Tag: news

  • Perezida Donald Trump yahungishijwe amasasu igitaraganya, ahamya ko isi ifite akaga #rwanda #RwOT

    Umukozi w’urwo rwego rufite mu nshingano kurinda abategetsi bakuru n’imiryango yabo, yazamutse aho Bwana Trump yari ahagaze ariho avuga maze aramwongorera.

    Mu gihe yahise asohorwa muri icyo cyumba Bwana Trump yumvikanye avuga ngo “Oh” na “Ni ibiki biri kuba ?”. White House yahise ifungwa yose kubera ibi byabaye kuwa mbere.

    Hashize iminota icyenda, Bwana Trump yagarutse, avuga ko ibintu byasubijwe mu buryo, ko hari umugabo warashwe.

    Urwego rw’ibanga rwa Amerika rwemeje ibyabaye, ruvuga ko hari “umukozi mu nzego z’umutekano warasanye” ku muhanda wegereye ibiro bya White House.

    Uru rwego rwagize ruti : “umuntu w’umugabo hamwe n’umukozi w’urwego rw’ibanga rwa Amerika bombi bajyanywe mu bitaro”, rwongeraho ko “muri icyo gihe nta cyahungabanyije White House cyangwa uwo turinda wese”.

    Bwana Trump yabwiye abanyamakuru ko “mubyo yumvise”, uru rwego rwarashe ukekwa wari ufite imbunda.

    Yavuze ko atazi niba uwo muntu yari agamije kumugirira nabi. Ati : “Wasanga ntaho bihuriye nanjye”.

    Bwana Trump ariko yemeje ko ari ikintu kidasanzwe, ashimagiza ubunyamwuga bw’uru rwego rumurinda.

    Umunyamakuru yamubajije niba adafite ubwoba kubera ibimaze kuba. Bwana Trump aramusubiza ati : “Urabona mfite ubwoba ?”

    Yongeraho ati : “Nta kundi aha ni ku isi, kandi isi nta gihe itabaye ahantu hateye akaga. Ntabwo ari ikintu cya hano gusa.Iyo usubije amaso inyuma mu binyejana byashize, ubona ko isi yahoze ari ahantu hateye akaga, hateye akaga cyane, bizakomeza, niko nkeka, mu gihe runaka”.

    Yabwiye abanyamakuru ko yaherekejwe akagezwa mu cyumba akoreramo ‘Oval Office’ ubwo ibi byariho biba.

    Abandi bategetsi basohowe muri iki kigani barimo minisitiri ushinzwe ubukungu n’ushinzwe ingengo y’imari. Icyumba cyaberagamo icyo kiganiro cyahise gifungwa.

    Ibiro ntaramakuru bya Amerika bivugwa ko umuntu warasiwe hafi aho ashobora kuba yakomeretse bikomeye cyane.

    Bivugwa kandi ko bari gusuzuma niba uwateye aha hantu nta kibazo cyo mu mutwe yaba afite.

    Inkuru dukesha BBC

    source http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Umutekano/article/Perezida-Donald-Trump-yahungishijwe-amasasu-igitaraganya-ahamya-ko-isi-ifite-akaga

  • PerezidaTrump yasohowe igitaraganya mu kiganiro n’abanyamakuru kubera amasasu #rwanda #RwOT

    Urwego rw’ibanga rushinzwe kurinda abategetsi bakuru n’imiryango yabo, kuri uyu wa 10 Kanama 2020 rwasohoye igitaraganya Perezida Donald Trump wa Amerika mu kiganiro n’abanyamakuru, nyuma y’amasasu yarasiwe hanze y’ibiro bye White House.

    Umukozi w’urwo rwego rufite mu nshingano kurinda abategetsi bakuru n’imiryango yabo, yazamutse aho Perezida Trump yari ahagaze ariho avuga maze aramwongorera.

    Mu gihe yahise asohorwa muri icyo cyumba, Trump yumvikanye avuga ngo “Oh” na “Ni ibiki biri kuba?”. White House yahise ifungwa yose kubera ibi byabaye kuwa mbere.

    Hashize iminota icyenda, Perezida Trump yagarutse, avuga ko ibintu byasubijwe mu buryo, ko hari umugabo warashwe.

    Urwego rw’ibanga rwa Amerika rwemeje ibyabaye, ruvuga ko hari “umukozi mu nzego z’umutekano warasanye” ku muhanda wegereye ibiro bya White House.

    Uru rwego rwagize ruti: “umuntu w’umugabo hamwe n’umukozi w’urwego rw’ibanga rwa Amerika bombi bajyanywe mu bitaro”, rwongeraho ko “muri icyo gihe nta cyahungabanyije White House cyangwa uwo turinda wese”.

    Perezida Trump yabwiye abanyamakuru ko “mubyo yumvise“, uru rwego rwarashe ukekwa wari ufite imbunda. Yavuze ko atazi niba uwo muntu yari agamije kumugirira nabi. Ati: “Wasanga ntaho bihuriye nanjye“.

    Perezida Trump ariko yemeje ko ari ikintu kidasanzwe, ashimagiza ubunyamwuga bw’uru rwego rumurinda. Umunyamakuru yamubajije niba adafite ubwoba kubera ibimaze kuba. Perezida Trump aramusubiza ati: “Urabona mfite ubwoba?”.

    Yongeraho ati: “Nta kundi aha ni ku isi, kandi isi nta gihe itabayeho ahantu hateye akaga. Ntabwo ari ikintu cya hano gusa. Iyo usubije amaso inyuma mu binyejana byashize, ubona ko isi yahoze ari ahantu hateye akaga, hateye akaga cyane, bizakomeza, niko nkeka, mu gihe runaka”.

    Yabwiye abanyamakuru ko yaherekejwe akagezwa mu cyumba akoreramo ‘Oval Office’ ubwo ibi byariho biba.

    Abandi bategetsi basohowe muri iki kiganiro nkuko BBC ibitangaza, barimo minisitiri ushinzwe ubukungu n’ushinzwe ingengo y’imari. Icyumba cyaberagamo icyo kiganiro cyahise gifungwa.

    Ibiro ntaramakuru bya Amerika bivugwa ko umuntu warasiwe hafi aho ashobora kuba yakomeretse bikomeye cyane. Bivugwa kandi ko bari gusuzuma niba uwateye aha hantu nta kibazo cyo mu mutwe yaba afite.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/perezidatrump-yasohowe-igitaraganya-mu-kiganiro-nabanyamakuru-kubera-amasasu/

  • “Rwanda Is Moving From An Agriculture-based Ecomomy To A Knowledge-based One” – Nadia Uwamahoro On Under 40 CEOs #rwanda #RwOT

    Nadia Uwamahoro is a Rwandan computer engineer and ICT specialist. She founded her IT firm whilst still an undergraduate at the Kigali Institute of Science and Technology (KIST).

    Nadia’s firm is a software company that creates mobile applications, including web applications from scratch with branches in Uganda and Ghana.

    Her second company, Gira ICT, is an educational platform that facilitates the distribution of academic resources such as loans, grants and teaching videos for teachers, students and parents. 

    According to her, her  love for innovation, education and time efficiency compelled her to study computer engineering. 

    Nadia Uwamahoro is the Founder and CEO at Data Systems.

    She featured on the Under40 CEOs in Africa, a Nigerian online TV show, that covers business, IT, entrepreneurship and other subjects in Africa.

    Watch her:

     

     

    source https://taarifa.rw/rwanda-is-moving-from-an-agriculture-based-ecomomy-to-a-knowledge-based-one-nadia-uwamahoro-on-under-40-ceos/

  • Burya Miss Uwizeye Vivine w’ibiro 220 aterwa ishema n’ingano ye kandi ni n’umunyamideli – Amafoto #rwanda #RwOT

    Miss Uwizeye Vivine, ni umwe mu bakobwa babyibushye baterwa ishema n’uko bangana n’ubwo agerageza uko ashoboye ngo umubyibuho we ugabanuke cyangwa we kurushaho kwiyongera. Yatangaje mu minsi ishize ko ajya agerageza gukora siporo kugirango abashe kunanuka.

    Miss Vivine ajya anategura ibikorwa bitandukanye by’imideli y’ababyibushye

    Miss Uwizeye Vivine, avuga ko ajya abasha gukora siporo yo koga, kandi buri gitondo akaba anywa ibirahure 6 by’amazi kugirango arwanye kwiyongera k’umubyibuho afite. Gusa n’ubwo abyibushye cyane, avuga ko bitamubuza kwambara akaberwa, ndetse ubu ni n’umunyamidelikazi ukorana na bagenzi be babyibushye.

    Miss Vivine anywa ibirahure 6 buri gitondo kugirango arwanye gukomeza kubyibuha

    source http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/Burya-Miss-Uwizeye-Vivine-w-ibiro-220-aterwa-ishema-n-ingano-ye-kandi-ni-n-umunyamideli-Amafoto

  • Rubavu: Vision Jeunesse Nouvelle yasangiye umuganura n’abana batsinze irushanwa ryiswe Inganzo Online Competition – Inyarwanda.com #rwanda #RwOT

    Vision Jeunesse Nouvelle ni ikigo gisanzwe gifasha urubyiruko rutandukanye kwiteza imbere binyuze mu mpano zarwo. Nyuma yo gutegura amarushanwa yiswe INGANZO ONLINE COMPETITION yabaye muri iki gihe cya Covid-19, abayatsinze basangiriye hamwe umuganura n’abayobozi b’iki kigo banahabwa ibihembo byabo kuri uyu wa Gatanu tariki 07/08/2020.

    source https://rss.app/articles/862477a63bc37168a61ec4e0d85a68cbec5bb94447b309664e1fc4e5065d9add1fe9c10f97682cafce71aada8f0d18b8114cf35fc9cdcff744fb44b22a776daa55ed6ac406d3b2327f3ad8c97adf8a37aaa66ee4e9ad5ac47211a156ed0b469b1b53eeedf102c07bb461dc033ccdd70dbeed4e59a5364c8c40f4af3786224d61e10dfb173fd3b34a

  • Rutanga yavuze ikibura ngo yerekeze muri Tanzania #rwanda #RwOT

    Nyuma yo gusinyira ikipe ya Yanga yo muri Tanzania, Rutanga Eric avuga ko atazi igihe azerekereza muri iki gihugu kuko agitegereje ko iyi kipe imuha gahunda.

    Mu mpera za Gicurasi 2020 ni bwo uyu musore ukina ku ruhande rw’ibumoso yugarira yasinyiye Police FC amasezerano y’imyaka 2, bitunguranye muri Kamena bivugwa ko yamaze kwerekeza muri Yanga.

    Uyu musore wanandikiye Police FC ayisezera, yari ategereje ko shampiyona ya Tanzania irangira ndetse indege zigafungurwa akabona kwerekeza muri iki gihugu.

    Nyuma y’uko shampiyona isojwe, Yanga ikaba ikomeje kwiyubuka igenda isinyisha abakinnyi batandukanye.

    Ku ruhande rwa Rutanga Eric, mu magambo make yabwiye ISIMBI ko atazi igihe azagira muri Tanzania kuko ategereje ko bamuha gahunda.

    Yagize ati“sindabimenya ndategereje rwose. Yego ntabwo barampa gahunda ndacyategereje ni bwo nzamenya igihe nzagendera.”

    Hari n’amakuru yari amaze iminsi avugwa ko uyu musore ashobora kuguma mu Rwanda akaba yakinira ikipe ya Police FC bari barumvikanye mbere.

    Rutanga Eric yinjiye muri Rayon Sports muri 2017 avuye muri APR FC, muri Gicurasi ni bwo yiyemeje gutandukana n’iyi kipe nyuma y’imyaka 2.

    Yari aherutse gusinyira Police FC

    source http://isimbi.rw/siporo/rutanga-yavuze-ikubura-ngo-yerekeze-muri-tanzania

  • Umukinnyi wa Gent yangiritse ubugabo bwe ubwo yari ari mu kibuga, maze abaganga baramudoda. #rwanda #RwOT

    Myugariro w’ikipe ya Gent witwa Igor Plastun yangiritse igitsina cye ubwo yari mu kibuga biba ngombwa ko bakidodesha indodo, birangira atagarutse mu kibuga ngo akomeze akazi ahemberwa ko guconga ruhago.

    Uyu mukinnyi yahuye n’akaga gakomeye ubwo yashakaga gutabara izamu rye hanyuma agongana n’umuzamu we witwa Thomas Kaminski wamukubise ivi mu myanya y’ibanga, igitsina cye kirangirika biba ngombwa ko bamudodesha indodo.

    Ikibabaje kurusha ibindi n’uko uyu mupira wamucitse we n’uyu munyezamu we bagonganye ukajya kuri rutahizamu wa Saint Truiden abatsinda igitego.

    Ubwo uyu mukinnyi yari hasi, yakomeje kuvuza induru kubera uburibwe ndetse ubwo yari ahagurutse yaje kwerekana ubugabo bwe imbere ya TV.

    Uyu myugariro w’umunya Ukraine yasohowe mu kibuga arasimburwa hanyuma muganga w’ikipe amudodera iki gitsina cye hanze gato y’ikibuga.

    Umwe mu bari aho yagize ati:“Imana ishimwe ko bitamusabye kubagwa”.

    Uyu mukinnyi w’imyaka 29 y’amavuko wangiritse ubugabo yari yatsinze igitego cyo kwishyura muri uyu mukino ikipe ye ya Gent yatsinzwemo ibitego 2-1.

    Plastun yafashije ikipe ya Gent kuba iya kabiri muri shampiyona ishize.Yageze muri Gent avuye mu ikipe ya Ludogorets yo muri Bulgaria ku bihumbi 450,000 by’amapawundi muri 2018.

    The post Umukinnyi wa Gent yangiritse ubugabo bwe ubwo yari ari mu kibuga, maze abaganga baramudoda. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/umukinnyi-wa-gent-yangiritse-ubugabo-bwe-ubwo-yari-ari-mu-kibuga-maze-abaganga-baramudoda/

  • Rwamagana: Umusore yagiye koga mu kidendezi agwamo arapfa. #rwanda #RwOT

    Umusore witwa Mwiseneza Jean Bosco wakoraga mu rugo rw’uwitwa Nyirarunyonga Zamda utuye mu mudugudu wa Karutimbo akagari ka Cyanya umurenge wa Kigabiro yaguye mu kidendezi kitwa Cyoganyoni ahita yitaba Imana.

    Uyu musore yakomokaga mu murenge wa Munyaga mu karere ka Rwamagana akaba yaraguye muri icyo kidendezi kiri hagati y’umurenge wa Mwurire n’uwa Kigabiro akaba yarashyinguwe kuri iki Cyumweru tariki 9 Kanama 2020.

    Mu rugo Mwiseneza yakoragamo bavuga ko yagiye kuri icyo kidendezi ari kumwe n’abandi bana ubwo agezeyo yogera ku kibido ikidendezi aracyoga agera ku mwaro arongera aragaruka noneho mu kugaruka nibwo yahise amanuka ntiyongera kuboneka apfa atyo.

    Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kigabiro,Hanyurwimfura Egide,yemeye iby’aya makuru avuga ko abo bajyanye yabanje kubabwira ko azi koga bo banga kujyamo ariko we ajyamo yogera ku kibido nibwo yahise agwamo arapfa. Ati

    ”Umwana yakoreraga umugore ukorera mu isoko witwa Nyirarunyonga hanyuma abwira abandi bana bari baturanye ngo tujye koga akomeza no kubahata cyane ariko bo ntabwo bari babizi arabatwara bagezeyo batinya kujyamo”.

    Akomeza agira ati

    ”Noneho afata akabido agezemo hagati arababwira ati reka mbereke ko nzi koga ahagararamo ubwo amanukira rimwe.Abana rero babona aragiye arigitiyemo ntagarutse biruka bagaruka baza kumenysha abantu ko mugenzi wabo aguyemo”.

    Gitifu Hanyurwimfura yasabye abaturage kwirinda kwegera ibidendezi by’amazi ndetse n’andi mazi manini nta bikoresha byabugenewe bafite byo kwifashisha mu gikorwa cyo koga ndetse anasaba n’ababyeyi muri iki gihe abana batari ku ishuri,kurinda abana babo ahari amazi cyangwa ibidendezi bishobora gutuma bahasiga ubuzima mu gihe baba bagiye kogamo.
    Icyuzi cya Cyoganyoni giherereye hagati y’umurenge wa Kigabiro mu kagari ka Nyagasenyi ndetse n’uwa Mwurire yose yo mu karere ka Rwamagana.

    The post Rwamagana: Umusore yagiye koga mu kidendezi agwamo arapfa. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/rwamagana-umusore-yagiye-koga-mu-kidendezi-agwamo-arapfa/

  • Abafaransa 6 batwawe bugwate n’abitwaje intwaro muri Nijeri #rwanda #RwOT

    Abafaransa batandatu ba mukerarugendo, umunyanijeri umwe ushinzwe kubereka inzira hamwe n’umushoferi wabo bishwe kuri iki cyumweru tariki 10 Kanama 2020 n’abagabo bitwaje imbunda bari ku mapikipiki muri Nijeri.

    Perezidanse y’Ubufaransa yemeje ko abanyagihugu babo biciwe muri Nijeri ariko nta mubare w’abapfuye yatanze.

    Amakuru ava mu bigo bya Nijeri bishinzwe ibidukikije, avuga ko abo bafaransa bishwe mu masaha ya satanu n’igice z’igitondo ku masaha ya Nijeri. Biciwe ku birometero bitandatu uva mu mujyi wa Koure, uri ku rugendo rw’isaha, imbere yo kugera ku murwa mukuru Niamey.

    Nkuko ijwi rya amerika ribitangaza, iki ni cyo gitero cya mbere kibaye kuri bamukerarugendo b’abanyabulaya muri ako karere kazwi ko karimo impongo nyinshi. Nta mutwe numwe uriyemerera ko ariwo wabishe.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/abafaransa-6-batwawe-bugwate-nabitwaje-intwaro-muri-nijeri/

  • Uburakari bw’abaturage muri Liban bwateye Guverinoma kwegura #rwanda #RwOT

    Guverinoma ya Liban yeguye nyuma y’uko umujinya wa rubanda ukomeje kwiyongera kubera guturika kwabayeho kuwa kabairi w’icyumweru gishize ku cyambu cya Beirut aho hapfuye abantu barenga 200.

    Itangazo ryo kwegura kw’iyi guverinoma ryasomwe na Minisitiri w’intebe Hassan Diab kuri televiziyo y’igihugu kuri uyu wa mbere tariki 10 Kanama 2020 mu ijoro.

    Abantu benshi bashinje ubutegetsi bw’iki gihugu uburangare na ruswa nk’impamvu zateye iri turika rikomeye. Uyu munsi, abigaragambya mu mihanda bahanganye n’abapolisi ku munsi wa gatatu bikurikiranya.

    Kuriya guturika guhambaye kwatewe na toni 2,750 z’ikinyabutabire cya ammonium nitrate, zari zihunitswe mu buryo budakwiriye ku cyambu cya Beirut kuva mu myaka ishize.

    Bwana Diab yagize ati:”Uyu munsi twemeye ugushaka kw’abaturage ko kubaza ababishinzwe akaga kari kabitswe imyaka irindwi, n’ugushaka kwabo kw’impinduka nyazo”.

    Mu ijambo rye, Bwana Diab we yigaragaje nk’umuntu wari uzanye impinduka ariko wananijwe na ruswa yabaye karande nk’uko umunyamakuru wa BBC mu burasirazuba bwo hagati abivuga.

    Inteko ishinga amategeko ubu igomba gushyiraho minisitiri w’intebe mushya, igikorwa kizakorwa n’abantu basanzwe mu butegetsi abaturage bari kwinubira nk’uko uyu munyamakuru abivuga.

    Kuwa mbere, umubare w’abamaze gupfa mu guturika kwabaye wageze ku bantu 220, naho ababuriwe irengero kugeza ubu ni 110 nk’uko byatangajwe na guverineri w’umujyi wa Beirut Marwan Abboud.

    Abakozi benshi b’abanyamahanga n’abatwara amakamyo yari yaje ku cyambu bari mu bataraboneka nk’uko uyu ukuriye umujyi wa Beirut yabibwiye Al Jadeed TV.

    Guturika guhambaye kwabayeho kwangije inzu ziri ku murambararo wa za kirometero nyinshi uvuye aho kwabereye. Ibi nkuko BBC ibitangaza, byatumye abantu barenga 200,000 basigara ntaho kwikinga bafite cyangwa bari mu nzu zidafite amadirishya cyangwa inzugi.

    Uyu munsi kuwa mbere imyigaragambyo yari yarushije gukara aho abapolisi bakoresheje ibyuka biryana mu maso mu gutatanya abigaragambya.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/uburakari-bwabaturage-muri-liban-bwateye-guverinoma-kwegura/