Tag: Muzika

  • Yujuje Miliyoni 80 bayirebye ikaba imaze kumw… – #rwanda #RwOT

    Diamond Platnumz ni umwe mu bahanzi bo muri Afrika bakomeye ndetse kugeza ubu niwe wihariye agahigo ko kuba yaramaze kugira umusaruro rusange kuri Youtube w'abamaze kureba ibikorwa bye barenga Miliyari muri Africa.

    Si ibyo gusa kuko mu mateka y'abantu bafite abamaze kwemera kubakurikira bihoraho kuri uru rukuta benshi (subscribers), naho arayoboye n'abarenga Miliyoni 5.48.

    Uyu mugabo w'abana bane yabyaranye n'abagore batatu, ari mu byishimo bidasanzwe nyuma y'aho indirimbo ye yaciye agahigo kugeza ubu kataragirwa n'undi muhanzi mu mateka ya Youtube mu bahanzi ba Africa, ko kuzuza abayirebye bagera kuri Miliyoni mu masaha 8 yonyine ikimara kugera hanze kuwa 30 Ugushyingo 2020.

    Ubu imaze kuzuza inshuro miliyoni 80 yarebwe mu gihe cy'amezi 8 yonyine nk'uko yabigaragaje abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, agaragaza ko yishimye n'ubwo nta byinshi yashyizeho uretse kwandika ati: 'Miliyoni 80'.

    Uyu musaruro w'iyi ndirimbo wonyine abonye muri aya mezi 8, uwushyize mu mafaranga y'u Rwanda ukoresheje imibare usanga amacye yaba yarabonye ari Miliyoni 246Frw (3400*80*1007.87=274,140,640FRW) amenshi akaba Miliyari 3.2Frw (40000*80*1007.87= 3,225,184,000Frw) ugenekereje.Diamond Platnumz umuhanzi ukomoka muri Tanzania ukomeje guca ibintu mu muziki w’isi by’umwihariko ku mugabane wa Afrika

    Iyi mibare yakozwe hashingiwe ku mafaranga macye umuntu ukoresha urubuga rwa youtube ashobora kubona kuri Miliyoni 1 z'abarebye amashusho ye (views) kuri youtube nk'uko bivugwa n'urubuga rwa Businessinsider, ko amacye ashoboka ari ibihumbi $3400 naho amenshi ashoboka akaba ibihumbi $40000.

    Mu gihe kandi ubu ku isoko ry'ivunja n'ivunjisha idorali rimwe rihagaze mu mafaranga y'amanyarwanda 1007.87, bityo iyo ubihuje na Miliyoni 80 ukabona ko Milyoni ziri hagati ya 246Frw na Miliyari 3.2Frw ariyo mafaranga Diamond yabonye mu gihe cy'amezi 8 bivuye ku ndirimbo ye imwe yonyine; 'Waah'.

    Ibi bivuze ko ariya ma miliyoni ari umusaruro w'iyi ndirimbo imwe 'Waah', tutabariyemo ayavuye ku zindi ndirimbo ze ndetse tutanabariyemo ayo yakuye ku zindi mbuga zicuruza umuziki nka Boomplay, Spotify, audiomarka n'ahandi hanyuranye.Mu gihe cy’amasaha umunani 'Waah' yari imaze kurebwa inshuro zisaga Miliyoni 1 Mu gihe cy’amezi 8, imaze kurebwa na Miliyoni 80, bivuze ko byibuze buri kwezi irebwa n’abagera muri Miliyoni 10.Kugeza none mu bahanzi bose, Diamond niwe ufite aba 'Subscribers' benshi muri Africa n’umusaruro rusange mwiza w'abarenga Miliyari 1.48Ibi bibaye kandi mu gihe uyu muhanzi yitegura ibitaramo azakorera mu duce tunyuranye twa Leta zunze ubumwe z’Amerika mu kwezi k'Ukwakira

    KANDA HANO WUMVE WAAH YA DIAMOND PLATNUMZ YAFATANIJE NA KOFFI OLOMIDE

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108571/yujuje-miliyoni-80-bivuze-ari-hagati-ya-miliyoni-246-frw-na-miliyari-32frw-yinjirije-diamo-108571.html

  • King James agiye gusohora Album nshya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yateguye abafana be ko agiye gusohora album nshya, yagize ati” Nimwitegure albumu, Ubushobozi, izasohoka ku itariki 10 Ukwakira 2021″.

    N’ubwo nta byinshi yavuze kuri iyo album ye nshya, ariko abakurikirana amakuru y’imyidagaduro, bavuga ko izaba ariho n’indirimbo yakoranye n’abahanzi batandukanye nka Meddy ndetse n’indirimbo yakoranye n’umuhanzi Ariel Wayz yitwa ‘Ndagukumbuye’.

    King James ubu usigaye abarizwa no mu bya bizinesi, yamaze igihe asa n’uwacumbitse umuziki, ariko bigaragara ko yari ahugiye mu gutunganya iyo album ye nshya, akanakurikirana ibya bizinesi ye.

    King James azwi cyane mu njyana ya R&B, akaba yaramenyakanye cyane mu ndirimbo nka ‘Hari ukuntu’, Ab’ubu, narashize, meze neza, n’izindi nyinshi.

    Album nshya ya King James igiye gusohoka, ngo yatangiye kuyitunganya mu 2018, nyuma iza kudindizwa n’icyorezo cya Covid-19, dore ko cyabangamiye cyane ibijyanye n’umuziki n’imyidagaduro muri rusange.

    source : https://ift.tt/3yLNbhV

  • Bakiri abana! Ihere ijisho bamwe mu bakinnyi ba ruhago n’abahanzi mu bwana bwabo(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Imikino n’imyidagaduro ni bimwe mu bintu bikunzwe cyane n’abatuye Isi, by’umwihariko mu Rwanda, abakinnyi hirya no hino mu gihugu abafana biyita amazina yabo bitewe n’urukundo babakunda kimwe no mu miziki benshi biyitirira abahanzi, bamwe banonwa barakuze, muri iyi nkuru turagusubiza mu myaka yashize wihere ijisho bamwe mu bakinnyi ba ruhago n’ahanzi nyarwanda uko bari bameze mu bwana bwabo.

    Umuntu kugera akuze anyura mu bihe bitandukanye, hari abavukiye mu buzima bwiza, hari n’abavukiye mu buzima busharira ariko uyu bakaba munsi bakaba bameze neza, tugiye kurebera hamwe bamwe mu byamamare muri muzika na ruhago uko bari bameze mu bwana bwabo n’uko basa uyu munsi babikesha umupira ibyo bakora.

    Rwatubyaye Abdul (FC Shkupi, Macedonia )

    Umusore w’ibigango wavukiye mu mujyi wa Kigali mu 1996, ni myugariro ukina mu mutima w’ubwugarizi mu ikipe ya FC Shkupi muri Macedonia, n’ubwo ameze neza kubera ruahgo n’ubndi uyu musore yavukiye mu muryango wifite utagize ikintu ubuze.

    Iyi foto ye yafashwe muri 2010 ubwo yarakijya mu ishuri ryigisha umupira rya APR FC, urabona ko yarakiri umwana ndetse akaba yarakuze cyane utatekereza ko yaba afite ibingango nk’ibyo afite uyu munsi, gusa inseko yo ni mwe.

    Yannick Mukunzi (Sandvikens IF, Sweden)

    Ni umukinnyi w’umunyarwanda ukina hagati mu kibuga mu ikipe ya Sandvikens IF muri Sweden, yavukiye i Bujumbura mu Burundi mu 1995, yaje kuza mu Rwanda aho yanatangiye kwiga umupira mu ishuri ryigisha umupira rya APR FC, iyi foto ye na we yafashwe mu 2010 akijya muri iri rerero. Yaje kuzamurwa muri APR FC nkuru muri 2013 akaba yarayivuyemo muri 2017 ahita yerekeza muri Rayon Sports yavuyemo 2019 yerekeza muri Sandvikens IF mu cyiciro cya 3 muri Sweden.

    Iradukunda Jean Bertrand (Gasogi United, Rwanda)

    Uyu musore ni umukinnyi w’ikipe ya Gasogi United, usatira izamu anyuze ku mpande, yavutse mu 1996 avukira Kimihurura mu mujyi wa Kigali, akaba yaravukiye mu muryango udasaba umunyu dore ko mama we yakuze abona akora akazi k’ubucuruzi.

    Ifoto twabashije kubona si iya kera cyane ariko si n’iya vuba kuko uyu munsi Bertrand afite imyaka 25, iyi foto yafashwe 2009 ubwo yari afite imyaka 13.

    Ndayishimiye Celestin (nta kipe afite ubu)

    Uyu mugabo ukina mu bwugarizi ku ruhande rw’ibumoso, aheruka gutandukana na Sunrise FC, yabonye izuba mu 1994. Yavukiye mu murenge wa Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo mu ntara y’Iburasirazuba, yakuze mama we akora akazi k’ubuhinzi kugira ngo abone ikimutunga. Ni umwe mu bakinnyi bameze neza uyu munsi nubwo yavukiye mu muryango udakize.

    Ntibyadukundiye kumenya imyaka yari afite ubwo iyi foto yafatwaga ariko umwe mubamuzi yatubwiye ko yari hagati y’imyaka 10 na 13.

    Rutanga Eric (Police FC, Rwanda)

    Uyu musore yabonye izuba mu 1994 avukira i Remera mu mujyi wa Kigali. Nyuma yo kumara imyaka myinshi muri APR FC, 2017 yagiye muri Rayon Sports batandukana muri 2020 ajya muri Police FC.

    Uyu na we ntiyavukiye mu muryango ukennye, kuri iyo foto ureba yari afite imyaka 14 ni mu gihe kuri ubu afite imyaka 27. N’ubwo yavukiye mu muryango udasaba umunyu, asa n’uwakabije inzozi ze kuko na we uyu munsi aritunze 100% abikesha ruhago, aho afite umuryango we yubatse(umugore n’umwana).

    Rugwiro Herve (AS Kigali, Rwanda)

    Uyu mugabo w’ibigango ukina mu mutima w’ubwugarizi, mu kwezi gushize yatandukanye na Rayon Sports nyuma y’imyaka 2 ayikinira avuye muri APR FC, ubu ari muri AS Kigali, yavutse mu 1994 avukira mu karere ka Huye mu ntara y’Amajyepfo.
    Rugwiro Herve n’ubwo ari umwe mu bakinnyi bake b’abanyarwanda bafite ibigango, kuri iyi foto akiri umwana bigaragara ko yari ahorose, ushobora gusanga ataratekerezaga ko azakina umupira ku rwego rwo hejuru n’ubwo ari wo umutunze we n’umuryango we.

    Sugira Ernest (nta kipe afite)

    Mu 1991 mu karere ka Muhanga ahitwa i Shyogwe ni bwo uyu rutahizamu wigaruriye imitima ya benshi wakiniye APR FC, AS Kigali, Rayon Sports ubu udafie ikipe, Sugira Ernest yabonye izuba, yavukiye mu muryango udakennye kandi udakize kuba ataragize amahirwe yo kubona se umubyara ni kimwe mu bimushengura umutima kuko yapfuye akiri uruhinja.

    Sugira ni umwe mu bahiriwe na ruhago kuko yabaye umunyarwanda wa mbere waguzwe amafaranga menshi ubwo yerekezaga muri Vita Club. Kuri iyi foto ye yari afite imyaka 6 y’amavuko aha niyo muganira akubwira ko kuri iyi myaka, ibyo kuba igihangange muri ruhago atabitekerezaga.

    Hakizimana Muhadjiri (Police FC, Rwanda)

    Hakizimana Muhadjiri, ubu ni umukinnyi wa Police FC, yavukiye I Gisenyi mu 1994 kandi avuka mu muryango w’abakinnyi ba ruhago nka Sibo Abdoul na Haruna Niyonzima.

    Kuba yaravukiye muri uyu muryango agakura abona mukuru we Haruna ari umukinnyi ukomeye byaramufashije, gusa nk’uko agaragara kuri iyi foto ku myaka ye itarenze 2 n’ubwo uyu munsi yakijijwe n’akaguru ke ariko bigaragara ko bari babayeho mu buzima budahambaye ariko na none bakaba bari bishoboye.

    The Ben

    Umuhanzi nyarwanda, Mugisha Benjamin, wamamaye mu muziki nka The Ben, yavutse tariki ya 9 Mutarama 1988. Yavukiye i Kampala muri Uganda. Ni umwe mu bahanzi bakunzwe cyane mu Rwanda bitewe n’indirimbo ze z’urukundo zinyura benshi, ubu aba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika niho akorera umuziki we, akaba uretse kuririmba RnB, ari umwana wakuze aririmba muri Chorale. Ni umwe mu bahiriwe n’umuziki.

    Meddy

    Ngabo Medard wamamaye nka Meddy mu muziki, ni umwe mu bahanzi nyarwanda bahiriwe n’umuziki watumye afata rutimikerere akajya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari n’aho ubu akorera umuziki we, byanatumye ahura n’umugore we baheruka kurushinga, Mimi. Yavukiye i Bujumbura mu Burundi, taliki ya 7 Kanama 1989.

    Safi na Queen Cha

    Safi Niyibikora, ni umwe mu basore batatu bari bagize itsinda rya Urban Boys mbere y’uko risenyuka, ubu aba muri Canada, uwo bari kumwe kuri iyi foto ni mubyara we Mugemana Yvonne uzwi nka Queen Cha, akaba umuhanzi mu njyana ya RnB ni n’umukobwa wa Mugemana Charles umuganga w’ikipe ya Rayon Sports.

    Oda Paccy

    Uzamberumwana Pacifique uzwi nka Oda yavutse taliki 6 Werurwe 1990, avukira mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo, mu Gatsata. Ni impfura mu muryango w’abana babiri.

    Ni umkobwa uzwiho kuba yaratangije Hip Hop mu Rwanda mu bagore, kuri iyi foto bigagragara ko yakuriye mu buzima bushaririye.

    Bruce Melodie

    Itahiwacu Bruce uzwi nka Bruce Melody ni mwene Ntibihangana Gervais na Verène Muteteri. Yavutse muri 1992. Ni ubuheta mu muryango w’abana bane barimo abahungu 2 n’abakobwa 2. Avuka mu Kagali ka Kamashahi, Umurenge wa Nyarugunga, Akarere ka Kicukiro, afite umugore.

    Ni umuhanzi ubu umaze kuba umugwizatunga abikesha ijwi rye ryatumye amenyekana hakurya y’inkiko z’u Rwanda nubwo yakuriye mu muryango utishoboye.

    Young Grace

    Umuraperikazi Nyarwanda, Abayizera Grace wamamaye nka Young Grace, ni umwe mu bahanzi bakize babikesha umuziki, gusa n’ubundi uyu mugore w’umwana umwe wavukiye mu Ntara y’Iburengerazuba, yavutse mu muryango wishashije ugize icyo ubuze.

    Juno Kizigenza

    Izina Juno Kizigenza, ni rimwe mu mazina arimo kuvugwa cyane mu muziki nyarwanda, akaba ari umwe mu bahanzi bakunzwe cyane muri iyi minsi bitewe n’indirimbo asohora zikora ku mitima ya benshi.

    Juno Kizigenza ni umusore w’imyaka 21 y’amavuko wavukiye mu Karere ka Kicukiro mu Kagarama mu Mujyi wa Kigali. Avuka mu muryango w’abana barindwi.

    Yarangije amashuri yisumbiye muri Agahozo Shalom Youth Villages (ASYV) mu 2019, aho yasoje amasomo mu Ishami ry’Imibare, Ubukungu n’Ubumenyi bw’Isi (MEG).

    Ifoto ye yo mu bwana bwe yagaragaye, igaragaza ko ari umusore wakuriye mu buzima butari bwiza kandi butari na bubi.

    Nel Ngabo

    Rwangabo Byusa Nelson wazanye mu muziki amazina ya Nel Ngabo, ni umusore w’imyaka 23 yatangiye umuziki mu 2017, ubu akaba abarizwa muri Kina Music imwe mu nzu zitunganya umuziki zikomeye hano mu Rwanda, ni umusore bitasabye igihe kwigarurira imitima y’abakunzi ba muzika nyarwanda, ifoto ye yo mu bwana igaragaza ko nubwo amaze kugira agatubutse abikesha umuziki n’ubundi atakuriye mu muryango usaba umunyu.

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/bakiri-abana-ihere-ijisho-bamwe-mu-bakinnyi-ba-ruhago-n-abahanzi-mu-bwana-bwabo-amafoto

  • Miliyoni 1.5 Frw niyo umuntu asabwa akazabash… – #rwanda #RwOT

    Imyanya kugeza ubu ihari ni mbarwa kubifuza kuzabana na Bruce Melodie mu gihe kingana n'iminsi ine barya isi mu buryo butandukanye bateguriwe ndetse k'umunsi wa kabiri bakazabasha gususurutswa na Bruce Melodie ukunzwe n'abatari bacye mu Rwanda no mu karere.

    Ibikorwa birimo igitaramo, gutembera ahantu nyaburanga muri Dubai, kurya isi ku mazi, ku mucanga no mu butayu nibyo abanyamahirwe 154 bazajyana na Bruce Melodie ku mafaranga Miliyoni 1.5 Frw bateganyirijwe.

    Ibi bikaba byari bimaze iminsi binugwanugwa ariko ibijyanye n'amakuru y'amatike bitaramenyekana. Babinyujije k'urukuta rwabo rwa Instagram bigaragara ko ari rushya, bamwe mu bari gutegura iki gikorwa batangaje gahunda yose.

    Iki kiba ari kimwe mu bikorwa Bruce Melodie amaze iminsi yamamaza kinakubiyemo kimwe mu  bitaramo azakorera mu bihugu binyuranye by'isi harimo na Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu 'United Arab Emirates' by'umwihariko mu gace ka Dubai azaba ari kuwa 30 Ukuboza 2021.

    Igitaramo cya Bruce Melodie cya Dubai cyo kuwa 30 Ukuboza 2021 kizabera mu bwato bwinyirukatsi bumenyerewe mu marushanwa bwo mu bwoko bwa 'Yatcht'.

    Mu gihe gahunda y'iminsi ine yose izatangirana n'uwa 29 Ukuboza 2021 ikarangirana n'uwa 01 Mutarama 2022, igitaramo kizaba kuwa 30 Ukuboza 2021 cyahawe izina rya 'Kigali Night Mega Yacht Party' cyateguwe na sosiyete ya 'Afro Asian Bridge'.

    'Kigali Night Mega Yacht Party' ugenecyereje mu kinyarwanda bivuze 'Igitaramo cyo mu bwato bunini cyagutse cya Kigali', Yacht ryonyinye ni ubwoko bw'ubwato bunini kukunze kenshi kwifashishwa mu marushanwa bivuze ko bwihuta cyane.

    Uretse iki gitaramo, byitezwe ko abazitabira uru rugendo ruteganyijwe ku wa 29 Ukuboza 2021 kugeza tariki 1 Mutarama 2022, bazanatemberezwa umujyi wa Dubai mu gihe cy'iminsi ine.

    Kurya isi bikaba bizabera mu bice binyuranye nyaburanga bigize agace gakurura ba mucyerarugendo benshi n'abaherwe ku isi, ka Dubai, nk'uko ibyaka gace kandi bizwi ishoramari ni ikintu cy'ingenzi.

    Bityo azaba ari amahirwe kubazitabira, yo kuba abazitabira uru rugendo ruzaberamo n'igitaramo bazahuzwa n'abacuruzi kabuhariwe b'abashoramari bakungurana ubumenyi binyuze mu bitecyerezo bw'uburyo bwo kwagura imirimo.

    Ibiteganijwe k'umunsi wa mbere w'iminsi ine ubwo ni kuwa 29 Ukuboza 2021; harimo kwitabira imurikagurisha, k'umunsi wa kabiri hazaba ari kuwa 30 Ukuboza 2021 abazitabira bazatembera ibice by'ingenzi bigize umujyi muri iryo joro basusurutswe mu gitaramo cya Bruce Melodie kimwe na Dj Marnaud nawe azagaragara k'urubyiniro.

    Dj Marnaud ni umwe mu bahanzi bazasusurutsa abazitabira igitaramo cya Kigali Night Mega Yatcht mu mujyi wa Dubai

    Bukeye bwaho k'umunsi wa gatatu azaba ari n'umunsi wa nyuma w'umwaka kuwa 31 Ukuboza 2021 abantu bazasohokera ku mucanga, baharuhukire, mu gihe ni mugoroba bazatemberezwa Dubai ya nijoro. Muri  uwo mugoroba hazanaba  umusangiro rusange abantu bahure baganire.

    Ku munsi wa kane kuwa 01 Mutarama 2022, umunsi wa mbere w'umwaka wa 2022, hazaba gutemberezwa mu butayu bahafate amafoto y'urwibutso, uyu ukazaba ari na wo munsi wa nyuma w'uru rugendo.

    Umunsi wa mbere w’urugendo abazabasha kwishyura Miliyoni 1.5Frw bazitabira imurikagurisha ryagombaga kuba kuwa 2020 rigasubikwa kubera icyorezo cya COVID 19Hari gahunda yo gutembera ahantu h’ingenzi nyaburanga hagize umujyi wa Dubai ku manywa n’ijoro igitaramo cya Bruce Melodie na Dj MarnaudUmunsi wa gatatu abantu bitegura kuva mu mwaka bajya mu wundi bazarira isi k’umucanga, nijoro bahurize urugwiro mu musangiro rusangeUyu munsi uzabamo gutemberezwa mu butayu no gufata amafoto y’urwibutso uzaba ari nawo wa nyuma kimwe n'uko uzaba ariwo munsi wa mbere w’umwaka. 

     

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108542/miliyoni-15-frw-niyo-umuntu-asabwa-akazabasha-kubana-na-bruce-melodie-mu-rugendo-nigitaram-108542.html

  • Ku nshuro ya mbere, Riderman yerekanye abana be b'impanga. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuraperi Riderman bwa mbere yerekanye ifoto igaragaza abana be babiri b'impanga aherutse kwibaruka.

    Aba bana ba Riderman na Agasaro Nadia Farida bavutse tariki 14 Kamena 2021, ariko umubyeyi wabo yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Kamena 2021.

    Mu butumwa Riderman yacishije kuri Instagram, yavuze ko kuri we kubyara impanga ari ibitangaza kuko atigeze anabitekereza.

    Ati 'Mu buzima tugira inzozi tukifuza kuzigeraho, gusa hari n'ibitangaza Imana idukorera bigasa no kuzikabya nyamara ari ubuntu bw'Imana burenze ukwifuza kwa muntu.'

    Source : https://yegob.rw/ku-nshuro-ya-mbere-riderman-yerekanye-abana-be-bimpanga/

  • Riderman yerekanye isura y’impanga aherutse kwibaruka, ahishura n’amazina yazo #rwanda #RwOT

    Gatsinzi Emery wamamaye nka Riderman mu muziki, yerekanye isura y’impanga ze aherutse kwibaruka mu mezi abiri ashize.

    Mu mpera za Kamena nibwo Riderman yahishuye ko we n’umugore we Agasaro Nadia Farid tariki ya 14 Kamena 2021 bibarutse impanga z’abakobwa.

    Nyuma y’amezi abiri, uyu muraperi akaba yagagaragaje isura y’impanga zabo n’amazina babise, aho umwe yitwa Kamba undi akitwa Randa.

    Abinyujije kuri Instagram yashyizeho ifoto yabo iherekezwa n’amagambo agira ati “Abamalayika, Kamba na Randa.”

    Riderman ubwo yatangazaga inkuru nziza ko yibarutse impanga, yagize ati 'Mu buzima tugira inzozi tukifuza kuzigeraho, gusa hari n’ibitangaza Imana idukorera bigasa no kuzikabya nyamara ari ubuntu bw’Imana burenze ukwifuza kwacu, tariki ya 13 Kamena naryamye ndi umubyeyi w’umwana umwe w’umuhungu, tariki ya 14 Kamena mbyuka ndi umubyeyi w’abana batatu.'

    Yakomeje avuga ko atigeze na rimwe arota ari umubyeyi w’impanga ariko akaba ashimira Imana ko yabahaye abakobwa babiri beza.

    Ati 'Sinigeze na rimwe ndota ndi umubyeyi w’impanga, ariko Imana yangize we. Yaguye umuryango wacu, iduha abakobwa babiri beza kandi ndayishimira cyane.'

    Uyu muryango ufite abana batatu kuko wari usanzwe ufite umwana w’umuhungu witwa Rusangiza Eltad wavutse mu Kuboza 2015 ari na wo mwaka bakozemo ubukwe.

    Kamba na Randa, impanga za Nadia Agasaro na Riderman

    Riderman na Nadia Agasaro baheruka kwibaruka impanga

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/riderman-yerekanye-isura-y-impanga-aherutse-kwibaruka-ahishura-n-amazina-yazo

  • Justin Bieber na Megan Thee Stallion bayoboye… – #rwanda #RwOT

    Ibihembo bya MTV Video Music Awards bizwi ku izina rya VMA’s ni bimwe mu bihembo bikomeye mu mateka y’umuziki wa Amerika ndetse no ku mugabane w’uburayi. Ibi bihembo bikaba bitangwa buri mwaka bitanzwe na televiziyo mpuzamahanga ya MTV yibanda ku muziki mpuzamahanga. Kuri ubu hamaze gutangazwa abahanzi bahatanira MTV Video Music Awards 2021.

    Umuhanzi Justin Bieber akaba ariwe uyoboye abandi kuko ari guhatanira ibi bihembo mu byiciro 7 agakurikirwa n’umuraperikazi Megan Thee Stallion uri guhatana mu myanya 6. Dore uko urutonde rw’abahanzi bari guhatanira ibikombe bya MTV Video Music Awards 2021 ruhagaze:

    Indirimbo zihatana mu cyiciro cy’amashusho meza y’umwaka (Video of the Year)

    -WAP ya Cardi B na Megan Thee Stalliom

    -Popstar ya DJ Khaled na Drake

    -Kiss Me More ya Doja Cat na SZA

    -Bad Habits ya ED Sheeran

    -Montero ya Lil Nas X

    -Save Your Tears ya The Weeknd

    Icyiciro cy’abahatanira umuhanzi w’umwaka (Artist of the Year)

    -Ariana Grande

    -Doja Cat

    -Justin Bieber

    -Megan Thee Stallion

    -Olivia Rodrigo

    -Taylor Swift

    Icyiciro cy’indirimbo nziza y’umwaka (Song of the Year)

    -Mood ya 24k Goldn na Iann Dior

    -Leave the Door Open ya Bruno Mars yafatanije na Anderson Paak

    -Dynamite y’itsinda BTS ryo muri Korea y’Epfo

    -WAP ya Cardi B na Megan Thee Stallion

    -Levitating ya Dua Lipa

    -Driver’s License ya Olivia Rodrigo

    Icyiciro cy’umuhanzi mushya (Best New Artist)

    -24kGoldn

    -Giveon

    -The Kid LAROI

    -Olivia Rodrigo

    -Polo G

    -Saweetie

    Icyiciro cy’indirimbo nziza yahuriwemo n’abahanzi (Best Collaboration)

    -Mood ya 24kGoldn yafatanije na Iann Dior

    -WAP ya Cardi B afatanije na Megan Thee Stallion

    -Kiss Me More ya DOJA Cat afatanije na SZA

    -Laugh Now Cry Later ya Drake yafatanije na Lil Durk

    -Peaches ya Justin Bieber yafatanije na Giveon hamwe na Daniel Caesar

    -Prisoner ya Miley Cyrus afatanije na Dua Lipa

    Icyiciro cy’indirimbo nziza mu njyana ya POP (Best Pop)

    -Positions ya Ariana Grande

    -Therefore I AM ya Billie Eillish

    -Butter y’itsinda BTS

    -Treat People With Kindness ya Harry Styles

    -Peaches ya Justin Bieber na Daniel Caesar hamwe na Giveon

    -Good 4 U ya Olivia Rodrigo

    -Wonder ya Shawn Mendes 

    -Willow ya Taylor Swift

    Icyiciro cy’indirimbo nziza mu njyana ya HIP HOP (Best HIP HOP)

    -WAP ya Cardi B na Megan Thee Stallion

    -Laugh Now Cry Later ya Drake na Lil Durk

    -On Me (Remix) ya Lil Baby na Megan Thee Stallion

    -Said Sum ya Moneybagg YO

    -Rapstar ya Polo G

    -Franchise ya Travis Scott na Young Thug

    Icyiciro cya R&B

    -Brown Skin Girl ya Beyonce yafatanije n’umwana we Blue Ivy,Saint JHN hamwe na Wizkid

    -Leave the Door Open ya Bruno Mars afatanije na Anderson Paak

    -Go Crazy ya Chris Brown afatanije na Young Thug

    -Heartbreak Anniversary ya Giveon

    -Come Through y’umuhanzikazi H.E.R afatanije na Chris Brown

    -Good Days ya SZA

    Abafana bakaba bahawe amahirwe yo gutora abahanzi babinyujije kurubuga rwa MTV.Com aho abahanzi bazarusha abandi amahirwe bazegukana ibihembo bizatangwa ku itariki 12/09/2021 bikazabera muri Barclays Center yo mu mujyi wa New York.

    Src:www.Billboard.com

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108514/justin-bieber-na-megan-thee-stallion-bayoboye-abahanzi-bahatanira-ibihembo-bya-mtv-video-m-108514.html

  • Mu kiniga cyinshi Nziza Desir yavuze agahind… – #rwanda #RwOT

    Gusa nyuma y'izo nkuru zose, umuhanzi Nziza Desiré yari ataragira ijambo na rimwe avuga ku rupfu rw'umugore we cyane ko byavugwaga ko yari arwaye nyamara ntawe uzi indwara umugore wa Nziza Desire yari arwaye.

    Mu kiganiro na Isimbi Tv, mu marira n'agahinda kenshi, Nziza Desire yahishuye agahinda yagize ko kubura umugore we yakundaga ndetse avuga uburyo yapanze kwiyahura mu ijoro bari bubyuke baza kureba umugore we ngo bamushyingure nawe babashyingurane.

    Ygaize ati: 'Ndibuka iryo joro ko nari napanze kwiyahura, umunsi apfa bamuzanye mu rugo numva ko mu gitondo abantu babyutse baje kugira ngo tumusengere tujye kumushyingura, nashakaga nange babyuke basanga nange nagiye'.

    Akomeza ati: 'kuko ntibyari byoroshye, kuri uwo munsi w'itariki 16 mu ijoro sinzi ukuntu narose ariko ibintu byose byo kwiyahura nari namaze kubitegura.''

    Nziza Desire yavuze ko umugore we yari arwaye Kanseri y'umwijima ariko nawe atabizi ko ariyo arwaye. Yagize ati: ' Yari arwaye ni uko gusa nawe atabimenye kubera ko yatangiye kuremba kuva mu kwezi kwa gatatu. Nakomezaga mbona ari kunanuka noneho mfata umwanzuro wo kuza ubundi nari kuza mu kwezi kwa munani ariko mfata umwanzuro wo kuza bitewe n'urukundo nari mufitiye  nk'umufasha wange ndavuga ngo reka ngewe niyizire mwirwarize'.

    Nziza Desire yakomeje agira ati: 'Icyo gihe rero hari mu kwa gatatu ari nabwo mu kiganiro nahaye InyaRwanda.com icyo gihe navuze ko nzabanza mu Rwanda mbere y'uko njya i Burundi'.

    'Nagiye kumwivuriza nsanga indwara y'iwe yamaze kurenga, yari arwaye kanseri y'umwijima urumva natwe twaragerageje kumuvuza ubuvuzi hari burahari abavura kanseri barahari twagerageje no kujya hanze ntacyo tutakoze abaganga ntacyo batakoze ariko umunsi wari wageze.''

    Nziza Desire yavuze kandi ko umugore we yari yamaze no kumubonera ibyangombwa byose byari kumwerekeza muri Amerika cyane ko nawe ariho atuye. Yagize ati: 'Yari kuza muri amerika kuko uyu mwaka ntabwo wari gushira kuko ibintu byose bikenewe byari byaramaze kuboneka ariko umwaka ntiwari gushyira.''

    Nziza na Bijoux bahamije isezerano ryabo mu Idini ya Islam mu muhango wabaye ku wa Gatanu tariki 16 Ukwakira 2020, mu gace ka Buyenzi Mujyi wa Bujumbura mu Burundi.

    Nyuma yo gusezerana muri Islam, basezeranye kubana byemewe n'amategeko ku wa 07 Ugushyingo 2020 naho ku wa 13 Ugushyingo 2020 bakoze ibirori by'umusangiro n'inshuti n'abavandimwe.

    Mu mpera za 2020, Nziza Désiré yabwiye INYARWANDA, ko yakoze ubukwe na Inarukundo Bijoux bamaze imyaka umunani mu munyenga w'urukundo, rwatangiye bakiri bato.

    Icyo gihe, uyu muhanzi wakunzwe mu ndirimbo zirimo 'Kula Kulipa' yavugaga ko kimwe mu byatumye ahitamo kubana akaramata na Bijoux ari uko ari inyangamugayo akaba n'imfura yamurutiye benshi.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108510/mu-kiniga-cyinshi-nziza-desire-yavuze-agahinda-yatewe-nurupfu-rwumugore-we-ku-buryo-umunsi-108510.html

  • Yamenyekanye muri Saa Moya ya Bruce Melodi… – #rwanda #RwOT

    Indirimbo ya Meddy yashyize hanze kuwa 22 Nyakanga 2021 yitwa 'My Vow' ikomeje kuryohera abatari bacye mu bice binyuranye by'isi ndetse imaze guca uduhigo dukomeye tutaragirwa n'undi muhanzi nyarwanda uwo ari we wese.

    Kuri ubu, umwe mu bahanzikazi bafite impano idasanzwe, Jobami, yafashe umwanya ayisubiramo neza avugira abari n'abategarugori 'ibyari byarabananiye' kandi banyuzwe n'iyi ndirimbo wasangaga hirya no hino umukobwa areba umugabo we ati: 'Imana yampaye umugore mwiza.'

    Interuro itangira iyi ndirimbo kuko Meddy yayikoze nk'umugabo utera imitoma umugore we, uwitwa Jobami akaba yatangiye agira ati: 'Imana yampaye umugabo mwiza' mu buryo bwo guha abakobwa n'abagore  bakunze iyi ndirimbo 'inzira yo kuba batomora abagabo babo'.

    No mu bindi bice by'indirimbo yagerageje kubishyira ku murongo utuma ab'igitsina gore baganira n'abakunzi babo bakoresheje uburyo bwe naho ab'igitsina gabo nabo bagakomeza gukoresha uburyo bwagenwe n'indirimbo nyayo Meddy yakoze.

    Bamwe mu bumvise iyi ndirimbo barimo n'umunyamakuru umenyerewe mu myidagaduro kandi urambyemo, Ally Soudy, bagaragaje kwishimira iyi mpano, Ally Soudy we yongeraho ubusabe ku bafite amazu atunganya umuziki n'abajyanama ko iyi mpano itabacika.

    KANDA HANO WUMVE SAA MOYA YASUBIWEMO NA JOBAMI

    Soudy yagize ati: 'Ndamutse mfite Label nasinyisha uyu mwali kabisa! Hagize ukora aka geste koko muri za label zacu'  si ubwa mbere uyu mukobwa akoze ibintu nk'ibi kuko n'indirimbo yitwa 'Saa Moya' ya Bruce Melodie nayo yayisubiyemo bikanyura abatari bacye.

    KANDA HANO WUMVE MY VOW YASUBIWEMO NA JOBAMI

    “>

    Ari mu bahanzikazi bafite ijwi ryiza ugenda asubiramo indirimbo zinyuranye zo hanze n'izo mu Rwanda ariko by’umwihariko iyitwa Saa Moya niyo imaze kurebwa n’abantu inshuro nyinshiKu mbuga nkoranyambaga hose akoresha Jobami (Instagram, Facebook na Twitter)

     

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108502/yamenyekanye-muri-saa-moya-ya-bruce-melodie-jobami-yongeye-gufasha-abigitsina-gore-asubira-108502.html

  • Menya umuhanzi Twagirayezu Cassien waririmbye ‘Umuntu nyamuntu’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Twagirayezu Cassien
    Twagirayezu Cassien

    Twagirayezu Cassien yari atuye i Gikondo mu Mujyi wa Kigali ari na ho yaguye tariki ya 12 Mata 1994 muri Jenoside yakorewe Abatutsi, avukana n’abavandimwe icyenda hariho batatu gusa, barimo murumuna we Dufitumukiza Kanutina na bashiki be babiri.

    Twagirayezu Cassien wavukanye ubumuga, ubuzima bwe bwo mu butoya yabumaze mu kigo cy’abafite ubumuga cya Gataraga mu myaka ya 1960, aho mu myaka ya za 1970 yatangiye gucuranga.

    Mu 1990 yatangiye gusohora indirimbo nyinshi ari kumwe n’inshuti ze zirimo nka Landeres Landouard bavuka hamwe bakaba baranareranwe i Gataraga, baririmbanye indirimbo ‘Muhoza wanjye’ wandutiye benshi, ‘umuntu nyamuntu’ n’izindi zanyuze ab’icyo gihe n’ab’ubu kandi baracyazisubiramo.

    Twagirayezu yatabarutse atarashinga urugo, yari mu kigero cy’imyaka 38 y’amavuko, uwo yateganyaga kuzarushingana na we yazize Jenoside yakorewe Abatutsi aho yari atuye i Gikondo.

    Uko iterambere ryazaga yakundaga kuvugurura indirimbo ze yongeramo ibyuma birekura umuziki wo ku rwego rwisumbuyeho yakoraga muri SOCORWA akora mu biro by’abicunga umutungo, icyo kigo kikaba kimwe mu byashinzwe na Padiri Frepo, mu rwego rwo gufasha ababaga barangije amasomo i Gatagara.

    Inganzo ye yibandaga ku muntu n’ubumuntu

    Dufitumukiza Kanuti avuga ko indirimbo za mukuru we yazihangaga ahereye ku buryo bwo gukangurira abantu kugira ubumuntu kubera aho yaririmbye nk’indirimbo ‘Umuntu nyamuntu’, n’indi yitwa ‘Tubibuke’, yaririmbye asabira Abanyafurika y’Epho bari bugarijwe n’ubwicanyi bushingiye ku ivanguramoko rya Apartheid.

    Indirimbo ye kuba ‘Kure y’umukunzi’ avugamo agasozi ka Nyaruzi yanavukiyeho agenda akamanuka agatambika mbese akagakumbura kubera ko ari ho iwabo, icyakora ijambo avugamo kuba kure y’umukunzi we ngo ntawari uhari ni uko byumvikanaga ko gusa yikundira aho iwabo akahakumbura.

    Agira ati “Icyo nakundiye Cassien yari afite umutima muzima, yahangiraga Igihugu n’abagituye, yari afite ubwenge buzima kandi umuhanzi ufite bene ubwo bwenge ugorora umuco ukawushyiramo umwezi, bigatuma umuco ukomeza kuramba agakomeza kuwubakira abantu runaka”.

    Ibyo byumvikana nko mu ndirimbo agira ati “Mwebwe, mwe mubitse ubwenge nimuhaguruke mumurike inzira iboneye, bene umuntu ko bagenda insigane ab’intege nke babaye aba nde, ko mvugiye ahirengeye ngo munyumve mbese ni nde wamenyera intsinzi”.

    Mfitumukiza avuga ko mukuru we yifuzaga ko abantu banoza imibanire nk’uko byumvikana mu ndirimbo ze mu muyoboro n’isura yo gutanga ubutumwa bitari ukwishimisha gusa, iryo rikaba ibanga ry’ubuhanzi bwa kera butari bugamije indi nyungu, ahubwo bagamije gukuza ubumuntu mu bantu kuko nta gihembo ahanini babaga bategereje.

    Dufitumukiza Kanuti
    Dufitumukiza Kanuti

    Mfitumukiza yifuza ko ibihangano bya Cassien byasigasirwa kandi umuryango Nyarwanda ugakomeza kungukira ubutumwa mu mwimerere wabyo.

    Agira ati “Ubaye imfura ushobora kujya ahantu wishimye ukaririmba indirimbo ze ariko ukibuka no gushimira uwo muhanzi kuko byaranabaye mu mwiherero w’abayobozi, aho bumvise indirimbo Umuntu nyamuntu bagasesengura ubutumwa burimo, kandi bashimira uwo muhanzi ari na cyo nifuza ko abakomeza gukoresha indirimbo za Cassien mbasaba gukurikiza”.

    Mfitumukiza Kanuti ni we usa nk’uwasigaranye inganzo ya mukuru we Twagirayezu Cassien, kuko nawe afite indirimbo kandi akaba anacuranga gitari.

    Mfitumukiza avuga ko twagirayezu Cassien yabaye nk’umuhanurira mu ndirimbo ze nko mu yitwa ‘Muhoza wanjye’, kuko ubu umugore wa Mfitumukiza yitwa Umuhoza, akanitwa izina rya Christine ubundi ryitwaga umukunzi wa Cassien, bateganyaga kurushingana nawe wishwe muri Jenoside yakorewe Abatututsi.

    source : https://ift.tt/3xE8HUk