Tag: news

  • Wiyica amazi, itagucura umwuka- Minisitiri Shyaka nyuma y’uko babiri bishwe na COVI19 #rwanda #RwOT

    Ni ubutumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Kanama 2020, nyuma y’uko Minisiteri y’Ubuzima itangaje ko abantu babiri bahitanywe na Coronavirus.

    Ni ku nshuro ya mbere kuva umurwayi wa mbere wa Coronavirus agaragaye mu Rwanda ku wa 14 Werurwe 2020, hatangajwe abantu babiri bitabye Imana mu munsi umwe.

    Minisitiri Prof Shyaka yavuze ko “Uyu munsi, #COVID19 yahitanye abantu 2 . Nibwo bwa mbere mu #Rwanda idutwaye abarenze 1, umunsi umwe !”

    Yakomeje agira ati “Ibi bigomba kugira icyo bibwira buri wese muri twe : kuyirinda, kuyirinda abacu, kuyirinda igihugu, NI UBU ! Icyo ukora cyose, aho uri hose, Wiyica amazi, itagucura umwuka !”

    Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima yok u wa 18 Kanama igaragaza ko mu masaha 24 yashize mu bipimo 4326 yafashe yasanze abantu 37 banduye Coronavirus.

    Abarwayi bashya bagaragaye muri Kigali ahakuwe 28 mu bahuye n’abanduye n’abapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, i Rusizi habonetse batandatu, mu gihe mu Turere twa Rwamagana, Rubavu na Huye buri hose habonetse umwe.

    Abantu 22 ni bo bakize bituma umubare w’abamaze gusezererwa mu bitaro uba 1683.

    Kuva umurwayi wa mbere wa COVID-19 agaragaye mu Rwanda ku wa 14 Werurwe 2020, hamaze kuboneka abantu 2577 banduye mu bipimo 342 614 bimaze gufatwa, 1683 barayikize mu gihe 884 bakiri mu bitaro naho icumi bitabye Imana.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Wiyica-amazi-itagucura-umwuka-Minisitiri-Shyaka-nyuma-y-uko-babiri-bishwe-na-COVI19

  • Polisi yagaye ndetse yemeza ko abitaribiriye ibirori by’umukunzi wa Sarpong bafashwe, babiri baracyashakishwa #rwanda #RwOT

    Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata abantu bari bitabiriye ibirori by’umukunzi wa Sarpong, habonetse 11 muri 13 bahise bajyanwa mu kato ahabugenewe, ni mu gihe babiri basigaye bagishakishwa.

    Ku munsi wo ku Cyumweru tariki ya 16 Kanama 2020, i Nyamirambo mu Busitani bwa Mera Neza, rutahizamu Michael Sarpong yafashije umukunzi we kwizihiza isabukuru y’amavuko, ni umuhango witabiriwe n’ibyamamare bya ruhago bitandukanye.

    Ni isabukuru yakuruye impaka bitewe n’amafoto yagiye hanze, abantu bageranye ndetse batanambaye udupfukamunwa, muri make bari barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI.RW, umuvigizi wa polisi y’u Rwanda, CP Jean Bosco Kabera yavuze ko bitewe n’amafoto yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga aba bantu bakurikiranywe bagafatwa ndetse bakaba bari mu kato, gusa ngo hari babiri bataraboneka.

    Yagize ati“ni amafoto yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza abantu barimo abakinnyi b’umupira barenze ku mabwiriza ya COVID-19, ni byo rero barashakishijwe haboneka abantu 11 muri 13 bagaragaye muri icyo gikorwa, bakaba barahise bajyanwa mu kato.”

    Yakomeje anyomoza amakuru y’uko aba bakinnyi baba bafunze, ngo barimo kwitabwaho n’abaganga bareba niba ntawanduye COVID-19.

    Yagize ati“bajyanywe mu kato ahabugenewe ntabwo bari muri kasho ya polisi. Igihe bazamarayo bizagenwa n’inzego zibishinzwe, bari mu kato, barimo gukurikiranwa n’abaganga, bazabapima urumva ibyo ntabwo polisi yabyinjiramo.”

    Yashimiye abanyarwanda bagize uruhare kugira ngo amafoto nk’ariya ajye hanze, gusa yagaye abantu nk’abariya abandi bafatiraho urugero baba barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Inzego z’umutekano zikaba zikomeje gushakisha abandi bantu 2 basigaye kugira ngo na bo bajyanwe mu kato basangeyo bagenzi babo.

    Mu bantu bari bitabiriye iyi sabukuru harimo Sarpong n’umukunzi we, umutoza wa Kiyovu Sports, Karekezi Olivier, Irambona Eric Gisa, Kimenyi Yves, Mbogo Ally ba Kiyovu Sports, Habimana Hussein, Rugwiro Herve, Mugisha Gilbert ba Rayon Sports.

    Nta dupfukamunwa, nta ntera bahanye, muri make barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

    source http://isimbi.rw/siporo/article/polisi-yagaye-ndetse-yemeza-ko-abitaribiriye-ibirori-by-umukunzi-wa-sarpong-bafashwe-babiri-baracyashakishwa

  • Amarangamutima y’umunyarwanda nyuma yo gusinyira Arsenal #rwanda #RwOT

    Nyuma y’uko ikipe ya Arsenal mu cyiciro cya mbere mu Bwongereza itangaje ko yamaze gusinyisha umunyarwanda, George Lewis Igaba-Ishimwe, uyu musore yatangaje ko ari ibintu yishimiye kandi byamutunguye kuko atiyumvishaga ko yakinira iyi kipe.

    Lewis George ukina ku mpande asatira, yakuriye muri Norvège ariko akaba yaravukiye mu Rwanda, ababyeyi be baza kwimukira muri iki gihugu.

    Nyuma yo gusinyira ikipe ya Arsenal amasezerano y’imyaka 2 n’igice aho azabanza mu batarengeje imyaka 23, avuga ko ari ibintu byamurenze, akaba afite inzozi zo gukora cyane akazamurwa mu ikipe ya mbere ya Arsenal.

    Yagize ati“biragoye kubyiyumvishira. Ni ibyo kwishimira muri aka kanya. Icyo nshaka kugeraho birumvikana ko ari ugukinira ikipe ya mbere ya Arsenal nkabona imikino myinshi, nkatsinda ibitego nkanatanga imipira kuri bagenzi banjye.”

    Uyu mukinnyi w’imyaka 20, yakuriye mu ikipe y’abato muri Norvege ya Tromso IL nyuma aza gukinira Tromsdalen na Fram Larvik batandukanye umwaka ushize wa 2019.

    Intego ni ugukinira Arsenal nkuru

    source http://isimbi.rw/siporo/article/amarangamutima-y-umunyarwanda-nyuma-yo-gusinyira-arsenal

  • Mali President Resigns After Military Mutiny #rwanda #RwOT

    Malian President Ibrahim Boubacar Keita announced early on Wednesday that he is resigning from his post saying that he does not wish blood to be shed following a military mutiny that plunged the country into a political crisis.

    “Today, certain parts of the military have decided that intervention was necessary. Do I really have a choice? Because I do not wish blood to be shed,” Keita said in a brief statement broadcast on national television.

    Keita said that he has decided “to give up my duty from now on.”

    It is unclear if the military is now officially in charge of the country.

    Earlier, Keita and Prime Minister Boubou Cisse were detained by soldiers in a dramatic escalation of a months-long crisis in the country.

    The development came hours after soldiers took up arms and staged a mutiny at a key base in Kati, a town close to Bamako.

    President Ibrahim Boubacar Keita and Prime Minister Boubou Cisse [File: AFP/EPA]

    The soldiers were expected to deliver a statement later, while countries in West Africa, along with former colonial power France, the European Union and the African Union, denounced the actions of the soldiers and warned against any unconstitutional change of power.

    The events came amid a weeks-long political crisis that has seen opposition protesters taking to the streets to demand the departure of Keita, accusing him of allowing the country’s economy to collapse and mishandling a worsening security situation.

    I strongly condemn the forced detention of President Ibrahim Boubacar Keita of #Mali, the Prime Minister and other members of the Malian govt, and call for their immediate release. My full statement:https://t.co/zvJVuJJbjp

    — Moussa Faki Mahamat (@AUC_MoussaFaki) August 18, 2020

    Mali’s years-long conflict, in which ideologically-motivated armed groups have stoked ethnic tensions while jockeying for power, has spilled into the neighbouring countries of Niger and Burkina Faso, destabilising the wider Sahel region and creating a massive humanitarian crisis.

    Earlier on Tuesday, opposition protesters gathered at a square in Bamako in a show of support for the soldiers, while foreign embassies advised their citizens to stay indoors.

    source https://taarifa.rw/mali-president-resigns-after-military-mutiny/

  • Rwanda To Install Automatic Disinfection Gates At All Public Facilities To Curb COVID-19 Spread #rwanda #RwOT

    Rwanda Biomedical Center (RBC) has launched an automatic disinfection gate at its Head Office as government plans to install more gates at the entrance of all public facilities to contain further spread of COVID-19.

    These gates will strengthen the government’s efforts to prevent further spread of the virus.

    They will be placed at entrances of all public places, especially markets, hospitals and government buildings, the Director General of RBC Sabin Nsanzimana while launching the gate.They are also able to detect body temperature of people who go through it and whether they wear face masks, said Nsanzimana, adding that they will greatly contribute to quick temperature screening, disinfection and reduce the risk of virus transmission since people will be disinfected before entering public facilities.

    The gate is equipped with non-contact temperature sensor, auto-sanitizer dispenser and disinfectant sprayer, according to him.

    Rwanda on Monday closed two major markets in Kigali for a week due to an increase of COVID-19 cases in the city’s Nyarugenge district, especially in the two markets.

    The ministry of health said the 253 positive cases reported in the country from last Friday to Sunday are mostly from the two markets.

    By Tuesday, Rwanda had 884 active cases with 1,683 recoveries and 10 deaths.

    source https://taarifa.rw/rwanda-to-install-automatic-disinfection-gates-at-all-public-facilities-to-curb-covid-19-spread/

  • Jeannine ni umurundikazi arashaka umusore w’umunyarwanda bakwinjirana m’urukundo. #rwanda #RwOT

    Nitwa Jeannine Ndihokubwayo ndi umurundikazi mfite imyaka 29, ndashaka umusore w’umunyarwanda twakundana. Ntuye mu Burundi ariko niteguye kuza gutura mu Rwanda nkibanira n’uwantwaye umutima. Icyifuzo cyanjye n’uko uwo twakundana yakwemera ko dot ibera inaha noneho marriage ikazabera mu Rwanda. Narangije kwiga university kandi mfite akazi kuko nkorera papa muri business ye. Ababyeyi banjye ndabakunda cyane kandi ndabizi ko batazabikunda ko mbana n’umunyarwanda ariko njye ibitekerezo byanjye bireba kubindi sinjye ncira urubanza umuntu ngendeye kubintu idafatika. Kubwanjye abantu twese turi abavandimwe kuko ibyo duhuje nibyo byinshi cyane kurenza ibyo tudahuje. Hari impamvu nyinshi nkunda abanyarwanda nsetse hari impmavu nyinshi zituma nshaka kuba mu Rwanda ubishaka ansange inbox ndabimusobanurira byose. Ndabizi ko kuza mu Rwanda bitazoroha ariko niwo mwanzuro wanjye. Nizeyeko umuntu tuzakundana ibyo nabyo azabih agaciro. Niyo mpamvu nshaka umuntu utazantesa kandi akaba ari umuntu utazatuma mbaho nabi, agomba kuba afite ubushobozi kandi afite akazi keza atarengeje imyaka 40 kandi ari umuntu w’umunyabwenge ureba kure utagira ivangura iryariryo ryose. Yanyandikira inbox cyangwa akampamagara kuri +25768640007

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    source https://www.imbere.com/jeannine-ni-umurundikazi-arashaka-umusore-w-umunyarwanda-bakwinjirana-murukundo/

  • Umusore twakundanaga yaranyanze ngo kubera ntaciye imyeyo none ndashaka umusore wakwemera kunkunda. #rwanda #RwOT

    Nitwa Uwera Sabine mfite imyaka 26 ntuye i Kigali. Nakundanye n’umusore turakundana cyane bigera ubwo dutangira gutekereza kuba twabana. Buri gihe iyo icyo kiganiro twatangiraga kukivugaho yahitaga ambwira ko mbere yo gutangira gupanga ubukwe tugomba kubanza kuryamana. Jye nari naramuhakaniye kuko nabyiyumvagamo ko umunsi twaryamanye ashobora kuzahita anyanga. Byakomeje gutyo dukomeza gukundana, ajya kunyerekana iwabo nanjye mwerekana iwacu ibyo byatumye mugirira ikizere mbona ko ankunda by’ukuri. Uretse n’ibyo, ibintu byose yankoreraga byanyerekaga ko ankunda nta buryarya. Maze kubyishyiramo ko twamaze guhuza, twongeye kugira ibiganiro byo kuba twapanga ubukwe, nawe yongera kunsubiriramo ko atapanga ubukwe tutararyamana. Bitewe n’uko nari namaze kumwizera narabyemeye kuko nubundi kuva yaramaze kunyerekana iwabo nari naratangiye kwitwara nk’aho ndi umugore we. Nyuma y’uko turyamanye yanyoherereje ubutumwa ambwira ko adashobora kubana nanjye. Namubajije impamvu ambwira ko kuba ntaraciye imyeyo byerekana ko ntazigera mufata neza mu buriri, ko ntazamushimisha, ko bizatuma ararikira abandi bagore bityo akanca inyuma. Ngo rero icyo yifuza n’ukubana n’umukobwa waciye imyeyo kuko ari byo bizamurinda kujya mu busambanyi. Uretse kuba narabyumvaga gutyo, ibyerekeranye no guca imyeyo nta muntu wundi wari warigeze abinganirizaho muri make sinari mbisobanukiwe kuko sinagize amahirwe yo kubana n’ababyeyi banjye, bitabye Imana nkiri muto, wenda bo bari kuba barabinsobanuriye. Ubu rero ndashaka umuntu twakundana tukibanira we akankunda by’ukuri kandi akanyizeza ko atazanca inyuma kandi ko atazanziza icyo kintu. Habaye hari uhari yanyandikira inbox.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    source https://www.imbere.com/umusore-twakundanaga-yaranyanze-ngo-kubera-ntaciye-imyeyo-none-ndashaka-umusore-wakwemera-kunkunda/

  • Nkeneye umusore twakundana akambera umugabo akamfasha kurera abana banjye. #rwanda #RwOT

    Nitwa Furaha Mary mfite imyaka 38 umugabo wanjye yitabye Imana mu myaka 4 ishize. Umugabo wanjye twakundanye urukundo rw’ukuri tubana neza imyaka 10 tubyarana abana 4 abahungu 3 n’umukobwa umwe, nyuma aza gufatwa n’indwara iramuhitana nsigara ndera abana ndi umwe. Ibi mu bihe bya mbere ntibyangoye ariko nyuma y’uko umugabo wanjye apfuye nahise ntangira ubucuruzi ngira amahirwe burampira buraguka cyane ntangira kujya mbura umwanya wo kwita ku bana. Kurera abana b’abahungu uri umugore biragoye niyo mpamvu nshaka umusore wakwemera ko tubana akamfasha kurera abana akababera se akajya abashyiraho igitsure kugira ngo babashe kugendera mu murongo muzima. Uwumva twakundana anyandikire inbox.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    source https://www.imbere.com/nkeneye-umusore-twakundana-akambera-umugabo-akamfasha-kurera-abana-banjye/

  • Nitwa Antoinette ndashaka umusore dukundana yabishaka nkamugira umukire kandi sinzabimucyurira. #rwanda #RwOT

    Nitwa Hakizimana Antoinette mfite imyaka 40. Ubwo nari umukobwa ntakintu nagiraga nari mbayeho ubuzima bubi cyane kuburyo no kubona icyo kurya byabaga ari intambara ikomeye. Naje kumenyana n’umusore w’umukire arankunda ansaba ko twabana ndabyemera. Umugabo wanjye ninkaho yankuye ku muhanda arankunda amfata neza ampa buri kimwe. Sinavuga ko namukurikiyeho ibintu ahubwo inzara n’ubuzima bubi nari mazemo igihe byanteraga ubwoba cyane bituma muhungiraho nink’aho ntayandi mahitamo nari mfite. Tukibana naramwubahaga cyane kandi nawe yarankundaga cyane agakora ibishoboka byose kugira ngo anshimishe. Tumaze kubyara umwana wa mbere nakomeje kumwubaha kandi numvaga n’urukundo rutangiye kunzamo ariko we yatangiye guhinduka, imico ye nimyifatire birahinduka, atangira kujya anywa inzoga kandi mbere atarazinywaga, ntiyongera kunyubaha ahubwo yahoraga ancyurira ko yankuye mu buzima bubi kandi ko nintamwubaha azabunsubizamo akishakira umukobwa ukiri muto. Ibyo narabyihanganiye, ariko bitewe n’uko twabanye ntabitewe n’urukundo ahubwo mbitewe no guhunga inzara, yatangiye kujya anca inyuma kubyihanganira birananira mpitamo gutandukana nawe. Ubu rero ndashaka gukundana n’umusore ufite urukundo rwa nyarwo, noneho tukabana nabitekerejeho namuhisemo nkamukunda by’ukuri. Bitewe nuko nanjye ibibazo by’ubukene nabinyuzemo, uwo musore niyo yaba ari umukene namukunda cyane nkamwubaha, nkamukura muri ubwo buzima bubi nkamukiza kandi sinzigera mbimucyurira nk’uko umugabo wanjye yabinkoze ahubwo nzamutetesha mubere byose. Ubishaka anyandikire inbox.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    source https://www.imbere.com/nitwa-antoinette-ndashaka-umusore-dukundana-yabishaka-nkamugira-umukire-kandi-sinzabimucyurira/

  • Ndashaka umuhungu twakundana tugashinga urugo rushingiye ku cyizere n’urukundo. #rwanda #RwOT

    Amazina yanjye ni Cynthia Irihose imyaka yanjye ni 33 nabanye n’umugabo tubyarana umwana umwe turananiranwa. Kuba twarananinwe si uko ndi ikirara ahubwo n’uko yampozaga kunkeke akirirwa ansebya avuga ngo muca inyuma. Nta mahoro yampaga ahubwo yahoraga ankekera ubusambanyi akabunshinja kandi ambeshyera. Kuko kuva twabana sinigeze muca inyuma na rimwe. Njye naramukundaga by’ukuri si amafaraga namukurikiyeho ahubwo umutima mwiza we niwo watumye mukunda. Nari mfite abagabo benshi banyirukaho ndetse n’abasore bose bambwira ngo ndekane n’umugabo wanjye nkundane nabo ariko nkabahakanira. Ahantu hose twajyaga bavugaga ko tutaberanye abantu bose bakambwira ngo mureke ngo kuki nashatse akagabo kagufi gasebetse kandi abagabo beza bahari, ariko njye ntagaciro nigeraga mbiha kuko naramukundaga by’ukuri, kandi nawe ubwe nahoraga mbimubwira ko mukunda kuruta ibibaho byose ariko we ntakizere yigiriraga yumvaga ko mubeshya, akumva ko nakurikiye amafaranga akumva ko aramutse akennye nahita muta. Abakire b’inshuti ze zose bacungaga adahari bakaza kumusura byumvikana ko arinjye babaga baje kureba bakantereta bakansaba urukundo bakambwira ngo amafaranga yose nshaka bazayampa ariko ndeke umugabo wanjye. Njye nkababwira ko ntakunze amafaranga ahubwo ko nkunda umugabo wanjye by’ukuri. Umugabo wanjye rero iyo yamenyaga ko baje adahari ubwo urugo rwahitaga rushya, iryo joro sinasiziraga yararaga anshinja ko namuciye inyuma bugacya. Nkahakana nkarira nkarahira indahiro zose zibaho ariko akanga kubyemera. Igihe rero cyaje kugera mbona ubwo buzima ntazakomeza kubwihanganira, mbona guhora nshinjwa ibyaha ntakoze ntazabihoramo mbona ko aricyo gihe cyo kurekana nawe. Icyo gihe nibwo yamenye ko namukundaga by’ukuri kandi ko namubwizaga ukuri, yansabye imbabazi ndabyanga kuko yisamye yasandaye. Ubu rero ndashaka umukunzi twakundana tukubakana urugo rushingiye k’urukundo n’icyizere. Ubutunzi ndabufite ariko sibwo bwubaka urugo, rero nanjye sibwo nashingiraho mu guhitamo umukunzi ahubwo umuntu wese wumva afite urukundo rw’ukuri anyandikire inbox.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    source https://www.imbere.com/ndashaka-umuhungu-twakundana-tugashinga-urugo-rushingiye-ku-cyizere-n-urukundo/