Tag: news

  • Ntagitsina cy’umugabo kigira cm 20! Ibinyoma 5 biba mumafirime y’urukozasoni (Pornography) #rwanda #RwOT

    Ubundi filime z’urukozasoni zizwi nka pornographic movies cyangwa filmes pornograhiques ni filime zikundwa n’abantu benshi kandi mungeri zose, icyakora benshi muribo bagakunda kuzirebera murwihisho.

    Aha twavuga nk’abana bihisha ababyeyi babo, abanyeshuli bihisha abayobozi b’ibigo byabo, abakozi mukazi bakihisha abakoresha, abashakanye  nabo nimwe narimwe bakihishanya umwe kuwundi ariko akirebera iyo filime!

    Izi filime zikaba zerekana ibikorwa bitandukanye biganisha  cyangwa bishyira mubikorwa imibonano mpuzabitsina muburyo bunyuranye.

    Igitangaje cyane kuri izi filime, ni uturingushyo ndetse n’amakabyankuru arenze urugero ashyirwa muri izifilime hagamijwe gushimisha abazireba, nyamara ugasanga abataribake mubakunzi bazo bibabera imbogamizi ikomeye kuko usanga nyuma yokuzireba bashaka gukora cyangwa gukorerwa ibyo babonyemo kandi nyamara ibyinshi muribyo bidashoboka.

    Ibi bikaba byabaviramo nogusenya ingo zabo cyangwa gutandukana n’abakunzi babo.

    Twifashishije ubusesenguzi bw’impuguke n’abanditsi b’abadage kubuzima bw’ingimbi, muri iyi nkuru, twabateguriye ibinyoma 5 bikunze kugaragara muri filime z’urukoza soni.

    1. Ubunini (ingano) y’igitsina cy’umugabo

    Nkuko abajya bareba izi filime babizi, akenshi usanga ibitsina by’abagabo bakina izi filming  bireshya cyangwa birenza uburebure bwa cm 20 nyamara akaba atari kenshi wabona gitsina cy’umugabo kirengeje cm 14,27 by’umwihariko kumugabane w’i Burayi nkuko byemezwa  n’impuguke zikaba n’abanditsi b’abadage Ann-Marlene Henning na Tina Bremer-Olszewski.

    2.Ingano y’amasohoro

    Muri izi filime, ntibatinya kwerekana amasoro menshi cyane mugihe cy’ibyishimo byanyuma nyamara mubuzima busanzwe amasohoro akaba abarirwa hagati ya ml 2 kugeza kuri ml 8 nubwo harabashobora kugeza kuri ml 15 bitewe n’igihe bamaze badakora imibonano mpuzabitsina. Ntukwiriye kugira ipfunwe rero igihe utabonye amasohoro nkayo muri filime!

    3. Amabere y’abakobwa/abagore ahora ahagaze.

    Si kenshi wabona abakinnyi b’aya mafilime bafite amabere yaguye, kuko benshi muribo usanga ahora ahagaze nyamara bitewe n’impamvu zitandukanye nk’imyaka, umubyibuho n’ibindi amabere akaba ashobora kureba hasi kabone niyo atagwa cyane.

    4. Kumira amasohoro kw’abagore

    Aba banditsi, bakomeza banavugako abagore benshi bagaragara bakunda  kumira amasohoro muri izi filime, nyamara muby’ukuri bikaba bidashoboka ko abantu bakunda ibintu bimwe kuburyo babihuriraho.

    5. Ubwiza bw’igitsina cy’abakobwa/gore

    Muri izi filime, abanditsi bagenda bagaruka kubwiza n’isura y’ igitsina cy’abakobwa/gore bazikina kuko usanga hafi yabose basa kandi ibi bikaba bidashoboka. Ibirero bakaba babigeraho mugukoresha  za tatuwaje (tattoo) n’ubundi buryo bw’ubuhimbano mukwigira beza!

    The post Ntagitsina cy’umugabo kigira cm 20! Ibinyoma 5 biba mumafirime y’urukozasoni (Pornography) appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/ntagitsina-cyumugabo-kigira-cm-20-ibinyoma-5-biba-mumafirime-yurukozasoni-pornography/

  • Inama 10 zafasha abakundana/ababana kurambana #rwanda #RwOT

    Kumenyana n`umuntu, mugakundana ndetse mukabana rimwe narimwe mumaze no gukora ubukwe kabone niyo bwaba buhenze cyane si ikintu gitangaje cyane cyawase ngo kibizeze ko muzamarana igihe kini nkuklo mwabyifuzaga. Ahubwo igikomeye kurenza ibyo byoseni ukumenya uburyo urwo rukundo rwanyu rwaramba!

    Muri iyi nkuru, twifashishije ibitekerezo bya Claire Beaudoin, inararibonye mumibanire y`abantu, twabateguriye inama 10 zagufasha kurambana n`uwo ukunda mukiturira mu ijuru rito.

    1. Kutagira icyo muhishanya

    Kubwira uwo ukunda ikiri kumutima bituma utamukekera uko yabifata ahubwo ukamenya icyo abitekerezaho aho gukomeza kubuzwa amahoro n`ibyo wibitsemo.

    2. Ba umugwaneza mubisubizo uha uwo ukunda

    Mugihe uwo uwo ukunda ashoboye kukubwira ikiri kumutima we, sibyiza kumusubiza uhubutse cyangwa ngo umusubizanye uburakari kabone n`iyo waba ubyumvise ukundi. Iga kubanza gutekereza kugisubizo ugiye gutanga.

    3. Imenyereze gutega amatwi uwo ukunda

    Mugihe uwo ukunda akubwira, itoze gutega amatwi kandi wirinde kumwemeza ibyo wowe utekereza ahubwo uhe n`agaciro ibyifuzo bye.

    4. Nimwige kubahana

    Gukundana ntibikuraho kubahana! Imenyereze kudahatira uwo ukunda guhinduka uko wowe ushaka, ahubwo mufashe mubyo ashaka, mubyemezo bye n`ibindi bituma abaho nkawe ubwe.
    Sibyiza kumvako uwo ukunda mugomba kumva ibintu kimwe 100%!

    5. Gerageza kumushimira, nokumutera akanyabugabo

    Mugihe umukunzi wawe agize ibyo ageraho cyangwa akora, nibyiza kubimushimira nokumwerekako yagerageje. Ibi bimuzamurira icyizere agahora ashaka kumva umushima. Bitabaye ibyo ashobora kuzajya kubishaka ahandi!!

    6. Gushakira ibisubizo hamwe.

    Nubwo akenshi igisubizo kiba kinejeje umwe kurusha undi, nyamara burya biba byiza cyane iyo kije mwese mucyumva kurwego rungana mbere yo kugishyira mubikorwa.

    7. Emera integenkeya zawe kandi wige kugenda uhinduka

    Nubwo ntamuntu ubura inenge, ariko nibyiza kwemera ibyo udashoboye gukora cyangwa ukora nabi, ariko ukitoza  kubihindura ukoresheje inama z`uwo ukunda.

    8. Ugomba kumenya kuvuga OYA

    Mugihe haricyo udasobanukiwe cyangwa wumva ukundi, witinya kuvuga OYA no gutanga igitekerezo utinya ko yakwanga, ahubwo azakubona nkumuntu ufite akamaro kandi nk`umujyanama.

    9. Menya gufata ibyemezo.

    Mugihe bibaye ngombwa ko ufata ibyemezo, itegure kuba wakwakira ingaruka zabyo kabone nubwo zaba zitoroshye ariko ugere kucyo ugambiriye kugeraho.Mbese wirinde ikigare!

    10. Iga gutungura umukunzi wawe

    Singombwa ko ukora ibihambaye cyangwa ngo ubikore buri munsi, ariko ibuka gutungura umukunzi wawe, yaba mukumuha impano, kumukorera imirimo yagombaga gukora, kumusohokana,….. Ibi bizatuma yishimirako umutekereza.

    The post Inama 10 zafasha abakundana/ababana kurambana appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/inama-10-zafasha-abakundana-ababana-kurambana/

  • Gutereta si ibyanone! Imigani migufi 10 kurukundo nyarukundo 1/6 #rwanda #RwOT

    Urukundo nyarukundo si umwihariko w`abubu gusa ahubwo ni inzozi zarotwaga n`abakurambere bacu uko imyaka yagiye isimburana kugeza muri iki gihe cyacu

    Murwego rwo kugufasha kugera cyangwa kurinda urukundo nyarukundo ndetse no gukomeza kumviriza uburyohe bwarwo, twakwegeranirije imigani migufi y`urukundo yagiye ifasha abatari bake kandi mubihe bitandukanye bagakomeza kwiturira mu ijuru ry`urukundo.!

    Muri iki gice cya mbere turakugezaho imigani migufi 10 izakurikirwa n`ibindi bice 6 by`imigani nk`iyi.

    1. Urukundo Nyarukundo rubyara umunezero nyawo. Icyakora kugirango urwo Rukundo rubeho, abakundana bagomba kuba bafite imibili yuzuzanya, imitekerereze ishobora kumvikana, amahitamo ajyanye kandi yuzuzanya, ibyifuzo bigiye umujyo umwe n`amashuli angana cyangwa yenda kungana. Buri wese kandi agomba kuba bafite indangagaciro zo gutekereza kuwundi mbere yo kwitekerezaho we ubwe. Abo bantu iyo bahuye, urukundo rwabo ruba ntagereranwa!
    Byavuzwe na René Barjavel mumwaka w`1966

    2. Urukundo nyarukundo ni ikiragi, rugira ibanga kandi ntirwivanga. Rukenera kurutekerereza!
    Byavuzwe na Jean Frain du Tremblay (1708)

    3. Ntawifuza gukundirwa impamvu runaka nk`ubwiza, ubukire,ubwenge, kugira imishinga/ibitekerezo byubaka n`ibindi. Urukundo rufite ibisobanuro si urukundo nyarukundo!
    Byavuzwe na Jean Dutourd (1980)

    4. Urukundo nyarukundo rwemera byose by`uwo ukunda. Umufata uko ari, n`ibyiza bye ndetse n`ibibi bye!
    Byavuzwe na Raymond Queneau (1973)

    5. Urukundo nyarukundo ntirukorana na kamere yo gukunda utuntu no kuba intagondwa biturutse mukugira isoni cyangwa kwanga kugirwa inama.
    Byavuzwe na Pierre Baillargeon (1959)

    6. Urukundo nyarukundo ni imbonekarimwe, igihe urubonye rufate nk`akarabyo gaturutse mu ijuru!
    Byavuzwe na Paul Brulat (1900)

    7. Urukundo nyarukundo rurema udushya, rurwanya akamenyero
    Byavuzwe na Edgar Morin 2004

    8. Urukundo nyarukundo ni uruhuza abantu babili ariko rukanabahuza n`umuryango mugari w` ikiremwa muntu.
    Byavuzwe na Henri-Frédéric Amiel (1854)

    9. Urukundo nyarukundo ni urwubahisha umuntu, rukamutera imabaraga z`umutima ndetse rugatunganya uburyo abayeho.
    Byavuzwe na Henri-Frédéric Amiel 1880.

    10. Urukundo nyarukundo ntirunaniza, ahubwo rukugira mwiza, rurakumurikira.
    Byavuzwe na Omraam Mikhaël Aïvanhov (1980)

    The post Gutereta si ibyanone! Imigani migufi 10 kurukundo nyarukundo 1/6 appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/gutereta-si-ibyanone-imigani-migufi-10-kurukundo-nyarukundo-1-6/

  • Dore ubuvuzi bw’ibanze ukwiriye gukorera umuntu urumwe na sikorupiyo!! #rwanda #RwOT

    Aka gakoko gakunze kwibera mubyatsi, kimwe no mubutayu ni kabi cyane kuko kagira ubumara bukomeye bwica mukanya gato igihe umuntu atabonye ubuvuzi because.

    Mari iyinkiru , twaguteguriye ibyo wakora  mugihe kakurumye cyangwa karumye mugenzi wawe kugirango murengere ubuzima bwanyu

    Scorpion ziri mumuryango umwe n’igitagangurirwa zikagira impuzandengo y’ uburebure bwa santimetero 3 n’ubwo ushobora kubona ubwoko bwazo bushobora kuba buto cyangwa bunini kurutaho.

    Utitaye ku kuntu ubibona, sikorupiyo zifite ubumara kandi zifite ubushobozi bwo kugukomeretsa ndetse nokwica nkuko twabivuze cyane cyane iyo hatabonetse ubuvuzi bwihuse.

    Dore bimwe mubyibanze wakenera  mugihe ikurumye cyagwa ikaruma mugenzi wawe:

    1. Gusuzuma ibimenyetso ufite
    2. Kumenya Ubwoko bwo Kwivura by’ibanze!

    Ukirumwa na sikoropiyo, Karaba ahantu hafashwe (harumwe) ukoresheje isabune n’amazi meza nibiba byiza cyane abe akonje.

    . Kuramo uburyo ubwo aribwo bwose bw’imitako cyangwa ibikoresho bishobora kugira ingaruka ku kuzenguruka kw’amaraso igihe agace karumwe kabyimbye. Twavuga nkimpeta, ugomba kuyikuramo byihuse.

    .Koresha ikintu gikonje cyane utsindagire ku gikomere cyanwe  hamwe naho byegeranye hose ibi nibyiza mumasaha abiri yambere nyuma yo gukomeretswa.

    .Fata imiti igabanya ububabare no kutamererwa neza. Ariko mbere yo kubikora, baza muganga wawe kubijyanye nuburyo bukwiye bw’imiti yububabare ugomba gufata kugirango wirinde izindi ngorane.

    .Hagati aho, niba umwana, umusaza, cyangwa itungo ryarumwe, shakisha ubuvuzi ako kanya, cyane cyane niba bagaragaje  ibimenyetso bikomeye.

    .Komeza ushyireho cya kintu gikonje cyawe nka Barafu ikonje ahantu harumwe mugihe ugana kw’ivuriro cyangwa kubibitaro.

    Niba warumiwe  hanze y’urugo cyangwa se ahandi hantu hategereye ubutabazi bw’ibanze ihutire kwivuza mumaguru mashya.

    1. Niba bishoboka, fata sikorupiyo ikurumye uyijyane kwa muganga kuko bizabafasha gutahura imiti bakuvurisha  bidatwaye umwanya munini.

    Twandikire muri comment kukibazo, icyifuzo cyangwa se inyunganizi waba wifuza kuduha kunkuru tukugezaho.

    The post Dore ubuvuzi bw’ibanze ukwiriye gukorera umuntu urumwe na sikorupiyo!! appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/dore-ubuvuzi-bwibanze-ukwiriye-gukorera-umuntu-urumwe-na-sikorupiyo/

  • U Rwanda rugiye kujya rukoresha pasiporo ihuriweho na EAC #rwanda #RwOT

    Ngiyi imisusire ya Pasiporo zizajya zikoreshwa

    Ubuyobozi bukuru bw’Abinjira n’Abasohoka bwatangaje ko Pasiporo z’u Rwanda zatanzwe mbere y’itariki ya 27 Kamena 2019, zizacyura igihe ntizongere gukoreshwa kuva tariki ya 28 Kamena 2021.

    Ni mu gihe Pasiporo nyarwanda z’Afurika y’Iburasirazuba ikoranye ikoranabuhanga yatangiye gutangwa guhera 28 Kamena 2019.

    Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka, rivuga ko abakeneye gusaba pasiporo Nyarwanda y’Afurika y’Iburasirazuba ikoranye ikoranabuhanga bakwifashihsa urubuga rwa Irembo.

    Pasiporo Nyarwanda y’ikoranabuhanga y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ifite ibyiciro bitandukanye birimo pasiporo isanzwe (Ordinary passport) y’ubururu bwerurutse, ifite ibyiciro bitatu, ikoreshwa mu ngendo zisanzwe igahabwa abanyarwanda bose bayifuza.

    Harimo pasiporo y’abana ifite paji 34, yemewe mu gihe cy’imyaka ibiri, ku kiguzi cya 25000 Frw. Pasiporo y’abakuru yo ifite paji 50 ku kiguzi cya 75000 Frw imara imyaka itanu. Indi pasiporo muri iki cyiciro ni iy’abantu bakuru ariko ifite paji 66 imara imyaka 10. Iyi y’imyaka 10 itangwa ku 100000 Frw.

    Ikindi cyiciro ni icya pasiporo y’akazi isa n’icyatsi kibisi ihabwa abakozi bagiye mu butumwa bwa leta ifite paji 50, imara imyaka itanu. Ihabwa abakozi ba leta bagiye mu butumwa bw’akazi ku bihumbi 15 Frw.

    Nk’uko ikinyamakuru Ukwezi gikomeza kibitangaza kandi,hari na pasiporo y’abadipolomate n’abandi banyacyubahiro bateganywa n’iteka rya Minisitiri ryo muri Gicurasi 2019 rirebana n’abinjira n’abasohoka, ifite paji 50 imara imyaka 5, itangwa ku mafaranga 50 000 Frw.

    Zifite akuma kabikwamo amakuru karimo n’ifoto ya nyirayo, ku buryo bidashoboka ko kiganwa ngo umuntu abashe kwishyiriramo amakuru ye.

    Izi pasiporo zisaba ko hafatwa ibikumwe n’ifoto ya nyirayo kugira ngo hashyirwemo bya bimenyetso by’umutekano. Ibyo bituma umuntu usaba pasiporo abikorera ku Irembo, yigire ku biro by’abinjira n’abasohoka afatwe ibikumwe 10 hamwe n’ifoto, uretse abana.

    The post U Rwanda rugiye kujya rukoresha pasiporo ihuriweho na EAC appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/u-rwanda-rugiye-kujya-rukoresha-pasiporo-ihuriweho-na-eac/

  • OMS yamaze kwemera urukingo rwa Koronavirusi rwakoze n’Uburusiya ndetse rutangira no gukwirakwizwa mu bindi bihugu. #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe mpuzamahanga ryita ku buzima (OMS),kuri uyu wagatatu ryavuze ko batangiye gukorana n’Uburusiya mu gukurikirana ibikorwa by’ikoreshwa ry’urukingo rurinda Koronavirusi Uburusiya buvuga ko bwakoze. OMS yatangaje ko bigaragara ko uru rukingo rwaba igisubizo cy’iki cyorezo.

    Kuri uyu wa kabiri w’iki cyumweru,Perezida Vladmir Putin yemeje ko igihugu cye cy’Uburusiya kibaye icya mbere cyemeje ko cyarangije gukora urukingo n’ubwo igice cya nyuma cy’igerageza ryarwo ku bantu 2000 cyo cyatangiye kuri uyu wa gatatu.

    Gusa Perezida Putin yamaze kwemeza ko bamwe  mu barusiya barimo n’umukobwa we bamaze guhabwa urwo rukingo kandi ko igikorwa cyo gukingira kirimbanije haherwa ku baganga n’abarimu.

    Nk’uko Rwandannews ikomeza ibivuga,ibihugu bimwe na bimwe by’amahanga kandi nabyo byatangiye gutumiza uru rukingo mu Burusiya ngo bakingire abaturage babo,dore ko abahanga bemeza ko inzira nyonyine yo  kurandura iyi ndwara ya Covid-19 ari urukingo.

    Muri iyi minsi hakomeje ubushakashatsi kuri iyi ndwara ya Koronavirusi,OMS ikaba ivuga ko hari inkingo 28 mu zirenga 150 ziri mu igeragezwa ku bantu,muri zo esheshatu zigeze ku rugero rwa gatatu mu kugeragerezwa ku bantu benshi.

    Urukingo rw’Uburusiya rwakozwe n’ikigo cy’ubushakashatsi cyitwa Gamaleya gifatanije na Minisiteri y’ingabo y’Uburusiya.

    The post OMS yamaze kwemera urukingo rwa Koronavirusi rwakoze n’Uburusiya ndetse rutangira no gukwirakwizwa mu bindi bihugu. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/oms-yamaze-kwemera-urukingo-rwa-koronavirusi-rwakoze-nuburusiya-ndetse-rutangira-no-gukwirakwizwa-mu-bindi-bihugu/

  • Umubano Hotel for sale #rwanda #RwOT

    A statement issued by RDB states that the Government of Rwanda prioritizes support for the private sector and thus RDB is looking for investors who can buy the property in a fair and transparent competitive bidding process.

    “The purpose of this tender notice is to identify potential companies and/or consortiums with the requisite technical and financial capacity to purchase and operate the hotel,” it said.

    One of the key factors for an investor who will take over the Kacyiru-based hotel facility is to turn it into a five-star hotel within the shortest time possible.

    RDB said it will work with the new investor to turn the hotel into a flagship that will meet various local and international environmental sustainable standards to attract local and international clients.

    Umubano is one of the oldest hotels in Rwanda and had been acquired by Madhvani Group at a tune of $13 million in April 2017 after years under liquidation.

    The hotel has been in the hands of several other investors, including the Libyan government-affiliated LAP Investments which operated it under Laico Hotels brand; it has also previously been managed by global hotel brands including Novotel, Meridian and Accord.

    The Government has set September 11 as the closing date for submission of applications from potential bidders.

    Umubano is one of the oldest hotels in Rwanda and had been acquired by Madhvani Group at a tune of $13 million in April 2017 after years under liquidation.

    Nicole Kamanzi M.

    source https://en.igihe.com/news/article/umubano-hotel-for-sale

  • Eighth person killed by COVID-19 in Rwanda #rwanda #RwOT

    A ministerial statement issued on Wednesday, August 12, 2020, states that the deceased was a patient undergoing treatment in Kigali.

    “Condolences to the family of the 37-year-old man who passed away in Kigali,” he said.
    The number of Covid-19 patients continues to rise.

    Statistics from the Ministry of Health show that in the last 24 hours, Rwanda reported 18 new cases out of 4886 sample tests taken and 46 recoveries discharged from the hospital.

    New patients include 15 from the Kigali City of Kigali among contacts of positive cases and tests conducted in a high risk group, 2 from Ngoma District, and 1 from Rubavu.

    Currently, of the 2,189 people infected with Coronavirus, 1524 have already recovered, and 657 still undergoes treatments.

    Elina Jonas Ruzindaza

    source https://en.igihe.com/news/article/eighth-person-killed-by-covid-19-in-rwanda

  • NCC yikomye abatangaza inkuru birengagije burenganzira bw’umwana kuri YouTube #rwanda #RwOT

    Byagarutsweho kuri uyu wa Kane tariki 13 Kanama 2020, mu nama nyunguranabitekerezo yateguwe n’Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda [ARJ].

    Hari ku bufatanye n’inzego zirimo Minisiteri y’Ubuzima, Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Abana ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana [UNICEF].

    Ni inama yari igamije kandi guhugura abanyamakuru ndetse n’uko itangazamakuru ryakomeza gukora inkuru z’uburyo bwo kwirinda kwandura COVID-19 ariko hibandwa ku bana.

    Kuva mu mpera z’Ukuboza 2019, ubwo iki cyorezo cyatangira kugaragara mu Mujyi wa Wuhan, Guverinoma y’u Rwanda yahise ishyiraho itsinda rigamije gufatanya mu guhangana n’uko iki cyorezo cyagera mu gihugu.

    Nyuma y’aho umuntu wa mbere agaragaweho iki cyorezo imbaraga nyinshi zashyizwe mu kureba uburyo abanyarwanda bajya bamenya amakuru umunsi ku munsi ari nabwo Minisiteri y’Ubuzima yashyizeho uburyo bwo kujya hifashishwa ibitangazamakuru ndetse n’imbuga nkoranyambaga mu gutangaza umunsi ku munsi uko icyorezo gihagaze.

    Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima, Kayumba Malick, yashimye ubufatanye bwakomeje kuranga inzego zitandukanye n’itangazamakuru ahamya ko byatanze umusaruro ugendeye ku bukana icyorezo cya COVID19 gifite hano mu Rwanda.

    Umuyobozi ushinzwe itumanaho muri UNICEF, Rajat Madhok yavuze ko itangazamakuru ryo mu Rwanda rikora akazi neza cyane cyane mu gutanga ubutumwa bwo kwirinda ibyorezo, agatanga urugero rw’uko byagenze mu gihe cya Ebola.

    Yakomeje avuga ko byagize umusaruro kuko hari inkuru nyinshi zakozwe zifasha abantu kumenya uko bakwirinda Ebola, akizera ko no kuri COVID-19 bizaba uko ndetse bikarushaho kuko COVID-19 iri mu Rwanda.

    Mukamana Marie Josiane, Umukozi ushinzwe kurinda no guteza imbere uburenganzira bw’umwana muri Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe abana yavuze ko iyo hatangajwe inkuru ku mwana haba hagomba kwigengesera no kubahiriza amahame agenga umwuga ariko hitabwa no ku kurengera uburenganzira bw’umwana.

    Yakomeje avuga ko “Iyo wanditse ku mwana uba ugomba gutekereza ko icyo umuvuzeho azakura agisanga bityo abanyamakuru bagomba kwitwararika.”

    Mukamana yavuze kandi ko by’umwihariko muri ibi bihe bya COVID19, inkuru zivuga ku bana zagiye zigaragara kuri YouTube bajya bakora inkuru zerekana abana mu nkuru runaka ariko zibashyira ku karubanda bakazabikurana.

    Mu bibazo byagarutswe ni uburyo mu bihe by’iki cyorezo hari inkuru zakomeje kujya zitangazwa zivugwa ko hari abana benshi batewe inda kubera ko bari mu ngo zabo ndetse n’ibindi bibazo bitandukanye bishingiye ku ihohoterwa rikorerwa abana.

    Ibi byose abanyamakuru basabwe kurangwa n’ubunyamwuga haba mu gutangaza izi nkuru zivuga ku bana ndetse no gufata iya mbere mu bukangurambaga bugamije kwamagana imigirire nk’iyi ishobora gutuma uburenganzira bw’umwana butubahirizwa.

    Umukozi ushinzwe itumanaho mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima[ OMS/WHO] mu Rwanda , Jean Bosco Gasherebuke yavuze ko abantu bose bakwiye gufata icyorezo cya COVID19 nk’ikintu gikomeye.

    Yavuze ko kwirinda COVID-19 bigomba kuba ihame cyane cyane abantu bakamenyera gukaraba intoki kenshi kugira ngo ive mu ntoki z’abantu, bakambara agapfukamunwa n’amazuru neza kandi bakibuka no guhana intera hagati y’umuntu n’undi.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/NCC-yikomye-abatangaza-inkuru-birengagije-burenganzira-bw-umwana-kuri-YouTube