Tag: People

  • Miss Kellia Ruzindana akuye mu rujijo abibaza k'urukundo rwe na Element #rwanda #RwOT

    Kellia yakuye urujijo ku bibaza ko yaba ari mu rikundo na Element ubwo yasubizaga bimwe mu bibazo yabajijwe n'abakunzi be ku rukuta rwe rwa Instagram.

    Miss Kellia ubwo yasubizaga ibibazo bitandukanye hari uwamubajije ku mubano we na Element ati”Muraho ese ukundana na Element?”. Kllia mu gusubiza nawe ntiyazuyaje yahise ahakana aya makuru ati”Oya”.


    Si ubwa mbere Kellia ahakanye amakuru y'uko yaba akundana na Element ahubwo we akomeza gushimangira ko ari inshuti zisanzwe ndetse bize no mukigo kimwe ikirenze Element akaba n'inshuti ya hafi ya musaza we.

    Mu bandi babajije Kellia Ruzindana ibibazo harimo uwamubajiije niba afite umukunzi undi nawe yemera atazuyaje ndetse agaragaza n'ifoto ari kumwe n'umukunzi we icyakora ntiyagaragaza amasura uretse ibiganza bigaragara ko ari icye n'icy'umukunzi we.

    Undi wamubajije ikibazo yamubajije niba ateganya kuzasubira mu irushanwa rya Miss Rwanda 2023 ariko Kellia mu gusubiza yavuze ko atari mu mwanya mwiza wo kuba yasubiza icyo kibazo ako kanya byumvikana ko byose bishoboka.

    Urukundo rwa Element na Kellia rwatangiye kuvugwa ubwo Element yagaragazaga ko ashyigikiye Kellia Ruzindana mu irushanwa rya Miss Rwanda 2022 ryegukanywe na Miss Nshuti Divine Muheto mu gihe Kellia Ruzindana yegukanya ikamba ry'umukobwa waranzwe n'umuco.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/miss-kellia-ruzindana-akuye-mu-rujijo-abibaza-ku-rukundo-rwe-na-element

  • Itangazo: IJYIHOZABAYO Esther yasabye guhindura amazina akitwa IJYIHOZABAYO Esther Sylvie #rwanda #RwOT

    Uwitwa IJYIHOZABAYO Esther yasabye guhindura amazina mu buryo bwemewe n'amategeko akitwa IJYIHOZABAYO Esther Sylvie mu bitabo by'irangamimerere.

    Impamvu atanga zituma asaba guhindura amazina akaba ari uko ari amazina yabatijwe.

    Ingingo z'ingenzi yashingiyeho asaba inzego zibishinzwe guhindura amazina zikaba ziri hano hasi:

    Source : https://umuryango.rw/amatangazo/article/itangazo-ijyihozabayo-esther-yasabye-guhindura-amazina-akitwa-ijyihozabayo

  • Iburasirazuba: Bakoze umuganda wo kubakira abatishoboye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’urubyiruko, mu Ntara y’Iburasirazuba bakoze umuganda wo gusana no kubakira abatishoboye amazu yo kubamo ndetse (…)

    Source : https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/iburasirazuba-bakoze-umuganda-wo-kubakira-abatishoboye

  • Nyanza: Umugabo yaguwe gitumo ari gusambana na nyirabukwe #rwanda #RwOT

    Umugabo w'imyaka 45 wo mu mudugudu Kigarama mu Kagari ka Kiruri mu Murenge wa Mukingo, Akarere ka Nyanza yaguwe gitumo n'umugore we ari gusambana na nyirabukwe w'imyaka 72.

    Byabaye kuri uyu wa Gatanu. Iyi nkuru ikimara kuba kimomo inzego z'ibanze zahise zihagoboka zijyana uwo mugabo na nyirabukwe hirindwa ko bagirirwa nabi.

    Uyu mugore wifashwe na nyina asambana n'umugabo we yemereye BTN ko yabasanganye ku buriri anashimangira ko yabaye iciro ry'imigani muri ako gace bitewe n'ibyabaye.

    Yagize ati 'Nabasanze ku buriri none nabaye iciro ry'umugani, ndifuza ko babafungura njye nkigendera,kuko bari kuvuga ngo nafungishije mama n'umugabo.'

    Abaturage bo muri aka gace.babwiye BTN ko batunguwe n'iyi nkuru y'uyu mugabo wafashwe n'umugore we ari gusambana na nyirabukwe bakanashimangira ko ijbyabaye ari amahano.

    Umugore umwe yagize 'Njye nibwo bwa mbere numvise umuntu warongoye nyirabukwe.'

    Umusaza umwe yagize 'Uko mbyumva numva ari amahano, kuva namenya ubwenge ibyo bintu ntabwo nigeze mbyumva.'

    Ubuyobozi bw'uyu murenge wa Mukingo bwavuze ko bukimenya aya makuru bwahise bwihutira gufata uyu mugabo na nyirabukwe bubakura muri urwo rugo kubera ko uwo mugore yari ari guteza amahane, ku buryo bashoboraga kugirirwa nabi.

    IVOMO:IGIHE

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/nyanza-umugabo-yaguwe-gitumo-ari-gusambana-na-nyirabukwe

  • Musanze: Bifuza kubakirwa ibiro by’Umurenge n’Utugari bisimbura ibishaje #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abaturage bo mu Murenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze, bifuza kubakirwa ibiro by’Umurenge n’iby’Utugari bishyashya, cyangwa inyubako bisanzwe bikoreramo (…)

    Source : https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/musanze-bifuza-kubakirwa-ibiro-by-umurenge-n-utugari-bisimbura-ibishaje

  • Jennifer Lopez na Ben Affleck ntabwo babana mu nzu kandi baheruka gushyingiranwa #rwanda #RwOT

    Nyuma y'ibyumweru hafi bibiri by'ubuzima bw'ubuki, abafana benshi barabaza bati: Umubano wa Jennifer Lopez na Ben Affleck umeze ute nyuma y'ubukwe bwabo? Birasa nk'aho ukomeje gukomera nubwo batandukanye.

    Umwe mu bantu ba hafi babo yatangarije Hollywood Life ku ya 5 Kanama 2022, ko bishimiye cyane kubaho batabana mu nzu imwe [batandukanye].

    Uwatanze amakuru yagize ati: “Ikintu kimwe gitumye umubano wabo wihariye cyane ni uko bazi kurusha abandi bose ibikenewe mu byo bakora”. Mu by'ukuri bizera ko kumara umwanya batari kumwe bituma bakundana cyane kandi biratunganye kuko iyo batari kumwe, baba binjiza amafaranga menshi cyane.N'ukunguka kuri buri ruhande.

    Bahora bavugana,boherezanya ubutumwa bugufi, bavugana kuri Video, ndetse bakanohererezanya amajwi kenshi. Kandi umwanya bamara hagati yabo batari kumwe utuma kongeraguhura kuba umwihariko cyane. JLo akunda kwiyumvamo ko umugabo we azaba ahari kubwe uko byagenda kose. '

    Andi mutangamakuru yatangarije icyo kinyamakuru ko babonana cyane kandi ko bategereza igihe gikwiriye. Ati: “Basobanukiwe neza ko hari igihe bashobora kuba batari kumwe.Ni ikintu bombi bemeye kandi baganiraho igihe kirekire, rero nta gishya gihari. N'ukuri, gutandukana vuba nyuma y'ubukwe bwabo ntabwo ari byiza. Ariko bazi ko bafite ubuzima bwabo bwose imbere yabo kandi bakunda buri munota w'urugendo. '

    Aba bombi bashyingiranwe kuwa 16 Nyakanga uyu mwaka mu birori bikomeye byabereye Las Vegas.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/umuziki/article/jennifer-lopez-na-ben-affleck-ntabwo-babana-kandi-baheruka-gushyingiranwa

  • NKORE IKI: Njye numugabo wanjye tumaranye am… – #rwanda #RwOT

    Uyu mugore umaraye amezi agera kuri ane n'umugabo we yatangaje ko umugabo yamutunguye na cyane ko babanye bari basanzwe bamaranye imyaka itatu bakundana. 

    Yagize ati 'Muraho neza! Ndabasaba kungira inama kuko ndabangamiwe cyane. Nashatse umugabo twari dusanzwe tumaranye imyaka ine yose mu rukundo ariko kugeza ubu ari kuntungura cyane. Uyu mugabo wanjye ari kunyiyereka nabi”.

    “Uyu mugabo wanjye tubana ni mwiza cyane kuri njye ndetse ansize sinzi niba nabona n’ahandi nerekeza, sinzi niba nanashobora kubaho muri ubu buzima kuko ndamukunda cyane. Ubwo nari mu kazi nagize ikiruhuko gito ngiye kumva numva arampamagaye ambwira ko yifuza ko twaza kuganira ndetse anambwira ko araza kumfata.

    Ubwo yazaga namukubise amaso mbona yahindutse, mbona ntabwo ameze nk'uwo nari nsanzwe nzi. Ubusanzwe nigeze kumuca inyuma mbere cyane ariko sinabyibukaga kuko hari hashize umwaka wose kandi nta n’ubwo nigeze menya ko azabimenya.

    Uko byagenze ngo muce inyuma: 

    Mu mwaka washize, umwe mu nshuti zanjye rero yari yateguye ikirori. Umugabo wanjye yari afite akazi kenshi cyane twari bujyane muri icyo gitaramo. Bitewe n'uburyo aba afite akazi kenshi, ntabwo nigeze mubwira ko hari aho nagiye kandi ni byo nakoze ntabwo nabikoranye umutima mubi nari nzi ko njyayo nkabyina ubundi nkataha.

    Tujya muri iki kirori nari kumwe n'abandi bashuti banjye nabo bari kumwe n'abandi bakorana. Twarariye, turabyina, tujya muri Pisine turoga,…Umusore wari hafi aho rero yatangiye kunyegera maze njye n’abakobwa twari kumwe aratwishyurira ngo tujye kubyinira ahandi hiyubashye ariko hafi y'aho twari turi.

    Abakobwa twari kumwe nabo bari bazanye n'abakunzi babo maze igihe kigeze nsigara aho n'uwo musore. Uwo musore twarabyinanye biratinda, twasinze maze tuva mu kabyiniro ntawe uyobora undi. Sinibuka aho yanyujije ariko byarangiye amfashe ku ngufu gusa kuko nari nasinze ndabyicuza cyane.

    Kugeza ubu ampamagara inshuro nyinshi ndetse agakomeza kunsaba ko twabyongera ariko naramuhakaniye yanze kumva. Umuntu w'inshuti yanjye nagerageje kubwira iryo banga, yarambwiye ngo ngomba kubibika sinzagire uwo mbibwira.

    Kugeza ubu rero ikibazo mfite ni uko umugabo wanjye ahora ambaza iby'icyo gitaramo twagiyemo sinzi aho yabikuye kandi ahora abimbaza kandi akabimbaza arakaye cyane. Ndi kwibaza niba yarabimenye kuko kugeza ubu tubanye nabi, yirirwa ambwira nabi, antuka,…”.

    Aho bigeze umugabo wanjye ntabwo akimvugisha, yarandetse, ahora ampunga gusa yanze no kumpa umwanya w'isegonda. Ntabwo anyitaba, sinzi icyo gukora pe. Kuva twabana tumaranye amezi ane gusa. Nkore iki?.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/119650/nkore-iki-njye-numugabo-wanjye-tumaranye-amezi-ane-munyica-inyuma-atabizi-none-yarahinduts-119650.html

  • Abimuwe muri Kangondo ya 2, bahawe isoko ntibahabwa igishoro #rwanda #RwOT

    Bamwe mu bahoze batuye muri Kangondo ya Kabiri, batujwe mu midugudu ya Rwanco mu Kagari ka Busanza, mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro, bakubakirwa isoko baravuga ko bahangayikishijwe no kuba batarahawe igishoro cyo gutangira ubuzima.

    Isoko rya Rwanco ryubatse mu buryo bugezweho, harimo abacuruzi batarenze cumi na batanu ibindi bibanza bihari birarangaye, nta rujya n'uruza rw'abaguzi ruhagaragara.

    Bamwe mu baricururizamo baganiriye n'itangazamakuru rya Flash, baravuga ko bahangayikishijwe no kuba barimuwe ntibahabwe igishoro, ngo batangire ubuzima

    Barasaba ko bagihabwa kuko babayeho nabi, kandi ko  batakibasha no kwishyurira abana babo amashuri no kubagaburira.

    Ntege Seraphina ati 'Leta yatwubakiye isoko ariko imbogamizi dufite nta giishoro dufite, n'abana bacu kubishyurira amashuri biratugora. Twasaba ko badufasha bakaduha igishoro, kuko ubuzima buratugoye.'

    Mugenzi we Yagize ati 'Nkanjye nkorera aha hanze y'isoko, imbogamizi dufite zituma na bagenzi bacu bataza ni uko nta gishoro bafite. Leta y'Ubumwe idufashije yaduha igishoro tukiyubaka.'

    Undi yunzemo ati 'Nk'ubu izi nyanya ndazicuruza ngo mbone ayo kwishyura inzu, niba ndigushaka ay'inzu ubwo abana baraburara. ''

    Iki kibazo si gishya mu buyobozi bw'Umurenge wa Kanombe, umunyamabanga Nshingwabikorwa w'uyu murenge, Nkurunziza Idrissa, arabasaba  gutegereza bihanganye.

    Yagize ati 'Ibijyanye n'igishoro kwaba ari nko kongererwa, kuko bari basanzwe bacuruza. Nibyo koko bemerewe kuzahabwa igishoro, ariko ntibiratungana, urutonde rw'abacururiza hariya rurahari, Loda ni yo igomba kuzatanga igishoro. Nibabe bategereje bihanganye.'

    Abacururiza muri iri soko bavuga ko bafite iki kibazo kuva mu mwaka wa 2019, ubwo bimurwaga mu mudugudu wa Kangondo ya 2 Nyarutarama.

    Aba bagaragaza ko batemerewe kwaka inguzanyo mu ma banki ngo babe bakwikorera,  kuko nta byangombwa bya burundu bahawe by'inzu bimuriwemo, bakavuga  ko bikomeje kudindiza imibereho yabo.

    AGAHOZO Amiella

    The post Abimuwe muri Kangondo ya 2, bahawe isoko ntibahabwa igishoro appeared first on FLASH RADIO&TV.

    Source : https://flash.rw/2022/08/03/abimuwe-muri-kangondo-ya-2-bahawe-isoko-ntibahabwa-igishoro/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=abimuwe-muri-kangondo-ya-2-bahawe-isoko-ntibahabwa-igishoro

  • Umusore yiriwe yoza imodoka y’abandi nyuma yo kubeshywa ko ari iya sheri we – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umusore yasanze arimo koza imodoka yumusore utereta umukunzi we yibwira ko ari iyo umukunzi we yaguze.

    Uyu mugabo uzwi ku izina rya Segopotso Tong yagiye ku mbuga nkoranyambaga kugira ngo avuge ibintu bisekeje hamwe n'uwahoze ari umukunzi we.

    Yagaragaje ko mu gihe bakundanaga, yamushutse ngo yoze imodoka ye yaguze kandi ari uyundi musore umutereta.

    Nk'uko Segopotso abitangaza ngo yatumye yemera ko yaguze imodoka kugira ngo nyuma amenye ko mu by'ukuri ari iy'umukunzi we rwihishwa.

    Yanditse;  ' Uwahoze ari umukunzi wanjye yigeze kuntera kwizera ko yaguze imodoka mugihe ubundi yari imodoka yundi musore.  Ndetse yanteye kuyoza '

    Source : https://yegob.rw/umusore-yiriwe-yoza-imodoka-yabandi-nyuma-yo-kubeshywa-ko-ari-iya-sheri-we/

  • Umugeni ari mu marira nyuma yo kumenya ko umugabo we akanika imodoka yari azi ko ari umushoferi – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umugeni wari umaze igihe gito akoze ubukwe yavumbuye ko umugabo ari umukanishi w'imodoka kandi yari azi ko ari umushoferi unacuruza imodoka.

    Umugore yanditse kuri Twitter ko inshuti ye yamenye umwuga wumugabo we nyuma yo gushyingiranwa.

    Biragaragara ko uyu mugabo yamuteye kwizera ko ari umucuruzi ariko yamenye nyuma yubukwe bwabo ko ari umukanishi.

    Inshuti yumugeni izwi nka @_agneeess yashakishije inama kubigomba gukorwa kuri iki kibazo.

    Yagize ati 'Inshuti yanjye yamenye ko umugabo we ari umukanishi kandi atari umucuruzi w'imodoka n'umushoferi nyuma y'ubukwe. Nyamuneka agomba gukora iki?'

    Source : https://yegob.rw/umugeni-ari-mu-marira-nyuma-yo-kumenya-ko-umugabo-we-akanika-imodoka-yari-azi-ko-ari-umushoferi/