Tag: news

  • Perezida Magufuli yashimangiye ko Tanzania yatsinze Coronavirus kubera Imana #RwoT

    Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli, yatangaje ko icyorezo cya COVID-19 giterwa na Coronavirus cyashize muri Tanzania kubera ubuntu bw’Imana, anashimira buri wese wafashe umwanya akabisengera.


    Umukuru w’Igihugu cya Tanzania yabitangaje kuri iki Cyumweru, tariki ya 7 Kamena 2020, ubwo yari mu materaniro muri Kiliziya ya Mary Immaculate iri mu Mujyi wa Chamwino muri Dodoma.
    Perezida Magufuli yashimye abayobozi b’amatorero yose muri Tanzania bumviye umuhamagaro wo gusenga Imana ngo ikize Tanzania Coronavirus.
    Yagize ati ‘‘Ndashimira Abanya-Tanzania bose, abanyamadini bose bafashe umwanya tukicara, tugasenga Imana ngo idukize iki cyorezo cyibasiye igihugu cyacu n’Isi yose. Ndashimira Abanya-Tanzania kuko mwemeye ko tubanza Imana kandi yarasubije. Ahari Imana nta kinanirana. Mu izina rya Leta ndabashimira mwese. Harimo abasenze amasengesho yo kwiyiriza, n’ayandi y’ubwoko butandukanye.’’
    Yakomeje avuga ko ‘‘Nizera ko uburwayi bwa Coronavirus bwavanyweho n’imbaraga z’Imana. Turashimana cyane Imana yacu.’’
    Perezida Magufuli yavuze ko mu bintu byose Imana izashyirwa imbere, abenegihugu bazatsinda. Yakomeje avuga ati ‘‘Uyu munsi hano [mu kiliziya] nta wambaye agapfukamunwa.’’
    Yashimiye Padiri Paulo Mapalala uyobora Paruwasi ya Mutagatifu Mary Immaculate wigishije ijambo ry’Imana nta bwirinzi afite kuko ‘wizera ko Yezu uri muri wowe adashobora kwandura Coronavirus.’
    Magufuli yasabye abaturage bose b’igihugu gukomeza kwigengesera ngo birinde inzira zose zatuma bandura Coronavirus cyangwa izindi ndwara.
    Umukuru w’Igihugu kandi yanatanze inkunga yo kwagura Kiliziya ya Mary Immaculate aho yatanze miliyoni 10 z’amashilingi [hafi miliyoni 17 zakusanyijwe] n’imifuka 76 ya sima, ahita anasaba ko imirimo yo kubaka ihita itangira ku wa 8 Kamena 2020.
    Tanzania iri mu bihugu bitafashe ingamba zikakakaye mu guhangana na Coronavirus ndetse ukwezi kurenga kurashize nta mibare mishya itangazwa igaragaza uko iki cyorezo gihagaze.
    Kuva umurwayi wa mbere agaragaye muri Tanzania, hamaze kuboneka abantu 509 banduye, 183 barayikize mu gihe 21 bitabye Imana.

    Perezida Magufuli yashimangiye ko Tanzania yatsinze Coronavirus kubera gusenga Imana

    Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli, yavuze ko icyo abaturage bazakora cyose biyambaje Imana bazatsinda

    Source : igihe.com
  • Coronavirus: Hadji foods center closes

    The Director-General of Rwanda Biomedical Centre, Dr. Sabin Nsanzimana, told IGIHE that the man infected with Coronavirus was a driver from outside Rwanda.

    Normally people crossing the border are examined when they are about to enter the country and then put in quarantine but when it is found that someone has met or stood in a place, these measurements are taken and the place he passed through is disinfected.

    In Rwanda, 431 people have been diagnosed with Coronavirus, while two have died and 283 have recovered from the virus. Of all the infections, the largest number are males as they account for 81.44% of the total number of 351 people.

    A foods center in Nyanza District known as kwa Hadji has been closed for two days after a person infected with Coronavirus parked there,

    Elina Jonas Ruzindaza

    source https://en.igihe.com/news/article/coronavirus-hadji-foods-center-closes

  • Inganda zikora udupfukamunwa zirataka igihombo gikabije nyuma y’aho udusaga miliyoni 3 tubuze isoko

    Inganda zikora udupfukamunwa zirataka...

    Abafite inganda zikora udupfukamunwa bahawe ibyangombwa baremeza ko bamaze igihe kirenga ibyumweru bibiri bahagaritse kudukora bitewe no kutabona abaguzi batwo.

    Aba bacuruzi babwiye RBA ko hatagize igikorwa bagwa mu gihombo kuko bashoye amafaranga menshi kandi y’inguzanyo mu kubaka ubushobozi bw’inganda zabo mu gukora udupfukamunwa twujuje ubuziranenge, kuko batari basanzwe badukora.

    Mu bubiko bahurizamo udupfukamunwa twemejwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge bw’ibiribwa n’imiti ko twujuje ubuziranenge, harunzemo udukabakaba miliyoni 3 twabuze abaguzi.
    Zimwe mu nganda zidukora zikavuga ko zimaze ibyumweru bibiri zihagaritse kudukora kuko nta kizere cy’isoko ryatwo.
    Solange Nisingizwe, uhagarariye Kigali Garment Center yabwiye RBA ati “Hari abantu benshi bafashe imyenda kugira ngo batangire gukora udupfukamunwa, ubu rero ayo mafaranga aryamye hano, akazi ntikagenda n’abakozi ntibarahembwa, ni yo mpamvu mubona stock ingana gutya itaragera ku isoko…

    Muri stock twe dufitemo ibihumbi bigera ku 160. Tumaze ibyumweru bibiri duhagaritse gukora kugirango ibyo twamaze gukora bizabanza bikagenda…”
    Na ho Hitimana Saidi, Umuyobozi Mukuru wa Ufaco & Vlisco ati “Iyo urebye mu bubiko bwose hamwe na bagenzi banjye twemerewe gukora udupfukamunwa, dufitemo hafi miliyoni 3. Twe twahagaritse gukora hashize ibyumweru bibiri kandi guhagarika byari ngombwa kuko twabonaga ku isoko bitangiye kugenda nabi…”
    Aba banyenganda bakora udupfukamunwa bavuga ko ishoramari bakoze kugira ngo bashobore gukora udupfukamunwa twuzuje ubuziranenge ari rinini ku buryo utwamaze gukorwa turamutse tutabonewe isoko bizabatera igihombo.
    Swaib Munyawera, uhagarariye Mask Investment ati “Hari ibyo twasabwaga na Leta kugira ngo dukore udupfukamunwa, ni amabwiriza ya FDA, batubwiye ngo uruganda rugomba gusa gutya, abakozi bagomba kwambara gutya, ntibagomba kwambara inkweto bavanye mu rugo, ugomba kugira equipments zimeze gutya, iyo urebye ibyo byose byadusabye ishoramari ridasanzwe, umuntu atarasanzwe afite mu ruganda.

    Rero kuba twarakoze iryo shoramari, uyu munsi hano mu bubiko hakaba hicaye hafi miliyali 1 na 200. Bingana n’udupfukamunwa miliyali 3 uzikubye n’amafaranga 400 tugurisha, ubwo ni miliyali 1.2 z’abo bashoramari batabaye igihe byari ngombwa…”
    Aba banyenganda bakora udupfukamunwa bemeza ko mu mpamvu zituma udupfukamunwa bakora tutabona isoko uko bikwiye ari uko nta ngamba zifatika zijyanye no gukumira ututubahirije ubuziranenge ducuruzwa ku biciro bito ugereranije n’utubwubahirije.
    Hitimana Saidi ati “Ikibazo cya mbere ni uko udupfukamunwa dukora hanze aha hari abandi badukora kandi mu buryo butemewe, ikindi ni uko hari udupfukamunwa abantu bamaranye igihe baguze kuva covid-19 igitangira bakaba bakitwambaye kugeza uyu munsi…”
    Aba bacuruzi basaba leta n’izindi nzego z’abikorera gufatanya nabo gushakira isoko utu tupfukamunwa kuko bazi neza ko dukenewe mu gihugu mu gihe ibikorwa bigenda bifungura kandi hanakomeza ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19.
    Sam Kamugisha ushinzwe inganda muri Minisiteri y’Ubucurizi n’Inganda, yabwiye RBA ko hari ibiganiro by’inzego zitandukanye bigamje gushakira iki kibazo muti.
    Yagize ati “Nibyo hari udupfukamunwa turenga miliyoni 2.5 twabuze isoko nkuko byari biteganyijwe, ariko kuwa kabiri hari inama yahuje inzego zitandukanye ngo zirebere hamwe uko utu dupfukamunwa twagezwa hirya no hino ku muturage byibura kugeza ku rwego rw’umurenge, ibyo PSF na MINALOC nibo bazabikora. Ariko habayeho no gushishikariza izi nganda kugabanya gukora twinshi kuko ubusabe cyangwa ubushake bw’abaturage mu kutugura biri hasi, ahubwo bagatangira no gukora ibindi kuko basaga n’ababishyize ku ruhande. Tubasaba rero kudukora ariko babifatanya n’ibindi. Ikindi dukora ni no kureba uburyo twarebera no ku masoko yo hanze nko muri DRC n’ahandi ariko tuzabyiga neza turebe uko byakorwa…
    Izi nganda zatangiye gukora udupfukamurwa mu rwego rwo guhangana n’icyorezo cya COVID-19 ubwo leta yari yasabye ba nyiri nganda gukora udupfukamunwa duhagije mu rwego rwo gufasha abaturage kutubona ku giciro kiboroheye kandi bizeye ubuziranenge bwatwo.
    Inkuru ya RBA

    Source : Umuryango.com



  • Abepiskopi Gatolika mu Burundi bababajwe n’ababitiranya n’Ishyaka/Umutwe wa Politiki

    Inama y’Abepiskopi b’i Burundi itangaza ko ibabajwe n’uko hari bamwe bashaka kuyitiranya n’umutwe wa Politiki biturutse ku gikorwa bakoze mu matora aheruka nk’indorerezi, aho banagaragaje ibyo bayanenze.

    Bikubiye mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umukuru w’iyo nama, Musenyeri Joachim Ntahondereye aho agaragaza ukuri ku ruhare rwayo muri ayo matora aheruka muri iki Gihugu.

    Iyi nama y’Abepiskopi, igagaraza ko itishimiye uburyo Urukiko rurinda iremezo ry’Itegeko Nshinga muri iki gihugu rwavuze ibyo bayishyikirije” Nk’uko yaba yaritwaye ku byerekeye amatora”.

    Ku wa 04 Kamena 2020, Uru rukiko nibwo rwatangaje ibyavuye mu matora yo ku wa 20 Gicurasi 2020, aho rwanavuze ko utunenge twashikirijwe n’inama y’abepiskopi b’i Burundi, cyo kimwe n’ibirego byatanzwe n’ishyaka CNL ritavuga rumwe n’ubutegetsi nta shingiro bifite.

    Muri iri tangazo, musenyeri Joachim Ntahondereye ukuriye inama y’abepiskopi mu Burundi amenyesha ko itigeze itanga ikirego mu rukiko rushinzwe kurinda iremezo ry’itegeko Nshinga.

    Ati: “Ico yakoze kwabaye ukugira ico ishikirije icese ku vyerekeye igikorwa c’uburorerezi yari yaronkeye uruhusha”.

    Abasenyeri b’ i Burundi bavuga ko nta mpamvu n’imwe yari ihari y’uko bitwara/barega ngo kuko uruhare rwabo muri ayo matora cyari igikorwa cy’umurorerezi kandi bakagendera ku ngingo ngengamyitwarire y’indorerezi z’amatora.

    Akomeza avuga ko igikorwa cy’indorerezi kwari ukwandika no kugaragaza inenge z’ibyabaye yiboneye n’amaso yiwe gusa. Musenyeri Ntahondereye ati: “Turababajwe n’uko Inama y’abepiskopi yafashwe mu buryo butumvikana nk’uko yoba yaritwaye, ivyo navyo bigatera agapfungu mu mitima y’abantu.Turanse ko twitiranywa n’umugambwe canke n’umuntu uwo ari we wese yahiganywe mu matora”.

    Inama nkuru y’abepiskopi b’i Burundi, CECAB, yohereje indorerezi zayo zirenga 2,700 mu makomine yose, aho bashoboye kujya mu tuzu tw’amatora bahisemo, nk’uko babivuga mw’itangazo ryabo ryo ku wa 26 Gicurasi 2020, iminsi ine inyuma y’ayo matora.

    Muri iryo tangazo nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, bari bamenyesheje ko ayo matora yabayemo utunenge twari gushobora gutuma ibyari gutangazwa ko byayavuyemo bishobora kutizerwa.

    Inyuma y’iryo tangazo, hari bamwe babonye ko Kiliziya Gatorika mu Burundi itari yishimiye ibyari byaraye bitangajwe na Komosiyo y’Igihugu ishinzwe amatora-CENI ko ari byo byavuye mu matora.

    Hagati aho, inyuma y’aho Evariste Ndayishimiye w’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi atangarijwe burundu n’urukiko rurinda iremezo ry’itegeko nshinga ko ari we watsinze ayo matora, iyo nama y’abepiskopi yaramushimiye mu itangazo ryayo ryo ku wa 05 Kamena 2020, inamusaba kuba “umukuru w’igihugu wa bose“.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/abepiskopi-gatolika-mu-burundi-bababajwe-nababitiranya-nishyaka-umutwe-wa-politiki/