Tag: People

  • Rusizi: Abakobwa bagejeje imyaka 17 bata ishuri bakajya guhiga ubutunzi bazaha abasore _inkuru irambuye #rwanda #RwOT

    Mu Karere ka Rusizi haravugwa inkuru yatunguye abantu benshi nyuma y' uko abakobwa bo muri ako Karere bagejeje imyaka 17 y' amavuko bava mu ishuri bakajya gushaka amafaranga bazakwa abasore kugira ngo bazabashake.

    Muri ako Karere mu Murenge wa Nkombo niho abo bakobwa babarizwa ngo iyo umukobwa agejeje imyaka 25 atarashaka umugabo abaturage batangira kuvuga ko yagumiwe , kugira ngo birinde icyo gisebo nibwo iyo umukobwa wese ugeze mu kigero cy' imyaka 17 ahita ava mu ishuri akajya gushaka amafanga basi angana n' ibihumbi 250 by' amafaranga y' u Rwanda azaha uwo musore uzaba ugiye kumurongora , atangira kuyashaka muri icyo gihe kugira ngo iyo myaka izagere yaramaze kuyabona.

    Radio 1 yagiranye ikiganiro na bamwe muri abo bakobwa bajya gushaka ayo mafaranga umwe ati' 'Umwe murahura mugakundana mugateretana igihe cyagera akakubwira ngo ngiye kubaka ndashaka ko umfasha, akakubwira ngo uzazana amabati icumi. Namureba nkabona ndamukunze nkamuha ayo mabati. Tukandikirana nkayamuha tukajya kubaka tukuzuza inzu, tugashyingirwa. Umukobwa udafite amafaranga ni we ujya kwishyingira.'

    Aba bakobwa bavuga ko bamwe bava mu ishuri kuko nta nyungu baba babona hafi, bakajya mu bucuruzi bwo bubaha amafaranga vuba.

    Amakuru avuga ko ku ruhande rw'abasore bahabwa ayo mafaranga , bavuze ko babiterwa n'ubukene butuma batabasha kubona ibyo bakeneye byose, bikaba ngombwa ko bagobokwa n'abakobwa.

    Ku ruhande rw' ababyeyi babwiye kiriya gitangazamakuru twavuze haruguru kuri iki kibazo bavuze ko impamvu nyamukuru abo bana bava mu ishuri bakajya gushaka ayo mafaranga ngo ubona ari cyo gishyizwe imbere yabyose muri kariya gace ka Nkombo ngo kuko iyo umukobwa wese ugeze mu kigero cy' imyaka 25 iyo atarabona umugabo usanga bamutaramiyeho.

    Source : https://impanuro.rw/2021/10/13/rusizi-abakobwa-bagejeje-imyaka-17-bata-ishuri-bakajya-guhiga-ubutunzi-bazaha-abasore-_inkuru-irambuye/

  • Umuryango wakoresheje ibirori nyuma y' uko ubonye umuhungu wabo , wari umaze iminsi ashyinguwe , soma inkuru irambuye #rwanda #RwOT

    Umusore witwa Bernard Wajja Nsamba yatunguye umuryango we utuye mu Karere ka Luweero wo mu gihugu cya Uganda nyuma y' uko yari amaze iminsi ine bamushyinguye bongera ku mubona imbona nkubona .

    Mu minsi ishize nibwo umuryango wakiriye amakuru avuga ko Nsamba yaba yapfiriye mu mirwano yabereye ku muhanda wo mu Karere ka Nakeseka nk' uko Observer dukesha iyi nkuru yabitangaje .

    Amakuru avuga ko abagize uyu muryango ngo bahise bakusanya amashilingi miliyoni 3 kugira ngo babone uko bazana umurambo wa nyakwigendera, bawukuye mu gace ka Kyamatyansi.Barawuzanye, bawushyingura iwabo mu gace ka Nalongo.

    Nyina wa Nsamba, Gertrude Kazirya yasobanuye ko ubwo babonaga uyu murambo batigeze batekereza ko atari uw'umuhungu wabo kubera ko wari wangiritse cyane, cyane mu isura.Nyirasenge ngo ni we wemeje ko ari uwe.

    Gusa ngo nyirarume wa Nsamba witwa Godfrey Kawalya yahamagawe ku murongo wa telefone, amenyeshwa ko umuhungu ari muzima, gusa ngo babanje kutabyizera, batekereza ko abamuhamagaye ari abatubuzi.

    Ubwo uyu muryango wari wanze kwemera ibyo wabwiriwe ku murongo wa telefone, gusa Nsamba yahawe telefone, arabavugiye, ngo ahita babyizera kuko ijwi rye bari barizi.

    Bahise bamusaba gutaha bakamubonesha amaso, babanza kumushakira amafaranga y'itike, gusa umumotari na we ngo yabanje kwanga kumutwara kuko yari yamaze kumenya iyi nkuru, atinya ko ari umuzimu.

    Umuhungu yagejejwe mu rugo mu masaa kumi n'imwe y'umugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 08 Ukwakira 2021, asanga abo mu muryango we baramutegereje, bamwakirana ibyishimo byinshi, bakora igisa n'ibirori.

    Source : https://impanuro.rw/2021/10/13/umuryango-wakoresheje-ibirori-nyuma-y-uko-ubonye-umuhungu-wabo-wari-umaze-iminsi-ashyinguwe-soma-inkuru-irambuye/

  • Amarangamutima ya Muhire Jean Claude nyuma y’uko agiye kubana n’uwamuhaye impyiko (VIDEO) #rwanda #RwOT

    Muhire Jean Claude wagize ikibazo cy’impyiko akaza kuyihabwa n’umukunzi we, Ingabire Marie Reine, ubu bakaba bagiye kwibanira ubuziraherezo, avuga ko ntako bisa kubana n’umuntu waguhaye ubuzima.

    Nyuma yo kuva kwivuriza mu Misiri, bahise bafata icyemezo cyo kubana akaramata aho bamaze gusezerana imbere y’amategeko, ni mu gihe no gusaba no gukwa byarangiye.

    Mu kiganiro aba bombi bagiranye na ISIMBI, Muhire yavuze ko atabona uko agaragaza amarangamutima ye ariko ko ntako bisa kubana n’umuntu uzi ibibazo byawe.

    Ati “Biranejeje, amarangamutima y’abagabo ntabwo agaragara mu buryo bworoshye ariko ni ibintu by’agaciro, kubana n’umuntu uzi ibibazo byawe, kandi byongeye ubuzima bugoye, by’umwihariko umuntu waguhaye ubuzima, iyi tariki umwaka ushize ubuzima bwari bumeze nabi, ariko kuba nyuma y’umwaka umuntu akomeye, kubana na we ni urugendo ruhatse byinshi byiza kandi ni ukubana n’umugore w’umugisha.”

    Marie Reine ashimira Imana yabanyujije muri ibi bihe bigoye kuko iyo biza nyuma ngo hari ubwishingizi yari kuba adafite, ariko byamweretse ko nta kibazo batakemura.

    Ati “Biragoye ariko icyo mpa agaciro, umuntu tuziranye, umuntu dukorana ubuzima ubwo ari bwo bwose kandi mpita ntekereza iyo ibi biza nyuma hari ubwishingizi muri njye nari kuba ntafite, bwo kuba wenda hari ukundi byari kwitwa ariko niba byaraje mbere nkavuga nti iki kigeragezo kije nkagitambuka ndavuga nti wenda no mu rugo hari ubwishingizi bimpa ko no mu rugo bizagenda neza n’ibibazo tuzahura nabyo tukabikemura.”

    Ubukwe bwa Muhire buteganyijwe tariki ya 30 Ukwakira 2021, ni nyuma y’uko tariki ya 12 Kanama 2021 basezeranye imbere y’amategeko mu Murenge wa Kimisagara, Akarere ka Nyarugenge.

    Basezeranye imbere y’amategeko nyuma y’uko tariki ya 1 Mata 2021 yari yamwambitse impeta ya fiancailles amusaba ko yazamubera umugore.

    Nyuma y’amezi 17 yivuriza mu bitaro bya CHUK, muri 2020 nibwo hamenyekanye cyane inkuru ya Muhire Jean Claude wari urwaye impyiko zombi ndetse ageze kuri Stage ya 5 ari nayo nyuma.

    Kugira ngo abeho byasabaga ko byibuze abona umuntu umuha impyiko imwe. Yabonye umuntu wamuha impyiko(umukunzi we Marie Reine) ariko abura ubushobozi bwo kujya kwivuriza mu Buhinde, Kenya, Mexique n’u Bufaransa kugira ngo ahindurirwe impyiko.

    Yaje kubona ubufasha maze tariki ya 20 Ukwakira 2020 yerekeza mu Misiri kwivurizayo murimo As-Salaam International Hospital, yari kumwe n’umukunzi we, Ingabire Marie Reine wamwemereye impyiko.

    Banyuze muri byinshi

    Imbere y’amategeko bamaze gusezerana

    Source : http://isimbi.rw/andi-makuru/article/amarangamutima-ya-muhire-jean-claude-nyuma-y-uko-agiye-kubana-n-uwamuhaye-impyiko-amafoto

  • Umusore yahatiwe kunywa uburozi yari agiye guha inshuti ye||dore ibyamubayeho(Video) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umusore yakubiswe ahatirwa kunywa ibinyobwa yari yashyizemo uburozi ngo yice inshuti ye bari basohokanye .

    Nk'uko umuntu ukoresha Twitter witwa Dayo abitangaza ngo aba basore bombi bari basohokanye kugirango basangire icyo kunywa. Ariko umwe yagiye mu bwiherero maze undi abonye mugenzi we agiye ahita asuka uburozi muri soda ya mugenzi we.

    Ku bw'amahirwe, umuntu yamubonye ashyira ibintu mubinyobwa abimenyesha abandi basore.Muri videwo yasangijwe ku rubuga rwa interineti, uyu musore ushinjwa uburozi bw'ikinyobwa agaragara yicaye hasi akubitwa mu gihe abandi bagabo bamukikije bamuhatira kunywa ibyo yaroze.

    Bamwe mu bagabo bagaragara bamukubita kuko bamushinja kuroga ibyo kunywa by'inshuti ye.

    Source : https://yegob.rw/umusore-yahatiwe-kunywa-uburozi-yari-agiye-guha-inshuti-yedore-ibyamubayehovideo/

  • Ibyo ukwiye kwirinda niba wumva utarinjira mu rukundo. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Hari ibintu uba ugomba kwirinda niba uzi ko utarinjira mu rukundo kugira ngo wirinde ingaruka mbi zavamo.

    1.Kwemera gahunda ye (Rendez-vous)

    Birashoboka cyane rwose ko niba udashobora kwifatira icyemezo ushobora kwemera rendez- vous uhawe n'umuntu umutima wawe utaramufungukira, ariko menya ko niba utarahamanya n'umutima wawe ko uwo muntu umukunda by'ukuri kwemera ko gahunda, ukemera ko agusohokana cyangwa umusura ni ukwita mu kagozi. Ni byiza ko ubigendamo gake.

    2.Kwemera impano uhawe yose

    Iyo utarakunda by'ukuri ni ukwishyira mu kaga kwemera impano y'umuntu utamenera amabanga y'umutima wawe yose. Kwemera impano uhawe bishobora kuguta mu mutegeko wo kuvuga ngo 'ndemeye kandi mu by'ukuri udahamanya n'umutima wawe' ko ukunda uwo muntu.

    3.Kuvuga YEGO kubera amafaranga

    Uba ubizi neza ko mudakundana kuki wemera kuvuga YEGO kubera amafaranga?. Bitinde bitebuke umutima wawe ugera aho ukagutamaza kuko wo ntubeshyeshywa amafaranga kandi igihe umutima wakwimye amahoro ubaho uhangayitse.

    4.Gushingiranwa n'umuntu kuko urimo gusaza

    Burya bamwe bemera kuvuga ngo YEGO kuko barimo gusaza kandi bakaba bagomba gushyingirwa byanze bikunze nyamara ntibaba bakundanye by'ukuri. Ni ukwita mu rwobo ntuzabikore.

    5.Kwemera kuba inshuti y'abantu mudakundana

    Bamwe iyo bakwatse urukundo nturubahe bagusaba ubushuti, kubumwemerera ni ukwita mu gatego. Uyu muntu ntabwo aba ashaka ubushuti busanzwe ahubwo aba ashaka urukundo rwuzuye. Ntiwamenya niba uzagera aho ugahinduka ngo wumve umukunze, cyangwa we azagera aho akikuramo ko agushakaho urukundo.

    Source : https://yegob.rw/ibyo-ukwiye-kwirinda-niba-wumva-utarinjira-mu-rukundo/

  • Nubaza ibi bibazo umukobwa ntazapfa kuguha ibisubizo by'ukuri. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Abakobwa cyangwa abagore, bagira ibintu bashobora kukubwizaho ukuri n'ibindi biba ari nk'ihame kuguhisha cyangwa se kukubeshya ahanini bagambiriye kutamena ibanga kubiberekeyeho.

    Dore bimwe mu bibazo badapfa kukubwiza ukuri nuramuka ubibabajijeho.

    1.Birinda bikomeye guhishurira abakunzi babo ibyiyumviro nyakuri

    Umukobwa cyangwa se umuntu w'igitsina gore ntakunze kugaragaza uko yiyumva nyakuri iyo ari kumwe n'umukunzi we.

    Mu gihe umukobwa ari mu rukundo akora buri kimwe ngo arinde umusore bakundana, ku buryo icyo amusabye cyose akimuha iyo agifite.

    Abahanga bavuga ko hafi y'abantu bose b'igitsina gore bagerageza kwihagararaho ku byiyumviro byabo ku buryo umusore/umugabo bakundana adashobora kumenya ibyiyumviro bye afite muri ako kanya bari kumwe, kuko ngo n'iyo umusore amusabye ko baryamana n'iyo yaba yabishatse mbere ye we ntabyemera ku munwa ahubwo abihakana nyamara ku mutima we atari uko bimeze.

    Ibi ubibwirwa nuko iyo umusore ahatirije amwemerera ndetse akanamushimira ko yamushimishije akamuhariza ibyiyumviro.

    2.Wakundanye n'abasore bangahe?

    Iki kibazo na cyo gikunze kugarukwaho hagati y'abakundana gusa abashakashatsi bagaragaza ko ari bacye babwizanya ukuri kuri iyi ngingo.

    Nubwo ngo iki kibazo cyo abakobwa bagihuriyeho n'abasore, ngo abakobwa bo babigira ibanga rikomeye ugereranyije n'abasore kuko ngo hari n'ubwo umusaba urukundo akarukwima iyo umweretse ko uzi ko hari umusore bakundanye mbere.

    Igituma abakobwa bakora ibi, ngo ni uko baba badashaka ko umusore bakundana agirana ibiganiro n'abasore yigeze gukundana na bo kuko aba atekereza ko bamubwira ibibi kuri we ugasanga aramwanze.

    3.Ufite imyaka ingahe?

    Abasore benshi uzasanga bakunze kubaza iki kibazo abakobwa, gusa ni bacye babasha guhabwa igisubizo kandi n'ababasha kukibona abenshi ntibababwizwa ukuri.

    Ibi abahanga bavuga ko ahanini impamvu itera abakobwa gutsimbarara ku mubare w'imyaka yabo ngo ni uko iyo bayivuze rimwe na rimwe batakaza inshuti, yewe ngo bikaba byanabaviramo kubura abagabo (Kugumirwa).

    Gusa iyo ukomeje kubimuhatira, byo kukwikiza akubeshya imyaka ye. Ahanini abakobwa bakunze kubeshya imyaka ni ba bandi bagejeje mu myaka ya za 30 y'amavuko kuko baba bumva nibayivuga nta musore uzabemera.

    Source : https://yegob.rw/nubaza-ibi-bibazo-umukobwa-ntazapfa-kuguha-ibisubizo-byukuri/

  • Kuva mu biyobyabwenge no kwangirika, kugeza yinjiye mu mudendezo wo muri Kristo Yesu- Ubuhamya bwa Trudy Makepeace #rwanda #RwOT

    Trudy Makepeace yiberaga mu kajagari kugeza ubwo yahuye na Yesu Kristo, hari nyuma yo guca mu buzima bushaririye mu bwana bwe ahohoterwa. Yakuriye gusa mu kunywa ibiyobyabwenge, uburaya, kutagira aho aba no kuba muri gereza. Ariko umuvugabutumwa akaba n’umukozi ushinzwe kwegera abaturage yaje kumubwira ko uwo mwijima yarimo Imana yawuhinduramo “Ubutumwa bw’ibyiringiro”, kandi ko ari bimwe mu byo adusangiza mu igitabo cye gishya cyitwa 'Kubohoka nyuma y’ihohoterwa no kubatwa’ (Abused, Addiction, Free.)

    Ubwo Trudy yaganiraga na Christian Today dukesha ubu buhamya ku byerekeye igitabo cye, yanavuze uburyo yabashije kubohoka agaha ubuzima bwe Kristo Yesu.

    CT: Nigute ushobora kuvuga muri make ubuzima bwawe mbere yo kwizera Kristo Yesu?

    Trudy: Ubuzima bwanjye bwari imivumo, nari mu kajagari, nta byiringiro kandi ntishoboye mu guhinduka. Iyo nsubije amaso inyuma nkareba uko nakijijwe, ngira ngo naba narirutse mva muri njye (mu buzima bwanjye bwose), kuva mu mubabaro wo mu bwana bwanjye, muri njye ubwanjye, no kuva mu ihungabana ry’amarangamutima.

    Nishinjaga kuba narahohotewe kandi nkiyanga urunuka, ibyo bikaba byaranteye isoni no kwangirika ndetse n’ibitekerezo byinshi bitari ukuri. Aha hakiyongeraho n’ibyemezo bibi byakurikiyeho no guhitamo nabi, kandi ndatekereza ko kubera ibyo byambayeho mu bwana, ntabwo nari mfite amahitamo meza. Guhitamo kwanjye kwari gushingiye ku kuramuka, ari nabyo byanganishaga ku guhitamo gufata ibiyobyabwenge.

    CT: Wagerageje inshuro 33 kugira ngo ukizwe ntibyakunda. Utekereza ko ari ukubera iki?

    Trudy:Icyo gihe nari umunyantege nke kandi nabuze uburere no guhabwa ikerekezo n’intego, mbura ubumenyi bwo kubaho hamwe n’bibyamfasa mu gufata ibyemezo byiza. Ikirenzeho ntabwo nigeze niha agaciro kandi nahoranaga intambara nyinshi z’imbere muri njye. Nagombaga kuba ntariho urubanza cyangwa kujya mu bigo ngororamuco mu gihe runaka.

    Mu gihe cyose nageragezaga kwezwa nongeraga kugwa, kandi buri gihe byasaga nk’ibingoye binakomeye. Hari aho bigera ukirambirwa nubwo nizeraga ko umunsi umwe nzashikama, gusa sinashoboye kubikomeza.Kandi byumvikane ko, ubu nzi neza ko hariho imbaraga z’Umwuka Wera zari ku kazi.

    Nari mpanganye n’igitugu kinini n’uburiganya, kuko iyo uhuye n’ihungabana ryinshi ntekereza ko ibyo byugurura umuryango w’imyuka n’ibinyoma bikomeza kukugira umubucakara. Ikirenzeho Bibiliya itubwira ko iyo dusenga ibigirwamana by’ibinyoma, bidutsikamisha mu bubata. Ni ibyo rwose byambagaho mu gihe nasengaga ibiyobyabwenge, kandi nabayeho amanywa n’ijoro ntakindi nkora, ngera aho ibiyobyabwenge byari byarantwaye.

    Ni iki cyahindutse kuri wewe?

    Trudy: Kuri njye, impinduka nyamukuru yari iyo kwizera. Mbere y’icyo gihe, iyo uza kumbwira ibyerekeye Umwami Yesu Kristo nari kukubwira nti 'Ni byiza kuri wowe, ariko simbishaka'. Kubera ko nabaga mu mwijima kandi narabyishimiye.

    CT: Nigute wabashije kwizera Kristo Yesu?

    Trudy: Ninjiye mu kigo ngororamuco cya gikirisito, hanyuma mva aho njyanwa mu giterane i Cardiff, aho Reinhard Bonnke yabwirizaga. Ndibuka ko namuteze amatwi abwiriza uburyo Imana yankunze kandi Yesu agapfira kumbabarira, yakomeje avuga ko nshobora kugira intangiriro nshya. Nta muntu n’umwe nari nkeneye ko ambwira ko ndi umunyabyaha, nari nzi ko ndi we. Icyo gihe rero naragiye imbere nakira Kristo Yesu nk’Umwami n’umukiza wanjye, kandi nk’uko nabyumvaga numvise imbaraga z’Imana zinzamo kandi nzi ko ndi muri izo mbaraga kandi Kubaho kw’Imana kuri muri njye.

    Reba hano igitabo Trudy Makepeace, gikubiyemo ubuhamya bwe

    https://www.trudymakepeace.com/product-page/abused-addicted-free

    Source: ChristianToday

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Kuva-mu-biyobyabwenge-no-kwangirika-kugeza-yinjiye-mu-mudendezo-wo-muri-Kristo.html

  • Bimwe mu bintu bituma abakobwa batinda kwemerera urukundo abasore. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Muri kamere y'abakobwa ntibapfa kwemerera abasore urukundo bitewe n'impamvu zitandukanye rimwe na rimwe bigatùma umusore yitwararika ngo atavaho abengwa.

    Muri iyi nkuru reka turebere hamwe ibintu bishobora gutuma umukobwa atinda kwemerera umusore ko bakundana.

    1.Kwihagararaho

    Iyo umukobwa amaze kumenya ko umusore amwemera kandi ko yiteguye kumukorera icyo yashaka cyose kugira ngo amwegukane, nawe atangira kwihagararaho ubwo agatangira kwiha ibyizere kuko yamenye ko hari umusore umwitayeho, ariko ntabwo ari abakobwa bose ni bamwe na bamwe, muri kwa kwihagararaho nawe iyo yagukunze atinda kubikwereka cyangwa kubikwemerera kugira ngo abanze akunanize gusa.

    2.Ntabwo bimurimo

    Uru ni urundi ruhande abasore batajya bitaho cyane iyo bagiye gusaba umukobwa urukundo, ni ukuvuga ngo hari igihe ujya gusaba umukobwa urukundo'ubundi akagusubiza agira ati ntabwo nshaka gukundana nawe', bivuze ngo niyo uhatirije nawe agerageza uburyo bwose yakoresha ngo akunaniza kugeza igihe umuvuyeho, nyamara ashobora kubikora atakwanze ahubwo ari uko atakwiyumvishemo cyangwa ngo abe yiteguye kujya mu rukundo.

    3.Isuzuma

    Rimwe na rimwe abakobwa bakunze gukoresha ubu buryo bwo kunaniza basuzuma abasore, ibi bakaba babikora batekereza ibi 'Niba ankunda ntiyapfa kuva kwizima', aha ho cyokoza ntabwo abakobwa bose basuzuma kimwe, kuko hari abasuzuma igihe kingana n'ukwezi, abandi amezi abiri ndetse n'abandi bagasuzuma mu gihe kinga n'igice cy'umwaka, hano aba agira ngo areba imbaraga uzashyiramo mu rukundo yewe niba koko unamukunda by'ukuri, iyo urambirwa uba ufite amahirwe menshi yo kumubura.

    4.Abasore benshi ntabwo banyurwa

    Iyi ni iyindi mpamvu ituma abakobwa batinya guhita bemerera umusore urukundo mu buryo bworoshye, abasore bamwe na bamwe biki gihe ntabwo banyurwa no kugira umukunzi umwe gusa, kuko hariho abashimisahwa n'umunyenga w'urukundo ku mpande z'igiye zitandukanye z'abakobwa, bityo bikabaviramo kugira ingeso yo kutanyurwa n'urukundo rw'umwe, iyi ikaza ari iyindi mpamvu rero ituma abakobwa batapfa kugira umutima wo guhita biyumvamo umuhungu ku buryo bahita bamwerera urukundo mu buryo bworoshye.

    Source : https://yegob.rw/bimwe-mu-bintu-bituma-abakobwa-batinda-kwemerera-urukundo-abasore/

  • Itangazo: KAJANGWE SHAFI yasabye guhindura amazina akitwa AHMED SHAFI NGABO #rwanda #RwOT

    Uwitwa KAJANGWE SHAFI yasabye guhindura amazina mu buryo bwemewe n'amategeko akitwa AHMED SHAFI NGABO
    mu bitabo by'irangamimerere.

    Impamvu atanga zituma asaba guhindura amazina akaba ari uko ashaka guhuza amazina ari mu byangombwa.

    Ingingo z'ingenzi yashingiyeho asaba inzego zibishinzwe guhindura amazina zikaba ziri hano hasi:

    Source : https://umuryango.rw/amatangazo/article/itangazo-kajangwe-shafi-yasabye-guhindura-amazina-akitwa-ahmed-shafi-ngabo

  • Kigali: umugore akubise umusore wamuteye inda akamwihisha||ashaka kumwishyingiraho ku ngufu(Video) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umugore utwite inda y'imvutsi yarwanye n'umusore wamuteye inda akamwihisha nkuko bigaragara mu mashusho abyivugira.

    Uyu mugore avuga ko yakundanye n'uyu musore hanyuma baza kuryamana kuri ubu atwite inda ye nkuru ,yavuze ko yamwirengagije ndetse yamuhamagaye inshuro nyinshi ariko umusore amwima amatwi.Umugore yahise afata icyemezo cyo kuva mu majyepfo yerekeza i Kigali aje guhangana nuyu musore na we wumvikanaga ahakana ko atari we wamuteye inda.Umusore yarwaniraga guhungira mu nzu ,mu gihe umugore yamukururaga amugarura hanze ari nako asakuza cyane avuga ko icyo ashaka ari uko yamurongora.

    Source : https://yegob.rw/kigali-umugore-akubise-umusore-wamuteye-inda-akamwihishaashaka-kumwishyingiraho-ku-ngufuvideo/