Tag: People

  • Gasabo: Umugore yatwitse moto n'ibindi bikoresho by'umugabo we kubera gufuha #rwanda #RwOT

    Uyu mugore yakoze ibi ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 19/10/2021 biturutse ku makimbirane bombi basanzwe bafitanye.

    Umunyamabanga Nshingabikorwa w'Umurenge wa Jali w'agategano NIOYOMUGABO Grégoire, yemeje aya makuru mu kiganiro yagiranye na Hanga.rw dukesha iyi nkuru.

    Yagize ati:''Nibyo koko Mukampabuka yatwitse Moto y'umugabo we ,byatewe n'amakimbirane bari bafitanye''.

    Yakomeje avuga ko uyu mugore yashyikirijwe RIB kugira ngo akurikiranwe kuri iki cyaha yakoze.

    Amakuru yatanzwe n'baturanyi avuga ko uyu mugabo yari umusore ukiri moto ,yashakanye n'uyu mugore akuze aba ari nawe yamuguriye Moto, biracyakwa ko yayitwitse kubera kumufuhira ko ayitwaraho inkumi.

    Uyu mugore witwa Beatrice w'imyaka 62 asanzwe afitanye ubucuruzi bw'akabari n'umugabo we witwa Kimonyo w'imyaka 30 y'amavuko.

    Ngo uyu mugabo yari yazanye umukobwa uzajya abakorera muri kariya kabari ariko Beatrice abona hari ikindi kibyihishe inyuma ngo uriya atari umukozi ahubwo ari ihabara.

    Bamwe mu baturanyi bavuga ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Ukwakira 2021 biriya ari byo byazamuye intonganya hagati y'umugore n'umugabo dore ko anamushinja kumuca inyuma akajya kwiryamanira n'abakobwa bakiri bato bari mu kigero kimwe.

    Umwe mu baturage yagize ati 'Umugore arakuze kandi umugabo ubona ko ari umusore. Bivugwa ko umugabo amuca inyuma…Uyu munsi yagiye azana umukozi w'umukobwa avuga ko azakora muri ako kabari. Umugore yaje kujya mu nzu asanga basomana, ni ko gufata ibintu byose birimo matela, na moto arafunga ubundi aratwika.'

    Yakomeje agira ati 'Abantu babonye umwotsi upfupfunyutse baratabara. Umukobwa afata ibye arigendera.'

    Uyu muturage avuga ko bishoboka ko umugore yashakaga kubatwika bose bagahira mu nzu 'ngo yavugaga ati 'n'ubundi imitungo yanjye ni yo ikoshya reka nze nkwereke.'

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/gasabo-umugore-yatwitse-moto-n-ibindi-bikoresho-by-umugabo-we-kubera-gufuha

  • Ibintu bikomeye abantu benshi batazi mu rukundo. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Muri iyi nkuru tugiye kureba ibintu ushobora kuba utarabwiwe mu rukundo, cyangwa abantu benshi bashobora kuba batazi mu rukundo.

    1.Wibazaga impamvu urukundo wabayemo rutakomeje, wenda ahari rurenze rumwe. Uti: 'Kuki nahise mbivamo cyangwa nkagerageza ariko bikanga?'.

    Ikintu abantu batavuga ni uko Imana iba mu rukundo rw'abantu kandi ikamenya kugenera ibyiza ubikwiriye, mu gihe yagaragaje ko abikeneye. Imana itegura uwo muhuje (Your Soulmate), uwo yakuremeye, noneho abandi mwahuye bakaba nk'ishuri cyangwa amasomo, amasuzuma,… bigufasha kwiga uko uzita ku wo Imana yaguteguriye, no gutuma umenya neza niba koko witeguye kwakira impano y'Imana nta kindi kikurangaje.

    Ukeneye kumenya itandukaniro riri hagati y'umugabo Imana igufitiye, n'uwo uraho yangiza igihe cyawe. Mu gihe wahuye n'uwo waremewe kubana nawe, ntuzakore ikosa kuko wayakoze uri kwiga, uzumve ko bihagije, ntuzatume ababara. Ntuzashake gusubiza inyuma ibyiza Imana yaguteguriye, igatuma wiga kubera byo.

    2. Kwizerana, kuba muremure, kuba mugufi, kuba adashamaje, gutemberana ku mazi ,… nibyo bituma habaho gutandukana kuri benshi, ariko ibi nta muntu ukunda kubivuga. Abantu baba mu rukundo rudafashije, bakunda gupfa ubusa, bakunda gupfa utuntu ngo 'Ntabwo ubyibushye, nahaka uko ubyibuha, ngo ntujya unsohokana, mwaba muri kumwe abo ku ruhande bati: 'uriya muntu ntabwo muberanye' ,….

    3. Kuki abasore birengagiza abakobwa beza? Abakowa benshi bibaza impamvu abasore batababona, bakavuga bati 'uriya musore turaberanye ariko bikarangira atamwegereye. kubera iki?'. Abasore ntabwo babura kwegera abakobwa, ahubwo ntabwo bababona. Ntabwo umusore mwiza yita ku bwiza bw'inyuma. Ita ku mico yawe, usenge, ube mwiza, bazakubona.

    4. Kumenya guhangana. Inkundo nyinshi z'abantu ziraramba cyane, bakamarana imyaka. Abantu rero ntabwo bazi impamvu ariko ikiba kibyihishe inyuma ni ukumenya guhangana.

    Source : https://yegob.rw/ibintu-bikomeye-abantu-benshi-batazi-mu-rukundo/

  • Sandrine Isheja yamaze kwibaruka ubuheta – #rwanda #RwOT

    Nk’uko tubikesha urubuga hose.rw rwa Kiss Fm, Sandrine Isheja yibarutse umwana w’umuhungu ubaye uwa kabiri mu muryango we na Kagame Peter. Aba bombi bakaba bari basanzwe bafitanye undi mwana nawe w’umuhungu kuri ubu ufite imyaka 4. 

    Mu cyumweru gishize uyu mubyeyi w’umunyamakurukazi wakomeje kugaragaza umuhate n’umurava mu bihe byo gutwita kwe, yari yatunguwe n’umugabo we mu kiganiro amurata amashimwe y’uburyo ari intwari y’umuryango.

    Sandrine Isheja n’umugabo we Kagame Peter bibarutse ubuheta bwabo

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110542/sandrine-isheja-yamaze-kwibaruka-ubuheta-110542.html

  • Ibyo umugabo yakoreye umugeni bahoze bakundana ku munsi w'ubukwe bwe byamusigiye amarira (Video). – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umugabo yakomerekeje bikomeye umutima w'umukobwa bahoze bakundana wari warongowe n'undi musore ,maze amumenaho amafaranga nk'ikimenyetso cy'uko yamutaye amwita umutindi none ubuzima bukaba bwarahindutse.

    Nk'uko amakuru aherekejwe na videwo yasakaye kuri interineti, uyu mugeni ngo yataye umugabo we bakundanaga avuga ko ari umukene ndetse atamubonera ibyo akeneye mu buzima.Ibi byatumye ahita ajya gushaka undi mugabo bari bakoze ubukwe.

    Nyuma yimyaka myinshi, uyu mugabo yahisemo gukora wenyine kugirango yereke uwahoze ari umukunzi we ko ashoboye gukora cyane kugirango yishakire ubuzima bwiza.

    Mu gihe uyu mukobwa yari yakoze ubukwe ,uyu mugabo yabutashye yitwaje amafaranga menshi agenda ayanyanyagize imbere ye ,amwereka ko asigaye aryoshye, maze umugeni atangira kwicuza kuko yamutaye aziko ari umukene ,naho Imana yaramusekeye.

    Source : https://yegob.rw/ibyo-umugabo-yakoreye-umugeni-bahoze-bakundana-ku-munsi-wubukwe-bwe-byamusigiye-amarira-video/

  • Gasabo: Umugore arashinjwa kujya mu buraya we n'umugabo baryamira uruhinja rwe rurapfa #rwanda #RwOT

    Gusa uwo mugore, aremera ko yabonanye n'uwo mugabo ariko agahakana ko urupfu rw'umwana we rwatewe no kumuryamira nkuko biri kuvugwa.

    Ibi byabereye mu kagari ka Nyabisindu mu murenge wa Remera,mu karere ka Gasabo,kuri iki cy'umweru Kuwa 17/10/2021.

    Umwe mu baturage bari aho ibyo byabereye witwa Murindambuga Jean Mari yatangarije Ikinyamakuru Ishema TV ikorera kuri you Tube dukesha iyi nkuru, ko hari umugabo wararanye n'uyu mudamu gusa akaza kugenda agasiga uyu mugabo n'uru ruhinja mu nzu.

    Ati:“Natwe twabanje kubyumva turi mu rugo batubwira ko umwana yapfuye.Uwo mwana bivugwa ko ari uw'umudamu bishoboka ko ari indaya, ngo hari umugabo waje kumugura baranywa barararana aza kubyuka aragenda asiga umugabo aryamye n'umwana.

    Mu kugaruka mu gitondo asanga umwana ntameze neza,umugabo aramubwira ati “ko tubona umwana ameze nabi bimeze bite? ubwo umudamu agiye konsa umwana asanga yapfuye.

    Jean Marie akomeza avuga ko umwana yabanje no kurira abaturanyi barabyuka.

    Undi muturage utatangajwe amazina yatangaje ko bishoboka ko bashobora kuba bamuryamiye cyangwa se barwanye bakamugwaho umwana akagira ikibazo.

    Tuyisenge Veneranda yavuze ko mama w'umwana wapfuye yagiye saa saba z'ijoro asiga umwana ari kurira cyane, bibangamira abaturanyi, umuturage umwe abyutsa abaturanyi ababwira ko umwana agiye kuba amuhetse kuko ngo byari byabangamiye abatuge baturanye.

    Ahagana mu ma saa moya za mu gitondo nibwo uyu mu mama wari wataye umwana yagarutse aza abaza umwana we,ashaka ko bamumuha, undi aramuhakanira aramubwira ngo ntiyamumuha ubuyobozi batarahagera.

    Gusa nyuma ngo yaje kumumuha aramwonsa, ahita amusubiza iwe aho yari afite umugabo bararanye.

    Veneranda yakomeje avuga ko uwo mugabo yabanje gushwana n'uyu mugore bivugwa ko yicuruza bapfa telephone n'ibihumbi umunani, agakomeza yemeza ko umwana yaba yapfuye muri ubwo buryo bwo gushwana bwabayeho.

    Umudamu wagiye gufata ururuhinja akarurarana, ntiyashatse kwivuga amazina ariko atangaza ko umugore yasize umwana amufungiranye mu nzu akaza akica urugi ari kumwe n'undi mu mama, afata umwana mutoya n'umukuru arabajyana.

    Ati:” Umugore yasize umwana amufungiranye mu nzu,njyewe ndaza nica urugi ndi kumwe n'undi mu mama dufata umwana, umutoya n'umukuru umwe ndamuheka undi ndamuryamisha nyuma yaje kugaruka mu ma saa moya, umwana we mumuha ari muzima aramwonsa arasohoka aramujyana hashije amasaha abiri nibwo baje kunkomangira ngo umwana yapfuye.

    Uyu mudamu yongeraho ko uyu mu mama wapfushije umwana yari yatwaye amafaranga na telephone by'uyu mugabo bararanye.

    Uyu mugabo bivugwa ko yararanye n'uyu mudamu wapfushije umwana, yanze kugira icyo atangariza itangamakuru, icyo yabazwaga cyose yazunguzaga urutoki ahakana yubitse umutwe mu maguru.

    Umudamu wapfushije umwana yavuze ko yasize abana mu nzu babiri, umwe ufite imyaka ine n'uyu witabye imana ufite ukwezi,abasiga mu nzu asanga abaturanyi babafunguriye, ababwira ko bakoze kuba bamufashije abana ajya no kubagurira inzoga abashimira.

    Ati: “Njyewe nasize abana mu nzu nsanga abaturanyi babafunguriye mpageze ndababwira nti “natinze kandi mwakozereka mbashimire,njyakubagurira inzoga umwana musiga aryamye kuri uyu mukobwa.Ngarutse arambwira ati “ko Umwana ari kuva amaraso mu mazuru bigenze bite! nkimara kubibona,umwana ahita apfira mu ntoki mufashe ngiye kumuha ibere mpita ngwa muri koma.”

    Uyu mudamu aremera ko yagiye mu bagabo,ariko ko atigeze arwana n'uwo mugabo akanakomeza avuga ko batigeze banaryamana, gusa ngo uyu mugabo yari yamuhaye ibihumbi bitanu.

    Yakomeje avuga ko umwana we yanizwe.Ngo si ubwa mbere uyumugore ataye abanabe mu nzu akajya gushaka abagabo.

    Ntacto inzego zishinzwe umutekano ziravuga ku rupfu rw'uyu mwana.

    Inkuru ya Nahimana Dieudone

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/gasabo-umugore-arashinjwa-kurarana-n-umugabo-baryamira-uruhinja-rw-ukwezi

  • Ibigiye kuba ku bakora uburaya si byiza habe namba. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Minisitiri w'Intebe wa Espagne, Pedro Sanchez, yatangaje ko ateganya kugira uburaya icyaha gihanwa n'amategeko. Ubusanzwe umuntu ukora uburaya ntabwo yahanwaga.

    Sanchez yatangaje ko uburaya ari umwuga ugira abagore abacakara, bityo ashaka kubakura kuri iyo ngoyi.

    Mu 1995 nibwo uburaya bwakuwe mu bikorwa bigize icyaha gihanwa n'amategeko. Mu 2016, Loni yavugaga ko umwuga w'uburaya ufite agaciro ka miliyari 4,2$.

    Ibarura ryakozwe mu 2009 ryo ryagaragaje ko umugabo umwe muri batatu muri Espagne yishyuye amafaranga kugira ngo akorane n'umugore imibonano mpuzabitsina.

    Muri Espagne nta muntu n'umwe uhanirwa ko akora uburaya ku bushake bwe mu gihe budakorewe mu ruhame. Gusa ni icyaha kuba nk'umukomisiyoneri hagati y'indaya n'umukiliya.

    Source : https://yegob.rw/ibigiye-kuba-ku-bakora-uburaya-si-byiza-habe-namba/

  • RDC: Ku nyungu za rubanda Denis Kadima ahabwe kuyobora CENI – Ubusesenguzi #rwanda #RwOT

    Ku nyungu za rubanda Denis Kadima ahabwe kuyobora CENI-Ubusesenguzi

    Ubusesenguzi bw'ikinyamakuru Politico bugaragaza ko amadini n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi bakwiye kwemera Denis Kadima ku mwanya wa perezida wa komisiyo yigenga y'amatora, byakwanga bakemera ko imvururu zizaduka mu gihugu kuko amatora atazabera igihe.

    Kugera ubu kiliziya Gatulika n'abaporoso ntibaremera iri zina Denis Kadima ryatanzwe n'amadini 5 arimo aba Kimbangu.

    Kiliziya ivuga ko uyu mugabo asanzwe ari umuhanga ariko utagira indangagaciro, bagasanga nta bunyangamugayo afite bwo kuba perezida wa komisiyo y'amatora izategura amatora ya 2023.

    Ikinyamakuru Politico kibona ko kumwanga bizatinza amatora kandi kutinda kwayo kukazagira inkurikizi mbi zirimo imvururu.

    Uyu mugabo ashinjwa ko abogamiye ku butegetsi buriho, ariko ukurikije ijambo afite ngo kutamwemeza nyamara hasigaye imyaka 2 ni ugukurura umwuka mubi mu gihugu igihe atabera igihe.

    Mu madini 8 yahawe inshingano zo kurambagiza uzaba perezida wa komisoyo y'amatora, amadini 6 yaramwemeje, abagatulika n'abaporoso nibo bifashe.

     Iki kinyamakuru gisanga aya madini 2 yamwanze nubwo akomeye bwose, ari gukina atinza umukino ku ikipe yamaze gutsindwa, bagasanga icyaruta ari ukumwemeza ubuzima bugakomeza muri 2023.

    The post RDC: Ku nyungu za rubanda Denis Kadima ahabwe kuyobora CENI — Ubusesenguzi appeared first on Flash Radio TV.

    Source : https://flash.rw/2021/10/18/rdc-ku-nyungu-za-rubanda-denis-kadima-ahabwe-kuyobora-ceni-ubusesenguzi/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=rdc-ku-nyungu-za-rubanda-denis-kadima-ahabwe-kuyobora-ceni-ubusesenguzi

  • Mukobwa!niwitesha umusore witwara gutya, bishobora kuzakubabaza. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Bizagusaba imbaraga ngo umeye neza ikigenza umuntu, ariko numara kukimenya uzahindukire umukunde cyane. Abakobwa bagorwa no kubona uwo baha ikizere ,bakamwegurira umutima,gusa muri iyi nkuru hari imyitwarire yagufasha kumenya umusore ukwiye gukunda ubuziraherezo.

    1.Nta mpamvu ni mwe aguha yatuma umushidikanyaho iyo hagize undi muntu umuvugisha mu buryo butandukanye, ahita akubwira: Ntabwo atuma ubyibonera kandi ntanubwo uyu musore aha umwanya icyari cyo cyose cyatuma utamera neza. Uyu musore atuma mu girana ibiganiro bikomeye cyane by'igihe kirekire ariko bikarangira neza. Aguha amahoro.

    2.Agushyira mu buzima bwe, akaguha buri kimwe kikwereka ko muri kumwe ejo hazaza: Ntabwo yizigama cyangwa ngo yitangire by'umwihariko iyo muri kumwe. Arisanzura kandi akakwereka urukundo. Azakora iyo bwabaga ngo agukomezanye. Ntacyo azaguhisha, iteka yubaha kuba uhari.

    3.Umwanya we arawuguha: Umwanya cyangwa igihe ni ikintu abantu benshi bavuga ko gihenze kabone n'ubwo baba batazi igisobanura cy'iryo jambo. Niba uwo musore aguha umwanya uhagije rero aragukunda cyane. Mufate neza umwiteho kandi umugumane.

    4. Azi gukoresha neza imvugo z'amarenga y'urukundo: Uwo musore niba azi gukoresha ibimenyetso ari ku kwerekako agukunda, mugumane, murinde ibisambo, mufate neza ni we ejo hazaza hawe. Azi icyiza kuri wowe by'umwihariko akunda no kukwitegereza mu maso. Aragukunda mu gumane.

    5.Ntabwo atindiganya kukwereka utuntu duto duto: Utuntu duto tugaragaza ko agukunda ahora atukwereka. Aha agaciro akantu gato wakoze kuri we. Umusore ugukunda by'ukuri aba afite ifoto yawe y'ejo hazaza ku mutima wawe.

    Source : https://yegob.rw/mukobwaniwitesha-umusore-witwara-gutya-bishobora-kuzakubabaza/

  • Abantu birukanse amasigamana bahunga inzuki zababujije gushyingura uwitabye Imana||uko byagenze. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Abantu birukanse amasigamana kubera inzuki bitamenyekanye aho zaturutse zabateye ubwo bashyinguraga umugore wo mu cyaro cya Kapmesworn muri Kenya bituma uyu muhango uburizwamo.

    Ibi byabaye kuwa kane wiki cyumweru. Abantu batatu bakomoka mu muryango wapfushije bakomeretse bikaze ku buryo bajyanywe no kwa muganga na bamwe mu baherekezaga uwitabye Imana barakomeretse barahunga izi nzuki.Bikimara kuba umurambo wahise usubizwa mu buruhukiro kugirango hategure bushyashya umuhango wo gushyingura nyakwigendera mu buryo bujyanye n'umuco wabo.

    Ibi byabaye byatumye benshi bacika ururondogoro, bamwe bavuga ko impamvu yateye izi nzuki ari uko umugabo w'umugore wari witabye Imana atatanze inkwano mu muryango wa nyakwigendera. Bityo abakuru babo bavuga ko bagomba gutegura umuhango wo gushyingura nyakwigendera bagendeye ku muco gakondo wabo.

    Source : https://yegob.rw/abantu-birukanse-amasigamana-bahunga-inzuki-zababujije-gushyingura-uwitabye-imanauko-byagenze/

  • Rwanda: Inkuru itangaje y'abasore babiri barongoye umugore umwe, dore uko bamusaranganya(video). – YEGOB #rwanda #RwOT

    Inkuru y'aba basore babiri b'impanga b'abanyarwanda biyemeje gushaka umugore umwe yasekeje abantu hirya no hino.

    Aba basore b'impanga, bagiranye ikiganiro na shene imwe kuri Youtube bavuze ko bakuze basangira ibintu byose yaba imyenda,akazi,n'ibindi bitandukanye ariyo mpamvu banahisemo gusangira n'umugore bakajya bamusaranganya.

    Bijya gutangira,uyu mukobwa witwa Uwambaje Marie Josiane,yabanje gukundana na Gakuru ariko yaza kumusura n'uyu muto akiyoberanya akamutereta bituma uyu mukobwa ahera mu rujijo.

    Uyu mukobwa ngo ntiyari azi ko umukunzi we afite impanga kandi ngo n'uyu musore ntiyigeze abimubwira.

    Umunsi umwe ubwo yari yasuye uyu mukunzi we ageze mu rugo uyu Gato nawe aramwegera amugaragariza urukundo rudasanzwe byatumye nawe amukunda birangira aba basore bombi bamusangiye.

    Umwe muri aba bagabo yagize ati 'Negereye murumuna wanjye ndamubwira nti kuva umugore adukunda twese nta kibazo reka tubane.Tubyumvikanaho nta kibazo.'

    Umukobwa yavuze ko na nubu atazi gutandukanya aba bagabo be bombi gusa yemera ko abakunda bose kimwe.

    Aba bagabo bavuze ko batagirirana ishyari kuko bajya ibihe byo kurarana nawe aho umwe afata umunsi undi agakurikiraho.

    Uyu mugore yavuze ko yabanje kugorwa no kumva ko azabana n'abagabo 2 mu nzu imwe ariko ngo yarabyemeye kuko abakunda.

    Ntabwo umunyamakuru yavuze agace aba bantu batuyemo gusa yemeje ko ngo biteguye kubyara umwana wabo mu mwaka utaha nta gihindutse.

    Source : https://yegob.rw/rwanda-inkuru-itangaje-yabasore-babiri-barongoye-umugore-umwe-dore-uko-bamusaranganyavideo/