Tag: news

  • Kuki imitwe ya Politiki idakunze kugaragara mu bikorwa byo guteza imbere imibereho y’abaturage nka FPR ? #rwanda #RwOT

    Ushobora kwibaza impamvu ubona ishyaka ryaje kugusaba amajwi ryitwaje imigabo n’imigambi ariko ukibaza iyo amatora arangiye aho iryo shyaka rijya n’impamvu utajya wumva ibikorwa birimo nko kubakira abatishoboye, gufasha abakene, kubaha nk’inka, amatungo magufi n’ibindi. N’aho babikora ntabwo ari byinshi.

    Mu Rwanda habarurwa imitwe ya Poltiki 11 yemewe ndetse yose yibumbiye mu Ihuriro Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki mu Rwanda [National Consultative Forum of Political Organisations (NFPO).

    Ubusanzwe amashyaka [imitwe ya politiki] yemewe gukorera mu Rwanda atungwa n’imisanzu iva mu bayoboke bayo.

    Itegeko rigena kandi ko Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, rukora igenzuramari rigamije kugaragaza imikoreshereze y’amafaranga n’inkomoko y’ayo mafaranga amashyaka akoresha.

    Akenshi usanga abari muri FPR Inkotanyi aribo bakunze kugaragara mu bikorwa byo kuzamura imibereho myiza y’abaturage baba abanyamuryango ndetse n’abandi banyarwanda muri rusange.

    Mu ntangiro za Nyakanga 2020, Urugaga rw’Abagore rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi rufatanyije n’Inama y’Igihugu y’Abagore, CNF, ku rwego rw’Akarere ka Gasabo baremeye abagore bagizweho ingaruka n’Icyorezo cya COVID-19 bo mu Murenge wa Gikomero.

    Imiryango 15 yo mu Murenge wa Gikomero muri Gasabo niyo yahawe ibiribwa, udupfukamunwa n’amasabune. Buri muryango wahawe ibilo 10 bya kawunga, ibilo 10 by’ibishyimbo, litiro ebyiri z’amavuta, udupfukamunwa tune n’amasabune.

    By’umwihariko muri ibi bihe igihugu kirimo byo guhangana n’ingaruka za COVID19, nta yindi mitwe ya Politiki yigeze igaragara mu bikorwa nk’ibi byo gufasha abatishoboye cyangwa abagizweho ingaruka n’iki cyorezo.

    Umuvugizi w’Ihuriro Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki mu Rwanda, Munyangeyo Théogène yabwiye UKWEZI ko burya buri mutwe wa politiki ugira gahunda y’ibikorwa byawo ari nayo mpamvu iyo banatekerezo ibikorwa nk’ibyo byo kuzamura imibereho y’abanyarwanda aba ari byiza kandi bitanyuranya n’Itegeko Nshinga igihugu kigenderaho.

    Hon Munyangeyo usanzwe ari umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ndetse akaba anabarizwa mu Ishyaka riharanira Ukwishyira ukizana kwa buri muntu (PL), yatanze urugero rw’uyu mutwe wa politiki abarizwamo avuga ko hari ibikorwa baherutse gukora kuremera abantu n’ibindi.

    Yakomeje agira ati “Buri mutwe wa politiki ugira gahunda y’ibikorwa byawo unagendeye ku bushobozi ku buryo buri gikorwa cyose kiza ugendeye no ku gihugu nta wagisubiza inyuma. Kuko hari n’abo mperutse kumva muri PL bari bagiye kuremera abantu I Gicumbi na za Karongi. Barabikora kuko ni uburyo bwo kunganira leta.”

    Hon Munyangeyo avuga ko ibikorwa nk’ibi ari ibikorwa byagahariwe leta ariko nk’umunyarwanda aba agomba kwigomwa kuko gufasha ari n’umuco mwiza w’abakurambere.

    Ati “Ibyo byose ni ukubivoma mu muco, buriya abanyarwanda ni ba Barigira. Ni ugufashanya, ugushyira hamwe haba hari icyo ushoboye ukagikorera undi ariko ni nko kwereka leta ko nubwo hari ibyo ikora n’abari mu mitwe ya politiki bayiri inyuma.”

    Bamwe mu bahagarariye imitwe ya Politiki mu Rwanda bavuga ko impamvu batagaragara mu bikorwa byo gufasha no guteza imbere abaturage ibyo biba bigomba gukorwa n’ishyaka riri ku butegetsi.

    Mu kiganiro aherutse kugirana na UKWEZI, Umuyobozi Mukuru w’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, Depite Dr Frank Habineza yavuze ko Depite Dr Habineza yavuze ko ubundi ishyaka rishinzwe gushyiraho gahunda na politiki yo kuyobora igihugu ariko adafite inshingano zo gushyira mu bikorwa.

    Yagize ati “Ishyaka rya Politiki rishinzwe gushyiraho gahunda cyangwa politiki yo kuyobora igihugu, arik ntabwo aritwe tugomba kubishyira mu bikorwa, abashyira mu bikorwa ni abari muri guverinoma cyangwa imiryango itari iya leta [NGOs].”

    Dr Frank Habineza avuga ko bitabujijwe kuba umutwe wa Politiki wakusanya inkunga bivuye mu banyamuryango [urugero nk’abagore cyangwa urubyiruko], bawo bashobora kwishyira hamwe bagakusanya inkunga ariko ntabwo biri mu nshingano z’ishyaka.

    Ati “Ntabwo bibujijwe ko umutwe wa politiki ubishatse wakusanya iyo nkunga ariko ari abanyamuryango cyangwa abarwanashyaka bashobora kwishyira hamwe bagakora igikorwa nk’icyo cyo kubakira abantu cyangwa gufasha abantu mu buryo runaka ariko ayo mafaranga yakoreshejwe atavuye kuri konti y’ishyaka.”

    Yakomeje avuga ko ahandi hantu bishoboka ari igihe ishyaka ryageze muri guverinoma ryashyizeho leta icyo gihe rishobora gukora ibyo bikorwa nka leta.

    Ihuriro Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki mu Rwanda ritangaza ko akenshi n’ubwo ibyo bikorwa byakorwa burya biba na byiza bikozwe muri ya ngoferi y’ubunyarwanda n’ubwo byakwitwa ko byakozwe n’umutwe wa Poltiki ariko ukabikora nk’abanyarwanda.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Kuki-imitwe-ya-Politiki-idakunze-kugaragara-mu-bikorwa-byo-guteza-imbere-imibereho-y-abaturage-nka-FPR

  • Mu mafoto : Umurambo w’umusirikare wa RDF wiciwe muri Centrafrique wagejejwe mu Rwanda #rwanda #RwOT

    RDF yatangaje ko umurambo wa Sergent-Major Nsabiyaremye wagejejwe I Kigali ku wa 21 Nyakanga 2020.

    Uyu musirikare w’u Rwanda yaguye mu gitero cyagabwe ku ngabo za Loni mu Gace ka Gedze muri Perefegitura ya Nana-Mambéré mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Centrafrique ku wa 13 Nyakanga 2020.

    Iki gitero cyagabwe ku ngabo za Loni bivugwa ko cyagizwemo n’Umutwe witwa 3R (Retour, Réclamation et Réhabilitation).

    Mbere y’uko umurambo we uzanwa mu Rwanda, yasezeweho mu cyubahiro mu muhango wabereye ku Kibuga cy’Indege cya Bangui-M’poko ku wa 21 Nyakanga 2020.

    Uwo muhango witabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye barimo na Perezida wa Centrafrique, Faustin-Archange Touadéra ; Umugaba wa Minusca, General Daniel Sidiki Traoré n’Intumwa yungirije y’Umunyamabanga mukuru wa Loni muri Centrafrique, Denise Brown.

    Igisirikare cy’u Rwanda cyihanganishije umuryango n’inshuti z’uyu musirikare witabye Imana. Ku wa 24 Nyakanga nibwo azashyingurwa i Kanombe mu irimbi rya Gisirikare.

    Umutwe wa 3R wagabye iki gitero ugizwe n’abarwanyi bo muri Centrafrique, washinzwe mu 2015 uvuga ko ugamije kurinda abaturage ibitero bya Anti-Balaka. Uyoborwa n’umuntu witwa Abbas Sidiki.

    U Rwanda ni urwa gatatu mu bihugu bitanga ingabo nyinshi mu bikorwa by’Umuryango w’Abibumbye byo kugarura amahoro. Rufite batayo eshanu z’ingabo zirwanira ku butaka, batayo ishinzwe imodoka z’intambara, batayo irwanisha imodoka z’intambara, ishami ry’iby’indege, abaganga, abakozi n’indorerezi za gisirikare. Hari ingabo 5342 za RDF ziri muri Amisom, Minusca, Unamid, Unisfa na Unmiss.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Mu-mafoto-Umurambo-w-umusirikare-wa-RDF-wiciwe-muri-Centrafrique-wagejejwe-mu-Rwanda

  • RDF Receives Fallen Rwandan Peacekeeper #rwanda #RwOT

    The casket bearing the remains of Rwandan peacekeeper, Sergeant Major Nsabiyaremye Edouard, arrived in Rwanda from Central African Republic on 21 July 2020.

    SM Nsabiyaremye was killed in northwest CAR on 13 July 2020 during an attack by elements of an armed group.

    The President of the Central African Republic, Faustin-Archange Touadéra, accompanied by senior officials of MINUSCA, paid homage to the deceased peacekeeper in a ceremony at M’Poko International Airport in Bangui before his body was airlifted to Rwanda.

    The RDF reiterates its heartfelt condolences to the family and friends of the fallen soldier.

    SM Nsabiyaremye will be laid to rest at Kanombe Military Cemetery on Friday, 24 July 2020.

    source https://taarifa.rw/rdf-receives-fallen-rwandan-peacekeeper/

  • Burundi Journalists Honour Disappeared Colleagues #rwanda #RwOT

    In 2016, a Burundian journalist went missing in a mysterious manner that has eluded the media fraternity in a politically volatile and isolated East African country known for brutality against Press.

    On Wednesday, July 22, the Iwacu Press Group organized a ceremony in memory of journalist Jean Bigirimana who disappeared 4 years ago on the same date, in circumstances that have not yet been clarified.

    Around 12:45 pm Iwacu reporters gathered in the courtyard of the Iwacu Press Group. They form two hedges of honor in front of the giant portrait of Jean Bigirimana, reporters from other Burundian media who came to cover this ceremony spontaneously join their colleagues.

    The government of President Maj. Gen. Evariste Ndayishimiye has remained non-committal to this matter. Four years ago the current president was in charge internal security and an advisor to the late President Pierre Nkurunziza on military issues.

    Iwacu media house is considered very critical and holds to account the government in Burundi and this has not been an easy trail for the organization. It has equally attracted scrutiny from state agents angered by the style of reporting.

    “This gathering is a duty of memory for Jean Bigirimana, colleague, friend and father of the family,” said the director of the Journal Iwacu, Léandre Sikuyavuga.

    Two young journalists from the editorial staff carried a crown to the foot of the giant portrait of Jean Bigirimana hanging on a wall of the newspaper’s printing press.

    “We have to admit it, we do a difficult job but informing is a noble profession, a profession recognized by the Burundian Constitution. The Iwacu newspaper is recognized by law and respects the law on the press, ethics and professional conduct,” Sikuyavuga explained.

    “Burundians need a free press, which works without injunction. Jean paid the dear price,”said Léandre Sikuyavuga.

    Despite the disappearance of Bigirimana, there is another group of four journalists that were arrested and their whereabouts are unknown. They were intercepted by security agents on their way to cover rebel attacks at the border with DRC.

    “Beyond Jean Bigirimana, we have a special thought for our four journalists imprisoned since October 22, 2109. Christine and Agnès were very close to Jean,” said Sikuyavuga.

    “We call on the Burundian government to release them,” he said, adding, “They now total 9 months of detention in Bubanza, unjust imprisonment.”

    Antoine Kaburahe, the founder of the Iwacu Press Group, now in exile, said “he slept badly”. He followed the ceremonies via WhatsApp and Twitter.

    “To see young people carrying the wreath of flowers to Jean is very symbolic. It’s like saying Jean, you didn’t die for nothing, we are here to take over, ”he points out.

    How did Bigirimana Disappear?

    Unconfirmed reports indicate that intelligence officials arrested Bigirimana on July 22, 2016, in Bugarama, 40 kilometers away from the capital, Bujumbura.

    In early August of 2016, two decomposed bodies were found in the Mubarazi river in Muramvya province, not far from Bugarama. One of the bodies was decapitated and the other weighed down by stones.

    According to a United Nations Commission of Inquiry into crimes committed in Burundi since 2015, “extrajudicial executions, enforced disappearances, acts of torture and other cruel, inhuman or degrading treatment,” continue.

    The commission also noted that several missing people have not been found and that unidentified bodies continue to be discovered in various parts of the country, giving “reason to fear” that intelligence services and the police continue to arrest people, who they later kill before discarding the bodies.

    source https://taarifa.rw/burundi-journalists-honour-disappeared-colleagues/

  • Bobi Wine witegura guhangana na Perezida Museveni mu matora yashinze umutwe wa Politiki #rwanda #RwOT

    Robert Ssentamu Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, akaba umunyepolitike ukomeye mu batavuga rumwe na Leta ya Uganda yashinze ishyaka rishya yise “ National Unity Platform “, aho ari mu mugambi wo kwitegura amatora y’umukuru w’igihugu ateganijwe muri Uganda.

    Iri Shyaka yise, “National Unity Platform” imbere y’amatora y’umukuru w’igihugu, yizeye ko azahagararira amashyaka yishyize hamwe atavuga rumwe na Leta ya Perezida Museveni nawe wamaze kwerekana ko aziyamamaza gukomeza indi manda.

    Bobi Wine, ni umucuraranzi uzwi cyane akaba n’intumwa ya rubanda. Izina rye ry’ukuri ni Kyagulanyi Ssentamu. Ayoboye ishyaka rya politike, “People Power” rifite abayoboke b’abanyayuganda batari bake. Ni ishyaka risaba Prezida Yoweri Museveni kuva ku butegetsi agafata ikiruhuko cyo mu za bukuru.

    Bobi Wine, nkuko ijwi rya Amerika ribitangaza, yagiye ahagarikwa kenshi ndetse agatabwa muri yombi, agafungwa inshuro nyinshi, harimo no gushinjwa ibyaha by’ubuhemu we yagiye ahakana.

    Mu gihe uguhura kw’abantu benshi bibujijwe muri iki gihe, abashaka guhatanira intebe y’umukuru w’Igihugu biteguye guhangana n’abashinzwe umutekano bagamije gutatanya abantu bagiye mu hikorwa bihuza abantu benshi bamagana Leta.

    Prezida Museveni ashinja Bobi Wine n’abandi banyapolitike batavuga rumwe na Leta ko bashuka abakiri bato bakabajyana mu bikorwa by’imyigaragambyo. We arabihakana akavuga ko nta bwicanyi no guteza impagarara, kandi ko nta mugambi bafite wo gushinga umutwe wa gisirikare w’ishyaka ryabo.
    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/bobi-wine-witegura-guhangana-na-perezida-museveni-mu-matora-yashinze-umutwe-wa-politiki/

  • Huye : Mwarimu wiyahuye yari aherutse kujya kwivuza indwara ‘agahinda gakabije’ #rwanda #RwOT

    Niyonshuti Aimable yigishaga isomo ry’ubumenyi bw’ Isi ‘Geography’ ku ishuri rya Ste Mary Kiruhura.

    Uyu mwarimu yari afite imyaka 32 abana na nyina mu mudugudu wa Kiruhura mu murenge wa Rusatira mu karere ka Huye.

    Umwe mu nshuti ze za hafi bigishaga ku kigo kimwe yabwiye UKWEZI yamenye aya makuru saa mbili z’umugoroba zibura iminota mike, ahita ajya kureba asanga nibyo uyu mwarimu yapfuye.

    Uyu mwarimu avuga ko abantu bose baguye mu kantu kuko batunguwe n’ibyabaye.

    Ati “Nyina ntabwo yabashaga kuvuga yari mu nzu kumwe n’abandi bantu, twese twari twumiwe nta muntu wabashaga kugira icyo avuga”.

    Inshuti z’uyu mwarimu zivuga ko nta mukunzi w’umukobwa uzwi yari afite, bati “Niba yari amufite byari bikiri ibanga ntabwo byari byakabaye official”.

    Icyo inshuti ze zibuka ni uko uyu mwarimu yari aherutse kujya kwivuza indwara y’agahinda gakabije, depression. Yivurije mu ivuriro rya CARAES riri mu karere ka Huye. Inkomoko y’indwara y’agahinda gakabije Niyonshuti yari arwaye ntabwo iramenyekana. Inshuti ze zivuga ko aya makuru yaba afitwe n’abaganga bamukurikiranaga.


    Mwarimu Niyonshuti Aimable yigishaga ku ishuri ry’ababikira rya Ste Marie Kiruhura

    Abayobozi b’inzego zibanze n’abakozi b’Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha RIB nyuma yo kumenya aya makuru bageze aho uyu mwarimu yabaga umurambo ujyanwa ku bitaro bya CHUB gukorerwa isuzuma mbere y’uko ushyingurwa.

    Ikinyamakuru UKWEZI ntabwo biradushobokera kuvugana n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu karere ka Huye kuri iyi nkuru.

    Ibi bibaye mu gihe hashize amezi atanu, umwarimukazi w’i Nyamagabe Irikujije Christine yiyahuye nyuma yo kwibwa amafaranga hafi ibihumbi 200 hakoreshejwe ubwambuzi bushukana.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Huye-Mwarimu-wiyahuye-yari-aherutse-kujya-kwivuza-indwara-agahinda-gakabije

  • Agahinda nikenshi kuri mani Martin nyuma yo kuborokwa na Kate bashabe kuri Instagram. #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Mani Martin, ntiyakunze kumwikana cyane avugwaho kuba mu rukundo n’umuntu runaka nkuko bikunze kuba kubindi byamamare cyane cyane Aho mumuziki hakunze kugaragara guhinduranya abakunzi bya hato na hato,gusa mani Martin nyuma yo guhurira indirimbo you and I na Kate bashabe ibintu kuri we bisa nibyahindutse.

    Mu minsi ishize umunyamideri Kate Bashabe, ukurikirwa n’imbaga y’abarenga ibihumbi 459 kuri Instagram, yashyize ifoto kuri urwo rubuga yifuriza abakunzi be icyumweru cyiza maze abafana bayisamira hejuru nk’ibisanzwe ndetse na Mani Martin aboneraho gushyira hanze imbamutima ze amutaka.
    Martin akimara kuvuga kuri iyi foto bashabe yahise ayisiba yihuse.

    Martin wagaragayeho gukururwa n’imiterere ya Bashabe, ntiyabashije guhisha amiyumvo ye ahubwo yahise ajya muri “comments” yandikaho amagambo ngo “Size wanu”, ashatse kugaragariza Bashabe ko yakunze imiterere ye.

    Bashabe wakunze kwerekana ko atifuza kuvugwa mu rukundo n’abahanzi nyarwanda kuva bamuvugana na Meddy mu mwaka wa 2017, yahise asiba iyo foto vuba ndetse anaboroka Mani Martin kuri Instagram bisa n’aho atifuje ko abafana n’itangazamakuru bongera kumubaza ibibazo nk’ibyo bamubajije ubwo hagaragaraga amafoto ari kumwe na Meddy.

    Yaherukaga kugarukwaho mu rukundo ubwo bavugaga ko ari gukundana n’umukinnyi wa Liverpool, Sadio Mane waruherutse mu Rwanda arikumwe n’ikipe ye y’igihugu cya Senegal, gusa Mane yahakanye yivuye inyuma ibyo gukundana bashabe.

    Kate bashabe ukurikirwa n’ibihumbi 459 kuri Instagram ye bijya bitera benshi kwibaza impamvu we nta muntu ku giti cye akurikira.

    The post Agahinda nikenshi kuri mani Martin nyuma yo kuborokwa na Kate bashabe kuri Instagram. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/agahinda-nikenshi-kuri-mani-martin-nyuma-yo-kuborokwa-na-kate-bashabe-kuri-instagram/

  • Ange Kagame ati“ Turi mu biganza byiza”, ashimira abaganga bamufashije kubyara #rwanda #RwOT

    Ange Ingabire Kagame, uherutse kwibaruka umwana w’umukobwa, abinyujije ku rubuga rwe rwa twitter kuri uyu wa 22 Nyakanga 2020 yashimiye ikipe y’abaganga, abaforomo n’ababyaza bamubaye hafi mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal bakamufasha kubyara.

    Mu butumwa yanyujije kuri twitter, yashimiye bikomeye ikipe y’abaganga badasanzwe, abaforomo n’ababyaza bo mubitaro byitiriwe Umwami Faisal bamufashije kubyara kandi bakamuremera ubunararibonye. Avuga kandi ati ” turi mubiganza byiza”, agasabira umugisha ku Mana abo bose.

    Ange Kagame n’umugabo we Ndengeyingoma Bertrand, bibarutse umwana wabo w’imfura kuwa 19 Nyakanga 2020.

    Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Kagame Paul, abinyujije kuri Twitter, yahise agaragaza ibyishimo atewe no kuba abonye umwuzukuru.

    Soma hano inkuru bijyanye, ivuga ku byishimo Perezida Kagame yatewe n’ivuka ry’Umwuzukuru we: Perezida Kagame yagaragaje ibyishimo atewe no kuba yabonye umwuzukuru

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/ange-kagame-ati-turi-mu-biganza-byiza-ashimira-abaganga-bamufashije-kubyara/

  • Polisi ikomeje kurwanya ibyaha bibera mu biyaga na barushimusi b’amafi #rwanda #RwOT

    Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi ku bufatanye n’abagize amashyirahamwe y’abarobyi mu kiyaga cya Burera bashyize hamwe mu bikorwa byo kurwanya ba rushimusi b’amafi n’abandi bakora ibikorwa binyuranyije n’amategeko bibera mu mazi.

    Chief Inspector of Police (CIP) Antoine Nkurunziza, umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi mu kiyaga cya Burera yavuze ko ibi bikorwa bikomeje kandi birimo gutanga umusaruro kuko hamaze gufatwa ba rushimusi amato yabo ndetse n’imitego itujuje ubuziranenge bifashisha baroba amafi.

    Yagize ati“ Mu myaka ibiri ishize mu kiyaga cya Burera twahafatiye amato arenga 150, aya yakoreshwaga mu kuroba amafi binyuraje n’amategeko, harimo n’amato atujuje ubuziranenge yakoreshwaga mu kwambutsa abantu andi agakoreshwa mu bikorwa bya magendu. Ayo mato yose yarafashwe ndetse bene yo n’abayakoreshaga bose barafatwa”.

    CIP Nkurunziza akomeza avuga ko kuri uyu wa mbere tariki ya 20 Nyakanga 2020 hafashwe imitego ibiri ikozwe mu nzitiramibu, buri umwe ufite uburebure bwa metero 40. Avuga ko iyi mitego hari n’iyo basanze iri mu bwoko bwa Kaningini, ubwoko bw’imitego ifata ikanica amafi matoya.

    Yagize ati“ Bitewe n’ubwinshi bw’ibikorwa byo kurwanya ba rushimusi mu kiyaga cya Burera ibi bikorwa birimo kugabanuka bigaragara. Abagize amakoperative y’abarobyi nabo barimo gutanga umusanzu ugaragara muri ibi bikorwa aho batanga amakuru y’ahantu hose higanje aba banyabyaha”.

    CIP Nkurunziza yavuze ko bariya bantu usibye no kuba bakora uburobyi butemewe n’amategeko barimo guhemukira umuryango nyarwanda kuko imitego bakoresha aba ari inzitiramibu z’abaturage Leta iba yarabahaye ngo bikingire imibu itera Malariya ariko abandi bo bakayibaguraho bajya kuyitegesha amafi.

    Ibikorwa nk’ibi kandi nkuko urubuga rwa Polisi rubitangaza, ntabwo bibera mu kiyaga cya Burera gusa kuko no muri Gicurasi byabereye mu kiyaga cya Kivu ahafatiwe imitego irenga 27 itujuje ubuziranenge (Kaningini). Iyo yafashwe nyuma y’ukwezi kumwe hamaze gufatwa abarobyi 17 nabo bafatiwe mu kiyaga cya Kivu.

    CIP Nkurunziza yakanguriye abaturage baturiye ikiyaga cya Burera kwirinda uburobyi bunyuranyije n’amategeko, abasaba ubufatanye mu kuburwanya batangira amakuru ku gihe.

    Itegeko n° 58/2008 ryo kuwa 10/09/2008 rigena imitunganyirize n’imicungire y’ubworozi bwo mu mazi n’uburobyi mu Rwanda, ingingo ya 30 ivuga ko umuntu wese ukora ibikorwa by’uburobyi atabifitiye uruhushya ruvugwa mu ngingo ya 16 y’iri tegeko, ahanishwa ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi mirongo itanu (50.000) kugeza ku bihumbi magana abiri (200.000) n’igifungo kuva ku mezi atatu (3) kugeza ku mezi atandatu (6) cyangwa se kimwe muri ibyo bihano no kwamburwa ibikoresho byakoreshejwe.

    Ingingo ya 11 muri iri tegeko igaragaza ibibujijwe mu burobyi  aribyo gukoresha ibintu bihumanya bigamije kuyobya ubwenge amafi, kuyananiza cyangwa kuyica, gukoresha ibintu biturika, gukoresha uburyo bwa rukuruzi cyangwa amashanyarazi, gukubita amazi ugamije guhinda amafi, kuroba aho ibinyabuzima byo mu mazi byororokera.

    Ingingo ya 29 ivuga ko Ku bw’iri tegeko, aba akoze icyaha umuntu wese, ukoresha uburyo, imiti cyangwa ibikoresho by’uburobyi bibujijwe, urobera ahantu habujijwe cyangwa mu bihe bibujijwe, udahita asubiza mu mazi ubwoko bw’ibinyabuzima byo mu mazi bitemewe kurobwa, ibifite uburemere cyangwa ingero biri munsi y’ibiteganyijwe muri iri tegeko, ubuza mu buryo ubwo ari bwo bwose abakozi bashinzwe kugenza ibyaha gukora imirimo basabwa n’iri tegeko, ukora igikorwa cyose cyatuma igice ibinyabuzima byo mu mazi byororokeramo gisenyuka cyangwa cyakwangiza ahantu cyimeza ho gutuburira no kongerera umutungo w’ibinyabuzima byo mu mazi, usenya cyangwa uhisha ibimenyetso by’icyaha bivugwa muri iyi ngingo.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/polisi-ikomeje-kurwanya-ibyaha-bibera-mu-biyaga-na-barushimusi-bamafi/

  • Polisi yasabye umukobwa gukuramo akenda kambarwa mu “mihango”-Cotex ngo imusake #rwanda #RwOT

    Icyegeranyo kirebana n’ibyo gucunga umutekano mu gihugu cya Australia kigaragaza ko muri Sydney igipolisi cyasabye umukobwa ukiri muto gukuramo cyangwa se kwambura agatambaro abagore/abakobwa Bambara bari mu mihango kazwi nka Kotegisi-Cotex mu gihe barimo kumusaka. Ibi ngo ni ibintu bimaze gukorerwa benshi, bikaba byarazamuye umwuka mubi, aho abagore n’abakobwa babifata nk’agasuzuguro no kubatesha agaciro.

    Iki gikorwa cyakozwe na Polisi, kiri mu bintu bitanu byerekana imyitwarire itanoze y’abapolisi mu matohoza/iperereza yakozwe mu mwaka ushize wa 2019 mu bikorwa bitanu by’isaka byakozwe babanje gutegeka abantu kwambura ibyo bambaye, ibintu byateye ukutumvikana muri Sydney.

    Icyegeranyo kivuga ko byinshi muri ibyo byabereye mu nzu z’umuziki/mutubyiniro, kandi bikaba byaratumye ababikorewe biyumva ko “basuzugujwe kandi bateshejwe agaciro“. Igipolisi cya New South Wales kivuga ko kizagenzura neza ibiri muri icyo cyegeranyo.

    Icyegeranyo cy’itsinda rishinzwe imyitwarire y’abashinzwe umutekano, gihamagarira abapolisi gusaba imbabazi umwe mu bakobwa babikorewe, kikanavuga ko hari n’ahandi byabayeho bigatuma umupolisi ahagarikwa mu kazi.

    Ibi byagiye kujya ahagaragara nyuma y’aho ababyeyi b’abakobwa/abagore babikorewe bitotombeye cyane bigatangazwa mu binyamakuru byaho.

    Icyo cyegeranyo, nkuko BBC ibitangaza, kivuga ko ibibazo bijyanye n’uko isaka nk’iryo ryaba ryemewe n’amategeko bihora bigaruka igihe cyose, hose bakaba bakora ibyo barimo barashakisha ibiyobyabwenge.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/polisi-yasabye-umukobwa-gukuramo-akenda-kambarwa-mu-mihango-cotex-ngo-imusake/