uko bakundana yamenyekanye mu minsi ishize, ubwo batangiraga gusangiza ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga amafoto yabo bari mu buryohe bw'urukundo.

    Mu minsi ishize uyu mukobwa yasangije abamukurikira kuri Instagram amafoto y'ibirori yakorewe byo kwitegura kwakira imfura ye.

    Mu minsi ishize nibwo Biramahire Abeddy, yahishuye ko asigaye afite umukobwa mushya bari mu munyenga w'urukundo yasimbuje Umutoni Josiane ukora kuri Radio na TV10.

    Uyu mukobwa yakorewe ibirori bya Baby Shower.

    Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, ubwo yagaragazaga Kagame Vanessa nk'inkumi yihebeye, Biramahire yashyizeho ifoto yongeraho akamenyetso k'umutima gakunze kuranga urukundo.

    Source : https://yegob.rw/rutahizamu-wa-as-kigali-numukunzi-we-baritegura-imfura-yabo/

  • Mu mafoto: Umunyamakurukazi bivugwa ko yatwaye umutima Christopher. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Haranugwanugwa urukundo hagati y'umuhanzi Muneza Christopher n'umukobwa usanzwe ari umunyamakuru mu Kigo cy'Igihugu cy'Itangazamakuru RBA, Abera Martina.

    Kuva muri Gashyantare 2021, Christopher yatangiye kumvikana yemera ko afite umukunzi ndetse ko bamaranye igihe icyakora akirinda kumutangaza.Muri iyi nkuru twabateguriye amwe mu mafoto yuyu mukobwa bivuga ko yigaruriye umutima wa Christopher.

    Source : https://yegob.rw/mu-mafoto-umunyamakurukazi-bivugwa-ko-yatwaye-umutima-christopher/

  • Nta bandi twabana muri ubu buzima uretse mw… – #rwanda #RwOT

    Mu ifoto imugaragaza ari kumwe n’umugabo we Bertrand Ndengeyingoma bateruye umwana wabo w'imfura, Ange Kagame yagaragaje ibidasanzwe ku isabukuru ye y'amavuko. Nyuma y'iyo foto yahise ayiherekeresha ubutumwa kuri konti ye ya Twitter bwerekanye amarangamutima ye ndetse avuga ko isabukuru ye itari isanzwe hamwe n'umuryango we muto. Yagize ati: “Isabukuru yanjye y'imyaka 28 ntiyari isanzwe hamwe n'umuryango wanjye muto. Nta bandi twabana muri ubu buzima uretse mwe.''

    Ange Kagame avukana n'abahungu batatu, musaza we mukuru Yvan Cyomoro Kagame na basaza be bato kuri we Ian Kagame na Brian Kagame. Muri iyi nkuru, turabagezaho ibintu 5 by'ingenzi ukwiye kumenya kuri Ange Kagame, twifashishije inkuru yanditsweho mu binyamakuru binyuranye mu bihe bitandukanye.

    1. Ange Kagame ni umuhanga cyane, abo biganye barabihamya

    Tariki 18 Gicurasi 2015, ni bwo Ange Ingabire Kagame yarangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza muri Kaminuza yitwa “Smith College”, ishuri ryigenga ry'abakobwa riherereye muri Leta ya Massachusetts muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, akaba yarize mu ishami ry'ubumenyi mu bya Politiki (Political Science). 

    Nk'uko bigaragara ku rubuga rwa Wikipedia, uyu mukobwa wa Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, yari umuhanga cyane muri iyi Kaminuza aho yagiraga amanota yo mu rwego rwa mbere, muri iri shuri kandi akaba yari umunyeshuri ukundwa bikomeye na bagenzi be biganaga.

    Ange Kagame na Bertrand hamwe n’imfura yabo

    2. Ibintu Ange Kagame akunda mu buzima bwe n'ibimushimisha muri rusange

    Mu biryo, Ange Kagame akunda kurya, harimo capati, isombe n'amandazi. Mu bijyanye no kwishimisha, Ange Kagame akunda cyane umukino wa Basketball, by'umwihariko akaba afana ikipe ya Boston Celtics yo muri NBA. Akunda kandi imikino muri rusange, akaba anakunda kugaragaza ko akurikirana cyane imikino y'umupira w'amaguru.

    Mu bindi bintu akunda cyane, harimo n'umuziki. Dushingiye ko byo yitangarije mu myaka ishize, indirimbo z'abahanzi bo muri Nigeria ziri mu zimugera ku mutima. Urutonde rw'indirimbo yatangaje ko arimo kuryoherwa na zo muri Gashyantare 2015, hagaragaragaho indirimbo imwe y'umuhanzi nyarwanda, iyo ikaba ari ‘Yantumye’ ya King James. Icyo gihe, uru rutonde natwe InyaRwanda.com twarugarutseho.

    Ku rutonde rw'indirimbo 9 yatangaje icyo gihe, hariho Carolina ya Flavour, Collabo ya PSquare hamwe na Don Jazzy, Fine Boy ya Magasco, Flavour ya Ikwokrikwo, Ifeoma ya PSquare, Ojuelegba ya Wizkid, Sankolo ya Zeez, Holla at Your Boy ya WizKid n'iyi Yantumye ya King James. Ibijyanye n'umuziki ariko byo, abinyujije ku rubuga rwa Twitter akunda kugaragaza ko hari nyinshi akunda. Mu gihe gishize, yavugaga ko akunda cyane indirimbo yitwa 'Stay With Me' ya Sam Smith.

    Umuhanzi Stanley Omah Didia [Omah Lay] wo muri Nigeria, mu mpera y’umwaka wa 2020 yashyize hanze indirimbo yise ‘Godly’ yakunzwe bikomeye muri Nigeria no mu bindi bihugu bitandukanye ku Isi. Mu bantu bakunze cyane iyi ndirimbo harimo na Ange Kagame wagaragaje ko yanyuzwe cyane nayo. Tariki 02/02/2021 yanyujije kuri Twitter ubutumwa buvuga ko buri gitondo yumva iyi ndirimbo ‘Godly’, yaragize ati “Kumva indirimbo Godly ya Omah Lay ni ibintu maze kumenyera buri gitondo”.

    3. Abantu b'icyitegererezo Ange Kagame afatiraho urugero (Role Models)

    Abantu Ange Kagame afatiraho urugero (Role models) ni ababyeyi be; Perezida Paul Kagame n'umufasha we Jeannette Kagame, kuko n'ubwo baba bikoreye umutwaro uremereye ute, dore ko bakora n'akazi gafatwa nk'aka mbere kagoranye ku isi, batajya babura umwanya na rimwe mu buzima bwe (Ange Kagame) n'ubw'abavandimwe be, yewe no mu tuntu duto cyane. Ange Kagame avuga ko abantu benshi bananirwa kwita ku miryango yabo kubera imirimo bakora ariko akaba akunda ukuntu ababyeyi be bombi bafatanya kwita ku muryango kandi bakabibasha.

    Ange Kagame kandi, afata Perezida Paul Kagame nk'umurwanashyaka, kuko yanyuze mu nzira y'inzitane, ariko bikaba byaramwubatse, ntibimuce intege. Avuga ko amwemera nk'umugabo ukomeye mu buryo ntagereranywa. Naho umubyeyi we Jeannette Kagame, amufata nk'umuntu utikunda kandi uhamye, ufatiye runini umuryango we, kandi akaba akoresha uko ashoboye ngo abo akunda bagubwe neza.

    4. Ange Kagame akunda gufasha abababaye

    Ange Kagame akunda kugaragara nk’umuntu wisanzura akaba akunda gukoresha cyane imbuga nkoranyambaga cyane cyane Twitter akurikirwaho n'abantu barenga ibihumbi 291. Usanga Ange Kagame atera urwenya kandi asubiza buri wese ushobora kugira ibyo amubaza binyuze ku mbuga nkoranyambaga.

    Mu bijyanye no gufasha, Ange Kagame yakoze benshi ku mutima muri Nzeri 2015 ubwo umunyamakuru Edmund Kagire wari urwaye Kanseri, yateranyirizwaga amafaranga ngo ajye kwivuza mu Buhinde. Mu batanze inkunga igaragara mbere y'uko Leta yemera kumufasha, harimo na Ange Kagame watanze amadolari ya Amerika 1500, uyashyize mu manyarwanda ubu aragera kuri Miliyon imwe n’igice (mu 2015 yanganaga na 1,250,000 Frw). 

    Urubuga rwa Wikipedia narwo, rugaragaza ko Ange Kagame ari mu mubare w'abitwa aba “Philanthropist” , ni ukuvuga abantu bitanga bakora ibikorwa byo gufasha batagamije izindi nyungu.

    5. Ange Kagame ari mu bakobwa b'abakuru b'ibihugu bya Afurika bahiga abandi mu buranga. Uretse kuba n'abantu benshi ku giti cyabo badashidikanya ku buranga bwa Ange Kagame, hari n'ibinyamakuru bitandukanye byagiye bibigarukaho ndetse ashyirwa ku rutonde rw'abakobwa beza kurusha abandi b'abakuru b'ibihugu bya Afurika. Urutonde rw'abakobwa 8 b'abakuru b'ibihugu bya Afurika bafite uburanga budashidikanwaho, rwakozwe n'ikinyamakuru Africa Ranking mu 2015, Ange Kagame akaba ari mu baza ku isonga mu buranga.

    Ange Kagame hamwe n’umuryango we

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109326/nta-bandi-twabana-muri-ubu-buzima-uretse-mwe-ange-kagame-ku-isabukuru-ye-yamavuko-yeretse–109326.html

  • Wa mubyeyi wahagaritse ubukwe bw'umugabo we dore ibimubayeho noneho – YEGOB #rwanda #RwOT

    Hashize iminsi mike tubagejejeho inkuru y'umugore wahagaritse ubukwe bw'umugabo we bari barabyaranye abana 5 nyuma yo kumenya ko uwo mugabo agiye gukorana ubukwe n'uwundi mugore. Uwo mugore wahagaritse ubukwe bw'umugabo we yavugaga ko afitanye ikibazo n'umugabo we cyo kutamuha abana be 2.

     

    Kuri ubu inkuru nziza kuri uyu mubyeyi nuko abana be 2 yamaze kubahabwa. Nkuko amashusho dukesha Afrimax Tv abigaragaza, Ubuyobozi bwamaze guhesha iyu mugore abana be 2 ndetse n'ibindi bisigaye ubuyobozi bukaba buri kubikurikirana kugirango bikemuke. Nkuko amashusho abigaragaza, abana b'uyu mubyeyi bakigera mu rugo iwabo Mama wabo ibyishimo byaramusaze abakoreshereza umunsi mukuru ndetse anabategurira umutsima (cake).

    Source : https://yegob.rw/wa-mubyeyi-wahagaritse-ubukwe-bwumugabo-we-dore-ibimubayeho-noneho/