Tag: news

  • Kwitabira ibirori by’umukunzi wa Sarpong kwa Karekezi Olivier, amayeri yo gukomeza kureshya uyu rutahizamu #rwanda #RwOT

    Mu mpera z’icyumweru gishize, umutoza Karekezi Olivier yaratunguranye yitabira ibirori byo kwizihiza isabukuru y’umukunzi wa rutahizamu Sarpong udafite ikipe kugeza ubu, akaba yari imwe mu nzira yo ukomeza kwiyegereza uyu rutahizamu kugira ngo amwumvishe azerekeza muri Kiyovu Sports.

    Michael Sarpong ni umwe muri ba rutahizamu uri ku isoko nyuma yo kwirukanwa muri Rayon Sports, aravugwa mu makipe nka AS Kigali na Yanga yo muri Tanzania.

    Kiyovu Sports na yo yamaze kwinjira mu rugamba rwo gusinyisha uyu rutahizamu cyane ko Karekezi Olivier yemeje ko yamwegereye undi akaba yaramuhaye icyumweru cyo kubitekerezaho.

    Ubwo Sarpong yizihizaga ibirori by’isabukuru y’umukunzi we, uyu mutoza yaratunguranye na we yitabira ibi birori, gusa amakuru ISIMBI yamenye ni uko atari yaje mu birori gusa ahubwo afite indi mpamvu yari imuzanye.

    Amakuru avuga ko ari mu buryo bwo gukomeza kwegera uyu mukinnyi anamwumvishe abashe kuba yakwemera gukinira Kiyovu Sports, dore muri ibi birori we na Sarpong bafashe umwanya bakaganira bonyine bitaruye abandi, ni ikiganiro cyatwaye umwanya utari munsi y’iminota 10.

    Mu gihe Sarpong yaba yerekeje muri Kiyovu Sports, yaba abaye umukinnyi wa 3 utandukanye na Rayon Sports agahita yerekeza muri Kiyovu Sports, ni nyuma ya Kimenyi Yves na Irambona Eric.

    Karekezi yari yitabiriye ibirori by’isabukuru ya Djazila umukunzi wa Sarpong

    Karekezi Olivier yafashe umwanya aganira na Sarpong bonyine

    source http://isimbi.rw/siporo/article/kwitabira-ibirori-by-umukunzi-wa-sarpong-kwa-karekezi-olivier-amayeri-yo-gukomeza-kureshya-uyu-rutahizamu

  • Djihad Bizimana ntiyahiriwe n’uwa Mbere w’iki cyumweru #rwanda #RwOT

    Djihad Bizimana ukinira Waasland Beveren, we n’ikipe ye babuze amahirwe yo kugumana umwanya wa mbere nyuma yo gutsindwa na Standard Leige mu mukino w’umunsi wa 2 wa shampiyona.

    Nyuma yo gutsinda umukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona, Waasland Beveren ni yo yari iyobye urutonde rwa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bubiligi.

    Ku munsi w’ejo bari bakiriye Standard Leiege, gusa iyi kipe yaje kubura amahirwe yo gukomeza kuyobora urutonde nyuma yo gutsindwa 2-1.

    Waasland Beveren ni yo yari yabanje igitego gitsinzwe na Jur Schryvers ku munota wa 59 ku mupira yari ahawe na Alessandro Albanese.

    Ku munota 67 Standard Leige yaje kwishyura iki gitego gitsinzwe na Selim Amallah ku mupira yari ahawe na Collins Fai. Ku munota wa 70 yaje kubona igitego cya 2 gitsinzwe na Samuel Bastien ku mupira yari ahawe na Felipe Avenatti.

    Ni umukino Djihad Bizimana yakinnye iminota 75 akaba yaje gusimburwa na Stefan Milošević. Iyi kipe ikaba yahise ifata umwanya wa 8 n’amanota 3, Beerschot ya mbere ifite 6. Waasland izagaruka mu kibuga tariki ya 22 Kanama yasuye Zulte-Waregem.

    Djihad ntabwo yahiriwe n’umukino waraye ubaye

    source http://isimbi.rw/siporo/article/djihad-bizimana-ntiyahiriwe-n-uwa-mbere-w-iki-cyumweru

  • Ntagikozwe ingaruka ziterwa n’amakimbirane yo mumiryango zakwiyongera cyane. #rwanda #RwOT

    Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko ubwicanyi bwo mu miryango bwiyongereye kuko mu myaka ibiri ishize, abagabo 86 bishe abagore babo mu gihe abagore 30 bishe abagabo babo.

    RIB itangaza ko mu 2019, abagabo 49 aribo bishe abagore babo na ho abagore 14 bivugana abagabo.

    Abahanga mu birebana no gukumira no guhosha amakimbirane bemeza ko ubwicanyi bwo mu miryango bugira ingaruka z’igihe kirekire igihe nta gikozwe ngo ibi bibazo bituma bubaho bihagarare.

    Ingaruka zikomeye ziba ku bana kuko usanga babayeho mu buzima butaboroheye ndetse rimwe na rimwe no kubona icyo kurya bibagora.

    Imibare y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha igaragaza ko mu 2019, abagabo 49 ari bo bishe abagore babo na ho abagore 14 bica abagabo babo.

    RIB yerekana ko iyi mibare yiyongereye kuko mu 2018, abagabo 37 ari bo bishe abagore babo, na ho abagore 16 bica abagabo babo.

    Mu myaka ibiri ishize ya 2018-2019, abagabo 86 bishe abagore babo, abagore 30 bica abagabo mu 2019.

    Umuhanga mu birebana n’Iterambere n’Uburinganire akaba n’Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Dr. Hategekimana Célestin, yavuze ko ubwicanyi bwo mu miryango ari ikibazo gikomeye gikwiye kwitabwaho.

    Yagize ati “Usibye kuba bibanduza mu mutwe, ntugire ngo abo bana na bo bashobora gusigara nta makimbirane, kuko akenshi usanga abana hari ababogamiye ku mubyeyi umwe. Ushobora gusanga ba bana hagati yabo basigaranyemo imyiryane ishobora gukurura izindi ngorane.’’
    Umuyobozi w’Umuryango urengera abagore n’abana HAGURUKA, Munyankindi Monique, yavuze ko ubwiyongere bw’imiryango itandukana yiyongera ari kimwe mu bimenyetso bigaragaza ubukana bw’ikibazo.

    Ati “Nk’umwaka ushize urabona ko imanza za gatanya zimaze kurenga hafi 8000 mu 2019, zarikubye kuva mu 2017. Uyu munsi ni ikigaragara ko amakimbirane mu muryango arimo kwiyongera. Amakimbirane aba yatangiye kare, agatangira abantu bagishakana, batagira ibyo bumvikana bigatangira bikagenda, bikagera aho abantu bicana cyangwa batandukana.

    Igihe amakimbirane atangiye kuboneka muri wa muryango, aho utuye mu mudugudu amakuru aba azwi, bakagombye kuganirizwa mu buryo bwose bushoboka.’’

    Ubushakashatsi bwakozwe n’Urwego rw’Imiyoborere RGB mu 2017, bwerekana ko mu baturage babajijwe bagaragaje ko amakimbirane mu miryango yari hejuru ya 50% by’imiryango yose mu gihugu, mu 2019 ubwo bushakashatsi bwagaragaje ko amakimbirane yari ku kigero cya 60.7% na ho mu 2019 yariyongereye agera ku kigero cya 70.39%.

    The post Ntagikozwe ingaruka ziterwa n’amakimbirane yo mumiryango zakwiyongera cyane. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/ntagikozwe-ingaruka-ziterwa-namakimbirane-yo-mumiryango-zakwiyongera-cyane/

  • Big Boss ugiye kuza i Kigali gukina filime yatangaje ko yiteguye guhiga benshi barimo na Ndimbati yise ‘agahinja’-VIDEO – Inyarwanda.com #rwanda #RwOT

    Umuraperi Habanabashaka Thomas uzwi nka Big Boss ari mu biganiro n’abayobozi ba filime y’uruhererekane ku buryo mu minsi mike umuziki yakoraga atangira kuwufatanya no gukina filime. Yakomeje avuga ko gukina filime yumva ari impano yifitemo ku buryo bitazamugora, asaba abamamaye muri iki gisata cya sinema hano mu Rwanda kumwitega.

    source https://rss.app/articles/862477a63bc37168a61ec4e0d85a68cbec5bb94447b309664e1fc4e5065d9ade19efc11f8b6d60bbd42faf9e89031eaf590bfd5fddc991ed0cbd43ba3e6d61eb5efd2cd409c1fe3a713fc8c132879e23b9a66ef6faa61287781ced41e552419d1a59e2aeec12857ba175820938cdd304fab25a45fb2348db40f1a13889224d61e20bfd173fd3b34a

  • Abagande bane bafatiwe ibihano na Leta zunze ubumwe za Amerika #rwanda #RwOT

    Minisiteri y’imari ya Amerika itangaza ko yafatiye ibihano abaturage bane ba Uganda bashinjwa gucuruza abana. Aba baturage ba Uganda bane ni abacamanza babiri, Mukiibi Moses na Musalu Musene Wilson, umunyamategeko, avoka, Mirembe Dorah n’umugabo we Mukisa Ecobu Patrick.

    Leta zunze ubumwe z’Amerika, ibarega ubufatanyacyaha bwo kubeshya ababyeyi b’abakene ngo babahe abana babo babajyane mu mashuri i Kampala, babagezayo bakabeshya ko ari imfubyi, noneho bakabaha, ku mafaranga menshi, Abanyamerika bashaka kubiyandikishaho mu mategeko nk’abana babo (ibyo bita adoption mu Gifaransa).

    Kuri minisitiri wungirije w’imari w’Amerika, Justin Muzinich, agira ati:”kubeshya ababyeyi b’abakene bene aka kageni ni ishyano ribabaje cyane aba babyeyi. Ni ukwica uburenganzira bw’ikiremwamuntu”. Akomeza ati: “Aba bantu bane bikwijeho umutungo batatiye icyizere n’umutima mwiza by’Abanya-Uganda n’Abanyamerika”.

    Inyubako ya Minisiteri y’imari y’Amerika mu mujyi wa Washington, DC.

    Mu bihano Amerika yahaye aba Baganda bane nkuko VOA ibitangaza, harimo gufatiira imitungo baba bafite muri Amerika ku giti cyabo cyangwa bayifatanyije n’abandi bantu no kutagirana ubuhahirane cyangwa ubucuruzi n’Umunyamerika uwo ari we wese. Ku bacamanza Mukiibi na Musene hariyongeraho no kubima viza zo kujya muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/abagande-bane-bafatiwe-ibihano-na-leta-zunze-ubumwe-za-amerika/

  • Kigali : Isoko rya Nyarugenge n’iryo kwa Mutangana yabaye afunzwe #rwanda #RwOT

    Mu minsi itatu gusa abantu 219 biganjemo abakuwe mu isoko rya kijyambere rya Nyarugenge, iryo kwa Mutangana no muri Minisiteri zitandukanye basanganywe Coronavirus.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yavuze ko isesengura rigaragaza ko hariho ugutezuka mu gukurikiza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus, aho mu masoko amwe n’amwe abantu batambara udupfukamunwa, abandi bakatwambara nabi ndetse ntibanakarabe uko bikwiriye.

    Yagize ati “Kubera n’imiterere y’akazi ko mu isoko, ukuntu abantu baba baganira, abacuruza n’abagura, ugasanga abantu bicaye bateye intebe bari kuganira umwe ku wundi, nk’aho nta kibazo na gito gihari cy’uburwayi bwa COVID-19, begeranye umuntu umwe ku wundi, bavuga, nta kibazo bafite nk’aho COVID-19 itariho.”

    Yatangaje ko kuva mu kwezi gushize, byatangiye kugaragara ko mu masoko harimo ikibazo ku bakarani bafasha abacuruzi n’abakiliya, baraburirwa ariko ntibakomeza kubahiriza amabwiriza.

    Ati “Hari ikibazo cyo kwirinda ubu burwayi ndetse hari abo wumva basa n’aho batemeranya natwe ku mabwiriza tubabwira ko iyi ndwara yica, ni nk’aho hari abatemera ubukana bw’iyi ndwara.”’

    Dr Ngamije yavuze ko atari ngombwa ko iyi ndwara yica abantu benshi kugira ngo abandi bumve ko ikomeye ndetse ko bidakwiye ko abantu bajya impaka ku bukana bwayo ku buryo umuntu ahitamo kujenjeka kugeza yanduye.

    Nyuma yo kubona ukuzamuka kudasanzwe kw’imibare y’abanduye Coronavirus, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwafashe umwanzuro wo gufunga isoko rya Nyarugenge n’iryo kwa Mutangana i Nyabugogo mu minsi irindwi.

    Itangazo ryashyizweho umukono na Rubingisa Pudence uyobora Umujyi wa Kigali, rimenyesha abakorera muri ayo masoko n’abayagana ko ‘guhera tariki ya 17 Kanama kugeza tariki 24 Kanama 2020, Isoko ryo kwa Mutangana, inyubako ikoreramo Isoko rya Kigali City Market n’amaduka ari mu nkengero zayo bifunzwe.’

    Akarere ka Nyarugenge gafatanyije n’abayobora Isoko ryo kwa Mutangana baramenyesha abarikoreramo ahandi hateganyirijwe ibikorwa by’ubucuruzi bw’ibiribwa.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Nyirarukundo Ignatienne, yabwiye RBA ko imikorere mu masoko igiye guhinduka mu buryo bwihariye akaba ashobora kwimurirwa mu nkengero z’Umujyi wa Kigali.

    Yagize ati “Twabajyana nko ku Giticyinyoni n’ahandi, kugira ngo bigabanye uwo mubyigano hagati mu mujyi.”

    Umujyi wa Kigali wijeje abacuruzi bafite ibicuruzwa bishobora kwangirika biri muri ayo masoko ko bahabwa igihe kugira ngo babikuremo. Ni igikorwa kizaba hakurikijwe amabwiriza yo kwirinda Coronavirus.

    Mu rwego rwo gukurikirana abahuye n’abanduye, biteganyijwe ko abakorera muri ayo masoko bazapimwa Coronavirus ndetse aho bakoreraga hagaterwa imiti.

    Kuva umurwayi wa mbere wa COVID-19 iterwa n’agakoko gashya ka Coronavirus agaragaye mu Rwanda, hamaze kuboneka 2453 banduye mu bipimo 334 270 bimaze gufatwa, 1648 barayikize mu gihe 797 bakiri mu bitaro naho umunani bitabye Imana.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Kigali-Isoko-rya-Nyarugenge-n-iryo-kwa-Mutangana-yabaye-afunzwe

  • Minaloc yaburiye abanyakigali nyuma y’uko abantu 219 banduye COVID-19 mu minsi itatu #rwanda #RwOT

    Kugeza kuri iki Cyumweru abamaze gusangwamo ubu burwayi mu Rwanda bari bageze ku 2453 barimo 101 bagaragaye kuri iki Cyumweru.

    Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu Mujyi wa Kigali ariho hakomeje kugaragara ubwandu bushya cyane cyane mu masoko ya Nyarugenge no kwa Mutangana ndetse no mu nzego zitandukanye zirimo na minisiteri.

    Minaloc ibinyujije kuri Twitter yongeye gukebura abanyakigali, ivuga ko badakwiriye kujenjekera icyorezo.

    Yagize iti “Mu minsi itatu ishize mu Rwanda habonetse abanduye COVID19 bagera kuri 253, barimo 219 babonetse muri Kigali gusa Banyakigali, tureke kujenjeka.”

    Minaloc yakomeje yibutsa abaturage amabwiriza yo kwirinda Coronavirus, kandi ko kutayubahiriza ari uguhungabanya umutekano.

    Bati “Duhagurukire kurwanya Koronavirusi, ntugende udafite agapfumamunwa,nta gucaracara nyuma ya saa 21:00, nta kugenda twegeranye, nta kujya ahantu hafunze turi benshi, nta kujya mu tubari kandi twirinde ingendo zitari ngombwa.Kutubahiriza amabwiriza ni uguhungabanya umutekano.”

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, kuri iki Cyumweru yavuze ko isesengura rigaragaza ko hariho ugutezuka mu gukurikiza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus, aho mu masoko amwe n’amwe abantu batambara udupfukamunwa, abandi bakatwambara nabi ndetse ntibanakarabe uko bikwiriye.

    Dr Ngamije yavuze ko atari ngombwa ko iyi ndwara yica abantu benshi kugira ngo abandi bumve ko ikomeye ndetse ko bidakwiye ko abantu bajya impaka ku bukana bwayo, ku buryo umuntu ahitamo kujenjeka kugeza yanduye.

    Nyuma yo kubona ukuzamuka kudasanzwe kw’imibare y’abanduye Coronavirus, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwafashe umwanzuro wo gufunga isoko rya Nyarugenge n’iryo kwa Mutangana i Nyabugogo, mu minsi irindwi.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Minaloc-yaburiye-abanyakigali-nyuma-y-uko-abantu-219-banduye-COVID-19-mu-minsi-itatu

  • Ibice by’i Kigali, Nyamasheke na Nyamagabe byakuwe muri Gahunda ya Guma mu rugo #rwanda #RwOT

    Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase kuri uyu wa 16 Kanama 2020, rigaragaza ko icyemezo cyo gukura utu duce muri gahunda ya Guma mu Rugo cyafashwe nyuma y’ubusesenguzi bwakozwe n’inzego z’ubuzima harebwa uko icyorezo gihagaze.

    Mu duce twasubijwe mu bihe bisanzwe harimo imidugudu ya Indamutsa, Intiganda na Tetero yo mu Kagari ka Tetero mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge.

    Mu Karere ka Nyamasheke, utugari twose turimo Mubuga, Gitwa, Butare na Jarama two mu Murenge wa Gihombo natwo twakuwe mu rugo.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, yabwiye RBA ko iki cyemezo cyafashwe nyuma yo gusanga nta bwandu bushya bukiboneka.

    Yagize ati “Gahunda ya Guma mu rugo yavanyweho mu Murenge wa Gihombo muri Nyamasheke kuko nta barwayi bashya bakihaboneka.”

    Itangazo rya Minaloc kandi ryagaragaje ko i Nyamagabe ho Akagari ka Kigeme (ukuyemo Umudugudu wa Gakoma) mu Murenge wa Gisaka n’Akagari ka Ruhunga mu Murenge wa Kibirizi natwo twakuwe mu rugo.

    Rigira riti “Umudugudu wa Gakoma ukomeza gahunda ya Guma mu Rugo kugeza isesengura ry’inzego z’ubuzima rigaragaje ko nta cyorezo cya Coronavirus kikihagaragara.”

    Abaturage batuye mu mudugudu wagumishijwe mu rugo bibukijwe ko bagomba gukomeza kubahiriza amabwiriza abigenga.

    Mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus muri ako gace, inzego z’ibanze n’iz’umutekano zasabwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amabwiriza yagenwe.

    Mu kiganiro cyo kuri iki Cyumweru cyagarutse ku ngamba zo kurwanya Coronavirus mu Mujyi wa Kigali, Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel yashimangiye ko buri wese akwiye kuba ijisho rya mugenzi we mu guhangana n’iki cyorezo.

    Yakomeje ati “Nta muntu ukwiye kuba icyuho cy’indwara, ukemera ko umuntu utubahirije amabwiriza akomeza kurebererwa. Koresha umuti, hwitura mugenzi wawe. Si ukuvuga ngo nabitunganyije, abandi bibwirize, na we bikugiraho ingaruka.”

    Abanyarwanda barasabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus yatanzwe n’inzego z’ubuzima ndetse hagira ugaragaza ibimenyetso birimo gukorora, guhumeka bigoranye cyangwa ubonye ubifite agahamagara umurongo utishyurwa wa 114.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Ibice-by-i-Kigali-Nyamasheke-na-Nyamagabe-byakuwe-muri-Gahunda-ya-Guma-mu-rugo

  • Kigali : Umugore waranguzaga urumogi mu baturage yatawe muri yombi #rwanda #RwOT

    Umuyobozi wa Polisi w’umusigire mu karere Nyarugenge, Chief Inspector of Police (CIP) Theogene Kariwabo yavuze ko kugira ngo Musabyimana afatwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bari bafite amakuru ko acuruza urumogi.

    Ati “Abaturage baturanye nawe mu murenge wa Kimisagara mu mudugudu w’amahoro nibo baduhaye amakuru noneho abapolisi bakorana na bamwe mu baturage bajyayo nk’abakiriya bamubwira ko bashaka urumogi, bagezeyo basanga afite udupfunyika 5082.”

    CIP Kariwabo yaboneyeho gukangurira abayobozi mu nzego z’ibanze kujya bashishoza ku baturage bari mu midugudu bayobora kuko uyu wafashwe yari amaze ukwezi kose aba mu mudugudu bitazwi.

    Ati “Uyu mugore avuga ko yavuye mu karere ka Rubavu aza kuba muri Kimisagara mu kagari ka Kimisagara mu mudugudu w’Amahoro. Yahabaga abayobozi batabizi, akaba yacuruzaga utuntu tw’imboga n’imbuto iwe mu rugo mu rwego rwo kujijisha kugira ngo acuruze urumogi. Turakangurira abayobozi ku midugudu, amasibo kujya bagira ikaye y’abashyitsi bakamenya abashyitsi ndetse n’abaje gutura.”

    Musabyimana yavuze ko urumogi yaruzanirwaga n’umuntu warukuraga i Rubavu ariko nawe mu minsi ishize yarafashwe ubu afungiye muri gereza ya Nyakiriba.

    CIP Kariwabo yashimiye abaturage batanze amakuru, asaba n’abandi kujya bafatanya na Polisi mu kurwanya ibyaha.Yabagaragarije ko ibiyobyabwenge aribyo ntandaro y’ibindi byaha byose ndetse bikabaviramo gufungwa.

    Uyu mugore aje akurikira irindi tsinda ry’abantu bakwirakwizaga urumogi mu mujyi wa Kigali baherutse gufanwa ibiro 10 by’urumogi n’udupfunyika 13,200 byose bafatiwe mu karere ka Gasabo.

    Musabyimana yashyikirijwe urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Kimisagara.

    Itegeko no 54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 rirwanya ruswa ingingo yaryo ya 4 ivuga ko umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka. irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Kigali-Umugore-waranguzaga-urumogi-mu-baturage-yatawe-muri-yombi