Tag: news

  • Angelina Gira impanga ya Miss congeniality 2012 yashyize hanze indirimbo Humura. #rwanda #RwOT

    Angelina Gira ni umuhanzikazi mu ndirimbo zihimbaza Imana akaba n’impanga ya Miss congeniality 2012 uwamahoro Ange.
    Kuri icyicyumweru Ubwo kasukumedia.com twamusangaga ku rusengero yagiye gusenga twifuje kugirana nawe ikiganiro ku rugendo rwe muri muzika abasha kutuganiriza anatubwira ku ndirimbo ye nshya yise Humura yashyize hanze.
    Gira hamwe n’impanga ye miss congeniality 2012.

    Asobanura icyamuteye gukora indirimbo Humura n’ubutumwa burimo yavuzeko byamujemo ubwo yarari gusoma bibiriya mu gitabo cyanditswe na yobu 14:7, ngo yumvise akwiye gufata umwanya nawe akagira icyo akora mu guhumuriza ubwoko bw’Imana busa nubwihebye muriyiminsi.
    Gira ari munzu y’Imana avugako ariho hamunezeza.

    Mu buzima busanzwe Gira yavuzeko umuntu afata nk’icyitegererezo kuri we ari Aline gahongayire nawe wamenyekanye cyane nk’umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana hano mu Rwanda, na clarise karasira ukunze kwibanda cyane ku ndirimbo z’umuco.
    mubyo azi harimo no gucuranga guitar.
    Gira iyo abajijwe IGIhe yamenyeye ko afite impano yo kuririmba avugako aribintu yakuriyemo gusa akaza gukuza impano neza mu mwaka wa 2015 ubwo yashyiraga hanze indirimbo ye yambere,
    Ubu amaze kugira indirimbo 5 ateganya gushyira album hanze mu mwaka utaha wa 2021.
    ahamyako umuntu muzabana ugomba kumusengera.

    Nkuko bikunze kuvugwa n’abandi bahanzi bakora indirimbo zo guhimbaza Imana iyo babajijwe kubo bateganya kuzarushingana Gira nawe icyo kibazo yagisubije yisekera gusa avugako akiri kumusengera atarasubizwa.

    Angelina Gira yasoje adusangiza ku ijambo ry’Imana rijya rimufasha riboneka mu gitabo cya zaburi yi 146.

    The post Angelina Gira impanga ya Miss congeniality 2012 yashyize hanze indirimbo Humura. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/angelina-gira-impanga-ya-miss-congeniality-2012-yashyize-hanze-indirimbo-humura/

  • Umutoza wa APR FC, Adil Erradi yahumurije Bizimana Yannick #rwanda #RwOT

    Umutoza mukuru w’ikipe ya APR FC, Mohammed Adil Erradi yahumurije Yannick Bizimana amubwira ko amagambo yatangaje mbere yo kwinjira muri iyi kipe ko atazamukoraho ko we icyo areba ari ubushobozi bwe mu kibuga.

    Mu ntangiriro z’ukwezi gushize kwa Kamena 2020 ubwo byatangiraga kuvugwa ko uyu musore azerekeza muri APR FC, hasohotse amajwi ye avuga ko agiye kujya arisha ifi inkoko nagera muri APR FC, akaba akize inzra yo muri Rayon Sports.

    Ni amagambo atarakiriwe neza n’abantu bose aho bamwe bavugaga ko APR FC nyuma yo kumva aya magambo ishobora kwisubiraho ikaba itamugura.

    Ubwo ejo yari amaze kwerekanwa mu ikipe ya APR FC, Yannick Bizimana abajijwe kuri aya magambo yatangaje, yagize ati“nta kintu kinini nabitangazaho. Gusa wenda n’uko bashatse kubiha inyito itari yo bikaba ibintu birebire n’aho uwo nabwiraga azi neza icyo nashakaga kuvuga.”

    Umutoza w’iyi kipe, Adil Erradi Mohammed, akaba yahise ahumuriza uyu musore amubwira ko atitaye kubyo yavuze ahubwo areba ubushobozi bwe mu kibuga.

    Yagize ati“humura mwana amagambo wavuze ntayo nitayeho, icyo mpa agaciro ni ubushobozi bwawe mu kibuga.”

    Yannick Bizimana yinjiye muri Rayon Sports umwaka ushize wa 2019 avuye muri AS Muhanga, akaba yamaze gusinyira APR FC amasezerano y’imyaka 2.

    Yahumurije Yannick amubwira ko amagambo yavuze ntacyo avuze we azareba ubushobozi bwe mu kibuga

    Ubwo Adil yerekanaga Yannick Bizimana

    source http://isimbi.rw/siporo/article/umutoza-wa-apr-fc-adil-erradi-yahumurije-bizimana-yannick

  • Yannick Bizimana yavuze impamvu yatandukanye na Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Nyuma yo gusinyira ikipe ya APR FC, rutahizamu Bizimana Yannick avuga ko nta y’indi mpamvu yatumye atandukana na Rayon Sports uretse kuba yarahoze yumva ashaka gukinira APR FC cyane ko ari yo makipe buri mukinnyi wese mu Rwanda akina aharanira kujyamo.

    Ku munsi w’ejo ku Cyumweru tariki ya 19 Nyakanga 2020, APR FC yerekanye abakinnyi 4 yaguze bashya izifashisha mu mwaka w’imikino wa 2020-2021.

    muri abo bakinnyi barimo Yannick Bizimana wakiniraga Rayon Sports ndetse akaba yari asigaje umwaka umwe muri iyi kipe.

    Nyuma yo kwerekanwa mu ikipe ya APR FC, Yannick Bizimana akaba yaratangaje ko impamvu avuye muri Rayon Sports ari uko n’ubundi yari afite intego yo gukinira APR FC.

    Yagize ati“impamvu mvuye muri Rayon Sports, ndumva hano mu Rwanda hari amakipe abiri tuba dufite intego zo gukinira kuko ari yo makipe makuru hano mu Rwanda, APR FC na Rayon Sports, kuba mvuye muri Rayon Sports nkajya muri APR FC ni byiza binyereka kandi ko ngomba gukora cyane nkaba najya n’ahandi.”

    Avuga ko kwinjira muri APR FC ari ibintu yakiriye neza kuko ari inzozi yahoranye nk’umukinnyi w’umupira w’amaguru.

    Yagize ati“nabyakiriye neza cyane, nakubwiye ko ari inzozi umuntu aba afite zo gukinira aya makipe abiri, rero iyo uvuye muri imwe ukajya mu y’indi biba ari ibintu byiza cyane.”

    Yannick Bizimana yerekaniwe hamwe na Nsanzimfura Keddy wakiniraga Kiyovu Sports, Ruboneka Jean Bosco na Ndayishimiye Diuedonne bavuye muri AS Muhanga.

    Bizimana Yannick (ubunaza iburyo) avuga ko gukinira APR FC na Rayon Sports ari inzozi za buri mukinnyi

    source http://isimbi.rw/siporo/yannick-bizimana-yavuze-impamvu-yatandukanye-na-rayon-sports

  • Kinuma appointed TransUnion Rwanda CEO #rwanda #RwOT

    Kinuma is also the former CEO of digital payments fintech Mobicash and brings with him strong experience in digital payments, SMEs, the public sector, and technology.

    Kinuma will be responsible for growing TransUnion Rwanda’s range of information solutions, that help businesses make more informed decisions and consumers manage their personal information and access financial products and services.

    TransUnion’s Senior Director for Africa, Chad Reimers, said the Rwanda market was ‘a critical part’ of TransUnion Africa’s portfolio growth strategy, and that he was confident that the business would continue to grow and reach its potential under Kinuma’s leadership.

    “Emile brings an extensive understanding of the Rwandan marketplace and a strong ability to help leverage TransUnion’s global data, analytics, and technology capabilities to help businesses and consumers transact with confidence,” said Reimers.

    Kinuma has in-depth knowledge of the Rwandan financial sector; his experience in telecoms, finance, media and entertainment, and airline industries is garnered both in Rwanda and internationally.

    “I’m excited to be part of TransUnion, and I look forward to deepening our relationships with clients, consumers, and wider stakeholders. I want to engage the financial and digital lending communities to deliver great experiences and help create more economic opportunities,” said Emile.

    Kinuma was last week, invited in the acclaimed television show Under 40 CEOs, which seeks to research, celebrate and expose the business leaders of the not-so-distant future and tell the stories of these young business leaders in Africa with a focus on the journey, the process, and their proposed destination.

    In his interview, he explained that his choice to work in Rwanda was due to the fact that he saw the potential of growth and he wanted to be part of it.

    “Africa compared to the West is a small pie that is growing very quickly. So get in first and at the right time and you are just going to be growing,” said Kinuma

    Emile earned a Master of Science degree in administration from the John Molson School of Business at Concordia University.

    “Africa compared to the West is a small pie that is growing very quickly. So get in first and at the right time and you are just going to be growing,” said Kinuma

    IGIHE

    source https://en.igihe.com/news/article/kinuma-appointed-transunion-rwanda-ceo

  • Basize umugani nyuma yo gusezerana bagasomana bambaye agapfukamunwa #rwanda #RwOT

    Mu rwego rwo kwirinda coronavirus, ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima OMS risaba abantu bose ko bagomba kwambara udupfukamunwa igihe bari mu bantu benshi kuko birinda ikwirakwira ry’iki cyorezo kimaze kwica abantu barenga ibihumbi 600 ku Isi.

    Iyi foto y’umugore n’umugabo batatangajwe amazina yashyizwe ku rubuga rwa instagram abarukoresha batangaho ibitekerezo bitandukanye byiganjemo kuvuga ko umugore n’umugabo bamaze gusezerana bakwiye gukuramo udupfukamunwa igihe bagiye gusomana.

    Faith Augustine, ati “Mana dufashe kuva muri ibi, couple nziza ikoresha agapfukamunwa. Mana dufashe kuva muri ibi mu izina rya Yesu amena”.

    Ozioma Ogblou ati “Couple nziza, ariko harimo akatanoze, reka tujugunye agapfukamunwa. Agapfukamunwa gafasha bande ?”

    Priceless Jewel ati “Icyo Imana yafatanyije ntigikwiye gutandukanywa n’agapfukamunwa”.

    Undi ati “Ibi ni akumiro ! Aha harimo ikihe kibazo gituma bambara agapfukamunwa. Nshuti yanjye, uwo si umugore wawe” ?

    Maxwel Okah ati “Ubu se barajisjisha nde ? Nibagera mu rugo barongera basomane bakambaye, nakeka ari Oya, nibajya gukora imibonano mpuzabitsina barayikora bakambaye ? Nakeka ari oya. Aba barishuka kuko ndabize neza ntabwo barakora ibi bageze mu rugo”.

    Mhiz Debby, ati “Ese ntabwo baza gusomanira imbere nibagera mu rugo”.

    Ibitekerezo by’abakoresha imbuga nkoranyambaga byumvikanisha abashyingiranywe batagomba gusomana bambaye agapfukamunwa kuko n’ubundi baba baragera mu rugo bagasomana batakambaye.

    source http://www.ukwezi.rw/urukundo/article/Basize-umugani-nyuma-yo-gusezerana-bagasomana-bambaye-agapfukamunwa

  • Djihad Bizimana na Yannick Mukunzi bahuye n’uruva gusenga, Rwatubyaye na Kagere bitwara kigabo #rwanda #RwOT

    Mu mpera z’icyumweru gishize, amakipe akinamo abanyarwanda hanze ya rwo yari yakinnye, Waasland Bveren ya Djihad Bizimana na Sandvikens ya Yannick Mukunzi ntizahiriwe mu gihe Simba SC ya Kagere yitwaye neza.

    Colorado Springs Switchbacks FC ikina mu cyiciro cya kabiri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ikinamo umunyarwanda Rwatubyaye Abdul, yari yasuye Real Monarchs ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize mu mukino w’umunsi wa 3.

    Rwatubyaye Abdul akaba yarakinnye uyu mukino warangiye amakipe yombi anganya ibitego 3-3. Abdul Rwatubyaye akaba ari we watsindiye ikipe ye igitego cya 3 cyatumye batahana inota. Ni igitego yatsinze n’umutwe ku mupira wari uvuye muri koruneri itewe na Ferreira ku munota wa 95. Akaba yaraje gutorwa nk’umukinnyi w’umukino.

    Nyuma y’uyu munsi wa 3, Colorado Springs Switchbacks FC iri ku mwanya wa 2 n’amanota 4 irushwa 1 na El Paso Locomotive ya mbere.

    Mu cyiciro cya 3 muri Sweden, ahakina umunyarwanda Yannick Mukunzi mu ikipe ya Sandvikens IF ntibahiriwe n’impera z’icyumweru, ku ku munsi w’ejo ku Cyumweru batsinzwe Sylvia 2-1 ibasanze iwabo. Ni umukino Yannick Mukunzi yabanje mu kibuga aza gusimburwa na Simba ku munota wa 69.

    Nyuma yo gutsindwa uyu mukino bakaba bahise bagera ku mwanya wa 5 n’amanota 15 mu gihe Sylvia ya mbere ifite 23.

    Ku wa Gatandata tariki ya 18 Nyakanga 2020 muri Tanzania ikipe ya KMC ikinamo umunyarwanda Mugiraneza Jean Baptiste Migi, yari yasuye Mtibwa Sugar. Yaje no kuyitsinda 1-0. Ni umukino Migi yakinnye ari na kapiteni w’iyi kipe.

    KMC ubu iri ku mwanya wa 11 n’amanota 46, mu gihe igikombe cyegukanywe na Simba SC ubi ifite 84.

    Yanga Africans ikinamo Sibomana Patrick Papy na Haruna Niyonzima, yanganyije na Mwadui 1-1 ku munsi wo ku wa Gatandatu, ni umukino wagaragayemo Papy gusa kuko Haruna we afite ikibazo cy’imvune.

    Yanga Africans ubu iri ku mwanya wa 2 n’amanota 68, Simba SC yegukanye igikombe ifite 84.

    Simba SC ya Meddie Kagere yamaze kwegukana igikombe cya shampiyona, ikaba yaraye inyagiye Alliance ibitego 5-1, harimo ibitego 2 bya Meddie Kagere ku munota wa 24 na 44, akaba yanatanze umupira wavuyemo igitego cya 4 cya Deo Kanda.

    Meddie Kagere akaba ari we umaze gutsinda ibitego byinshi muri iyi shampiyona aho amaze gitsinda ibitego 22.

    Djihad Bizimana na Waasland Beveren bakaba batarahiriwe n’impera z’icyumweru kuko banyagiwe na PSG ya Neymar ibitego 7-0, ni umukino Djihad Bizimana yakinnye iminota yose 120.

    source http://isimbi.rw/siporo/article/djihad-bizimana-na-yannick-mukunzi-bahuye-n-uruva-gusenga-rwatubyaye-na-kagere-bitwara-kigabo

  • Izi nizo mpamvu 5 abaganga bagaragaza ko zishobora gutuma ubura imihango utarasamye #rwanda #RwOT

    Izi nizo mpamvu 5 abaganga bagaragaza ko zishobora gutuma ubura imihango kandi udatwite

    Abantu bazi ko ukwezi k’umugore kugira iminsi 28, ariko ubushakashatsi bwakorewe ku bagore 600 000 mu mwaka ushize wa 2019 bwagaragaje ko abagore 13% gusa aribo bagira ukwezi gufite iminsi iri hagati ya 28 na 29,3.

    Ihuriro mpuzamahanga ry’inzobere mu buzima bw’imyororokere rivuga ko intera isanzwe y’iminsi y’ukwezi k’umugore iri hagati ya 28 na 38.

    Dr Jacqueline M. Walters, ati “Imihango iba yakerewe cyangwa yabuze iyo itariki ugiraho mu mihango irenzeho iminsi 5”.

    Umuntu avuga ko yabuze imihango iyo itariki yari kuzayigiramo irenzeho ukwezi.

    Impamvu zituma abantu Babura imihango izwi cyane ni gusama, Dr Shannon Schellhammer agira abagore n’abakobwa inama yo gutegereza ukundi kwezi igihe babuze imihango bakareba ko mu kwezi gukurikiyeho iza. Ngo keretse igihe yumva kuba atabonye imihango bimuteye impungenge naho ngo umugore cyangwa umukobwa akwiye gutegereza ukwezi kwa 2 akabona kujya kwipimisha ngo arebe ko yasamye.

    Uretse gusama izindi mpamvu zishobora gutuma umugore cyangwa umukobwa abura imihango ni :

    1.Stress

    Stress ni impinduka ziba mu mubiri zitewe n’impamvu zikomeye nko gutegura ubukwe, gutangira akazi gashya, cyangwa impamvu zoroheje nko kwimukira mu nzu nshya no guhomba. Izi mpamvu zose zishobora gutuma imihango ibura cyangwa igatinda kuza.

    Hector O. Chapa, umwarimu wungirije wo muri Kaminuza y’ubuvuzi ya Texas avuga ko kuba sitress ihagarika imihango ngo biba ari ukwereka umugore cyangwa umukobwa ko akwiriye kwiyitaho. Ngo biba bisobanuye ko umaze iminsi ufite ubwoba buhoraho.

    2.Polycystic Ovarian Syndrome (PCOS)

    PCOS ni ubusumbane bw’imisemburo buzwi cyane kandi bukunze kubaho ku bagore bari hagati ya 18 na 44 bugatuma imihango ibura cyangwa igatinda.

    Dr Chapa avuga ko PCOS ibaho igihe umubiri w’umugore wakoze imisemburo ya kigabo iruta iya kigore. Iki kibazo cyemezwa n’abaganga iyo bamaze gupima amaraso. Gusa n’umugore ashobora kumenya ko agifite igihe yumva amajwi adasanzwe avugira mu myanya myibarukiro ye. Nta muti w’iki kibazo ubaho gusa abaganga bavura indwara z’ubuzima bw’imyororokere batanga inama zatuma umubiri w’ufite iki kibazo usubira uko wari usanzwe ukongera ugakora imisemburo ihagije ya kigore.

    4. Imyitozo ngororamubiri ikabije

    Imyitozo ngoronamubiri ni ngombwa kugira ngo umuntu agire ubuzima bwiza, ariko iyo ibaye myinshi cyane, umugore ntabone ibyo kurya bihagije bitera imbaraga, abura imihango.

    Dr Chapa, avuga ko iki kibazo kibaho ku bagore bakora amarushanwa yo kwiruka n’ abandi bakora siporo nyinshi cyane.

    Ati “Iyo ibiro umubiri ugomba kugira bijyanye n’uburebure bwawo bigiye munsi ho 10% umugore abura imihango”.

    4. Imiti

    Ibinyabutabire biba mu miti yo kuboneza urubyaro,igabanya uburibwe, n’igabanya agahinda gakabije ishobora guhagarika imihango.

    Dr. Walters, avuga ko imiti yo kuboneza urubyaro iri IUDs(agapira ko mu mura), urushinge, n’ibinini bishobora gutuma imihango ihagaragara.

    5. Hafi yo gucura (periminopause)

    Keretse umugore aramutse arabazwe agakurwamo imirerantanga naho ubundi gucura ntabwo biza ako kanya, niko Dr Chapa yavuze.

    Intera iri hagati yo gutangira gucura/guca imbyaro no gucura burundu yitwa Periminopause. Periminopause itagira ku myaka 40, imihango igatangira gutinda no kubura, umugore akaba yamara amezi abiri atarabona imihango ikazongera ikagaruka. Imyaka ntarengwa yo gucura ni 51.

    Izi nzobere zivuga ko kubura imihango nta ngaruka zidasanzwe bigira, uretse kuba umugore aba adafite amahirwe yo gusama mu gihe yaba abikeneye no kuba yamera ubwanwa n’impwempwe mu gihe kubura imihango abiterwa no kugira imisemburo myinshi ya kigabo.

    source http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Ubuzima/article/Izi-nizo-mpamvu-5-abaganga-bagaragaza-ko-zishobora-gutuma-ubura-imihango-kandi-udatwite

  • Abasaga Miliyoni 25 baba baranduye COVID-19 muri Iran? – Inyarwanda.com #rwanda #RwOT

    Perezida wa Iran, Hassan Rohani yatangaje kuri uyu wa Gatandatu ko abagera kuri Miliyoni 25, mu gihugu cye banduye coronavirus. Nyamara iyi mibare ihabanye n’iyo Minisiteri y’ubuzima muri iki gihugu itangaza dore ko yo ivuga ko abanduye ari 271,606. Uku kuvuguruzanya kurasigura iki?.

    source https://rss.app/articles/862477a63bc37168a61ec4e0d85a68cbec5bb94447b309664e1fc4e5065d9ad91eeac11c806b3eb8dc3df1de95081eaf5348ff07959d91e640b44bf03d607aa757ec32c4028db0336e3ac59d6e878a37bfae2df8e9ad19872a4bf109bd084c8e024c

  • Impamvu zizatuma umugabo cyangwa umusore abona ntacyo umaze nyuma yo kuryamana. #rwanda #RwOT

    Abagabo bose ni bamwe.’ Ni amagambo akunzwe n’abagore iyo basubije abagabo bagerageza kubashimisha bitwaza ko ari beza kandintibamezenk’abandi.

    Ubushakashatsi bwakozwe na kaminuza y’ibyubuzima muri los Angeles bwerekanye ko abagabo benshi bakurikira umukobwa mwiza wese kugira ngo bashimishe imibiri nyuma yo kubona ibyo bashaka ngo bahita bigendera bigasa nkaho ntakintu kiri hagati yawe nawe.

    Ni gake usanga abagabo bamwe bazagumana nawe mubuzima bwabo bakagutera kumva udasanzwe ariko abenshi usanga baba bashaka umubiri wawe.

    Dore zimwe mu mpamvu zituma babona ko ntacyo ukimaze nyuma yo kuryamana nabo.

    Wari uhendutse

    Umugore uwo ari we wese agomba kumenya ko akwiye kandi udasanzwe.
    Wowe mukobwa niba wumvako ubuzima bwawe bushingiye ku kuryama munzu nyinshi z’abasore ukumva ko aribyo bizakugira ikimenyabose gusa uzashiduka usigaye uciriritse Kandi cyane imbere ya babandi Bose mwaryamanye.

    Ntabwo yafashe umwanya wo kumenyana nawe.
    Nkumukobwa mugihe uhisemo kujya murukundo gira intego. Ishyirireho intego zawe ko nushaka gusezerana uzaba ukundana nuwo wahisemo bizaganisha ku gusezerana no gushyingirwa.

    Ntabwo ari uguta igihe gusa kumenyana ni ngombwa.Menya uwo mukundana, umuryango wabo, akazi kabo ndetse n’imibereho ye niba ntahandi yigeze asezerana. Ahari birashoboka kugira undi mugore cyangwa abandi bagore.

    Kurambagiza neza bifata imyaka 3-5

    Nturi umugore bashaka

    Abagabo iyo bamaze kubona ubwambure bw’uwo yifuzaga amiyumvo ye kuri atangira kugabanuka ibyo gutekereza ko yakugira umugore bikagenda bikendera agasigara akubonamo igikoresho cyo kwishimisha gusa icyo gihe nta gaciro uba ugifite imbere ye.

    Ibanga yari yarahishwe aba yaribonye
    Umusore iyo mwamaze kuryamana biba bisa nibirangiye aba abona ntakindi azakumarisha kuko uba wamaze kumwereka ubukobwa bwawe urumva rero ntakindi cyaba kimuteye amatsiko kuri wowe

    Menya impamvu bakwirukinyuma hanyuma urebe niba ibyo basaba bihuye nibyo ufite ndetse nibyo wifuza.

    The post Impamvu zizatuma umugabo cyangwa umusore abona ntacyo umaze nyuma yo kuryamana. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/impamvu-zizatuma-umugabo-cyangwa-umusore-abona-ntacyo-umaze-nyuma-yo-kuryamana/