Tag: news

  • Apôtre Joseph Yongwe yavuze uko yigeze gufungwa iminsi 19 #rwanda #RwOT

    Uyu mukozi w’Imana ni umwe mu bahanuzi bazwi hano mu gihugu ndetse hari n’ingero z’ibitangaza byinshi yagiye akora birimo gukiza abarwayi, kwirukana amadayimoni ndetse aho hari igihe byavugwaga ko yabashaga kuvugana n’umwana uri mu nda ya nyina.

    Mu kiganiro yagiranye na FINE FM, yagarutse ku bijyanye n’ubuhanuzi ndetse na bimwe mubyo yagiye ahanurira abantu ndetse nawe ku giti cye yavuze ko muri ibi bihe hari abantu benshi bafite ibikomere batewe n’abahanuzi babahanuriye ariko bukaba butarasohoye.

    Yakomeje agira ati “Hari icyo Bibiliya ivuga gipima umuhanuzi. Icya mbere ni imbuto yera, ikindi ni ukureba icyo Bibiliya ibivugaho ndetse no kubamenyera ku kuba ubuhanuzi bwasohoye.”

    Yavuze ko ubundi ubuhanuzi ari impano abantu baba barahawe ariko yaguka igakura ari nayo mpamvu umuhanuzi aba akwiye kwegera abamukuriye cyangwa abashumba be bakajya bamugira inama ku mikoreshereze y’impano.

    Ikiganiro Apotre Yongwe aherutse kugirana na UKWEZI TV

    Apôtre Joseph Yongwe avuga ko ubuhanuzi bubaho kuko nawe ubwo yari akiri Umukristo wa ADEPR hari umukecuru wamuhanuriye ko azafungwa kandi biza kumubaho afungwa iminsi 19 azira kutagira ibyangombwa.

    Yagize ati “Naje kugira intambara zishingiye ku buhanuzi mbwira Imana ko ntazongera guhanura ntanakeneye umpanurira. Bukeye mu gitondo ngiye muri Nibature [amasengesho yo mu rukerera], mpura n’umukecuru arambwira ati Joseph Uwiteka arambwiye ngo usenge amasengesho y’iminsi itatu kuko imbere yawe bagiye kugufunga.”

    “Yarambwiye ngo amasengesho nyatangire uwo munsi ariko ntabwo nigeze nyakora kuko naramuretse mvuga nti uriya mukecuru nagende atware ubuhanuzi bwe ! Naramuretse hashira iminsi ibiri, uwa gatatu mu gitondo bamfatiye mu mukwabu w’abadafite ibyangombwa byo kuba mu Mujyi.”

    Uyu mukozi w’Imana avuga ko n’ubwo uyu munsi wa none afite ibyangombwa byo gutura mu Mujyi wa Kigali [ahafite n’ibikorwa by’ubucuruzi ndetse n’inzu ye bwite abanamo n’umuryango we], ariko icyo gihe ntabyo yari afite.

    Yakomeje agira ati “Habaye umukwabo baramfata noneho indangamuntu yanjye nyihereza umupolisi ayishyira mu mufuka arabyibagirwa. Baradufunze bigeze nka saa cyenda abandi bafite indangamuntu barabarekura ariko njyewe banjyana kumfunga I Remera.”

    Apôtre Joseph Yongwe yavuze ko yamaze iminsi 19 afungiye I Remera ariko ku munsi wa nyuma nibwo yarose inzozi Malayika araza ahagarara imbere ye amubaza impamvu yasuzuguye ubuhanuzi bwa wa mukecuru.

    Ati “Malayika amaze kumbwira gutyo narihannye, bukeye mbona haje umupolisi aravuga ngo uwitwa Harerimana nasohoke indangamuntu ye yabonetse natahe. Ubuhanuzi rero burasohora na Bibiliya iravuga ngo mwemere ibihanurwa ariko mwemere ibyiza mubigeragereshe ijambo ry’Imana.”

    Intumwa y’Imana Harerimana Yongwe Joseph, yabaye umuvugabutumwa n’umuhanuzi by’umwihariko yamamaye cyane ubwo yari Umuyobozi w’Icyumba cy’Amasengesho cy’Itorero rya Pentekote muri Paruwasi ya Nyarugenge [ADEPR Nyarugenge].

    Ikiganiro Apotre Yongwe aherutse kugirana na UKWEZI TV

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Iyobokamana/article/Apotre-Joseph-Yongwe-yavuze-uko-yigeze-gufungwa-iminsi-19

  • Belgique : Le groupe d’experts sur la colonisation déjà critiqué #rwanda #RwOT

    A peine, après de longs débats et plusieurs désistements, le groupe d’experts destiné à baliser le travail de la Commission Vérité et réconciliation, destinée à faire la lumière sur le passé colonial de la Belgique, avait il été mis sur pied qu’il suscitait une réaction radicale, celle d’Ibuka,. Une association qui représente la diaspora rwandaise de Belgique et plus précisément les victimes du génocide des Tutsis en 1994.

    Auparavant, le député Groen, Wouter De Vriendt, avait annoncé la composition d’une équipe multidisciplinaire, comprenant cinq historiens, des experts en réconciliation et des représentants de la diaspora congolaise et rwandaise. « Tous sont au sommet et ont mérité leurs galons » avait – il commenté.

    Parmi l’équipe qui préparera le travail des parlementaires dès octobre, on retrouve le De Zana Mathieu Etambala (KUL et Musée de Tervuren), Gillan Mathys, (UGent) historienne et chercheuse, le professeur Elikia M’Bokolo, professeur à Paris et à l’Université de Kinshasa, spécialiste de l’histoire contemporaine de l’Afrique et de l’histoire des diasporas africaines, Anne Wetsi Mpoma, historienne de l’art et membre de l’association Bamko, Mgr Jean-Louis Nahimana, qui a dirigé au Burundi la Commission Vérité et réconciliation.

    Du côté belge, où des historiens de renom comme le professeur Guy van Temsche ou son collègue plus jeune Benoît Henriet , (VUB) ont déclaré forfait, on retrouve le Dr Pierre-Luc Plasman, historien, spécialiste de la monarchie et chercheur à L’UCL, Valérie Rosoux, (Institut Egmont et UCL), spécialiste des processus de réconciliation comme Martine Schotsman, juriste tandis que Sarah Van Beurden, (Ohio State University) s’est spécialisée dans la thématique de la restitution des œuvres d’art.

    Si plusieurs noms manquent cruellement à cette liste, dont des historiens directement en prise avec les réalités actuelles du Congo, du Rwanda et du Burundi ou des chercheurs ayant abordé les questions économiques, un seul nom a suscité jusqu’à présent une levée de boucliers : celui de Me Laure Uwase, de nationalité rwandaise. Cette avocate au barreau de Bruxelles, présentée comme spécialiste de la région des Grands Lacs est surtout connue pour son appartenance à l’asbl Jambo, qui rassemble de nombreux membres de la diaspora rwandaise en Belgique, dont des familles arrivées en Belgique dans les années qui ont suivi le génocide, accueillies dans les milieux catholiques du Nord du pays et très rapidement régularisées.

    Pour les membres d’Ibuka Mémoire et Justice, parmi lesquels de nombreux rescapés du génocide des Tutsis, la nomination de Me Uwase est peut –être plus contestable encore que celle du professeur Filip Reyntjens et du journaliste Peter Verlinden, dont le seul énoncé des noms avait suscité protestations et ukases. Ibuka en effet considère que si le passé et le présent familial de Mme Uwase l’autorisent à parler de son pays, elle n’a cependant aucune légitimité particulière en tant qu’experte. Ibuka rappelle aussi avoir empêché en 2018 la tenue d’ un colloque au Parlement européen, après avoir fourni des éléments démontrant que Jambo News véhiculait une idéologie niant le génocide et confondant victimes et bourreaux. La présence d’une représentante de Jambo News dans le groupe d’expert « est une insulte à la vérité historique et à la mémoire des victimes » conclut le communiqué d’Ibuka dont le nom n’a été cité, en dernier recours, que dans l’hypothèse d’une éventuelle « prise de contact ».

    Cette position d’Ibuka qui redoute déjà « le travestissement de la vérité » est appuyée par d’autres associations incarnant la mémoire de victimes de génocides : le Comité de coordination des organisations juives de Belgique, le Centre Communautaire et laïc juif, le Comité des Arméniens de Belgique et la Fédération des Araméens de Belgique.

    Cette solidarité entre victimes de crimes contre l’humanité représente une véritable motion de défiance à l’égard du groupe d’experts. Ce dernier risque d’apparaître, malgré les qualités individuelles de la plupart des intervenants, comme intellectuellement déforcé et gravement affaibli par l’absence de voix venues du terrain.

    On peut aussi se demander si, en cette période politique incertaine, il n’est pas imprudent de jouer avec une grenade dégoupillée qui risque de faire exploser les mémoires identitaires de la Belgique elle-même. Après tout, les processus de décolonisation des trois pays d’Afrique centrale, tous dramatiques, ont aussi été, pour la métropole, une sorte de miroir brisé et aujourd’hui encore, au Nord comme au Sud du pays, chez les catholiques comme chez les laïcs, chacun se retrouve tenté de faire oublier les erreurs du passé et de « défendre les siens ».

    Collette Braeckman

    source https://fr.igihe.com/Belgique-Le-groupe-d-experts-sur-la-colonisation-deja-critique.html

  • Ubuzima n’amateka ya Jeannette Kagame wizihiza isabukuru y’imyaka 58 – Amafoto #rwanda #RwOT

    Jeannette Nyiramongi niyo mazina yiswe n’ababyeyi be, akaba yaravutse tariki 10 Kanama 1962 nyuma y’igihe gito cyane u Rwanda rubonye ubwigenge rukava mu maboko y’abakiloni b’ababiligi. Kubera amateka mabi yaranze u Rwanda ashingiye ahanini ku ivanguramoko, Jeannette n’umuryango we babaye mu buhungiro ari naho yize amashuri ye mu bihugu nk’u Burundi na Kenya.

    JPEG - 93.8 ko

    Tariki 10 Kamena 1989, Jeanette Nyiramongi wari warahungiye i Nairobi muri Kenya we n’umuryango we yashakanye na Paul Kagame ari nabwo yafashe izina ry’umugabo we, kuva ubwo yitwa Jeannette Kagame. Bakoreye ubukwe mu gihugu cya Uganda. Kagame yari yarasabye abo mu muryango we kumurangira umugore ukwiriye, baza kumurangira Jeannette maze ajya kumusura muri Kenya, nawe amusaba kuzamusura muri Uganda. Jeanette yakunze cyane gahunda ya RPF yo gushaka uko impunzi zazatahuka zigasubira mu Rwanda, bakomeza umubano wabo igihe kiragera bararushinga. Ubu bafitanye abana bane, abahungu batatu n’umukobwa umwe. Imfura yabo ni Yvan Cyomoro Kagame, ubuheta ni Ange Ingabire Kagame, hagakurikiraho Ian Kagame n’umuhererezi Brian Kagame.

    JPEG - 50.9 ko

    Uyu muryango nyuma yo gusezerana kubana batangiranye urugendo rurerure rw’ubuzima ndetse bombi bongera gutahuka mu gihugu cyabo mu mwaka w’1994 nyuma y’intambara y’urugamba rwo kubohoza igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi. Urugamba rwari ruyobowe na Paul Kagame nyuma y’uko Fred Rwigema yitabye Imana mu ntangiriro y’uru rugendo rurerure. Nyuma yo gutahuka mu gihugu cyababyaye, bakomeje gutanga umusanzu wo kubaka igihugu cyari kimaze kuzahazwa n’intambara, politike mbi ndetse na Jenoside yakorewe Abatutsi yari imaze guhitana abarenga miliyoni.

    Mu gihe Nyakubahwa Paul Kagame yari akomeje ibikorwa byo kugarura umutekano mu gihugu no guharanira ubumwe n’ubwiyunge mu banyarwanda, ku rundi ruhande Jeannette Kagame nawe yagiye agaragara mu bikorwa bitandukanye bijyanye no gufasha birimo guteza imbere uburenganzira bw’umugore, uburezi, imibereho myiza y’abaturage cyane cyane imfubyi n’abapfakazi bari bazahajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi.

    JPEG - 69.2 ko

    Kuva tariki ya 24 Werurwe 2000, Jeannette Kagame yinjiye mu mateka y’u Rwanda n’isi muri rusange nka ‘First lady’ cyangwa se ‘Première Dame’, nyuma y’uko umugabo we Perezida Paul Kagame abaye Perezida wa Gatandatu w’u Rwanda.

    Mu mwaka wa 2002 yashinze umuryango udaharanira inyungu wa Imbuto Foundation, anabereye umuyobozi kugeza ubu, uyu ukaba ari umuryango wagize uruhare runini mu gushyira imbaraga mu buzima n’uburezi bw’abana b’abanyarwanda by’umwihariko abana b’abakobwa batishoboye.

    Jeannette Kagame yagiye ayobora imiryango mpuzamahanga itandukanye igamije ibikorwa bitandukanye twagiye tugarukaho tutibagiwe no gukumira icyorezo cya SIDA ku mugabane wa Afurika no gutanga ubufasha bw’ibanze ku bagezweho n’icyo cyorezo. Mu Ukuboza 2011 yafashije mu itangizwa ry’ihuriro ry’abafasha b’abakuru b’ibihugu muri Africa rigamije guhuriza hamwe imbaraga mu gukemura ibyo bibazo twavuze haruguru.

    JPEG - 89.1 ko

    Jeannette Kagame afite impamyabumenyi mu bigendanye n’ubukungu n’icungamutungo, akaba yaragiye atanga ibitekerezo n’ibiganiro mbwirwaruhame byaba ibyo ku rwego rw’igihugu cyangwa se mpuzamahanga mu ngeri zitandukanye harimo ibijyanye n’Imiyoborere myiza, Ubukungu, ubuzima, imibereho myiza y’umwana n’umugore ndetse n’umuryango muri rusange.

    Muri 2010, Madame Jeannette Kagame yabonye impamyabumenyi y’icyubahiro y’ikirenga muri Kaminuza ya gikiristu ya Oklahoma kubera uruhare yagize mu kurwanya agakoko gatera SIDA no kurwanya ubukene, muri uwo mwaka ahita anashingwa guhagararira ibikorwa by’imirire ku bana muri gahunda y’ibiribwa (PAM cyangwa WFP) mu muryango mpuzamahanga w’ibihugu ku isi (ONU).

    Muri 2009, UNICEF yahaye Perezida Paul Kagame n’umufasha we Jeannette Kagame igihembo cyitwa “Children’s Champions Award” mu rwego rwo kubashimira ku murava n’umuhate bagize mu kuzamura no guteza imbere ubuzima bw’abana mu Rwanda. Muri 2007 Umuryango Mpuzamahanga witwa ku buzima (OMS cyangwa WHO mu ndimi z’amahanga) wagejeje kuri Madame wa Perezida Kagame izindi nshingano, agirwa umuyobozi w’ikirenga w’ibikorwa by’Afrika bya gahunda yo gushaka urukingo rwa SIDA mu rwego rwo gukaza ibikorwa by’ubushakashatsi kuri uru rukingo rwa SIDA.

    JPEG - 238.2 ko
    JPEG - 198.4 ko
    JPEG - 124.5 ko
    JPEG - 67.5 ko
    JPEG - 63.9 ko
    JPEG - 60.5 ko
    JPEG - 162.2 ko
    JPEG - 9.1 ko
    JPEG - 138.8 ko
    JPEG - 131.8 ko
    JPEG - 147.8 ko
    JPEG - 147.4 ko
    JPEG - 73.6 ko
    JPEG - 129.5 ko
    JPEG - 17.2 ko
    JPEG - 212.9 ko

    Jeannette Kagame akunze kurangwa n’urugwiro, ashyigikira uburezi bw’abana anita ku bapfakazi batishoboye

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Ubuzima/Ubuzima-n-amateka-ya-Jeannette-Kagame-wizihiza-isabukuru-y-imyaka-58-Amafoto

  • Buregeya Prince uhamya ko atahiriwe n’umwaka ushize, yageneye ubutumwa abafana ba APR FC #rwanda #RwOT

    Myugariro w’ikipe ya APR FC, Buregeya Prince ahamya ko atahiriwe n’umwaka ushize w’imikino bitewe n’imvune yatangiranye shampiyona ariko yishimira ko ikipe ye ya APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona.

    Buregeya Prince ni umwe mu bakinnyi bafashije ikipe ya APR FC umwaka w’imikino wa 2018-2019 cyane ko yakinnye imikino yose ya shampiyona uko ari 30, akaba yaraje kugira imvune ku mukino wa nyuma wa shampiyona, yaje gukira yongera kuvunika ku mukino ufungura shampiyona ya 2019-2020 bakina na AS Kigali, iyi mvune yatumye amara igihe kirekire hanze y’ikibuga.

    Shampiyona ya 2018-2019 yamaze imikino 30 yose akina

    Aganira n’urubuga rwa APR FC, yavuze ko umwaka ushize ku giti cye utagenze neza ariko yishimira ko begukanye igikombe cya shampiyona kandi badatsinzwe.

    Yagize ati“shampiyona nk’ikipe ya APR FC yagenze neza cyane kuko twabashije kwegukana igikombe cya shampiyona tutanatsinzwe, ni ibintu byo kwishimira ku giti cyanjye. Kuri njye navuga ko umwaka ushize utagenze neza kuko igihe kinini nayibayemo mfite imvune kuko navunitse ku mukino wa mbere dukina na AS Kigali mara amezi hafi 4 ntakina cyari igihe kirikire.”

    Gusa yishimira ko ubwo yari agarutse yafashije ikipe ye mu mikino yari ifite kandi y’ingenzi bakabasha kuyitwaramo neza.

    Buregeya Prince yamaze igihe kinini afite imvune

    Uyu musore kandi akaba yashimiye abafana b’ikipe ya APR FC uburyo bamubaye hafi igihe yari afite imvune, yabijeje ko umwaka utaha bazabaha ibyishimo nk’ibisanzwe.

    Ati“icyo nabwira abafana ba APR FC ni ukubanza kubashimira kuko mu gihe nari mfite imvune umwaka ushize bambaye hafi ari abanyandikiraga ubutumwa bwo kunyihanganisha narabubonye. Ndabashimira kuko batwereka ko bari kumwe natwe mu byiza n’ibibi. Ndabizeza ko umwaka utaha tuzagerageza kubaha ibyishimo nk’ibisanzwe kuko niko kazi kacu dushinzwe.”

    Buregeya Prince avuga ko intego yari afite umwaka ushize ari zo azatangira umwaka utaha w’imikino kuko atabashije kuzigeraho kubera imvune, yijeje abakunzi b’iyi kipe ko bazakora ibishoboka byose bakagera mu matsinda ya CAF Champions League.

    Yishimira ko yagarutse akirutse imvune agafasha ikipe ye

    source http://isimbi.rw/siporo/article/buregeya-prince-uhamya-ko-atahiriwe-n-umwaka-ushize-yageneye-ubutumwa-abafana-ba-apr-fc

  • Urutonde rw’Impunzi z’Abarundi zifuza gutaha ziva mu Rwanda ruriho umuntu wapfuye n’abashyizweho batabizi #rwanda #RwOT

    Mu ntangiriro z’icyumweru gishize nibwo hamenyekanye amakuru avuga ko impunzi z’Abarundi zirenga 300 ziri mu Rwanda mu nkambi ya Mahama yasabye gutaha.

    Ibihugu byombi u Rwanda n’u Burundi byatangaje ko biteguye gufasha izi mpunzi gutaha, kuko impunzi gutaha ari uburenganzira bwayo iyo ibona ko icyo yahunze kitagihari.

    Umunyamakuru wa Ijwi ry’Amerika mu Rwanda no mu Burundi avuga ko yakoze iperereza kubari kuri urwo rutonde asanga harimo abashyizweho batabizi ndetse asangamo n’impunzi yapfuye.

    Umwe mubashyizweho atabizi yagize ati “Njyewe nkibona ndi ku rutonde rw’abasabye guhunguka nagize ubwoba ndategurwa ndavuga ngo ibi bintu ko ntigeze mbisaba, ko njyewe n’ibyo nahunze bigihari mu gihugu, nahise negera madamu ndamubaza nti ‘abantu baraje baragushuka bagusaba kubasinyira’ nawe arandahira. Ubwo twaguye mu kantu, ni ibara”.

    Mugenzi we avuga ko bababajwe no kuba impunzi yitwa Minani Jean Pierre wagiraga nomero ya 70 ari ku rutonde rw’abifuza gutaha kandi yarapfuye.

    Agira ati “Twarababaye cyane tubonye umugabo witwa Minani Jean Pierre ufite nomero 70, ari kuri urwo rutonde rw’abantu basaba guhunguka kandi amaze imyaka apfuye. Abantu bose barabizi yashyinguwe mu cyubahiro mu irimbi rya hano mu nkambi ya Mahama. Kumushyira ku rutonde ni nko gukora mu nkovu umuryango we”.

    Itangazo Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi mu Rwanda iherutse gushyira ahagaragara, yashimangiye ihame ry’uko gutahuka ku bushake kw’impunzi ari cyo gisubizo kirambye, bijyanye n’amategeko mpuzamahanga n’ayo u Rwanda rugenderaho.

    Iti “U Rwanda rurashimangira ubushake rufite mu kurengera impunzi ziri ku butaka bwarwo, kandi rwiteguye gufasha ababihisemo, gutaha mu buryo butekanye kandi bubahesha agaciro, ku bufatanye na UNHCR na za guverinoma bireba.”

    Umuvugizi wa UNHCR ishami ry’u Rwanda Elise Villechalane avuga ko biteguye gufasha impunzi ziteguye gutaha bakaziha ubwikorezi transport.

    Nubwo bimeze gutya ariko Leta y’u Burundi ivuga ko hari abantu bakomeye bari kujya mu matwi izi mpunzi bazibuza gutaha nk’uko byatangajwe na Proseper Ntahogwamiye umuvugizi wa Leta y’u Burundi.

    Ntahogwamiye avuga ko mu bari kubuza abarundi gutaha harimo umugore witwa Margarett Barankitse.

    Umuvugizi wa Leta y’u Burundi avuga ko tariki 5 Kanama 2020 Abarundi 5 bari biyanditse ku rutonde rw’abashaka gutaha rwakozwe tariki 26 Nyakanga zandikiye ambasade y’u Burundi mu Rwanda zamagana iterabwoba zishyirwaho na Margarette Barankitse washinze ishyirahamwe Maison Shalom nawe wahungiye mu Rwanda.

    Margarette Barankitse ahakana ibyo ashinjwa akavuga ko gutaha ku impunzi ari uburenganzira bwayo, gusa we avuga kuri we gutaha hataragera kuko hari ibitarakemuka.

    Ati “Gutaha usebeje igihugu cy’u Rwanda n’ukuntu cyaturwanyeho, simvuze barahemutse kuko batashye, ni uko banditse ibaruwa risebya ko batigeze bafashwa, none wataha bafunguye abantu ibihumbi 9 bafunzwe, bataye muri yombi abicanyi bari mu nzego za Leta. Mubona hari amahoro, umuntu akaryama ntakomyi. Tuzataha ibirometero 30 kugera I Muyinga ni hafi, ikitubuza kugenda ni ukubera ko nta mahoro”.

    Mu Rwanda hari impunzi z’Abarundi ibihumbi 72, abarenga ibihumbi 60 baba mu Nkambi ya Mahama.

    Izi mpunzi zinjiye mu Rwanda mu mwaka wa 2015 nyuma y’imvururu zikomeye zabaye mu Burundi, zishingiye ku kutavuga rumwe kuri manda ya gatatu ya Perezida Pierre Nkurunziza, yatumye abatarabonaga ibintu kimwe n’ubutegetsi bahigwa, benshi bahitamo guhunga igihugu.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/article/Urutonde-rw-Impunzi-z-Abarundi-zifuza-gutaha-ziva-mu-Rwanda-ruriho-umuntu-wapfuye-n-abashyizweho-batabizi

  • Rwatubyaye na Yannick basoje icyumweru mu gahinda, Djihad Bizimana arara ku mwanya wa mbere #rwanda #RwOT

    Icyumweru gishize gisize shampiyona y’u Bubligi itangiye maze Djihad Bizimana na Waasland Beveren barara ku mwanya wa mbere, ni mu gihe ibintu bitagenze neza ku makipe ya Yannick Mukunzi na Rwatubyaye Abdul.

    Mu mpera z’icyumweru gishize shampiyona y’icyiciro cya mbere mu gihugu cy’u Bubiligi ibarizwamo Waasland Beveren ya Djihad Bizimana, umwaka w’imikino wa 2020-2021 yari yatangiye.

    Zari intangiriro za shampiyona ku musore w’umunyarwanda ukinira ikipe ya Waasland Beveren, Djihad Bizimana dore ko ku munsi w’ejo yafashije ikipe ye gutsindira Kortrijk iwayo ibitego 3-1.

    Ni umukino Bizimana Djihad yakinnye iminota 90 yose. Gutsinda uyu mukino bikaba byatumye Bizimana Djihad na Waasland Beveren basoza umunsi wa mbere wa shampiyona bayoboye urutonde n’amanota 3 aho izigamye ibitego 2. Waasland Beveren izagaruka mu kibuga tariki ya 17 Kanama 2020 yakira Standard Liege.

    Djihad Bizimana yatangiye shampiyona we na Waasland Bveren bafata umwanya wa mbere

    Rwatubyaye Abdul na Colorado Springs mu cyiciro cya kabiri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntibahiriwe n’impera z’icyumweru, ku munsi w’ejo batsinzwe na El Paso Locomotive 4-2 mu mukino w’umunsi wa 6, gusa iyi kipe yo imaze gukina imikino 5.

    Rwatubyaye Abdul ntabwo yagaragaye kuri uyu mukino ntiyari no muri 18. Ubu iyi kipe iri ku mwanya wa 4 n’amanota 4, New Mexico United ya mbere ifite 10. Bazagaruka mu kibuga tariki ya 15 Kanama 2020 bakira New Mexico United.

    Ntabwo Rwatubyaye yaraye akinnye umukino batsinzwemo

    Yannick Mukunzi na Sandvikens IF mu cyiciro cya 3 muri Sweden ntabwo bahiriwe, ni nyuma y’uko baraye batsinzwe na IFK Luleå 1-0 mu mukino w’umunsi wa 10.

    Yannick akaba yari mu kibuga abafasha mu kibuga hagati imikino 90 yose, gusa bakaba baje gutsindwa. Byatumye bajya ku mwanya wa 6 n’amanota 15, Vasalund ya mbere ifite 24. Bazagaruka mu kibuga ku wa 12 Kanama 2020 bakira Team Thoren.

    Yannick wa Sandvikens IF ntibahiriwe n’impera z’icyumweru

    source http://isimbi.rw/siporo/article/rwatubyaye-na-yannick-basoje-icyumweru-mu-gahinda-djihad-bizimana-arara-ku-mwanya-wa-mbere

  • Intambara y’amagambo hagati ya Diamond na jaguar buriwese avugako ariwe se w’umwana wa hamisa mobeto. #rwanda #RwOT

    Umuhanzi akaba n’umwe mubagize inteko ishingamategeko muri Kenya jaguar kuwa gatandatu nibwo yashyize kurubuga rwe rwa Instagram ifoto y’umwana wa hamisa mobeto bivugwa ko yamubyaranye na diamond bahoze bakundana.

    Ubwo yashyiraga iyo foto kuri Instagram ye jaguar yifurije uyumwana isabukuru y’amavuko nziza gusa ibyakurikiye byateje ururondogoro mubantu bakoresha Instagram.
    umwana wa mobeto mu ishusho ya jaguar.

    Mu mwaka wa 2019 jaguar yigeze avugako afite umwana muri Tanzania gusa yirinda gutangaza izina rye cyangwa iryanyina yanditse kuri Instagram ye ati “nkunda abatanzaniya cyane kuberako mfiteyo umwana simperuka kujyayo gusa vubaha ndateganya kuhatemberera”
    Ibi abatanzaniya ntibigeze babyishimira habe namba.

    Nyuma ya jaguar intare ya tandaare cyangwa diamond platnumz nawe yahise yifuriza umuhungu we Daylan isabukuru nziza mugihe Hari amakuru atizewe neza yavugaga ko Diamond atariwe se nyakuri w’umwana wa hamisa mobeto gusa ibi Diamond abyamaganira kure avugako umwana aruwe ati “uyu ni umuhungu wange duhuje amaraso ndamukunda cyane pe ibyo bindi Ni amagambo y’abantu.

    Abakurikiranira hafi ibi byamamare byombi bategereje ikizatangazwa na hamisa mobeto nawe utajya aripfana,haribazwa niba azerura akavuga se w’umwana hagati ya Diamond na jaguar.

    Ibi bibaye mu gihe gito nyuma y’inkuru ivugako Diamond platnumz yaba ari kwitegura ubukwe n’umukobwa w’umunyarwandakazi utaratangajwe izina rye.

    The post Intambara y’amagambo hagati ya Diamond na jaguar buriwese avugako ariwe se w’umwana wa hamisa mobeto. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/intambara-yamagambo-hagati-ya-diamond-na-jaguar-buriwese-avugako-ariwe-se-wumwana-wa-hamisa-mobeto/

  • Abapolisi bafatiye abantu 9 kwa Miss Vivine babashinja kuhashinga akabari, nyirubwite arataka kwibasirwa #rwanda #RwOT

    Kuri iki Cyumweru tariki 9 Kanama 2020, mu masaha y’umugoroba, abapolisi bataye muri yombi abantu 9 basanze mu rugo rwa Miss Vivine Uwizeye, ruherereye mu mudugudu wa Ihuriro mu kagari ka Gatenga mu murenge wa Gatenga mu karere ka Kicukiro bahita bajyanwa kurara muri sitade ya IPRC mu karere ka Kicukiro, aho bashinjwaga gushinga akabari muri uru rugo.

    Amakuru agera ku kinyamakuru Ukwezi avuga ko abo bantu batwawe ariko Miss Vivine Uwizeye agasigara kuko arwaye. Abapolisi bagiye kubafata muri urwo rugo banafashe amafoto agaragaza ko basanze abo bantu barimo kunywa inzoga.

    Ku ruhande rwa Miss Vivine Uwizeye, yatangarije ikinyamakuru Ukwezi ko ibyabaye ari ukwibasirwa kuko agaragaza urwandiko yandikiye inzego z’ibanze azimenyesha ko hari abantu baza kumusura no kumuremera kubera ibibazo yahuye nabyo byo kurwara icyorezo cya Coronavirus nyuma bigakurikirwa no kuba yarandagajwe ashinjwa uburaya no gushinja akabari mu rugo.

    Ibaruwa yari yanditse asaba uburenganzira bwo kwakira abaje kumuremera

    Ibyangombwa byo kumufasha kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus yari yabiteguye yanabyeretse ubuyobozi

    Miss Vivine avuga ko yari yateguye ibyangombwa byose byo kwirinda kuba hari uwakwandura, hanyuma abamusuye akabakira hubahirijwe intera yagenwe bityo akavuga ko kuba yabakirije inzoga (ngo ninabo baziguriye) kandi akabikora yabanje kumenyesha ubuyobozi ko afite abashyitsi, bidakwiye kwitwa gushinja akabari mu rugo. Avuga ko hari umuturanyi we banabaga mu gipangu ugenda amusebya kandi ngo ni n’umukozi w’umurenge wa Gatenga ari nawe ashinja kuba ibyamuharabitsweho byose yari abiri inyuma.

    UMVA MISS VIVINE ASOBANURA UKO BYAGENZE BYOSE HANO :

    Si ubwa mbere Miss Vivine avuga ko yibasirwa kuko mu kiganiro duheruka kugirana, yavuze ko yahawe akato amaze gukira icyorezo cya Coronavirus ndetse benshi bakajya bamuhunga kubera ko yabeshyewe ko yakoraga uburaya, ko yashinze akabari mu rugo ndetse ko yanduje abantu benshi nyamara byose ari ibinyoma.

    REBA VIDEO ASOBANURA UKO AHABWA AKATO HANO :

    Ubwo twatangazaga iyi nkuru mu masaha ya mugitondo cyo kuri uyu wa Mbere, Miss Vivine yadutangarije ko n’ubwo batamutwaye kubera ikibazo cy’uburwayi afite, urugo rwe ngo rucungiwe umutekano kuburyo atemerewe kugira aho ajya kandi ngo bamubwiye ko ibye bikomeza gukurikiranwa kuri uyu munsi. Avuga ko abamucungiye umutekano ari abanyerondo bayobowe n’uwitwa JMV babana mu gipangu akanaba umukozi w’umurenge ari nawe ashinja kumugendaho.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Ubuzima/article/Abapolisi-bafatiye-abantu-9-kwa-Miss-Vivine-babashinja-kuhashinga-akabari-nyirubwite-arataka-kwibasirwa