Tag: news

  • DORE AMAFOTO 6 YUZUYEMO UDUKORYO TUDASANZWE ACICIKANA KU MBUGA ZA INTERNET:AMAFOTO>

    NI KENSHI DUKUNDA KUBEREKA AMAFOTO YIRIWE ACICIKANA KU MBUGA ZA INTERNET UYU MUNSI RERO TWABAZANIYE IFOTO UMUNTU WESE YAREBA IKIKANGA BITEWE NUBURYO BANYIRAZO BAGENDA BIFOTOZA BITANDUKANYE KANDI BIGATUMA ABANTU BENSHI BAREBA IZO FOTO ZABO>>

    REBA AMAFOTO YUZUYEMO UDUKORYO HANO>>>

    POSTED BY EMMY KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

     62 total views,  62 views today

    The post DORE AMAFOTO 6 YUZUYEMO UDUKORYO TUDASANZWE ACICIKANA KU MBUGA ZA INTERNET:AMAFOTO> appeared first on Rwanda Paparazzi.

    source https://rwandapaparazzi.rw/2020/06/14/dore-amafoto-6-yuzuyemo-udukoryo-tudasanzwe-acicikana-ku-mbuga-za-internetamafoto/

  • DRC/Ebola: Abantu 10 bamaze gupfa mu gihe kitagera kubyumweru 2

    Minisiteri y’ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo-DRC, kuri uyu wa gatandatu tariki 13 Kamena 2020 yatangaje amakuru mashya yuko icyorezo cya Ebola gihagaze mu ntara ya Équateur iri mu burengerazuba bw’igihugu, ivuga ko imaze kwica abantu 10.

    Abo bamaze gupfa, bari mu barwayi bashya 16 bamaze kuboneka guhera ku itariki ya 01 Kamena 2020, ubwo hatangazwaga ko Ebola yongeye kwaduka muri iki gihugu ku nshuro ya 11 mu mateka yacyo.

    Hari ahantu habiri habaye izingiro ry’iyi ndwara: hamwe ni i Mbandaka, mu murwa mukuru w’intara ya Équateur, ahabonetse abarwayi ku itariki ya 11 y’ukwa gatanu. Hakaba no mu karere k’ubuzima ka Bikoro, kuri kilometero 148 mu majyepfo ya Mbandaka, aho umugore wari wagiye mu muhango wo gushyingura i Mbandaka yatashye.

    Kuva ku itariki ya 14 y’ukwezi gushize kwa gatanu, DR Congo yatangiye kubara kugeza ku minsi 42 nta wundi murwayi mushya ubonetse kugira ngo itangaze ko Ebola yari yadutse mu burasirazuba bw’igihugu ku itariki ya mbere y’ukwa munani mu 2018 icitse.

    Iyo Ebola yo mu burasirazuba yatangajwe ko yahitanye abantu 2,280. BBC dukesha iyi nkuru itangaza ko yabaye iya 10 mu mateka ya DR Congo, iba n’iya kabiri mbi cyane mu mateka y’isi nyuma y’iyibasiye ibice bimwe byo mu burengerazuba bw’Afurika kuva mu 2013 kugera mu 2016 ikica abarenga 11,300.

    Ebola ni ndwara ki?

    • Ebola ni virusi itangira itera umuntu guhinda umuriro, gucika intege cyane, kubabara imitsi no kubabara mu muhogo.
    • Uko irushaho gukomera, uyirwaye araruka, agacibwamo ndetse akavira imbere ndetse akava n’amaraso mu bice byo hanze by’umubiri.
    • Abantu bayandura iyo bagize aho bahurira n’abayirwaye, nk’ahari igikomere ku mubiri, mu kanwa no mu mazuru, mu maraso, mu myanda iva mu mubiri cyangwa mu cyuya cy’uyirwaye.
    • Abarwayi ba Ebola akenshi bahitanwa n’umwuma ndetse no kunanirwa gukora kw’ingingo zimwe na zimwe z’umubiri.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/drc-ebola-abantu-10-bamaze-gupfa-mu-gihe-kitagera-kubyumweru-2/

  • U Rwanda rwahaye UNMISS ibikoresho byo kwifashisha mu kuvura Covid-19

    Mu rwego rwo gukomeza guhangana n’icyorezo cya COVID-19, u Rwanda kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Kamena 2020 rwahaye intumwa z’umuryango w’abibumbye zishinzwe kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo (UNMISS) ibikoresho byo kubafasha guhangana na Koronavirusi.

    Ku ruhande rw’ u Rwanda ibi bikoresho byatanzwe na Brig. Gen. Eugene Nkubito, umuyobozi w’ itsinda ry’intumwa z’umuryango w’abibumbye ziri i Juba muri Sudani y’Epfo.

    Brig. Gen. Nkubito, yavuze ko ibindi bikoresho bizaza mu kwezi gutaha ubwo hazaba hatangiye gusimburana kw’intumwa z’umuryango w’abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro muri iki gihugu.

    Yavuze ko Koronavirusi ari umwanzi wibasiye ikiremwa muntu ariyo mpamvu ubufatanye aribwo buryo bwonyine bwo gutsinda iki cyorezo.

    Joan Segui Barber, umuyobozi w’ishami rishinzwe laboratwari ya UNMISS yashimiye u Rwanda ku nkunga yarwo, avuga ko ari inkunga ikomeye mu kuzamura ubushobozi bwo kurwanya COVID-19.

    Yagize ati“ Ubundi iyo twashakaga gupima abantu byadusabaga gusaba ibikoresho ishami ry’umurango w’abibumbye ryita ku buzima ku kicaro cyaryo hano muri Sudani y’Epfo. Ibi bikoresho tubonye bigiye kutwongerera umuvuduko mu gupima abakozi”.

    Leta ya Sudani y’epfo nkuko urubuga rwa Polisi dukesha iyi nkuru rubitangaza, yashyizeho ingamba zo guhangana n’iki cyorezo harimo gushyiraho amasaha ntarengwa yo kuba buri muntu yageze iwe mu rugo, guhagarika amashuri no guhagarika imirimo itari ngombwa.

    Soma inkuru bijyanye hano: Sudani y’Epfo: Intumwa z’u Rwanda n’Abapolisi barwo bari mu butumwa bw’amahoro batangiye gupimwa Covid-19

    Twabibutsa ko muri iki cyumweru dusoza Leta y’u Rwanda yatangiye igikorwa cyo gusuzuma abapolisi, abasirikare ndetse n’abagize urwego rw’imfungwa n’abagororwa bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/u-rwanda-rwahaye-unmiss-ibikoresho-byo-kwifashisha-mu-kuvura-covid-19/

  • Abapolisi mu Bufaransa barakaye bajugunya amapingu hasi bamagana ababashinja irondabwoko

    Mu mujyi wa Marseille n’indi mijyi yo mu Gihugu cy’u Bufaransa kuri uyu wa Kane tariki 11 Kamena 2020, Abapolisi bararakaye bajugunya hasi amapingu kubera ko bumva batutswe n’ababashinja ibikorwa by’urugomo ndetse n’irondabwoko. Bamwe mubapolisi banenze Leta yabo ko ntakigenda, bananenga abahuza ibikorwa byabo n’abyabagenzi babo bo muri Amerika.

    Kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Kamena 2020 ubwo Abapolisi bigaragambyaga, banatwaye imodoka zigenda mu rukurikirane zimanuka mu gace karimo inyubako y’ibiro bya Perezida bya Champs-Élysées rwagati mu murwa mukuru Paris, bazuva amahoni.

    Aba Bapolisi, bamaganye abavuga ko hari isano hagati y’imikorere yabo n’iy’abapolisi bo mu mujyi wa Minneapolis muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Ku itariki ya 25 Gicurasi 2020, abapolisi b’i Minneapolis ho muri Amerika bataye muri yombi George Floyd, Umunyamerika w’umwirabura utari witwaje intwaro, bamurambika hasi, bamushinga ivi ku ijosi igihe kirekire kugeza apfuye.

    Urupfu rwa Floyd, rwateje imyigaragambyo muri Amerika no mu bice bitandukanye ku isi mu rwego rwo kwamagana irondabwoko. Abo bapolisi bigaragambya bo mu Bufaransa banarubiye kubera ko Leta yaciye uburyo bwo gufata mu ijosi ababa bakekwaho ibyaha, mu gihe babambika amapingu.

    Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Christophe Castaner, ni we waciye ubwo buryo ku wa mbere w’iki cyumweru hari tariki 08 Kamena 2020. Hari nyuma y’aho abigaragambya mu Bufaransa bigabije imihanda bashinja Polisi yo muri icyo gihugu ko ikora irondabwoko ku bo mu moko ya banyamucye, mu buryo bumwe nkuko Polisi yo muri Amerika ishinjwa gukoresha urugomo ku bacyekwaho ibyaha b’abirabura.

    Ku wa kane, umusibo ejo hashize, Minisitiri Castaner yagiranye ibiganiro n’amashyirahamwe y’abapolisi. Kandi ibyo biganiro birakomeje, mu gihe Leta ishaka uko yahosha impaka zikomeye ku irondabwoko zongeye gukaza ubushyamirane mu miryango imwe n’imwe.

    Mu ntangiriro y’uku kwezi, BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko habaye ubushyamirane ubwo abigaragambyaga, batewe akanyabugabo n’imyigaragambyo y’abamagana irondabwoko muri Amerika, bibukaga Adama Traoré, Umufaransa ukomoka muri Afurika wapfiriye mu gikorwa cya polisi mu 2016 afite imyaka 24.

    Polisi y’Ubufaransa kandi ishinjwa gukomeretsa bikomeye umuhungu w’imyaka 14 y’amavuko witwa Gabriel, ubwo yari afunzwe acyekwaho kugerageza kwiba moto (ipikipiki) ahitwa Bondy hafi y’i Paris mu mpera y’ukwezi gushize.

    Kuri uyu wa gatandatu tariki 13 Kamena 2020, impirimbanyi zamagana irondabwoko zirateganya gukora imyigaragambyo rwagati i Paris. Polisi y’i Paris yaburiye ko amaduka n’ibindi bikorwa by’ubucuruzi muri ako gace bikwiye gufunga ndetse bagapfuka amadirishya byo kuyarinda kuko hashobora kongera kubaho ubushyamirane.

    Imyigaragambyo yo kujugunya amapingu kw’abapolisi yabaye ku wa kane mu mijyi nka Paris, Lille, Rennes, Bordeaux, Toulouse no mu yindi mijyi, ndetse yanakomeje mu gitondo cy’ejo ku wa gatanu.

    Imibare igaragaza iki?

    Ibiro ntaramakuru AFP bisubiramo amagambo y’umupolisi Xavier Leveau ashyigikira uburyo bwaciwe bwo gufata mu ijosi ucyekwaho icyaha mu gihe bamushyiramo amapingu. Yavuze ko ari “ingenzi cyane mu gihe cyo gushyiramo amapingu“. Yashimangiye ko ntaho buhuriye n’uburyo bwakoreshejwe bukaviramo urupfu George Floyd.

    Urwego rugenzura Polisi y’Ubufaransa ruvuga ko mu mwaka ushize rwakiriye ibirego bigera hafi ku 1,500 by’abarega abapolisi, kimwe cya kabiri cy’ibyo birego bikaba bijyanye n’ibikorwa by’urugomo, nkuko AFP ibitangaza.

    Amapingu ya polisi yajugunywe hasi mu mujyi wa Marseille ku wa kane w’iki cyumweru.

    Ikinyamakuru Le Parisien ejo ku wa gatanu cyasubiyemo amagambo y’umupolisi agira ati:” Iyi Leta nta kigenda cyayo, icyo ikeneye gusa ni abigaragambya 20,000 bigabije imihanda, ubundi Leta igahita itererana Polisi”.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/abapolisi-mu-bufaransa-barakaye-bajugunya-amapingu-hasi-bamagana-ababashinja-irondabwoko/

  • Guidelines to Write an Essay

    Creating an article is just really a endeavor that is complicated, and it requires great creativity

    The following report clarifies how to prepare your own essay, along with the instructions to compose an article writing.

    You maybe wondering what an article will be. A bit of written advice that you are currently working to get across to a own reader. https://uk.grademiners.com/ Essays start with all the introduction and outline, then go onto discuss the debate for an issue, then ends up together with in decision.

    The guidelines differ from one individual to another. Sometimes the launch can be longer or shorter with respect to the subject matter. There are informative article examples that explain exactly in which you can put your essay’s beginning .

    There are essay topics out there to select from. By surfing the web you are able to learn more about each and every topic. What issues are out there? Which are the ideal essay subjects?

    For an essay topic that interests you, start looking in your hunt. You’ll find several tools available on the internet that is able to allow you to find the appropriate issue for you. Find a resource that’s written for beginners. This will allow you to learn more on the topic of this issue.

    You need to complete a little bit of investigating to find writers who specialize in this topic, once you’ve got the article subject determined upon. Find a person who has been doing creating for different folks and obtained feedback. You may also discover these authors by looking for’The way to compose an essay’ on the internet.

    Make sure you are comfortable with this articles of the essay subject you select. Do not offer your readers some information that is erroneous. You might perhaps not be the best candidate for it, if you attempt to cram a great deal of information into a little space, while you might be in a position to get away with a quick essay.

    Another fantastic means will be effective would be to stick to along with along with instructions. You request a friend for help or are able to find sample essays online.

    A great suggestion is to get started creating your essay at a location where you won’t be distracted. It’d be very valuable to see a few of those universities and also pick out any similarities. Attempt to imitate the formatting.

    Writing an essay is interesting Even though it may appear to be a lot of job. You will have the ability to acquire through the process, by following the guidelines previously. In case you are having trouble subsequent to this manual, check the tips beneath.

    Writing is not easy. You can’t expect to become excellent the very first time you try to write a composition. The point is to compose the essay whenever you can, and that means you will be able to achieve the maximum benefit.

    In summary, in the event that you are currently creating an essay for a college essay, then you can want to consider using a service to compose your own essay to you. Doing this will help you save you time and produce the procedure easier.

     10 total views,  10 views today

    The post Guidelines to Write an Essay appeared first on Rwanda Paparazzi.

    source https://rwandapaparazzi.rw/2020/06/14/guidelines-to-write-an-essay/

  • Die Geschichte der Studie der Gesundheits-Studien

    Die Geschichte der Studie von Gesundheitsstudien erstreckt sich viele Jahrhunderte zurück, doch die meisten Menschen sind sich nicht bewusst zu sein.

    Das Thema warfare in erster Linie bis zum zwanzigsten Jahrhundert, als Medizin im Mittelpunkt der öffentlichen Gesundheit hatte. Als Medizin veränderte, veränderte soziale Bedingungen. Das Thema Gesundheit ändert sich von einleitung masterarbeit Zeit zu Zeit, und das Hochschule Fulda hat, Feld seinen eigenen Begriff.

    Die Studie von Gesundheitsstudien begann mit der Herrschaft der protestantischen Könige im dreizehnten Jahrhundert. Als Herrscher kam und wurde das Bildungssystem signifikante Veränderung wie die Ansichten der Behörden auf Bildung hat.

    Allerdings geschah die neueren erst nach dem Zweiten Weltkrieg. In der Nachkriegszeit mehr Wert auf die berufliche Bildung gelegt als auf akademische Fächer. Diese später at ein Studium der Kunst verwandelt. Wie es oft werden verschiedene Berufe nur im Lichte ihres Potenzials gesehen.

    Weil sie in www schreibburo.de/facharbeit/ der Nützlichkeit ihres Faches glauben, menschen unterschiedlicher Berufe werden Künstler. Es kann ein Beruf sein, wo sie ihre Talente und fügen Sie etwas Neues in der Welt nutzen können. Ein weiterer Grund, warum das Thema als Hochschule Fulda geworden ist, dass die Schulen sich im Füssener Stadtteil werden musste, die in die Stadt Fulda nahe war. Wurde eine area Füssenland genannt, aber wurde die Schule nach wie vor als Fulda statt Füssen bezeichnet. Der Name der Schule wurde im Jahr 1766 geändert.

    Die Untersuchungen der Studie der Gesundheit haben traditionell verschiedene Berufe aufgespannt. Die Probanden wurden bis zu verschiedenen Aspekten des Lebens zu lernen, wie Politik und Wirtschaft. Es war kein Geheimnis, den Adel, dass sie ihr Wissen nutzen könnten ihren sozialen standing zu verbessern.

    Gesundheit Wissenschaft wurde somit als Bildungs Beruf diejenigen betrachtet, die Experten at verschiedenen Bereichen des Lebens geworden sind. Viele dieser Themen wie Kunst führen zu Karrieren in der Wirtschaft und Regierung heute.

    Das Studium der Kunst galt als weniger wichtig als jene Bereiche der oben genannten Studie. Dennoch wurde die Kunst ein fester Bestandteil des Studiums an Fulda. Dazu gehören Musik. Wenn Sie von Fulda denken, sollten Sie von der Kunst denken, die unter Adligen besonders waren.

    Gab es nicht viele Flugzeuge, im Gegensatz zu medizinischen Studien , die nicht von Personen durchgeführt werden konntennicht die ziehen könnten, malen oder Musik abspielen. Darüber hinaus facharbeit einleitung muster ist der soziale Status der Adlige war gleich den Zustand der Gemeinen, so dass eine Gemälde und Skulpturen von ihnen erstellt von gleichem Wert sein würden.

    Die Kunst verändert und würde es zu einer Wissenschaft drehen war obligatorisch. Seit 16 Jahren warfare jeder Kunststudent erwartet Mathematik, Physik und Astronomie zu studieren. Alle Probanden wurden als Mittel zum Zweck behandelt und ebenso zwischen den Studenten behandelt.

    Da das Studium der Medizin zunächst an den Universitäten untersucht worden war, wurde das Studium der Kunst auch in ein Studienfach für Medizinwissenschaften gemacht. Es war eine Art und Weise Kunst mit einem wissenschaftlichen Winkel zu schaffen, die zu dieser Zeit ein wichtiger Aspekt der Studie der Künste war.

    Fulda war eines der Zentren der Kunst in Deutschland. Der Hintergrund der Studie der Kunst ist in den Werken von Malern wie Rembrandt und Peter Paul Rubens obvious. Es war nicht einfach Kunst at eine Wissenschaft zu machen, aber der Verbesserung der wissenschaftlichen Methoden, wurde dies eine machbare Wahl.

    Nach der Eröffnung einer Schule für Medizin an der Fulda, entwickelte das Studium der Kunst noch weiter. Viele andere Kunstinstitutionen wurden in Fulda eröffnet und alle von ihnen gelernt, über die allgemeine Philosophie der Kunst, Gesellschaft und Entwicklung der Kunst Dueto eine Bedeutung der Studie der Kunst. Es ist diese Stiftungein die Kunst ein integraler Bestandteil der Gesundheitsstudien zu erlaubt hat.

     8 total views

    The post Die Geschichte der Studie der Gesundheits-Studien appeared first on Rwanda Paparazzi.

    source https://rwandapaparazzi.rw/2020/06/13/die-geschichte-der-studie-der-gesundheits-studien/

  • Al-Shabab yisubiyeho ifungura ikigo kivura Covid-19

    Intagondwa zo mu mutwe ugendera ku mahame akaze y’idini ya kisilamu wa al-Shabab zisubiyeho ku byo zari zatangaje mbere zihinyura icyorezo cya coronavirus ko kitabaho. Zavugaga ko iki cyorezo ari igihano cy’Imana kubatari abayisilamu n’ababarwanya ariko noneho zatangaje ko zafunguye”ikigo cyo kuvura” abarwaye Covid-19 muri Somaliya mu gace kagenzurwa n’uyu mutwe.

    Al-Shabab ivuga ko yafunguye icyo kigo mu mujyi wa Jilib mu majyepfo ya Somalia, umujyi uri mu gace uwo mutwe ugenzura. Radio Andalus y’uyu mutwe yatangaje ko washyizeho umurongo wa telefone utishyurwa ukora amasaha 24 buri munsi kugira ngo umuturage uwo ari we wese wo muri uwo mujyi ugaragaje ibimenyetso bya coronavirus ahamagare. Iyo radio ntiyatangaje umubare w’abamaze kwandura Covid-19 muri ako gace.

    Iryo tangazo ryanyuze kuri radio ya al-Shabab ntiryanavuze niba uwo mutwe ufite ibikoresho byo gupima coronavirus cyangwa niba abaganga bawo bafite ubushobozi bwo gutahura ubwandu bwayo.

    Mu ntangiriro y’uku kwezi kwa gatandatu, umukuru mu by’idini wa al-Shabab, Mohamed ala-Mohamed, yashishikarije abantu kwirinda Covid-19 banywa imvange y’imiti rwatsi avuga ko ivura Covid-19.

    Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) rivuga ko kugeza ubu nta muti nta n’urukingo byari byaboneka kuri Covid-19. Minisiteri y’ubuzima muri Somalia itanga amakuru mashya buri munsi ajyanye n’imibare yuko coronavirus ihagaze mu gihugu, ariko ntibizwi niba iyo mibare irimo n’abarwayi bo mu turere al-Shabab igenzura.

    Ubwo coronavirus yatangazwaga bwa mbere ko yagaragaye muri Somalia mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka, al-Shabab yamaganye ayo makuru ivuga ko ari “igihano cy’Imana”.

    Mu kwezi kwa kane uyu mwaka, Fuad Shangole, umwe mu bakuru akaba n’umubwiriza-butumwa muri al-Shabab, yavuze ko “Imana yohereje iyo virusi mu guhana abatari abayisilamu”.

    Muri uko kwezi kwa kane kandi, umuvugizi wa al-Shabab, Ali Mohamud Rage, na we yavuze ko Covid-19 ari igihano cyatanzwe n’Imana kubera “akarengane kari mu bihugu bitari iby’abayisilamu no kwibasira abayisilamu”.

    Umutwe w’intagondwa wa al-Shabab ugamije guhirika Leta ya Somalia yemewe n’ibihugu by’amahanga.

    Umutwe wa Al-Shabab ukorana n’uwa al-Qaeda. BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko uyu mutwe umaze igihe ugaba ibitero bigamije guhirika ubutegetsi bwa Leta ya Somalia bwemewe n’amahanga bufite icyicaro mu murwa mukuru Mogadishu.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/al-shabab-yisubiyeho-ifungura-ikigo-kivura-covid-19/

  • U Rwanda rwategetse ko hururutswa ibendera ryarwo mu kunamira Petero Nkurunziza

    Uhereye kuri uyu wa 13 Kamena 2020, u Rwanda rwategetse ko ibendera ryarwo ndetse n’iry’umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba byururutswa kugera mu cyeragati mu rwego rwo kwifatanya n’Abarundi kunamira Nyakwigendera Petero Nkurunziza wari Perezida w’u Burundi witabye Imana. Ni itangazo ryatanzwe n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mu izina rya Perezida Kagame Paul w’u Rwanda.

    Kugera ku munsi w’urupfu rwa Petero Nkurunziza watabarutse tariki 08 Kamena 2020, u Rwanda n’u Burundi byari bimaze igihe kigera ku myaka itanu bidacana uwaka. Imibanire y’ibi bihugu yarimo agatotsi kugeza n’ubwo byari byarahagaritse uburyo bw’imigenderanire n’imihahiranire.

    Hagiye humvikana uguterana amagambo mu buryo bumwe cyangwa ubundi muri bamwe mu bategetsi b’ibi bihugu ndetse na bimwe mu bitangazamakuru ku mpande zombi bigera aho bisa n’ibigenda byenyegeza umuriro.

    Nyuma y’igihe kitageze ku cyumweru uwari Perezida w’u Burundi, Petero Nkurunziza yitabye Imana, Leta y’u Rwanda yasohoye itangazo rivuga ko Ibendera ryarwo ndetse n’iry’umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba byururutswa mu rwego rwo kwibuka no kunamira Nyakwigendera Nkurunziza, no kwifatanya n’Abarundi mu kababaro batewe n’uru rupfu rw’uwari Perezida wabo.

    Uretse Iki gikorwa cyo kurutsa Ibendera ry’u Rwanda, mu minsi mike ishize u Rwanda rwohereje ubutumwa bw’akababaro kuri Leta y’u Burundi mu kwifatanya nayo ndetse n’Abarundi mu bihe by’akababaro barimo.

    Mu itangazo ryatanzwe na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Edouard Ngirente mu izina rya Perezida Kagame Paul, rivuga ko iki gikorwa cyo kururutsa Ibendera ry’Igihugu n’iry’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba kizageza igihe Petero Nkurunziza azashyingurirwa. Iri tangazo, rinavuga kandi ko u Rwanda rukomeje kwifatanya n’Abarundi bose n’umuryango wa Nyakwigendera muri iki gihe cy’akababaro.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/u-rwanda-rwategetse-ko-hururutswa-ibendera-ryarwo-mu-kunamira-petero-nkurunziza/

  • Apôtre Yongwe yavuze aho avana imbaraga zo gukiza indwara, kwirukana imivumo na za karande

    Uyu mukozi w’Imana ni umwe mu bahanuzi bazwi hano mu gihugu ndetse hari n’ingero z’ibitangaza byinshi yagiye akora birimo gukiza abarwayi, kwirukana amadayimoni ndetse aho hari igihe byavugwaga ko yabashaga kuvugana n’umwana uri mu nda ya nyina.

    Mu kiganiro yagiranye na UKWEZI, yavuze ko byose abihabwa n’imbaraga z’agakiza kandi gukora ibitangaza ni izo mbaraga zibimukoresha.

    Apôtre Yongwe yavuze ko agakiza kadukorera ibintu bitatu bikomeye, birimo gukura abantu mu rupfu rw’iteka bagahabwa ubugingo buhoraho bubonekera muri Kristo Yesu, ikindi kabakiza imivumo y’ibyaha n’indwara ndetse no gutanga ubuzima.

    Reba hano ikiganiro cyose twagiranye na Apôtre Yongwe

    Muri Matayo 10:1-8, ijambo ry’Imana riravuga ngo mugende mukize abarwayi muzure n’abapfuye. Niba ijambo rinyemerera kuzura abapfuye nkabivuga, mbivuze nk’uko ijambo rivuga, ntawe ukumiriwe kubivuga.

    Yagize ati “Iyo wamaze kwakira imbaraga z’ijambo ry’Imana. Imbaraga dukoresha ntabwo ari izo guterura ibyuma, imbaraga zo gukoresha ibindi ahubwo ni ingabire, ni impano y’Umwuka Wera izanwa no kwizera ijambo ry’Imana, hanyuma umusingi wabyo ukaba imbaraga z’amasengesho.”

    Yakomeje agira ati “Ntabwo aritwe dukiza indwara ahubwo Yesu Kristo uri muri twebwe yaduhaye impano. Ya mpano tujya mu masengesho turayisengera twuzuzwa imbaraga duhabwa ubushobozi bwo gutegeka indwara mu izina rya Yesu.”

    Apôtre Yongwe avuga ko hari ingero nyinshi z’abo yagiye asengera agategeka za karande n’imivumo ikabavamo kuri ubu bakaba bameze neza.

    Ati “Usanga hari ibintu bigenda bigaragara mu bantu, ugasanga umuntu yarwaye umutima, sekuru arawurwaye, sekuruza arawurwaye ndetse n’abana bakazicwa n’umutima. Ndatanga ingero z’ahantu iyo ndwara iri ariko ubu nateranyije umuryango ndi kubabwira ko nkeneye igiterane cyo gusengera umuryango nkirukana iyo karande.”

    Intumwa y’Imana Harerimana Yongwe Joseph, yabaye umuvugabutumwa n’umuhanuzi by’umwihariko yamamaye cyane ubwo yari Umuyobozi w’Icyumba cy’Amasengesho cy’Itorero rya Pentekote muri Paruwasi ya Nyarugenge [ADEPR Nyarugenge].

    Reba hano ikiganiro cyose twagiranye na Apôtre Yongwe

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Iyobokamana/article/Apotre-Yongwe-yavuze-aho-avana-imbaraga-zo-gukiza-indwara-kwirukana-imivumo-na-za-karande

  • Derek ushinjwa kwica Floyd arasabwa n’urukiko ingwate ya Miliyoni $1.25 ngo arekurwe by’agatenganyo – Inyarwanda.com

    Derek Chauvin ukukiranweho icyaha cyo kwivugana George Floyd amunize akoresheje ivi, kuwa 8 Kamena 2020 yageze imbere y’urukiko, asabwa ingwate ya Miliyoni $1.25 ngo abashe kuba yarekurwa by’agateganyo. Ese ibyaha uyu mugabo aregwa ni ibihe? Urukiko ni ibiki rutangaza kuri we? Menya byinshi kuri uru rubanza.

    source https://rss.app/articles/862477a63bc37168a61ec4e0d85a68cbec5bb94447b309664e1fc4e5065d95dd1eeac11f9b6b2abcd526b99e9b1103b31142f358c2c391f152be43b3357669eb52ff2ede068db530772ac58136d88631aca577f0b6a202d86618a953e30b4d940857e6f7ee4a9473eb79c60734dacf02fab20602e36c47c646b7a9248d224d6ee10cf8173fd3b34a