Tag: People

  • Itangazo: Uwitwa KALISA xxx yasabye guhindura amazina akitwa KALISA Christian #rwanda #RwOT

    Uwitwa KALISA xxx yasabye guhindura amazina mu buryo bwemewe n'amategeko akitwa KALISA Christian bitabo by'irangamimerere.

    Impamvu atanga zituma asaba guhindura amazina akaba ari uko ari Izina yabatijwe.

    Ingingo z'ingenzi yashingiyeho asaba inzego zibishinzwe guhindura amazina zikaba ziri hano hasi:

    Source : https://umuryango.rw/amatangazo/article/itangazo-uwitwa-kalisa-xxx-yasabye-guhindura-amazina-akitwa-kalisa-christian

  • Kigali: Padiri ahishe abageni umugore yashakaga kwicira ubukwe, ibimubayeho ni akumiro(Video) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umubyeyi witwa Murebwayire Violet yahuye n'akaga gakomeye ubwo yajyaga kureba umugabo we wamuteye inda akamwemerera amafaranga y'ishuri y'umwana we babyaranye yagera kuri kiriziya ,Padiri wa Paruwasi agahita yimura ahagombaga gusezeranira abageni .

    Ibi byabereye kuri Kiriziya ya Kagugu mu mujyi wa Kigali aho hagaragaye amashusho y'umubyeyi wari uhetse umwana arimo kurira igipangu cya kiriziya ashaka kubonana n'umugabo we witwa Jado wari wamubwiye ko aramuha amafaranga ibihumbi 250 by'amafaranga y'ishuri y'umwana babyaranye.

    Violet mu kiniga kinshi yavuze ko Jado yari yamwemereye ko agomba kumuha aya mafaranga kuko umwana we agomba gutangira ishuri kuri uyu wa mbere.Avuga ko padiri wari ugiye gusezeranya aba bageni, yahise abafungirana mu gipangu cya kiriziya ,aho uyu mugore yashatse kurira urupangu ngo abasangeyo birangira bamusohokanye bamukubitagura.Violet yavuze ko yaregeye inzego nyinshi zirimo Transparency Rwanda, RIB, n'ahandi henshi ngo bazi ikibazo cye. Yakomeje atangaza ko uyu mugabo yari amaze igihe atamufasha ariko ko yari yaramwijeje ko agomba kumuha aya mafaranga kugirango umwana we ajye kwiga ,dore ko yari yaramwijeje ko nyuma yo gukora ubukwe aribwo azabona umwanya wo kuganira na we.

    Byaje kurangira Polisi ihagobotse ibasha gukemura ikibazo cy'uyu mubyeyi.

    Source : https://yegob.rw/kigali-padiri-ahishe-abageni-umugore-yashakaga-kwicira-ubukwe-ibimubayeho-ni-akumirovideo/

  • Umukobwa yatunguwe n'umusore amwambika impeta nyuma yo kumwumvisha umunyenga wo mu ndege. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umukobwa wo mu gihugu cya Nigeria yatunguwe n'umusore wamwambitse impeta nyuma yo kumutembereza mu ndege, azi ko ari umunyenga gusa.

    Uyu mukobwa witwa Busade yatunguwe n'umusore bamaranye imyaka itatu bakundana. Uyu mukobwa avuga ko yahamagawe n'umukobwa winshuti ye amubwira ko afite urugendo rwo gutembera mu ndege.Yamubwiye ko muri iyo ndege harimo inyanya itatu kuburyo na we araza bakajyana.Bwari ubwa mbere uyu mukobwa agenze mu ndege ,ari nabyo byatumye yishimira gutembera mu ndege.Busada wari ugiye kwambikwa impeta ariko atabizi yagiye afata amafoto yurwibutso nk'umuntu wari ugiye mu ndege bwa mbere.

    Uyu mukobwa akimanuka mu ndege yatunguwe no gusanga ibyapa hasi byanditse amazina ye n'amagambo avuga ngo 'wambera umugore?' Yahise abona umukunzi we apfukamye hasi yashinze ivi ,afite impeta mu ntoki yahise amusanganira maze umusore ahita amuhobera amusaba kumubera umugore.

     

    Source : https://yegob.rw/umukobwa-yatunguwe-numusore-amwambika-impeta-nyuma-yo-kumwumvisha-umunyenga-wo-mu-ndege/

  • Inkuru iteye agahinda y'umunyarwanda wamaze igihe kinini bazi ko yapfuye ,none dore uko yabaye – YEGOB #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo yari asanzwe afiye ubuzima bwiza ,agakunda abantu n'umuryango we bikomeye ariko kuri ubu yafashwe n'uburwayi buteye agahinda kuburyo atabasha kwigenza cyangwa kugira icyo yarya adafite umuntu hafi ngo abimufashemo.Kubw'amahirwe ariko uyu munyarwanda afite umugore wiyemeje kumufasha mu buzima bwe bwose.

    Uyu mugabo witwa Everest avuga ko umunsi yaryamye ari muzima ariko bwacya akabyuka amerewe nabi cyane, ndetse numubiri we wose ari kuribwa.Bidatinze yahise ajyanwa kwa muganga, gusa igihe abaganga bose babyiganiraga kumuvura hahise havuka ikibazo umutima we urahagarara bitunguranye ndetse arekeraho guhumeka ,aha niho abaganga bahise batangaza ko yitabye Imana.

    Nyuma y'iminsi ibiri ,inkuru nziza yumvikanye kwa muganga bavuga ko wa mugabo yazutse ,mbese yagarutse mu buzima.Ibikorwa byo kumuvura byarakomeje ndetse baza kumusangamo indwara ya hepatite B ,iyi ndwara yibasira umwijima ndetse igace intege uwo yamaze kuzahaza.Yakomeje kwitabwaho gusa biza kuba ibyubusa akomeza kuremba.

    Nyuma bamusanzemo igituntu cy'igikatu nayo ikaba ari indwara itoroshye kandi ishobora kwica uyirwaye.Ubu burwayi bukomeye bwatumye yaba umugore wa Everest ndetse numuryango we bagurisha byose bari bafite kugirango bamwiteho, ibi byatumye uyu muryango wibasirwa n'ubukene bukomeye.

    Kugeza magingo aya ,Everest abayeho mu buzima bukakaye ,umugore we atunzwe no guca inshuro ndetse abana be baba bateze amakiriro kuri mama wabo.Uyu mugabo ategereza ko umugore ari we umufasha kuko atabasha guhaguruka ,bagomba kumuterura.

    Source : https://yegob.rw/inkuru-iteye-agahinda-yumunyarwanda-wamaze-igihe-kinini-bazi-ko-yapfuye-none-dore-uko-yabaye/

  • Umusore warangiriye ku myenda y'imbere ya wa mukobwa w'i Kigali agatwita, dore icyo yamukoreye nyuma. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu minsi yashize twabagejejeho inkuru y'umukobwa witwa Clemance w'i Kigali watanze ubuhamya bubabaje avuga uburyo umusore wari inshuti ye yaje kumutera inda atamusambanyije ahubwo akarangiriza ku myenda ye bikarangira asamye .Ni ibintu byagiye bigarukwaho n'abatari bake bamwe batuka uyu mwana w'umukobwa bavuga ko abeshya ahubwo ko ari we wijyanye ku musore bigatuma amusambanya.Kuri ubu Clemance ahamya ko yahaye imbabazi uyu musore wamuhemukiye ndetse basigaye ari abashuti bisanzwe.

    Mu kiganiro Clemance yari aherutse gutanga kuri Youtube yavuze ko ubusugi bwe yumvaga ari impano azagenera umugabo we,ariko kubera guhatirizwa n'uriya musore bakundanaga byaje kurangira amuteye inda akiri isugi ariko badakoze imibonano mpuzabitsina. Nyuma yo guterwa inda Clemance yatereranwe n'uwari umukunzi we aza no kubyara ariko nyamusore ntiyamuha ubufasha na buke.

    Kuri iyi nshuro nanone mu kiganiro yongeye gutanga kuri Youtube yavuze ko uyu musore wamuhemukiye yamuhaye imbabazi kandi ko basigaye ari abashuti bisanzwe.Yavuze ko atamwita papa w'umwana we ngo kuko ntacyo yamufashije kandi ko kwitwa umupapa biharanirwa.Yakomeje avuga ko yagiye yibasirwa n'abatari bake nyuma yo kumva ibyamubayeho bamwe bamubwira ko yabigize uruhare kugirango ahohoterwe ariko ko byose yagiye abyima amatwi kuko hari nabamuhaye ubutumwa bumuremamo ikizere.

    Uyu mukobwa kandi akomeza kuvuga ko ibyamubayeho yabikuyemo isomo maze agira inama abana b'abakobwa bari mu kigero cye. Yagize ati: 'Isomo nakuyemo ni ukwirinda kujya gusura abahungu kubera ko iyo ntajyayo ntabwo byari kuba. Ubwo rero ni ukwirinda ibishuko by'abahungu cyane ko tuba tukiri na bato kandi bo baba baturuta'.

    Source : https://yegob.rw/umusore-warangiriye-ku-myenda-yimbere-ya-wa-mukobwa-wi-kigali-agatwita-dore-icyo-yamukoreye-nyuma/

  • Umugore yarize cyane ubwo yahabwaga impano y'imodoka n'umugabo we nk'ishimwe ry'uko yamubyariye umuhungu #rwanda #RwOT

    Umugore wo muri Nijeriya uherutse kwibaruka umwana w'umuhungu,yarize biramurenga nyuma y'aho ahawe imodoka n'umugabo yo mu bwoko Venza.

    Muri videwo yasangiwe ku mbuga nkoranyambaga, uyu mugore yagaragaye afite amarangamutima menshi ubwo yari amaze guhabwa iyi modoka,aho byamurenze akabyinira umugabo we.

    Umugore yakomeje guhanagura amarira,ubwo itsinda ry'abanyamuziki ryamucurangiraga muri ibi birori yari yateguriwe n'umugabo we.

    Aya mashusho yasangijwe kuri Instagram na @sikiru_akinola,yagaragaje uyu mugore n'umugabo we babyinana hanyuma umugabo amujyana aho iyo modoka yamuguriye iri.

    Amakuru avuga ko iyi mpano yageze mu rugo rw'uyu mugore, nyuma y'iminsi ine yibarutse umuhungu.

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/umugore-yarize-cyane-ubwo-yahabwaga-impano-y-imodoka-n-umugabo-we-nk-ishimwe-ry

  • Sheebah Karungi avuze ko ataremewe kurongorwa. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi ukomeye mu gihugu cya Uganda yongeye gushimangira ko Imana itamuremeye gushaka umugabo.

    Ibi Sheebah Karungi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye Spark Television aho yagize ati: 'Ntabwo nzashaka vuba kuko sintekereza ko ari byo byihutirwa byangombwa. Ntekereza ko naremwe kugira ngo mfashe abakobwa bato nateze imbere abagore mbavugire kandi nabahagararire nk'uko nagize amahirwe yo kubona urubuga runini rumfasha kubavugira'.

    Sheebah Karungi uri mu bahanzikazi bakomeye mu Karere, si ubwa mbere atangaje ko adafite gahunda yo gushaka, ibi bituma abenshi bibaza impamvu kandi ari umunyamafaranga ntacyo abuze yewe afite n'nzu y'akataraboneka igeretse ariko akaba adashaka umugabo.

    Source : https://yegob.rw/sheebah-karungi-avuze-ko-ataremewe-kurongorwa/

  • Miss Nishimwe Naomie yasobanuye impamvu y'ubutumwa yahaye RIB #rwanda #RwOT

    Mukiganiro Miss Naomie Nishimwe yahaye Igihe dukesha iyi nkuru yavuze ko hari umwana w'umukobwa wamwiyambaje ngo amukorere ubuvugizi.

    Yagize ati 'Ni umukobwa wanyiyambaje, afite ikibazo gikeneye ubuvugizi, rero niyo mpamvu nabigenje kuriya buri rwego naruhaye amakuru kandi natangiye kumenya ko bari gukurikirana ikibazo cye.'

    Miss Nishimwe Naomie yavuze ko nta kibazo cyihariye yahuye na cyo ahubwo ko bwari ubuvugizi yakoreraga uwamwiyambaje.

    Uyu mukobwa yavuze ko yahisemo gukoresha ubu buryo kuko yabonaga kujya ku cyicaro cya buri rwego yari akeneye biri bumutinze cyane ko atari ari hafi.

    Kwandikira izi nzego byakuruye amagambo ku mbuga nkoranyambaga, abarimo Miss Jolly Mutesi babaza Miss Nishimwe niba hari ikibazo yaba yahuye na cyo.

    Miss Nishimwe Naomie ni umukobwa wegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2020, akaba umwe mu bakurikirwa cyane ku mbuga nkoranyambaga.

    Uyu mukobwa uretse ikamba rya Miss Rwanda yegukanye, asanzwe azwi cyane mu itsinda ry'abavandimwe be rya Mackenzies rikunzwe cyane kuri Instagram.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/miss-nishimwe-naomie-yasobanuye-ubutumwa-yahaye-rib

  • Ntibisanzwe!!! Mu myaka 5 bamaze kubyarana abana 6 [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Mu mezi atatu ashize, Jolene Mckee w'imyaka 32 n'umugabo we Andrew w'imyaka 33 bakomoka i Brooklyn, muri New York, bakiriye neza impanga zabo za gatatu, Aiden na Jaiden.

    Mama-w'aba bana batandatu avuga ko ari umugisha kubyara abana batandatu mu nshuro 3 yari atwite.

    Avuga kandi ko kuva amaze kubyara impanga gusa yumva ko yabaye umunyabigwi.

    Uyu muryango w'abantu umunani ugizwe na Peyton na Paige b'imyaka itanu, Abigail na Anderea b'imyaka itatu na Aiden na Jaiden bakiri impinja.

    Jolene yagize ati: “Sinigeze nibona ndi mu muryango mugari. Natekerezaga ko nzabyara umwana umwe cyangwa babiri.

    “Ariko ni umugisha kuba narabyaye abana batandatu mu nda eshatu gusa natwite.

    “Igihe namenyaga ko ntwite impanga ku nshuro ya gatatu, nemeye rwose ko ibyo aribyo naremewe gukora.

    Ndumva mfite amahirwe kuba dufite impinga 3 z'ubwoko butandukanye, impanga z'abakobwa gusa, impanga z'umuhungu n'umukobwa nanone impanga zacu ubu n'abahungu gusa. Byagenze neza.

    “Mbere yuko ntwita inda y'impanga, Peyton na Paige, nari nabanje gukuramo inda nyuma y'amezi atatu nsanga nongeye gutwita.

    Natinyaga cyane kujya kwa muganga kwisuzumisha nyuma yo kunyura mu bubabare bwo gukuramo inda. Nagize ubwoba igihe cyose kuko bafataga igihe kinini bahamagara undi muntu mu cyumba.

    “Hanyuma bambwiye ko ntegereje impanga. Sinashoboraga kubyemera. Byari byiza.”

    Jolene yongeye gusama nyuma y'imyaka ibiri kandi yavuze ko yagize ibyiyumvo ko ari irindi tsinda ryimpanga.

    Ariko, avuga ko yatungurwa ubwo aya makuru yemezwaga mu gihe umugabo we byamutunguye cyane.




    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/imibereho/article/ntibisanzwe-mu-myaka-5-bamaze-kubyarana-abana-6

  • Itangazo: Uwitwa GATAMBIRA Noel yasabye guhindura amazina akitwa GATAMBIRA Innocent #rwanda #RwOT

    Uwitwa GATAMBIRA Noel yasabye guhindura amazina mu buryo bwemewe n'amategeko akitwa GATAMBIRA Innocent bitabo by'irangamimerere.

    Impamvu atanga zituma asaba guhindura amazina akaba ari uko ari amazina yakoreshaga mu mashuri kuva yatangira kwiga.

    Ingingo z'ingenzi yashingiyeho asaba inzego zibishinzwe guhindura amazina zikaba ziri hano hasi:

    Source : https://umuryango.rw/amatangazo/article/itangazo-uwitwa-gatambira-noelyasabye-guhindura-amazina-akitwa-gatambira