Tag: People

  • Miss Uwase Muyango Claudine yashyize hanze amafoto ari kumwe n'imfura ye na Kimenyi Yves [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Muyango wegukanye ikamba rya Nyampinga uberwa n'amafoto muri Miss Rwanda 2019 (Miss Photogenic 2019) yerekanye isura y'imfura ye na Kimenyi Yves aho yavuze ko adahaga kumureba.

    Mu butumwa yanyujije kuri Instagram ye yagize ati 'Sinshobora kuguhaga Kimenyi Miguel Yanis'

    Mu ijoro ryo ku wa 29 Kanama 2021 ni bwo Kimenyi Yves urindira ikipe y'igihugu 'Amavubi' na Kiyovu Sports n'umukunwi we Muyango Claudine,bakiriye imfura yabo Kimenyi Miguel Yanis.

    Muri Kanama 2019 nibwo aba bombi bashyize kumugaragaro ko bakundana, hari nyuma y'uko Kimenyi Yves atandukanye na Diddy d'Or.

    Kuva icyo gihe, Kimenyi Yves na Muyango ntibagiye bahisha ko bakundana cyane cyane binyuze ku mitoma bateraniraga ku mbuga nkoranyambaga.


    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/imibereho/article/miss-uwase-muyango-claudine-yashyize-hanze-amafoto-ari-kumwe-n-imfura-ye-na

  • AMAFOTO : Ibyishimo bya Miss Muyango wavuze ko imfura ye na Kimenyi imwizihira bihebuje #rwanda #RwOT

    Mu butumwa yanyujije kuri Instagram, Miss Muyango yagaragaje ko yizihira kuba ubu ari umubyeyi w’umwana.

    Ubutumwa buherekejwe n’amafoto ateruye iyi mudra yabo, Miss Muyango yagize ati 'Sinshobora kuguhaga Kimenyi Miguel Yanis.'

    Umuryango w’Umunyezamu Kimenyi Yves na Miss Muyango Uwase Claudine wibarutse imfura yabo mu ijoro ryo ku ya 29 Kanama 2021.

    Kimenyi Yves na Muyango Claudine beruye iby’urukundo rwabo muri Kanama 2019 ubwo kuva icyo gihe ku mbuga nkoranyambaga zabo batasibaga kugaragaza ko buri umwe yimariyemo undi.

    Kuva icyo gihe, Kimenyi Yves na Muyango ntibagiye bahisha ko bakundana cyane cyane binyuze ku mitoma bateraniraga ku mbuga nkoranyambaga.

    Mu mpera za Gashyantare uyu mwaka, Kimenyi Yves yari yambitse impeta Muyango amusaba kumubera umugore ariko inkuru y’ubukwe hari benshi bayitegereje barayibura ahubwo baza kumva ko uyu muryango witegura kwibaruka imfura.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/AMAFOTO-Ibyishimo-bya-Miss-Muyango-wavuze-ko-imfura-ye-na-Kimenyi-imwizihira-bihebuje

  • Miss Uwase Muyango Claudine yerekanye isura y’imfura ye na Kimenyi #rwanda #RwOT

    Miss Uwase Muyango Claudine wegukanye ikamba rya Nyimpinga uberwa n’amafoto(Miss Photogenic 2019) yerekanye isura y’imfura ye na Kimenyi Yves aho yavuze ko adahaga kumureba.

    Mu ijoro ryo ku wa 29 Kanama 2021 ni bwo umuryango w’umunyezamu w’ikipe y’igihugu 'Amavubi’ na Kiyovu Sports, Kimenyi Yves bakiriye imfura yabo ije kubamara irungu, ni nyuma y’amezi 9 bamutegereje.

    Uyu muhungu wahawe izina rya Kimenyi Miguel Yanis, umaze ukwezi avutse, bwa mbere nyina yagaragaje isura ye ndetse avuga ko adahaga kumureba.

    Mu butumwa yanyujije kuri Instagram ye yagize ati 'Sinshobora kuguhaga Kimenyi Miguel Yanis'

    Bibarutse imfura yabo nyuma y’imyaka 2 bakundana. Muri Kanama 2019 nibwo aba bombi bashyize kumugaragaro ko bakundana, hari nyuma y’uko Kimenyi Yves atandukanye na Diddy d’Or.

    Kuva icyo gihe, Kimenyi Yves na Muyango ntibagiye bahisha ko bakundana cyane cyane binyuze ku mitoma bateraniraga ku mbuga nkoranyambaga.

    Mu Kuboza 2019 ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru ISIMBI, Kimenyi Yves yavuze ko ko n’ubwo abantu bamenye urukundo rwabo muri Kanama 2019 ariko bari bamaze nk’amezi abiri bakundana ariko bari baramenyanye mbere.

    Yagize ati'hari hashize igihe gito, hari igihe ikintu kiba gito ariko kigahita kikuzamo vuba vuba, ntabwo byatinze kumenyekana cyane kuko kugira ngo bijye hanze byari bimaze nk’ukwezi n’igice cyangwa 2, ni ukuvuga ko kuri twebwe hari intambwe byari bimaze gufata. Twari dusanzwe tuvugana ariko guhura twahuriye muri anniversaire y’umushuti we ariko njye niwe nari ngiye kureba mpita nikomereza.'

    Muri Gicurasi 2020 byavuzwe cyane ko aba bombi bagiye gukora bukwe ndetse ari nayo mpamvu Kimenyi Yves yatandukanye na Rayon Sports akerekeza muri Kiyovu Sports kuko yari yiteguye kumuha amafaranga akaba yategura ubukwe bwe.

    Ubukwe bwabo ntabwigeze buba ahubwo iyi nkuru yaje gukurikirwa n’umuhango wo gutera ivi wabaye tariki ya 28 Gashyantare 2021, ubwo Kimenyi Yves yasabaga Muyango ko yazamubera umugore, undi arabyamera amwambika impeta ya fiançailles.

    Icyo gihe Kimenyi Yves yahise ajya ku mbuga ze nkoranyambaga atangaza ko yishimiye ko umunsi yaboneyeho Muyango imbona nkubone ari na wo munsi amwemereye kuzamubera umugore.

    Ati “ndishimye cyane uyu munsi kubera ko iyi tariki ni na yo namubonyeho bwa mbere mu maso yanjye, none ubu mufite nk’umugore wanjye ubuzima nsigaje ku Isi kuko yambwiye ngo ‘Yego’.”

    Yakomeje agira ati”ndishimye kandi ndashimira Imana ku bwe, ikomeze ibane natwe muri uru rugendo ni umugisha kuri njye kandi bigiye kuba ubuziraherezo.”

    Kuva icyo gihe abantu bategereje ubukwe bwabo ariko ntibwaba ahanini bagiye bakomwa mu nkokora n’icyorezo cya Coronavirus.

    Byaje kugera aho amakuru atangira kugenda ahwihwiswa ko Muyango yasamye inda ya Kimenyi ariko bakomeza kugenda babitera utwatsi kugeza muri Nyakanga 2021 ubwo Muyango yasohoye ifoto ye imugaragaza akuriwe yenda kubyara.

    Bwa mbere yerekanye isura y’imfura yabo

    Yavuze ko adahaga kureba iyi mfura ye

    Imfura yabo imaze ukwezi ivutse

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/miss-uwase-muyango-claudine-yerekanye-isura-y-imfura-ye-na-kimenyi

  • Gafotozi yasibye amafoto yose yari yafotoye mu bukwe kubera ko yimwe ibiryo n'ikiruhuko #rwanda #RwOT

    Inkuru yashyizwe hanze n'urubuga rwo muri Amerika,Reddit, ivuga ko uyu mugabo yavuze ko atari umufotozi wabigize umwuga ahubwo ko ari umuntu ukunda gufata amashusho y'imbwa ze akazishyira ku mbuga nkoranyambaga.

    Yavuze ko inshuti ye yashakaga kuzigama amafaranga yamwegereye maze imusaba kumufotora ku munsi w'ubukwe bwe akishyuraw ubukwe amadolari 250 asaga ibihumbi 250 FRW.

    Yavuze ko yabanje kubyanga ariko nyuma yemera gufotora ku munsi w'ibirori. Yatangiye gukora ahagana mu ma saa tanu z'amanywa kandi biteganyijwe ko arangiza saa moya n'igice z'umugoroba.

    Mu gihe cyo gutanga ibiryo, gafotozi ngo yabwiwe ko adashobora guhagarika gufotora ngo agiye kurya kuko yari akeneye gukomeza gufata amafoto y'ibirori.

    Icyakora,uyu gafotozi ngo yari akeneye amazi no kuruhuka ariko ba nyiri ubukwe barabimwima.

    Ati: 'Nabwiye umukwe ko nkeneye ikiruhuko cy'iminota 20 kugira ngo mbone icyo kurya no kunywa. Icyakora, umukwe yambwiye ko ngomba gukomeza gufotora cyangwa nkagenda ntishyuwe. '

    Gafotozi yavuze ko kubera ubushyuhe,inzara no gusuzugurwa,yabajije umukwe niba icyemezo cye yagitekerejeho, aramusubiza ati yego, nuko asiba amafoto yose yari yafotoye imbere ye maze arahaguruka aragenda ndetse ngo yavuze ko atakongera kumufotora.

    Ati: “Iyo nza kuba nishyuwe amadorari 250 icyo gihe, nari kuyabasubiza kugira ngo nicare iminota 5 mfite ikirahuri cy'amazi gusa.”

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/gafotozi-yasibye-amafoto-yose-yari-yafotoye-mu-bukwe-kubera-ko-yimwe-ibiryo-n

  • Ntibisanzwe! Ibirori byatumye umugeni ajyanwa kwa muganga igitaraganya_ inkuru irambuye #rwanda #RwOT

    Umugeni yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma y'aho ku munsi w'ubukwe bwe, mu byishimo byinshi abari bamuherekeje bamutereye mu kirere maze bakananirwa kumufata, yitura hasi ahita avunika uruti rw'umugongo.

    Mu gace ka Bihor mu burengerazuba bw'amajyaruguru ya Romania, mu cyumweru gishize, ubukwe bw'umusore n'inkumi bwatangiye neza ariko ibintu biza kuzamba ubwo mu byishimo byinshi umusore yajunywaga mu kirere akagwisha umutwe.

    The Sun dukesha iyi nkuru ivuga ko ubwa mbere bamutereye mu kirere amanutse hasi baramufata, ariko ubwa kabiri biranga, abanza umutwe hasi, ashinga ijosi, uruti rw'umugongo rwe rurangirika.

    Uyu musore yahise ajyanwa kwa muganga mu gihe abari aho bari bumiwe. Abaganga bo bavuze ko uko inshuti ze zamufashe zimujyana kwa muganga, nabwo bwatumye ikibazo cye kirushaho kuzamba.

    Dr. Lucia Daina uri kuvura uwo mugeni, yavuze ko 'Ubu uyu musore akiri kwa muganga ndetse mu cyumweru gitaha azakorerwa irindi suzuma.'

    Amakuru avuga ko ahaberaga ubukwe baguye mu kantu igihe gito ariko bikomereza ibirori. Bivugwa ko uyu mugeni yavuganye n'umwavoka we, asaba ko agomba kurega inshuti ze.

    Source : https://impanuro.rw/2021/10/01/ntibisanzwe-ibirori-byatumye-umugeni-ajyanwa-kwa-muganga-igitaraganya_-inkuru-irambuye/

  • Menya ibintu bike by'ibanze ukwiye kugira kugira ngo igitsina gore kikubahe #rwanda #RwOT

    Dore ibintu bike by'ibanze ukwiye kugira kugira ngo igitsina gore kikubahe

    Guhorana ibyishimo

    Ukwiye guhora burigihe umwenyura kabone n'ubwo ubuzima ubamo bwaba butabikwemerera, ntugakomeze ibintu. Abantu bishimye kandi basetsa usanga banakurura abandi bagahora bashaka kubegera. Niba uhuye n'umkobwa cyangwa umugore bwambere, muganirize utuntu dusekeje kandi wifitiye ikizere ariko wirinde kubigira birebire.

    Ubu ni uburyo bwiza bwo gufungura amarangamutima y'umugore cyangwa umukobwa muhuye bwambere kuko bituma ahorana amatsiko yo kurushaho kukumenya

    Igirire ikizere kandi uhore wisanzuye
    Abagore benshi banezezwa no kubona umugabo wihagazeho kandi wifitiye ikizere n'ubwo bamwe muri bo bigira nk'aho bitabafashe ho.

    Gukunda abagabo bigirira ikizere binaba muri kamere y'abagore kuko bazi ko abagabo nk'aba baboneka hake. Gusa ntukihingemo kwigirira ikizere ahubwo uge ureka bibe ibiri muri wowe ubwawe.

    Iga kandi kumva wisanzuye igihe uri kumwe n'umugore kuko nawe ashobora kukugerageza kugira ngo arebe ko koko wihagazeho cyangwa ari ibyo uri kwihingamo.

    Nasanga koko uri umugabo uhamye, azishimira kukubona ndetse aniyumvemo ko ari wowe yashakaga.

    Ibitekerezo byagutse

    Abagabo bamwe usanga batinya kurwana intambara yo kwigarurira umugore nyamara iyo umaze kwigarurira umutima w'umugore nta n'ikindi utabasha kwigarurira. Ntu gakererezwe no kwibaza ngo ese ubu ndamubwira iki kuko bizaguca intege bitume unatinya. Gerageza kwegera abagore muganire ndetse hari n'ubwo bamwe usanga bakwitwara ho nabi, ibyo ntibikakubuze gukomeza buke buke uzagera k'uwo ushaka.

    Ambara neza

    Iga kwambara neza kandi uberwe, ntukifate nk'aho utiyitayeho. Ntukabereho gushimisha cyangwa kunezeza. Kwambara neza si ukwambara ibihenze gusa ahubwo kumesa imyenda yawe, iterwa ipasi ukayitera kandi ntiwambare nk'abasore b'inkundarubyino byatuma abakobwa bataguca amazi.

    Abagabo bamwe cyangwa abasore bakunda kwishushanya akaba yanakora ibyo adashoboye ngo akunde anezeze umugore cyangwa umukobwa.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/menya-ibintu-bike-by-ibanze-ukwiye-kugira-kugira-ngo-igitsina-gore-kikubahe

  • Umugeni yakoreye ibidasanzwe umugabo we ku munsi w'ubukwe bwabo, asuka amarira mu ruhame (Video). – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umugeni yatumye abakoresha imbuga nkoranyambaga batangara nyuma yuko hagaragaye amashusho ye aha umugabo we impano y'imodoka y'umuturika ku munsi w'ubukwe bwabo.

    Uyu mugeni yatunguye umugabo we Ku munsi w'ubukwe bwabo, maze amuha imodoka nshya isiga abashyitsi bashimishijwe n'ibyo uyu mukobwa yakoze bidasanzwe.

    Muri videwo yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga, uyu mugabo yagaragaye arira amarira y'ibyishimo mu gihe umugore we yamusohokanaga hanze akamutunguza iyi modoka y'agaciro.

    Igihe bamushyikiriza urufunguzo rw'imodoka, yasutse amarira y'ibyishimo ahita ahobera umugeni we .

    Source : https://yegob.rw/umugeni-yakoreye-ibidasanzwe-umugabo-we-ku-munsi-wubukwe-bwabo-asuka-amarira-mu-ruhame-video/

  • Mukobwa, ntuziteshe umusore uzagukorera ibintu nk'ibi||wasanga ari we waremewe. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Muri iyi nkuru tugiye kwibanda ku basore cyane, gusa iyi nkuru iragenda ikagera kuri buri wese ushaka kumenya umukunzi bagomba kubana akaramata. Urukundo ruzahora ari ingenzi cyane, urukundo ruzahora ruganza cyane, rero mukobwa nusanga bihabanye n'ibyo werekwaga ni ahawe, gusa wibuke ko nta muntu w'intungane ubaho. Aha hanze hari abantu batandukanye mu mico, iyo bigeze mu rukundo baratandukanywa, kuko urukundo rurigenga kandi rwerekanwa mu buryo butandukanye bufatwa nk'ukuri cyangwa nk'ikinyoma ku muntu uri kuruhabwa. Abakobwa basabwa kugira inama ihagije abo bakunda, ku kigero gihagije kuko hari ubwo ushobora gusanga wakoze ikosa kandi utagoragoje, ugasanga wiyambuye umuntu w'ingenzi.Wasanga umusore nk'uyu yarakuremewe.

    1. Aragukorera: Umusore wa nyawe, ntatinya kukwereka ko agifite akazi gakomeye n'ubwo wowe uba ubona yarakubonye. Uyu musore aba atekereza ko uko byagenda kose agifite akazi ko kukwitaho. Uko watekereza uhenze kubandi, ariko we aba abona akeneye izindi mbaraga zo kukwitaho.

    2. Ntabwo ashishikajwe no kuguhindura: Uyu musore wa nyawe, nta mpinduka akeneye kuri wowe kandi ni uko abibona. Uko ugaragara ni byo by'ingenzi kuri we. Aha agaciro umuntu uri muri wowe cyane, kandi azakora iyo bwabaga ngo amugumane. Uyu musore akora uko ashoboye ngo uwo akunda amenye agaciro ke, ntazigera aharanira kumuhindura uwo atari. Nk'uko twabigarutseho haruguru, urukundo nta kintu na kimwe rugenderaho (Unconditional). Guhangayika, kwikunda no kutisobanukirwa, bizatuma umusore utari uwa nyawe kuri wowe, agufata nk'igipupe bahindura uko babyifuza, ariko umusore w'ukuri numugerera mu buzima uzamumenya, uzahita ubyumva mu mitsi yawe kuko atandukanye n'abandi bose mwahuye. Uyu musore usabwa kumurinda no kumuguma hafi. Uyu musore azatuma wumva ko uko byangenda kose uri uw'ingenzi kuri we. Ibintu ubona ko ari bibi we abibonamo ibyiza kuri wowe, ndetse ni nabyo aheraho agukunda. Ntabwo azifuza kugukuramo ikintu gishya kuri we.

    3. Ntabwo azareka ngo akantu gato kamutwarire amarangamutima. Nuhura n'urukundo rw'ubuzima bwawe, ibintu bizatangira guhinduka byiza kurenza uko ubitekereza. Uzahinduka umuntu wishimye, kandi ntuzigera wemerera ikintu cyo kubatanya. Ntabwo muzabura utuntu duto mutazumvikanaho gato, ariko muzabicamo. Aha ni wowe uzabona itandukaniro ry'urukundo ufite n'urwo wagize. Urukundo ni urugendo rw'agahinda, ibyishimo n'umunezero.

    4. Ntabwo azigera ahisha abandi ko agukunda. Ikimenyetso cya mbere cy'umubano mwiza, ni uko aba bantu bombi berurira ababari iruhande ko babanye neza cyane. Iki ni ikimenyetso berekana, bashaka no kuba isomo ku bandi batemera ko urukundo rw'ukuri rubaho. Uyu musore azi neza ko utari ururabo rwo mu ishyamba (Wildflower). Azi neza ubudasa bwawe. Azatuma buri wese amenya ko udasanzwe, ndetse ko ari wowe akunda n'umutima we wose, n'ibyo afite byose. Uyu musore azagutangaza hose. Ntabwo azita kubyo isi ikuvugaho, icy'ingenzi ni uko agutekereza.

    5. Ntabwo atinya kukuganiriza kuhazaza hanyu mwembi. Uyu musore azaguha umwanya uhagije wo kumuha inama n'ibitekerezo, kuhazaza hanyu mwembi, n'ibyo mushaka kugeraho. Uyu musore arashaka kumarana igihe nawe. Uyu musore azaguha umwanya mu buzima bwe. Uyu musore azajya afata umwanzuro mwamaze kuganira.

    6. Buri munsi awufata nk'amahirwe yo kukwereka ko agukunda cyane. Umusore wa nyawe, ntazabura amahirwe yo kukwereka ko agukunda cyane. Ashobora kuba ari amagambo meza akubwira cyangwa akantu gato akora, ariko burya uyu musore aba ari kurwana no kukwereka ko uri uw'ingenzi kuri we. Umusore ugukunda azajya agutungura kenshi cyane. Uburyo agutungura rero, bikwiriye kukubera ikimenyetso cy'uko ari wowe yihebeye mu buzima bwe, nawe ntuzatume agucika.

    Source : https://yegob.rw/mukobwa-ntuziteshe-umusore-uzagukorera-ibintu-nkibiwasanga-ari-we-waremewe/

  • Uburanga bwa Uwase Kelia, inkumi itumye rutahizamu Byiringiro Lague asezera ubusore, bimwe wamumenyaho(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Uwase Kelia, ni umukobwa waraye wambitswe impeta na rutahizamu wa APR FC, Byiringiro Lague aho yamwemereye kuzabana na we akaramata maze igihe basigaje ku Isi bakakimara bari kumwe.

    Ejo hashize ku wa Kabiri nibwo Byiringiro Lague yambitse impeta ya fiançailles uyu mukobwa ukiri muto amusaba ko bazibanira.

    Urukundo rwa Byiringiro Lague na Kelia rumaze imyaka igera muri ine kuko bakundanye mbere ya 2018, mbere y’uko uyu rutahizamu asinyira APR FC.

    Uwase Kelia ni umunyarwandakazi ariko umuntu yavuga ko afite inkomoko i Burundi kuko ababyeyi be ari ho babaga.

    Bagarutse mu Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi ari nabwo Uwase Kelia yaje kuvuka mu 1999, ubu akaba ari inkumi y’imyaka 22, imyaka imwemerera kuba yasezerana imbere y’amategeko kuko ubundi hasezerana abafite 21.

    Ni umukobwa utuje kandi udakunda akavuyo, we n’umukunzi we(Lague) ntibakunda gutwika (ivugo igezweho) nk’ibindi byamamare biri mu rukundo, ntuzapfa kubabona bateranye imitoma ku mbuga nkoranyambaga.

    Ni umukobwa ukunda Lague cyane, dore ko amakuru ISIMBI ifite kandi yizewe, yegerewe n’abasore batandukanye barimo n’abakinnyi ba ruhago bashaka kumwigarurira ariko undi ababera ibamba, ababwira ko urwo akunda uyu mukinnyi nta kiguzi cyarwo.

    Uyu mukobwa usoje amashuri yisumbuye uyu mwaka, ni inkumi itewe ishema no kuba umukunzi w’uyu mukinnyi, inshuti ze zirabizi, gusa ntabwo bakunda gushyira hanze cyane ubuzima bwabo bw’urukundo.

    Ku munsi w’ejo nibwo bazasezerana imbere y’amategeko mu murenge wa Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali mu karere ka Nyarugenge, ubukwe bwo bukaba buzaba mu Kuboza 2021.

    Araseka amasaro agaseseka

    Uwase Kelia wigaruriye umutima wa Byiringiro Lague

    Amaze igihe kinini akundana na Lague

    Ni umukobwa utuje kandi ukunda umukunzi we

    Imiterere ye niyo yakuruye Byiringiro Lague

    Nta mutima mubi agira, ahora yisekera

    Ni umukobwa ukiri muto ufashe icyemezo gikomeye

    Arambara akaberwa

    Arashanana akaberwa

    We na Lague bazasezerana imbere y’amategeko ku munsi w’ejo ku wa Kane

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/uburanga-bwa-uwase-kelia-inkumi-itumye-rutahizamu-byiringiro-lague-asezera-ubusore-bimwe-wamumenyaho-amafoto-6561

  • AMAFOTO : Irebere uburanga n’Ikimero ndyoherajisho bya Kelia uzarara ejo ari Muka-Lague #rwanda #RwOT

    Aba bombi ntibigeze bahisha iby’urukundo rwabo dore ko buri umwe yakundaga gushyira amafoto y’undi ku mbuga nkoranyambaga ze.

    Amwe mu mafoto bashyira ku mbuga nkoranyambaga, baba bari kumwe bagaragaza ko urukundo rwabo ari pata na rugi ndetse ko bari mu munyenga warwo.

    Uwase Kelia ugiye kuba Mukabyiringiro [hambere umugore yitirirwaga izina ry’umugabo we, bakongeraho akajambo imbere 'Muka…’], ni umukobwa ukiri muto mu myaka w’urubavu ruto ariko bidakabije w’inzobe iringaniye akaba ashinguye mu rugero.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/AMAFOTO-Irebere-uburanga-n-Ikimero-ndyoherajisho-bya-Kelia-uzarara-ejo-ari-Muka-Lague