Tag: news

  • Perezida Putine w’Uburusiya yatangaje ku mugaragaro ko bavumbuye urukingo rwa Coronavirus #rwanda #RwOT

    Igihugu cy’Uburusiya cyatangaje kuri uyu wa 11 Kanama 2020 ko kibaye icya mbere mu gushyira hanze urukingo rwa Coronavirus, buvuga ko ruzatangira gutangwa mu kwezi gutaha. Perezida Vladimir Putine niwe watangaje iyi nkuru ubwo yari mu nama yagiranye n’abagize Leta ye yanyuzwaga kuri Televiziyo y’Igihugu.

    Perezida Putine yemeje ko urwo rukingo rukora neza kandi ko rwageragejwe mu buryo bwose bwa ngombwa, rukemezwa ko ari nta makemwa. Yavuze ko umukobwa we ari mu barugeragerejweho akagira umuriro mucye mu mubiri we ariko umunsi ukurikiyeho bigashira. Perezida Putin yavuze ko Uburusiya bugiye gutangira gukora uru rukingo mu bwinshi.

    Ubutegetsi bwo mu Burusiya nkuko ijwi rya amerika ribitangaza, bwavuze ko urwo rukingo rwavumbuwe n’ikigo Gamaleya cy’i Moscow ruzabanza gutangwa ku bakozi bo mu buvuzi, abalimu n’abandi bakora akazi gatuma bashobora kwandura vuba.

    Minisitiri w’intebe wungirije w’Uburusiya, Tatyana Golikova yavuze ko gukingira abaganga bishobora gutangira mu kwezi gutaha kwa Nzeli uyu mwaka wa 2020.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/perezida-putine-wuburusiya-yatangaje-ku-mugaragaro-ko-bavumbuye-urukingo-rwa-coronavirus/

  • Umuhemu indirimbo ya Daddy v yibanda kubuhemu bukorwa murukundo. #rwanda #RwOT

    Muvunyi jean bosco Victor wamenyekanye ku izina rya Daddy v Ni umwe mubasore bakizamuka batanga ikizere ku iterambere ry’umuziki nyarwanda, agaruka kucyatumye ahitamo gukoresha Daddy v nk’izina ry’ubuhanzi avugako yarikuye Aho yigaga amashuri yisumbuye Aho yari umwe mubabyeyi muri famille zihuza abanyeshuri.

    Daddy v amaze gugshyira hanze indirimbo zose hamwe Umunani(8) gusa we avugako izamenyekanye cyane Ari enye(4) kuko arizo akenshi zagiye zikunda gukinwa kumaradiyo na television bya hano mu Rwanda.

    Indirimbo UMUHEMU ije ikurikira indi yitwa Oriana aheruka gukorana na Mc Tino wahoze ubarizwa mu itsinda rya TBB,

    agaruka ku ndirimbo UMUHEMU yakozwe na Heavy kick kuva muri Kigali record amashusho agakorwa na producer Mussan ewan avugako ari indirimbo yamugoye mu ikorwa ryayo kuko yatangiye gukorwa mu mpera z’umwaka ushize wa 2019 ibi bikaba aribyo byatumye abanza gushyira hanze “Oriana” yarimaze kurangira yongeraho ko COVID-19 iri mu byadindije ikorwa ry’indirimbo Umuhemu.

    Asoza ikiganiro yagiranye na kasukumedia.com Yashimiye byimazeyo abanyarwanda muri rusange uko bakomeje kumwereka urukundo no kumushyigikira ababwirako nubwo hakirimo ibibazo bya COVID-19 bitazababuza gukora umuziki Kandi mwiza anashimiea n’itangazamakuru muri rusange.

    Kanda hano wumve unatunge indirimbo UMUHEMU ya Daddy v

    The post Umuhemu indirimbo ya Daddy v yibanda kubuhemu bukorwa murukundo. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/umuhemu-indirimbo-ya-daddy-v-yibanda-kubuhemu-bukorwa-murukundo/

  • Humble Jizzo yinjiye mu bucuruzi #rwanda #RwOT

    Umuhanzi wo mu itsinda rya Urban Boys, Manzi James wamenyekanye nka Humble Jizzo, yinjiye mu bucuruzi bw’inzu n’ibibanza.

    Uyu muhanzi akaba yatangije kompanyi yitwa Tunga Real Estate aho batanga serivisi zo kuranga amazu n’ibibanza bigurishwa.

    Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Humble Jizzo yatangaje ko yatangije iyi kompanyi kandi yigezeye ko izafasha abanyarwanda ibagezaho serivisi nziza kandi mu buryo bworoshye cyane.

    Iyi kompanyi ikaba ifasha abafite inzu n’ibibanza bagurisha kubabonera abakiriya cyangwa n’abifuza inzu n’ibibanza byo kugura kubafasha kubibona, ikaba ifite ibiro Kacyiru.

    Nyuma ya Urban Record, studio y’itsinda rya Urban Boys abarizwamo we na Nizzo, aba basore bari baherutse gufungura Urban Image, sosiyete yo gufata no gutunganya amashusho n’amafoto mu birori birimo n’ubukwe.

    Humble Jizzo yatangije kompanyi kompanyi y’ubucuruzi

    source http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/humble-jizzo-yinjiye-mu-bucuruzi

  • Hari amakosa 10 abantu bakora mu gitondo bakiriranwa umunabi. Dore inama ugirwa kugira ngo wirirwane akanyamuneza #rwanda #RwOT

    Hari igihe umuntu ava mu buriri akiriranwa umushiha kandi atazi neza icyawumuteye nta n’ikibazo na kimwe afite uwo munsi. Ubushakashatsi bwerekanye ko akenshi ibi biterwa n’amakosa dukora buri gitondo kandi bamwe bakayakora batayazi.

    Tugiye kurebera hamwe amakosa agera ku 10 wakirinda buri gitondo bigatuma wiriranwa akanyamuneza, kuko ibyishimo, guseka aribyo soko yo kuramba no no kugera ku munezero w’ubuzima tubayemo.

    1. Gukangurwa n’inzogera, isaha( reveille): Abantu benshi bahitamo gukangurwa n’isaha cyane cyane bashyira mu matelefoni yabo ikagenda ivuga buri minota 15 bitewe nuko isaha yo kubyukiraho umubiri uba utarayimenyera. Iki ni ikintu kibi cyane kinaniza umubiri umunsi wose, ahubwo abahanga batubwira ko umuntu yagombye kumenyereza umubiri igihe cyo kubyukiraho buri munsi.

    2. Kuguma mu kizima bwacyeye: Abantu bamwe bahitamo kwijimisha icyumba baryamamo bashyiramo amarido yijimye kugirango urumuri rw’umucyo rwa mu gitondo rutaza kubakangura. Ibi sibyo kuko ari ukuvuna umubiri wacu kandi uba ukeneneye ruriya rumuri rwa mu gitondo.

    3. Kubyuka vuba vuba igihe ukangutse: Iri ni rimwe mu makosa ananiza umubiri umunsi wose igihe ukangutse ugahita ubaduka vuba na bwangu, ibi bituma amaraso yirukanyira mu maguru bikaba byanagutera umuvuduko w’amaraso ukabije, isereri n’ibindi. Tugirwa inama zo kubanza kwicara ku buriri gato ukabanza ugatekereza ibyo ugiye gukora no kunanura umubiri.

    4. Kudakora imyitozo ngororamubiri: Siporo ya mu gitondo niyo iruta izindi twakora ku yandi masaha y’umunsi kuko ariyo ituma umuntu atiyongera ibiro uko yiboneye. Iyi myitozo yoroheje ikorwa igihe uvuye mu buriri ituma umuntu yiriranwa akanyamuneza umunsi wose.

    5. Kutoza amenyo: Iri ni ikosa rikorwa n’abantu batari benshi ariko rikomeye cyane kuko ubyutse ntusukure amenyo wiriranwa uburyaryate mu kanwa butuma umubiri wirirwa wumva utameze neza.

    6. Koza amenyo ukimara kunywa ibintu byifitemo acide: Iri ni ikosa rikorwa n’abantu benshi iyo bamaze gufata ifunguro rya mu gitondo(Petit dejeunner). Ku bakoresha ikawa , amazi arimo indimu n’ibindi biribwa birimo acide mu ifunguro rya mu gitondo bagirwa inama ko bajya basukura amenyo yabo nyuma nibura y’iminota mirongo ine nyuma y’uko bafata iryo funguro.

    7. Kwihutira kubyukira ku byuma by’ikoranabuhanga: Iri ni ikosa rikorwa n’abantu benshi bitewe n’umuvuduko w’iterambere isi yacu igezemo ariko ni rimwe mu makosa akomeye ananiza umubiri wacu. Harimo kubyukira ako kanya kuri telefoni usoma ubutumwa bugufi, ku mbuga nkoranyambaga, ku mashini y’akazi ukiva mu buriri. Ahubwo ubu bushakashatsi bugira inama ko abantu bagomba kubanza kwitegura umunsi ibi ukabikora aruko winjiye mu kazi kawe ka buri munsi. Iri kosa hari n’abarigwamo bakibereye mu buriri.

    8. Gutangira akazi nta gahunda ufite y’umunsi: Iri ni ikosa rikomeye kubyuka ukajya mu mirimo ya buri munsi utarategura gahunda yawe yose y’umunsi kuko akenshi hari igihe umunsi ukwiriraho nta kintu na kimwe ukoze gifatika, ubishoboye byuka wandike ku gapapuro gahunda yawe yose y’umunsi.

    9. Kubyuka utekereza ibibazo ufite: Uyu ni umwitozo twese dusabwa gukora buri gitondo aho umuntu yabyutse yishimira ibyiza yagezeho mu buzima ku rwego rwe aho kubyuka utekereza ibibazo bigukikije.

    10. Gutinda kuryama ngo utabura ibitotsi: Hari abantu benshi bahitamo kujya mu buriri bakererewe ngo nibwo babona ibitotsi ku buryo bwihuse. Ibi sibyo ahubwo abahanga batugira inama ko umuntu yagombye kumenyereza umubiri we isaha yo kuryamiraho n’iyo kubyukiraho ntubihindagure uko wiboneye.

    Aya makosa tumaze kuvuga agera ku icumi hiyongeraho ikosa rikomeye ku bashakanye kandi bagomba gukosora . Umunezero wa mbere ushobora gutuma umugore cyangwa umugabo yirirwa ameze neza umunsi wose ni igikorwa cyo gutera akabariro buri gitondo kuko bituma akazi bagakora neza kandi baruhutse mu mutwe.

    The post Hari amakosa 10 abantu bakora mu gitondo bakiriranwa umunabi. Dore inama ugirwa kugira ngo wirirwane akanyamuneza appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/hari-amakosa-10-abantu-bakora-mu-gitondo-bakiriranwa-umunabi-dore-inama-ugirwa-kugira-ngo-wirirwane-akanyamuneza/

  • S. African President Outlines Steps To Economically Emancipate Women #rwanda #RwOT

    President Cyril Ramaphosa on Monday outlined a series of steps to economically emancipate South African women gripped by both the COVID-19 pandemic and gender-based violence.

    Although a great deal has been achieved in improving the lives of South African women in the economy, in the political sphere and in public life, there is still much to do, Ramaphosa said in his weekly presidential address as the country marked the Women’s Month, which falls in August.

    “Women still face discrimination, harassment, and violence, and bear the greatest brunt of poverty,” he said. To achieve economic justice for South African women, Ramaphosa specified the following steps:

    Women’s economic inclusion is to be driven through public procurement, with targets having been set to ensure that at least 40 percent of goods and services procured by public entities are sourced from women-owned businesses;

    Support for women-owned small, medium and micro enterprises is to be scaled for women who work in the informal sector or are unemployed, with engagement with the financial sector to make financial services accessible and affordable for women;

    More women will have access to productive assets such as land, and efforts will be made to ensure that women be beneficiaries of the accelerated land reform program, and Women must be protected from gender-based violence in the workplace, and the government will be working at a national and regional level toward the ratification of the International Labor Organization Convention on Violence and Harassment in the Workplace.

    Ramaphosa encouraged businesses to support women-owned enterprises in the procurement of goods and services and employ more women while also appointing more women to management positions.

    He highlighted the need to eliminate gender disparities in pay, in line with the Employment Equity Act.”As we prepare for the reconstruction of our economy in the wake of the coronavirus pandemic, we have said that we cannot simply return to where we were before the outbreak of the virus,” Ramaphosa said.

    South Africa, he said, must build a fundamentally different economy which, among other things, substantially improves the material position of women.

    source https://taarifa.rw/s-african-president-outlines-steps-to-economically-emancipate-women/

  • UN Urges Somali Lawmakers Not To Pass Flawed Sexual Offenses Bill #rwanda #RwOT

    The United Nations has expressed concerns about attempts by Somali lawmakers to pass a new bill that allows child marriage and contravenes relevant international conventions.

    In separate statements, the UN Assistance Mission in Somalia (UNSOM) and the United Nations Population Fund (UNFPA) said the Sexual Offenses Bill, which was approved by Somalia’s cabinet, may have been changed by a parliamentary committee in a manner that allows child marriages.

    The UNFPA expressed concern about the inaction of parliament to introduce the bill adopted by the cabinet and submitted by the Ministry of Women and Human Rights in 2019 for reading and passage into law.

    “We are calling for the immediate passage into law of the Sexual Offenses Bill, which has been pending adoption by the parliament.

    The law will be vital in preventing and criminalizing all sexual offenses,” UNFPA Somalia Representative Anders Thomsen said in a statement issued Sunday evening.

    Thomsen called for the strengthening of protection systems as women and girls continue to be at high risk of experiencing gender-based violence.

    The UNFPA said it does not support any bill with the potential to violate the rights of women and girls and expose them to further violence and deprivation nor does it support a bill that deviates from norms and standards of international human rights.

    The Sexual Offenses Bill criminalizes child marriages and other offenses against women and children such as forced marriages and female genital mutilation. UNSOM also expressed concern over the tabling of a “deeply flawed” bill that allows child marriage.

     

    source https://taarifa.rw/un-urges-somali-lawmakers-not-to-pass-flawed-sexual-offenses-bill/

  • Amagambo akomeye ya Joe Habineza nyuma y’uko inkuru zo kwirukanwa kwe zivugishije benshi #rwanda #RwOT

    Joseph Habineza benshi bakunda kwita Joe, ni umwe mu bantu basanzwe bakunda kuvugisha itangazamakuru ndetse no kugaragaza byeruye ibitekerezo n’ukuri kumurimo, nyamara abanyamakuru bose bagerageje kumubaza iby’iyirukanwa rye bose nta n’umwe yigeze yerurira. Gusa nanone akunda kugaragaza ibitekerezo bye cyane abinyujije ku mbuga nkoranyambaga.

    Muri iyi nkuru, turareba amwe mu magambo akomeye arimo n’inyigisho yafasha benshi, Joe Habineza yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zirimo Twitter ariko cyane cyane agace k’inkurushusho yanyujije ku rubuga rwa Whatsapp (Status). Turahera mu mpera z’icyumweru gishize nyuma yo kwirukanwa mu kazi n’ubwo bitahise bimenyekana.

    Kuri Twitter Joe Habineza yanditse tariki 8 Kanama amagambo agira ati : “Imana ntiyakwemera ko ibibi bitugeraho kereka igihe ifite umugambi wihariye, cyahe iba ishaka kunyuza imigisha ihambaye muri ibyo biruhije. Nta mwijima uhoraho iteka kandi n’aho uri haba hari inyenyeri. Baho buri munsi ufite intego nziza”

    Mu byo Joe Habineza yatangaje kuri uru rubuga akabisubiramo ubugira kabiri, tariki 9 no kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Kanama 2020, harimo amagambo asobanura ko inzira rukumbi yakugeza ku byishimo ari uguhagarika guhangayikira ibintu birenze ubushobozi bw’ugushaka kwawe.

    Hari inkurushusho cyangwa icyo twakwita nk’igitekerezo, Joe Habineza yasangije abantu ku rubuga rwa Whatsapp (Status), kuri uyu wa Mbere mu gihe inkuru zivuga kwirukanwa kwe zacicikanaga. Iyi nkuru n’ubwo yatangaje igice cyayo, turayibagezaho uko yakabaye guhera ku ntangiriro kugeza ku musozo wayo aho buri wese aba agomba kumva isomo riyirimo.

    Icyo iyo nkuru ivuga cyane ko isanzwe izwi…

    Hari umugore wari ufite imbwa y’inyangamugayo yizeraga cyane kuburyo yayisigiraga umwana we akajya mu yindi mirimo itandukanye. yaragarukaga iteka agasanga umwana asinziriye ameze neza, imbwa imuri iruhande imucungiye umutekano.

    Igihe kimwe ariko haje kuba ikintu kidasanzwe. Umugore nk’ibisanzwe yasize umwana we yizeye ko imbwa imurinda hanyuma ajya guhaha. Ubwo yagarukaga, yasanze hari ibintu biteye ubwoba. Imyambaro y’umwana yari yacagaguritse, kandi hari amaraso menshi mu cyumba yari yasizemo umwana.

    Byaramurenze, atangira gushakisha umwana ariko mu gihe ataramubona ahita abona ya mbwa iri munsi y’igitanda, umunwa wayo wuzuyeho amaraso abona ko nta gushidikanya yamuririye umwana. Nta kuzuyaza nk’uko benshi muri twe bahita babigenza, yafashe inkoni akubita ya mbwa kugeza ipfuye.

    Arangije ashakisha mu nzu hose agirango byibura abone ko yabona ibisigazwa by’umubiri w’umwana we imbwa yari yariye. Ageze ku hafi y’igitanda, yaje kubona ko umwana ameze neza, ari ku buriri ndetse ntacyo yabaye, ahita anabona ibice by’inzoka yapfuye, asobanukirwa neza ko imbwa ye yari amaze kwica ari yo yarwanye n’inzoka iyirinda kuba yamurira umwana, ariko nyine uwo mugiraneza (imbwa) yari yamaze gupfa.

    Ntacyo yari agishoboye gukora kuko imbwa yahamubereye, ikamurindira umwana adahari, ikitanga ku bw’ikibondo cye, yari yahubutse ayica ataramenya neza niba ibyo yibwira ari ukuri. Amarira yatangiye kuzenga mu maso, aricuza bikomeye.

    ISOMO : Si byiza mu buzima ko wihutira gucira abandi urubanza, ngo utangire kubavugaho ibibi cyangwa kubatekerezaho ibibi nyamara utazi ukuri kose kw’ikibyihishe inyuma.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Amagambo-akomeye-ya-Joe-Habineza-nyuma-y-uko-inkuru-zo-kwirukanwa-kwe-zivugishije-benshi

  • Rutsiro : Abakozi 15 b’akarere na rwiyemezamirimo batawe muri yombi #rwanda #RwOT

    Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro bwahagaritse ku kazi aba bakozi nyuma yuko bigaragaye ko hari ibikoresho by’ubwubatsi byagombaga gukoreshwa kubaka imihanda muri gahunda ya VUP mu mirenge itandukanye muri aka Karere mu mwaka w’ingengo y’imari 2019 – 2020 bitageze aho byagombaga gukoreshwa kandi byarishyuwe.

    RIB yatangaje ku wa Gatandatu ko aba bakozi bari batangiye gukorwaho iperereza barimo abayobozi bakora muri aka Karere, abakozi batandukanye hamwe n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge ya Ruhango, Murunda, Rusebeya, Nyabirasi na Mushubati.

    Abandi bari bakurikiranywe ariko bose badafunze ni abakozi bashinzwe ubutaka, ibikorwaremezo n’imiturire mu mirenge ya Ruhango, Murunda, Mushonyi, Mukura, Gihango, Kivumu, Boneza na Nyabirasi.”

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha rwatangaje ko aba bakozi batawe muri yombi ku wa Mbere tariki 10 Kanama 2020, aho bari kumwe na rwiyemezamirimo wari waratsindiye isoko ryo kubaka imihanda y’imigenderano muri aka karere.

    Umuvugizi w’Umusigire wa RIB, Dr Murangira Thierry yavuze ko ibi byaba bakurikiranyweho byagiye bikorwa aho rwiyemezamirimo wari watsindiye isoko yagiye azana ibikoresho bimwe na bimwe hanyuma bakamusinyira ko yazanye ibikoresho byose kandi bimwe muri byo bitarageze aho byagombaga kugera.

    Yakomeje agira ati “Ibi bikoresho ni umucanga n’amabuye byagombaga gukoreshwa mu mirimo yo kubaka imihanda y’imigenderano mu Mirenge itandukanye y’Akarere ka Rutsiro.”

    Dr Murangira yavuze ko iperereza rikomeje kugira ngo rigaragaze n’abandi bashobora kuba barafatanyije ibi byaha nabo bakurikiranwe.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Rutsiro-Abakozi-15-b-akarere-na-rwiyemezamirimo-batawe-muri-yombi

  • Nshuti Innocent yashimiye ubuyobozi bwa APR FC #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w’ikipe ya APR FC, Nshuti Innocent yashimiye ubuyobozi bw’ikipe y’ingabo z’igihugu kuba yarasinyishije rutahizamu Bizimana Yannick kuko ari umukinnyi uzafasha iyi kipe.

    Ni umukinnyi yerekanye tariki ya 19 Nyakanga 2020 imukuye mu ikipe ya Rayon Sports aho yamusinyishije imyaka 2.

    Nshuti Innocent wakuriye mu ishuri ryigisha umupira rya APR FC, yavuze ko iyi kipe yagize neza isinyisha uyu rutahizamu ukiri muto kuko ari umukinnyi mwiza abona azafasha iyi kipe mu mwaka utaha w’imikino wa 2020-2021.

    Yagize ati“Yannick ni umukinnyi mwiza cyane nagiye ngira amahirwe yo kureba imikino yakinnye, ni umukinnyi ufite uburyo bwihariye akinamo kandi bwiza, ni umukinnyi waje asanga abandi bakinnyi beza, ni umukinnyi ushobora kugutsinda gitego isaha iyo ari yo yose, ni umukinnyi utanga imipira myiza ibyara ibitego, azi gucenga n’ibindi byinshi byiza yihariye.”

    Akomeza avuga ko ubuyobozi bw’iyi kipe yatekereje neza kuzana uyu mukinnyi kuko akiri muto kandi ari mu kigero kimwe na bo ahasanze.

    “Kuza kwa Yannick nabyakiriye neza cyane kuko nawe ni umukinnyi ukiri muto, nawe ari mu kigero kimwe natwe kandi nizera ntashidukanya ko kubw’ibyiza by’ikipe dufite aho tuzageza ikipe heza cyane. Ubuyobozi bwatekereje neza kuba bwamuzana akaza gufasha abo ahasanze.” Nshuti aganira n’urubuga rwa APR FC

    Ahamya ko imbaraga z’uyu musore zizabafasha kugera kuri byinshi kuko APR FC itubakiye ku muntu umwe, akaba ari ikipe iri hejuru ya buri muntu wese ari nayo mpamvu ihora yifuza ibyiza.

    Nshuti Innocent ahamya ko Yannick Bizimana izabafasha byinshi

    Yannick Bizimana yamaze kuba umukinnyi wa APR FC

    source http://isimbi.rw/siporo/article/nshuti-innocent-yashimiye-ubuyobozi-bwa-apr-fc