Tag: People

  • Alliah Cool yasubije abamushinje kwiyambika ubusa – YEGOB #rwanda #RwOT

    Isimbi Allince wamamaye ku izina rya Alliah Cool akaba yaranamuritse Filime ye ya mbere yakoze yise ALLIAH, yasubije abantu bose bibajije ku myambarire ye ku munsi w'ejo.

    Nkuko Alliah yabitangarije mu kiganiro yagiranye na CHITA MAGIC TV aho yari yasabwe kugira icyo abwira abantu bavuze ko yari yambaye ubusa ku munsi w'ejo ubwo yamurikaga filime ye yavuze ko kwambara kuriya ari akazi ke ariwo mwuga we kandi bimufasha kugaragara neza yisanisha n'umwuga we. Yongeyeho kandi ko adashaka kuzongera kubazwa ikibazo kijyanye n'imyambarire ye.

    Uku niko Alliah yari yambaye

    Source : https://yegob.rw/alliah-cool-yasubije-abamushinje-kwiyambika-ubusa/

  • Video: Umu mama ukoresha imvugo zigezweho (slang) asekeje umunyamakuru – YEGOB #rwanda #RwOT

    Muri iki gihe hari imvugo zigweho(slangs) ndetse zikùnze gukoreshwa n'urubyiruko cyane cyane.Biragoye kumva umuntu ukuze uzikoresha,ariko hari umumama ukomeje gutangaza benshi ku mbugankoranyambaga bitewe nuburyo akoreshamo bene izi mvugo.

    Uyu mumama ugaragara kuri dream TV, yasekeje umunyamakuru bitewe nuburyo avuga nkumuntu ukiri muto.Imyambarire ye nayo iratangaje ,aho yambara ikote ryingofero nipantalo.Mu mvugo akoresha harimo: wa kintu we, gongaho, ntushona se bro nizindi..

     

    Source : https://yegob.rw/video-umu-mama-ukoresha-imvugo-zigezweho-slang-asekeje-umunyamakuru/

  • Wema Sepetu yavuze impamvu yishimiraga gukubitwa na Diamond ndetse ko abagore bakwiye gukubitwa #rwanda #RwOT

    Wema Sepetu wahoze ari umukunzi wa Diamond Platnumz, avuga ko yishimiraga gukubitwa na Diamond kuko nyuma yo kumukubita yamuhozaga akumva ari byiza.

    Muri Nyakanga 2020, nibwo uyu mukobwa wabaye nyampinga wa Tanzania 2006 nibwo yavuze bwa mbere ko uyu muhanzi yajyaga amuhohotera ariko akaba yarahisemo kubigira ibinga.

    Imelda Mtema akaba inshuti magara ya Wema Sepetu, yifashishije ifoto ya Wema yo mu myaka irenga 10 ishize amaze gukubitwa, ari we wayifatiye na telefoni ariko Wema yanga kujya kumurega kuko yabyishimiraga.

    Wema Sepetu we yavuze ko impamvu yabyishimiraga ari uko yamaraga kumukubita akamuhoza, akumva ni byiza, aho yanavuze ko abagore bakwiye gukubitwa ariko na none ntibakubitwe nk’abajura.

    Ati 'Ikindi kintu ntigenze mvuga, abagore dukubitwe! Narabivuze ko ku giti cyanjye nahoze mbikunda… Ariko na none nunkubita umenye ko unkubita nk’umukunzi wawe, kuko nyuma y’ibyo kumpoza umbyinirira ni byiza…'

    Wema Sepetu na Diamond Platnumz bakundanye kuva muri 2012 ariko baza gutandukana muri 2014. Urukundo rwabo rukaba rwaravuzwe cyane mu itangazamakuru bitewe n’uko bose bari ibyamamare.

    Wema Sepetu yishimiraga gukubitwa na Diamond Platnumz

    Wema Septu na Diamond bakanyujijeho mu rukundo

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/wema-sepetu-yavuze-impamvu-yishimiraga-gukubitwa-na-diamond-ndetse-ko-abagore-bakwiye-gukubitwa

  • Umugore uherutse guhagarikisha ubukwe bw’umugabo we yishimiye gusubizwa abana be #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uwo mugore winjiye mu rusengero afite abana batatu, yagaragaye asaba uburenganzira bwo gusubizwa abana be babiri b’impanga, yashinjaga umugabo we kubatwara mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

    Dukuzumuremyi Janvière uvuka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, avuga ko yamenyanye n’uwo mugabo wo mu Karere ka Nyagatare, barakundana kugeza ubwo bashakanye badasezeranye mu buryo bwemewe n’amategeko.

    Ngo ubwo umugabo yari afite akazi akorera mu mujyi wa Kigali, byabaye ngomba ko yimura umuryango we, bajya gutura hafi y’akazi i Kigali.

    Uwo mugore avuga ko ubwo bari bamaze kubyara abana batatu, umukuru ari umukobwa ukurikirwa n’abahungu babiri b’impanga, ngo umugabo yaramutaye amusigira inda y’amezi atandatu, aho iyo nda yavutsemo impanga ebyiri, umuhungu n’umukobwa.

    Avuga ko mbere y’uko umugabo amusiga, yabanje gufata ba bana b’impanga z’abahungu arabatwara, ngo amusiga atabagaruye.

    Dukuzumuremyi avuga ko, nyuma y’uko umugabo we amusize mu nzu y’inkodeshanyo, ngo yigiriye inama yo kwimukira mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Karenge aho atuye kugeza ubu, nyuma y’uko yabonaga ko ubuzima bushobora kumworohera kuruta kuba i Kigali.

    Ati “Umugabo wanjye yamaze kugenda, ndeba uburyo ubuzima bw’i Kigali buhenze, nigira inama yo kwimukira i Rwamagana, kuko ho ubuzima burahendutse ntabwo inzu n’ibiribwa bihenze nk’uko i Kigali bimeze, ntabwo nacitse intege ngo umugabo aragiye, inda y’amezi atandatu yansigiye yavutsemo impanga, ubu ndakodesha ngakoresha amaboko yanjye mu mirimo isanzwe, umuntu ufite ubwenge ntiyakwicwa n’inzara mu gihe nta bumuga afite”.

    Ngo nyuma yo kwimukira i Rwamagana, yagezeyo atangira gushakisha imibereho acuruza ubuconsho, ashakisha uburyo we n’abana be babaho.

    Ntabwo natambamiye umugabo ngo adashaka, icyo nirukagaho ni ukubona abana banjye

    Ku kibazo cyo guhagarikisha ubukwe, Dukuzumuremyi avuga ko atigeze ashaka ko umugabo we adashaka, kuko ngo n’ubundi hari hashize imyaka irenga ibiri atamubona, ngo icyo yashakaga ni ugusubizwa abana be umugabo yatwaye mu buryo butazwi.

    Avuga ko amakuru y’umugabo we yo gusezerana mu rusengero yayamenye mu gitondo, ubwo yari aho atuye i Rwamagana, biba ngombwa ko atega imodoka mu buryo bwihuse.

    Ati “Ayo makuru nayamenye saa tatu, bari busezerane saa munani, ntabwo byangoye kuko n’iyo haba i Cyangugu nari kuba nahageze, nahoraga mpangayitse ku bana banjye, kandi burya iyo umuntu yakwanze uhorana impungenge z’uko atanakurerera, wenda abantu be kujya bagira ngo nari ngiye kumutambamira ngo ye gushyingirwa”.

    Aremeza ko icyamuteye kuza muri buriya bukwe atongana, yaharaniraga uburenganzira bwe bwo guhabwa abana yabyaye, bari baratwawe na se mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

    Ati “Ikintu naharaniraga ni ukumpa abana banjye, kuko nari maze igihe kirekire ntazi aderese ze (aho aherereye), kandi ntakunda no kumuhamagara ngo anyitabe, nari naragerageje no kubamwaka akabanyima, ntitaye rero ngo ari mu bukwe ntabwo nari kumenya aderese ye ngo mbireke, kuko njyewe ubukwe ntabwo nabuhaga agaciro nk’umwana wanjye, ntacyo byari bimbwiye rwose”.

    Arongera ati “Iyo aza no kuba yarabampaye mbere, ntabwo yari kumbona hariya, abana banjye numvaga ari ikintu cya ngombwa kigomba kuboneka mbere y’indi minezero, kuko nanjye nahoraga mpangayitse kubera abana banjye, ntabwo rero wagumya kwiruka inyuma y’ibyagusize, karya kanya nirukaga inyuma y’ibyanjye n’abana banjye”.

    Avuga ko atifuza kubuza umugabo uburenganzira bwe bwo gushaka, gusa icya ngombwa ni ukubahiriza ibiri mu mategeko agatanga ibisabwa umubyeyi.

    Ati “Ntabwo nzi niba ubukwe bukomeza, ntabwo mbizi nta n’ubwo bindeba, kuko amategeko y’igihugu avuga ko umugabo agomba gusezerana n’umugore ashaka, iyi saha nashaka asezerane n’abagore ijana niba afite ubushobozi bwo kubatunga, icyo ndeba ni abana twabyaranye n’uko tugomba kubarera, kuko bafite uburenganzira bwo kubaho uko bavuka kose, n’ubwo bavuga ngo umugore utarasezeranye aba ari indaya, ariko ibyo ntibikwiye kugira ingaruka ku mwana”.

    Arashimira ubuyobozi bwamuhesheje abana be babiri b’abahungu yari yarabuze

    Dukuzumuremyi akomeza ashimira ubuyobozi mu nzego zinyuranye z’igihugu bwakurikiranye ikibazo cye, ubu bukaba bwaramaze kumuhesha abana be ngo se yari yarajyanye kubareresha ahandi, aho ngo afite ibyishimo nyuma y’imyaka isaga ibiri yari amaze atababona.

    Ati “Abana n’ubwo ari abanjye ariko ni abana b’igihugu, ni amaboko yacyo, ndashimira ubuyobozi bwacu bw’igihugu Mana yanjye!, nabuze uko nabushimira kuko ibyo bankoreye bampesha abana banjye byaruhuye umutima wanjye, Akarere kacu ka Rwamagana karakoze, ushinzwe abana mu karere yarampamagaye ati witegure ku wa kabiri turajya kuzana abana, nariteguye rwose uwo munsi ntibigeze bawuhindura, turagenda tuzana abana, ndumva umutima wanjye unezerewe”.

    Avuga ko abana be bamwishimiye cyane, aho yemeza ko azakomeza kubafata neza, abagaruramo urukundo rwa kibyeyi nyuma y’imyaka isaga ibiri batamubona, avuga ko azabasubiza mu ishuri aho bagiye gutangira mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza, mu gihe umukuru agiye mu mwaka wa gatatu.

    Uwo mugore uvuga ko adateze kongera gushaka umugabo, ngo ikimuraje ishinga ni ukurera abana be bakazakura neza.

    Ati “Nafashe umwanzuro wo kurera abana banjye ntabwo nteganya kongera gushaka, iyo mba mbiteganya mba naragiye muha abana be ngashaka nk’uko na we yashatse, ntabyo nteganya pe, nta n’umugabo wanshuka, burya bashuka uwishutse, nta biyobyabwenge nywa, nta n’ubwo njya mu kabari ngo nzashukwa n’ubusinzi, kandi imyaka ibiri maze mba njyenyine iyo mba umuntu ushukika baba baranshutse”.

    Avuga kandi ko kuva ubukwe bwahagarara atongeye kumenya amakuru y’uwari umugabo we. Agaruka ku bakomeje gukwirakwiza ibihuha bavuga ko abana umugabo yari yaratwaye ari bo be, ko abandi atari abe bamushinja no kwica ubukwe, ibyo ngo si byo kuko atigeze ajya mu ngeso mbi.

    Ati “Umugabo ntabwo yigeze ahakana ko abana ari be, ariko abantu bakagenda bakwirakwiza ibihuha, ngo bariya bana yatwaye ni bo be, ngo abandi nabashatse ahandi.

    Ndagira ngo mbamenyeshe ko nta ngeso mbi nigeze, iyo biba ibyo nari kuza na bariya nkabamujugunyira ariko mwabonye ko nashakaga n’abo yatwaye, ibyo binyoma rero biveho, kandi uko byagenda kose niteguye kurera abana banjye, mwarabibonye ko abana banjye basa neza, nta n’umwe uri mu Mutuku (ufite imirire mibi)”.

    Uwo mugore arasaba Leta ubufasha nk’umuntu utishoboye, akaba yabonerwa aho atura, mu rwego rwo kumufasha kurera abana be batanu atekanye, agasaba kuzafashwa no guhabwa ibyo amategeko asaba umugabo mu kurera abana babyaranye.

    Ku Cyumweru tariki ya 29 Kanama 2021, nibwo ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umubyeyi winjiye mu rusengero rwa EAR Paruwasi ya Gikondo Diyoseze ya Kigali, arira, afata mu mashati umugabo witeguraga gushyingiranwa n’umukunzi we, avuga ko yifuza guhabwa abana be babiri ndetse n’indezo ku bandi bana batatu arera wenyine.

    Mu bagarutse kuri iki kibazo ku mbuga nkoranyambaga harimo abanenze uwo mugabo uvugwaho guta urugo, agatwara abana ndetse akajya gusezerana n’undi mugore, basaba ko uburenganzira bw’uyu mugore n’ubw’abana be bwubahirizwa, basaba inzego zitandukanye zirimo iz’ubutabera, iz’umutekano, iz’uburinganire n’iterambere ry’umuryango gukurikirana iki kibazo.

    Icyo gihe Johnston Busingye wari Minisitiri w’Ubutabera yavuze ko iki kibazo kirimo gukurikiranwa kandi ko ubutabera buzatangwa.

    source : https://ift.tt/3A734jR

  • Miss Mukangwije Rosine yambitswe impeta-AMAFO… – #rwanda #RwOT

    Mukangwije Rosine wegukanya ikamba rya Miss Elegancy mu mwaka wa 2018 akanitabira Miss Rwanda 2020, yambitswe impeta y’urukundo ku mugoroba wo kuwa 11 Nzeri 2021, mu birori byitabiriwe n’inshuti za hafi n’abavandimwe, barimo Umuratwa Anitha Katie, umukobwa wekunye ikamba rya Miss Supranational 2021, ryanamuhesheje guhagararira u Rwanda muri Poland muri uyu mwaka.

    Katie abinyujije kuri instagram, yagaragaje ko atewe ishema n’inshuti ye magara, amurata amashimwe agira ati:”Nkurase amashimwe Mukangwije Rosine kandi ndakwishimiye cyane”.

    Rosine w’imyaka 21, ubwo yegukanaga ikamba rya Miss Elegancy, yasazwe n’ibyishimo byuje umunezero mu byagaragariye buri umwe, maze agira ati:”Iyi ni intsinzi idasanzwe kuri njye, ndashima buri umwe wamfashije sinzamutenguhwa.”

    Umushinga yari afite wari uwo guteza imbere ‘Made in Rwanda’ abinyujije kuri ‘website’, yanahembwe amayero 500 ahabwa itike y’indege yo kujya gutembera muri Mombasa iminsi igera kuri 2.

    Miss Elegancy 2018, Mukangwije Rosine wambitswe impeta, na Miss Supranational Rwanda 2021, Umuratwa Anitha Katie

    Katie yarase amashimwe Rosine wambitswe impeta akaba n’inshuti ye magara

    Miss Umutoni Nasra niwe wambitse ikamba Miss Rosine mu mwaka wa 2018 rya Miss Elegancy

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109424/miss-mukangwije-rosine-yambitswe-impeta-amafoto-109424.html

  • Amateka ya Shyaka Gérard waririmbye ‘Délira’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kimwe mu bintu bimushimisha cyane ngo ni ukuba we n’umuvandiimwe we Iryamukuru Jean de Dieu barabashije gushyira mu bikorwa impano ya se, kuko nawe ngo yakundaga kuririmba nubwo atigeze aba umuhanzi.

    Mu kiganiro Nyiringanzo kuri KT Radio Shyaka Gérard yavuze ko yigishijwe kuririmba na nyakwigendera Bizimana Loti wari umuhanga cyane ndetse anamushyira mu itsinda rye ryitwaga Ikibatsi Band; nyuma Shyaka nawe aza kugera ku rwego rwo kwihimbira indirimbo ze bwite zirimo Délira ikunzwe cyane.

    Kurikira urugendo rurerure rwa Shyaka Gérard mu kiganiro ‘Nyiringanzo’ kuri shene ya YouTube ya KT Radio:

    source : https://ift.tt/3C3rrQ2

  • Urukundo rudasanzwe: Wema Sepetu yahishuye ko akunda abagabo bamuhondagura. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Wema Sepetu wabaye Miss Tanzaniya, ndetse akamamara cyane ubwo yakundanaga n'umuhanzi Diamond Platnumz, yavuze ko akunda umusore umuhate imigeri n'ingumi ngo kuko bibongerera urukundo.

    Uyu mukobwa wagiranye ibihe bidasanzwe by'urukundo na Diamond Platnumz yatunguye abantu ubwo yandikaga kuri instagram ko ashimishwa n'umusore wajya amukunita .ibi byatumye benshi babyumva nk'ukuri ,cyane ko ubwo yakundanaga na Diamond yajyaga amukubita buri gihe ndetse na n'ubu bakaba bagifitanye umubano wihariye.

    Wema yagize ati:' ndibuka cyane umukunzi wanjye wa kera yajyaga ankubita ariko byaranshimishaga cyane,ndanikunda'.

    Ibi byumvikana ko Wema yikundira abamukubita kurusha abamutetesha murukundo.

    Source : https://yegob.rw/urukundo-rudasanzwe-wema-sepetu-yahishuye-ko-akunda-abagabo-bamuhondagura/

  • Ni iki cyabaye kuri Miss Naomie? – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu nibwo twatunguwe no kubona konti ya instagram ya Miss Nishimwe Naomie (Miss Rwanda 2020) nta foto n'imwe iriho.

    Ibi byaduteye kwibaza icyaba cyabaye kuri uyu mukobwa uri mu bakunzwe cyane hano mu Rwanda kuko usanga akenshi abantu b'ibyamamare basiba amafoto yabo nyuma y'ibibazo bitandukanye bagize birimo no kwinjirirwa n'abantu bakoresha amafoto mu buryo butari bwiza n'ibindi.

    Miss Nishimwe Naomie

    Source : https://yegob.rw/ni-iki-cyabaye-kuri-miss-naomie/

  • U Bwongereza: Igikomangoma Andrew cyarezwe gufata ku ngufu – #rwanda #RwOT

    Mu kwezi gushize nibwo Giuffre yashyikirije ubutabera bw’i New York ikirego cye ashinja Igikomangoma Andrew kumufata ku ngufu agifite imyaka 17.

    Uregwa yahise abitera utwatsi avuga ko atibuka uwo mugore umushinja. Ni mu gihe hari amafoto yafashwe mu 2001 abagaragaza bombi bari kumwe mu nzu i Londres.

    Umuvugizi w’Igikomangoma Andrew yanze kugira icyo abitangazaho mu gihe hagitegerejwe ko umucamanza yemeza niba koko izo mpapuro zamaze kwakirwa.

    Igikomangoma Andrew, ni umwana wa gatatu akaba umuhungu wa kabiri w’Umwamikazi w’u Bwongereza Elizabeth II na Prince Philip.

    Giuffre w’imyaka 38 ari mu bantu bashinjaga Jeffrey Epstein wiyahuye mu 2019 ubwo yari muri gereza ko yamukoreye ihohotera rishingiye ku gitsina.

    Giuffre yavuze ko yajyanywe mu Bwongereza agifite imyaka 17 agakoreshwa imibonano mpuzabitsina n’Igikomangoma Andrew, akanavuga ko bongeye kuryamana i Manhattan muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu rugo rwa Epstein.

    Igikomangoma Andrew cyajyanywe mu nkiko gishinjwa ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina

    source : https://ift.tt/3hnMOnk

  • Ibyamamare byari bitunze agatubutse bikaza gukena bikomeye. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyamamare mwakunze muri benshi ariko ubu bikaba byarakennye bitewe n'impamvu nyinshi nko gusesagura imitungo cyangwa kugura ibintu byinshi by'umurengera bidakenewe.

    Muri uru rutonde uraza gutangazwa n'uko benshi ari ibyamamare usanzwe uzi kandi ukunda ndetse ibyababayeho nawe bishobora kukubera isomo rigendanye no gucunga imitungo yawe.

    1.Nicolas Cage ( Ubutunzi: Miliyoni 25 z'amadolari ya Amerika)
    Nicolas Kim Coppola yavutse tariki 7 Mutarama 1964, twamumenye cyane ku izina rya Nicolas Cage. Ni umukinnyi wa filime akaba anatunganya filime.

    Nicolas Cage yari umwe mu byamamare bikomeye mu ruganda rwa sinema ya Amerika izwi nka Hollywood byakoreraga amafaranga menshi, aho mu mwaka wa 2009 gusa yahembwe akayabo ka miliyoni 40 z'amadolari ya Amerika.

    Ku rundi ruhande Nicolas Cage ni umwe mu byamamare byaranzwe no gusesagura amafaranga cyane. Yaguze amazu menshi, agura ibinyabiziga bitandukanye.

    Si ibyo gusa kuko Nicolas Cage yaguze igihanga cya dinosaur n'indi mitwe y'ibibumbano bitandukanye byamuhagaze akayabo kabarirwa mu ma miliyoni y'amadolari ya Amerika.

    Nicolas Cage ni umwe mu bakinnyi ba filime basubiye ku isuka bitewe no gusesagura.

    2.Curtis Jackson (Ubutunzi: Miliyoni 30 z'amadolari ya Amerika)
    Curtis James Jackson III yavutse tariki 6 Nyakanga 1975, twamumenye cyane ku izina rya 50 Cent. Ni umuraperi, akaba umwanditsi w'indirimbo, agatunganya ibiganiro bya televiziyo, akaba umukinnyi wa filime ndetse akaba n'umushoramari.

    Uyu munsi biragoye cyane gutekereza uburyo uyu mugabo ari ku rutonde rw'ibyamamare bikennye kurusha ibindi kandi yarakoze ibikorwa bikomeye ndetse byakunzwe na benshi nawe akabikuramo ingano y'amafaranga menshi.

    Mu mwaka wa 2015, uyu muraperi yarezwe mu nkiko nyuma yo kunanirwa kwishyura ideni rya miliyoni 32.5 z'amadolari ya Amerika ndetse aregwa no kudatanga indezo.

    Ibibazo by'amadeni uyu mugabo yari arimo ntibyarangiriye aho kuko nyuma gato yaje kongera gutegekwa kwishyura miliyoni 5 z'amadolari ya Amerika kugira ngo amashusho y'urukozasoni yari yarafashwe akora imibonano mpuzabitsina akurwe kuri murandasi kuko byari biri kwangiza isura ye.

    Amakuru dukesha urubuga rwa Money Nation avuga ko 50 Cent mu mwaka wa 2008 yari afite ubutunzi busaga miliyoni 68 z'amadolari ya Amerika, uyu munsi asigaranye hafi kimwe cya kabiri cy'umutungo yari afite bitewe n'amadeni menshi yananiwe kwishyura n'izindi mpamvu zitandukanye

    3.Mike Tyson (Ubutunzi: Miliyoni 15 z'amadolari ya Amerika)
    Mike Gerard Tyson yavutse tariki 30 Kamena 1966, twamumenye cyane mu mukino w'iteramakofi ku izina rya Mike Tyson.

    Mu bihe bye yamaze akina uyu mukino w'iteramakofi, uyu mugabo yakoreye akayabo k'amadolari ya Amerika asaga miliyoni 400.

    Uyu mugabo nanone ni umwe mu bazwiho kuba barasesaguye ubutunzi bwabo aho yatanze amafaranga atagira ingano ku mitako n'imikufi ihenze, akagura imodoka za siporo zihenze ndetse akarangwa no gukora ibirori by'akataraboneka byinshi aho yakoreshaga ingano y'amadolari menshi.

    Uyu mugabo yari yaraguze igisamagwe cyo korora mu rugo.

    Bitewe n'ibikorwa byinshi yagiye akora bimwe bikamusaba no gutanga amadolari menshi y'umurengera ku bintu bitari ngombwa byatumye mu 2003 uyu mugabo yisanga mu gihombo gikomeye aho yagombaga kwishyura ideni rya miliyoni 23 z'amadolari ya Amerika.

    4.Lindsay Lohan (Ubutunzi: ibihumbi magana inani (800,000)by'amadolari ya Amerika)

    Lindsay Dee Lohan yavutse tariki 2 Nyakanga 1986, yamenyekanye cyane nka Lindsay Lohan.

    Lohan ni umuririmbyi, akaba umwanditsi w'indirimbo, umukinnyi wa filime, agakora ibiganiro kuri televiziyo akaba n'umushoramari.

    Nubwo afite ubushobozi bwo gukora iyi mirimo yose, Lindsay afatwa nk'icyamamare cya mbere cyakennye cyigasubira ku isuka kurusha abandi bose.

    Mu minsi ye ya mbere yari umwe mu bategarugori bahembwa agatubutse muri sinema aho nibura yahembwagwa akayabo ka miliyoni 7.5 kuri buri filime yagaragayemo nka Just My Luck, Herbie Fully Loaded n'izindi zitandukanye.Ariko ubu yarakennye.

    5.Gary Busey (Ubutunzi: ibihumbi magana inani (800,000)by'amadolari ya Amerika)

    William Gary Busey yavutse tariki 29 Kamena 1944, twamumenye cyane nka Gary Busey. Uyu mugabo ni umukinnyi wa filime, umuririmbyi akaba n'umucuranzi.

    Uyu mugabo yagaragaye muri fiime zisaga 70 ndetse mu mwaka w'2012 uyu mugabo yari asigaranye ubutunzi bungana n'amadolari ya Amerika 50,000 yonyine nyuma aza kwisuganya arongera asa n'ubyukije umutwe.

    Amakuru dukesha urubuga rwa Celebrity Land avuga ko uyu mugabo yari yarabaswe no gukoresha ikiyobyabwenge cya Cocaine.

    Uyu munsi Gary Busey afatwa nk'umwe mu byamamare byakennye cyane kuburyo ubu asigaye akora akazi gasanzwe ka buri munsi kugirango abashe kubaho.

    Source : https://yegob.rw/ibyamamare-byari-bitunze-agatubutse-bikaza-gukena-bikomeye/