Tag: People

  • Wa munyarwandakazi ufite ibiro 300 yarongowe koco||ashaka kuba Miss Rwanda. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Uwimana Ingabire Jacqueline bakunze kwita maneke ni umwe mu badamu bafite ibiro byinshi mu Rwanda aho kuri ubu apima ibiro 300 byose.

    Jacqueline  w'imyaka 47 y'amavuko utuye mu karere ka Musanze, avuga ko mu buzima busanzwe akunda kurya akawunga n'agasosi ariko ibiro bye bikanga bikiyongera.Atangaza ko yavutse afite ibiro 5 kuburyo bitari byoroshye ku mubyeyi we kumuheka kuko yari anamutse.Uyu mudamu avuga ko ibiro byaje gukomeza kwiyongera kugeza ubwo mu mwaka ushize yari afite ibiro 350.Jacqueline avuga ko yakomeje gukora imyitozo ngororamubiri itandukanye kugirango ibiro bye bigabanuke aho asigaranye ibiro 300.

    Abajijwe ku buzima bwe busanzwe ,yatangaje ko akora akazi ko gucuruza mu isoko rya Musanze ,ndetse akaba anakina muri filme zitandukanye mu Rwanda. Ku buzima bw'urukundo yavuze ko mu 1993 aribwo yashakanye n'umugabo we, wamutwaye koco(uburyo umukobwa yajyaga gusura umusore agahita amukingirana ,ubundi agatangaza ko yarongowe ntabe yamurekura,agahita amugira umugore we).Yavuze ko nyuma y'imyaka 4 umugabo we yaje kwitaba Imana. Jacqueline avuga ko yifuza kuba Miss w'abantu babyibushye mu Rwanda.

    Yagize ati:' abantu tubyibushye natwe turi beza,turambara tukaberwa,nanjye urabona ko ndi mwiza.Ndiyamamaje bazantore muri nyampinga w'u Rwanda mu bantu babyibushye.Habaho Irushanwa rya Miss muto njye nzahagarira ababyibushye.'

    Jacqueline yavuze ko kubera ibiro byinshi afite hari ibyo atabasha gukora cyangwa muri sosiyete bakamufata ukundi.Urugero ngo biramugora kubona moto imutwara, ndetse ntiyagenda ku igare kuko ntiryamubasha.Avuga ko hari uburwayi afite mu muhugo aho yagiye kwivuza bamubwira ko kumubaga byamutwara miliyoni 5 bituma abyihorera ,ariko ngo hari igihe kigera akabura uko ahumeka.

    Source : https://yegob.rw/wa-munyarwandakazi-ufite-ibiro-300-yarongowe-kocoashaka-kuba-miss-rwanda/

  • Biragoye ko wabyumva! Reka tugutembereze umuj… – #rwanda #RwOT

    Monowi ni umudugudu winjijwe mu ntara ya Boyd, muri Nebraska, muri Amerika. Yamenyekanye ku rwego mpuzamahanga  nyuma y'ibarura rusange ry'Amerika ryo mu 2010, ryabaze umwe gusa  nk’umuturage utuye muri uwo mudugudu, Umukecuru  Eiler w’imyaka 87 y’amavuko niwe utuye mu mudugudu wenyine. N'ubwo ibarura rusange ryo mu 2020 ryagaragaje ko abaturage ba Monowi bariyongereye bagera kuri babiri, ariko nyuma n’ubundi  Eiler akaza gusigara mu mujyi wenyine.

    Ukurikije imigenzo, izina ‘Monowi’ risobanura “indabyo” mu rurimi kavukire rwa Amerika rutamenyekanye. Monowi yitiriwe indabyo nyinshi zo mu gasozi, zikura ahahoze umudugudu. Monowi yashizwe mu 1902, igihe umuhanda wa gari ya moshi wa Fremont, Elkhorn na Missouri wageraga muri ako gace. Ibiro by’iposita byashinzwe i Monowi mu 1902, bikomeza gukora kugeza mu 1967, akenshi bwari ubutumwa bwashakaga  kugera ku  muryango wa Eiler n’umugabo we gusa.

    Imyaka ya za 1930, igihe  Monowi yari  ituwe n’abaturage 150. Kimwe n’indi miryango mito mito yo muri iki  Kibaya kinini, Monowi  yatakaje abaturage bayo bimukira ahatandukanye, kandi yari  mu mijyi yari ifite iterambere kandi itanga akazi keza. Mu ibarura ryo mu 2000, umudugudu wari utuwe n’abantu babiri gusa.

    Inzu ya Eiler wibera mu mujyi wa Monowi wenyine 

     Abashakanye  Rudy na  Eiler nibo babarwa nk'abaturage ba Monowi bazwi. Umugabo wa Eiler, Rudy yapfuye mu 2004, asiga umugore we nk’umuturage wenyine usigaye. Muri urwo rwego, Eiler yahise akora  nk’umuyobozi mu gace ke,  agakora  igenamigambi ry'imihanda buri mwaka kugira ngo abone inkunga ya Leta  ku matara ane yo mu mudugudu we atuyemo.

    Umukecuru Eiler niwe wenyine wibera mu  mujyi wa Monowi

    N'ubwo umudugudu usa nk'uwatereranywe, ufite akabari kitwa Monowi Tavern, gakorwa na Eiler ku bagenzi ba mukerarugendo. Byongeye kandi, Eiler akomeza akagira isomero umugabo we yasize usanga ryakira abantu benshi nk’ibihumbi bitanu buri kwezi. 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110142/biragoye-ko-wabyumva-reka-tugutembereze-umujyi-wa-monowi-wo-muri-america-utuyemo-umuntu-um-110142.html

  • Video: Umusore yataye umugeni we ujya kwibyinira imbyino zidasanzwe. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Bimaze kumenyerwa ko mu muco nyafurika iyo ubukwe budafite ùmuziki bufatwa nk'ubukonje, aba butaha na bo bashimishwa no gufata amashusho n'amafoto yabarimo kubyina bakayohereza ku mbuga nkoranyambaga.

    Imwe muri izo video twabateguriye uyu munsi ni iy'umusore wasize umugeni we aho biyakirira (reception) akajya kwibyinira hamwe n'abagore bari batumiwe mu bukwe ,bazi kuzunguza ibibuno.

    Muri iyi videwo umusore n'umugeni we baba bicaranye ariko yabona abagore bari baje mu bukwe barabyina mu buryo budasanzwe ahita ahaguruka ata umugeni ajya kwibyinira.Adatekereje ku mugeni we, uyu musore yahise yiterera aho babyiniraga atangira kubyinisha abandi bagore yabafashe mu mayunguyungu.

    Source : https://yegob.rw/video-umusore-yataye-umugeni-we-ujya-kwibyinira-imbyino-zidasanzwe/

  • Niba ushaka ko umukobwa mukundana yifuza guhorana na we, mufate muri ubu buryo. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Usanga abasore benshi cyangwa se abagabo bifuza kubona abakobwa b'inshuti zabo babasekera, babamwenyurira n'ibindi byerekana ko banezerewe, dore ko hafi y'abasore bose ngo babikunda ariko ngo ugasanga hari abatabigeraho bagakeka ko ahari ari uko inshuti zabo zitabishimiye. Nyamara ariko ngo si ko kuri kuko kugira ngo umukobwa yishime, aseke, amwenyure biterwa n'uko umusore bari kumwe yamufashe.

    Urubuga rwa Elcrema rutanga zimwe mu nzira umusore ashobora gukoresha kugira ngo iyo nseko cyangwa se kumwenyurirwa akunda abe yabigeraho ari zo izi zikurikira:

    1.Kumukora mu misatsi igihe muri kumwe bimutera akanyamuneza.

    Mureke aryame mu gituza cyawe umuganirize ariho yibereye kandi ntumukomakome umwereke ko atekanye kandi ko arinzwe ubundi umureke atete.

    2.Mubwire ko ari mwiza.

    Buri mukobwa wese akunda kubibwirwa kandi igihe cyose abibwiwe biramushimisha agatangira kumwenyura no kugaragariza umukunzi ibyishimo bimurimo.

    Igihe muri kumwe ukaba hari ikintu urimo kuvugana n'undi mukobwa haba amaso ku maso cyangwa se kuri telefoni, ukirangizanya na we hita ufata akaboko umukunzi, umusome ubundi umwiyegereze hanyuma mwikomereze ibyo mwari murimo. Bituma anezererwa agatangira no kumwenyura kuko bimwereka ko wari ukimwitayeho.

    3.Niba aguhaye impano ku munsi mukuru runaka, yifate umubwire wishimye ko uyikunze kandi ko yakunejeje kabone nubwo waba wabonye nta gishya ariko ngo kubimubwira biramushimisha akumva ko ataruhiye ubusa.

    4. Fata igihe atatekerezaga ko ushobora kubonana na we ushake akantu runaka kadahenze uzi ko akunda ubundi ukamushyire umutunguye, ngo ibyishimo azagira bizaba biruta uko ubikeneye.

    5.Mubwire ko umwitaho kandi ko uzahora ubikora igihe cyose agufite nk'umukunzi.

    Gerageza ku buryo imvura nigwa muri kumwe umutwikira cyangwa umutize ikoti ryawe.Iki ngo ni ikintu abakobwa bakunda kandi kikabanezeza bikabagaragaraho.

    Source : https://yegob.rw/niba-ushaka-ko-umukobwa-mukundana-yifuza-guhorana-na-we-mufate-muri-ubu-buryo/

  • Dore ibintu 5 bituma igitsina gore kiguha icyubahiro (woe mugabo) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Abagabo benshi hanze aha bakunda kubahwa n'igitsina gore bitwe nuko wifashe imbere cg uburyo ugaragara mu maso y'abantu.

    Twakusanyije bimwe mu byatuma igitsina kiguha icyubahiro nkuko tubikesha urubaga rwa elcrema tugiye kureba ibintu bitanu byaguha icyubahiro imbere y'igitsina gore.

    Dore bimwe mu byaguha icyubahiro:

    Ibitekerezo byagutse

    Abagabo bamwe usanga batinya kurwana intambara yo kwigarurira umugore nyamara iyo umaze kwigarurira umutima w'umugore nta n'ikindi utabasha kwigarurira. Ntu gakererezwe no kwibaza ngo ese ubu ndamubwira iki kuko bizaguca intege bitume unatinya.

    Gerageza kwegera abagore muganire ndetse hari n'ubwo bamwe usanga bakwitwara ho nabi, ibyo ntibikakubuze gukomeza buke buke uzagera k'uwo ushaka.

    Ambara neza

    Iga kwambara neza kandi uberwe, ntukifate nk'aho utiyitayeho. Ntukabereho gushimisha cyangwa kunezeza.

    Akenshi igitsina gore gikunda umusore cg umugabo ugaragara neza mu maso y'abantu bivuze uzi kwambara dore ko biri mu bikurura abagore.

    Igirire ikizere kandi uhore wisanzuye

    Abagore benshi banezezwa no kubona umugabo wihagazeho kandi wifitiye ikizere n'ubwo bamwe muri bo bigira nk'aho bitabafashe ho.

    Gukunda abagabo bigirira ikizere binaba muri kamere y'abagore kuko bazi ko abagabo nk'aba baboneka hake. Gusa ntukihingemo kwigirira ikizere ahubwo uge ureka bibe ibiri muri wowe ubwawe.

    Guhorana ibyishimo

    Abagore benshi bakunda umugabo uhora wishimye ku maso ye agaragaza akanyamuneza ndetse akaba azi no kuganira kuko bituma baguha icyubahiro woe mugabo.

    Nabwo igitsina gore gikunda umuntu uhorana avuga nabi kuko benshi bakunda umugabo uvuga neza bisanzura ho .

    Source : https://yegob.rw/dore-ibintu-5-bituma-igitsina-gore-kiguha-icyubahiro-woe-mugabo/

  • Dore gatanya zabayeho zihenze cyane ku isi. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Muri iyi nkuru turagaruka uko ubutunzi bwinshi budashobora gutuma ababana badatana. Aho kugeza ubu bamwe mu baherwe bo kw'isi bigwijeho amamiliyari y'amafaranga bagiye bahura n'ibibazo bikomeye mu ngo zabo bikabageza mu gutandukana n'abagore babo kandi gatanya zabo zikabatwara akayabo k'amafaranga.

    Nkuko tubikesha ikinyamakuru 24minute, kuri iyi isi hari abaherwe bagiye batandukana n'abagore babo bikabatwara amafaranga menshi kugira gatanya zabo zemerwe.

    1.Jeff Bezos na MacKenzie Bezos gatanya yabo niyo yahenze cyane kuko yatwaye akayabo ka Miliyari 35 z'amadorali .

    2.Alec Wildenstein'na Jocelyn Wildenstein nibo baza ku mwaya wa kabiri gatanya yabo yatwaye Miliyari 3 na 800 z'amadorali

    3.Rupert Murdoch na Anna Murdoch gatanya yabo yatwaye akayabo ka Miliyari 1 na 700 z'amadorali

    4.Bernie Ecclestone na Slavica Ecclestone gatanya yabo yatwaye Miliyari 1 na 200 z'amadorali .

    5.Steve Wynn na Elaine Wynn gatanya yabo yatwaye Miliyari imwe y'amadorali .

    6.Harold Hamm na Sue Ann Arnall gatanya yabo yatwaye miliyoni 974.8 z'amadorali

    7.Adnan Khashoggi na Soraya Khashoggi gatanya yabo yatwaye Miliyoni 874 z'amadorali .

    8.Tiger Woods wamenyekanye mu mukino wa Golf gatanya ye na Elin Nordegren yatwaye Miliyoni 710 z'amadorali .

    Source : https://yegob.rw/dore-gatanya-zabayeho-zihenze-cyane-ku-isi/

  • Musanze : Umukobwa wari waranze kuva iwabo w’umuhungu avuga ko agomba kumurongora yirukanyweyo #rwanda #RwOT

    Uyu mukobwa n’umuhungu bombi banganya imyaka kuko bafite 19 mu gihe itegeko ryo mu Rwanda ryemerera abantu gushyingirwa bafite imyaka 21 y’amavuko.

    Ubwo habaga inteko y’abaturage, iki kibazo cyaje kuzamurwa n’umubyeyi w’umukobwa wavugaga ko umukobwa we yaheze muri ruriya rugo kandi ko atarageza imyaka y’ubukure (18) akaba anabayeho nabi

    Ubuyobozi bwahise bwohereza abo mu rwego rwa DASSO kujya kuzana uwo mukobwa, aho aziye asobanura uko byose byagenze.

    Yavuze ko umusore avuga ko yamurongoye yagiye iwabo kumusura, undi akamuherekeza ku mugoroba ubundi umusore akamubwira ko bagomba kugerana iwabo kugira ngo amurongore.

    Yagize ati 'Nageze mu rugo rero iwabo aragenda sinamenya aho yagiye, nanjye rero sinataha kandi twarakoze ibintu, naba nitesheje agaciro, nzahaguma kugeza agarutse kuko ndi umugore we.'

    Se w’umuhungu, yahise ahaguruka yisobanura ko umukobwa adafashwe nabi ahubwo ko uwo avuga ko yamushatse (umuhungu) ntawe uhari.

    Ati 'Uwo mukobwa yageze iwanjye nka saa sita z’ijoro twumva umuntu uhamagara, dusohotse dusanga yicaye hanze tumubajije avuga ko umuhungu wacu yamusohoje (yamushatse) ubwo rero ajo kuba hano ngo babane.

    Tumubajije aho ari (umuhungu), avuga ko ari buze kuko bariho basangira umusururu. Ubwo rero twategereje ko umuhungu aza ngo atwemerere ko yamusohoje turaheba, kugeza na n’ubu ntaragaruka, twinginze umukobwa ngo atahe aranga !'

    Uyu mubyeyi akomeza avuga ko asaba ko uyu mukobwa bamujyana iwabo kuko umuhungu yaje asanga adahari, kandi ko atuye ari ikirara kuko nta n’ukwezi yari yakamara iwabo avuye muri Uganda, bityo ko atazi ibyabo bana.

    Se w’umukobwa we ntiyabikozwaga kuko yumvaga ko umukobwa we yarenganye, uwo muryango ugomba kumuha inzu azabamo cyane ko yavugaga ko akiri muto ataruzuza imyaka y’ubukure. Gusa baje kureba ku ndangamuntu ye basanga yavutse tariki 1/1/2002.

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeanine amaze kumva impande zombi yategetse ko umukobwa asubira iwabo bakazareba nyuma niba yaratewe inda, bakaba ariho bakurikirana ikibazo cyabo, akavuga ko nta bundi buryo yari gukemura iki kibazo.

    Yagize ati 'Mu by’ukuri umwana yaraje ajya iwabo w’umusore avuga ko aje kubana n’umuhungu wabo, kandi umuhungu baramubuze, ikindi twasanze umusore afite imyaka 19 umukobwa na we niyo afite, kandi amategeko ashyingira abantu bafite imyaka 21, ubwo nta nubwo amategeko yabashyingira.

    Ikindi kandi nta nubwo amategeko ashyingira ku gahato ashyingiranya ababyiyemije, none ngo umuhungu yaranamutaye, yahise yigendera. Tumugiriye inama rero yo gusubira iwabo, yatwita akaba aribwo tuzakurikira Se w’umwana.'

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Musanze-Umukobwa-wari-waranze-kuva-iwabo-w-umuhungu-avuga-ko-agomba-kumurongora-yirukanyweyo

  • Uburyo wasomamo umukunzi wawe ntazigere abyibagirwa ubuzima bwe bwose. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Niba ukunda gusomana cyangwa ubiteganya ni byiza kumenya uko wakwitwara mu gihe ugiye gusomana n'umukunzi wawe ku buryo bihora bimubera urwibutso akaba atabasha kuzabyibagirwa mu buzima bwe, nk'uko urubuga elcrema rubugaragaza.

    • Tangira gahoro

    Igihe ugiye gusoma umukunzi wawe, tangira buhoro,hera ku munwa we wo hasi uwusiritaho uwawe, ukomereze ku munwa we wo hejuru nabwo uwegereza uwe buhoro buhoro.

    • Sumbyaho gato uko watangiye

    Nyuma yo gutangira buhoro buhoro, ushobora gusumbyaho umuvuduko wabikoreragaho, noneho umunwa wawe ukaba watangira kuwegereza cyane uwe ukamurigata,ugenda wongeramo akagufu.

    • Ntukibagirwe gukoresha amenyo

    Ku bantu benshi gusomana bitangira ndetse bikanasozwa bakoresha iminwa gusa, nyamara gukoresha amenyo bikangura ibyumviro, ugatangira kumva uburyohe muri wowe.

    Ntabwo gukoresha amenyo bivuze kuruma mugenzi wawe ahubwo ukoresha amenyo mu kwagaza umunwa wa mugenzi wawe akarushaho kumva utuntu tumwirukanka mu mubiri.

    Ni nk'ibirungo uba ushyize mu gusomana kuko uko amenyo yawe yagaza umunwa we wo hasi n'uwo hejuru ubisimburanya bizana ibindi byumviro iminwa yanyu mwembi itari kuzana.

    • Hindura icyerezo cy'umutwe

    Ntugomba gutangira gusomana ngo uze kurinda ubwo ubirangiza, utarahindura icyerekezo cy'umutwe.

    Uko usomana uba ugomba kugenda uhindura icyerezo cy'umutwe w'uwo murimo gusomana na byo birabafasha mukaryoherwa cyane.

    • Wikwibanda cyane ku minwa

    Igihe usoma umukunzi wawe, ntukibande ku minwa gusa nk'aho nta bindi bice by'umubiri iyo nshuti yawe ifite,ugomba no gusoma mu ijoshi, amatwi, ku matama h'umukunzi wawe,ibice byose by'umubiri bigakanguka nibwo arushaho kuryoherwa.

    • Kubikora kenshi bituma uhinduka inzobere

    Ntushobora kuba inzobere igihe cyose udashyira mu bikorwa ibintu bishya wungutse.

    Ntushobora kwizera ko uzasomana neza n'inshuti yawe ku nshuro ya mbere, ariko igihe cyose uzakomeza kubikora uzasigara uri umuhanga mu gusomana ku buryo uwo uzasoma bizamubera urwibutso mu buzima bwe bwose.

    Source : https://yegob.rw/uburyo-wasomamo-umukunzi-wawe-ntazigere-abyibagirwa-ubuzima-bwe-bwose/

  • Wari uziko ushobora guca inyuma umukunzi wawe utabizi? Dore uko bigenda. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Benshi baziko guca inyuma umukunzi wawe ari ukuryamana nundi muntu mutashakanye gusa, hari ibindi bikorwa abantu bakora kenshi batazi ko barimo gucana inyuma.

    1.Kugira inshuti itari uwo mwashakanye bitari iby'urukundo rweruye ariko na none bitari ubucuti busanzwe. Ugasanga mukoranaho birenze ibisanzwe, amagambo mubwirana ntabwo ari ayo wabwira undi uwo ariwe wese. Abashakanye bakwiye kwirinda izo nshuti.

    2.Kwandikira umuntu mudahuje igitsina ikarita imwifuriza ibyiza, imwihanganisha cyangwa se kumuha intwererano, ukabikora wenyine udashyizeho ko mubikoze hamwe n'uwo mwashakanye nabyo uba uri kumuca inyuma.

    3.Kuvuga nabi uwo mwashakanye: Kuvuga nabi uwo mwashakanye ubibwira uwo mudahuje igitsina cyangwa utari uwo mu muryango, nabyo wabyirinda cyeretse mu gihe hajemo ihohoterwa nibwo wabibwira ababishinzwe n'ubwo baba badahuje igitsina nawe.

    4.Kwandikirana n'undi muntu mudahuje igitsina, muvugana ibintu by'amabanga utabwira uwo mwashakanye, hazamo no kwandikirana kuri whatsapp, kohererezanya amashusho udashaka ko uwo mwashakanye abona, nabyo wabyirinda.

    5.Gusohokana n'undi muntu utari uwo mwashakanye. Kujya gusangira n'undi muntu mudahuje igitsina, gutembera hamwe cyangwa kumusura bigamije kugirana ibihe byiza gusa, nabyo ni nko guca inyuma. Wagombye kumara uwo mwanya uri kumwe n'uwo mwashakanye.

    6.Kwambara ukarimba ubikorera undi muntu: Niba uri kwambara imyenda myiza cyangwa yihariye ushaka kugira umuntu wemeza utari uwo mwashakanye, tangira witekerezeho umenye impamvu uri kubikora.

    7.Gushyira abana cyangwa ababyeyi bawe mbere y'uwo mwashakanye: N'ubwo abana n'ababyeyi ari ingenzi mu buzima, ntibagomba gufata umwanya wa mbere ngo bajye bamenya gahunda zawe mbere y'uwo mwashakanye, cyangwa abe aribo bakugira inama ukurikiza.

    8.Kwanga gukora imibonano mpuzabitsina n'uwo mwashakanye nabyo ni bibi. Bitera ibibazo, bikaba ari no kwanga ibyo uba wariyemeje mugiye kubana, bikaba byanavamo ko wamuca inyuma ukaryamana n'undi.

    9.Kubwira ibibazo by'urugo rwawe, umuntu mudahuje igitsina. Ibibazo niba utabasha kubiganira n'uwo mwashakanye, bibwire inshuti cyangwa undi muntu wo mu muryango muhuje igitsina. Akenshi ababibwira abo badahuje, birangira havuyemo ubusambanyi n'ubwo biba byaratangiye atari byo bagamije.

    Source : https://yegob.rw/wari-uziko-ushobora-guca-inyuma-umukunzi-wawe-utabizi-dore-uko-bigenda/

  • Rulindo: Umugore yahagaritse ubukwe bw'umugabo we imbere ya Gitifu abantu barahurura – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umugore witwa Mukarugwira Bertha washakanye na Twahirwa Elias yagize agahinda gakomeye nyuma yo kumva ko Twahirwa Elias babyaranye abana 3 agiye gusezerana n'undi mugore nyamara abana be badafite uburenganzira ndetse nta n'ubushobozi afite bwo kuba yababonera ibyangombwa harimo nk'amafaranga y'ishuri n'ibindi. Mukarugwira na Twahirwa babanye guhera mu mwaka wa 2007 baza gutandukana mu mwaka wa 2015 gusa Twahirwa yagiye acitse Mukarugwira.

    Mukarugwira akimenya amakuru yahise yihutira gufata imodoka yerekeza mu murenge wa Tumba ho mu Karere ka Rulindo aho Twahirwa yari agiye gusezeranira n'umugore we mushya. Muri uru rugendo, Mukarugwira ntabwo yari wenyine kuko yarari kumwe n'abana be 3 yabyaranye na Twahirwa.

    Mukarugwira akigera kuri salle y'umurenge wa Tumba aho gusezerana imbere y'amategeko kwa Twahirwa n'umugore we mushya byari birimo kubera, yahise yinjira niko gusenga Twahirwa ariwe urimo kurahira maze atera hejuru agira ati ” Ntabwo mbishaka, ndashaka uburwnganzira bw'abana banjye….. oya oyaaa ntabwo mbyumva…. “. Ubwo icyo gihe abantu bari bari hafi ya salle y'umurenge wa Tumba bahise binjira bose muri salle maze irakubita iruzura.

    Mukarugwira yakomeje gutera hejuru avuga ko adashaka ko Twahirwa asezerana ndetse avuga ko yari yaramenyesheje Gitifu ikibazo cye ariko ntamufashe. Mukarugwira yakomeje gutera hejuru avuga ko ashaka ko abana be babona uburenganzira bwabo birangira gusezerana bihagaritswe.

    Source : https://yegob.rw/rulindo-umugore-yahagaritse-ubukwe-bwumugabo-we-imbere-ya-gitifu-abantu-barahurura/