Tag: Muzika

  • Makanyaga yagaragaje Sebanani Andr nk’imvano… – #rwanda #RwOT

    Aravuga ibi mu gihe mu bihe bitandukanye, bamwe mu bahanzi yaba abafite amazina akomeye ndetse n’abakizamuka bagiye bumvikana bashwana na bagenzi babo, bamwe muri bo bakisunga studio bakanyuza mu ndirimbo batukana ibyo gupfunyika.

    Hari n’abagiye bajya imbere y’itangazamakuru, bakagaragaza ko batavugwa rumwe na bagenzi babo. Buri uko abonye aho kuvugira, akitsa kuri mugenzi we.

    Ubwo yari mu nama yahuje abahanzi mu ngeri zinyuranye yatumijwe na Minisiteri y’Urubyiruko ndetse n’Iterambere ry’Ubuhanzi yabaye ku wa 13 Gashyantare 2024, Makanyaga yavuze ko abahanzi bo hambere barambye mu muziki kubera ko baranzwe n’urukundo mu bikorwa byabo.

    Uyu mubyeyi yavuze ko ari nayo mpamvu benshi muri bo ibihangano by’abo byubakiye ku rukundo. Yavuze ko igihe cyageze, bamwe mu bantu bamubaza impamvu akunze guhanga ku ngingo y’urukundo. Agira ati “Hari abagiye bambaza kuki uririmba urukundo, ariko nibaza ku Isi ni inde udakunda…”

    Yumvikanishije ko nta bushotoranyi, amashyari yaranze abahanzi ba cyera, kuko bakoraga ibikorwa byabo, kandi bashyigikiranye. Makanyaga ati “Abahanzi ba cyera twarakundanaga.”

    Uyu munyamuziki yatanze urugero avuga ko indirimbo ze yazijyanaga kuri Radio Rwanda, akakirwa na Sebanani André wabarizwaga muri Orchestre Impala kandi ibihangano bye bigacurangwa cyane bidasabye ko yiginga.

    Ati “…Ariko niwe wabaga uwa mbere wo kugirango azishyiremo (indirimbo) kugirango zumvikane. Urwo ni urukundo mvuga, rutari ishyari.”

    Sebanani André yari umuhanzi w'umuhanga wamenyekanye cyane mu makinamico akinanye ubuhanga n'ubu agikundwa n'Abanyarwanda arimo nka “Nzashira ingurugunzu nkiri Ngangi”, “Icyanzu cy'Imana (Uwera)”, n'izindi.

    Yabaye umunyamakuru wa Radio Rwanda igihe kinini, ndetse yakoze indirimbo zirimo nka 'Karimi Kashyari' zakunzwe mu buryo bukomeye. Mu buhanzi bwe, harimo amagambo yamagana urwango, amatiku, kwivanga, munyangire, n'ibindi.

    Makanyaga yashimangiye ko kuramba mu muziki, ariko uko we na bagenzi be baranzwe n’urukundo, bitandukanye n’abanyamuziki bo muri iki gihe barangwa na ‘Beef’.

    Uyu mubyeyi yavuze ko adashimishwa no kuba abahanzi n’urubyiruko bijandikwa mu gushwana kwa hato na hato ibizwi nka ‘Beef’. Yungamo ati “Kuko iyo udafite ukurusha ntugire uwo urusha ntacyo uba uri gukora.”

    Amateka ya Makanyaga agaragaza ko amaze imyaka 57 yunze ubumwe n'umuziki. Imyaka itanu ya mbere yayibayemo yiga ibicurangisho by'umuziki no kuririmba.

    Mu 2023 yakoze igitaramo yizihirijemo imyaka 50 yari ishize ari mu muziki. Ni imyaka yatangijwe no gukora umuziki mu buryo bw'umwuga ubwo yaririmbaga muri Orchestre imwe n'abarimo Sebanani Andre wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho amajwi y'indirimbo zabo bayafatiraga kuri Radio Rwanda.

    Makanyaga Abdul yatangaje ko abahanzi bo hambere baranzwe n'urukundo ari nayo mpamvu benshi muri bo barambye mu muziki 

    Makanyaga yavuze ko abahanzi n'urubyiruko badakwiye kwimika 'Beef' mu buzima bwabo

    KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'URUKUNDO' YA MAKANYAGA

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/139777/makanyaga-yagaragaje-sebanani-andre-nkimvano-yo-kuba-arambye-mu-muziki-139777.html

  • Producer X yakebuye Element na Country bapfa… – #rwanda #RwOT

    Umuhanga mu gutunganya amajwi y'indirimbo Gwiza Alain Lyivuze umaze kwamamara nka Producer X On The Beat, yakoze indirimbo zitandukanye zirimo 'Fit' ya Juno Kizigenza, 'Jaja' ya Juno KIzigenza na Kivumbi King, album 'Musomandera' ya Ruti Joel, 'Ndaryohewe' ya Empire ft All Stars n'izindi.

    Uyu musore ukorera muri studio ya Hi5 yaganirije inyaRwanda atangaza byinshi birimo igitekerezo cyo guhanga injyana inyaRwanda yajya ihagararira umuziki w'igihugu.

    Yavuze ko injyana nyaRwanda isanzwe ihari ahubwo yagahawe imbaraga, ikavugururwa aho gushwanira izina nk'uko birimo kuba muri iyi minsi kuri Country na Element barimo gupfa izina 'Afro Gako' buri umwe avuga ko ariwe wayihimbye.

    Producer X avuga ko injyana Gakondo yahozeho kuva kuri Impala, Sebanani Andre ahubwo icyo abubu bakora nawe arimo.

    Yagize ati 'Njyewe umuziki nkora, nywukora nywukunze, ikintu cyose cy'umuziki mwiza mba numva ari cyo nakora, hari igihe nakoze indirimbo n'ibyamamare, ndazikora zirimo 'Jaja' ya Juno Kizigenza na Kivumbi, 'Radiyo' ya Alyn Sano, 'Amadeni' ya Mr Kagame, 'Fit' n'izindi. Ariko muri njyewe, numvaga atariwo muziki nshaka gukora.

    Afro Beat ni umuzki wa Africa yose, rero umuziki wa 'Afro Gako', gufata amapiano, Afro Beats ukavangamo ibikoresho nyaRwanda. Ibyo nta muntu utarabikoze, Pator P yarabikoze, Michael Mkembe yarawukoze yewe n'Impala zarawukoze ndetse na ba Sebanani Andre barawukoze. 

    Ntabwo nkeka ko ibyo ari ibintu bishya, byahozeho ahubwo byari bitarabonerwa izina. Nk'iyo wumvishe indirimbo 'Ikinimba' nakoreye Ruti Joel, wumva ko iri muri ubwo bwoko Gakondo. Rero si ibintu bishya'.

    X On The Beat avuga ko abahanga mu gukora amajwi n'indirimbo, bakwiriye guhuza imbaraga aho gushwanira izina cyane ko ibyo bita ibyabo byahozeho kuva mbere.

    Producer X abajijwe ku kuba nawe yaba yiyita impirimbanyi w'injyana nyaRwanda ya Gakondo, yavuze ko ibyo bikwiriye guharirwa ba Sebanani, Impala n'abandi babikoze imbere.

    Ibi byaje nyuma y'uko Element yavugaga ko yashinze injyana ya 'Afro Gako' na Studio Country Records ikavuga ko ari iyayo.


    Producer X avuga ko injyana ya 'Afro Gako' yahozeho ariko yari itarabonerwa izina, bityo ko Element na Country Records bakwiriye guhuza imbaraga


    Producer X on the Beat niwe wakoze album ‘Musomandera’ ya Ruti Joel


    Producer X ni we ukorera muri Hi5 yahoze ari iya Mr Kagame


    Producer Element avuga ko ari we nyiri injyana ya “Afro Gako”


    Nduwimana Jean Poul [Noopja] nyiri studio Country Records bavuga ko aribo ba nyiri ‘Afro Gako’

    Reba ikiganiro X on tHE beat yagiranye na InyaRwanda

    “>

    Reba indirimbo ‘Cyane’ ya Ruti Joel yakozwe na X on the Beat

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/139554/producer-x-yakebuye-element-na-country-bapfa-ibitari-ibyabo-video-139554.html

  • Twaganiriye! Papa Cyangwe yasohoye Album yahu… – #rwanda #RwOT

    N’iyo Album ya mbere Papa Cyangwe yigejejeho nyuma y’uko atandukanye n’inzu ifasha abahanzi mu bya muzika ya Rocky Entertainment bakoranye ibikorwa binyuranye by’umuziki ariko bitarimo Album.

    Bigaragara ko yakozeho akazi katoroshye, kuko yahurijeho abahanzi bakomeye kugeza ku ndirimbo 12 yatunganyije mu gihe cy’umwaka urenga.

    Yagaragaje ko Album ye ‘Live and Die’ iriho indirimbo yise ‘We Sha’, ‘ Bakalo’ yakoranye n’umuraperi mugenzi we Ish Kevin, ‘Mu bigori’ yamamaye mu buryo bukomeye, ‘Mu busaza’ yakoranye na Kivumbi King, ‘Incwi’ yakoranye na Alyn Sano, ‘Ndasaze’ yakoranye na Kevin Kade, ‘Ovadoze’ yakoranye na Sat-B, ‘Ntabya Ganga’ yakoranye na Bushali, ‘Tura Tugabane’ na Bull Dogg ndetse na ‘Mbappe’.

    Alyn Sano niwe muhanzikazi wenyine uri kuri iyi album, ni mu gihe Sat-B ariwe muhanzi wenyine wo mu kindi gihugu uri kuri iyi Album. Iriho kandi abaraperi bane gusa.

    Ni mu gihe abahanzi baririmba ari Kivumbi King, Kevin Kade ndetse na Okkama. Aba bahanzi bombi bafitanye ubushuti bw’igihe kirekire bwagejeje ku kuba barakoranye iyi Album.

    Bigaragara ko Papa Cyangwe yitaye cyane ku guha akazi aba Producer bagezweho muri iki gihe ubwo yakoraga iyi Album ye, kuko yifashishijeho Prince Kiiiz, The Major, Ayoo Rash, Yee Fanta, Real Yeweeeh, Kozee ndetse na Real Beat.

    Ni Album yakozwe bigizwemo uruhare na Label ya Papa Cyangwe yise Cuma Gang, kandi inononsorwa na Bob Pro afatanyije na Herbert Skillz.

    Mu kiganiro na InyaRwanda, Papa Cyangwe yavuze ko iyi Album ye yayise ‘Kubaho no Gupfa’ mu rwego rwo kumvikanisha ko ntacyagize itangiriro cyabuze iherezo.

    Ati “Album nayise ‘Live and Die’ (Kubaho no gupfa), ni ukuvuga ngo ndiho kandi nzapfa, uriho kandi kandi uzapfa, turiho kandi tuzapfa, icyo n’icyo gisobanura cyayo, ni ukuvuga ngo uyu munsi uriho ariko ejo uzapfa, uyu munsi ndiho ariko ejo napfa, twese turiho ariko tuzapfa.”

    Uyu muraperi wamamaye mu ndirimbo zinyuranye yavuze ko ajya guhitamo abahanzi yifashishije kuri iyi Album ye ya mbere yitaye cyane ku bahanzi bafitanye ubushuti.

    Akomeza ati “Ni ukuvuga ngo umuhanzi wese uri kuri album yanjye mu buzima busanzwe turi inshuti. Icya kabiri ni abahanzi bagezweho, nta muhanzi uriho utari gukora cyane, ni abahanzi nanjye ubwanjye nkunda ibikorwa byabo.”

    Yavuze ko ikindi yashingiyeho ari uko aba bahanzi ari ubwa mbere bari bakoranye. Ati “Rero bitewe n’uko tuba dufitanye umubano runaka, ikindi ari abahanzi b’abahanga, bari no gukora cyane, bari mu kiragano gishya cy’umuziki, rero n’icyo nagendeyeho mbahitamo.”

    Papa Cyangwe avuga ko muri rusange yashimye Bushali kuri Album ye kubera ko ari umuraperi ugezweho kandi akundira ibikorwa bye by’umuziki. Ati “Akaba ari n’inshuti yanjye, erega ubwo bushuti no kuba nkunda ibikorwa byawe, ari n’umuhanzi mwiza, biri mu byatumye muhitamo.”

    Cyangwe asobanura ko Bull Dogg uri kuri Album ye bafitanye amateka yihariye, kuko ari umuraperi yakuze akunda cyane bitewe n’imyandikire ye. Ati “Ni umuraperi nakuze nkunda. Rero kumushyira kuri Album yanjye ni umugisha cyane.”

    Asobanura ko yifashishije Sat-B kubera ko hari abahanzi babiri barimo Double Jay na Olegue bo mu Burundi bari barakoranye indirimbo. Ati “Naratekereje ndavuga nti kuki ntashyira undi muhanzi wo mu Burundi kuri Album yanjye, bihurirana n’uko Sat-B dusanzwe dufitanye ubushuti.”

    Uyu muraperi avuga ko yahisemo abahanzi ashingiye ku bushuti, kuba nta ndirimbo bari barakoranye no kuba ari abahanzi b’abahanga bagezweho muri iki gihe. 

    Imyaka ibiri irashize Papa Cyangwe ari mu muziki.  Muri Mutarama 2022, yasohoye Extended Play (EP) ye ya mbere yise ‘Sitaki’ iriho indirimbo zamwubakiye izina nka ‘Kanjenje’ yakoranye na Chriss Eazy, ‘Aho’ yakoranye na Bushali n’izindi.

    Kuri Album ‘Live and Die’, Ish Kevin yakoranye na Papa Cyangwe indirimbo bise ‘Bakalo’
    Kivumbi King yakoranye na Papa Cyangwe indirimbo bise ‘Mu Busaza’
    Umuhanzikazi Alyn Sano yakoranye na Papa Cyangwe indirimbo bise ‘Incwi’ 

    Okkama yakoranye na Papa Cyangwe indirimbo bise ‘So Special’ kuri Album ye

    Kevin Kade yahuje imbaraga na Papa Cyangwe kuri Album mu ndirimbo bise ‘Ndasaze’
    Sat-B yateye ingabo mu bitugu Papa Cyangwe bakorana indirimbo bise ‘Ovadoze’
    Bushali yashyigikiye mugenzi we Papa Cyangwe bakorana indirimbo ‘Ntabya Gang’
    Bull Dogg, umuraperi ubimazemo igihe kinini yakoranye na Papa Cyangwe indirimbo bise ‘Tura Tugabane’
    Papa Cyangwe yavuze ko buri muhanzi bakoranye kuri iyi Album basanzwe bafitanye ubushuti bw’igihe kirekire, kandi ni umuhanga

    Album ya Papa Cyangwe iriho indirimbo 12, kandi yakoranye n’abahanzi umunani b’inshuti ze

    KANDA HANO UREBE INDIRIMBO PAPA CYANGWE YITIRIYE ALBUM YE ‘LIVE AND DIE’

    “>

    KANDA HANO WUMVE ALBUM YOSE ‘LIVE AND DIE’ YA PAPA CYANGWE YASHYIZE HANZE

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/139544/twaganiriye-papa-cyangwe-yasohoye-album-yahurijeho-abarimo-sat-b-na-bull-dogg-video-139544.html

  • Yvanny Mpano yasobanuye impamvu Social Mula a… – #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 9 Gashyantare 2024, nibwo Yvanny Mpano yashyize hanze amashusho y'iyi ndirimbo y'iminota ine n'amasegonda 58'.

    Niyo ndirimbo ya mbere Yvanny Mpano ashyira hanze muri uyu mwaka wa 2024; kandi asobanura ko ari umuhigo yesheje kuko mu bahanzi yifuzaga gukorana n'abo indirimbo Social Mula yari ku rutonde.

    Mu kiganiro na InyaRwanda, Yvanny Mpano ati 'Maze igihe kinini nkora indirimbo njyenyine, ariko ntabwo najyaga nkorana indirimbo (Collaboration) n'abandi, urebye neza ni nke cyane. Mu gutekereza rero umuntu twakorana nasanze Social Mula ariwe muntu twakorana.'

    Yvanny Mpano yavuze ko yatekereje gukorana na Social Mula kubera ko ari umuhanzi batangiriye rimwe umuziki, bagendanye igihe kinini kandi 'nkakunda impano ye, akaba n'umuntu nkunda ibihangano bye'.

    Akomeza ati 'Kandi nawe ndabizi yakundaga ibihangano byanjye. Naramwegereye mubwira umushinga mfite, ntiyangoye kuko yari asanzwe anzi.'

    Uyu muhanzi avuga ko akimara kwemeranya na Social Mula gukorana indirimbo bahise bajya kureba Producer Element batangira umushinga w'ikorwa ry'iyi ndirimbo.

    Ati 'Twagiye nta gitekerezo dufite, twakibonye tugeze muri studio. Nashoboraga kugira igitekerezo ukwanjye cyangwa akagikira ukwe, ntibibe ukwe. Rero twahuje igitekerezo turi muri studio turi kumwe na Element aduha igitekerezo cy'uburyo twakoramo. Turicara indirimbo tuyifatira amajwi, ni uko twayikoze.'

    Yvanny Mpano asobanura ko iyi ndirimbo nk'umurongo w'ubufatanye bukwiye kuranga abahanzi nyarwanda, kuko 'iyo abantu bakoranye muba muhuje abafana banyu'. Kuri we, asanga igihe kigeze kugirango abahanzi bashimangire ubufatanye 'n'ubwo rimwe na rimwe abantu babyirengagiza.'.

    Ati 'Hari n'igihe ukorana n'umuhanzi akumva y'uko nimuhurira mu ndirimbo uribumurushe, ariko iyo myumvire nyine igenda ihinduka. Nari mfite igitekerezo cyo gukorana na Social Mula ariko ntibyari vuba, ariko byavuye ku nshuti yanjye iba muri Amerika, rero nkomeza icyo gitekerezo.'

    Agahanga umugabo kaba iyo agiye

    Yvanny Mpano avuga ko batangiye gukora iyi ndirimbo mu Ukwakira 2022, bayitangiriye muri Country Records ubwo Producer Element yari akibarizwamo.

    Avuga ko bagisoza gukora amajwi y'ayo batekereje gukora amashusho (Video), ariko bitewe na gahunda Social Mula yari afite zo kujya hanze, bituma batabasha guhuza ngo bakore amashusho y'iyi ndirimbo nk'uko byari bikwiye.

    Yvanny avuga ko yakomeje kuvugana na Social Mula kugeza ubwo yigiriye inama yo gukora amashuso amusimbuje ariko kandi abikora mu buryo butarambira ureba indirimbo.

    Yavuze ati 'Iyi ndirimbo twayikoze mbere y'uko Social agenda…Social yagiye agiye mu gitaramo, twari twaramaze no gutangira ikorwa ry'amashusho y'ayo, agenda tutayikoze, mu byo twaganiraga yari afite kugaruka, ariko agahanga umugabo kaba iyo agiye, aragenda ntiyagaruka, ariko tukajya tuvugana.'

    Akomeza ati 'Narebye ubundi buryo umuntu yakoresha, mbese ingingo ya 15, kugirango azagaragare mu buryo adahari, ariko ku buryo umuntu wareba 'Video' atazarambirwa, ni kuriya rero twabigenje. Ubwo yaragiye nyine agumayo, ariko ntakibazo, nawe indirimbo arayishyigikiye, ni inshuti yanjye, ni umuntu w'umugabo, ni umubyeyi[S1] . Impamvu atagaragaraye muri 'video' ni uko atari ahari.'

    Social Mula afatwa nk'umwe mu bahanzi beza u Rwanda rufite ahanini biturutse ku ijwi rye n'imyandikire ye. Yamamaye cyane mu ndirimbo zirimo nka 'Ma Vie', 'Ku Ndunduro', 'Umuturanyi' n'izindi zinyuranye.

    Ni mu gihe Yvanny Mpano bahuriye mu ndirimbo yamamaye abicyesha indirimbo zirimo nka 'Ndabigukundikira', 'Amateka', 'Nyuma yawe' n'izindi nyinshi. 


    Yvanny Mpano yahuje imbaraga na Social Mula bakorana indirimbo bise 'C'est La Vie'


    Social Mula yaririmbye mu ndirimbo 'C'est La Vie' mbere y'uko yerekeza hanze y'u Rwanda
     

    Yvanny Mpano asobanura ko gukorana indirimbo na mugenzi biri mu murongo w'ubufatanye

    KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'C'EST LA VIE' YA YVANNY MPANO NA SOCIAL MULA

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/139540/yvanny-mpano-yasobanuye-impamvu-social-mula-atagaragara-mu-ndirimbo-bakoranye-video-139540.html

  • Mulix yinjije abantu muri Saint Valentin abin… – #rwanda #RwOT

    Mulix akinjira mu muziki yavuze ko uretse kuba yarakuze abona Dream Boyz yahozemo mukuru we TMC akarushaho kuwukunda cyane, aniyumvamo impano kandi akaba ashaka kuwukora by'umwuga

    Mulix yagize ati 'Umuziki nawukunze kuva kera ariko imbarutso ya mbere ni uko Dream Boyz bakoraga umuziki mbabona, biri mu bintu byampaye imbaraga nubwo nari nkiri muto. Ikindi numva ari impano ngomba kubyaza umusaruro.'

    Mulix yavuze ko ikizamufasha kwigarurira abakunzi ba muzika Nyarwanda, agomba kwibanda cyane ku bwiza by'ibihangano.

    Muri iyi ndirimbo nshya agaruka ku kuba umukunzi we yaramuhisemo mu bandi, umutima arawigarurira awugira uwe bityo ko na we byamugaye gutuza ndetse ko yamuhaye ubwami mu mutima we.

    Mulix mu muziki we avuga ko aba yumva nta njyana n'imwe atakora ariko akaba yiyumva cyane muri Afrobeat. Ndetse kuri ubu ari gukorana cyane na Producer Prince Kiiz uri mu bagezweho mu batunganya indirimbo mu Rwanda.

    Mulix murumuna wa TMC yashyize indirimbo hanze indirimbo ye ya kabiri.


    Mulix yinjiye gukora umuziki umwaka ushije.

    Reba amashusho y’indirimbo “By my side” ya Mulix

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/139538/mulix-yinjije-abantu-muri-saint-valentin-abinyujije-mu-ndirimbo-by-my-side-video-139538.html

  • Safi Madiba yakoreye muri Brazil indirimbo yo… – #rwanda #RwOT

    Ariko kuri uwo munsi wa Saint Valentin (Valentine's Day) hari ibintu byinshi bitandukanye bikunze kuvugwa, ariko si ko byose ari byo, kandi si na ko abantu bose babyumvikanaho.

    Kuri uwo munsi, abasore n'inkumi bakundana bahana impano zitandukanye ziganjemo impapuro zanditseho imitoma, n'indabo z'amaroza atukura ubusanzwe avuga urukundo rugurumana.

    Aha bivugwa ko buri mwaka, kuri Saint Valentin hoherezwa amakarita agera kuri miliyari imwe n'igice, muri yo 83.6% akaba atangwa n'abagore bayaha abo bakunda.

    Iyi ndirimbo ya Safi Madiba yasohotse kuri uyu wa Kane tariki 8 Gashyantare 2024, nyuma y’igihe cyari gishize ayiteguje abafana be n’abakunzi b’umuziki we.

    Safi ubarizwa muri Canada, yabwiye InyaRwanda, ko amaze umwaka n’igice akora kuri iyi ndirimbo, kandi ko amashusho yayo yayafatiye muri Brazil na Canada.

    Yavuze ko yaguye imbago z’umuziki ari nayo mpamvu iyi ndirimbo yayikoreye mu bihugu bibiri bituranye.

    Ati ‘Ni indirimbo nakoze nitondeye kuko ntureba neza urasanga maze umwaka n’igice ndi kuyikoraho. Rero kuyikora muri Brasil byari mu rwego rwo kwagura umuziki wanjye.”

    Safi Madiba avuga ko iyi ndirimbo yayikoze mu rwego rwo kwibutsa abantu gukundana urukundo rwa nyarwo, bikarenga ibyo benshi bapfa.

    Yavuze ko Isi iri mu bihe bitoroshye muri iki gihe by’intambara za hato na hato, ari nayo mpamvu asaba abantu kunga ubumwe.

    Ati “Abantu bunge ubumwe, bakundana urukundo rwa nyarwo, ndashaka ko abakundana cyane cyane abitegura kwizihiza Saint-Valentin kugaragarizanya urukundo muri iki gihe n’ikindi gihe.”

    Uwitirirwa St Valentin ni Valentin w’i Roma, bivugwa ko ku ngoma y’umwami w’abami Claude w’Umugome (Claude Le Cruel), Roma yari mu ntambara batakundaga, maze umwami Claude afata umwanzuro ko nta musirikare uzongera gushaka. Gusa Valentin yakomeje gusezeranya abakundanye rwihishwa harimo n’abasirikare.

    Byaje kumenyekana ibukuru ni uko Valentin arafungwa ndetse aza kunyongwa ku itariki 14/02. Uwo munsi yoherereje agapapuro k’urukundo umukobwa wari ufite Se wacungaga gereza yari afungiyemo kanditseho ngo “biturutse kuri Valentin wawe”. Bivugwa ko uwo mukobwa yakundanaga na Valentin.

    Kuva icyo gihe itariki 14/02 Valentin yapfiriyeho yahise igirwa umunsi w’abakundana. Uyu mugabo akaba afatwa nk’umurinzi w’abakundana (Le Patron des Amoureux).

    Iyi ndirimbo ayishyize hanze nyuma y'uko ku wa 30 Ukuboza 2023 yakoreye igitaramo gikomeye muri Canada cyabereye ahitwa Library Square mu Mujyi wa Vancouver BC yamurikiyemo Album ye ya mbere yise 'Back to Life'.

    Safi aherutse kubwira InyaRwanda ko nyuma y'iki gitaramo, ari gutegura uruhererekane rw'ibitaramo ashaka kuzakorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada, i Burayi, mu Rwanda n'ahandi.

    Kuri we, asanga igihe kigeze kugira ngo amenyekanishe iyi album binyuze muri ibi bitaramo azakorera ahantu hatandukanye.

    Album ye yamuritse iriho indirimbo na “Got it” yakoranye na Meddy, ‘Kinwe kimwe’, ‘Good Morning’, ‘Nisamehe’ yakoranye na Riderman, ‘Sound’, ‘Remember me’, ‘I wont lie to you’, ‘I love you’, ‘Kontwari’, ‘Hold me’ na Niyo D, ‘Igifungo’, ‘In a Million’ na Harmonize, ‘My Hero’, ‘Original’, ‘Muhe’, ‘Fine’ na Rayvanny, ‘Ntimunywa’ na Dj Marnaud ndetse na ‘Vutu’ na Dj Miller.

    Asobanura iyi album nk'idasanzwe mu buzima bwe, kuko yayihaye umwanya kandi ikaba ari iya mbere iranga urugendo rwe rw'umuziki nk'umuhanzi wigenga.

    Safi anavuga ko muri ibi bitaramo atekereza kuzaha umwanya abahanzi bakizamuka mu rwego rwo kubatera ingabo mu bitugu.

    Ati 'Kugira ngo ngere hano hari abamfashije, rero guha umwanya abahanzi batanga icyizere ni byiza, ntekereza ko hari abo tuzakorana mu gihe kiri imbere.'   


    Safi Madiba yashyize ahagaragara amashusho y'indirimbo ye nshya yise 'Valentina'


    Safi yavuze ko yakoze iyi ndirimbo mu rwego rwo gukangurira abakundana gukundana urukundo ruhamye


    Safi yavuze ko muri uyu mwaka yihaye intego yo gushyira hanze zimwe mu ndirimbo amaze iminsi ari gukoraho


    KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'VALENTINA' YA SAFI MADIBA

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/139491/safi-madiba-yakoreye-muri-brazil-indirimbo-yo-kwizihiza-saint-valentin-video-139491.html

  • Canada: Safi yamuritse Album ya mbere mu gita… – #rwanda #RwOT

    Ni ubwa mbere, uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo 'Kimwe', yari ataramiye muri kiriya gihugu mu gitaramo cye bwite, nyuma y'imyaka irenga ine ahabarizwa.

    Yagiye agaragara mu bitaramo by'abandi bahanzi, ariko mu Ukwakira 2023, nibwo yafashe icyemezo cyo gukora igitaramo cye bwite.

    Safi Madiba yabwiye InyaRwanda ko yishimira uko igitaramo cye cyagenze, ashingiye ku bwitabire bw'abantu, ndetse n'uburyo bagenzi be bamushyigikiye.

    Ati 'Ndanyuzwe! Kuko igitaramo cyagenze neza nk'uko twabyifuzaga na sositeye itegura ibitaramo yitwa Silver Back yamfashije muri uru rugendo rw'iki gitaramo.'

    Iki gitaramo yagikoze tariki 30 Ukuboza 2023, cyabereye ahitwa Library Square mu Mujyi wa Vancouver BC. Uyu munyamuziki yavuze ko atari gukora iki gitaramo wenyine, ari nayo mpamvu yiyambaje bagenzi be basanzwe barimo na Bwanaz uri mu bakomeye mu gihugu cya Zimbabwe, ndetse n'umuhanzi Frank Joe hamwe na Niyo D ari gufasha mu muziki muri iki gihe.

    Safi yavuze ko nyuma yo gukora iki gitaramo, yinjiye mu 2024 afite ingamba zishamikiye ku gushyira hanze ibihangano binyuranye, cyane cyane ibyo amaze iminsi ari gukoraho.

    Ati 'Ingamba mfite muri uyu mwaka wa 2024, ni ugushyira hanze indirimbo nari maze  iminsi nkoraho. Ikindi ni ugukora ibitaramo mu bice bitandukanye by'Isi.'

    Safi avuga ko nyuma y'iki gitaramo, ari gutegura uruhererekane rw'ibitaramo ashaka kuzakorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada, i Burayi, mu Rwanda n'ahandi.

    Kuri we, asanga igihe kigeze kugira ngo amenyekanishe  iyi album binyuze muri ibi bitaramo azakorera ahantu hatandukanye.

    Album ye yamuritse iriho indirimbo na “Got it” yakoranye na Meddy, ‘Kinwe kimwe’, ‘Good Morning’, ‘Nisamehe’ yakoranye na Riderman, ‘Sound’, ‘Remember me’, ‘I wont lie to you’, ‘I love you’, ‘Kontwari’, ‘Hold me’ na Niyo D, ‘Igifungo’, ‘In a Million’ na Harmonize, ‘My Hero’, ‘Original’, ‘Muhe’, ‘Fine’ na Rayvanny, ‘Ntimunywa’ na Dj Marnaud ndetse na ‘Vutu’ na Dj Miller.

    Asobanura iyi album nk'idasanzwe mu buzima bwe, kuko yayihaye umwanya kandi ikaba ari iya mbere iranga urugendo rwe rw'umuziki nk'umuhanzi wigenga.

    Safi anavuga ko muri ibi bitaramo atekereza kuzaha umwanya abahanzi bakizamuka mu rwego rwo kubatera ingabo mu bitugu.

    Ati 'Kugira ngo ngere hano hari abamfashije, rero guha umwanya abahanzi batanga icyizere ni byiza, ntekereza ko hari abo tuzakorana mu gihe kiri imbere.'    

    Safi yakoreye igitaramo gikomeye mu Mujyi wa Vancouver BC yamurikiyemo Album ye ya mbere yise ‘Back to Life’    

    Safi yavuze ko iyi album yihariye mu buzima bwe, kuko isobanuye urugendo rwe nk’umuhanzi wigenga 

    Inkumi z’ikimero n’abanyarwanda babarizwa muri Canada bashyigikiye Safi Madiba mu kumurika album ye ya mbere


     

    Safi yavuze ko yaririmbye buri ndirimbo igize album ye ya mbere muri iki gitaramo    

    Safi avuga ko yinjiye mu 2024 afite intego yo gushyira hanze byinshi mu bihangano amaze iminsi akoraho    

    Safi Madiba yaserukanye umwambaro wari wanditseho imijyi nka New York, Los Angeles, Paris, London na Miami







     
    AMAFOTO: Parfait Images

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138215/canada-safi-yamuritse-album-ya-mbere-mu-gitaramo-cyamuhaye-ingamba-nshya-amafoto-138215.html

  • Bakuze babareba kuri Televiziyo! Imbamutima z… – #rwanda #RwOT

    Ibyabaye kuri The Ben byanageze kuri Meddy ubwo yageraga i Kigali ku nshuro ye ya mbere mu 2018. Aba bahanzi bombi baririmbye mu bitaramo byaherekeje ibitaramo by'umuziki bya 'East African Party' byatanze ibyishimo ku mubare munini.

    Hari bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga baherutse kwibaza ibyabaye kuri bamwe mu bakobwa, kuko batakigaragara basuka amarira imbere y'abahanzi.

    Hari umwe mu bakobwa 'Joyeuse' uherutse gukoresha urubuga rwe rwa Instagram aca ibintu yumvikanisha ko yimariyemo umuhanzi Juno Kizigenza, kandi yifuza guhura nawe- Hamwe n'imbaraga z'itangazamakuru byarakunze aba bombi barahura.

    Juno Kizigenza yamusohokanye muri Kigali Convention Center, amugurira imyambaro mu inzu y'imideli Zoi yashinzwe n’abakobwa bibumbiye muri Mackenzie kandi bagirana ibiganiro birambuye.

    Kimwe mu bishimisha umutima ni uguhura n'umuntu wahoze ari inzozi zawe, mbese ubona ko utazigera ugira amahirwe yo kuramukanya nawe, cyangwase kwicarana ku meza amwe.

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 7 Nzeri 2023, muri BK Arena ubwo hatangazwaga abahanzi umunani bazaririmba muri 'MTN Iwacu Muzika Festival', byagaragaye ko abahanzi batandatu ari ubwa mbere bagiye kuririmba muri ibi bitaramo.

    Bruce Melodie na Riderman si bashya muri ibi bitaramo bigera mu Ntara zitandukanye z'u Rwanda, ariko Afrique, Bushali, Bwiza, Chriss Eazy, Alyn Sano na Niyo Bosco   ni ubwa mbere bagiye gutaramira muri izi Ntara bigizwemo uruhare na East African Promoters (EAP).

    Ibi bitaramo bizatangira mu Karere ka Musanze ku wa 23 Nzeri 2023, bizakomereza mu Mujyi wa Huye ku wa 30 Nzeri 2023, i Ngoma bizahagera ku wa 7 Ukwakira 2023 n'aho ku wa 14 Ukwakira 2023 ibi bitaramo bizabera mu Mujyi wa Rubavu mu Burengarazuba bw'u Rwanda.

    Ibi bitaramo kandi bizabera mu Mujyi wa Kigali ku wa 25 Ugushyingo 2023 ri nacyo gitaramo cya nyuma kizabishyiraho akadomo.

    Ni igitaramo kinini cyagutse kizaririmbamo abahanzi kugeza ubu bitaratangazwa. Mu 2019, igitaramo nk'iki cyaririmbyemo umunyamuziki Diamond wo muri Tanzania.

    Alyn Sano uri mu bazaririmba muri ibi bitaramo ku nshuro ye ya mbere, avuga ko ari ibyo kwishimira kuri we, kuba agiye guhurira ku meza amwe na Bruce Melodie na Riderman yakuze yifuza kuzahurira n'abo ku meza amwe.

    Uyu mukobwa yavuze ko abashije kugera kuri iyi ntambwe kubera uruhare rw'itangazamakuru rwashyigikiye inganzo ye kugeza aho 'aho nshobora kwicara hano n’ibihangange [Yakebutse areba Riderman na Bruce Melodie] bya ‘danger’ nahoze nifuza kwicarana nabyo.'

    Yavuze ko ibi bimuteye imbaraga, kandi afite ibintu byinshi ari gutegurira abafana be n’abakunzi b’umuziki.

    Chriss Eazy wo muri Giti Business Group yashimye East African Promoters yabahurije muri ibi bitaramo, kuko bigiye gutuma bahura n’abahanzi bakuru mu muziki bigiraho byinshi.

    Ati “Ndashimira ababyeyi bakuru ku bw’iyi ntambwe badufashije gutera […] Twiteguye gutanga ibyiza byose dufite ku bantu bose tuzabana (n’abo). Iryo ni isezerano tubahaye.”

    Umuraperi Bushali yumvikanisha ko amavugurura yakozwe muri ibi bitaramo kugeza ubwo byiswe “MTN Iwacu Muzika Festival” atanga icyizere mu guteza imbere abahanzi bashya n’abamaze igihe kinini mu muziki.

    Uyu mugabo avuga ko kuba agiye kuririmba ‘bwa mbere’ muri ibi bitaramo bizagera mu Ntara afite umukoro wo kuhakorera amateka.

    Bruce Melodie umaze imyaka irenga 10 mu muziki, avuga ko bitewe n'ibibazo birimo icyorezo cya Covid-19 n'izindi gahunda, yari amaze imyaka ine ataririmbira mu Ntara. 

    Akavuga ko ari ibyo kwishimira kuko agiye kongera kwegera abafana be no kubataramira binyuze mu bitaramo bya 'MTN Iwacu Muzika Festival'.

    Niyo Bosco ugiye kuririmba bwa mbere muri ibi bitaramo, yavuze ko byamukoze ku mutima kuba yicaye ku meza amwe n’abahanzi bakuru mu muziki.

    Yashimye East African Promoters ‘kuba nanjye ndi mu bona yatekereje(ho) kugirango mbe muri ‘MTN Iwacu Muzika Festival’.

    Yizeje ko yiteguye gutanga ibyishimo binyuze mu kuririmba mu buryo bwa ‘Live’ nk’uko bizagenda ku bandi bahanzi.

    Bwiza yavuze ko ari bwo bwa mbere agiye kuririmba muri ibi bitaramo. Avuga ko ibi bitaramo yabirega kuri Televiziyo atarinjira mu muziki.

    Ati “Njyewe ni ubwa mbere ngiye kuririmba muri Iwacu Muzika nahoze mbibona kuri Televiziyo ubundi nkabyumva mu makuru. Nishimiye ko kuri iyi nshuro nanjye nagiriwe icyizere cyo kuzaba umwe mu bahanzi bazaririmbamo.”

    Uyu mukobwa uzwi mu ndirimbo zirimo ‘Ready’ yavuze ko yiteguye guha ibyishimo abanyarwanda nk’uko bagenzi be babisezeranyije.

    Afrique yavuze ko amahirwe yabonye yo kuririmba muri MTN Iwacu Muzika Festival adateze kuyapfusha ubusa, kuko agiye gukora uko ashoboye ku buryo azajya agaruka ku rutonde rw’abagomba kuririmba muri ibi bitaramo.

    Ati “Ni ku nshuro yanjye ya mbere muri ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ ariko siyo nshuro ya nyuma. Kubera ko bitewe n’ibintu tugiye kuhakorera ‘Iwacu Muzika’ yose izajya iza nizeye neza ko tuzajya tuba turimo.”


    Bwiza yavuze ko ibitaramo bya Iwacu Muzika Festival yabirebaga kuri Televiziyo none agiye kubiririmbamo 

    Chriss Eazy yavuze ko we na bagenzi be biteguye kunezeza abakunzi b’umuziki mu Ntara 

    Bruce Melodie yatangaje ko imyaka ine yari ishize adataramira mu Ntara bitewe n’impamvu zirimo icyorezo cya Covid-19 

    Riderman yavuze ko bishimishije kuba MTN igiye guhekereza ibi bitaramo mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere

    Niyo Bosco yavuze ko yiteguye gususurutsa abafana be binyuze mu buryo bwa Live 

    Hilary Saint Ushinzwe Iyamamazabikorwa muri MTN [Uri iburyo], yavuze ko biyemeje gutera inkunga ibi bitaramo kubera ko bashaka kugira uruhare mu iterambere ry’umuhanzi Nyarwanda

    Alyn Sano avuga ko kwisanga ku meza amwe n’abantu yakuze akunda bimuteye ishema
    Bushali yashimye MTN Iwacu Muzika Festival yamufashije gutaramira abafana be mu Ntara  

    Afrique yavuze ko yiteguye kujya agaruka ku rutonde rw’abaririmba muri ibi bitaramo


    Abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye bitabiriye ikiganiro cyagarutse ku itangizwa ry’ibi bitaramo

    KANDA HANO UREBE IBYATANGAJWE N’ABAHANZI BAZARIRIMBA MURI IWACU MUZIKA FESTIVAL
    “>

    Kanda hano urebe amafoto menshi ya ‘MTN Iwacu Muzika Festival’

    AMAFOTO: Ngabo Serge-InyaRwanda.com

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/134164/bakuze-babareba-kuri-televiziyo-imbamutima-zabahanzi-bisanze-ku-meza-amwe-na-bruce-melodie-134164.html

  • Bruce Melodie na Knowless bahataniye ibihembo… – #rwanda #RwOT

    Bisanzwe bitangirwa mu Mujyi wa Kampala mu gihugu cya Uganda. Kandi abahanzi bahatana mu byiciro birimo icy'amatora gisiga hamenyekanye uwa mbere mu itora ryo kuri internet, biri mu bishingirwaho hemezwa uwatsinze.

    Muri rusange bigamije gushimira abahanzi bo muri Afurika n'abandi bo mu byiciro bitandukanye by'ubuhanzi ku bwo kudacogora mu rugendo rwo kwiteza imbere mu muziki wabo, yaba abahanzi bakora 'Gospel', umunyarwenya w'umwaka, umuhanzi ukizamuka, ugira uruhare mu kumenyekanisha ibikorwa by'imyidagaduro n'abandi.

    Amatora yo kuri internet yaratangiye, kandi abantu barenga ibihum 14 bamaze gutora abo bashyigikiye muri buri cyiciro. Bihatanyemo benshi mu bahanzi bo muri Uganda.

    Knowless wo muri Kina Music ahatanye igihembo mu cyiciro cy’umuhanzikazi w’umugore wo muri EAC “East African Female Artist Act), aho ahatanye na Juna De Star wo muri Afurika y’Epfo, Rosa Ree wo muri Tanzania, Lady Kola wo muri Sudani y’Epfo, Sheebah Karungi wo muri Uganda, Suze Reborn wo muri Kenya ndetse na Zuchu wo muri Tanzania.

    Ni mu gihe umuririmbyi Bruce Melodie ahatanye mu cyiciro “International Artist Act” aho ahataniye igihembo na Diamond uheruka mu Rwanda, Eddy Kenzo wo muri Uganda, Jux, Natacha wo muri Burundi ndetse na Silver X.

    Mu cyiciro cy’umuhanzi w’umwaka (Artist of the Year) harimo batanu: Eddy Kenzo, David Lutalo, Jose Chameloene, Pallaso na Sheeabah Karungi.

    Hari kandi icyiciro ‘Country’s Top Audio Producer’ kirimo abantu batandatu, Most Vibrant Fans harimo abantu 10, 'Best on Stage Performance' harimo abantu umunani;

    Icyiciro cy'aba Dj harimo umunani ni mu gihe cyiciro 'Country’s Top Collaboration' harimo abantu umunani, Comedian of the year harimo abantu barindwi; icyiciro cy’umuhanzi ukorera umuziki hanze ya Uganda harimo 10 ni mu gihe cyiciro cy’abagabo bakora indirimbo za ‘Gospel’ harimo barindwi.

    KANDA HANO UBASHE GUTORA BRUCE MELODIE MU CYICIRO AHATANYEMO

    KANDA HANO UBASHE GUTORA KNOWLESS MU CYICIRO AHATANYEMO

    Bruce Melodie ahataniye igihembo mu cyiciro “International Artist Act” ahuriyemo n’abarimo Diamond uherutse kuririmba muri Giants of Africa 

      

    Butera Knowless uheruka gusohora indirimbo ‘Mahwi’ ahatanye mu cyiciro “East African Female Artist Act”






    KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘AZANA’ YA BRUCE MELODIE
    “>

    KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MAHWI’ YA BUTERA NA NEL NGABO

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/134005/bruce-melodie-na-knowless-bahataniye-ibihembo-muri-hiskool-award-134005.html

  • Israel Mbonyi yahinduye umuvuno nyuma yo guca… – #rwanda #RwOT

    Aravuga ibi mu gihe umuyoboro (Channel) we wa Youtube wamaze kurenza abantu ibihumbi 500 (Subscribers) biyandikishije kumurikirana umunsi ku munsi.

    Israel wavukiye i Mulenge muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yumvikanisha ko yahamagawe n'Imana kuyibera icyambu yifashisha igera ku bwoko bw'ayo, kandi akayikorera binyuze mu bihangano n'ivugabutumwa ryagutse.

    Ni umwe mu bahanzi b'indirimbo zihimbaza Imana, kandi ufite igikundiro cyihariye. 'Channel' ye ya Youtube yafunguye ku wa 16 Gashyantare 2012, iriho ibihangano 62 bimaze kurebwa cyangwa se kumvwa n'abantu barenga Miliyoni 93.

    Urutonde rw'indirimbo 100 zikunzwe muri Kenya rwasohotse kuri iki Cyumweru tariki 3 Nzeri 2023, ruriho indirimbo nka ‘Enjoy’ ya Diamond na Jux iri ku mwanya wa mbere, ‘Honey’ ya Zuchu’ iri ku mwanya wa kabiri;

    ‘Nina Siri’ ya Israel Mbonyi iri ku mwanya wa Gatanu, ‘Achili’ Diamond yakoranye na Koffi Olomide iri ku mwanya wa Kane, ‘Who is Your Guy’ ya Spro na Tiwa Savage iri ku mwanya wa Gatau, ku wa Gatandatu hariho indirimbo ‘Terminator’ ya King Promise n’izindi.

    Indirimbo ‘Fou de Toi’ ya Element, Ross Kana ndetse na Bruce Melodie iri ku mwanya wa 49. Ni abahanzi babiri gusa (Israel Mbonyi na Element) bo mu Rwanda bafite indirimbo zikunzwe cyane mu gihugu cya Kenya

    Israel Mbonyi yabwiye InyaRwanda ko akora indirimbo 'Nina Siri' yari afite gushidikanya muri we yiyumvisha ko itazakundwa cyane, ahanini biturutse ku kuba yarakunze kuririmba cyane mu rurimi rw'ikinyarwanda.

    Uyu muhanzi yavuze ko kuva yasohora iyi ndirimbo yabonye ubutumwa bw'abantu benshi bashimye uburyo yayikozemo n'ubutumwa bukubiyemo.

    Yumvwa cyane n'abantu bakoresha ururimi rw'Igiswahili. Ati 'Kuba iri ku mwanya wa Gatatu muri Kenya, byatumye ntekereza uburyo nashyira imbaraga mu bihangano biri mu giswahili, urabona ko yakunzwe mu gihe gito kandi abantu bakomeje kuyumva cyane.'

    Imyaka itanu irashize u Rwanda rwemeje Igiswahili nk'ururimi rwa Kane mu zemewe zikoreshwa. Igiswahili ni rumwe mu ndimi 10 zivugwa cyane ku Isi aho abarenga Miliyoni 200 barukoresha.

    Ibarura rusange ry'abaturage ryatangajwe muri Gashyantare 2023 ryerekanye ko Igiswahili mu Rwanda kivugwa n'abagera kuri 2,97%.

    Indirimbo 'Nina Siri' iri kuri Album Israel Mbonyi aherutse gushyira hanze yise 'Nk'Umusirikare' yakoreye mu Intare Conference Arena.

    Uyu muhanzi ari kwitegura kuririmba mu gitaramo 'Siryo herezo Live Concert' cy'itsinda The Messengers Singers ryo mu Itorero Adventiste kizaba ku wa 9 Nzeri 2023, ahasanzwe habera imurikagurisha 'Expo Ground’.


    Israel Mbonyi yatangaje ko agiye gushyira imbaraga mu gukora indirimbo zo mu rurimi rw'igiswahili


    Indirimbo ya Israel Mbonyi iri ku mwanya wa Gatatu mu ndirimbo zikunzwe muri Kenya





    KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'NINA SIRI' YA ISRAEL MBONYI

    “>

    INDIRIMBO ‘FOU DE TOI’ IRI KU MWANYA WA 49 MU ZIKUNZWE MURI KENYA

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/133980/israel-mbonyi-yahinduye-umuvuno-nyuma-yo-guca-agahigo-muri-kenya-133980.html