Tag: People

  • Ubutumwa Miss Naomie yandikiye RIB n'urwego rw'umuvunyi bukomeje guteza urujijo kuri bamwe bakoresha Twitter #rwanda #RwOT

    Nishimwe Naomie, yanyarukiye ku rukuta rwe rwa Twitter asaba RIB n'Urwego rw'Umuvunyi gusoma ibyo yabandikiye, iibintu byakomeje gutera urujijo abakoresha imbuga nkoranyambaga kuko uyu mukobwa yirinze kwerura ngo avuge icyo yabaye, ariyo mpamvu bamwe bamubazaga niba yibwe, cyangwa yahohotewe.

    Nishimwe Naomi yagize ati: “Mwaramutse RIB, mwareba ubutumwa nabandikiye mu gikari”. RIB yahise imuzubiza byihuse iti “Urakoze Naomie reka tubikurikirane”. Miss Naomi yahise abashimira ati “Murakoze”. Ubu butumwa bwa Nishimwe Naomie yabuhaye n'Urwego rw'Umuvunyi, uru rwego rwamusubije rugira ruti: “Muraho Miss, ubutubwa bwawe bwakiriwe murakoze”.

    Abantu batari bacye bibajije icyo Miss Naomie yabaye. Nyampinga w'u Rwanda w'umwaka wa 2016, Mutesi Jolly yahise agwa mu kantu agira ati “Ehhh Miss, barakwibye??”. Aha yahise amusuza ati “Reka”. uwitwa Mufasha yagize ati; “Bakwibye amanota?”. Uwiyita Kigalighost kuri Twitter we yagize ati “Ninde wagusagariye?”.


    Naho uwitwa Naonesho yamubajije impamvu yabigize ubwiru, ati: “Kuki wabigize ubwiru c?”,n'abandi batari bacye bibajije ku cyo Naomie yabaye kitaramenyekana. N'ubwo Miss Naomie yagize ubwiru ikibazo cye, gishobora kuba gikomeye cyane bitewe n'inzego yitabaje. Turacyagerageza kumuvugisha.

    Bamwe mubagize amatsiko y'ubutumwa Miss Naomie atanze





    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/ubutumwa-miss-naomie-yandikiye-rib-n-urwego-rw-umuvunyi-bukomeje-guteza-urujijo

  • Umugore yavugije induru avuga ko umugabo we atamushimisha mu buriri (Video) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu mashusho yagaragaraga ku mbuga nkoranyambaga yerekana umugore warakariye cyane umugabo we amushinja kutamushimisha mu buriri.

    Uyu mugore yumvikanye avuza induru mu ijwi ryo hejuru aho yatutse umugabo we avuga ko umugabo we atatuma agera agera ku byishimo bye mu gihe barimo gutera akabariro. Ku bwe, ngo umugabo yamye amubuza amahwemo ariko bikamugora kumugeza ku byishimo bye (kurangiza).

    Source : https://yegob.rw/umugore-yavugije-induru-avuga-ko-umugabo-we-atamushimisha-mu-buriri-video/

  • Umusore yishimiye impano isekeje abatereta umukunzi we bamuhaye. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umusore yatunguye abakoresha imbuga nkoranyambaga ubwo yatangazaga ko umukobwa bakundana yahawe amafaranga n'abandi basore bamutera maze akaguramo ibyo kurya bikamunezeza.

    Uyu musore yifashishije imbuga nkoranyambaga ze yavuze ko umukobwa w'inshuti ye yamubwiye ko bamuterese maze bamuha impano y'amafaranga ndetse aguramo ibiryo , atekera uyu musore.Yabyishimiye avuga ko ibyo uyu mukobwa yamukoreye yabikunze.

    Source : https://yegob.rw/umusore-yishimiye-impano-isekeje-abatereta-umukunzi-we-bamuhaye/

  • Niba ushaka ko umukunzi wawe akwizera mukorere ibi bintu. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Iyo nta cyizere hagati y'abakundana ntabwo umubano wabo ukomera kuko icyambere ari ukwizerana.

    Dore icyo wakorera umukunzi wawe bigatuma akwizera:

    1.Kutivumbura

    Kwivumbura ni ikintu kibi cyane mu buzima busanzwe bwa buri munsi noneho iyo uhora wivumbura cyangwa wirakaza ku mukunzi wawe ikibaye cyose ukarakara nawe arabirambwirwa kandi nawe akakurambwirwa vuba.

    Ikizima watuza niyo yakubabaza ukaza kubimubaza mumeze neza mwese mwishimye ucishije make burya aragusobanurira kandi akabikubwira neza rwose. Ndabizi kubyihanganira biragora ariko ikiza ni uko wagerageza hanyuma ukaza kumuhana mwese ntanumwe ufite umujinya, icyogihe arabyumva kandi akajyerageza kuburyo bitazonjyera.

    2.Kumukunda

    Uzamukunde kandi ubimwereke ureke byabindi bajya bavuga ngo iyo ukunze umuntu ukabimwereka aragusuzugura cyangwa ashobora guhita agutendeka, ibyo ntaho bihuriye ushobora kumukunda ukabimwereka ndetse bigatuma nawe yirekura wese kuko aba abona ko nta buryarya bukurimo.

    3.Kubwizanya ukuri

    Burya mu rukundo habaho ibintu byinshi byatuma rurushaho kwiyongera rero no kubwizanya ukuri biri muri bimwe mu byagufasha mu rukundo.

    Tangira ubwize ukuri umukunzi wawe kuri burikimwe cyose kuburyo anakujyenzuye yazajya asanga ibyo wamubwiye ari ukuri.

    4.Kumwitaho:

    Burya kwita ku mukunzi wawe ni byiza kandi ntabwo bisaba ibintu byinshi, niba aguhamagaye ukamwitaba kandi umuvugisha neza icyo akubajije ukamusubiza witonze kandi umubwiza ukuri, ukamuha impano umutunguye niyo yaba ari nto burya iramushimisha kandi ukazajya umenya uko yiriwe n'uko yaramutse mbese ukamuha umwanya mu buzima bwawe ukongeraho no kumwereka inshuti zawe kuko bimwereka ko uterwa ishema nawe.

    6.Kutamutendeka

    Bakunze kuvuga ngo gutendeka ni byiza ariko njye siko mbyumva, ushobora gutendeka umuntu kandi yagukundaga ugasanga arabimenye, ikizere kigahita gishira cyangwa mugahita mutandukana kandi yagukundaga by'ukuri wawundi wamutendekagaho ugasanga we nta gukunda.

    Source : https://yegob.rw/niba-ushaka-ko-umukunzi-wawe-akwizera-mukorere-ibi-bintu/

  • Umugabo ufite agahigo ko kugira izuru rirerire ku isi akomeje gutangaza benshi #rwanda #RwOT

    Umugabo wo muri Turukiya wanditswe muri “Guinness World Record”kubera agahigo ko kuba umuntu ufite izuru rirerire kurusha abandi ku isi rireshya na santimetero 8,8.

    Mehmet Özyürek w'imyaka 71, yahawe iri kamba bwa mbere hashize imyaka 11 ariko igitangaje nuko iri zuru rigikura.

    Izuru ry'uyu mugabo ryapimwe kuri televiziyo yo mu Butaliyani mu kiganiro cya “Lo Show dei Record” mu mwaka wa 2010 – aho havumbuwe ko afite izuru rirerire ku isi.

    Guinness World Records yemeje ko na nyuma y'imyaka 10, izuru rye rikomeje gukura.

    Banditse kuri Twitter bati: “#Uyu munsi, mu mwaka wa 2010, Mehmet Özyürek ukomoka muri Turukiya yemejwe ku mugaragaro ko afite agahigo ko kugira izuru rirerire kurusha abandi bantu bariho.

    “Izuru ryiza rya Mehmet apima cm 8.8 (3.46 in) kuva hasi kugera hejuru.

    Muri iki cyumweru umwongereza yakoze agahigo ku isi yose ko gutwara yihuta akamashini gakata ibyatsi.

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/umugabo-ufite-agahigo-ko-kugira-izuru-rirerire-ku-isi-akomeje-gutangaza-benshi

  • Umukecuru n'umusaza bakundanye bacyigana muri kaminuza bahuye nyuma y'imyaka 42 bahita bibanira #rwanda #RwOT

    Jeannie Gustavson na Steve Watts bahuye nk'abanyeshuri muri kaminuza ya Loyola i Chicago ubwo uyu mugore yari afite imyaka 18, mu gihe uyu mugabo yari mukuru kuko we yari afite imyaka 21 bidatinze batangira gukundana rwihishwa.

    Icyakora, aba bombi bagowe n'urukundo rwabo kuko umugabo yari umwirabura,umugore ari umuzungu byatumye umuryango w'uyu mukobwa witambika urukundo rwabo kuko ntiwemeraga gukundana hagati y'abantu badahuje ibara ry'uruhu.Aba bombi bamaze imyaka irindwi bakundana rwihishwa.

    Nubwo amaherezo batandukanye,aba bombi bahuye hashize imyaka mirongo ine n'ibiri gusa ngo Jeannie, ubu ufite imyaka 68, yahoraga yicuza icyemezo cyo guhagarika umubano we na Steve ndetse ngo ntabwo yigeze amwibagirwa i

    Mu myaka ibarirwa muri za mirongo batandukanye, Jeannie yakomeje kwizera ko bagikundana kandi ntiyibeshye kuko baherutse guhura mu buryo bw'igitangaza avumbura ko na Steve ariko yiyumvaga

    Aganira n'amakuru ya KWG,Jeannie yagize ati: 'Namukunze cyane tukiri bato kandi nari nzi ko ankunda. Ariko kugeza igihe ibyo byose byabereye, sinari nzi uburyo ankunda. Mu byukuri sinari mbizi.”

    Jeannie avuga ko yibuka uburyo umukunzi we wo muri kaminuza Steve, ubu ufite imyaka 71, yari muremure kandi 'mwiza, ufite ubwenge buhebuje,igikundiro ndetse amwenyura bikarangaza benshi.

    Icyakora, nk'umugabo n'umugore badahuje uruhu, mu myaka ya za 70, yasobanuye ko ibihe byari bibi cyane kandi umuryango we 'utumva cyangwa ngo wihanganire' umubano wabo.

    Jeannie yagize ati: 'Nababajwe cyane kandi natangajwe cyane n'ibyo umuryango wanjye wakoze nibyo wavugaga.' 'Twahisemo guhisha umubano wacu,tuwugira ibanga.'

    Jeannie yarangije mu 1975 aba umuforomo maze Steve yiga impamyabumenyi ihanitse mu burezi aba umwarimu w'Ikidage.

    Ariko, nyuma y'imyaka hafi umunani bari kumwe, Jeannie yahagaritse umubano wabo kuri terefone kubera ibibazo by'akazi, intera yari hagati yabo ndetse no kudahuza kuri gahunda zabo.Uyu mugore avuga ko yicujije icyemezo yafashe ubuzima bwe bwose.

    Aganira n'ikinyamakuru KWG, yagize ati: 'Nicujije ibyo nakoze nkimara kubikora,ako kanya. Ndashaka kuvuga ko nari mbizi ko ntagombaga guhagarika umubano wacu nkuko nabigenje ariko icyo gihe sinari nzi ikindi nakora. '

    Aba bahoze bakundana muri kaminuza ntibigeze bongera kuvugana cyangwa ngo babonane,byatumye Jeannie ashyingiranwa n'undi mugabo, nyuma baratandukana, ariko akavuga ko uko imyaka yagiye ihita atigeze yibagirwa Steve.

    Mu mpera z'umwaka ushize, Jeannie yatangiye kumushakisha kuri interineti, ashaka kumusaba amahirwe ya kabiri cyangwa gusaba imbabazi ko yatandukanye na we.

    Yanditse vuba aha ati: 'Nyuma y'imyaka mirongo ine n'ibiri, ikiruhuko cy'izabukuru, ufite mudasobwa kandi nta kindi uretse igihe mu biganza byawe, nshobora kumubona? Nshobora gusaba imbabazi? Turashobora kuba inshuti? '

    Imbaraga Jeannie yakoresheje mu gushaka Steve zabaye imfabusa mumezi arindwi, kugeza ubwo abonanye na mwishywa we wamubwiye ko Steve yari mu kigo cyita ku bageze mu za bukuru i Chicago akamuha aderesi.

    Jeannie yamwandikiye inshuro ebyiri ariko ntiyamusubiza, amaherezo ajya kumushaka mu kigo cyita ku barwayi muri iyi mpeshyi afite ifoto yabo basoza amasomo.

    Yibutse uko bongeye guhura, Jeannie yagize ati: 'Umunota yinjiye mu cyumba cyo gusura maze akavuga izina ryiza yampagaraga, imyaka mirongo ine n'ibiri yahise igenda.

    Njye nawe twahise dusubiramu myaka 18 na 21. Twararize, turaseka, turafatana. Kandi igitangaje cyane twabonye ko tukiri mu rukundo. '

    Steve yari amaze imyaka 15 yibasiwe n'indwara ya Stroke inshuro ebyiri, bituma acika intege kandi Jeannie niwe wari umusuye bwa mbere mu myaka icumi.

    Ati “Icyo gihe nabonye ko akinkunda, kandi ko bigiye kuba iby'iteka ryose. Nari mbizi gusa.”

    Abifashijwemo na GoFundMe,no gukoresha amafaranga yari yarazigamye, Jeannie yashoboye kuvana Steve mu kigo cyita ku bageze mu za bukuru,amuzana iwe i Portland, Oregan, aho ubu ari we umwitaho.

    Nubwo Steve bimugora kuvuga, aracyashobora gusetsa Jeannie kandi bababariranye kera kandi bongeye kubyutsa urukundo rwabo rwari rwatakaye.



    Jeannie na Steve batandukanyijwe n'ivanguraruhu bahuye nyuma y'imyaka 42 bahita bibanira

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/imibereho/article/umukecuru-n-umusaza-bakundanye-bacyigana-muri-kaminuza-bahuye-nyuma-y-imyaka-42

  • Umusaza yapfuye nyuma y' uko ijoro ryose yararanye n' inkumi ebyiri abizeza kuzabahesha akazi , inkuru irambuye #rwanda #RwOT

    Inkuru twavuga ko idasanzwe ariko iteye agahinda n' iyu musaza wari ugeze mu zabukuru bivugwa ko yari umukozi w'iposita muri Nigeria (NIPOST), yapfuye nyuma yo kumara ijoro ryose asambanya abakobwa b'inkumi babiri yabasezeranyije kuzabahesha akazi bakava mu bushomeri .

    Iyi nkuru y' uyu musaza yabareye ahitwa Akwa Ibom muri Nigeria, aho aba bakobwa bahise batabwa muri yombi kugira ngo hakorwe iperereza.

    Umuvugizi wa Polisi muri Leta ya Akwa Ibom, SP Odiko Macdon, yavuze ko ' Polisi yamenye iki kibazo, babiri batawe muri yombi kugira ngo hakorwe iperereza ku cyaba cyishe uwo musaza.'

    Uwapfuye yari atuye ku muhanda witwa Udo mu muhanda wo muri Uyo. Umwe mu baturage utashatse ko amazina ye atangazwa, yabwiye Nigeria Tribune ko uyu musaza yaba yishwe n'umunaniro ubwo yasambanyaga aba bakobwa bombi yari kuzarangira akazi ku biro by'iposita muri Ibom Plaza Arena muri Uyo.

    Source : https://impanuro.rw/2021/10/08/umusaza-yapfuye-nyuma-y-uko-ijoro-ryose-yararanye-n-inkumi-ebyiri-abizeza-kuzabahesha-akazi-inkuru-irambuye/

  • Rwamagana: Umugore ahagarikiye ubukwe mu murenge, abantu barahurura(Video) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umubyeyi waje witwaje umwana we  ubukwe bw'umugabo we witwa Innocent wari ugiye gusezerana n'undi mugore, amushinja kutabahiriza uburenganzira bw'umwana babyaye ndetse no guta urugo.

    Ibi byabereye mu karere ka Rwamagana mu murenge wa Kigabiro ubwo innocent yari agiye gusezerana imbere y'amategeko n'umugore we mushya ,uyu mubyeyi babyaranye umwana yahise yinjira asuka amarira avuga ko atakwemera ko umugabo we arongora undi mugore mugihe yataye urugo ,ndetse akaba atita ku mwana babyaranye.Abantu bahise bagwa mu kantu babonye ibibaye.

    Innocent abajijwe niba hari icyo azi kuri uriya mugore yavuze ko koko babyaranye ariko ngo ntiyaherukaga kumubona ariyo mpamvu yafashe icyemezo cyo gushaka undi mugore.Gusa yahamirije itangazamakuru ko yajyaga avugana nuyu mugore kuri telefoni ndetse yakekaga ko ari budobye ubu bukwe.Ubuyobozi bw'umurenge wari bwatangaje ko aba bombi bari batanze ikibazo cyabo mu murenge ,ariko uyu Innocent yabihakanye ahamya ko ataherukaga kubonana nuyu mugore we.

    Umugeni mushya wari ugiye gushakana na Innocent yavuze ko yari yiteguye ko uyu mugore ari buze guhungabanya ubukwe bwabo ,ngo kuko yahoraga abaneka ,ngo a azabicire ubukwe.

    Nyuma yo kugirana ibiganiro n'ubuyobozi bw'umurenge ,Aba bombi bimeranyije ko Innocent agururira imyenda y'ishuri umwana we, kumubonera amafaranga yishuri, no gufasha umugore we kubona ibitunga umwana wabo.Byaje kurangira ubukwe bukomeje nubwo bwari bwajemo kidobya.

    Source : https://yegob.rw/rwamagana-umugore-ahagarikiye-ubukwe-mu-murenge-abantu-barahururavideo/

  • Dore imyitwarire igitsina gabo cy'idakunda kuba bagore babo – YEGOB #rwanda #RwOT

    Hari imyitwarire abagore bagora mu ngo zabo igatuma umugabo ashobora kumutakariza icyizere akaba yanamuta mu buryo butandukanye bitewe n'imiyitwarire itari myiza y'umugore.

    Urubuga Elcrema dukesha iyi nkuru rwatangaje ko guta umugore uko ariko kose gushobora guturuka ku myitwarire y'umugore idahwitse, umugabo yaba adashobora kuyihanganira agata umugore akoresheje uburyo bumwe mu bwo twabonye haruguru;

    Dore imwe muriyo:

    1.Guhora uri gushoza intambara

    Umugore uhora avugira hejuru, agahora ashaka gushotora umugabo we nawe aba agwisha umugabo we mu mutego wo kumuta. Umugore ushaka kurambana n'umugabo we ntabwo avugira hejuru cyangwe se ngo ahore amushotora ku kantu ako ariko kose.

    2.Kwigira umuyobozi w'ibintu byose

    Mu gihe mwabivuganyeho n'umugabo wawe ko ari wowe uzajya ugenzura ibintu ushobora kubikoa nta kibazo. Ariko niba mutarabivuganye ugahora ugenzura byose, amafaranga yasohokanye mu mufuka ukaba urayazi, yagaruka ukajya kubara ayo yagarukanye, icyo gihe uba utuma agutakariza icyizere.

    3.Kugaragaza gukunda amafaranga kurusha uwo mwashakanye

    Ari abagore ari n' abagabo ntawavuga ko adakunda amafaranga. Gusa iyo birenze urugero ukabona ko umuntu atekereza amafaranga kurusha uwo bashakanye bitera uwo mwashakanye kukugabanyiriza icyizere. Hari nk'abagore bagaragariza abagabo babo urukundo mu gihe baziko bafite amafaranga yaba yatangiye gushira umushiha ukaba ariwo ubaranga. Icyo gihe uba ugaragaza ko ukunda mafaranga kurusha uko ukunda umuntu.

    4.Guhora uganya

    Umugore uhora mu maganya akaba ari intashima ntabwo arambana n'umugabo we. Niba uziko umugabo wawe upfa kumubona ukamwakiriza amaganya, ukaba nta kintu na kimwe ujya umushimaho menya ko uba umutera umutima mubi wo gutangira kujya kure y'urukundo rwanyu.

    Source : https://yegob.rw/dore-imyitwarire-igitsina-gabo-cyidakunda-kuba-bagore-babo/

  • Umunyarwandakazi umaze imyaka myinshi amaguru ye areba inyuma|Uko byagenze – YEGOB #rwanda #RwOT

    Uyu mubyeyi witwa Liza abayeho ubuzima budasanzwe aho amaze imyaka myinshi amaguru ye areba inyuma akaba agenda akambakamba hasi.

    Liza avuga ko yavutse neza nk'abandi bana ,arakura aragenda, ndetse atangira ishuri.Ubwo yari mu kigero cy'imyaka 12 y'amavuko yagiye ku ishuri igihe arimo gukina n'abandi bana yumvise agize isereri ,ibintu bimufata amaguru n'amaboko, ahita yitura hasi ananirwa guhaguruka.Nyuma abarimu batumyeho ababyeyi be bamujyana kwa muganga, bagezeyo biba ibyubusa kweguka biranga.bamwohereje mu rugo hanyuma amaguru atangira kubyimba.Bamusubiza kwa muganga, ndetse bamuha imiti ituma amaguru ye  abyimbuka .Yahise areka ishuri kuko atabashaga kugend aho akiriye amaguru ye yahise areba inyuma ndetse atangira kugenda apfukamye kugeza n'uyu munsi.

    Liza yaje gushakana numugabo babyarana abana babiri, ariko nyuma uwo mugabo aza gupfa urupfu rutunguranye.Uyu mubyeyi avuga ko ibintu byose abikora apfukamye ,haba guhinga ,kugenda, guteka aba apfukamye.Igitangaje iiyo yabaga atwite nabwo yagendeshaga amavi ntakibazo afite.Agorwa no kubona ibitunga abana be kuko ari we wenyine basigaranye kandi na we afite ubu bumuga.

    Source : https://yegob.rw/umunyarwandakazi-umaze-imyaka-myinshi-amaguru-ye-areba-inyumauko-byagenze/