Tag: news

  • Umukobwa twiganye yantwariye umugabo none nkeneye umukunzi. #rwanda #RwOT

    Nitwa Solange Uwamwezi. Hari umukobwa twiganye naramwizeraga cyane kandi naramukundaga kuko namufataga nk’umuvandimwe. Namubitsaga amabanga yanjye yose, kandi uretse n’amabanga, n’amafaranga yanjye amenshi niwe wayambikiraga kugira ngo ntayarya. Uwo mukobwa yari inkoramutima yanjye. Tukimara kurangiza kwiga, ubushuti bwacu bwarakomeje, akajya aza kunsura iwacu i Huye, nanjye nkajya kumusura iwabo i Kigali. Mu bukwe bwanjye yaranyambariye ndetse ninawe waje kuntinyisha. Bitewe n’uko yari umwana mwiza umugabo wanjye yaramukunze, izindi nshuti nari mfite azinshaho ambwira ko ari abana babi, ariko uwo mukobwa we umugabo wanjye ntiyigeze amumbuza. Tumaze kubyarana umwana wa mbere, uwo mukobwa niwe waje kumfasha imirimo. Namwe murabizi ukuntu mu rugo rwibarutse haba hari urujya n’uruza rw’abantu, uwo mukobwa niwe wamfashaga kwakira abashyitsi ndetse n’ibindi. Yaje iwacu ahamara amezi 2, noneho bitewe n’uko nari nabyaye umugabo wanjye ntacyo nari nkimupimira mu buriri, ahubwo nari naramusize mu cyumba cye maze njya kurarana n’umwana mu kindi cyumba. Uwo mukobwa rero muri icyo gihe nibwo yafatiranye umugabo wanjye, maze atangira kumureshya. Uwo mukobwa yacungaga umugabo wanjye yicaye m’uruganiriro, agahita akenyera agatenge maze akamunyura imbere, yahagera agakora k’uburyo ka gatenge kari buhite kagwa maze akunama akagatora, muri uko kunama, umugabo wanjye yateraho akajijo, akabura umutekano bitewe n’uko yabaga amaze iminsi tudatera akabariro. Umugabo wanjye yarabimbwiye, njye sinabiha agaciro, numva ko wenda ashyizemo amakabyankuru cyangwa se ko uwo mukobwa ari impanuka yamugwiririye akambara ubusa atabipanze.

    Nyamara umukobwa we ibyo akora yari abizi. Igihe kimwe rero nagiye gukingiza umwana nsaba uwo mukobwa ngo amperekeze ambwira ko atameze neza, bituma njyana n’umukozi. Nagiyeyo nsanga hari umurongo muremure biba ngombwa ko ntindayo. Aho nagarukiye rero nasanze umugabo wanjye aryamye kandi nari nagiye adahari, ariko mu kwinjira nkubitana n’uwo mukobwa asohoka mu nzu. Iryo joro naraye ntongana n’umugabo kandi muri make ibyo yanzizaga sinari nzi ibyaribyo gusa nahise mbyumva ko ya nshuti yanjye ari yo yaduteranyije. Hashize iminsi mike, nari ndyamye ari nijoro, numva abantu basa nk’aho baganira. Ngiye mu cyumba uwo mukobwa yararagamo sinamubona, nkomeje gutega amatwi numva bari kuvugira mu cyumba cy’umugabo wanjye. Nahise njya kucyumba ndakomanga baranyihorera wa mukobwa yari aryamanye n’umugabo wanjye. Nyuma y’uko uwo mukobwa asubiye iwabo, ubwumvikane mu rugo ntibwigeze bugaruka, nahoraga nshwana n’umugabo, tugahora dutongana, kugeza ubwo umugabo yanyirukanye biza kurangira yishakiye uwo mukobwa twiganye ubu niwe babana. Ibyo rero byampaye isomo ko ntamukobwa ngomba kwizera.  Niyo mpamvu nshaka umuntu twakundana tukibanira.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    source https://www.imbere.com/umukobwa-twiganye-yantwariye-umugabo-none-nkeneye-umukunzi/

  • Umusore twari tugiye kubana yambenze k’umunsi w’ubukwe inshuro ebyiri none ubu ndashaka umukunzi. #rwanda #RwOT

    Nitwa Umutesi Colombe mfite imyaka 27. Ubwo nari mfite imyaka 16 nibwo ninjiye mu muryango w’aba Scout. Nahagiriye ibihe byiza cyane ndetse mpamenyanira n’inshuti, ni naho nakuye umukunzi wanjye. Twese twaramutinyaga kuko yari umwe mu bayobozi bacu, gusa yari umwana mwiza cyane. Uwo musore naramukundaga, bitewe n’ukuntu nabonaga yitangira umuryango w’aba Scout ndetse agafasha buri wese umukeneye. Urukundo rwacu n’ubwo rwatangiye tukiri bato ariko rwarakomeje cyane ndetse bigera n’aho dupanga ubukwe. Bitewe n’uburyo yabyifuzaga yahisemo ko twabanza umuhango wo gusaba no gukwa, noneho ibyo gusezerana ku murenge ndetse no mu kiliziya tukazabikora nyuma. Ubwo imyiteguro yaratangiye, dutumira abantu benshi muri uwo muhango wo gusaba no gukwa, ariko isaha twari twavuganye ko abashyitsi bagomba kuza turategereza turaheba. Kandi abasangwa bo bari bahageze. Bitewe n’uko uwo muhango wari uteganyijwe kuba saa munani z’amanywa byarinze bigera sa moya z’umugoroba tugitegereje. Byegeze saa mbiri z’umugoroba uwo musore arahamagara avuga ko yagize impamvu imutunguye yatumye ataza, kandi ubwo twari twahereye kare tubahamagara batubwira ko bari mu nzira. Cyari igisebo gikomeye cyane kuri njye ndetse no ku muryango wanjye, nahise mpinduka iciro ry’umugani aho nyuze hose bakandyanira inzara ngo dore wa mukobwa babenze k’umunsi w’ubukwe. Ikindi n’uko ibyo twari twatetse byose ndetse n’ibyo kunywa twari twaguze ibyinshi byapfuye ubusa, kandi icyo gikorwa nari nagishyizemo amafaranga yanjye menshi rero byari ibihe by’umubabaro udasanzwe. Uwo musore yagerageje kumbwira impamvu zabimuteye numva zirafatika, ndamubabarira nuko twiyemeza ko iyo gahunda twayimurira nyuma y’ukwezi kumwe. Twahise twongera dutumira abantu tubamenyesha italiki ubukwe bwimukiyeho. Sinjye wabonye umunsi ugera, kuko numvaga ko ngiye kuva muri cya kimwaro mazemo iminsi. Uwo munsi twari twabukereye kurenza mbere, kuko twumvaga ko ibirori byacu bigomba kuba byiza cyane kugira ngo twibagize abantu ibyabaye ubushize. Kuri gahunda ibirori byagombaga kuba bitangiye saa saba, abasangwa bo guhera saa sita bari batangiye kuhasesekara. Nanjye ubwo saa saba zagiye kugera namaze kwitegura ndetse n’abakobwa bari banyambariye bari bamaze kwimeza neza. Ubwo nahise nohereza umwana ku irembo ry’aho ibirori byagombaga kubera kugira ngo abashyitsi nibaza ahite ambwira. Twakomeje gutegereza turaheba, nanone burinda bwira umusore ataje. Ubu bwo impamvu yose yari kumbwira sinari kuyemera cyane ko numvaga namaze kumuzinukwa ndetse no kuzinukwa ikitwa umusore cyose. Ibyo bintu byanteye igikomere kinini kuburyo numvaga nanakwiyahura. Kuva uwo munsi ibyo gukundana nahise mbivamo. Kuri iyi nshuro rero ndashaka kongera kugerageza amahirwe, niyo mpamvu nshaka umusore twakundana akanyizeza ko atazigera ankora nk’ibyo uwo nguwo yankoze. Uwumva yabimfashamo yanyandikira inbox.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    source https://www.imbere.com/umusore-twari-tugiye-kubana-yambenze-kumunsi-wubukwe-inshuro-ebyiri-none-ubu-ndashaka-umukunzi/

  • Umugabo wanjye yitabye Imana none nkeneye umusore wakwemera ko twibanira. #rwanda #RwOT

    Nitwa Mujawamariya Pierrine nkaba ntuye i Kigali. Umugabo wanjye twabanye dukundanye cyane, kandi yari byose kuri njye niyo mpamvu akimara kwitaba Imana naketse ko ubuzima bwanjye burangiriye ahongaho. Ariko buhoro buhoro nagiye niyakira ntangira kwimenyereza ubuzima bwo kubaho ntamufite. Ntibyari byoroshye ariko Imana yaranshoboje, ubu rero ndumva maze kwiyubaka bihagije, ndetse n’igikomere nari mfite ku mutima natewe n’urupfu rwe cyarakize. Niyo mpamvu nshaka umuntu twakundana tukibanira akaramata. Nzamufata neza muteteshe, nzamubera umwana mwiza mwubahe, muhe urukundo rwose kandi ntacyo azamburana.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    source https://www.imbere.com/umugabo-wanjye-yitabye-imana-none-nkeneye-umusore-wakwemera-ko-twibanira/

  • Uwacu Julienne wahoze ari Minisitiri yagiriwe icyizere ahabwa indi mirimo #rwanda #RwOT

    Kuwa Kane tariki 18 Ukwakira 2018, nibwo mu mpinduka zakozwe na Perezida Paul Kagame, habayemo n’ikurwa rya Uwacu Julienne muri Minisiteri yitwaga iy’Umuco na Siporo, umwanya yari yaragiyeho abimburiye abandi bagore kuko mbere iyi Minisiteri yayoborwaga n’abagabo. Kuva icyo gihe nta wundi mwanya yari yarahawe muri Leta.

    Uwacu Julienne w’imyaka 41, yagizwe umuyobozi muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu aho yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Ikigega cya Leta cyo gushyigikira no gutera Inkunga abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (FARG).

    Uwacu Julienne wahawe kuyobora FARG, ni umwe mu bagize ibikomere bitoroshye bya Jenoside yakorewe Abatutsi, byanatumye akura yanga umuryango wa Se kuko warimo abagize uruhare muri Jenoside yamugize impfubyi.

    Tariki 12 Ukuboza 2016, igihe yari Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne yatanze ubuhamya bwakoze benshi ku mutima ubwo yaganirizaga urubyiruko ruri mu Itorero urunana rw’Urungano riri kubera i Gabiro, ryari rigizwe n’abasore b’inkumi baba mu Rwanda no mu mahanga. Yasobanuye ubuzima yanyuzemo mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

    Ubwo yasobanuraga iby’umuryango akomokaho n’uburyo wishwe, Uwacu yagize ati : “Navutse kuri Papa w’Umuhutu na Mama w’umututsi. Mu ishuri nahagurukaga mu byiciro byose. Muri 1994, ababyeyi banjye bishwe n’abasirikari ba leta y’abatabazi. Imitungo yacu yasahuwe n’abaturanyi ndetse na bene wacu. Mu gukura nk’imfubyi, nanze bene wabo wa papa.”

    Uwacu Julienne yakomeje asobanura uburyo yibazaga impamvu abahutu batakoze Jenoside, ntacyo bakoze ku bahigwaga. Aha yabisobanuye agira ati : “Nahoraga nibaza impamvu Abahutu batahigwaga ntacyo bakoze ngo bahishe Abatutsi bicwaga… Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, nagombaga kwiga amashuri yanjye no kurera abavandimwe banjye… Uyu munsi mfite igihugu cyanjye, ndi umugore ufite agaciro. Ibyo bituma nishimira kuba muri uru Rwanda rushya.”

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Uwacu-Julienne-wahoze-ari-Minisitiri-yagiriwe-icyizere-ahabwa-indi-mirimo

  • Bimwe mu byaranze Mutsindashyaka théoneste wongeye kugarurwa muri politike nyuma yigihe kirekire. #rwanda #RwOT

    Mutsindashyaka Théoneste wakanyujijeho mu myaka ishize haba mu gihe yayoboraga Umujyi wa Kigali no mu gihe yari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika ya Kongo (Congo Brazzaville). Ibi byatangajwe mu byemezo by’Imana y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu.

    Mutsindashyaka Théoneste yakoze akazi gatandukanye ka Leta, aho yabaye Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, aba Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, aba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, yavuye aho yerekeza muri Gereza Nkuru ya Kigali (1930) aho yakekwagaho kunyereza umutungu wa Leta.

    Mu mwaka wa 2010, ni bwo yasohotse muri gereza agizwe umwere, kuva icyo gihe ntiyongeye kugaragara muri politiki, icyakora nyuma y’imyaka ine yaje kongera kugirirwa icyizere ahabwa indi mirimo, aho yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango ushinzwe kurwanya ikwirakwiza ry’intwaro nto n’iziciriritse mu karere k’Ibiyaga Bigari, mu Ihembe rya Afurika no mu bihugu bihana imbibi RECSA (Regional Centre on Small Arms). Icyo gihe hari tariki 24 Mata 2013.

    Ubwo yayoboraga Umujyi wa Kigali kuva muri 2001 kugeza muri 2006, Mutsindashyaka Theoneste bamwe bigeze guha izina ry’iritazirano rya “Mutsindamazu” kubera inkubiri yazanye mu kuvugurura imiturire muri uyu mujyi, yari umuyobozi uzwiho gufata ibyemezo bikarishye no guhangana n’unyuranya nabyo.

    Ku buyobozi bwe mu Mujyi wa Kigali, Mutsindashyaka yari azwiho gufata ibyemezo bikarishye, cyane cyane mu bibazo by’amasambu n’imiturire.

    Yahanganye bikomeye na Umwamwezi Joséphine (Nyiri La Comete) uzwi ku izina rya Nyiragasazi ku bw’umuturirwa yashakaga kuzamura, Mutsindashaya akawita ‘ikiburazina’.

    Undi bahanganye ni nyakwigendera Mirimo yashatse gusenyera, urubanza rukarangira Umujyi wa Kigali utegetswe kwishyura miliyoni 150.

    Mutsindashyaka yamenyekanye kandi ubwo yitaga amazu y’abafite amikoro make bo mu Mujyi wa Kigali “utururi” cyangwa “ibyari by’inyoni” tugomba gusenywa.

    Ku buyobozi bwe niho hatanijwe gahunda yo guca abazunguzayi muri Kigali, gukuraho kiyosike na kontineri zitajyanye n’igihe, gusenya inzu zidafite ibyangombwa n’ibindi.

    The post Bimwe mu byaranze Mutsindashyaka théoneste wongeye kugarurwa muri politike nyuma yigihe kirekire. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/bimwe-mu-byaranze-mutsindashyaka-theoneste-wongeye-kugarurwa-muri-politike-nyuma-yigihe-kirekire/

  • Mutsindashyaka Théoneste wakanyujijeho muri Minisiteri y’Uburezi no mu Mujyi wa Kigali yagizwe Ambasaderi #rwanda #RwOT

    Mutsindashyaka Théoneste yakoze akazi gatandukanye ka Leta, aho yabaye Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, aba Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, aba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, yavuye aho yerekeza muri Gereza Nkuru ya Kigali (1930) aho yakekwagaho kunyereza umutungu wa Leta.

    Mu mwaka wa 2010, ni bwo yasohotse muri gereza agizwe umwere, kuva icyo gihe ntiyongeye kugaragara muri politiki, icyakora nyuma y’imyaka ine yaje kongera kugirirwa icyizere ahabwa indi mirimo, aho yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango ushinzwe kurwanya ikwirakwiza ry’intwaro nto n’iziciriritse mu karere k’Ibiyaga Bigari, mu Ihembe rya Afurika no mu bihugu bihana imbibi RECSA (Regional Centre on Small Arms). Icyo gihe hari tariki 24 Mata 2013.

    Ubwo yayoboraga Umujyi wa Kigali kuva muri 2001 kugeza muri 2006, Mutsindashyaka Theoneste bamwe bigeze guha izina ry’iritazirano rya “Mutsindamazu” kubera inkubiri yazanye mu kuvugurura imiturire muri uyu mujyi, yari umuyobozi uzwiho gufata ibyemezo bikarishye no guhangana n’unyuranya nabyo.

    Ku buyobozi bwe mu Mujyi wa Kigali, Mutsindashyaka yari azwiho gufata ibyemezo bikarishye, cyane cyane mu bibazo by’amasambu n’imiturire.

    Yahanganye bikomeye na Umwamwezi Joséphine (Nyiri La Comete) uzwi ku izina rya Nyiragasazi ku bw’umuturirwa yashakaga kuzamura, Mutsindashaya akawita ‘ikiburazina’.

    Undi bahanganye ni nyakwigendera Mirimo yashatse gusenyera, urubanza rukarangira Umujyi wa Kigali utegetswe kwishyura miliyoni 150.

    Mutsindashyaka yamenyekanye kandi ubwo yitaga amazu y’abafite amikoro make bo mu Mujyi wa Kigali “utururi” cyangwa “ibyari by’inyoni” tugomba gusenywa.

    Ku buyobozi bwe niho hatanijwe gahunda yo guca abazunguzayi muri Kigali, gukuraho kiyosike na kontineri zitajyanye n’igihe, gusenya inzu zidafite ibyangombwa n’ibindi.

    Uretse mu buyobozi bw’Umujyi wa Kigali, no mu gihe yari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi nabwo, Mutsindashyaka Theoneste yakunze kurangwa n’ibyemezo bitajenjeka kandi rimwe na rimwe bitavugwaho rumwe. Gahunda yo kwigisha mu Cyongereza havuyeho kwigisha mu Gifaransa nayo isa n’iyitirirwaga Mutsindashyaka.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Mutsindashyaka-Theoneste-wakanyujijeho-muri-Minisiteri-y-Uburezi-no-mu-Mujyi-wa-Kigali-yagizwe-Ambasaderi

  • Exclusive Interview: Ambassador Karega Speaks About Rwanda’s Relations With DR Congo #rwanda #RwOT

    One of Rwanda’s toughest diplomatic assignment was assigned to Ambassador Vincent Karega eight months ago. He, among other tasks, is to engage DR Congo government and the Congolese community and defuse a dangerous effort by elements propagating hatred against Rwandans and watering the seeds of a genocidal ideology against the Tutsi that has deep roots in the mineral vast country.

    Another task is to mobilize both the government and the business community to forge trade relations that see both countries benefit from mutual interests including attracting investments on both sides.

    Ambassador Karega spoke to Taarifa about the prospects of a healthy relationship between Rwanda and DRC.

    As Rwanda continues to nurse Uganda and Burundi to restore good neighborliness, following strained relations, DRC, he says, remains a friendly neighbor committed to building a strong  and beneficial relationship.

    Below are the excerpts.

    How has been your experience since you began your diplomatic assignment in DRC?

    My eight months experience in DRC as a Rwandan envoy has been good and a bit challenging. Let me begin with the good part. It has been good because Congolese leaders are accessible and hospitable as well as the people at large. There is a political will to dialogue and shape new partnerships with Rwanda. Being born and raised in DRC helps me unlock any cultural or relationship barriers.

    That said, it is also challenging: You might ask how? 26 years of presence of FDLR-genocidaires and their international NGOs allies, and defeated Mobutu’s cronies have driven a consistent hatred and anti-Tutsis campaign backed with fake propaganda of an ambitious Agenda by Hima-Tutsis to create a Great-Lakes Tutsi Empire in East Africa by occupying and balkanizing the Eastern DRC.

    That campaign has destabilized Congolese Tutsis communities both in the North and the South Kivu provinces. Their historical nationality, land, and property ownership, security are threatened continuously because the built-up wrong opinions designate them as illegal immigrants and pioneers or accomplices of the Rwanda-Uganda hidden Agenda to conquer Eastern – DRC region and turn it into a Tutsi-Hima Empire.

    Not everybody believes in that chimerical thesis however the many years of bad governance, inequality, and poverty have exacerbated those negative perceptions, even though wrong, including other internal tribalism and populism tendencies and the focus on scapegoats rather than self-assessment and auto-determination.

    The propaganda says the move by Rwanda, alongside AFDL movement that toppled Mobutu and repatriated most Rwandan refugees taken in DRC by France and the Genocidaires defeated regime, was aiming to conquer and dominate Congo and caused millions of deaths in Eastern DRC, although unjustified and unproven, but the brainwashing coupled with hatred are so vivid.

    But slowly through more open engagement and discussions and the recent rapprochement of our respective Heads of State and institutions; the secular interactive cohabitation and cooperation among Rwandophone Congolese especially the Tutsis and their compatriots are slowly recovering and the fake propaganda about them and their conspiracy with Rwanda is fading.

    Most people think or were told Rwanda is occupied by the Tutsis only and that all the Hutus were killed or kicked out hence stereotyping Tutsis as ferocious and colonialists of the sort. Fortunately, the government position is not informed by that absurd narrative but the general opinion to some extent yes.

    What’s DRC’s diplomatic policy on Rwanda and the Great Lakes region?

    Ambassador Karega meets DRC’s Minister of Defence and Veterans’ Affairs (3rd from left) Aimé Ngoy Mukena .

    Current DRC diplomatic policy is about the repositioning of DRC in Africa and the World after a long absence or insignificant role on the International scene and in Africa despite its strategic location and its natural wealth. Part of the strategy is to revive good relationships and permanent diplomatic dialogue with neighbors, regional, and international institutions. The new vision and context allow Rwanda to cooperate and reassure DRC of serious and beneficial partnerships rather than the conquest and dismembering of DRC as propagated by the negative and ill-intentioned forces of divisionism and terror.

    What are the specific duties of your assignment in DRC?

    My duties like any other diplomatic envoy consist of fostering good bilateral relations at all levels: people to people, business to business, institutions to institutions. Image, trust restoration, trade, tourism and investment, African solidarity and cooperation are among the strategic pillars of my mission.

     DRC is open for business with Rwanda, even with the opening of skies for RwandAir. From your engagements with the DRC government and the business community; what areas of investment would you encourage Rwandans to invest in?

    Identified key areas where capable Rwandan business can invest in are immense but mainly: agriculture, fisheries, forestry (production-Processing-distribution). There is also infrastructure development ( construction, energy, water, schools, and hospitals). Other areas including mining and quarries (exploitation, processing, trading, etc). I also know that there are opportunities in tourism (conservation, hospitality industry, transport,) and the financial sector. Areas are many, even entertainment and fashion. I cannot forget to mention also that there are opportunities in sports facilities, restaurants, cinemas, night clubs, fashion and design, creative industries: music, cinema, and handcraft), etc.

     What’s the attitude of the business community in DRC towards Rwanda and Rwandans? What should Rwandans know?

    The attitude of the DRC business community towards Rwanda is amazingly positive. Those interested remember or are informed about the very historical success stories of cooperation and integration among Congolese and people of Rwanda origins in successful and honest ventures mostly during Zaire era: car assembling and trading, telecommunications, agriculture, computer assembling, and good management of or within some of the Zairean parastatals.  What matters now is to engage in win-win partnerships, joint-ventures, and shine by trustworthy behavior ( tax and law-abiding, quality investments with impact on jobs and economic modernization).

    At the Embassy of Rwanda with Congolese visiting officials

    source https://taarifa.rw/exclusive-interview-ambassador-karega-speaks-about-rwandas-relations-with-dr-congo/

  • Amb. Olivier Nduhungirehe yongeye kugirirwa icyizere asubizwa ku myanya yahozeho mu myaka 3 ishize #rwanda #RwOT

    Amakuru y’uko Amb. Olivier Nduhungirehe yagizwe ambasaderi w’u Rwanda ku Buholandi, yatangajwe mu Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 14 Kanama 2020.

    Amb. Olivier Nduhungirehe w’imyaka 45 y’amavuko, arubatse afite umugore n’abana babiri, umukobwa w’imyaka 13 n’umuhungu w’imyaka 11.

    Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza (Masters) muri Gestion fiscale yavanye muri Kaminuza ya ULB ( Universite Libre de Bruxelles-Institut Solvay). Afite kandi Impamyabumenyi y’icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza (Licence) mu mu mategeko yayiherewe muri UCL (Université Catholique de Louvain).

    Amaze kurangiza Kaminuza yabaye umujyanama w’umunyamabanga wa Leta ushinzwe inganda no guteza imbere ishoramari muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, bakomeza gukorana no muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi aho bari bamuhaye indi mirimo.

    Yigishije kandi muri Kaminuza eshatu nk’umwarimu udahoraho (Professeur visiteur), aho yigishaga amasomo ajyanye n’iby’amategeko, muri ULK, Kaminuza y’Abadivantisite na Kaminuza y’i Kabgayi.

    Nyuma yaje kujya mu kanama gashinzwe kuvugurura amategeko y’ubucuruzi ( Cellule de forme du droit des affaires/Business Law Reform Cell) muri Minisiteri y’Ubutabera, ariho yavuye ajya muri Ambasade y’u Rwanda muri Ethiopia, aho yabaye umujyanama wa mbere kuva mu mwaka wa 2007 kugeza muri 2010.

    Yavuye muri Ethiopia ajya gukorera muri Ambasade y’u Rwanda i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika naho yari umujyanama wa mbere wa Ambasaderi. Yari afite kandi umwanya bita “Deputy permanent Representative et Permanent Mission of Rwanda to the United Nations”.

    Yatashye mu Rwanda muri Gicurasi 2015 aho yagizwe umuyobozi mukuru w’agateganyo muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe imiryango mpuzamahanga ni ako kazi yakoraga kugeza tariki ya 10 Nzeri 2015 ubwo yagirwaga ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi.

    Kuwa 30 Kanama 2017 ni bwo Olivier Nduhungirehe, wari umaze imyaka ibiri ari Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi, yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y‘Iburasirazuba.

    Tariki 9 Mata 2020 nibwo ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakuye ku mirimo Amb. Nduhungirehe Olivier wari Umunyambanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga kubera imikorere yakunze kumuranga yo gushyira imbere imyumvire ye aho gushingira kuri politiki ya Leta. Yongeye kugirirwa icyizere nyuma y’amezi akabakaba atanu nta yindi mirimo ya Leta afite.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Amb-Olivier-Nduhungirehe-yongeye-kugirirwa-icyizere-asubizwa-ku-myanya-yahozeho-mu-myaka-3-ishize

  • Impanuka y’indege yahitanye abantu 4 muri Congo-DRC #rwanda #RwOT

    Muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo-DRC, impanuka y’indege yahitanye abantu bane. Iyo mpanuka yabereye hagati y’intara za Maniema na Kivu y’epfo hafi y’umujyi wa Bukavu.

    Ibi byemezwa n’ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters. Guverineri wa Kivu y’epfo, Kasi Ngwabidje, na we wemeza iyo nkuru avuga ko yahise atangiza iperereza ku cyateje iyo mpanuka.

    Yongeyeho ko iyo ndenge yari iy’isosiyete yitwa Agefreco izwiho gutwara abantu n’ibintu mu ndege. Guverineri Ngwabidje yihanganishije ababuze ababo avuga ko yifatanije nabo mu kababaro

    Si ubwa mbere muri Kongo haba impanuka z’indege. Mu mwaka ushize nkuko ijwi rya amerika ribitangaza, habaye indi mpanuka ikomeye y’indege itwara imizigo yahitanye abantu umunani barimo n’abakozi bo mu biro by’umukuru w’igihugu.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/impanuka-yindege-yahitanye-abantu-4-muri-congo-drc/