Tag: news

  • Itariki Perezida mushya w’u Burundi azarahiriraho yamenyekanye

    Umuvugizi wa guverinoma y’u Burundi ntiyahakanye cyangwa ngo yemeze aya makuru, gusa yeretse BBC abayatangaje yongeraho ati: “ufite amakuru”.

    Kuwa gatanu, urukiko rurengera itegekonshinga mu Burundi rwategetse ko igihe cy’inzibacyuho kidakenewe nyuma y’urupfu rwa Perezida Pierre Nkurunziza ko uwatowe arahira ‘vuba bishoboka’.

    Kuwa gatandatu, Evariste Ndayishimiye yavuze amagambo ko Pierre Nkurunziza agiye gusimbura “yamuteguye bihagije, yamweretse ibyo yari akeneye kumenya byose”.

    BBC yabonye ubutumwa yabwiwe ko ari ubw’abakuru b’ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD batumira abo muri iri shyaka ku nzego za komini kuzaza muri uwo muhango bambaye imyenda iranga iri shyaka.

    Umwe mu banyamakuru mu Burundi yabwiye BBC ko bamenyeshejwe ko bakwitegura uwo munsi uzabera ku murwa mukuru wa politiki mu ntara ya Gitega.

    Ndayishimiye w’imyaka 52, ni umunyamabanga mukuru w’ishyaka CNDD-FDD kuva mu 2016, umwanya yasimbuyeho Pascal Nyabenda.

    Yavukiye muri komine Giheta y’intara ya Gitega, yinjira mu nyeshyamba za CNDD mu 1995 nyuma yo kurokoka ubwicanyi ku banyeshuri b’abahutu muri kaminuza y’u Burundi muri uwo mwaka.

    Bwana Ndayishimiye yari mu ntumwa z’inyeshyamba za CNDD zajyaga mu biganiro by’amahoro na leta yari ikuriwe na Pierre Buyoya.

    Ibyo biganiro bitangira Hussein Rajab niwe wari ukuriye uruhade rwa CNDD mu biganiro nyuma aza gusimburwa na Pierre Nkurunziza wakoranaga bya hafi na Evariste Ndayishimiye.

    Ibi biganiro byageze ku bwumvikane mu 2000, inyeshyamba za CNDD mu 2003 zishyira intwaro hasi zihinduka ishyaka rya politiki CNDD-FDD ryinjira muri leta.

    Mu gusangira ubutegetsi, Evariste Ndayishimiye waje kuba Jenerali majoro yagiye gukora mu biro bikuru bya gisirikare.

    Kuva mu 2006 agirwa minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, nyuma agirwa umujyanama mu bya gisirikare wa Perezida Pierre Nkurunziza.

    Kuwa kane narahirira umwanya w’umukuru w’igihugu azaba abaye perezida wa cumi (9) w’u Burundi.

    source http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Politiki/article/Itariki-Perezida-mushya-w-u-Burundi-azarahiriraho-yamenyekanye

  • Icyo Kevin Muhire avuga ku makuru amugarura muri Rayon Sports

    Umukinnyi w’ikipe ya Misr Lel Makkasa yatije muri El Geish, Muhire Kevin yahakanye amakuru avuga ko yaba agiye kugaruka muri Rayon Sports nk’uko bimaze iminsi bivugwa cyane ko agifite amasezerano mu Misiri.

    Muri iyi minsi muri Rayon Sports hari inkuru nyinshi zitandukanye, bitewe n’ibihe iyi kipe irimo, gutakaza abakinnyi benshi, bivugwa ko yaba iri mu biganiro na bamwe mu bakinnyi bahoze bayikinira ngo babe bagaruka.

    Amazina yakunze kugenda agaruka ni Yannick Mukunzi, Caleb ndetse na Muhire Kevin bivugwa ko yaba irimo ishaka uko yabagarura.

    Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI, Muhire Kevin yavuze ko ayo makuru ari ibihuha ko agifite umwaka w’amasezerano mu Misiri kandi akaba adateganya no kugaruka gukina mu Rwanda.

    Yagize ati“reka reka, umuntu ajya mu ikipe atavugana n’umuntu n’umwe waho? Ntabwo birimo pe, nanjye mbyumva gutyo. Njye ndacyafite umwaka hano mu Misiri.”

    Uyu musore akaba asoje imyaka 2 mu myaka 3 yari yasinyiye ikipe ya Misr Lel Makkasa, gusa ngo kugaruka gukina mu Rwanda si inzozi arota vuba aha.

    Muhire Kevin nyuma yo kuva muri Centre ya Gikondo yinjiye mu Isonga muri 2013, yamazemo imyaka 2 maze muri 2015 yerekeza muri Rayon Sports yakiniye kugeza muri 2018 mbere y’uko yerekeza mu Misiri.

    Ngo kugaruka gukina mu Rwanda si nzozi arota vuba aha

    Ubu yakiniraga El Geish

    source http://isimbi.rw/siporo/article/icyo-kevin-muhire-avuga-ku-makuru-amugarura-muri-rayon-sports

  • Ibyo wamenya kuri Adetunwase Adenle, mwarimu umaze kwesa uduhigo tune dukomeye ku Isi

    Agahigo ka mbere yakesheje muri 2010, ubwo Nigeria yizihizaga isabukuru y’imyaka 50 ibonye ubwigenge. Icyo gihe nibwo Adenle yashushanyije ishusho ingana n’ikibuga cy’umupira w’amaguru gihagazemo abantu yandikamo ngo ‘Celebrating Nigeria @50′.

    Adetunwase Adenle, agahigo ka kabiri yesheje ni uguhagarika abana benshi hamwe bagasomera rimwe. Ibi ngo yabikoze mu rwego rwo gukundisha abantu gusoma. Mu gihe ashushanya ishusho ingana n’ikibuga cy’umupira w’amaguru yari agamije gukundisha abana gushushanya.

    Agahigo ka gatatu yesheje no ako guhagarika abantu benshi hamwe bagakarabira intoki rimwe barenga ibihumbi 37. Ibi byo yabikoze agamije gushishikariza abana kugira isuku mu rwego rwo kwirinda indwara z’ibyorezo.
    Adenle avuga ko azakomeza kwesa utundi duhigo mu rwego rwo kuzamura ibendera ry’igihugu cye ku ruhando mpuzamahanga no kwigisha abantu ibintu bitandukanye.

    Joshua Usoro, abenshi bazi nka Jason, niwe Munyanijeriya wa kabiri mu kwesa uduhigo twa Guinness World Records kuko aherutse kwesa agahigo ko kugenda ahantu harehare abyina. Aka gahigo kabaye aka kabiri kuri Jason kuko yari afite ako kubyina amasaha menshi.

    Jason yamaze amasaha 53, iminota 28 n’amasagonda 47 abyina, byabereye mu mujyi wa Lagos tariki 6 Mata 2019.

    source http://www.ukwezi.rw/Udushya/article/Ibyo-wamenya-kuri-Adetunwase-Adenle-mwarimu-umaze-kwesa-uduhigo-tune-dukomeye-ku-Isi

  • Young Grace yatangije kompanyi y’umwana we Diamante

    Umuraperikazi, Abayizera Grace wamamaye nka Young Grace, yamaze gufungura kompanyi mu izina ry’umwana we ya ‘Diamante Genix’ aho zimwe mu nshingano ifite ari ukwita ku bikorwa byerekeranye n’abana.

    Iyi kompanyi yafunguriye umwana utaruzuza umwaka cyane ko azawuzuza muri Kanama 2020, bimwe mu byo izajya ikora harimo gufotota abana bakivuka kandi kinyamwuga n’abana bose muri rusange.

    Gutunganya ibyumba by’abana, gutegura ibirori by’abana no gutunganya (decoration) aho biri bubere, ibi bikiyongeraho kwambika abana.

    Diamante ni umukobwa Young Grace yabyaranye na Rwabuhihi Hubert Pique bakundanaga, akaba yari yaranamwambitse impeta amusaba ko bazabana, gusa baje gutandukana umukobwa we ataravuka. Diamante azuza umwaka tariki ya 24 Kanama 2020.

    Ibyo iyi kompnyi izajya ikora

    Umushoramari Diamante

    Young Grace yafunguriye umwana we kompanyi

    source http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/young-grace-yatangije-kompanyi-y-umwana-we-diamante

  • Hoteli 3 zafunzwe kubera abantu 5 basanganwe Covid-19 bazinyuzemo aho ni Musanze:INKURU

    Amakuru aturuka mu Karere ka Musanze aravuga ko hari hoteli eshatu zafunzwe, abakozi bazo bashyirwa mu kato ndetse barapimwa nyuma y’uko hari abantu batanu basanzwemo icyorezo cya Coronavirus kandi barahanyuze.

    Umuyobozi w’aka Karere yabwiye Umuseke dukesha iyi nkuru ko bari gushakisha ababa barahuye na bariya bantu kugira ngo bashyirwe mu kato batanduza abandi.

    Amakuru avuga ko hari abantu batanu basanzwemo COVID-19 kandi baranyuze muri hoteli 3 zo mu Karere ka Musanze.

    Ngo bahanyuze ku tariki ya 5 – 6 Kamena 2020.

    Inzego z’umutekano zahawe amabwiriza yo kuba zifunze ziriya hoteli, abakozi babo bagapimwa, no gukorerwa irindi genzura ryimbitse kugira ngo zongere kwemererwa gukora.

    Umuyobizi w’Akerere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine yemeza ko hari abantu basanzwemo Covid-19 kandi baranyuze i Musanze.

    vuga ko icyatangiye gukorwa ari ugushaka abahuye n’aba bantu kugira ngo na bo bapimwe, kugira ngo hirindwe ikirakwira ry’icyorezo.

    Ku mugoroba wo ku wa gatandatu ni bwo mu Rwanda hagaragaye umubare munini w’abanduye Coronavirus kuva yahavugwa tariki 14 Werurwe 2020, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abanduye COVID-19 mu masaha 24 ashize ari 31 b’i Rusizi na Rusumo.

    Bariya bantu batangajwe tariki 13 Kamena 2020, batumye umubare w’abanduye mu Rwanda ugera ku bantu 541, abamaze gukira COVID-19 ni 332 barimo 11 bakize mu masaha 24 ashize, iki cyorezo kimaze guhitana abantu babiri.

    Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’Ubuzima,Dr Nsanzimana yabwiye ikinyamakuru IGIHE uyu munsi ko abantu bashya banduye coronavirus nubwo ari benshi, aho baturutse hazwi gusa asaba abanyarwanda kudakomeza kwirara,

    Yagize ati “Nko mu karere ka Rusizi hari umubare mwinshi w’Abanyarwanda batahutse bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barakirwa ndetse bashyirwa ahantu habugenewe baranapimwa, aba bafite uruhare runini rw’abantu batangajwe ejo, ni kimwe na Kirehe aho dusanzwe tubona abatwara imodoka zambukiranya impika zitwara ibicuruzwa.”

    Dr Nsanzimana yakomeje avuga ko nubwo imibare y’abanduye ari myinshi idakwiriye gutera abantu ubwoba nubwo natwe ukwiriye kwirara.

    Ati “Nubwo ari iyi mibare ari myinshi ariko ntikwiye gutera abantu ubwoba, gusa na none ntikwiye gutuma abantu birara ngo bavuge ko ari Rusizi cyangwa Rusumo kuko iki cyorezo cyagera aho ariho hose. Mu minsi 15 ishize nta muntu wari uzi ko Rusizi twahagira ikibazo turimo guhangana nacyo, aho waba uri hose ugomba kumenya ko wirinda kuko ntuba uzi uwaba afite ubwo burwayi aho aba yaraturutse.”

    “Nta gikuba cyacitse kubera umubare w’ejo, ariko ni no kudukangura ko coronavirus ntaho yagiye, abantu bakomeze bambare agapfumunwa neza, bakarabe intoki kandi basige intera hagati yabo”.

    Dr Nsanzimana yavuze ko ikindi kirimo gutuma imibare irushaho kuzamuka, ari ibipimo byinshi birimo gufatwa kuko ubu basigaye barenza ibihumbi bibiri ku munsi.

    Agaragaza ko gupima abantu benshi bitanga amahirwe yo kubona abafite uburwayi.

    RBC igaragaza ko kugeza ubu mu karere Rusizi ariho bashyize ingufu mu minsi 10 ishize aho boherejeyo amatsinda y’abantu ngo bafashe ku bushobozi buhanzwe.

    Yagaragaje ko gupima abantu muri aka karere ikomeje gutanga umusaruro, aho abarenga ibihumbi birindwi bamaze gupimwa.

    POSTED BY EMMY KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

     22 total views,  22 views today

    The post Hoteli 3 zafunzwe kubera abantu 5 basanganwe Covid-19 bazinyuzemo aho ni Musanze:INKURU appeared first on Rwanda Paparazzi.

    source https://rwandapaparazzi.rw/2020/06/15/hoteli-3-zafunzwe-kubera-abantu-5-basanganwe-covid-19-bazinyuzemo-aho-ni-musanzeinkuru/

  • Urotonde rwa bakobwa 9 bateye neza Umugabo ya kwifuza harimo n’Umunyarwanda umwe:AMAFOTO>>

    MU RWANDA USANGA ABANTU BENSHI BAVUGA KO ARICYO GIHUGU KIGIRA ABAKOBWA BEZA KURUSHA ABANDI BAKOBWA BO MURI  AFRICA ARIKO URUTONDE RWASOHOTSE MURI WEEKEND MU KINYAMAKURU THESTARSNEWS CYO MURI AFRICA YEPFO KEREKANYEMO UMUKOBWA UMWE W’UMUNYARWANDA.

    TANZANIA

    KANDI NAWE ABANTU BADASANZWE BAZI NKA AGGY NKURUNZIZA MU BAKOBWA BAGIRA AMABUNO MANINI KANDI ATEYE NEZA.

    HARIMO ABAKOBWA BANDUKANYE KANDI KOKO BEZA NAWE WABONA UKABA WABAHA AMANOTA BITEWE NUKO BASA CYAGWA UKO BATEYE NAGUSABA KWIHERA IJISHO UREBE IBIHUGU BATUKAMO HANO MURI AFRICA, DORE KO BAMWE USANGA BIBERA IBURAYI CYAGWA MURI AMERICA ARIKO KAVUGIRE YABO ARI MURI AFRICA.

    AMAFOTO REBA AHANO>>>

    ETHIOPIA
    KENYA
    BOTSWANA
    ETHIOPIA
    KENYA
    RWANDA
    STIL RWANDA
    UGANDA
    SOUTH AFRICA

    POSTED BY KABANDA JOSEPH KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

     532 total views,  532 views today

    The post Urotonde rwa bakobwa 9 bateye neza Umugabo ya kwifuza harimo n’Umunyarwanda umwe:AMAFOTO>> appeared first on Rwanda Paparazzi.

    source https://rwandapaparazzi.rw/2020/06/15/urotonde-rwa-bakobwa-9-bateye-neza-umugabo-ya-kwifuza-harimo-numunyarwanda-umweamafoto/

  • Covid-19: Uruhare rwa buri wese mu kubahiriza amabwiriza niko gutsinda icyorezo-CP Kabera

    Polisi y’u Rwanda irakangurira buri wese kwitwararika no kwirinda kuba nyirabayazana w’ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19. Ni muri iki gihe u Rwanda kimwe n’ibindi bihugu ku Isi ruhangana n’icyorezo cya COVID-19, aho buri wese asabwa kumva ko afite inshingano ku giti cye zo kutaba nyirabayazana w’iki cyorezo aho ari hose, haba mu muryango arimo no mubo ahura nabo.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera avuga ko “uruhare rwa buri muntu mu gukurikiza amabwiriza yo kurwanya Koronavirusi ariyo ntwaro yo gutsinda iki cyorezo”.

    Yagize ati “Buri muntu akwiye kugira amahitamo atuma atandura Koronavirusi. Aya mahitamo ni ukwiha intego cyangwa umuhigo ugira uti ” Ntabe ari njye utuma abandi bandura COVID-19.”

    Yakomeje avuga ko buri muntu niyiha uyu muhigo azaba arinze umuryango we, abo bakorana, abakiriya be, abo bafatanyije ubucuruzi, aho agenda hose. Muri rusange azaba arinze umuryango nyarwanda wose.

    CP Kabera, yibukije abantu ko aya mahitamo agomba gukurikiza amabwiriza asanzweho yo kwirinda Koronavirusi.

    Yagize ati ” Kwambara agapfukamunwa neza kugeza ku mazuru kandi ukakambara ahantu hose, gusiga intera nibura ya metero hagati y’umuntu n’undi, kwirinda ingendo zitari ngombwa, kwirinda gusuhuzanya n’ibiganza cyangwa guhoberana, gukaraba intoki kenshi n’amazi meza n’isabune, gukaraba umuti wabigenewe ndetse no kubahiriza amasaha yagenwe byose ni bimwe mu bizafasha abantu kwirinda iki cyorezo kandi bizanagufasha kugera ku muhigo wawe”.

    CP John Bosco Kabera, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda.

    CP Kabera nkuko urubuga rwa Polisi dukesha iyi nkuru rubitangaza, yakanguriye abakoresha imbuga nkoranyambaga kuzifashisha bakagaragaza kandi bakanasangiza abandi amahitamo bafashe bakoresheje insanganyamatsiko igira iti #NtabeArinjye. Ni mu rwego rwo gushishikariza abandi kwirinda COVID-19.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/covid-19-uruhare-rwa-buri-wese-mu-kubahiriza-amabwiriza-niko-gutsinda-icyorezo-cp-kabera/

  • Papa Fransisiko ababajwe n’ibibera muri Libiya, arayitabariza

    Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Fransisiko mu isengesho ryo kuri uyu wa 14 Kamena 2020, yasabiye Abanyagihugu ba Libiya, Abimukira, impunzi n’abandi bose  bakomeje kuburabuzwa n’imidugararo n’intambara zihabera. Asaba ibihugu, Abanyepolitiki n’abategetsi ba Gisirikare guhagarika izi ntambara, bagashaka inzira iganisha ku mahoro arambye. Asaba buri wese gusengera iki gihugu

    Mw’ijambo Papa Fransisiko yavugiye ku rubuga rugari rwitiriwe Mutagatifu Pawulo I Vatikani, yagaragaje ko abantu b’ingeri zitandukanye muri Libiya, ubuzima bwabo bukomeje kujya mukaga bitewe n’ibibazo by’intambara z’urudaca zibera muri iki Gihugu. Yavuze ko adasiba gusengera abanyagihugu bateshejwe ingo zabo, impunzi kimwe n’abimukira bose bagerwaho n’ibibera muri iki gihugu.

    Asaba Imiryango mpuzamahanga, abantu bose barimo abanyapolitiki, abategetsi b’ingabo gushaka umuti wo kurangiza ibibazo biri muri iki gihugu, bagashaka inzira y’amahoro arambye n’ubumwe mu gihugu.

    Papa Fransisiko nkuko Vaticannews dukesha iyi nkuru ibitangaza, avuga ko icyorezo cya Coronavirus cyugarije Isi kikaba kinabangamiye iki gihugu cyasanze urwego rwacyo rw’ubuzima rwarazahajwe n’izi ntambara zihahora.

    Akomeza yibutsa uruhare rwa buri wese mu gushakisha amahoro muri iki gihugu, ko kandi nta n’umwe ukwiye kwihunza ibibazo biriho, ko buri wese akwiye gufata umwanya agasengera Libiya.

    Libiya, yakomeje kuba isibaniro ry’ibibazo by’intambara n’imidugararo y’urudaca. Byose byatangiriye mu kwivumbagatanya kw’Abanyagihugu batewe ingabo mu bitugu na bimwe mu bihugu n’imiryango mpuzamahanga, abakomeye ndetse n’ingabo za OTANI byaje kurangizwa no kwica Perezida Moamar Kadhafi mu mwaka wa 2011. Nyuma y’urupfu rwe kugeza magingo ay anta mahoro na mba araboneka muri iki gihugu.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/papa-fransisiko-ababajwe-nibibera-muri-libiya-arayitabariza/

  • Tanasha yagiriwe inama yo kujyana Diamond mu nkiko

    Umunyamakurukazi akaba n’umuhanzi w’umunyakenya, Tanasha Donna yagiriwe inama n’abanyamategeko be yo kujyana umuhanzi Diamond Platnumz mu nkiko kubera kutita ku nshingano ze ngo atange indezo y’umwana babyaranye.

    Mu minsi ishize Tanasha yumvikanye mu bitangazamakuru avuga ko Diamond nta kintu na kimwe amufasha ko ari we wirerera umwana w’umuhungu babyaranye, Naseeb Jr, gusa yanavugaga ko nta bufasha bwe akeneye kuko umwana we nta kintu na kimwe abuze.

    Ibinyamakuru bitandukanye muri Kenya, byatangaje ko nyuma yo kurera umwana we amezi 6, yatangiye kurebe uburyo yakemura iki kibazo ngo kuko na we bimubangamiye, ibi byatumye aganira n’abanyamategeko be bamubwira ko inzira ishoboka ari imwe, ari ukugana inkiko zikabikera.

    Uyu mugore abanyamategeko be bakaba batangiye gutegura ikirego bazatwara mu rukiko rw’abana i Nairobi muri Kenya.

    Tansha akaba yabwiye abanyamategeko be ko bimwe mu byo bagomba gushyira mu kirego ari ibyo yatungishije umwana mu mezi 6, kugira amafaranga azajya ahabwa buri kwezi yo kurera umwana yabyaranye n’uyu muhanzi bakaza gutandukana mu ntangiriro za Werurwe 2020.

    Kimwe mu bintu byateye Tanasha kuba yajyana Diamond mu nkiko, ni uko uyu muhanzi atajya yita ku bana yabyaye, ngo kuko uretse we n’abagore babyaranye mbere, Mobetto na Zari bagiye binubira ko uyu muhanzi yabatereranye.

    Kutita ku mwana yabyaranye na Tanasha bishobora kumutwara mu nkiko

    source http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/tanasha-yagiriwe-inama-yo-kujyana-diamond-mu-nkiko