Tag: news

  • Mu mafoto : Uko byifashe ku munsi wa mbere wo kongera gusubira mu nsengero #rwanda #RwOT

    Ni umunsi wa mbere uru rusengero rufunguye imiryango kuva ku wa 15 Nyakanga 2020, ubwo Inama y’Abaminisitiri yatangazaga umwanzuro w’uko insengero [inyubako/ahantu hateranira abari gusenga], zifunguwe abakristo bashobora kujya gusenga.

    Kuva ku wa 15 Werurwe kugeza ku wa 15 Nyakanga 2020, amezi ane yari ashize ahantu hateranira abantu bagiye gusenga hafunze mu rwego rwo kubahiriza ingamba zashyizweho mu rwego rwo gukumira iki cyorezo kimaze guhitana batanu abandi barenga 1500 bakaba baracyanduye hano mu Rwanda.

    Umunyamakuru wa UKWEZI, yageze ahari urusengero rw’Itorero Bethesda Holy Church, mu Kagari ka Kagyugu mu Murenge wa Kinyinya, areba ibijyanye n’imyiteguro, uburyo abantu bafite akanyamuneza nyuma y’uko insengero zongeye gufungurwa n’ibindi.

    Muri rusange uru rusengero rwari rusanzwe rwakira abantu babarirwa mu 3400 [ni ukuvuga iteraniro rimwe ryabaga ririmo abasaga ibihumbi bitatu] ariko kuri ubu bijyanye n’ingamba zashyizweho, harimo abagera kuri 206.

    Kuri iyi saha twandikaga iyi nkuru, hanze y’urusengero hari hari abantu babarirwa muri 50, hakaba kandi n’abandi bagiye baza bagasubirayo kuko basanze imyanya y’urusengero yamaze kuzura, bivuze ko baragaruka mu iteraniro rya kabiri.

    Yavuze ko “Abantu bafite akanyamuneza ku maso, barishimye cyane mbese urabona ko bari bakumbuye amateraniro kuko ubusanzwe amateraniro yatangiraga saa mbiri ariko urusengero rwuzuraga saa yine, gusa uyu munsi saa kumi n’ebyiri bari bamaze kuzura.”

    Akomeza avuga ko hari n’abahisemo gukurikira amateraniro bari hanze y’urusengero.

    Kuri uru rusengero kandi hari ubuyobozi bw’inzego z’ibanze buyobowe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinyinya ndetse n’urubyiruko rw’abakorerabushake rushinzwe gufasha mu gupima umuriro, kugenzura niba abantu bubahiriza isuku ndetse no guhana intera.

    Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu yashyizeho amabwiriza agenga imikoreshereze yazo mu gihe cya Coronavirus, arimo ko abana bari munsi y’imyaka 12 batemerewe kujya gusenga.

    Mu mabwiriza ya Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu harimo ko insengero zizatangira gukoreshwa ari uko zibanje kugenzurwa n’itsinda ry’Umurenge rishinzwe gukurikirana ko zujuje ibisabwa mu kwirinda Coronavirus, bikemezwa n’ubuyobozi bw’Akarere kandi bikamenyeshwa mu nyandiko.

    Mu gutanga amaturo, abayoboke bayatanga hakoreshejwe ikoranabuhanga [Momo, Money transfer, Bank Transfer, aho bidashoboka hakoreshwa ubundi buryo ariko hakubahirizwa ingamba zo kwirinda Coronavirus.

    Uburyo bwo gutanga amaturo bwashyizweho mu Itorero Bethesda Holy Church Bishop Albert Rugamba uyobora Itorero Bethesda Holy Church yari ayoboye iteraniro ry’uyu munsi
    Uri kuhagera bakagupima umuriro, hari urubyiruko rw’abakorerabushake rubishinzwe
    Hari n’abahisemo gukurikira amateraniro bari hanze y’urusengero ariko bubahirije guhana intera ya metero
    Imbere mu rusengero, abakristo bari kuririmba bahanye intera nk’uko biteganywa n’amabwiriza yo kwirinda icyorezo

    Inkuru ya Kubananeza Willy Evode

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Iyobokamana/article/Mu-mafoto-Uko-byifashe-ku-munsi-wa-mbere-wo-kongera-gusubira-mu-nsengero

  • Ev Kagame washyize hanze indirimbo nshya yavuze impamvu atajya yishyuza mu bitaramo akora #rwanda #RwOT

    Uyu muvugabutumwa yabitangaje kuri iki Cyumweru ubwo yamurikaga indirimbo ye nshya yise ‘Umutima’ isanzwe ari indirimbo ya 66 mu gitabo cy’indirimbo z’agakiza.

    Mu kiganiro yahaye FINE FM, yavuze ko iyi ndirimbo ari iy’agakiza ari nayo mpamvu yifuza ko abantu bayumva bakumva ubutumwa buyirimo kandi buzabafasha ari benshi.

    Ati “Ni indirimbo nziza cyane twashatse kuvuga ngo tuyitunganye mu buryo bw’amajwi. Abantu bayiteho tubikora byose ngo dufatanyirize hamwe gusenga.”

    Umva hano indirimbo ‘Umutima’

    Ev Kagame yavuze kandi ko mu buhanzi bwe yatangiye mu 2018, atajya yishyuza mu bitaramo akora kuko hari bamwe bishobora kubuza amahirwe by’umwihariko abadafite ubushobozi.

    Yagize ati “Ntabwo mbikora nk’ubucuruzi, mbikora kugirango izina ry’Imana rihabwe icyubahiro. Kuko ndamutse nishyuje, ubwo se wa muntu wari kuza ari umunyabyaha noneho yari guhinduka binyuze muri icyo gitaramo cyangwa igiterane ubwo iyo nza kwishyuza nari kuba mukumiriye.”

    Indirimbo ‘Umutima’ ya Ev Kagame Manzi Justin ayifatanyije n’abahanzikazi b’impanga bazwi nka ‘Twin Girls’.

    Uyu muvugabutumwa yavuze ko mu bihe biri imbere azayikorera amashusho ndetse akaba anateganya gukomeza gushyira imbaraga mu ivugabutumwa rinyuza mu ndirimbo.

    Umva hano indirimbo ‘Umutima’

    source http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Ev-Kagame-washyize-hanze-indirimbo-nshya-yavuze-impamvu-atajya-yishyuza-mu-bitaramo-akora

  • APR FC yageneye impano umutoza Nabyl wasubiye iwabo muri Maroc(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Nyuma y’uko umutoza Nabyl Bekraoui wari wungirije mu ikipe ya APR FC yemeje ko atazakomezanya n’iyi kipe, ku munsi w’ejo yasubiye iwabo muri Maroc aho yaherekejwe na bamwe mu bayobozi b’ikipe ya APR FC.

    Ku munsi w’ejo ni bwo uyu mutoza ari kumwe n’umuryango we(umugore n’umwana) bahagarutse ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe berekeza iwabo muri Maroc.

    Akaba yari yaherekejwe na bamwe mu bayobozi ba APR FC barimo umunyamabanga w’iyi kipe, Lt. Col. Sekaramba Sylevestre, bageze ku kibuga cy’indege bakaba barahise bashyikiriza uyu mutoza n’umuryango we impano babageneye.

    Umunyamabanga wa APR FC yari yaherekeje umutoza Nabyl

    Ubwo bamushyikirizaga impano

    Bamushimiye umurava yagaragaje ubwo yari umutoza wa APR FC ndetse bamwifuriza ishya n’ihirwe mu mirimo ye iri imbere.

    Nabyl akaba yashimiye APR FC uburyo bakoranye mu gihe cy’mwaka yari ayimazemo.

    Yagize ati“ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane byimazeyo umuryango mugari wa APR FC yaba ubuyobozi, abatoza twakoranye mu gihe cy’umwaka wose, abakinnyi ndetse n’abakunzi ba APR FC ni ukuri twabanye neza cyane kurusha uko nabitekerezaga ubwo nazaga gukorera mu Rwanda, nagira ngo mbashimire cyane ubumuntu bangaragarije muri iki gihe cyose maze mu ikipe nziza cyane ya APR FC.”

    Nabyl akaba yari amaze umwaka atoza APR FC nk’umutoza wungirije ndetse anashinzwe kongerera ingufu abakinnyi, yakoranaga na Adil Erradi umutoza mukuru we wanamaze kongera amasezerano muri iyi kipe.

    Nabyl ubwo yari ageze ku kibuga cy’indege yerekeza muri Maroc

    source http://isimbi.rw/siporo/article/apr-fc-yageneye-impano-umutoza-nabyl-wasubiye-iwabo-muri-maroc-amafoto

  • Umugore w’imyaka 88 yishwe na coronavirus mu Rwanda #rwanda #RwOT

    Uyu mukecuru ni uwo mu karere ka Nyamasheke, Minisante mu makuru mashya itangaza buri munsi ku cyorezo cya covid-19, yagize iti “Twihanganishije umuryango w’umukecuru w’imyaka 88 witabye Imana mu karere ka Nyamasheke”.

    Minisiteri y’Ubuzima nta makuru arambuye yavuze kuri uyu mukecuru gusa abaganga bavuga ko abantu bakuze baba bafite ibyago byinshi byo kwicwa na coronavirus kuko abasirikare b’umubiri wabo baba baracitse intege.

    Umuntu wa kane, ari nawe uheruka kwicwa n’iki cyorezo mu Rwanda yari afite imyaka 78.

    Abandi batatu bishwe n’iki cyorezo ku butaka bw’u Rwanda barimo umushoferi winjiye mu Rwanda arembye.
    Abandi babiri ni abashinzwe umutekano bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu mahanga : umupolisikazi w’imyaka 24 n’umusirikare w’imyaka 51.

    Kuri uyu wa Gatandatu mu Rwanda hagaragaye abantu 54 banduye covid-19, barimo 34 bo mu karere ka Nyamasheke. Nyamasheke ifite uduce twashyizwe muri gahunda ya guma mu rugo.

    Abandi babonetse kuri uyu wa Gatandatu barimo 9 bo mu karere ka Rusizi, 7 babonetse I Kigali na batatu babonetse mu karere ka Kirehe.

    Abakize bashya ni 8, muri rusange abamaze kwandura bose hamwe ni 1 539, abamaze gukira ni 819.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Ubuzima/article/Umugore-w-imyaka-88-yishwe-na-coronavirus-mu-Rwanda

  • RDC: Impunzi z’abarundi zikomeje gushinjwa gukorana n’imitwe yitwaje intwaro. #rwanda #RwOT

    Inzego zishinzwe umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zirashinja zimwe mu mpunzi z’Abarundi zahungiye muri icyo gihugu gukorana n’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri Fizi ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

    Ku wa Gatatu w’iki cyumweru, abayobozi mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bahuriye mu nama n’abahagarariye impunzi z’Abarundi, mu gushakira umuti wa kiriya kibazo.

    Umwe mu bayobozi bashinzwe ubutasi ahitwa Mboko muri Kivu y’Amajyepfo, yavuze ko hari impunzi nyinshi z’Abarundi zo mu nkambi ya Lusenda zafashwe n’igisirikare cya Congo Kinshasa zirwanirira imitwe yitwaje intwaro ikorera mu Burasirazuba bw’icyo gihugu.

    Ati: “Bamwe bafatiwe muri Kabumbe, mu gihe abandi bafaterewe muri yombi muri Swima.” Iyo ntasi ntiyatangaje umubare w’impunzi zafashwe zikorana n’abitwaje intwaro.

    Amakuru avuga ko imitwe ikorana n’impunzi z’Abarundi irimo uwa Mai-Mai ndetse n’uwa Gumino ugizwe ahanini n’abarwanyi b’Abanyamulenge.

    John Mulondani, Umuyobozi wa Segiteri ya Tanganyika yabereyemo inama yahuje inzego z’umutekano za Congo Kinshasa n’abahagarariye impunzi, yavuze ko abafunzwe n’igisirikare bafatiwe mu mirwano yabereye mu duce twa Kamombo na Mikalati.

    Abahagarariye impunzi z’Abarundi mu nkambi ya Lusenda bahakaniye mu nama ko nta mpunzi zikorana n’iriya mitwe.

    Emmanuel Ntirampeba uhagarariye impunzi yagize ati: “Niba hari impunzi zafatiwe muri iyo mirwano, nimuzitwereke zihanwe n’amategeko. Ibindi ntibihagije kuvuga ngo twafashe impunzi hanyuma mugatuma abantu bemera ko ari ukuri.”

    Ntirampeba uhagarariye Komisiyo y’igihugu ishinzwe impunzi muri Fizi, yemereye ishimwe ry’amadorali 50 ya Amerika umuntu wese uzatanga amakuru y’impunzi yaba itunze intwaro.

    The post RDC: Impunzi z’abarundi zikomeje gushinjwa gukorana n’imitwe yitwaje intwaro. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/rdc-impunzi-zabarundi-zikomeje-gushinjwa-gukorana-nimitwe-yitwaje-intwaro/

  • Ni nde uri inyuma y’igitero cyagabwe kuri Twitter ya Joe Biden, Kanye West, Bill Gates, Jeff Bezos na Obama? – Inyarwanda.com #rwanda #RwOT

    Twitter yinjiriwe n’abahanga kuri mudasobwa (hackers) ubu hari kwibazwa byinshi kuri iki gitero. Abatewe bose ni ibikomerezwa barimo ;Joseph R. Biden Jr., Barack Obama, Kanye West, Bill Gates na Elon Musk… Ese uyu waba ari umugambi wa nde, yaba agamije iki se? Abandi bati hari gukorwa igeragezwa ry’uko America yazinjirirwa mu matora.

    source https://rss.app/articles/862477a63bc37168a61ec4e0d85a68cbec5bb94447b309664e1fc4e5065d9ad816eec1138b2723bdde71a9c195491eb84553fb4b8ad1d5e348a24faf302c6bbf58ef26df10c5fe376d21c88123dd8e36b9a272bce2ad5ac07c16ed5ae5424194424be6edf202c065a367db463fcacc00bef85644b33204cb4cfcae7b8a224d61e404fc173fd3b34a

  • Uwo twabyaranye yihakanye umwana none ndashaka umuhungu twakwibanira akamfasha kumurera. #rwanda #RwOT

    Nitwa Uwizeye Marie Aime ntuye i Kigali ninaho nkorera. Ubwo papa wanjye yitabaga Imana, nari mfite imyaka 22, umuhungu twakundaga twari tumaze imyaka 2 dutandukanye. Urupfu rwa papa wanjye rwarambabaje cyane kuko yari umuntu ukomeye cyane mu buzima bwanjye yari amfatiye runini kandi niwe wari udutunze kuko mama ntakazi yagiraga. Ku kiriyo cye ntakindi kintu nari mfite mu mutwe uretse kwibaza uko ubuzima bwanjye buzakomeza papa wanjye adahari, numvaga bitashoboka ko nakomeza kubaho ntamufite. Ibyo byatumaga nirirwa ndira nkarara ndira sinasinziraga. Ku kiriyo habaga hari abantu benshi, kuburyo twasasaga hasi kugira ngo abantu bose babashe kuhakwirwa. Ariko nubundi kuko bari benshi cyane, uwabaga afite ibitotsi yarihengekaga akaryama byagabanuka akabyuka agaha umwanya undi, kandi buri muntu akaryamisha urubavu kugira ngo tuhakwirwe, ibyo byatumaga turyama twivanze abakobwa n’abahungu kuko buri muntu yaryamaga ahari umwanya, ntabwo ibitotsi byari kukwica kandi ubona ko mu cyumba cy’abahungu harimo umwanya. Njye byari bigeze ku munsi wa 4 ntaryama, muri iryo joro numva ngize ibitotsi mba nihengetse ho gato agatotsi karanyiba ndasinzira. Nasinziye iminota mike cyane mu kujya gukanguka mpita numva hari umuntu wanturutse inyuma atangira kunsambanya, kuko nari naryamye iruhande rw’umuhungu ndyama namushyizeho ikibuno kwihangana biramunanira, ubwo rero nakangutse irimo. Nanjye nkikanguka numva nibyiza, numva nabishakaga, ndamureka arabikora ararangiza. Urabyumva ko atari yabipanze ntagakingirizo yari yitwaje, ibyo rero byatumye antera inda. Hashize ibyumweru 2 nahise menya ko ntwite, kandi umuntu twari twaryamanye sinamumenye kuko hari nijoro, ariko numvise impumuro ye ndamukeka kuko nari nzi umubavu akunda kwitera. Nkimara kumenya ko ntwite narabimubwiye, arabyemera ko ari we twaryamanye, ariko ambwira ko ntacyamwemeza ko umwana ari uwe kuko ntagihamya na kimwe kerekana ko iryo joro ari we wenyine twabikoze kuko kubwe abona ko hashobora kuba hari n’abandi twasambaniye ku kiriyo cya papa. Gusa kurundi ruhande byanamuteye isoni ukuntu yamfatanyije n’urupfu rwa papa akankorera ibintu nka biriya, kuko kubwanjye kuba narakakunze nkumva ari kubikora nkamureka, si uko gusa byari byiza ahubwo ninuko nari nihebye numva ejo hazaza hanjye ntahagirahari. Ariko uretse kwijijisha nawe arabizi ko umwana ari uwe gusa yamwihakanaga kugira ngo ntamwaka indezo. Kubw’amahirwe naje kurangiza kwiga kaminuza mbona akazi keza, mbasha kongera gufata ubuzima bwanjye mu biganza, nita k’umuryango wanjye no k’umwana wanjye. Uwo musore twabyaranye abonye ko maze gutera imbere, yaje kunsaba imbabazi ndetse ansaba ko twabana tugafatanya kurera umwana wacu, ariko nahise mbibona ko atari urukundo rumugenza ahubwo ari amayeri yo kugira ngo andye amafaranga. Ubu rero ndashaka umuhungu ufite gahunda twakundana tukibanira akamfasha kurera umwana. Nawe abaye afite umwana ntakibazo twafatanya kurera abo dufite ndetse tukabyara n’abandi. Ndashaka umusore uri hagati y’imyaka 30 na 35 kuko njye mfite 27 akaba atari mugufi kandi nawe abaye yarize byaba ari akarusho. Uwaba abyujuje yanyandikira inbox.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    source https://imbere.com/uwo-twabyaranye-yihakanye-umwana-none-ndashaka-umuhungu-twakwibanira-akamfasha-kumurera/

  • Umunyamakurukazi wa RBA yambitswe impeta n’umuhanzi wa Gospel(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbiza Imana, René Patrick yambitse impeta ya fiancailles umunyamakurukazi Tracy Agasaro ukorera KC2, televiziyo y’ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru(RBA).

    Ni umuhango waraye ubaye mu ijoro ryo ku wa 17 Nyakanga 2020 aho yatunguye uyu mukobwa amusaba ko yazamubera umugore.

    Uyu musore wari wicaye imbere ya piano hagati y’indabyo ziteguye mu ishusho y’umutima ahantu hasa neza, inyuma ku rukuta handitse amagambo y’icyongereza agira ati“let the world know”. Bivuze ngo “reka isi ibimenye.”

    Aho Tracy yambikiwe impeta

    Patrick yari yambaye umupira w’umukara n’ipantalo y’umukara, na Tracy na we akaba yinjiye yambaye ikanzu y’umukara.

    Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Tracy yagiye ashyiraho amafoto atandukanye agaragaza ko yishimiye bikomeye kwambikwa iyi mpeta.

    Ifoto imwe yagize ati“navuze yego ku rukundo rw’ubuzima bwanjye.” Indi agira ati“urakoze Mana.” Ahandi ati“ndagukunda cyane rukundo rwanjye.”

    Rene Patrick umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yamenyekanye mu ndirimbo nka Arankunda, Ni byiza n’izindi zinyuranye.

    View this post on Instagram

    I love you sooo much My Love @renepatrickofficial

    A post shared by Tracy Agasaro (@tracyagasaro) on

    View this post on Instagram

    🥰Engaged to the Man of My Dreams🥰

    A post shared by Tracy Agasaro (@tracyagasaro) on

    View this post on Instagram

    THANKS GOD ❤

    A post shared by Tracy Agasaro (@tracyagasaro) on

    View this post on Instagram

    I said Yes to the Love of My Life 17❤07❤2020

    A post shared by Tracy Agasaro (@tracyagasaro) on

    source http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/umunyamakurukazi-wa-rba-yambitswe-impeta-n-umuhanzi-wa-gospel-amafoto

  • Rwanda trade volume grew by 29% in the first quarter of 2020 #rwanda #RwOT

    Exports were worth $ 207.95 million, imports worth $ 916.68 million while re-exports were worth $ 82.25 million.

    In the first quarter of 2020 [January-March], exports from Rwanda increased by 45.97 percent compared to the same quarter of 2019, from $ 142.47 million to $ 207.95 million. However, it fell 13.84% compared to the fourth quarter of 2019.

    NISR figures show that Rwanda’s exports in the first quarter of 2020 increased by 23.78 percent compared to the same quarter of 2019, from $ 739.97 million to $ 916.68 million.

    Rwanda’s imports and exports fell 2.85 percent from $ 84.66 million in the first quarter of 2019 to $82.25 million.

    The top six countries to which Rwanda exports are the United Arab Emirates, the Democratic Republic of Congo (DRC), Pakistan, Hong Kong and Uganda. All six countries account for 77.62 percent of Rwanda’s exports.

    Among the top countries that imported goods in the first quarter of 2020 are: China, India, the United Arab Emirates, Kenya and Tanzania. In all of these countries, Rwanda imported goods worth $ 518.38 million, meaning it’s 56.55% of all imports.

    Exports include food, livestock, and more while imports include machinery and transportation, industrial and petroleum products.

    Rwanda has been a member of the East African Community (EAC) for 13 years, which has boosted trade with other member states.

    In the first quarter of 2020, Rwanda’s exports to the EAC were worth $ 14.21 million, 7% of its exports.

    In all, 38.52% was exported to Uganda, worth $ 5.47 million.

    Rwanda’s EAC exports increased by 176 percent compared to the fourth quarter of 2019 but decreased by 48 percent compared to the first quarter of 2019.

    In the EAC, Rwanda exports most of its products in Uganda, followed by South Sudan.

    Imports from EAC is worth $ 138.66 million, meaning 15.13% of total import. Rwanda imported 56.72% from Kenya and 42.90% from Tanzania.

    Overall, Rwanda’s imports to the EAC in the first quarter of 2020 increased by 16.63 percent compared to the same quarter in 2019.

    Rwanda’s trade with COMESA in the first quarter of 2020 was $ 217.72 million from $ 217.72 million in the same quarter of 2019.

    Trade with the European Union (EU) in the first quarter of 2020 was $ 87.26 million from $ 106.70 million in the same quarter of 2019.

    Rwandan coffee is one of the exports

    Elina Jonas Ruzindaza

    source https://en.igihe.com/news/article/rwanda-trade-volume-grew-by-29-in-the-first-quarter-of-2020

  • Police release list of over 498 COVID-19 prevention-guidelines violators #rwanda #RwOT

    The list includes 495 people in the City of Kigali and three in the Northern Province.

    A statement from the police reads: “The National Police is informing drivers who violated COVID-19 prevention guidelines, to comply with the instructions issued by the police to report to the police authority not later than Friday, July 24, 2020 with their vehicles”.

    Residents of the City of Kigali are being asked to go to the headquarters of the Muhima Road Safety Police while upcountry violators should report to district police headquarters.

    “Those who do not comply will be arrested,” the National Police said.

    Since taking measures to prevent the spread of Coronavirus, police have repeatedly identified people in the non-compliance bracket mostly in violation of curfew and illegal activities such as driving lessons, meetings and opening bars.

    Police spokesman CP John Bosco Kabera says that people who violate government regulations will be punished by the law.

    Some residents have been arrested by police for violating COVID-19 prevention-guidelines

    Elina Jonas Ruzindaza

    source https://en.igihe.com/news/article/police-release-list-of-over-498-covid-19-prevention-guidelines-violators