Tag: People

  • Mico The Best uherutse gutangaza ko yanyuze mu bihe bikomeye, yavuze itariki y’ubukwe bwe #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Nyarwanda, Mico The Best uherutse gutangaza ko yanyuze mu bihe bikomeye kubera ukuntu yasebejwe ngo yakubise umugore we, yavuze ko ubukwe bwabo buzaba ku Cyumweru.

    Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Mico The Best yavuze ko ubukwe bwe na Ngwinondebe Clarisse buzaba tariki ya 26 Nzeri 2021.

    Kuri uwo munsi nibwo hazaba umuhango wo gusaba no gukwa n’indi mihango, ni mu gihe abatumiwe basabwe kubanza kwipimisha icyorezo cya COVID-19.

    Bagiye gukora ubukwe nyuma y’uko muri Kanama 2021 bari basezeranye imbere y’amategeko ni mu gihe muri Nyakanga 2021 yari yamwambitse impeta ya fiançailles amusaba ko yazamubera umugore.

    Ubutumire mu bukwe bwa Mico The Best

    Mico The Best na Clarisse bazakora ubukwe ku Cyumweru

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/mico-the-best-uherutse-gutangaza-ko-yanyuze-mu-bihe-bikomeye-yavuze-itariki-y-ubukwe-bwe

  • Rihanna yavugije induru kubera umuhanzi ukizamuka(Video) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Temilade Openiyi wo muri Nijeriya ukizamuka ariko urimo kugenda amenyekana, uzwi ku izina rya Tems, yaje guhura na Rihanna, maze avuza induru cyane.

    Aba bombi bahuriye i Los Angeles mu ijoro ryo ku wa gatatu mu birori byamamaza ibicuruzwa bya Rihanna.

    Amashusho yo guhura kwabo yahise atambuka ku mbuga nkoranyambaga.Muri iyi video Rihanna yumvikanye ataka avuza induru ati 'Mana yanjye' ubwo yahuraga nuyu muhanzi bagahoberana cyane.

    Source : https://yegob.rw/rihanna-yavugije-induru-kubera-umuhanzi-ukizamukavideo/

  • Ibyo Diamond Platnumz yabwiye Mutesi Jolly ku bijyanye n'abanyarwandakazi – YEGOB #rwanda #RwOT

    Miss Mutesi Jolly yavuze bimwe mu bintu by'ibanga yaganiriye n'umuhanzi Diamond Platnumz mu rugendo aherutse kujyamo mu gihugu cya Tanzania. Ni mu kiganiro yagiranye na ISIMBI TV.

    Nkuko Miss Mutesi Jolly yabitangaje yavuze ko yahuye na Diamond Platnumz nk'umuyobozi wa Wasafi kurusa uko yahuye nawe nk'umuhanzi. Yongeyeho ko ibyo baganiriye ari ibijyanye n'akazi kubera ko yashakaga ko Miss East Africa igirana ubufatanye na Wasafi. Ibyavuye mu biganiro Diamond yagiranye na Mutesi Jolly, Jolly yavuzwe ko bizasohoka mu gihe cya vuba.

    Yongeyeho ko Diamond Platnumz yavuze ko azi abakobwa b'U Rwanda nk'abakobwa beza ndetse anakunda U Rwanda cyane.

     

    Mutesi Jolly ari kumwe na Diamond Platnumz

    Source : https://yegob.rw/ibyo-diamond-platnumz-yabwiye-mutesi-jolly-ku-bijyanye-nabanyarwandakazi/

  • Igishushanyo cyakorewe Jay Polly cyasibwe n'ubuyobozi bishengura uwagihanze #rwanda #RwOT

    Uyu muhanda wari witiriwe Jay Polly, uherereye mu karere ka Kicukiro, mu murenge wa Kanombe, mu kagari ka Kanombe mu mudugudu w'Umushumbamwiza.

    Umunyabugeni Rwigema Abdoul ukoresha 'Rwigema Art' akimara gushushanya Jay Polly ku gikuta cy'inzu iri kuri uyu muhanda, byatuma benshi mu bahanyura batangira ku witirira uyu muraperi wari ufite izina rikomeye muri muzika Nyarwanda.

    Kuri uyu wa kabiri nibwo hamenyekanye amakuru yuko iki gishushanyo cya Jay Polly cyasibwe kuri uyu muhanda bitungura benshi harimo n'uyu munyabugeni wagishushanyije kuko atigeze abimenyeshwa cyangwa ngo ahabwe andi mabwiriza yagenderaho.

    Ikinyamakuru Inyarwanda dukesha iyi nkuru kivuga ko uyu Rwigema Art yahamagawe n'abantu kuri telephone aryamye abwirwa ko iki gishushanyo kiri guhanagurwa, ahageze asanga koko cyamaze gusibwa cyose.

    Mu bagisibye yabashije kumenya harimo umuyobozi w'Umudugudu ahagarariwe n'umuyobozi w'Akagari n'abandi bagabo babiri abamuhaye amakuru batabashije kumenya.

    Mu kiganiro uyu munyabugeni yagiranye na Inyarwanda.com, yavuze ko atumva impamvu iki gishushanyo cyasibwe kandi ibyo yakoze ari ibintu bisanzwe muri Art. Avuga ko asanzwe akora ibishushanyo nk'ibi mu duce dutandukanye kandi ntibisibwe kuko biba bitandukanye no kwamamaza.

    Umunyabugeni Rwigema yavuze ko yahanze iki gishushanyo cya Jay Polly mu rwego rwo kwifanyana n'abo mu muryango we n'abakunzi be anashimangira ko nawe ubwe yari asanzwe akunda cyane indirimbo za nyakwigendera Tuyishime Joshua [Jay Polly].

    InyaRwanda.com yagiranye ikiganiro na Aime Uwisize akaba ariwe muyobozi w'umudugudu w'Umushumbamwiza uri mu bashinjwa gusiba iki gishushanyo cya Jay Polly ku bufatanye na Gitifu w'Akagari ka Kanombe, yavuze impamvu basibye iki gishushanyo.

    Yagize ati: “Impamvu rero twebwe twafashe gahunda yo kugisiba, ubundi icyapa cyose cyagenewe kujya nk'ahantu runaka bagisabira uburenganzira umujyi wa Kigali. Ariko noneho iyo bagiye gushyiraho kiriya cyapa baraza natwe bakatubwira nk'umuyobozi w'umudugudu”.

    “Icyo gihe nanjye nkamenya ngo iki cyapa kiraha ni icya runaka bigenze gutya gahunda zose za Leta ngomba kuzimenya. Rero kiriya cyapa bagishyira hariya twayobewe uwakihashyize ntitunamuzi nu'wakizanye, ntituzi n'uwagishushanyije, twakibonye bacyometse ku gikuta cy'umuturage bitubera ikibazo ni yo mpamvu twagisibye”.


    Igishushanyo cyari cyakorewe Jay Polly cyasibwe n'ubuyobozi

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/umuziki/article/igishushanyo-cya-jay-polly-cyasibwe-n-ubuyobozi-bishengura-uwagihanze

  • Indirimbo Queen of Sheba ya Meddy yaba igiy… – #rwanda #RwOT

    Ku kintu kijyanye n'urubuga rwa Youtube rukunzwe kandi rukoreshwa na benshi mu Rwanda, Meddy arayoboye ahanini bitewe n'udushya agira mubyo akora. Siho honyine, kuko no kuzindi mbuga zinyuranye ariwe ugenda akomeza kuba hejuru y'abandi bahanzi bose bo mu Rwanda.

    Kuwa 20 Nzeri 2021, nibwo yashyize hanze indirimbo yitwa 'Queen of Sheba' ikomeje gukundwa n'abatari bacye, yaba ku mbuga nkoranyambaga n'ahandi hanyuranye, mu Rwanda no hanze yarwo, ahari abakunzi b'uyu muhanzi kugera ubu utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Ubwo iyi ndirimbo yajyaga hanze, uyu muhanzi yari afite aba 'subscribers' kuri youtube ibihumbi 710 ariko mu gihe iyi ndirimbo itari yuzuza amasaha mirongo ine n'umunani igiye hanze, hamaze kwiyongeraho abarenga ibihumbi 14. Ni umubare utari hasi habe na gato.

    Iyi ndirimbo byari byitezwe ko ishobora gukuraho agahigo k'iyayibanjirije, bitewe ahanini no kuba mu masaha yayo ya mbere yararebwe cyane, aho mu masaha 12 yonyine yari imaze kurebwa n'abarenga ibihumbi 207 mu gihe 'My Vow' yo yujuje ibihumbi 203 mu masaha 13.

    Nyamara uko amasaha akomeje kugenda yicuma, biragaragara ko agahigo k'iya mbere ko kuba yararebwe na Miliyoni imwe mu gihe cy'amasaha 48, itari bubashe kukageraho, dore ko mu gihe habura amasaha mbarwa ikagira aya masaha, ikiri mu bihumbi bikabakaba 700.

    'Queen Of Sheba' na 'My Vow' yayibanjirije, zose zikaba ari indirimbo  Meddy aherutse kwemeza ko zakomotse ku rukundo rwe n'umugore we, mbese zifite aho zihuriye n'ubukwe bwe yakoze kuwa 22 Gicurasi 2021.

    Ubwo Queen of Sheba yajyaga hanze kuwa 20 Nzeri 2021 Meddy yari afite aba subscribers ibihumbi 710

    Mu minsi itaragera kuri ibiri 'Queen of Sheba' indirimbo nshya ya Meddy ayishyize hanze, aba subscribers bavuye ku bihumbi 710 bagera ku bihumbi 724.

    'My Vow' mu minsi yayo ya mbere yayoboye indirimbo zarebwe zari zikunzwe muri Uganda kuri Youtube.

    Meddy yashimye buri umwe watumye abasha guca agahigo ka Miliyoni 1 kuri youtube k’inshuro 'My Vow' yarebwe mu minsi ibiri.

    KANDA HANO WUMVE UNAREBE ‘QUEEN OF SHEBA’ YA MEDDY

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109777/indirimbo-queen-of-sheba-ya-meddy-yaba-igiye-gukuraho-agahigo-ka-my-vow-yayibanjirije-109777.html

  • Shalon wafungishije Davis D na Kevin Kade ari… – #rwanda #RwOT

    Hashize amasaha macye Shalon agiye kuri konti ye ya instagram, maze ashyiraho ifoto yakuye mu kiganiro yagiranye n'umuhanzi Ykee Benda  imbonankubone (Live), maze ayiherekeresha indirimbo ya Ollie na Aleesia yitwa Better with you yuzuyemo amagambo meza y'urukundo ushobora kubwira umukunzi wawe.

    Nyuma y'ayo magambo, uyu mukobwa kandi yashyize kuri iyo foto imitima ibiri ndetse n'akarabo k'iroza gafite igisobanuro cy'urukundo, ndetse ushobora koherereza umuntu wihebeye kakamunyura.

    Mu gushaka amakuru kubyerekeye urukundo rwa Shalon na Ykee Benda, Mu kiganiro kigufi Shalon yagiranye na InyaRwanda ntiyigeze yemeza aya makuru cyangwa ngo ayahakane, gusa yavuze ko ari kuri telephone nayivaho aradutangariza byinshi kuby'ayo makuru.

    Nyuma yo gutegereza igihe yaduhaye kugira ngo tumenye ko koko niba yaba ari mu rukundo na Ykee Benda, Shalon yemereye kuvugana n'umunyamakuru ariko amaze kumva ibyo abazwa ntiyigeze yemera aya makuru cyangwa ngo ayahakane.

    Mu gukomeza gushaka iby'aya makuru neza InyaRwanda twaganiriye n'umujyanama w'umuhanzi Ykee Benda, Steven aduhamiriza ukuri ko koko Ykee Benda ari mu rukundo n'uyu mukobwa, n'ubwo wumvaga ko agikeneye kumenya amakuru menshi kuri we.

    Yagize ati: 'Nibyo Shazz na Ykee Benda bamaze igihe bakundana, ndetse ndibaza wabonye ko nawe yashyize hanze ifoto yerekana ko atewe ishema n'urukundo rwabo bombi.''

    Mu bigaragarira amaso, Shalon ni umukobwa w'ikimero gitangaje ndetse uburanga bwe burangaza benshi, bitewe n'amafoto ye ndetse n'amashusho akunda kunyuza kuri konti ye ya instagram, agakurura abatari bake bikaba aribyo byaba byarakuruye n'umuhanzi Ykee Benda wisanze mu rukundo na Shalon.

    Ubutumwa bwa Stiven umujyanama wa Ykee Benda

    Nyuma y’ibyari biri kwibazwa na benshi umuhanzi Ykee Benda yanyarukiye kuri konti ye ya instagram ahamara ubutumwa bumara umunsi umwe maze yerekana ko yaryohewe n’urukundo rwa Shalon ashyiraho igikombe ndetse ashyiraho n’imitima.

    Shalon nawe ntiyaripfanye yerekanye ko urukundo rwa Ykee Benda ari kumuha rumunyuze abyerekanisha umutima n’utundi dutima(Emojis) tw’ibyishimo

    Ykee Benda ari mu rukundo na Shalon

    Shalon nawe yabyerekanishije konti ye ya instagram

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109771/shalon-wafungishije-davis-d-na-kevin-kade-ari-mu-rukundo-na-ykee-benda-wo-gihugu-cya-ugand-109771.html

  • Miss Isimbi umukobwa wa Pasiteri Antoine Ruta… – #rwanda #RwOT

    Mu magambo aryohereye Miss Isimbi yanyujije kuri konti ye ya instagram, aherekejwe n'amafoto atatu y'umugabo we Safari Brian amufashe kunda, mu byishimo byinshi byerekanaga ko biteguye neza umwana wabo wa gatatu, yayaherekeresheje amagambo yuje imitoma.

    Muri ayo magambo aryohereye, Miss Isimbi yagarutse ku mugabo we Safari uburyo ari inshuti ye magara, amubwira ko urukundo rwabo rutazigera rukonja n'ubwo amazi yajya munsi ibicu bikijima, amushimira ko yakoze kuba buri gihe ahora ahari ndetse ko yakoze no kumukunda.

    Ni amagambo yanditse mu rurimi rw'icyongereza tugenekereje mu rurimi rw' ikinyarwanda, yagiraga ati: 'Gushyingiranwa n’inshuti yawe magara. Sinzi uko nabivuga neza. Mu by’ukuri shaka ubucuti bukomeye bw’ibyishimo mu muntu ukunda.

    Umuntu ukuvuga neza, umuntu mwasekana, kwa guseka gutuma mu nda hakurya, amazuru yawe akanyuramo ijwi ry’ibyishimo, kwa guseka guteye isoni, ko mu imbere kandi komora. Ibyo nibyo by’ingenzi'.

    Miss Isimbi na Safari bakunda kwerekana ibishimo byabo

    Yakomeje agira ati: 'Ubuzima ni buto atari ugukunda umuntu ukureka ngo ube mubane nk'abatagira ubwenge. Kandi ugomba kumenya neza ko umuntu runaka akuretse ukarira. Ibihe bibi bizaza, shaka umuntu uzaba ushaka kugumana nawe muri ibyo bihe'.

    Ati: 'Igikomeye cyane, shyingirwa umuntu ufite intego, urukundo, wihuze kandi akagendera muri wowe. Urukundo rutazigera rukonja, n'ubwo amazi yajya munsi, ibicu bikijima Safari Brian urakoze kuba buri gihe uba uhari ndetse no kunkunda.''

    Nyampinga Isimbi Deborah Abiella, amaze imyaka 13 akundana na Safari ariko kuva ashakanye na Safari Brian wamuteye inda bagakora ubukwe nyuma, bakaba bamaranye imyaka 8 ndetse bakaba barabyaranye abana babiri b'abakobwa  Briella na Nissi bakaba bitegura no kwibaruka uwa gatatu.

    Ubukwe bwabo bwabaye kuwa 31 Werurwe 2013 bubera mu rusengero rwa EAR Remera, basezeranywa na Musenyeri Onesphore Rwaje ukuriye itorero Angilikani mu Rwanda, mu birori byishimiwe na benshi mu nshuti zabo n’ababyeyi babo.

    Miss Isimbi n’abana be babiri

    Miss Isimbi na Safari bakunda kugaragaza ibyishimo n'uburyohe bw'’urukundo bakundana, nyuma y’intambara nyinshi banyuzemo aho bamwe babategaga iminsi bavuga ko batazarambana bitewe n'uko ngo bashakanye bakiri abana.

    Miss NUR 2012 Isimbi Deborah Abiellah wanitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda 2012, ni umwana wa Pasiteri Antoine Rutayisire uyobora itorero Angilkikani Paruwasi ya Remera. Miss Isimbi Deborah yashakanye na Safari Brian nyuma y'imyaka ine bari bamaze bakundana.

    Urukundo rwabo ni urwo kuva mu buto bwabo

    Kuva bambikanye impeta bagasezerana imbere y’Imana n’abantu ko bagiye kubana akaramata, kugeza ubu hashize imyaka 8, bakaba barayigiriyemo umugisha bakibaruka imfura n'ubuheta “Iriza Briella Chavelle na Nissi”.

    Miss Isimbi na Safari n’abana babo

    Miss Isimbi na Safari ni urugero rwiza rw’abakundana

    Pasiteri Antoine Rutayisire ubwo umwana we yatwaraga ikamba

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109772/miss-isimbi-umukobwa-wa-pasiteri-antoine-rutayisire-witegura-kwibaruka-umwana-wa-3-yabwiye-109772.html

  • Ibyamamare bikomeye byahoze bikora akazi kagayitse – YEGOB #rwanda #RwOT

    Muri iyi nkuru tugiye kwibanda ku byamamare bikunzwe ku rwego rw'isi aho mbere yo kuba ibyamamare byakoze akazi gasuzuguritse ku buryo hari n'abakoze akazi ko koza ibyombo abandi bagakora muri resitora n'indi mirimo itandukanye benshi bafata nk'aho isuzuguritse ku buryo icyamamare runaka cyitayikora.

    1. Dwayne Johnson (The Rock)

    Dwayne Johnson ni umukinnyi wa filime ukunzwe cyane mu ruganda rwa sinema ku rwego rw'isi aho azwi cyane ku izina rya The Rock.

    Mbere yo kwamamara mu mukino wo gukirana n'iteramakofi wa WWE, uyu mugabo w'imyaka 49 mbere yo kuba icyamamare yahoze yoza ibyombo.

    Rimwe yigeze kwandika ku rukuta rwe rwa twitter ati '' Amafaranga ya mbere nakoreye yavuye mu koza ibyombo ubwo nari mfite imyaka 13, icyo gihe nakoraga kuva saa cyenda (15:00) z'umugoroba nkageza saa tanu n'iminota mirongo itatu (23:30) z'ijoro''.

    2. Beyoncé

    Mbere yo kuba icyamamare muri muzika, Mu kiganiro Beyoncé yagiranye na Essence mu 2011 yatangaje ko hagati y'imyaka itandatu (6) n'icyenda (9) yafashaga nyina umubyara akazi ko mu nzu zitunganya imisatsi (hair salon).

    Beyoncé yatangaje ko icyo gihe yamufashaga gusukura imisatsi yabaga yatakaye hasi cyangwa agafasha abantu bifuza kurambura no kuzinga imisatsi yabo aho yabikoraga anabaririmbira.

    3. Jay-Z

    Mbere yo kuba icyamamare mu njyana ya Hip-Hop, Jay-Z yakoraga ubucuruzi bw'ibiyobyabwenge ku mihanda.

    Mu kiganiro uyu mugabo yagiranye na 'Vanity Fair' yagize ati ''Nari umucuruzi w'ibiyobyabwenge, kugirango ube mu bucuruzi bw'ibiyobyabwenge, uba ukeneye kumenya icyo ugomba gushora n'icyo ukeneye kuba wakora kugirango wongere kwisuganya igihe ubucuruzi bw'ibiyobyabwenge butagenda neza''

    ''Kuba wafungura nk'inzu zitunganya imisatsi y'abagabo cyangwa ugafungura ikinamba cy'imodoka, ubwo nibwo bwari ubucuruzi icyo gihe twakoraga kugirango twikure mu gucuruza ibiyobyabwenge.''

    ''Icyo gihe wagombaga gushakisha ibintu bigomba kugukura muri ubwo buzima bw'ibiyobyabwenge kuberako iteka ryose ubuzima bwawe bwabaga buri mu kaga. Byasaga nk'aho ufungiranye mu cyumba gifite idirishya rifunganye''

    ''Byabaga bisobanuye ko ugiye gufungwa ubuziraherezo cyangwa ugapfa.''

    4. Barack Obama

    Barack Hussein Obama yabaye perezida wa 44 wa Leta zunze ubumwe za Amerika.
    mbere yo kwinjira muri politike ngo abe icyamamare yabanje gukora akazi gasanzwe gaciriritse cyane.

    Barack Obama yabaye umukozi wa 'Baskin Robbins', uru ni uruganda rwamamaye mu gutunganya ibyo kurya biryohera (ice cream) ndetse umwe mu bahoze ari abakozi barwo harimo na perezida Barack Obama.

    5. Brad Pitt

    Uyu mugabo w'imyaka 57 ni icyamamare mu ruganda rwa sinema ku rwego rw'isi, gusa ibi siko byahoze.

    Uyu mugabo mbere yo kuba icyamamare muri sinema yahoze akora akazi ko kwambara umwenda wishusho y'inkoko aho yakanguriraga abantu kuza kugura inkoko muri El Pollo Loco i Los Angeles.

    6. Rihanna

    Uyu muririmbyikazi wamenyekanye cyane mu ndirimbo zitandukanye nka ''Diamonds, Umbrella'' niwe muntu kuri uru rutonde wakoze akazi gatandukanye n'ibindi byamamare uri busange kuri uru rutonde.

    Mu gihe bamwe bogeje ibyombo abandi bagakora muri za resitora no mu nzu zitunganya imisatsi, Rihanna we yabaye umutoza w'abasirikare.

    Rihanna yatozaga abasirikare babarizwa mu cyiciro cya Cadet bo mu birwa bya Barbados dore ko ari naho akomoka.

    Source : https://yegob.rw/ibyamamare-bikomeye-byahoze-bikora-akazi-kagayitse/

  • Shazz wavuzwe mu ifungwa rya Davis D ari mumunyenga w'urukundo n'umuhanzi ukomeye wo muri Uganda[Amafoto] #rwanda #RwOT

    Shalon agiye kuri konti ye ya instagram, maze ashyiraho ifoto yakuye mu kiganiro yagiranye n'umuhanzi Ykee Benda imbonankubone (Live), maze ayiherekeresha indirimbo ya Ollie na Aleesia yitwa Better with you yuzuyemo amagambo meza y'urukundo ushobora kubwira umukunzi wawe.

    Nyuma y'ayo magambo, uyu mukobwa kandi yashyize kuri iyo foto imitima ibiri ndetse n'akarabo k'iroza gafite igisobanuro cy'urukundo, ndetse ushobora koherereza umuntu wihebeye kakamunyura.

    Mu gushaka amakuru kubyerekeye urukundo rwa Shalon na Ykee Benda, Mu kiganiro kigufi Shalon yagiranye na InyaRwanda ntiyigeze yemeza aya makuru cyangwa ngo ayahakane, gusa yavuze ko ari kuri telephone nayivaho aradutangariza byinshi kuby'ayo makuru.

    Ubutumwa bwa Stiven umujyanama wa Ykee Benda

    Nyuma yo gutegereza igihe yaduhaye kugira ngo tumenye ko koko niba yaba ari mu rukundo na Ykee Benda, Shalon yemereye kuvugana n'umunyamakuru ariko amaze kumva ibyo abazwa ntiyigeze yemera aya makuru cyangwa ngo ayahakane.

    mu makuru dukesha Inyarwanda yaganirye n'umujyanama w'umuhanzi Ykee Benda, Steven yamije ukuri ko koko Ykee Benda ari mu rukundo n'uyu mukobwa, n'ubwo wumvaga ko agikeneye kumenya amakuru menshi kuri we.

    Agira ati: 'Nibyo Shazz na Ykee Benda bamaze igihe bakundana, ndetse ndibaza wabonye ko nawe yashyize hanze ifoto yerekana ko atewe ishema n'urukundo rwabo bombi.''

    Mu bigaragarira amaso, Shalon ni umukobwa w'ikimero gitangaje ndetse uburanga bwe burangaza benshi, bitewe n'amafoto ye ndetse n'amashusho akunda kunyuza kuri konti ye ya instagram, agakurura abatari bake bikaba aribyo byaba byarakuruye n'umuhanzi Ykee Benda wisanze mu rukundo na Shalon.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/shazz-wavuzwe-mu-ifungwa-rya-davis-d-ari-mumunyenga-w-urukundo-n-umuhanzi

  • Umuherwe Grand P yamugajwe n'ubunini bw'ikibo cy'umukunzi we[AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Grand P, yamamaye muri Afurika nyuma y'aho avuzwe mu rukundo n'umukobwa w'ikizungerezi, ubyibushye bitangaje witwa Eudoxie Yao, aba bombi inkuru yabo y'urukundo yakwirakwiriye mu bitangazamakuru bitandukanye no ku mbuga nkoranyambaga, hamwe bavuga ko ari couple ihabanye cyane mbese itaberanye.

    Grand P umukunzi we yamwicariye amatako ahita acyebana

    Inkuru ya Dailycroc ivuga ko Grand P yacyebanye amatako ari kwishimana n'umukunzi we, Eudoxie Yao yicaye ku matako ya Grand P , mu kumwicaraho byasigiye imvune uyu muhanzi Grand P aho yananiwe guhaguruka ngo abe yabasha kugenda, biba ngombwa ko ajywanwa mu bitaro bya Metro muri Guinea.

    Grand P yatewe Serumu ku mpanuka zatewe n'umukunzi we wamwicariye

    Eudoxie Yao na Grand P, bari bamaze igihe urukundo rwabo rwajemo agatotsi baratandukanye, mu minsi ishize bongeye kwiyunga ubu bakaba bari mu munyenga w'urukundo.


    Urukundo rwabo rwavugishije imbuga nkoranyambaga

    Refe: igberetvnews.com

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/grand-p-yamugajwe-n-ubunini-bw-ikibo-cy-umukunzi-we-amafoto