Tag: Muzika

  • Bwa mbere ,Marina ahishuye ko afite umukunzi ||Avuze no kuri BadRama – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ku nshuro ya mbere umuhanzikazi Marina yahishuye ko afite umukunzi ,anashimira cyane abarimo BadRama.Ibi uyu muhanzi yabitangarije Yago Tv Show ikorera kuri Youtube.

    Marina yagize ati: 'Ya njyewe mfite umucopain [umukunzi] what? biragutunguye kubera ko ari ubwa mbere mbyemeye? ntabwo mbyemeye kubera ko uvuze ngo turabihakana, mbyemeye kubera ko mufite. Yakomeje agira ati: 'Ni ukuri mfite umukunzi nkunda cyane'. Yashimangiye ko azakora ubukwe, gusa yemeza ko atazi igihe buzabera ahamya ko yifuza kuzabyara abana batatu, gusa yirinze gutangaza amazina y'uwo bari mu rukundo.

    Agaruka kuri BadRama yagize ati'Muri uyu muziki mba numva mukeneye hafi yanjye kuko kuva natangira umuziki urebye nyine twabaga turi kumwe'.

    Yakomeje abishimangira ati: 'Turaziranye ku buryo hari igihe kigera nkavuga nti 'nkeneye musaza wanjye' nkeneye BadRama iruhande rwanjye. Ariko nta kintu biba bitwaye kuko yansigiye murumuna w'iwe turabikorana'.

    Muri iki kiganiro yabajijwe abantu bane yashimira maze mugusubiza, mu mazina yatanze hagarukamo Bad Rama. Hari aho yagize ati'Nashimira Uncle Austin, nkashimira BadRama cyane na team yose ya The Mane'. Yashimiye kandi abanyamakuru n'abafana be avuga ko buri muntu wese muri aba afite ikintu gikomeye yamukoreye.

    Source : https://yegob.rw/bwa-mbere-marina-ahishuye-ko-afite-umukunzi-avuze-no-kuri-badrama/

  • The Ben yahishuye ko Album agiye gusohora ama… – #rwanda #RwOT

    The ben yanyujije ubutumwa butandukanye kuri konti ye ya instagram burimo ubwashimiraga abakunzi be, agaragaza ko yanyuzwe n'ubutumwa butandukanye bamwoherereje bwiza, ndetse aza no gushyiraho ubundi butumwa bwiza bubwira abantu kuba impamvu yo gutuma umuntu aseka uyu munsi.

    Muri ubwo butumwa kandi The Ben umaze iminsi ateguza abakunzi be umuzingo mushya (Album, yavuze ikintu bwa mbere abantu batari bazi, avuga ko Album agiye gusohora amaze imyaka itatu ayikoraho ndetse ko abantu bazanyurwa nayo.

    Yagize ati: '(…) Imyaka itatu yose ndigukora kuri iyi Album nziza mwe muza muzaterwa ishema nayo.''

    Umuhanzi The Ben akimara kuvuga ko uyu muzingo amaze imyaka itatu awukoraho, byadusabye kwibaza ku nkuru ndetse n'ibiganiro bitandukanye yagiye akora avuga ku ndirimbo ye na Souti Sol imaze igihe itegerejwe na benshi, ishobora kuzasohokera kuri uyu muzingo wa The Ben.

    Iyi Album yakabaye iri ku isoko kuva ku wa 02 Mutarama 2020. Mu kiganiro 'Samedi de Tente' cya Radio Rwanda, The Ben, yigeze gutangaza ko urubuga rwa 'iTunes' rwatinze kwemeza ubusabe bwe bwo gushyiraho izi ndirimbo ari nayo mpamvu igihe yari yatangaje cy'uko iyi Album izaba yasohotse cyarenze.

    Yagize ati 'Ndabyibuka navuze ko Album izagera ku mbuga zitandukanye ku itariki 02 Mutarama ntagihindutse. Iyo mvuze gutyo biba bishoboka kuba byahinduka. Ikintu kimwe cyatumye wenda binaba gutyo, gushyira indirimbo kuri 'iTunes' bisa nka 'application'. Ni ikintu wowe wohereza bakacyemeza kigashyirwaho mu gihe runaka.'

    The Ben yavuze ko Album agiye gusohora amaze imyaka itatu ayikoraho

    Muri icyo kiganiro The Ben yavuze ko n'ubwo byatinze atekereza ko guhera ku wa Mbere tariki 06 Mutarama 2020 iyi Album izaba iri ku isoko. Uyu muhanzi uri mu bakunzwe mu Rwanda, yavugaga ko iyi Album yariho indirimbo cumi n'ebyiri (12) ariko ko yanongeyeho indirimbo 'Ibyiringiro' yakoranye na Fabien ufite ubumuga bwo kutabona.

    Iyi ndirimbo bombi bayiririmbye mu gitaramo cya East African Party, cyabaye ku wa 01 Mutarama 2020 muri Kigali Arena. Mu buryo bw'amajwi yakozwe na Producer Knoxbeat muri Monster Records.

    Ubutumwa The Ben yageneye abakunzi be

    The Ben yavuze kandi ko Iyi Album yatunganyirijwe muri Nigeria. N'ubwo bimeze gutya, uyu muhanzi yavugaga  ko nta muhanzi waho bakoranye indirimbo, ahubwo ko hariho indirimbo 'Go Low' yakoranye n'itsinda ry'abanyamuziki bari mu ba mbere bakunzwe muri Kenya, Sauti Sol. Muri iyi ndirimbo 'Go Low', bamwe mu bagize Sauti Sol baririmba mu Kinyarwanda bavuga ku bwiza bw'umukobwa.

    Uyu muhanzi kandi yanavugaga ko yashyizeho indirimbo 'Can't Get Enough' yakoranye n'umunya-Kenya, Otile Brown imaze umwaka umwe, yakunzwe bitagereranywa n’abatari bake kugeza ubu imaze kurebwa na miliyoni 3 zirenga.

    The Ben yakomeje avuga ko gukorana indirimbo n'umuhanzi bisaba ko bombi bunga ubumwe kurusha uko bahuzwa n'ubushabitsi. Yavuze ko hari bamwe mu bahanzi 'bagari' bigoranye gukorana indirimbo no kunga ubumwe ku buryo bituma kubageraho kenshi bitorohera buri wese.

    Muri icyo kiganiro yavuze ko itsinda rya Sauti Sol rifite izina rikomeye ku rwego mpuzamahanga 'ariko usanga mu by'ukuri bafite umutima wo kwisanga ku bandi bahanzi'. Yavuze ko iyi ndirimbo ye na Sauti Sol yakorewe mu Rwanda na Bob Pro.

    Akora indirimbo 'Suko (Izabella)' umuhanzi Tekno uri mu bakomeye muri Nigeria yari muri studio kwa Producer Krizbeatz basanzwe ari inshuti ndetse ngo baraturanye.

    Yavuze ko ubu yamaze kubaka umubano mwiza na Producer Krizbeatz. Avuga ko uko iminsi ishira indi igataha ari no kubaka ubushuti hagati ye na Tekno kandi yizeye ko Producer Krizbeatz azabigiramo uruhare akabahuza bagakorana indirimbo.

    Producer Krizbeatz asanzwe ari umuhanzi ndetse ngo hari n'umushinga w'indirimbo bahuriyeho. Yavuze ko muri Nigeria n’ahandi bitoroshye kuba wakorana n'umuhanzi waho indirimbo wiyumva ko ari 'munini' cyane kuko ngo bisaba ko 'umushaka kurusha uko ushaka ibintu byose'.

    Icyo gihe The Ben yavuze ko iyo ashaka gukorana indirimbo n'umuhanzi abanza kurema ikirere cy’ubushuti hagati ye nawe ku buryo bombi bumva ko bari gusenyera umugozi umwe mu kuzamura umuziki wa Afurika.

    Indirimbo 'Fine Girl' The Ben yitiriye Album ye yasohotse, ku wa 27 Ukuboza 2018, imaze kurebwa n'abantu barenga 1, 618, 681. Yaherekejwe n'indirimbo nka 'Naremeye' imaze kurebwa n'abarenga Miliyoni ebyiri, 'Ndaje', 'Vazi' n'izindi.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108842/the-ben-yahishuye-ko-album-agiye-gusohora-amaze-imyaka-3-ayikoraho-108842.html

  • Marina yeruye ahishura ko afite umukunzi anav… – #rwanda #RwOT

    Marina wagiranye ikiganiro na YAGO TV SHOW ikorera kuri Youtube nyuma yo gushyira hanze indirimbo ye nshya 'Brigade', yabajijwe impamvu abahanzi bakunda guhisha ko bari mu rukundo ntibanatangaze abo bakundana, agaragaza impamvu cyakora ahishura ko we amufite anahamya ko azakora ubukwe.

    Marina yahishuye ko afite umukunzi anakomoza ku bukwe bwe

    Yagize ati: 'Ya njyewe mfite umucopain [umukunzi] what? biragutunguye kubera ko ari ubwa mbere mbyemeye? ntabwo mbyemeye kubera ko uvuze ngo turabihakana, mbyemeye kubera ko mufite. Yakomeje agira ati: 'Ni ukuri mfite umukunzi nkunda cyane'. Yashimangiye ko azakora ubukwe, gusa yemeza ko atazi igihe buzabera ahamya ko yifuza kuzabyara abana batatu, gusa yirinze gutangaza amazina y’uwo bari mu rukundo.

    Agaruka kuri BadRama yagize ati'Muri uyu muziki mba numva mukeneye hafi yanjye kuko kuva natangira umuziki urebye nyine twabaga turi kumwe'.

    Yakomeje abishimangira ati: 'Turaziranye ku buryo hari igihe kigera nkavuga nti 'nkeneye musaza wanjye' nkeneye BadRama iruhande rwanjye. Ariko nta kintu biba bitwaye kuko yansigiye murumuna w'iwe turabikorana'.

    Muri iki kiganiro yabajijwe abantu bane yashimira maze mugusubiza, mu mazina yatanze hagarukamo Bad Rama. Hari aho yagize ati'Nashimira Uncle Austin, nkashimira BadRama cyane na team yose ya The Mane'. Yashimiye kandi abanyamakuru n'abafana be avuga ko buri muntu wese muri aba afite ikintu gikomeye yamukoreye.

    'Brigade' ni indirmbo ya kabiri ashyize hanze nyuma yo gusaba imbabazi agasubira muri The Mane. Ni iya mbere ashyize kuri Youtube Channel ye, ibi bikaba bigaragaza ko hari amasezerano atandukanye n'ayo yari afitanye na The Mane yagiranye n'iyi nzu. Mbere, indirimbo ze kuri Youtube zabaga zashyizwe kuri channel ya The Mane. Iyi ndirimbo ye nshye izagaragara kuri Album nshya ari gukoraho atarabonera izina kuguza ubu.

    REBA HANO IKIGANIRO CYA MARINA

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108846/marina-yeruye-ahishura-ko-afite-umukunzi-anavuga-ku-bukwe-bwe-108846.html

  • Christopher ari gukorera indirimbo umubyeyi w… – #rwanda #RwOT

    Nawe, avuga ko urupfu rw'umubyeyi Gahongayire Marie Mativitas ari kimwe mu byatumye amara umwaka wose adasohoye indirimbo. Aheruka gusohora indirimbo yise 'Mi Casa' iri kuri Album ye nshya yamaze kurangiza.

    Ni Album iriho indirimbo yakoranye n'abahanzi batandukanye bo mu Rwanda barimo n'abo mu mahanga nk'uko abivuga. Kugeza ubu, ntaremeza uko azayimurika ariko yihaye gahunda yo kugenda asohora zimwe mu ndirimbo.

    Tariki 21 Mutarama 2021, ni bwo Christopher yabuze Mama we, witabye Imana azize uburwayi yari amaranye iminsi.

    Uyu muhanzi aherutse kwandika kuri konti ye ya Instagram avuga ko yizera neza ko umubyeyi we ari mu ijuru kuko yanabimwibwiriye mu nzozi.

    Mu rwego rwo kuzirikana umubyeyi we, uyu muhanzi ari kumukorera indirimbo. Ni indirimbo avuga ko atajya yandika, kuko iyo atangiye kuririmba afatwa n'ikiniga ntakomeze kuririmba.

    Mu kiganiro 'Sunday Night' cya Isango Star, Christopher yavuze ko iyo asubiye muri studio akomereza aho yari ageze.

    Ati '…Hari ukuntu njya kuyikora bikarangira binaniye atari ukuyishyira hanze kuyiririmba. Ntabwo njya nyandika nyine ndagenda nkakomereza aho nari ngarukirije ubushize nkarira tugakwepa Madebeats akihangana.'

    Uyu muhanzi wavuze ko atazi igihe azasohorera iyi ndirimbo yakoreye umubyeyi we, yavuze ko akomeje ibiganiro by'ibitaramo yagombaga gukorera i Burayi, Canada no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Mu buryo bw'amajwi (Audio) iyi ndirimbo ya Christopher iri gukorwa na Producer Madebeats.

    Muri muzika, Christopher aherutse gusohora amashusho y'indirimbo yise 'Mi Casa'. Yavuze ko yatunguwe n'urukundo abantu bamugaragarije nyuma y'umwaka yari amaze adasohora indirimbo.

    Christopher yatangiye umuziki akiri ku intebe y'ishuri, aho yinjiye mu inzu ifasha abahanzi ya Kina Music afite imyaka 16 y'amavuko.

    Uyu muhanzi yagize indirimbo zamuhaye igikundiro cyihariye, ndetse Primus Guma Guma Super Stars za mbere yitabiriye yazitabiriye anafite ibizamini ku Ishuri.

    Mu gihe yamaze akorana na Producer Ishimwe Karake Clement, avuga ko ari Producer umuzi neza kurusha abandi 'wamukoreye ijwi nk'uko yabyifuzaga'.

    Kuva yava muri Kina Music nta ndirimbo arongera kuhakorera, ariko hari Album yamuritse yakorewe muri iyi studio.

    Christopher yavuze ko ari gukora indirimbo yo kuzirikana umubyeyi we witabye Imana Christopher yavuze ko indirimbo ari gukorera umubyeyi we atayandika

    KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'MI CASA' YA CHRISTOPHER

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108848/christopher-ari-gukorera-indirimbo-umubyeyi-we-witabye-imana-108848.html

  • Cécile Kayirebwa aritegura gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise 'Wowe utuma mpimba' kizaba gikubiyemo ibisigo bye #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi Nyarwanda Cécile Kayirebwa ubarizwa mu gihugu cy'u Bubiligi yatangaje ko agiye gushyira hanze igitabo cye cya mbere cy'ibisigo biri mu ndirimbo zimwe na zimwe yanditse mu bihe bitandukanye.

    Uyu muhanzikazi yatangaje ibi abinyujije ku rubuga rwe rwa Facebook, aho yavuze ko igitabo cye cya mbere kigiye kujya hanze yacyise wowe utuma mpimbam yagize ati 'Wowe utuma mpimba, iri ni izina ry'igitabo cyanjye cya mbere gikubiyemo bimwe mu bisigo biri mu ndirimbo nahisemo'.

    Umwanditsi akaba n'umuhanzikazi Cécile Kayirebwa ubimazemo imyaka irenga 35 agiye kwandika iki gitabo kigiye kuba icyambere cye nyuma yaho yakunzwe mu ndirimbo zitandukanye zirimo Tarihinda, Impuruza, Inkindi, Marebe, Iwacu, Ikizungerezi ndetse n'izindi.

    Cécile Kayirebwa ni umubyeyi, umuririmbyi akaba kandi ari umuntu ukunda ibintu byerekeranye n'umuco w'ikinyarwanda cyane ibyerekeranye n'imbyino, indirimbo, ibisigo ndetse n'umuco.

    The post Cécile Kayirebwa aritegura gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise 'Wowe utuma mpimba' kizaba gikubiyemo ibisigo bye appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/cecile-kayirebwa-aritegura-gushyira-hanze-igitabo-cye-cya-mbere-yise-wowe-utuma-mpimba-kizaba-gikubiyemo-ibisigo-bye/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=cecile-kayirebwa-aritegura-gushyira-hanze-igitabo-cye-cya-mbere-yise-wowe-utuma-mpimba-kizaba-gikubiyemo-ibisigo-bye

  • Felix Muragwa yashyize hanze indirimbo ‘Dusho… – #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro na InyaRwanda.com, Felix Muragwa yagize ati “Ubutumwa burimo ni ugukangurira abakristo bose kwiyegereza Imana mu gihe bacitse intege kuko hari izindi mbaraga za Yesu Kristo zidushoboza”. Amajwi y’iyi ndirimbo yakozwe na Ndaje music na Ben studio naho amashusho ayoborwa na Moses. ‘Executive producer’ ni Umuco photograph. Ati “Ndashima cyane Umuco photograph mu nama nyinshi bangira ndetse n’ubwitange bwabo. Ndashimira na none Moses cyanee amba hafi mu buryo butandukanye kugira ngo dukore video nziza”.

    Uyu muramyi umaze igihe kitari kinini cyane mu muziki wa Gospel yakomeje gushimira abantu banyuranye ati “Ndashimira abakoze ‘Audio production’. Ndashimira nanone byimazeyo abakunzi banjye badahwema kungaragariza ko turi kumwe”. Yagize icyo abwira abantu bose bazumva bakanareba iyi ndirimbo ye, ati “Uzayumva wese, izamufasha kumva ko hari ahandi yakura imbaraga zo kunesha umwanzi satani no kumenya neza ko uko waba umeze kose, uwo waba uri we wese, hari izindi mbaraga zigushoboza kugira ngo ube uwo uri we cyangwa gutsinda sekibi ari we satani.'

    Felix Muragwa yashyize hanze indirimbo nshya ‘Dushobozwa’

    REBA HANO INDIRIMBO NSHYA ‘DUSHOBOZWA’ YA FELIX MURAGWA

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108856/felix-muragwa-yashyize-hanze-indirimbo-dushobozwa-isaba-abantu-kwiyegereza-imana-mu-gihe-b-108856.html

  • Shaddyboo yahurijwe mu ndirimbo nibyamamare… – #rwanda #RwOT

    Shaddyboo ni nimero ya kabiri mu bo uyu muhanzi yashimye bagaragaye muri iyi ndirimbo nyuma ya Guchi wo mu gihugu cya Nigeria, ndetse harimo kandi n'umunye Congo Innoss B, Bahati wo muri Kenya, Ay, Mbosso, Juma Jux n'abandi.

    Uyu munyamideli ufatwa nka 'nimero ya mbere' mu bakurikirwa kuri instagram mu Rwanda, yavuzwe mu rukundo na Diamond Platnumz  mbere agifasha mu bijyanye n'umuziki umuhanzi Rayvanny, ariko kuri ubu akaba nawe yarashinze inzu ye ifasha abahanzi ya Next Level Music.


    Rayvanny ari mu bahanzi muri Afurika bakomeje kwigwizaho igikundiro. Umubano we na Shaddyboo nturasobanuka kugeza ubu, n'ubwo uyu muhanzi afite umukunzi ndetse bari kwerekana uburyohe bw'urukundo rwabo umunsi ku munsi.

    Umuhanzi Rayvanny wanyuzwe n'ibyo inshuti ze zirimo Shaddyboo n'abahanzi batandukanye zamukoreye, yashyize amashusho kuri konti ye ya instagram bari kuririmba indirimbo imwifuriza isabukuru nziza, maze ababwira ko ari umuryango we.

    A.Y ni umwe mu bahanzi bagaragara muri aya mashusho

    Yagize ati: 'Ibi birenze impano y'umunsi w'amavuko guturuka ku nshuti zanjye, njye nzita umuryango.''

    Umunyamideli Shaddyboo aherutse gutangaza ko agiye gusohora indirimbo, mu butumwa yanyujije kuri konti ye ya instagram, yandika ashaka abakobwa bateye neza (sexy) bazagaragara mu mashusho y'indirimbo ye.


    Innoss’b ni umwe mu bagaragaye mu mashusho

    Icyo gihe yagize ati: 'Nkeneye abakobwa bari 'sexy' bazi no kubyina muri video y'indirimbo yanjye'. Yakomeje asaba ababishoboye kumwandikira. Uyu mubyeyi w'abana babiri, asanzwe ayoboye mu bakurikirwa n'abantu benshi kuri Instagram mu Rwanda, bikaba byaramuhaye kwamamara, asinya amakontaro n'ibigo bitandukanye nka Ambasaderi wabyo.

    Juma Jux ni umwe mu bahanzi bagaragaye muri aya mashusho

    Shaddyoo agiye gusohora indirimbo


     

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108833/shaddyboo-yahurijwe-mu-ndirimbo-nibyamamare-birimo-zuchuguchi-ay-mbosso-nabandi-bifuriza-i-108833.html

  • Menya ubuzima bwa Bizimungu Dieudonné waririmbye udusozi twose tw’u Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bizimungu Dieudonnée n
    Bizimungu Dieudonnée n’umugore we Uwimbabazi Agnès

    Bizimbungu ni mwene Mbendegezi Kabeja na nyina witwaga Nyiragakera, umuryango avukamo ukaba wari utunzwe n’Ubworozi, bakaba baraje kwimuka bava ku Mukamira baza gutura mu yahoze ari komini Ramba ubu ni mu Karere ka Ngororeroaho, ababyei be bari bakurikiye urwuri rwa Gishwati ngo bagure ubworozi bw’inka.

    Bizimungu avukana n’abavandimwe benshi, abagera ku 10 bakaba bakiriho, ngo yaba inganzo ye ayikomora ku muco Nyarwanda mu bitaramo aho yasusurutsaga abashyitsi mu bitaramo by’iwabo akoresheje inanga.

    Murindahabi Joseph w’imyaka 58, avuga ko Bizimungu ari mukuru we kwa se wabo, akaba amuzi neza kuko bareranwe bakanabana ahantu hatandukanye.

    Avuga ko Bizimungu yize amashuri abanza i Gatovu muri Komini Ramba y’icyo gihe, icyiciro cya mbere cy’amashuri y’ubumenyi rusange ayiga i Rubengera mu yahoze ari Perefegitura ya Kibuye ubu ni mu Karere ka Karongi, amashuri yisumbuye ayasoreza i Nyanza muri Christ Roi.

    Yakoze akazi k’ubwarimu iwabo aho yaje kwimuka yerekeza mu Mujyi wa Kigali ku Muhima ari na ho yatangiriye urugendo rwe mu muziki wo ku rwego rwisumbuye, waje kumenyekana mu Rwanda hose.

    Icyo gihe ngo yitabiraye amarushanwa y’umuco mu kigo ndangamuco Centre Cultural Franco-Rwandais aza ku mwanya wa gatanu n’indirimbo ye ‘Tunyoni tw’iwacu ntunyonere amajyeri niyera nzaguha’.

    Ayo marushanwa ngo yatumye atangira kwinjira mu nganzo maze ahimba indirimbo zitandukanye zirimbo Araje munini, n’izindi zatumye amenyekana cyane.

    Yakoze akazi k’ubwarimu anakora mu kigo cy’Igihugu cyari gishinzwe kubaka inyubako za Leta, yashinze urugo mu 1984 na Uwimbabazi Agnès uvuka i Rubengera mu Karere ka Karongi, babyaranye umwana umwe witwa Noella.

    Ni iki cy’umwihariko abantu bakwiye kumenyera kuri Bizimngu Dieudonné?

    Murindahabi avuga ko Bizimungu Dieudonné yakundaga u Rwanda nk’uko byumvikana mu ndirimbo ye ‘Urujeje rw’imisozi 1000′, irimo udusozi hafi ya twose tw’u Rwanda, ibitaramo bye akaba atarabyishyuzaga usibye kwishyura abagize uruhare mu gucuranga.

    Agira ati “Yakundaga u Rwanda agakunda umuco nyarwanda, ndibuka ko agiye guhimba Urujeje rw’imisozi 1000 yakoze ku rungano rwe rwose adusaba gukwira hose mu gihugu twandika amazina y’udusozi tw’Igihugu, bamwe bajya mu Buganza, Nduga, Gisaka, Bugoyi, Murera, Karongi Nduga za Butare, maze ayo mazina yose ayakoramo indirimbo iba ndende bisaba ko ayikoramo ebyiri”.

    Muri iyo ndirimbi humvikanamo ataka u Rwanda ko ruteye neza, akikirizwa n’umugore we Uwimbazi aho gira ati irebere u Rwanda rutengamaye mu misozi myiza 1000, isobetse imirambi n’ibibaya mu runyuranyurane rw’imigezi n’ibiyaga.

    Indirimbo Ryangombe kandi na yo igaragaza ko Bizimungu yakundaga u Rwanda aho ngo yaba yarayihimbye agamije gukebura abari batangiye gutwarwa n’ibyo hanze maze ayihimba agamije gusaba Imana ko yarengera abari batangiye guta umurongo, dore ko ngo n’abakuze bari batangiye kudohoka ku muco.

    Murindahabi avuga ko indirimbo ya Bizimungu yaririmbye mu marushanwa y’agaseke k’amahoro yise ‘Akanyange’ yahawe ibihembo ariko yari igamije kurata umwana we w’umukobwa wari ukiri muto.

    Bizimungu asobanura ko indirimbo Inzovu y’imirindi nta kindi kiyihishe inyuma kuko mukuru we yayihanze abitewe no gukunda umuco n’Abanyarwanda, agamije guca akarengane n’ubuhemu, mu gihe hari abavugaga ko iyo ndirimbo yaba yari ifite aho ihuriye n’urugamba Inkotanyi zateguraga rwo kubohora u Rwanda.

    Murindahabi avuga ko uwashaka gusubiramo indirimbo za Bizimungu Dieudonné, umuryango wamuha rugari, akaba Ashima abahanzi babyiruka bita cyane ku muco, akaba asaba abakunze Bizimungu gukunda umwana yasize kandi bagakunda n’ubutumwa yatangaga mu ndirimbo ze.


    source : https://ift.tt/2UGFXgw

  • Indirimbo ‘Tuzatsinda’ [Covid-19] yahuriyemo… – #rwanda #RwOT

    Indirimbo igaruka ku buzima bwa COVID-19 yitwa ‘Tuzatsinda’ yahuriyemo abahanzi batandukanye bagera kuri 13 bose baririmba mu njyana zinyuranye, yageze ahanze ikaba yashyizwe kuri shene y’umuhanzi uzwi nka Andy Bumuntu.

    Nk'uko bigaragazwa, ikaba yarakozwe hagamijwe guhuza abantu mu bumwe, icyizere, no kugira imbaraga kandi ko mu bufatanye igihe kizagera ibintu bikongera gusubira uko byahoze.

    Abahanzi bari muri iyi ndirimbo ni Andy Bumuntu, Yvan Buravan, Peace Jolis, Mani Martin, Masamba, Kivumbi, Niyo Bosco, Mike Kayihura, Clarisse Karasira, Israel Mbonyi, Jules Sentore, Mucyosounds na Alynsano.

    Iyi ndirimbo yatunganijwe mu buryo bw’amajwi na Bob Pro, iyoborwa na Cedrick Gitego ku nkunga y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) na Mastercard Foundation.

    KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO NSHYA ‘TUZATSINDA’ YAHURIYEMO IBYAMAMARE MU MUZIKI NYARWANDA

    Andy Bumuntu, Niyo Bosco, na Masamba IntoreAlyn Sano ubwo hafatwaga amajwi y’indirimbo muri StudioYvan BuravanAndy BumuntuKivumbi, Mucyo Sound na Peace JolisClarisse Karasira na Niyo BoscoAndy Bumuntu, Israel Mbonyi na Mike KayihuraMucyo Sound, Peace Jolis, Mani Martin, Alyn SanoIsrael Mbonyi, Clarisse Karasira na Andy Bumuntu

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108826/indirimbo-tuzatsinda-covid-yahuriyemo-abahanzi-13-bibyamamare-mu-rwanda-yageze-hanze-video-108826.html

  • Ubuzima bw'umuhanzi Jose Chameleone buri mu mazi abira. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzi ukomoka muri Uganda, Jose Chameleone akomeje kurembera mu bitaro, nyuma yo kujyanwa kwa muganga atameze neza.Ikinyamakuru the Standard media cyatangaje ko umuhanzi Joseph Mayanja uzwi ku izina rya Jose Chameleone arembye cyane kandi akaba aryamye mu bitaro bya Nakasero i Kampala.

    Nk'uko byatangajwe n'umwe mu batwara Chameleon witwa Stuart Kagolo ko yinjiye mu bitaro byo mu gace ka Seguku ku wa kane, tariki ya 19 Kanama 2021, mbere yo kujyanwa mu bitaro bya Nakasero i Kampala.

    Nkuko kandi byatangajwe na Dembe FM mu kiganiro cya mu gitondo nuko Chameleone ashobora kuba arwana n'indwara ijyanye n'umwijima kubera kunywa cyane ibinyobwa bisindisha no kunywa itabi.

    Source : https://yegob.rw/ubuzima-bwumuhanzi-jose-chameleone-buri-mu-mazi-abira/