Tag: news

  • “Twahuye ndi umufana we”Umunyamakuru Agasaro Tracy aherutse kwambikwa impeta n’umuramyi René Patrick #rwanda #RwOT

    Umuhanzi uhimbaza Imana René Patrick wamenyekanye mu ndirimbo nka Nibyiza, Ntuhinduka,Arankunda n’izindi. Aheruka gusaba umukunzi we akaba n’umunyamakuru wa KC2, Tracy Agasaro ko yamubera umugore, ndetse anamwambika impeta ibishimangira nyuma yo kubwirwa ‘Yego’.

    Ni inkuru yakiriwe neza n’abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana bizihiwe no kubona umuhanzi wagize uruhare mu kwandika no kuririmba ibihangano bihembura imitima ya benshi atera intambwe imuganisha ku gushinga urugo rwe.

    Mu ijoro ryo ku wa 17 Nyakanga 2020, nibwo René Patrick yasabye Agasaro ukora kuri KC2, Ishami rya kabiri rya Televiziyo y’u Rwanda ko yamubera umugore. Uyu nawe atazuyaje yahise amubwira ‘Yego’.

    Agasaro yemereye uyu muramyi kuzamubera umufasha mu buzima basigaje ku Isi, mu buryo bugaragaza ibyishimo by’ikirenga byanatumye asuka amarira
    René Patrick yahuje urugwiro n’umukunzi we Agasaro Tracy

    Mu kiganiro na IGIHE, Agasaro yirinze kuvuga ku rukundo rwe na René Patrick, ashimangira ko umunsi yambikiwe impeta usobanuye byinshi kuri we.

    Yagize ati ”Kiriya gihe mu mutima wanjye hari huzuyemo urukundo, ishimwe ku Mana, nshima Imana byanteye ishema bituma numva mbaye undi muntu rero ndabishimira Imana.”

    Inkuru y’urukundo rw’aba bombi yavuzweho mu gihe itari yarigeze yandikwa mu itangazamakuru cyangwa ngo igarukweho kuri radio, bivuze ko yatunguye benshi.

    Agasaro yagize ati ”Hari amagambo avuga ngo rimwe na rimwe biba byiza kwigumanira amakuru yawe meza, byari amahitamo yacu ariko byari n’uburyo bwo kurinda urukundo rwacu.”

    Umubajije igihe batangiye gukundanira ndetse na byinshi ku rukundo rwe na René Patrick, Agasaro avuga ko ari ibanga ryabo batifuza kurimena.

    Uyu mukobwa avuga ko yatunguwe bikomeye no kuba René Patrick yarafashe icyemezo cyo kumwambika impeta kuko nta n’igitekerezo cyabyo yari afite.

    Yakomeje ati “Ntabwo twajyaga tubiganira byarantunguye ni nayo mpamvu mwabonye amarangamutima yanjye aganisha ku kurira.”

    Agasaro avuga ku munsi yambikiweho impeta, yifashishije amagambo agira ati “Uriya munsi twari dufite gahunda yo guhura tukajyana mu birori by’undi muntu, biriwe bandagiye ngezeyo nsanga ni kuriya bimeze.”

    Agasaro avuga ko ari amashimwe mu mutima we ndetse yizeye ko igikorwa cyabaye cyo kumwambika impeta cyahesheje Imana icyubahiro.
    Ibinezaneza byinshi mu mutima wa Patric na Tracy

    Nubwo nta byinshi avuga ku rukundo rwe n’uyu muhanzi, Agasaro avuga ko yamenyanye na René Patrick ubwo yari amubonye mu materaniro yo kuramya no guhimbaza Imana.

    Ati “Nari nsanzwe ndi umufana we, ntabwo yari azi ko mufana ariko igihe kiravuga, yaje kubimenya. Twakundanye ndi umufana we cyane uretse ko n’ubu nzahora mufana, icya mbere nubaha ni uko azi, anubaha uwo ari kuramya.”

    Uyu munyamakuru avuga ko ikintu cyatumye aba umufana wa René Patrick kijyanye n’uburyo akoresha iyo aramya Imana.

    Yagize ati ”Ni umuhanzi uririmba arangamiye izina ry’uwo aramya, nicyo kintu cyankuruye ndavuga nti uyu niwe muhanzi nkunda.”

    Abajijwe uko biba byifashe iyo uwari umufana abaye umukunzi w’umuhanzi yafanaga, yagize ati ”Byose ni imigambi y’Imana.”

    Ikijyanye n’ubukwe bwabo, Agasaro avuga ko igihe cyabwo nikigera bazabitangaza ariko kugeza ubu adashobora kugira icyo abuvugaho, yirinze gutangaza itariki ukwezi ndetse n’umwaka w’ubukwe bwe na René Patrick.

    René Patrick ni umwe mu bahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bakomeye ndetse bakunzwe, uyu azwi cyane mu ndirimbo nka “Arankunda”, “Ni byiza” n’izindi zinyuranye.

    Source: IGIHE

    [email protected]

    source https://agakiza.org/Twahuye-ndi-umufana-we-Umunyamakuru-Agasaro-Tracy-aherutse-kwambikwa-impeta-n.html

  • Benjamin Mkapa wabaye Perezida wa Tanzania yapfuye #rwanda #RwOT

    Mu butumwa yatanze mu ijoro ryacyeye, Perezida Magufuli yavuze ko ababajwe cyane no gutangaza ko perezida wa gatatu wa Tanzania “yapfiriye mu bitaro bya Dar es Salaam aho yari arwariye”.

    Perezida Magufuli ntabwo yatangaje indwara yishe Benjamin Mkapa, wari ufite imyaka 81.

    Yagize ati : “Tugize ibyago bikomeye, dukomeze kumusengera. Amakuru arambuye arakomeza gutangazwa ariko mzee Mkapa ntawe tugifite”.

    Benjamin Mkapa wo mu ishyaka CCM, yayoboye Tanzania kuri manda ebyiri kuva mu 1995 kugeza mu 2005, yagiye ku butegetsi asimbuye Ali Hassan Mwinyi.

    Mkapa wavukiye mu majyepfo ya Tanzania mu gace kitwa Mtwara, azakomeza kwibuka mu karere nk’uwakuriye ibiro bishinzwe ubuhuza mu biganiro bigamije gushakira amahoro u Burundi.

    Umwaka ushize, Mkapa yari yagejeje ku nama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, raporo isaba ko u Burundi buhindura itegekoshinga ryabwo rikajyana n’amasezerano y’amahoro ya Arusha yo mu 2000.

    Ibi byamaganywe n’intumwa zari zihagarariye u Burundi zavuze ko Abarundi batasubiramo itegekoshinga rishya batoye mu 2018.

    Magufuli yatangaje kuri Twitter ko azibuka Mkapa nk’umuntu “ukunda igihugu, ukunda umurimo, n’uruhare rwe mu kubaka ubukungu” bwa Tanzania. Mkapa asize umugore we Anna Mkapa n’abahungu babiri.

    source http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Politiki/article/Benjamin-Mkapa-wabaye-Perezida-wa-Tanzania-yapfuye

  • Abakinnyi batatu b’abanyarwanda bakina muri Tanzania bahanganiye agera kuri miliyoni #rwanda #RwOT

    Abakinnyi 3 b’abanyarwanda muri Tanzania mu ikipe ya Simba SC na Yanga Africans, bahanganiye igihembo cya miliyoni y’amashilingi kizatangwa na n’umuterankunga w’aya makipe, Sports Pesa.

    Abo ni Haruna Niyonzima na Sibomana Patrick ba Yanga na Meddie Kagere wa Simba SC.

    Gusa aba bakinnyi ntabwo bahanganye bonyine kuko bahanganye na bagenzi babo bakinna mu makipe yabo.

    Sports Pesa itera inkunga aya makipe, yazanye iri rushanwa ryo gutora umukinnyi mwiza uhiga abandi mu mwaka w’imikino wa 2019-2020 ariko bigakorwa mu buryo bubiri.

    Ntabwo hazatorwa umukinnyi umwe witwaye neza muri aya makipe yombi ateranye, ahubwo ni ugutora umukinnyi umwe muri buri kipe.

    Kuri link yo gutora amazina y’abakinnyi ba Simba SC n’ay’abakinnyi ba Yanga aratandukanye, utora mu gice kimwe ugahita ujya gutora no mu kindi. Bivuze ko Kagere ashobora kukegukana muri Simba SC, muri Yanga kikegukanwa na Haruna cyangwa Papy.

    Link yo gutoreraho iri kuri paji ya Facebook ya Sports Pesa Tanzania. Waha amahirwe abanyarwanda yo kwegukana iki gihembo unyuze hano.

    Papy na Haruna muri Yanga bahataniye miliyoni

    source http://isimbi.rw/siporo/article/abakinnyi-batatu-b-abanyarwanda-bakina-muri-tanzania-bahanganiye-agera-kuri-miliyoni

  • Canada:urukiko rwashinjije America kubangamira uburenganzira bw’impunzi. #rwanda #RwOT

    Urukiko rwo muri Canada rwanzuye ko amasezerano ajyanye n’abimukira iki gihugu gifitanye n’Amerika ubu ahindutse impfabusa kuko Amerika itsikamira uburenganzira bw’impunzi.

    Ayo masezerano azwi nka ‘Safe Third Country Agreement’ (STCA), yo guhera mu mwaka wa 2004, asaba abasaba ubuhungiro gusaba kurindirwa mu gihugu cya mbere bagezemo bahunga.

    Ariko ku munsi wo ku wa gatatu, umucamanza yatangaje ko ayo masezerano anyuranyije n’itegekonshinga kuko bishoboka ko Amerika yafunga abimukira.

    Icyo cyemezo cy’urukiko ni intsinzi ku mpirimbanyi zo muri Canada ziharanira uburenganzira bw’abimukira.

    Abanyamategeko baburanira impunzi zasubijwe inyuma ku mupaka wa Canada, bari bamaganye ayo masezerano n’Amerika, bavuga ko Amerika itujuje ibisabwa ngo yitwe ko “itekanye” ku basaba ubuhungiro.

    Madamu Nedira Jemal Mustefa, umwe mu mpunzi zahatiwe kuguma muri Amerika, yabwiye urukiko ko igihe yamaze afungiwe aha wenyine muri Amerika “giteye ubwoba, ubwigunge n’ihungabana”, nk’uko umucamanza yabivuze ubwo yafataga icyo cyemezo.

    Maureen Silcoff, perezida w’ishyirahamwe ry’abanyamategeko bo muri Canada baburanira impunzi, yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ati:
    “Twese tuzi cyane uburyo Amerika ifatamo abasaba ubuhungiro”.

    Umupaka ufite uburebure bwa 8,891 km ugabanya Amerika na Canada ni wo wa mbere muremure cyane ku isi hagati y’ibihugu bibiri.
    Amasezerano ya ‘Safe Third Country’ ateye ate?
    Amasezerano ya ‘Safe Third Country’ (cyangwa y’igihugu cya gatatu gitekanye, ugenekereje mu Kinyarwanda), ni gahunda yo hagati y’ibihugu yo kwita neza ku busabe bw’ubuhunzi no kwirinda ikizwi nka “aslyum shopping” (cyangwa guhaha ubuhunzi, aho ababusaba babusaba mu bihugu byinshi icyarimwe).

    Ariko ayo masezerano ari no gutuma abasaba ubuhungiro bakora icyo leta ya Canada yise kwambuka “bitemewe” mu kwirinda gusubizwa ku bice byo ku mupaka byemewe na leta byo kwambukiramo.

    Kuva mu mwaka wa 2017, ubwo Perezida Donald Trump yageraga ku butegetsi asezeranya guhashya abimukira, abantu bagera ku 58,000 bamaze kwambuka muri ubwo buryo bajya hakurya muri Canada bavuye muri Amerika ngo bakomerezeyo ibyo gusaba ubuhungiro.

    Mbere yuko icyorezo cya coronavirus gitangira, leta ya Canada yari imaze igihe yiga ku busabe bwabo, nyuma ihita ivuga ko bagiye gusubizwa inyuma.

    Muri Canada hakomeje kumvikana ubusabe bw’abavuga ko iki gihugu cyahagarika cyangwa kikongera kwiga kuri ayo masezerano gifitanye n’Amerika.

    The post Canada:urukiko rwashinjije America kubangamira uburenganzira bw’impunzi. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/canadaurukiko-rwashinjije-america-kubangamira-uburenganzira-bwimpunzi/

  • Urukingo rwa Coronavirus rukorwa n’ikigo cy’Ubushinwa rushobora kuboneka vuba #rwanda #RwOT

    Igitangazamakuru cya Leta y’Ubushinwa cyatangaje ko urukingo rwa Covid-19 rwakozwe n’ikigo gikora imiti cyo mu Bushinwa rushobora kuboneka mbere y’uko uyu mwaka wa 2020 urangira.

    Liu Jingzhen ukuriye ikigo kitwa China National Pharmaceutical Group (Sinopharm) yatangaje ko imirimo yo kugerageza urwo rukingo ku bantu biteganyijwe ko irangira mu mezi atatu ari imbere( kuvuga ko bitarenza Ukwakira).

    Muri iki cyumweru, abashakashatsi bo muri kaminuza ya Oxford mu Bwongereza batangaje ko urukingo bakoze “rutanga icyizere“.

    Aba bo mu Bwongeraza bavuga ko igerageza ryarwo ryakozwe ku bantu 1,077, ryerekanye ko abarutewe bagize ubwirinzi (antibodies) n’uturemangingo rwa ‘T-cells’ dushobora kurwanya coronavirus.

    Ibindi bigo bitandukanye ku isi bikora imiti biri mu bushakashatsi, buri gukorwa mu buryo bwihuse bidasanzwe, bwo gushaka umuti cyangwa urukingo rw’iyi virus.

    Covid-19, virus yabonetse bwa mbere mu Bushinwa, imaze kwandura abantu barenga miliyoni 15 no kwica abarenga ibihumbi 630 ku isi, mu gihe cy’amezi arindwi ashize imenyekanye.

    Ikigo Sinopharm cy’Ubushinwa nkuko ijwi rya Amerika ribitangaza, kivuga ko urukingo kiri kugerageza rushobora gutinzwa no kubura abantu benshi banduye bo kurugeragezaho muri iki gihugu.

    Gusa kivuga ko hari abo ruri kugeragerezwaho mu bindi bihugu birimo Emira zunze ubumwe z’Abarabu (UAE). Urundi rukingo rwa Covid-19 rw’ikigo nacyo cyo mu Bushinwa kitwa Sinovac Biotech rwageragejwe ku bantu muri Brazil. Inkingo zigera mu 180 ku isi zirimo kuregeragezwa mu buryo bw’umuvuduko udasanzwe.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/urukingo-rwa-coronavirus-rukorwa-nikigo-cyubushinwa-rushobora-kuboneka-vuba/

  • BREAKING NEWS: Former Tanzanian President, Benjamin William Mkapa Dies #rwanda #RwOT

    Tanzania’s third President, Benjamin William Mkapa, has passed on in Dar es Salaam.

    President Pombe Magufuli confirmed the death a few minutes after midnight via a live televised broadcast.

    The late President was admitted at Dar es Salaam Hospital where he was receiving treatment.

    He was born in 1938 in Ndanda, near Masasi in Mtwara region.

    He graduated from Makerere University in Uganda in 1962 with a degree in English.

    He also attended Columbia University in 1963 and was awarded a master’s degree in international affairs.

    Previous posts include being an administrative officer in Dodoma and the Minister for Science, Technology and Higher Education.

    He also was Tanzania’s ambassador to Canada in the year 1982 and to the United States Of America from 1983 to 1984.

    The late Mkapa was also the Minister of Foreign Affairs from 1977 to 1980 and again from 1984 to 1990.

    In 1995, Mkapa, a CCM candidate, was elected as President based on a popular anti-corruption campaign and the strong support of former President Julius Nyerere.

    He was a good friend of Rwanda.

    Nimesikitishwa na kifo cha Mzee wetu Benjamin Mkapa (Rais Mstaafu wa Awamu ya 3). Nitamkumbuka kwa mapenzi yake makubwa kwa Taifa, ucha Mungu, uchapakazi na utendaji wake katika kujenga uchumi. Hakika Taifa limepoteza nguzo imara. Mungu aiweke roho yake mahali pema peponi, Amina.

    — Dr John Magufuli (@MagufuliJP) July 23, 2020

    source https://taarifa.rw/breaking-news-former-tanzanian-president-william-mkapa-dies/

  • Ese koko Pawulo Yarwanyije gushaka? #rwanda #RwOT

    Amagambo ya Pawulo ku yerekeranye no gushaka cyangwa ishyingiranwa yateje impaka mu binyejana byinshi. Ese yaba yarashyigikiraga gushaka cyangwa yarabirwanyaga? Ese yatekereje ko kuba ingaragu ari byiza? Ibi byose ni ibibazo byibazwa na benshi ariko tugiye kubiha umurongo.

    Iyo twifashishije Bibiliya dusanga Paulo yarashyigikiye impande zombi (gushaka no kuba ingaragu) Iyo dusomye 1Abakorinto:7 Pawulo yanditse kubyerekeye gushyingiranwa, aha tuhasanga ibitekerezo bikomeye ku bijyanye no gushaka cyangwa kwiyemeza kuba ingaragu ubuzima bwose. Pawulo avuga ko byose bifatanyiriza hamwe kuzana imigisha y’Imana mugihe bikozwe hatagendewe ku bitekerezo by’abantu ahubwo bishingiye ku Mana.

    Icyo Yesu yabivuzeho

    Mugihe cyose yamaze ku Isi, Yesu yagumye ari ingaragu mu murimo we wose yakoze. Mubyukuri Yesu yari atunganye kandi ntiyigeze acumura. Rero, bivuze ko gukomeza kuba ingaragu ari nabyo atari bibi.

    Yesu yavuze ko Gushyingiranwa byabayeho kuva Isi yaremwa kandi byashyizweho n’Imana, bityo Yesu ntiyigeze arwanya gushyingirawa cyangwa ngo abisumbishe kuba ingaragu, Yabishyigikiye byose.

    Matayo 19 muri iki gice,Yesu ahanini avuga ko gushyingiranwa atari ibya bose. Avuga ko bamwe, bahitamo ubuzima bw’ingaragu kugirango bitangire umurimo w’Imana. Icyakora abantu bahawe impano zitandukanye ushoboye kuba ingaragu abe yo kandi n’uhisemo gushaka abikore hagamijwe kubahisha Imana.

    Icyo Pawulo avuga ku gushaka cyangwa kuba ingaragu

    Pawulo yavuze ku rushako nk’ikigereranyo cyo kugirana umubano n’Imana, ntabwo yigeze avuga ko ari ikintu kibi.

    Pawulo yakunze kandi gutanga inama ku bagabo n’abagore kimwe n’abandi bantu mu ku bijyanye n’imibanire hagati yabo, nk’abana n’ ababyeyi, abashakanye aho yabashishikarizaga gukundana no kubahana.

    Mugihe cye, Pawulo yanditse ashyigikira ibyiza byo kuba ingaragu , ariko ntiyigeze yigisha abantu ko aribwo buryo bwonyine bwo gukurikirwa ati:”Kuko nashaka ko abantu bose bamera nkanjye, ariko umuntu wese afite impano ye yahawe n’Imana, umwe ukwe, undi ukwe”.

    Pawulo ntabwo yamaganye gushaka aho yavuze ati:”Ntekereza ko ari byiza ko umuntu aguma uko ari kubw’iki gihe kirushya kiriho none, mbese wahambiriwe ku mugore? ntushake guhamburwa, wahambuwe ku mugore? Nuko ntushake undi. Icyakora warongora nta cyaha waba ukoze, n’umwari yashyingirwa nta cyaha yaba akoze ariko abameze batyo bazagira imibabaro mu mubiri kubwanjye nakunda kuyibakiza”(Abakorinto 7:26-28).

    Pawulo yahisemo kubaho wenyine, akomeza yerekana ko kuba ingaragu bishobora gufasha umuntu kwerekeza ibitekerezo bye ku Mana byuzuye, adahangayikishijwe no gushimisha uwo bashakanye (1 Abakorinto 7: 32-35). Ariko, Pawulo ashimangira inshuro nyinshi ko atari bibi kurongora.

    uri macye Pawulo nta hantu bigaragara ko arwanya gusyingiranwa ahubwo yemeza ko buri muntu wese afite impano yahawe n’Imana aho bamwe baba ingaragu naho abandi bagashaka kandi ko buri wese akwiye gukoresha neza iyo mpano ye bityo bikamuzanira umugisha w’Imana.

    [email protected]

    source https://agakiza.org/Ese-koko-Pawulo-Yarwanyije-gushaka.html

  • In Life Of Two Brothers Operating A Humble Business #rwanda #RwOT

    Dusengimana Theophile and his young brother Gilbert Nsengimana operate a small kiosk at Kimironko a suburb in Kigali. It is a source of income that helps them move on with daily life.

    According to them this small business pays caters for their daily needs and allows them to help a group of orphans, a business that has grown from being an MTN agent since 2017.

    In 2017, Dusengimana was pursuing his University studies when he decided to do something more than just going to school. He chose to become a service agent of MTN Rwanda in August.

    However, he had no fixed location and only hawked in public places to find clients. Later he managed to secure a small spot including a stool with an umbrella as usually seen by telecom agents on streets.

    He worked harder to get to another level; MTN Rwanda provided him with a working box, that he still operates in even today.

    As he began as an MTN service agent, helping people to get airtime, money transfer services and more, he later realized he could add more, so he registered for Equity bank service agency in September 2019 and Bank of Kigali services agency later in November 2019 when his transactions increased.

    Dusengimana told Taarifa that his small business by then, helped him pay tuition fees for his young brother Gilbert Nsengimana, who was still in high school.

    Nsengimana completed his high school studies in 2017, he joined his elder brother in the same business in 2018 and since then, they have been working together.

    Hard work and believing in the possibility of everything was all that they had to do to keep their business going, Dusengimana said in an interview with Taarifa.

    Early 2020, in January, Dusengimana and his brother Nsengimana opened a shop near their MTN service box.

    Their shop sells different products, from clothes, oils and cosmetics, face masks and many other daily applying products.

    Dusengimana says the capital to start this shop was all developed from the service agency box and it has always been the source of their market since it’s when they got most of their clients.

    Due to the COVID-19 lockdown, Dusengimana says their new shop was hardly affected, but the number of their clients has decreased since people remained in their homes to prevent the spread of COVID-19.

    And they still face some of the impacts which come as a result of some of their clients being unemployed now that they don’t purchase from them anymore.

    But fortunately, Dusengimana says their service agency box remained in operation and their business is still supported by the earnings of the past.

    He adds that having small capital is not the reason you should not start something.

    “I started with a very small business, with almost no capital, today I pay school tuition for my young brother, and we provide for ourselves every day. We also have a number of orphans we help; all of this is a result of believing in ourselves and working hard,” Dusengimana narrates.

    Despite the location of their business at the main road that attracts clients, Dusengimana says he takes time to do marketing to some of the clients and telling them about the additional services of their business in order to increase their market.

    Dusengimana says his business growth shows signs of future success and they are ready to work hard and become bigger than they are today.

     

    source https://taarifa.rw/in-life-of-two-brothers-operating-a-humble-business/

  • Akanyamuneza nikose kumunya Ethiopia kazi nyuma yo kuboneka k’umunyamakuru anicet rutembesa wari waraburiwe irengero. #rwanda #RwOT

    Lensa Tekalign Ni Umukobwa ukomoka muri Ethiopia wari mu rukundo n’uwahoze ari umunyamakuru Anicet rutembesa wamenyekanye mu itangazamakuru ryandika mu Rwanda,
    mu binyamakuru bizwi yanyuzeho harimo bwiza.com ndetse yanabaye umunyamakuru wa radio ijwi rya America mu gihe gito.

    Taliki 7Gicurasi 2019 nibwo umunyamakuru rutembesa yatawe muri yombi ninzego z’umutekano mu Rwanda ku byaha 6 bya politike yarakurikiranweho,nyuma y’ibura rye nibwo uyu mukobwa lensa yagerageje gushakisha amakuru y’uwari umukunzi we Rutembesa gusa ngo ntiyahise abasha kumenya irengero rye kuko avugako nabakoranaga na anicet yagerageje kubabaza gusa nabo agasanga nta makuru bafite yizewe yaho yaba ari.
    ifoto ya Rutembesa ubwo yarekurwaga.

    Taliki 2 kamena 2020 nibwo anicet yarekuwe nyuma yo kuva mu rukiko hakabura ibimenyetso bimushinja,
    Akimara kugera hanze yabanje yabanje kumara hafi ibyumweru bitatu nta gitangazamakuru aremerera kuvugana nacyo.
    Twifuje kuvugana na lensa Tekalign mu byinshi yatangarije kasukumedia.com ko ikikimutindije ari ingendo zihuza ibihugu zitaremererwa gufungura ngo aze mu Rwanda gusubukura imwe mu mishinga yari afitanye na Rutembesa.

    Ku murongo wa telefone Rutembesa yabajijwe icyo agiye gukora nyuma yo kurekurwa atubwirako icyambere agiye kwirukamo ari ugusubukura umushinga wo gushinga ishami rya kaminuza ya Bernavis Scottish mu Rwanda ubwo yafatwaga yari yaramaze gushyikiriza inyandiko zikubiyemo ibisabwa byose ngo iyo kaminuza itangire minisiteri y’uburezi.

    Asoza yavuzeko ataramenya neza niba azagaruka mu itangazamakuru cyangwa azabireka burundu ,twabibutsa ko anicet rutembesa yigeze kuba ushinzwe itumanaho mu ishyirahamwe rya ruguby mu Rwanda ndetse no mu ikipe ya Remera buffaloes.

    The post Akanyamuneza nikose kumunya Ethiopia kazi nyuma yo kuboneka k’umunyamakuru anicet rutembesa wari waraburiwe irengero. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/akanyamuneza-nikose-kumunya-ethiopia-kazi-nyuma-yo-kuboneka-kumunyamakuru-anicet-rutembesa-wari-waraburiwe-irengero/

  • Abari kwaka amafaranga yiswe ‘ayo kubaka amashuri’ bihanijwe, MINALOC iti ‘Leta ifite ingengo y’imari yabyo’ #rwanda #RwOT

    Ni mu gihe mu gihugu hose hari kubakwa amashuri ibihumbi 22, mu rwego rwo kugabanya ingendo ndende bamwe mu banyeshuri bakoraga no kugabanya ubucukike mu mashuri.

    Mu itangazo MINALOC yandikiye abayobozi b’uturere twose tw’u Rwanda n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, yavuze ko ifite amakuru ko hamwe na hamwe mu turere, abaturage barimo kwakwa amafaranga yiswe ayo kubaka amashuri.

    Iryo tangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof SHYAKA Anastase rigira riti “Ndabibutsa koi bi bitemewe kandi ko bigomba guhita bihagarara kuko igikorwa cyo kubaka ibyumba by’amashuri gifite ingengo y’imari ya Leta cyagenewe”.

    Akomeza agira ati “Mu rwego rwo gushishikariza abaturage kugira uruhare mubibakorerwa, abaturage barasabwa gutanga umusanzu w’imirimo y’amaboko ahubakwa amashuri. Icyakora umuturage afite uburenganzira bwo gutanga insimburamubyizi igihe atabashije gutanga umusanzu w’amaboko”.

    Iri tangazo rivuga ko umuturage wifite ushaka gutanga umusanzu wo kubaka ibi byumba by’amashuri abifitiye uburenganzira, ariko ngo niwe ugena amafaranga atanga uko angana kandi ntawe ugomba kubimwishyuza.



    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof Anastase SHYAKA

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Abari-kwaka-amafaranga-yiswe-ayo-kubaka-amashuri-bihanijwe-MINALOC-iti-Leta-ifite-ingengo-y-imari-yabyo