Umunyamakuru Janvier Popote ukorera Isango Star, akaba azwi mu ruganda rw’imyidagaduro, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Ayinkamiye Allen.
Uyu mugabo uri mu bakunzwe cyane aho ari no mu bavuga rikijyana ku mbuga nkoranyambaga bazwi nka 'Influencer’ mu rurimi rw’amahanga, yasangije abamukurikira amafoto y’uyu muhango wabaye ku munsi w’ejo hashize ku wa Kane.
Aya mafoto yaherekejwe n’amagambo agira ati 'umugore wanjye, ubuzima bwanjye. Niringiye ibyiza muri uru rugendo rushya.'
Uyu muhango wabereye mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Niboye. Biteganyijwe ko ubukwe bwabo nyirizina buzaba tariki ya 14 Ugushyingo 2021.
Gusezerana imbere y’Imana bizabera muri Relax Garden ari n’aho abatumiwe bazakirirwa, ni nyuma y’umuhango wo gusaba no gukwa uzaba wabereye i Kanombe.
Aba bombi basezeraniye mu Murenge wa Nyakabanda, mu Karere ka Nyarugenge ku wa Kane tariki ya 4 Ugushyingo 2021.
Bombi bazasezerana mu idini ya Islam i Nyamirambo kwa Kadafi mu muhango uteganyijwe ku wa Gatandatu, tariki ya 6 Ugushyingo 2021.
Ku Cyumweru tariki ya 20 Nzeri 2020,nibwo Nyandwi Sadam yateye ivi yambika impeta Denise mu birori byabereye kuri Heart Land Hotel i Nyamirambo.
Nyandwi Sadam yarahiriye kubana na Denise nyuma y'imyaka isaga 5 bakundana.
Ubwo yateraga ivi,Nyandwi Sadam yatangaje ko impamvu yahisemo kuzabana n'uyu mukobwa ari uko ari mukobwa witonda kandi abona amunyuze umutima.
Yagize ati”ni umukobwa mwiza kandi witonda, igihe tumaranye nasanze ari we wambera umwunganizi kuko hari byinshi duhuje.”
Nyandwi Sadam yakiniye amakipe atandukanye nka Espoir FC maze kuva muri 2017 asinyira Rayon Sports, mu Kuboza 2019 yaje kwerekeza muri Musanze FC akinira kugeza uyu munsi.
Muri iyi nkuru dukesha urubuga rwa rooziato tugiye kubagezaho ibintu bitanu bitangaje byihishe mu mubiri w'umugabo.
Abagabo basaza bironderereza
Burya uruhu rw'abagore rutakaza poroteyine yitwa kolajene mu buryo bworoshye kurusha uruhu rw'abagabo uko imyaka igenda yiyongera. Ibyo rero bigatuma uruhu rw'abagabo rutinda gukanyarara no kuzana iminkanyari ugereranije n'uruhu rw'abagore, kabone n'ubwo abagore ari bo bita ku ruhu cyane cyane mu isura(mu maso) ariko akenshi burya uko bahitaho cyane ni nako hangirika mbere y'ah'abagabo.
Abagabo bafite ubushobozi bwo kuvubura amashereka
Nibyo rwose wabisomye neza abagabo umubiri wabo ufite imvubura zivubura amashereka. Gusa gutanga amashereka ku mabere y'umugabo bifatwa nk'ubusembwa(anomalies). Ibi bibaho gusa iyo ingano y'umusemburo wa porolakitine wazamutse mu mubiri w'umugabo bitewe no gukoresha imiti imwe n'imwe cyangwa se ibiyobyabwenge bituma umuntu asonza ku buryo bukomeye.
Uruhara ni umwihariko w'abagabo
Uruhara ni kimwe mu bintu umwana azungura ku mubyeyi we rukaba ari utumenyetso tugaragara kuri koromozome X y'umubyeyi w'umugore.
Gusa iyi si yo mpamvu yonyine yo kuzana uruhara ku bagabo kuko hari izindi mpamvu zishobora gutuma umugabo amera uruhara, gusa iyo umugabo afite uruhara, umwana we w'umuhungu aba afite amahirwe cyangwa se ibyago bingana na 60% kumera uruhara.
Imikorere y'imisemburo ya kigabo ku turemangingo dushinzwe gukora umusatsi ni yo ituma umubiri ugenda utakaza ubushobozi bwawo bwo gukora imisatsi mishyashya. Umunaniro udashira, indyo ituzuye na zo ni izindi mpamvu zishobora gutuma umugabo amera uruhara.
Abagabo bagira ibimenyetso bya kigore.
Nyuma yo guhura kw'intanga ngabo n'intanga ngore, abantu bose baba bafite igitsina kimwe gusa, igitsina gore kugeza ku byumweru bitandatu umwana agisamwa.
Ibi bivuze ko hatagize igihinduka nyuma y'ibyo byumweru abana bose bajya bavuka ari abakobwa. Koromozome X na Y ni zo sishinzwe kugaragaza igitsina cy'umwana, iyoo zihuye ari X ebyiri umwana aza ari igitsina gore naho haba hahuye X na Y umwana akazavuka ari umuhungu.
Mu minsi ya mbere yo gusama rero, mbere ya biriya byumweru koromozome Y ntiba yagatangiye gukora akazi kayo, bityo rero ikazatangira gukora igitsina cy'umwana cyaratangiye kwerekeza ku bugore.
Muri Kanama uyu mwaka,nibwo Lionel Messi yavuye muri Barcelona yari amazemo imyaka 21 ariko yatangiye kuvuga kuri gahunda yo kuyisubiramo kuko yemera ko 'akumbuye byose' ku buzima bwo mu murwa mukuru wa Catlonia.
Messi yemeje ko azasubira muri Barcelona n'umuryango we nibamara kurangiza amasezerano y'imyaka 2 yasinyiye Paris Saint-Germain.
Messi yavuze ko we n'umugore we Antonela Roccuzzo bifuzaga kuguma muri Barcelona ariko ubukene bw'ikipe bubangamira icyifuzo cye.
Mu kiganiro yagiranye na Sport uyu mugabo w'imyaka 34 yagize ati: 'Sinzi igihe amasezerano yanjye na PSG azarangirira.
'Ariko nanone icyemejwe, kandi kidashidikanywaho, ni uko tugiye kuba muri Barcelona kandi ubuzima bwacu buzaba buhari.
Yagaragaje ko yifuza kuzagira uruhare mu kongera kuzamura Barca kandi akavuga ko 'azishimira' kuba umuyobozi wa tekinike.
Abajijwe icyo akumbuye i Barcelona,yagize ati “Buri kimwe.”
'Byari igihe kinini ahantu hamwe, gahunda, imibereho ya buri munsi, njya mu rwambariro nari mpazi nkuko nzi ikiganza cyanjye.
'Kwimukira i Paris byari impinduka zuzuye. Byasobanuraga kugera ahantu hashya rwose, haba mu mujyi ndetse n'ikipe.
'Nakunze ubuzima nagize muri Barcelona, iyi kipe kandi ni ikintu nkumbuye nubwo bidasobanura ko ibintu bitameze neza hano.'
Mu kwerekana isura y'ibyumweru bye bya mbere hamwe na PSG,Messi yavuze ko zari inzozi mbi z'ubucucike bw'imodoka 'budashobora kwihanganirwa' hamwe n'abana be batatu bagowe n'ubuzima bwa hoteli, yongeyeho mu kiganiro cye na Sport ati: 'Twarangiritse aho twari turi mbere.
'Byose byari byoroshye kandi biri hafi. Najyanaga abana ku ishuri ngasubira mu rugo, hanyuma nkerekeza mu myitozo, ngasubira mu rugo gufata ibyo kurya,nkajya gutora abana.
'Uyu munsi, nta mwanya mfite wo kujyana abana ku ishuri,gusubira kubatwara nkajya no mu myitozo.'
Ku wa gatanu, Messi yasimbujwe mu gice cya kabiri mu mukino PSG yahanganaga na Lille nyuma yo kunanirwa kugira uruhare runini mu mikinire nubwo yari agifite imvune.
Mu ntangiriro z'icyumweru yari afite ikibazo cy'imvune y'imitsi ariko yari yatangaje ko agomba gukina.
Umutoza wa PSG, Mauricio Pochettino, yashimangiye ko yakuwe mu kibuga mu rwego rwo kwirinda.
Bamwe mu bakobwa baterwa inda z'imburagihe batarageza imyaka y'ubukure, barashimira Humuriza Tamari Fondation yabafashije kongera kugaruka mu buzima nk'abandi baturage, ariko kandi bakagaya ababatera inda na bamwe mu babyeyi babo babaha akato bakabafata nabi.
Umwe muri aba batewe inda bakiri bato akabyara imburagihe, wo mu kagali ka Urwinkindi mu murenge wa Mushishiro, avuga ko yatewe inda afite imyaka 15 ndetse uwayimuteye ntacyo amufasha mu kurera umwana, ko ndetse yashatse undi mugore. Avuga ko umushinga Humuriza Tamari Fondation wabavanye mu bwigunge, ukaba unatangiye gufasha abana babo.
Undi nawe twirinze gutangaza amazina, avuga ko bari baribagiwe uko kujya mu bandi bimeze ndetse ko bageragezaga kubegera bakababwira ko babasebeje, ariko ubu  bameze neza kuko Humuriza yabafashije igatuma babona ko ubuzima bushoboka.
Igikorwa cyo gufasha cyateguwe na Humuriza Tamari Fondation.
Yagize ati' Iyo umukobwa yabyaye adafite umugabo bamuha akato, noneho reba uwabyaye akiri umwana we ntashobora kuko bavuga ko twabasebeje mu muryango, ariko ubuzima bwarahindutse cyane nyuma yo kubona umuryango wa Humuriza Tamari Fondation itugarurira icyizere ndetse abana bacu babonye ababyeyi ba nyabo'.
Muhawenimana Jacqueline, umubyeyi ufite abakobwa 3 bose babyaye imburagihe avuga ko nubwo babamusigiye yishimiye kubarera nubwo ba se batabitaho, ariko nibura Humuriza Tamari Fondation ngo yabafashije kubona ibyo bo nk'ababyeyi batabasha kubonera abuzukuru babo.
Mukeshimana Pourcherie, avuga ko agaya ababyeyi bafata nabi abana babo kuko iyo umutereranye bituma yiheba ndetse ubuzima bukamubera bubi bityo mu buzima bubi abayemo bigatuma bongera kumutera indi nda noneho bikaba bibi. Avuga ko icyo kumufasha ari uko wamuba hafi kuko iyo utamufashe neza akomeza bwa buzima nuwo abyaye akamurera nabi cyangwa agashaka uko ayikuramo akanamwica.
Pasteur Nyiraneza Arbertine, umuyobozi w'Umuryango utegamiye kuri Leta Humuriza Tamari Fondation avuga ko uyu muryango washinzwe hakurikijwe inkuru ya Tamari wo muri Bibiliya watewe inda na musaza we akagenda ahunze umuryango we, ' niyo mpamvu twebwe twafashe aba bakobwa baterwa inda n'abagabo cyangwa abasore bakabata bakabasiga nta nicyo babafashije'.
Umuyobozi wa Humuriza Tamari Fondation.
Akomeza avuga ko umukobwa wabyaye akwiye kwegerwa akagirwa inama ndetse agafashwa mubyo we atabona yakagombye gufashwa n'uwamuteye inda, ariko twebwe twaravuze tuti 'ese Tamari turamufasha iki?'. Â Kugirango tubashe kumufasha nibwo twavuze tuti uwabyaye atujuje imyaka nuwari uyifite reka bose tubafashe kubabonera ibikoresho by'ishuri ndetse abatarajya ku ishuri tubahe ibikoresho by'isuku harimo amavuta n'isabune nk'ibikoresho by'ibanze.
Uyu muryango Humuriza Tamari Fondation urimo kwita kuri ba Tamari bo mu murenge wa Mushishiro bibumbiye mu matsinda 6 bafite abana barenga 200 ari nabo bafashijwe bahabwa ibikoresho by'ishuri birimo amakaye, ibikapu ku bana biga kuva mu mashuri y'inshuke n'abanza ndetse abana batarajya mu ishuri bahabwa ibikoresho by'isuku birimo amasabune n'amavuta byose hamwe bikaba bifite agaciro k'amafaranga asaga Miliyoni 1,5.
Urukundo ni ijambo buri wese asobanura uko ashaka, benshi bakanariha ubusobanuro butandukanye bitewe n'inyungu baba babifitemo. Ni muri urwo rwego rero usanga abenshi bibwira ko urukundo ari ugukora imibonano mpuzabitsina ndetse akenshi n'abenda kuzabana ugasanga baryamanye mbere y'uko basezerana.
Â
Â
Gusa hari ibikorwa byinshi wakorera umukunzi wawe akanyurwa mutarinze kuryamana mbere yo kubana.
1.Gerageza umwereke ko umurutisha abandi Iyo weretse uwawe ko umukunda kuruta abandi, bituma uwo musore na we amwitaho ndetse akanamurwanira ishyaka. Aha uyu mushakashatsi avuga ko umusore asaba umukobwa ko baryamana bitewe n'uburyo abona yitwara mu bandi.
2.Kwikuramo ko imibonano ariryo pfundo ry'ibyishimo:
Iyo umukobwa yinjiye mu rukundo afite intego imwe yo kubaka urukundo rurambye, biroroha cyane kubyumvisha uwo bakundana. Aha na none, uyu mushakashatsi avuga ko iyo umuntu yinjiye mu rukundo afite intego zirenze imwe, byanze bikunze iyo bahurijeho ni yo iza imbere mu gushyirwa mu bikorwa.
3. Gerageza umuhe umwanya wose akeneye.
Uwo mukundana iyo abona umuha umwanya uhagije wo kuganira, abasha kumenya ibyo ukunda n'ibyo wanga kuko muba mwaganiriye ku bintu bitandukanye ndetse rimwe na rimwe akanamenya ibijyanye n'imyizerere yawe.
4. Muteteshe: Rimwe na rimwe jya umufata nk'umwana muto maze umuteteshe koko. Uhindure ijwi nk'uganiriza agahinja, umubwire amagambo meza amunyura umutima, umwibutse ukuntu umukunda cyane, kandi umuhumurize igihe atameze neza.