Tag: Muzika

  • Umunyamakuru Yago yavuze ukuntu bishyuye umuk… – #rwanda #RwOT

    Ibi Yago yabivuze kuri iki cyumweru ubwo yari ari 'Live' kuri konti ye ya Instagram aganiriza abakunzi be ku muziki nyarwanda, akumbuza abantu abahanzi bari bafite impano ariko kugeza magingo aya bakaba batari kuboneka.

    Muri iki kiganiro Umunyamakuru Yago hari ahantu yageze avuga ku mukobwa bamwoherejeho ngo bamwishyuye ngo ashyire hanze ubugabo bwe mu rwego rwo kwangiza izina rye ndetse anavuga ko ababikoze yamaze kubamenya bitewe n'uko umukobwa atabikoze ahubwo yabwije ukuri Yago.

    Yagize ati: 'Hari ahantu nzatanga ikiganiro sinzi ngo nihe ariko nzagitanga. abantu bashobora kugerageza urumogi bagasanga sindunywa, bakagerageza inzoga bagasanza sinzinywa, bakavuga bati noneho Yago reka tuzamutege umukobwa. Kuko njyewe ntabwo niyandarika niba hari umuntu niyandarikanye nawe naze hano muri 'comment' abivuge, ntabwo ndi umuntu upfa kugenda nandarika ubugabo bwanjye. Bakavuga bati rero reka Yago tuzamutege umukobwa mwiza tumuhe n'amafaranga.'

    Yago yakomeje avuga uko byagenze ati: ' (…) Abantu nyine bantumaho umukobwa, icyo nkundira abakobwa nyine muri abana beza mujye mukomeza mube abana beza, n'ubwo hari aho bagera bagahemuka ariko muri abana beza.'

    Ati: 'Njyewe umukobwa yaraje arabinyibwirira, ambwira ukuntu yatumwe naba runaka ubu ndanabazi. arambwira ati 'kubera ukuntu mbona wigirira umutima mwiza barambwiye ngo nzaze tubonane nitumara kubonana nyine nkureshye turyamane, nitumara kuryamana noneho ngo nijijishe hanyuma nitumara kuryamana nawe mpite ngufirima ngufate amashusho y'ubugabo bwawe'.

    Hanyuma ndamubwira ngo bakwishyuye angahe? arambwira ngo 'bampaye amadolari 200 barambwira ngo ninzana Videwo yawe baranyishyura amadorali 300 yuzure amadorari 500'.'

    Yago yakomeje agaragaza ukuntu yatunguwe n'ukuntu abantu bagambirira kugirira abandi nabi ndetse bakanabishoramo amafaranga y'umurengera. Ati: 'Urumva ukuntu ibyo bintu ukuntu abantu banabishoramo amafaranga menshi kugira ngo barangize 'kariyeri' y'umuntu, urumva icyo kintu? Ibaze kugira ngo umuntu afate amadorali 500 ya Amerika, ubu aya madorali aravunjwa ibihumbi 500 by'amanyarwanda, kugira ngo akumenyekanishe nabi avuga ngo 'dore ka kaniga mwirirwa muvuga ngo kararenze kari hejuru'.''

    Yago ni umunyamakuru ukunzwe cyane bitewe n'ibiganiro akora bikunzwe na benshi binyura kuri shene ye ya Youtube yitwa 'Yago Tv Show' ndetse abenshi bakamukundira ubuhanga n'umuhate ashyira mu kazi ke ka buri munsi batibagiwe kuzamura impano zitandukanye.

    REBA HANO IKIGANIRO GIHERUKA CYA P FLA KURI YAGO TV SHOW

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108692/umunyamakuru-yago-yavuze-ukuntu-bishyuye-umukobwa-amadorali-500-kugira-ngo-ashyire-ubugabo-108692.html

  • Ras Kayaga yahishuye uko umuzungukazi yamwit… – #rwanda #RwOT


    Ras Kayaga yakunzwe cyane muri Holy Jah Doves, ahanini iyo uvuze iyi band, abenshi bahita bumva indirimbo yitwa 'Maguru' yumvikanamo ijwi ry'uyu muhanzi usanzwe ufite ubuhanga mu gucuranga no kuririmba injyana ya reggae. Abenshi mu bari bagize iyi Band bashatse abazungukazi cyo kimwe na Ras Kayaga. Uyu mbere y'uko ajya gutura ku mugabane w'u Burayi, yabanje gukundana n'umuzungukazi wamwitereteye nk'uko yabisobanuye mu kiganiro 'Ten To Night' cya Radio TV 10 kigaruka ku makuru y'imyidagaduro cyo kuri iki cyumweru tariki 15.

    Yagize ati: '(……) nari ntarafata icyemezo, nari ndi kumwe n'umukobwa witwaga Beatrice numvaga ko ariwe fiancé wanjye ariko nyine madamu wanjye nyine twashakanye tukabyarana [umuzungukazi] umwana umwe w'umukobwa yaraje arantereta antumaho umwana bitaga Didier duhuriye nyine mu kabari aho nari nakoze conseri, biramfata nyine bimwe by'abagabo, mpita mbigira niko kumutera inda'.

    Nyuma yo kumutera inda yahise afata umwanzuro w'uko agomba kubyara ari kumwe n'umugore babana bityo. Uyu muzungukazi babyaranye yitwa Sarah, gusa nyuma yo kwimuka bakajya gutura ku Mugabane w'Uburayi baje gutandukana, ubu afite undi muzungukazi nk'uko yabisobanuye ati: 'Nahise mbona undi witwa Esperance, ubwo rero niwe tukiri kumwe kugeza kuri ubungubu'.

    Yakomeje avuga ko inyana ari iya mweru abisanishije na se witwaga Simpenzwe wari warashatse abagore barenze 3. Ras Kayaga usigaye utuye mu Bubirigi azasubirayo mu kwezi kwa 10.

    UMVA HANO INDIRIMBO MAGURU YATUMYE AKUNDWA

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108689/ras-kayaga-yahishuye-uko-umuzungukazi-yamwitereteye-bakajya-gutura-i-burayi-nyuma-bagatand-108689.html

  • Uko Umunyamakuru Yago bamugambaniye bashaka Ubugabo bwe – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru Nyarwaya Innocent uzwi ku izina rya Yago yavuze ukuntu yagambaniwe n'abantu bashakaga ubugabo bwe kugirango babushyire hanze bamwicire izina.

    Ibi Yago yabitangaje kuri iki Cyumweru ubwo yarari Live kuri instagram. Yago yavuze ko abantu bamuteze umukobwa ndetse uwo mukobwa bamuha amadolari 200 kuri 500 bari bamwemereye bamubwira ko agomba kujya gushuka Yago bakaryamana hanyuma bamara kuryamana agafata amashusho arimo ubugabo bwa Yago akazayabazanira bakabona kumuha amadolari 300 yari asigaye.

    Yago yavuze ko umukobwa yaje kumureba gusa amubera imfura amubwira ibyo yari yatumwe byose n'amadolari yari yahawe. Aha niho Yago yahereye ashimira abakobwa bose kubera uyu wamubereye umwana mwiza akanga guhemuka no kumuhemukira.

    Yago yongeyeho ko uwo mukobwa yamubwiye amazina y'abari bamutumye ndetse kuri ubu Yago arabazi nubwo ubwo yajyaga Live atigeze abavuga amazina.

    Yago

    Source : https://yegob.rw/uko-umunyamakuru-yago-bamugambaniye-bashaka-ubugabo-bwe/

  • Uko mbibona: Ibigo bitandukanye mu Rwanda bya… – #rwanda #RwOT

    Iyo witegereje usanga nta mpamvu n'imwe umuhanzi wa ‘Gospel music’ adakwiriye guhabwa amahirwe nk'ay'abandi bahanzi muri ubwo bukangurambaga mu bigo bitandukanye. Ubundi ubukangurambaga ndetse n'ibindi bikorwa bigamije kwamamaza, gutanga ubutumwa runaka se bukwiye kuba bushingira ahanini ku bintu bitandukanye birimo kuba umuntu afite ijwi rigera kure (Influence), afite abantu benshi bamukurikira (Viewership, Followship), afite ubuhamya bwiza (Good reputation) ndetse ntacyo imigirire ye, imibereho ye, imyemerere ye yakwangiriza ubutumwa bugiye gutangwa n'ibindi.

    Ibi byose bigendeweho nibaza ko abahanzi baririmba indirimbo z'Imana bakabaye bari mu ba mbere bahabwa akazi ko kwamamaza no gutanga ubutumwa muri bene iyi mirimo.

    Reka noneho tugende dusesengura kimwe ku kindi:

    1.Kuba umuhanzi afite ijwi rigera kure (Influence,opinion leading)

    Tugendeye kuri ibi ,abahanzi baririmbira Imana ni bamwe mu bahanzi bafite abantu benshi bumva cyangwa bizerwa cyane kurusha abandi.Ibi twabihera ko ubutumwa batanga bukurikirwa n'abantu b'ingeri nyinshi yaba urubyiruko ndetse n'abantu bakuze.

    Munyemerere ntange urugero nisegura kandi ku bandi bahanzi bo mu yindi miziki ntawe ngamije kwibasira ahubwo ndagaragaza igice cy'abahanzi batitabwaho bafite umwihariko wabo kandi watanga umusanzu ku gihugu.

    Ufashe umuhanzi umaze umwaka umwe aririmba injyana ya Hip hop secular music(abaririmba iyi njyana mbiseguyeho sinsuguye akazi mukora) ukamuha gukangurira abantu kugura serivisi z'ubwishingizi ku burezi cyangwa ubwinshingizi bw'impanuka zituruka ku binyabiziga,ku nkongi z'umuriro n'ubundi ,ukamugereranya n'umuhanzi uririmba indirimbo z'Imana ninde wageza ubutumwa ku bantu buba bugenewe(targeted audience)?

    Ngendeye kuri uru rugero injyana ya hip hop ikurikirwa cyane n'urubyiruko mu gihe umuhanzi wa gospel akurikirwa cyane n'impande zombi,bityo uwa gospel kuri njye afite amahirwe menshi kuko abwira impande zose.

    2.Kuba umuntu afite ubuhamya bwiza(good reputation)

    Abahanzi ba gospel ni bake cyane usanga wabasanga mu ngeso mbi zikabije zituma rubanda batabizera.Ni gake wamusanga ahohotera rubanda,yarwanye se,yananije inzego za leta,yanyweye ibiyobyabwenge n'ibindi,mbese bagerageza kwitwararika ku buryo batabangamira rubanda.None ni iki gituma badahabwa amahirwe angana n'ay'abandi?

    3.Umubare w'ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga

    Iyo urebye indirimbo za gospel ku rubuga nkoranyambaga rwa Youtube usanga zirebwa cyane kurusha nyinshi mu ndirimbo zisanzwe.Iyo kandi unyarukiye no kuzindi mbuga nkoranyambaga nka Instagram usanga aba bahanzi bahagaze neza bafite ibihumbi byinshi bibakurikira ku nkuta zabo za Instagram.

    Iyi ngingo nayo y'imbuga nkoranyambaga nta wayitwwaza ngo yime amahirwe aba bahanzi.

    Muri rusange abashinzwe ubucuruzi n'iyamamazabikorwa bakwiye kumva ko aba bahanzi batasigara inyuma muri izi gahunda 'n'ubwo wenda bamwe imyemerere yabo itabemerera kwamamaza bimwe mu bikorwa (inzoga,udukingirizo n'ibindi)' ariko nibura ibyo bemerewe mubahe agaciro bahabwe ako kazi nabo biteze imbere.

    Ibigo bya gikristu nabyo byatereye agati mu ryinyo.

    Mu Rwanda hari ibigo bya gikristu byinshi byamamaza serivisi nka za banki nyinshi za gikristu, zimwe abantu batanazi ko ari iza gikristu kubera ko batamamaza serivisi zabo ndetse byanakorwa ntibibuke gukoresha abahanzi bakora indirimbo z'Imana kandi ahubwo aribo bakifashishijwe. Mu Rwanda hari imiryango ya gikristu myinshi,za kaminuza za gikristu bose bakora ubukangurambaga bwinshi mu ma porogaramu yabo ariko 'nibaza impamvu' badahamagara abahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana.

    Hari umuryango wa gikristu washizwe n'abanyamadini hano mu Rwanda ariko natunguwe no kubona mu bukangurambaga bwabo bwinshi bakoresha abahanzi b'indirimbo zisanzwe gusa habe n'umwe nibura uririmba indirimbo z'Imana urimo.

    Biragayitse kubona inzego za gikristu arizo zirengagiza abahanzi b'abakristu ntibabahe amahirwe ahubwo bakayaha abaririmba indirimbo zisanzwe bonyine.

    Niba hari umuntu wo mu bigo bya gikristu uzasoma iyi nkuru ,yumve ko bikwiriye ko inzego bayoboye batekereza ku bahanzi baririmbira Imana bakabaha amahirwe kuko bakurikirwa n'abantu benshi kandi bafite ubushobozi bwo kugura izo serivisi bacuruza cyangwa bagashyira mu bikorwa ubutumwa batanga byihuse kurusha benshi.

    Ibigo byinshi by'ubucuruzi ntibikozwa gutera inkunga ibitaramo bya gospel kandi byitabirwa cyane

    Ushobora gutangazwa n'ukuntu zimwe muri 'companies' nini mu Rwanda usanga zitera inkunga ibitaramo bito rwose byo mu tubari n'ahandi ariko umuhanzi uzahuza abantu ibihumbi bitanu bitandatu mu gitaramo cyamamajwe cyane mu Rwanda ariko ugasanga bamwimye ubufasha ntibagitere inkunga kandi rimwe na rimwe ibitaramo nk'ibyo byo mu tubari byitabirwa n'urubyiruko urwinshi muri rwo rutabasha kugura izo serivisi ziri kwamamazwa,mu gihe ibitaramo bya gospel byitabirwa n'abantu bakuze ari nabo bafite ubushobozi bwo kugura zimwe muri serivisi ziba ziri kwamamazwa.

    Muri rusange ibigo bitandukanye bikwiye gushyigikira abahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana atari ukubashyigikira gusa kuko nabo babafasha kugeza ubutumwa na serivisi zabo kure binyuze mu kwamamaza no kumenyekanisha ubukangurambaga bunyuranye.

    Inzego n'ibigo bya gikristu nabyo bishyire imbaraga mu gutera ingabo mu bitugu bakorana nabo muri gahunda zabo nyinshi mu rwego rwo kubashyigikira kuko ari hamwe mu hava ubushobozi bwo gushyigikira abahanzi.

    Umwanditsi:

    Nicodeme Nzahoyankuye; ni umunyamakuru w'mwuga ubimazemo imyaka 8 mu biganiro n'inkuru by'iyobokamana

    Ni umwe mu bakorana hafi n'abahanzi b'indirimbo zihimbaza Imana n'amakorari, ategura ibitaramo bitandukanye na za ‘Festivals’ z'indirimbo zihimbaza Imana. Amaze guhabwa ibihembo byinshi bitandukanye harimo ibyo guteza imbere umuziki uhimbaza Imana, guteza imbere isanamitima binyuze mu itangazamakuru. Ni umunyamwuga mu itumanaho n'inozabubanyi (Communications&Public Relations Professional).

    Ibitekerezo byatanzwe muri iyi nkuru ni iby'umwanditsi ku giti cye.

    Nicodeme Nzahoyankuye asanzwe ari umunyamakuru wa Magic FM ya RBA

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108681/uko-mbibona-ibigo-bitandukanye-mu-rwanda-byatereranye-abahanzi-ba-gospel-ibigo-bya-gikrist-108681.html

  • Kevine Key ufite indoto zo kuzaba umuhanzikaz… – #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro na InyaRwanda.com, Kayirangwa Kevine Kessia w’imyaka 21 y’amavuko wahisemo kwitwa Kevine Key mu muziki, yavuze ko yanditse iyi ndirimbo nshya ‘Ubwiza’ ashaka kuvuga ku rukundo rwinshi Yesu Kristo yakunze abari mu Isi. Ati “Iyi ndirimbo ivuga ku rukundo rwinshi Yesu Kristo yadukunze rwatumye asiga Ubwiza bwe n'Icyubahiro yari afite mu ijuru akaza kubabazwa mu isi akitanga kugira ngo twe yakunze akatwitangira aduhe ubugingo buhoraho”.

    Yavuze ko gukorana na Gaby Kamanzi byamushimishije cyane. Ati “Gukorana na Gaby byaranshimishije cyane kuko naramukundaga, nkunda uko aririmba, dukoranye rero biba akarusho. [First of all] mbere na mbere, namushimira cyane Imana imuhe umugisha ku bw’ubwitange bwe ndamwifuriza gukomeza gutera imbere n'Ibyiza byose bitangwa n'Umwami wacu Yesu Kristo dukomere k'Umwami Yesu nitutagwa isari tuzasarura”.

    Kevine Key yashyize hanze indirimbo nshya 'Ubwiza'

    INKURU WASOMA: Kevine Key wifuza kuba umuhanzikazi mpuzamahanga avuga ko afite ububasha yarandura ubwibone mu bahanzi ba Gospel-AMAFOTO

    Uyu muhanzikazi yanakomoje ku mishinga afite mu gihe kiri imbere, atangaza ko gahunda ari ukuva mu bwiza ujya mu bundi. Ati “Bible ibivuga neza ngo tuva mu bwiza tujya mu bundi kandi ngo dushobozwa byose na Kristo uduha imbaraga [so] rero mwitege byinshi byiza imbere”. Kevine Key ashyize hanze iyi ndirimbo nshya nyuma y’ibihe bibi avuyemo byo kubura umubyeyi we (nyina) witabye Imana azize uburwayi. Iyi ndirimbo ye ‘Ubwiza’ ije ikurikira ‘Ishimwe’ Ft Santana Milado imaze amezi 8 iri hanze.

    Urugendo rwe rw’umuziki yarutangiye mu mwaka wa 2019, arutangirira ku ndirimbo yise ‘Mfite impamvu’. Aracyari mushya mu muziki ariko afite imishinga yagutse dore ko yifuza kuba umuramyi mpuzamahanga. Kevine Key ati “Nkora umuziki ku giti cyanjye, natangiye mu mwaka wa 2019, mpera ku ndirimbo nise ‘Mfite impamvu’. Impamvu nahisemo gukora gospel ni uko nshaka kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo ku isi hose cyane cyane urubyiruko”.

    Iyo umubajije abahanzi nyarwanda ba Gospel akunda cyane kurusha abandi ndetse yifuza ko bakorana indirimbo bibaye ngombwa, akubwira ya mazina akunzwe n’abatari bacye mu Rwanda no mu karere, abo akaba ari Gaby Irene Kamanzi, Serge Iyamuremye na Israel Mbonyi. Avuga ko hanze y’u Rwanda hari abahanzi benshi akunda, ariko umuhanzikazi w’umunya-Nigeria Ada akaba ari we nimero ya mbere mu bo yakwishimira cyane gukorana nabo indirimbo. Ada akunzwe bikomeye mu ndirimbo ‘Jesus (You are Able)’ imaze kurebwa inshuro zirenga Miliyoni 43 kuri Youtube.

    Kevine Key arangamiye kuba umuhanzikazi mpuzamahanga uhembura imitima ya benshi

    Gaby Kamanzi arashimirwa cyane na Kevine Key bakoranye indirimbo

    REBA HANO INDIRIMBO ‘UBWIZA’ YA KEVINE KEY FT GABY KAMANZI

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108691/kevine-key-ufite-indoto-zo-kuzaba-umuhanzikazi-mpuzamahanga-yasohoye-indirimbo-ubwiza-yako-108691.html

  • RUSINE Patrick Yaturitse ararira yibutse ibyo Mama we Umubyara y'Amukoreye #rwanda #RwOT

    VIDEO: RUSINE ARATURITSE ARARIRA YIBUTSE IBYO MAMA WE YAMUKOREYE

    Muri iyi minsi cyane kubakurikira urubuga rwa YouTube by'umwihariko abikundira cinema nyarwanda n'u Rwenya muri rusange, imikino ya Mugisha na Rusine nimwe muziharawe cyane mu Rwanda.


    Mugisha na Rusine baharawe cyane mu Rwanda

    Mugisha na Rusine abasinzi babiri bahorana udushya, bakomeje kwigarurira imitima ya benshi mu banyarwanda ndetse ntawashidikanya cyane ku mpano zaba bombi.

    Mu kiganiro bakoreye kuri Televiziyo y'Igihugu, Mugisha na Rusine bongeye guhamya bashize amanga ko ari bamwe mu banyarwenya badashidikanywaho ku mpano n'ubushobozi byiyongeraho udushya twihariye mu gusetsa imbaga nyamwinshi.

    Mugisha Emmanuel uzwi nka Clapton Kibonke na Rusine Patrick barakunzwe cyane
    Abajijwe ku kibazo kijyanye n'umuryango we avukamo, Rusine Patrick yahise agira amarangamutima, kwifata biranga araturika ararira.

    Byatangiye abazwa ku kibazo cy'Umuntu afatiraho ikitegererezo mu buzima busanzwe.

    Ati” Mubuzima busanzwe umuntu mfatiraho ikitegererezo ni mama wange wantunze nta kintu afite(Amafaranga)

    Yakomeje avuga ko atazi uko byagenze gusa yaje gusanga abana na Mama we gusa. Ati” Mfite nk'umwaka umwe gusa naje kwisanga mbana na mama gusa, ntago nzi uko byagenze wenda twavuga ko ari nka bya bibazo by'ababyeyi bajya bagirana.Kuva icyo gihe nakuze mbona mama gusa”

    Yakomeje avuga ko hari igihe Mama wabo yajyaga abura n'amafaranga yo kwishyura inzu babagamo ariko akigomwa ayo abonye yose akayamurihiriramo ishuli.

    Abenshi bakunda ukuntu bakina bigize Abasinzi

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/rusine-patrick-yaturitse-ararira-yibutse-ibyo-mama-we-umubyara-y-amukureye

  • Ni umuntu utagira ishyari nubucakura, ahara… – #rwanda #RwOT

    Abazi Michael Sengazi kuva mu bwana, bemeza ko yavukanye impano yo gutera urwenya. Uwitwa Blaise Ikoriciza wamamaye nka Rasko uzi imikurire ya Sengazi, yemeza ko bwa mbere Sengazi yageze ku rubyiniro mu mwaka wa 2011 mu gihugu cy'u Burundi icyo gihe ngo yagaragaje impano ihambaye abantu baranyurwa.

    Byaje no kurangira Rasko ariwe umubereye umujyanama mu mwuga akora. Uwitwa Kigingi, umunyarwenya wamamaye muri Bujumbura, bakuranye bakanakorana, yagize ati: 'Ni umuvandimwe wanjye, namubonye akura ni nawe watumye mbasha kwinjira mu kibuga.'

    Ibyo aba bagiye batandukana bagiye bavuga mu bihe bitandukanye ntibinyuranye cyane n'ibyo umunyarwenya Babou yatangaje mu kiganiro yagiranye n'INYARWNDA aho yatangiye agira ati: 'Mu by'ukuri icyo navuga ni uko Michael ashaje.'

    Michael Sengazi mu mwaka wa 2017  asusurutsa abakunzi b’u Rwenya

    Aho yavugaga ku isabukuru y'amavuko akomeza agira ati: 'Kuri ubu ari kubarizwa muri Bujumbura aho yagiye mu bitaramo afite we na ba Kigingi.' Yongeraho ati: 'Byange bikunde ni ibitaramo yateguye yifuzaga ko byahura n'isabukuru ye y'amavuko.'

    Kubijyanye n'igihe yahuriye na Michael,  Babou asubiza agira ati: 'Mukuru wanjye yari yantwaye ahantu hitwa ishusho art center kacyiru hari nko muri 2009 cyangwa 2010, nakoraga comedy ariko mu rusengero, arabwira ngo tugende duhure n'abandi banyarwenya.'

    Agaragaza ko bahageze Michael yari yatinze ati: 'Twarahageze duhura na Jerome, Michael we yari yatinze ariko aje anyura aho nari nicaye muteye umugongo asanga ninjye uri kuvuga anyuraho ahindukiye ambonye aratungurwa ahita avuga ngo aka kana niko gafite urujwi rungana gutyo.'

    Babu yongeraho ko atari amuzi agahita agwa mu kantu nyamara akaza gusanga ariwe uyoboye abivuga agira ati: 'Ndibaza umuntu utanze igitecyerezo ku ijwi ryanjye ni nde? Ngiye kubona mbona nawe aricaye ahita avuga ngo noneho mutwereke ibyo mushoboye.'

    Akomeza agira ati: 'Tujya ku rubyiniro, atangira kudukosora.'  Ati: 'Michael rero naje gusanga ari umuntu w'inararibonye kandi utameze nk'abandi, utagira ishyari n'ubucakura bwo kumva yagutwara ibintu byawe wakoze'.

    Yagize ati: 'Michael natangiye kubona ari wa muntu ukugira inama agashaka ko ibintu byawe birushaho kugira imbaraga.  Hari abandi bo rero bahita bumva ibintu byiza bakumva babisubiza inyuma cyangwa bakanakwiba igitecyerezo cyawe ariko we aba ashaka ko watera imbere.'

    Akomeza yerekana ko kuva ubwo bagiye bamenyana, bajyana iwabo i Burundi bakorayo ibitaramo, basura umuryango wabo noneho se umubyara nawe agira ngo urwenya mpuzamahanga nyina nawe akaba umubyeyi mwiza.

    Noneho rero kandi nk'uko Babou akomeza abivuga, Michael arasabana cyane ndetse ugasanga aravugisha abantu abonye bwa mbere nk'aho basanzwe baziranye urugero atanga ni nk'iyo mujyanye guhaha aba avugana n'abacuruzi nk'aho bamenyanye mu myaka itanu ishize.

    Michael afite impamyabumenyi mu bijyanye n’amategeko (Ni Umunyamategeko)

    Mu busanzwe rero Michael Sengazi yavutse kuwa 16 Kanama 1989, yavukiye mu gace ka Mutanga mu gihugu cy'u Burundi. Avuka ari umwana wa gatanu mu muryango w'abana barindwi, se umubyara ni umurundi nyina akaba umunyarwandakazi.

    Amashuri abanza n'ayisumbuye yose yayasoreje mu murwa mukuru w'u Burundi, Bujumbura, mu kigo kitiriwe Mutagatifu Archange. Mu mwuga wo gutera urwenya, yitabira ibikorwa bitandukanye birimo nk'iserukiramuco ryabereye muri Congo Kinshasa agasetsa abarenga 6000.

    Babu uvuga ko yamenyanye na Michael Sengazi cyera akamusangana impano irenze urwenya ariyo gusabana no gushaka icyateza umuntu imbere

    Muri iri serukiramuco muri Congo, byabaye ngombwa ko iminota Michael yari ateganirijwe bayongera bitewe n'uburyo abafana bari bizihiwe, aho kuba mirongo 30 ikagirwa mirongo 45. Nyuma yaho yaje gukomeza kwitabira amaserukiramuco anyuranye arimo nk'iryabereye mu gihugu cya Switzerland n'ahandi hanyuranye mu Burundi no mu Rwanda.

    Mu banyarwenya akunda urugero harimo uwitwa  Gad Elmaleh, Steve Harvey, Dave Chapelle, Bill Cosby, Guy Bedos, Dieudonné n'abandi .

    Michael Sengazi, yaje kwegukana icyiciro cya 5 cy'amarushanwa ya Radiyo y'Abafaransa RFI yabaye kuwa 07 Ukuboza 2019 yegukana amayero 4000.

    Michael Sengazi na Babu, abanyarwenya bakomeye kandi bamaze imyaka myinshi baziranyeUbwo Michael yagezaga i Kigali igihembo cya Prix Talents du Rire 2019

     

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108672/ni-umuntu-utagira-ishyari-nubucakura-aharanira-iterambere-ryabandi-ubuzima-bwa-michael-sen-108672.html

  • Rocky Kirabiranya yakoze Ubukwe? Cyangwa ni Indirimbo? {AMAFOTO} #rwanda #RwOT

    VIDEO: UBUKWE BWA ROCKY KIRABIRANYA? BENSHI BAGUYE MUKANTU||UYU MUSORE NTASANZWE

    Amafoto yakwirakwijwe hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga yagaragazaga Rocky Kirabiranya mu byishimo byinshi imbere y'ikizungerezi cy'Umukobwa apfukamye ari kumwambika impeta.

    Ifoto igaragaza Rocky Yambika impeta Umukobwa
    Hakaba hari n'andi agaragaza Uwizeyimana ari kumwe n'Umukobwa yambitse impeta yambaye ikanzu y'Ubukwe.

    Rocky biravugwa ko yakoze ubukwe mu Ibanga rikomeye

    Ku ikubitiro yashyizwe hanze n'umwe mubakoresha imbuga nkoranyambaga cyane mu Rwanda uzwi nka The Cat Babalao aho yashimangiraga ko Rocky agumura abandi ngo bareke ubukwe nyamara we bikaba bivugwa ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye.

    Yagize ati”HARYA NGO MWANZE IGIKWEEEEEEE??? KWEKWEE, ABAKOBOYI MU GIKARI BARIMO BARABAGA NTA MPUHWE NAMWE MURAHO NGO MWANZE IGIKWE”

    Umukobwa yari yishimye bigaragara

    Ntawakemeza amakuru ko Rocky yaba yakoze ubukwe, dore ko ubwo twakoraga iyi nkuru nyirubwite twagerageje kumuhamagara nyamara inshuro zose numero ye ikaba itakundaga.

    Iyo atwitaba twajyaga kumubaza imvano nyakuri y'aya mafoto ndetse nicyo yaragje.

    Bivugwa ko kadafi na Papa Cyangwe bari babukereye

    Inshuro Nyinshi Uwizeyimana Marc yumvikanye kenshi ashishikariza abasore n'Urubyiruko muri rusange kudakora ubukwe ndetse ari naho hakomotse imvugo ngo nta GIKWE iharawe n'urubyiruko muri iyiminsi.

    Biravugwa kandi ko ari agakino gateguye ko kumenyakanisha indirimbo iri gukorwa bivugwa ko ari iya Papa Cyangwe na Social Mula izasohoka mu minsi ya vuba, aho mumashusho yayo hazagaragaramo iki cyamamare Rocky.

    Muri iyiminsi binagezweho cyane mu Rwanda aho mbere yuko ushyira hanze igikorwa runaka cyane mu myidagaduro ukora ikintu abantu batatekerezaga kugira ngo uvugwe cyane noneho cya gikorwa cyawe cyizaze gisanga ukiri mu matwi yabantu.

    Mu minsi ishize ubwo indirimbo ya Meddy 'My Vow'yasohokaga yifashe aka videwo k'amasegonda 54 yongera gukangurira urubyiruko ko indirimbo iri kubica bigacika mu Rwanda itagomba kubarangaza bakaba bakora Ubukwe. aho yakoresheje imvugo ngo Nta Kudohoka


    Biravugwa ko kaba ari agakino kateguwe abandi bagahamya ko ari amashusho y'indirimbo itarasohoka

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/rocky-kirabiranya-yakoze-ubukwe-cyangwa-ni-agakino-amafoto

  • Umuhanzi Rwibutso Emma hari icyo asaba Imana muri iki gihe #rwanda #RwOT

    Karangwa Rwibutso Emmanuel ukora umurimo w’ivugabutumwa mu buryo bw’indirimbo, ni umuramyi, umwanditsi, umuririmbyi n’umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana. Yamenyekanye mu ndirimbo ‘ Igihe uzazira’, 'Mpa byose’ na ‘Wambare’…

    Rwibutso, umukristo ubarizwa mu itorero ry’ADEPR yasangije ku mbugankoranyambaga ubutumwa bw’ujemo isengesho ryo guca bugufi asaba Imana kumukoresha kandi ku ntego y’Ubwami bw’Imana.

    “Icyampa inzira zanjye zigakomerera, Kwitondera amategeko wandikishije. Ubwo nzita ku byo wategetse byose, Ni bwo ntazakorwa n’isoni.” Zaburi 119:5-6

    Ahereye kuri iyi Zaburi yagize ati” Gukomera kwanjye kose ntibibe kubera indi mpamvu cyangwa kubera intego y’iby’isi. Ahubwo bibeho kugira ngo ndusheho kwitondera ijambo ry’Imana, no kubana na yo, no gutuma abandi bayimenya”.

    Rwibutso Emmanuel ni umuhanzi ukunze kugaragaza guca bugufi mu byo akora, yigeze gutangariza Agakiza.org ko ivugabutumwa riciye mu ndirimbo iyo nta gusenga ridashoboka. Yagize ati” Ibintu byo kuririmba ahubwo nibwo umuntu yagakwiye gusenga cyane, kuko umuntu uturwanya ari we Satani niwe muririmbyi wa mbere n’ubu sinzi niba harabonetse umusimbura! Ariko Satani ni we wari umuririmbyi wambere mu ijuru.

    Hari umuntu wigeze kuvuga ngo 'Ibintu byawe niba warabitangije amasengesho, n’ubundi ukwiye kubirindisha amasengesho’, rero mba numva tuba dukwiye gusenga cyane tugasaba Imana imbaraga zidasanzwe n’andi mayerekwa adasanzwe kugira ngo duhimbe ibuntu bizaramba'.

    Uyu muhanzi atangaza ko mu minsi ya vuba hari ibindi bihangano bye bizajya hanze.

    Reba hano indirimbo ya Rwibutso Emma – Igihe uzazira Official video 2020

    Reba hano ikiganiro twagiranye na Rwibutso Emma

    http://www.agakiza.rw/Uko-Karangwa-Rwibutso-yinjiye-mu-muhamagaro-w-indirimbo-zihimbza-Imana-Video.html

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Karangwa-Rwibutso-Emmanuel-ukora-umurimo.html

  • RDC: Utubari n’utubyiniro byongeye gufungurwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku mugoroba wo ku itariki 14 Kanama 2021, nibwo Guverinoma ya Congo Kinshasa yatangaje ko isaha yo guhagarika ingendo ibaye saa tanu z’ijoro kugera saa kumi za mu gitondo, izo ngamba zikaba zarorohejwe bitewe no kugabanuka kw’icyorezo cya Covid-19 cyari kimaze iminsi kibasiye iki gihugu.

    Bimwe mu byashimishije abantu byafunguwe harimo utubari, utubyiniro kimwe n’aho gusohokera hahurirwa n’abantu benshi, n’ubwo hasabwe ko hazajya hakira kimwe cya kabiri cy’abasanzwe bakirwa bijyanye no kubahiriza ingamba zo kwirinda Covid-19.

    Patrick Muyaya, umuvugizi wa Guverinoma muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo akaba na Minisitiri w’itumanaho n’itangazamakuru, yavuze ko ingamba zikarishye nk’uko ziherutse gufatwa n’umukuru w’igihugu mu kwirinda Covid-19 zizakomeza kubahirizwa mu Ntara enye zirimo; Haut-Katanga, Lualaba na Kivu zombi.

    source : https://ift.tt/3ss6rib