Tag: Muzika

  • Mukuru wa Jay Polly yasobanuye uburyo bashwanye bikomeye bapfa indirimbo, akamurakaza umubwira kumugurira akantu #rwanda #RwOT

    Uwera Jean Maurice akaba mukuru wa Jay Polly uherutse kwitaba Imana yavuze ko hari igihe yigeze gushwana n’uyu muraperi bapfa indirimbo ‘Akanyarirajisho’ yigizemo impfubyi idafite umuvandimwe.

    Uyu mugabo usanzwe ari umunyamakuru kuri RBA, wababajwe n’urupfu rwa murumuna we, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze zirimo Facebook, yagaraje ko yigeze gushwana na Jay Polly.

    Icyo gihe ngo yari amaze kumwumvisha indirimbo ‘Akanyarirajisho’ yaririmbye avuga uburyo ari impfubyi yasigaye irera mushiki we.

    Ibi byarakaje Maurice cyane baratongana undi ahita amukupa biramurakaza, agiye kumureba asanga ari kumwe n’inshuti ze bayibyina, gusa ngo yatunguwe no kuba iyi ndirimbo yarakunzwe cyane.

    Ati “akenshi ntabwo twakundaga kumvikana ku ndirimbo ze cyane ko iyo yakoze yose yayinyumvishaga mbere mwebwe mutarayunva, urugero hari nk’indirimbo yakoze nyumvishe numva yiyise imfubyi itagira se na Nyina, nabavandimwe(Akanyarirajisho), namuhamagaye ndakaye ndamutuka cyane arankupa ndakara kurusha noneho.”

    “Musanga aho ari nsanga ari kumwe n’abajama bari kuyibyina ahita ambwira ngo nayitanze hose ku maradiyo ngwino nguhe kamwe ndongera ndarakara, iyo ndirimbo yarakunzwe biteye ubwoba. Urakeka iyo Ndirimbo ari iyihe? Mu minsi ye ya nyuma yari asigaye akora indirimbo akaba ari njyewe uyikina bwa mbere.”

    Jay Polly yitabye Imana mu ijoro ryo ku wa 2 Nzeri 2021, akaba yaraguye mu bitaro bya Muhima. Azashyingurwa ku munsi w’ejo.

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/mukuru-wa-jay-polly-yasobanuye-uburyo-bashwanye-bikomeye-bapfa-indirimbo-akamurakaza-umubwira-kumugurira-akantu

  • Ibyo tutazibagirwa kuri Jay Polly ‘Kabaka’: A… – #rwanda #RwOT

    Urupfu rwe rwashenguye imitima ya benshi bakunda umuziki nyarwanda by’umwihariko abakunzi b’injyana ya Hiphop dore ko yafatwaga nk’Umwami wayo mu Rwanda ndetse nawe ubwe yajyaga yiyita Kabaka bisobanuye Umwami. Yari umwanditsi w’umuhanga cyane byagera mu miraperi ye bikaba akarusho ndetse ibi bikaba byarashyizweho akadomo n’icyamamare Davido mu 2018 ubwo yari Rwanda aho yatangaje ko umuhanzi yemera cyane mu Rwanda ari Jay Polly ndetse yahise amuhamagara ku rubyiniro, Jay Polly ahageze baririmbana indirimbo ‘Ku musenyi’.

    Nyuma y’uko Jay Polly yitabye Imana, benshi bamuvuzeho amagambo agaragaza akababaro batewe n’urupfu rwe rutunguranye banasaba ko hashyirwaho uburyo bwo gufata mu mugongo umuryango we. Butera Knowless yabwiye Radio Ijwi ry’Amerika ko bibabaje kubura umuntu nka Jay Polly witabye Imana akiri muto. Yongeyeho ko asize urwibutso rw’ibyiza byinshi yakoze birimo no kua yari akunzwe cyane dore ko nk’iyo yabaga yataramiye muri stade, abantu bose bahagurukaga bakaririmba izina rye ku bwo kumwishimira. Yasabye ko hashyirwaho uburyo bwo gufasha umuryango wa nyakwigendera ndetse kuri ubu, ubu buryo bwamaze gushyirwaho KANDA HANO

    Riderman ubwo yavugaga ku rupfu rwa Jay Polly, yabwiye InyaRwanda.com ko “umuziki nyarwanda ubuze umuntu w’umusirikare cyane”. Bruce Melodie we yagaragaje ko yafataga Jay Polly nk’umuhanuzi dore ko yakoresheje Instagram ye akavuga ko umuhanuzi asubiye mu Ijuru. Meddy yanditse ati “Turagukunda Jay, ruhukira mu mahoro muvandimwe”. Bull Dogg wabanye na Jay Polly muri Tuff Gangs, yamwise ‘Intama’ amusabira kuruhukira mu mahoro. Riderman yanditse kuri Instagram ati Ruhukira mu mahoro Umwami Jay Polly, Imana ikwakire mu bayo”.

    Tidjara Kabendera washyigikiye cyane muzika nyarwanda agikora kuri RBA, yashavujwe no kuba Jay Polly yitabye Imana akiri muto. Ati “Ruhukira mu mahoro musirikare, Kabaka ugiye vuba,..”. P Fla nawe wabanye na Jay muri Tuff Gangs yanditse kuri Instagram ati “Ruhukira mu mahoro Umwami”. Arongera ati “Ndagushimiye kuba naragize amahirwe yo kuba naba incuti yawe, gusa nabuze icyo navuga, gusa ndagukunda kandi iteka ryose uzahora muri njye warakoze ndagushimiye kuko ibyo unsigiye nakwigiyeho ni byinshi. Urakoze muvandimwe”.

    Uncle Austin yagaragaje ko Jay Polly ari umuhanzi watanze umusanzu ukomeye muri sosiyete nyarwanda, asaba ko yakwitirirwa umuhanda. Mu butumwa bwe yatanze yifashishije urubuga rwa Twitter ndetse na Instagram, uyu muhanzi uri mu bakunzwe cyane akaba n’umunyamakuru kuri Kiss Fm yasabye Umujyi wa Kigali ko wajya witirira imihanda abantu bafite ibikorwa byiza byinshi bakoreye sosiyete nyarwanda aho gukoresha imibare iranga imihanda nk’uko bimeze ubu. Yavuze ko yashimishwa no kubona hariho umuhanda witwa ‘Paul Kagame’ ndetse n’umuhanda witwa ‘Jay Polly’.

    Urupfu rwa Jay Polly rwashenguye imitima ya benshi

    Umunyamakuru David Bayingana yakomoje ku byishimo Jay Polly yahaye abantu kandi ntabishyuze asaba ko abahanzi bakwiriye guhabwa agaciro. Ati “Sinzi niba haba urugaga rw’abahanzi mu Rwanda, niba ruhari sindabona uko rurimo kwitwara mu rupfu rw’abahanzi batandukanye cyane barimo na Jay Polly watuvuyemo vuba aha! Ariko na none, dukwiriye kugira uburyo bwo guha agaciro abahanzi baba baraduhaye ibyishimo bitishyuwe tukazirikana igikumwe cyabo bateye mu ruhando rw’imyidagaduro. Jay Polly yagiye, n’undi yagenda n’abandi,..agaciro tubaha kari hehe? (…)”

    Tugendeye ku magambo avuzwe na David Bayingana yo gutanga ibyishimo bitishyujwe, na Jay Polly ubwe hari aho yigeze kubivugaho mu ndirimbo ko adakora ubucuruzi mu muziki ahubwo ko ashyira imbere guha abantu ibyishimo ndetse mu ndirimbo ze nyinshi hari aho avuga ko yiyemeje kuvugira imfubyi n’abapfakazi. Nta gushidikanya ko ibihangano bye byafashije benshi ndetse n’ubu by’umwihariko abashaririwe n’ubuzima bakagira icyizere cy’ejo heza hazaza binyuze mu magambo ye y’impanuro. Yakundaga kwiyita Kabaka, Umuhanuzi, Rusumbanzika n’andi anyuranye.

    Jay Polly yumvikana mu ndirimbo nyinshi cyane ndetse uzibaze neza zarenga 200 – ubwo harimo ize bwite, izo yaririmbanye na Tuff Gangs ndetse n’izo yakoranye n’abandi bahanzi. Amagambo 100 yavuze twatoranyije harimo ashobora kubera benshi isomo ndetse n’andi yabera benshi urwibutso abasigiye. Aya magambo twayakuye mu ndirimbo yaririmbyemo. Birashoboka ko wowe waba ufite ayo wakunze ukaba utari buyabonemo hano, buri umwe agira amahitamo ye. Twibanze gusa ku magambo yanyujije mu ndirimbo ntitwazanyemo ayo yatangarije mu itangazamakuru.

    Indirimbo twakuyemo amagambo 100 tugiye kukugezaho harimo: Umwami uganje, Akanyarirajisho, Gereza by Tuff Gangs, Go with me, Ubutunzi Ft Comfort People Ministry & Gisa cy’Inganzo, ‘Somaho’ Ft Platini P, ‘Ku museyi’, ‘Umusaraba wa Joshua’ Ft Marina, Inshuti nyazo, Umupfumu uzwi, Ndacyariho, Ghetto Soldier Ft Pacson, Nyirizina, Amaganga by Tuff Gangs, My God, Umucakara w’ikaramu, Umusaza ni umusaza, Menya ibyawe Ft Teta Diana, Warahemutse Ft Tom Close, Hishamunda FT Bruce Melodie, Kanda amazi by All Stars, Deux Fois Deux n’izindi.

    Amagambo 100 yavuzwe na Jay Polly yabera benshi akabando k’iminsi: (Amagambo hafi 20 ari mu ndirimbo ‘Umwami uganje’)

    1. Njya numva abivugisha ngo Rap ni iy’abarara ngo ni ba bahungu b’i Nyamirambo banze gukora, njye mvuka i Gikondo nkorera NY

    2. Nta mugabo umwe yewe nta n’umutwe, ahari umugabo ntihagakwiye gupfa abandi

    3. Kana ka Mama njye utamenye njya nkuririra nshavuzwa cyane n’uko utamenye icyo so yasize avuze

    4. Ntukiri mutoya ntiwayoberwa ugukunda, ngaho ubura amaso tuyahuze umbwire icyo ubona, nta kindi my sister ni amarira atemba ndarizwa n’abakwibasira

    5. Sinita cyane kuri gitera nita ku kibimutera

    6. Biteye nka Siyansi na tekinoloji, ni ubufindo bumbwira ko wenda ejo imvura izagwa. Ni umupfumu uzwi, ni ubushobozi

    7. Uzabona inkangu zaciwe n’amarira za Joshua arimo aririra imfubyi asengera abapfakazi bandagaye hirya hino mu bisagara ntuzibaze kubera iki isi nta mpinduka

    8. Hari ihame ntakuka, bamwe barye abandi bapfe!

    9. Kuvukira Dobandi sinari nanze Polyclinique, wenda byahereye aho ari ubushake bw’uwandemye

    10. Uyu mubumbe wikagara utya uzana n’ibyawo ntacyagize itangiriro cyabuze iherezo, umuntu ni nk’ivu serwakira iza igahuha. Wagenza bucyeya umenye y’uko uri mu mataha

    11. Twubatse ahakomeye, bubatse ku musenyi ni nayo mpamvu ubona buri gihe bajegajega

    12. Njye sinjya mvuga story z’ubwana nk’aba bana, ndapowa nkumva ibyo bavuga tukanabana

    13. Naciye akenge ndeba isi no munda yayo nta mugabo wageze ku yo yashatse nta kuya

    14. Ndaseta ibirenge naho abandi bafite ibya mirenge

    15. Njye nkora ikindi ku mutima mbanje kugisha Rurema inama

    16. Sinzigera ntinya umuntu nkiri munsi y’ijuru

    17. Nzarya ducye ndyame kare hanyuma nshimire Imana

    18. Nyagasani niwe ugena umunsi aguhamagara

    19. Ndabizi nzataha wita umwanya untega iminsi ntuzi itariki Ruremabintu azanjyana

    20. Nk’umwikorezi w’amaganya ya rubanda mvugira abakene bamwe bahoze mu mwanda

    21. Umugisha ube ku bakunda urukundo mu bantu

    22. Umwijuto ni mubi cyane utera benshi guta umutwe

    23. Iminsi ni imitindi burya iby’isi birashira wa mugani wa wundi binagenda tubireba

    24. Bamfata nk’umuginga, ku mutima ndi muganga ni nayo mpamvu ugomba kumpa kuri ayo mafaranga

    25. Ndabizi hari abatwanga njye sindi cyabakanga, uzavuga nzakora

    26. Ujye ubaho uko ushaka gusa twese turataha

    27. Kwambaga ikote buri munsi sibyo biguha, twe n’abacu gukora bizaduha

    28. Mwana w’umuntu dore igihe ni iki subiza umutima munda ufite uwagukunze bisaba gukomanga agakingura agutegeye amaboko ngo umusabe icyo ushaka

    29. Byaba bimaze iki kuba ufite ubutunzi ubuzima bwawe ukabuharira iby’isi?

    30. Iby’ubu turabisiga tugataha, njyewe nsisunga Yehova niwe utunze

    31. Reka twinywere amazi ikuzimu ntayo

    32. Abadapfuye barabonana, Amina

    33. Jya urwana n’umusaraba wawe nta muvandimwe mu murwa

    34. Nzi neza ko uteza imidugararo mu rugo rwe ni koko umurage we nta kindi ni imiyaga

    35. Nihashimwe Imana ipangira umuntu ibikwiriye

    36. Tuzi neza ko iyi si turiho yamyeho ko akenshi abadakenga batayirambyeho ko abanambye ku kubana bayitinzeho kuko kuyibaho ari intambara zihoraho

    37. Mu bigeragezo akenshi biduturukaho tukarema udukundi twa ba nyamwigendaho tubuzanya amahoro, imyiryane ihoraho tuti tuzabaho ari uko bamwe bavuyemo

    38. Duhorana stress duterwa no kwihugiraho tuti ejo nzaba he, nzanywa iki, nzambara iki, ariko Umuremyi wa byose si icyo adushakaho adusaba kenshi kwita ku mategeko ye

    39. Mubanze mukunde bagenzi banyu nk’uko mwikunda kuko ataboneka ahubwo uboneka ari nka we.

    40. Nabanye na benshi sinari kumwe nabo babonye nagarutse ngo mbonane nabo

    41. Sindi mayibobo I am a classic man, ibi byose kubigeraho bisaba inshuti nyazo

    42. Ibaze nkawe nk’umuntu mwakoranaga akaba ari we ukugambanira ukajatirwa, wenda arabeshya ku bw’inyugu z’indamu. Ntabwo mvuga ibyambayeho munyumve neza.

    43. Hariya ni mu nkuta enye zikubuza kuba free, mu ishene nta kujenjeka kuryama twurira ingazi, ikigori kingana inkoko

    44. Abenshi tubyumva nabi ntitubyuvikaneho ariko muri uru rugendo mbona ukwiriye ari inshuti, ya nshuti nyanshuti musangira mudacuranwa imwe y’akadasohoka mugendana mudasiganwa.

    45. Ku Isi ni gatebe gatoki uramenye wiba umuhemu

    46. Ubyemere cyangwa ubyange nta si yigeze ibaho itagira abahanuzi

    47. Ireberera imfubyi ntijya ihumbya, ingorofani ihunduka indege

    48. Nabonye aho umusaza arwanira isambu n’umwuzukuru, abakobwa aho bashikisha abasore ngo babatware, buzima warabahabuye!

    49. Ni wowe wanzanye ku Isi mu kuyivaho uzampa agatike, nta bwoba ntewe n’ibyo mbona

    50. Nzakunda Mama iteka wambwiye iri jambo ngo ‘Iby’isi birashira kandi nta gahora gahanze,..’ 

    51. Ni nde muri bo wabonye wambuye isi, ni nde muri abo uzi uzatura nk’imigezi, ni nde muri bo uzarama akageza ah’imisozi?

    53. Iyaba uyu mwuka ari wo wa nyuma mpumetse, iyi akaba ariyo ndirimbo ya nyuma ndirimbye (Ikizere), si ukubabeshya njyewe nagenda mbabaye hariho byinshi mbona bikwiriye guhinduka

    54. Kubaho utariho biragatsindwa afazari wataha

    55. Ni nde ubayoboye, (Joshua Joshua), ubaha ibyo bakeneye (Kabaka Kabaka) kuva ku bwa kera kugeza na n’ubu avugira rubanda uwo ni we nyirizina

    56. Muri iyi mihanda ya KGL twirukanse tukabura n’ay’inusu y’isukari nari muto gusa mfite visions, social media zitaraza ngo mumenye K John na Patycope, ni uko naje ntifunga rwose

    57. Wowe kuba uri hasi uno munsi si ko bizahora, kora cyane bira icyuya ubyereke Allah. 

    58. Iyi si turiho irazenguruka uzabe uwo uriwe uzirinde gutekinika

    59. Sindirimba Secular njye ndi Gospel Gangstar, nkurikirwa na benshi ku mutima ndi Rasita

    60. Nisanze gereza mfunganywe n’abasaza bakuze, abasore b’ibisambo n’amajigija yazize amajipo

    61. Sinari nzwi nabi n’ubwo uwo munsi naguwe gitumo, Nyagasani yagutanze byagusimbuka rwakubonye

    62. Itegeko rirusha ibuye kuremera, twigiramo kubaha (gereza)

    63. Namenye neza ko ku isi atari iwacu, twe turi abagenzi twambariye gusoza tutanduranya

    64. Burya ngo ukena ufite itungo rikakugoboka, Slang zadukuye aho umwami yakuye busyete

    65. Urabizi nahisemo ikaramu abazi ikinyarwanda banyita umwalimu, urapinga uzabaze i Kabarore

    66. Uwo ufataho umwanya uvuga ko ari ho neza nawe ajya yibuka ibihe by’ipura ya 200 Frw

    67. Burya uko ubaho ni ukumenya ibyawe, wishinga ay’undi ayawe agatakara

    68. Ukugenda mbere si ko kugerayo, reka nce iza bugufi wenda bazansangayo

    69. Njye ungabiye nkura ubwatsi sindi nka wa mugani wa wa mutindi

    70. Gira/Kora neza wigendere, abakunaniza ubihorere, Imana niyo ibizi

    71. Iyi nzira tunyuramo bavandimwe ndetse n’aho tugana ntawe uhazi, ukugezeho afite inyota umuhe amazi, Imana yonyine niyo ibizi

    72. Tuba turwana no kubaho iteka ariko bikanga

    73. Mama yantoje ko umugabo ari uwihahira, gusa njya mbona rimwe babishwanira, abafite ingufu bakabitsindira

    74. Nta musore ukunda gusebera iyo avuka icyo aricyo cyose yagikora yanahera umwuka

    75. Malayika undinda umbe hafi muri ibi bikombe, Amahoro y’Imana abe kuri Tuff n’igihugu cyanjye ukomeze kuturinda ibiza n’ibizazane, uduhe kwimenya no kumenya iby’impamvu twasigaye hano hato tutishuka tukazonga umugambi wabikoreye

    76. Kigali umurwa uzungurukamo abeza ukwishinze yazubara ku yihangu izuba riva akaba uwabonye isha itamba akambura agata, wanasubira ku isuka, muritonde rubyiruko

    77. Umuntu ntazabazwa amazu n’amamodoka yasize ku Isi ahubwo uko wazirikanye cyane iby’iherezo ryawe kandi ko wari mu bakene ugatanga utitangiriye itama

    78. Tariki ya 5 mu kwezi 7 mu gacuku gatuje inani n’umunani (1988) ni bwo uwo mwamenye nka Joshua w’i Rwanda nsesekaye i Kigali ntazi inzira izanyakira muri karitsiye izi zoroheje, nikinira agapira na bagenzi banjye tudatekereza iby’ejo tuzi ko tuzakira twese.

    79. Ni ukuri abana ni beza cyane ari na yo mpamvu na Rugamba yabiririmbye, ni koko abato ntibagapfe, cyera njye nari nzi ko wenda amafaranga bayahinga

    80. Nyuma yo guhezwa muri korali ku ishuri atari sawa ngo poketi muri kacyi, erega nanjye ntiyari njyewe, umuntu agira intego ni ibyari muri njyewe

    81. Amateka ya muntu ni yo we, ntabwo wakwibagirwa igihe wabuze ibyo guteka, iterambere riragora buri gihe uribuka, ntiwakabitse itaranto muri iri taka twebwe uzadusanga muri muzika, Roho zacu tuzigabiye Uhoraho

    82. Rugira burya agira neza, abenshi turabona imbere heza. Nyuma y’imibabaro imbere hari ibyiza

    83. Benshi muri twe ntawarotaga gushyira mu mago, bigere kuri wowe uri gushakashaka, sinibagiwe izuba rya Nyabugogo aho icyayi na capati rasiyo ari kwa Mama Gogo

    84. Kazi ni Kazi upfa kuba wubaka ubuzima, wowe uzaharanire kudasubira inyuma

    85. Ntawanze aheza nanze kuba ntuza

    86. Shuguri ni shuguri kuyabona ni hatari ku zuba no mu gicuku uzabaze Motari we ntacyo wamubwira mu kugaruza ibiceri ni mpanganye nabyo kuva yabona Kategori ntuzibaze ibye burya imitima ihisha byinshi nawe ufite ibyawe kwanza abe ari byo ureba.

    87. Ubanza hari uwakongoje ko abagabo twese turi bamwe, inzira ya muntu ni uruziga wenda hari ahandi tuzahurira

    88. Sasa nkugire inama isumba izindi, gukosa kw’ikiremwamuntu birashoboka, uguhembera inzigo siwo muti w’ikibazo. Tuza duturane dore inzira iracyari ndefu/ndende

    89. Ubu ndi ishyiga ry’inyuma muri Hiphop ya Kigali hari byinshi naciyemo bigoye nko guterera Rwenzori

    90. Iby’isi ni amabanga, amafaranga yo akaba akaga wowe ntuzigire inzanga ku bazaza bagukanga

    91. Simple sana kukugira umwana, chance ugira So wasubira iwe ukaharyama

    92. Uwahombye arayomba uwaronse agashima, cyo shishikara ukore byose ni ukujya mbere. Shiduka shishi itabona wegerane n’iseta attention ku gishoro utaza gutaha amaramasa.

    93. Guca bugufi burya ni ingenzi mu buzima bitanga umutuzo ufata ibyemezo bizima, inyana ni ya mweru Joshua ni uko mbigenza, gusa umugabo uguye burya urenzaho utwatsi

    94. Mureke mbabwire burya hariho ibanga kandi abajya inama Imana irabasanga

    95. Ubushake ni ubushobozi tubihe agaciro byose bizashoboka

    96. Utwo dufaranga tugushimashima nidushira ntuzambara ubusa? Urasagamba ugasengera kandi mu rugo ibirayi ari ntabyo amadeni yabaye menshi inshuti yawe ubu ni mucoma

    97. Njyewe nzajya ngenda ariko ngaruke nzihamira hano nkwiye kuba, naho iby’amahanga ahenda akaryana reka dukomere kuri Afrika (I Bwiza Ft Eric Mucyo)

    98. Shahu uzirinde imico y’ubugegera, baragushukashuka ni wowe uhata ibaba

    99. Ukiri ku Isi barakuvuga, bareke bivugire wowe renzaho wibyinire wita umutwe ngo ubateho umwanya kuko bo ntibazigera barekera, burya ururimi rwoshywa n’urundi ntabwo bakincira ishati

    100. Iby’isi biranshobera burya koko ni amabanga abakire bararira abakene nabo barahogora, njye reka ntibikinkanga navumbuye ibanga njye mbishimira Imana, ‘Hasi y’umukene burya hari undi’.

    Jay Polly yitabye Imana akiri muto bibabaza abantu benshi cyane

    REBA INDIRIMBO ‘NYIRIZINA’ YA JAY POLLY

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109165/ibyo-tutazibagirwa-kuri-jay-polly-kabaka-amagambo-100-akomeye-yavuze-akiri-ku-isi-akayanyu-109165.html

  • Dushyigikiranye twese twatera imbere: Esther avuga ku ndirimbo ye nshya “Ngira nkugire” #rwanda #RwOT

    Umwe mu bari [n’abategarugori] mbarwa mu rw’imisozigihumbi bihebeye ‘Inanga’, Esther Niyifasha ni umukristo wamenyekanye mu ndirimbo zihimbaza Imana mu njyana gakondo, hakiyongeraho n’izo yagiye asubiramo cyangwa se yanditse ubwe zose zigaruka ku kubumbatira umuco nyarwanda. Aha twavuga nka: Tumurikire, Shira iyo ntimba, Kibondo cyanjye n’izindi,…

    Kuri ubu uyu muhanzikazi yasohoye inshyashya yise “Ngira nkugire” ifite umwihariko ugereranyije n’izayibanjirije, ikaba ibumbatiye ubutumwa bukangurira abantu gukundana urukundo rutari urumamo, nk’uko Esther yabitangarije Agakiza.org mu kiganiro twagiranye.

    “…Zana italanto yawe nanjye nzane inanga yanjye dufatanye maze tumurike habone…, Erega na Rurema yaturaze umurage w’urukundo…”, ayo ni amwe mu magambo agize Ngira nkugire.

    Ashimangira ubutumwa bwe yanyujije muri iyi ndirimbo, Esther yatubwiye ko nta ntsinzi yabaho hatariho gutahiriza umugozi umwe. Ati” Dushyigikiranye twese twatera imbere. Iyo umuntu abashije kugira icyo ageraho ntabashe gufasha abari inyuma ye, simbyita ko aba yatsinze byuzuye. Gutsinda byuzuye, wagakwiye no gufasha abandi, wibuke ko hari abababaye niba wagize umugisha wo kurya uyu munsi ukagira n’ibyo usigaza ukibuka ko hari n’abatabashije kubibona ukabafasha. Buri muntu wese akwiye kubaho ariko afite undi yabeshaho, ku kigero umuntu wese ariho hari undi yabeshaho”

    Ngirankugire ifite iminota itatu n’amasegonda cumi n’arindwi(3:17), umwihariko wayo ni uko icuranzwe mu buryo bwa African, bikanagaragazwa kandi n’ibikoresho byayigaragayemo, abayibyinnyemo, yewe n’ubutumwa bwayo bukangurira abantu kugirana ubumwe ni ibintu ubona ko biri mu njyana imwe.

    Abajijwe niba hari ubumwe n’urukundo rugaragara muri bagenzi be b’abahanzi b’izaririmbiwe Imana, dore ko hari n’abatabura kugaragaza ko ngo naho haba hajya humvikanamo urunturuntu, Niyifasha yadusubije muri aya magambo ati” Sinavuga ko ari ijana ku ijana, ariko ubumwe burahari. Nka 70% cyangwa 80% buriho, kubera ko niba usohoye indirimbo bagenzi bawe bakabyishimira, bakayisangiza, bakagushyigikira, ni ubumwe.

    Kandi no gukorera hamwe, mugenzi wanjye tukavuga tuti duterane inkunga dukorane indirimbo iyi n’iyi, mbona ko ari ikintu kiza kandi njye aho bigeze ndabishima, hari aho byavuye hari n’aho bigeze. Navuga ngo birusheho kwaguka cyane!”

    Nyuma y’igihe kinini icyorezo cya Covid 19 gihagaritse ibikorwa byinshi ku isi ndetse no mu Rwanda, ku itariki ya 1 Nzeri nibwo inama y’abaminisitire yayobowe n’umukuru w’igihugu Paul Kagame yemeje ko ibitaramo nabyo bigiye gufungurwa. Esther yabwiye Agakiza.org ko nubwo nta serukiramuco cyangwa igitaramo aramenyeshwa ko azacurangamo, ariko ngo yiteguye kuzahita yitabira igihe cyose yatumirwa azakora icyo yahamagariwe.

    Ishimwe ku Mana no ku bakurikira ibikorwa bye, n’icyo asaba abakunzi be muri rusange

    “Imana iba yaraduhaye impano ariko na none ikakongereraho umugisha wo kugira abo ubiha. Ni umugisha ukomeye kugira abantu bagukunda bakita ku byo ukora, ndabashimira Imana ibahe umugisha. Abakomeje gukora subscribe, abakomeje kureba indirimo zanjye no kuzumva, ni ukuri ndabashimiye cyane Imana ibahe umugisha. Icyo nabasaba(abakunzi be, n’abakurikirana ibikorwa bye)ni ugukomeza kunshyigikira, impano hari aho igera ari Imana ariko Imana ikorera mu bantu. Abo baterankunga rero ndabakeneye kugira ngo bye kuguma aho biri, ahubwo bizamuke no mu rundi rwego”

    Niyifasha Esther mu gihe gito amaze akora umuziki uhimbaza Imana mu njyana gakondo, byagaragaye ko ibihangano bye byagiye byakirwa neza kandi bikanyura benshi. Bikaba akarusho iyo urebye uko yishimiwe mu birori bitandukanye yagiye agaragaramo nk’ubukwe asubiramo indirimbo z’abandi zagiye zikundwa hambere, ibintu ubona ko bitanga ikizere gikomeye ku hazaza h’uyu mwali ukora ivugabutumwa mu buryo bwo kuririmba cyane mu njyana gakondo. Kuruhembe rw’imbere hakaza igikoresho gakondo kitwa ‘Inanga’.

    Reba hano Ngira nkugire – Esther Niyifasha (Official Video 2021)

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Dushyigikiranye-twese-twatera-imbere-Esther-avuga-ku-ndirimbo-ye-nshya-Ngira-8360.html

  • Urupfu rwa Jay Polly rwatumye umuhanzi Christopher agira icyo abaza Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa #rwanda #RwOT

    Nyuma y’uko Jay Polly yitabye Imana maze Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rugatangaza ko yari yanyweye Alcool yifashishwa mu kogosha, umuhanzi Muneza Christopher yibajije icyo uru rwego rukora kugira ngo rwite ku bagororwa bafite ibibazo by’umuzima bwo mu mutwe.

    Ku wa Kane w’iki Cyumweru tariki ya 2 Nzeri 2021 nibwo inkuru mbi yatashye mu muryango w’imyidagaduro ivuga ko umuraperi Jay Polly yitabye Imana.

    Ni nyuma y’uko yari akuwe muri gereza ya Mageragere aho yari afungiwe arembye, yagera ku bitaro bya Muhima agahita apfa.

    Nyuma y’amasaha make yitabye Imana, Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwatangaje ko uyu muraperi yaba yishwe na Alcool yifashishwa mu kogosha muri gereza ya Mageragere ndetse ko yayisangiye n’abandi babiri.

    Abinyujije ku rukuta rwa Twitter, Muneza Christopher yabajije uru ruwego uburyo bacungamo ubuzima bw’abantu bafite ikibazo cyo mu mutwe.

    Yagize ati 'ariko ubundi ni ubuhe buryo RCS (Rwanda Correctional Service) ikoresha mu kwita ku bibazo byo mu mutwe by’abagororwa?'

    Muneza Christopher kandi yakomeje anasaba ko abo bireba bakwiye gushaka uburyo iki kibazo gikurikiranwa, abagororwa bakajya bitabwaho ku baba bafite icyo kibazo.

    Ariko ubundi ni ubuhe buryo #RCS ikoresha mu kwita kuri mental health y’abagororwa? Please tag people in charge🙏🏾

    — Christopher Muneza (@TopherMuneza) September 3, 2021

    Muneza Christopher yibajije uko RCS yitaba ku imfungwa zifite ibibazo byo mu mutwe

    Jay Polly yapfuye bitunguranye

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/urupfu-rwa-jay-polly-rwatumye-umuhanzi-christopher-agira-icyo-abaza-urwego-rushinzwe-imfungwa-n-abagororwa

  • Theo Bosebabireba bwa mbere yavuze umubare w’abakobwa yateye inda, guhagarikwa kwe muri ADEPR #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’indirimbo z’Imana Uwiringiyimana Theogene wamenyekanye nka Theo Bosebabireba, yavuze ko n’ubwo abantu bazi ko yateye abakobwa babiri inda atari byo ahubwo ari bane.

    Muri 2018, uyu muhanzi wakunzwe mu ndirimbo zomora imitima y’abemeramana, yagiye avugwaho ubusambanyi, ubusinzi, byaje gutuma anahagarikwa umwaka muri ADEPR yasengeragamo.

    Ati “Itorero barampagarika barabimbaza, ndabyemera, baranampana, bampa n’igihe cy’igihano, ibyo bantegetse ndabirangiza, ibyo bampaniye byari byo, ababaririmbyi batari aba gikristo twari twakoranye cyari cyo, ubusinzi byari byo, ubusambanyi byari byo, nta na kimwe kitari cyo.”

    Yakomeje abwira ikinyamakuru ISIMBI ko ku bo yateye inda ari bane, gusa ngo hari abajya bamubeshyera ko no hanze y’u Rwanda afiteyo abana.

    Ati “Njyewe abana nemeye mu itorero ni abana bane, hanyuma abo ba nyina baje hano ni 2, hari abandi bataje babiri kuko ni bane.”

    “Hari n’abandi bajya bavuga ngo hari abandi bari mu bindi bihugu, ariko se ni kumwe umuntu aba yabonye icyo aheraho, uwo nawe aje afite uko yabisobanura, ntawe, banavuga ibihugu nsanzwe njyamo, warateye inda mu mahanga usubiyeyo banagufunga.”

    Ubwo yahagarikwaga akaba yarasabwe gusaba imbabazi abantu bose yahemukiye kandi avuga ko yabikoze ahereye no ku mugore we bafitanye abana barindwi.

    Theo Bosebabireba ngo ubusinzi n’uburaya byamubuzweho nibyo

    Source : http://isimbi.rw/iyobokamana/article/theo-bosebabireba-bwa-mbere-yavuze-umubare-w-abakobwa-yateye-inda-guhagarikwa-kwe-muri-adepr

  • MTN yatumiye ibyamamare birimo Bull Dogg, Ish… – #rwanda #RwOT

    Iki gitaramo kizaba kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Nzeri 2021, kizaba hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

    Cyatumiwemo abanyamakuru bakaba n'abashyushyarugamba Anita Pendo na Mc Tino, Dj Brianne na Dj Caspi. Cyanatumiwemo abahanzi Ish Kevin na Bull Dogg.

    MTN yagize iti 'Ba ‘jeunnes’ aha hantu harashya cyangwa harashya?  #ClubYolo yo kuri uyu wa gatanu ntago yagucika. Tagginga abajama bawe udashaka ko bazabura.'

    Iki gitaramo kizabera ku rubuga rwa Instagram no kuri Facebook guhera saa moya z'ijoro kugeza saa tatu z'ijoro.

    MTN iherutse gutangaza ko ‘umutekano wongerewe kuri simukadi yawe’. Ni mu ngamba nashya zatangajwe n’Urwego rushinzwe kugenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye Igihugu akamaro (RURA) zongereye umutekano mu buryo bwo kwandikisha Simukadi.

    Mu gihe Simukadi idakoreshwa gusa muri serivisi zo guhamagara, kwitaba na interineti ikaba ndetse ikoreshwa mu kugura serivizi z’imali, umutekano wa Simukadi ni ingenzi.

    Izi ngamba nshya zishimangira umutekano wa Simukadi, bugamukira ubujura kandi bukanongerera abakiriya icyizere ko nta bibazo Simukadi zabo zizahura nabyo kubwo kugenzura kenshi imyirondoro.

    MTN ivuga ko ‘igihe handikwa Simukadi nshya cyangwa hakorwa Simu swap, umukiriya asabwa gufatwa ifoto aho amaze kwerekana indangamuntu Nyarwanda, inyamahanga, iy’impunzi cyangwa pasiporo.

    MTN Rwanda irayoboye ku isoko ry'itumanaho ngendanwa mu Rwanda. Guhera mu mwaka wa 1998, MTN Rwanda yakomeje gushora imari mu kwagura no kunoza imikorere y'umuyoboro wayo ndetse kuri ubu yishimiye kuba ku mwanya wa mbere nk'umuyoboro wa interineti mu Rwanda.

    MTN Rwanda igeza serivise zo ku rwego rwo hejuru abafatabuguzi bayo, zirimo ndetse n'udushya nk'iya MTN Irekure itanga amainite yo guhamagara na bundle za interineti ku muntu.

    Iyi sosiyete kandi iri imbere mu gutanga serivise z'imari kuri telefone ngendanwa mu Rwanda hamwe na Mobile Money, MoMoPay na MoKash itanga inguzanyo ikanazigama.  

    MTN yahuje ibyamamare birimo Bull Dogg na Ish Kevin mu gitaramo 'Club Yolo'

    MTN ivuga ko umutekano wa Simukadi wongerewe 

    Itangazo ku buryo buvuguruwe bwo kubona simukadi (SIM card) no gukoresha sim swap

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109113/mtn-yatumiye-ibyamamare-birimo-bull-dogg-ish-kevin-na-anita-pendo-mu-gitaramo-club-yolo-ki-109113.html

  • Dorcas&Vestine bakuwe mu gitaramo cyateguwe n’Abarimo Mike Karangwa ufitanye amahari na M.Irene #rwanda #RwOT

    Irushanwa ryiswe “Rwanda Gospel Stars Live” ryahurijwemo abahanzi 15 bari ku ruhembe rw’abafite igikundiro mu muziki uhimbaza Imana, bahataniye igihembo cya miliyoni zirindwi z’amafaranga y’u Rwanda.

    Ubwo iki gikorwa cyatangiraga abo bahanzi bagiye bavuga ku mishinga bafite mu rwego rwo kugirango nayo bazayihemberwe.

    Ibi babivugiraga imbere y’itangazamakuru. Dorcas na Vestine baturuka mu Majyaruguru y’u Rwanda ubwo baganirizaga itangazamakuru bavuze ko umushinga wabo, bashakaga kubaka studio igezweho ikaba n’ikigo cyo kwigishirizamo urubyiruko umuziki.

    Ni igitekerezo aba bana bavuga ko bakuye ku kuntu bakoze umuziki baturuka mu Ntara y’Amajyaruguru ariko badafite studio hafi, byatumye bashaka gufungura iyabo yajya inafasha abandi bafite impano ntibavunike nkuko bo bavunitse.

    Gukurwa muri abo bahanzi kw’aba bana byatewe no gushyamirana kwaje hagati yabateguye iki gikorwa na Label babarizwagamo ya MIE Entertainment.

    Abahanzi batangajwe bazaririmba ni 14 ari bo : “Gisubizo MINISTRIES, Aline GAHONGAYIRE, Dieudone MUGEMA, Gaby KAMANZI, Kingdom MINISTRIES, Israel MBONYI, True PROMISESS, James & DANIELLA, Serge IYAMUREMYE, Uwitonze CLEMANTINE, Gisele PRECIOUS, Rata JAH NAYCHAH, Aimee frank NITEZEHO, Murava ANNETTE.”

    Byari byitezwe ko tariki 30 Nzeri 2021 aribwo hazamenyekana umuhanzi uzaba yahize abandi agahabwa miliyoni zirindwi z’amafaranga y’u Rwanda zari kuza ziyongera ku yo ahabwa mu gushyigikira umushinga we.

    Abateguye iki gikorwa bavuga ko rigiye gusubukurwa ndetse ko muri iki cyumweru abahanzi ba mbere batangira gukora imyitozo yo kwitegura.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Dorcas-Vestine-bakuwe-mu-gitaramo-cyateguwe-n-Abarimo-Mike-Karangwa-ufitanye-amahari-na-M-Irene

  • Bimwe mu byamamare byashenguwe n’urupfu rwa Jay Polly, ibihe by’ingenzi byaranze ubuzima bwe #rwanda #RwOT

    Umuraperi Tuyishime Joshua wamamaye mu muziki nka Jay Polly yaraye yitabye Imana azize uburwayi aho yaguye mu bitaro bya Muhima, ni urupfu rwashenguye abakunzi benshi b’umuziki nyarwanda ndetse na bamwe mu byamamare bari basangiye umwuga w’ubuhanzi.

    Muri 2010 afatanyije n’umuraperi Pacson, basohoye indirimbo bise 'Ghetto soldier’ aho baba bagaruka k’uburyo Imana ari umugenga wa byose.

    Muri iyi ndirimbo hari aho baririmba ngo 'ni wowe wanze ku isi, he told me[niko yambwiye], no kuyavaho uzampa agatike…' nta gushidikanya ko Imana yamukunze kurusha abanyarwanda ikaba yamuhaye itike ikamwisubiza.

    Jay Polly urupfu rwe rwamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane aho byavuzwe ko yakuwe kuri Gereza ya Mageragere aho yari afungiwe akurikiranyweho kunywa ibiyobyabwenge ariko akigera kwa muganga ahita yitaba Imana.

    Ntibyoroshye kuba wavuga amateka yose y’uyu muraperi wigaruriye imitima ya benshi bitewe n’indirimbo ze zomoraga ibikomere, gusa tugiye kurebera hamwe bimwe mu bihe by’ingenzi kuri we.

    Tuyishime Joshua wamamaye nka Jay Polly, yavutse ku wa 5 Nyakanga 1988, avukira i Gikondo mu Mujyi wa Kigali nubwo hari abavuga ko yaba yaravukiye mu Kinigi ho mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru.

    Ni umuhungu wa Nsabimana Pierre na Mukarubayiza Marienne akaba umwana wa kabiri mu muryango w’abana batatu.

    Amashuri y’inshuke mu kigo cya Kinunga, ayisumbuye ayiga mu kigo cya E.S.K giherereye mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali mu ishami ry’ubukorikori,

    Yitabye Imana asize abana babiri, umuhungu n’umukobwa. Umuhungu yamubyaranye na Nirere Hafsa babanye nyuma baratandukana abana na Uwimbabazi Sharifa babyaranye umwana w’umukobwa na we bakaba bari baratandukanye.

    Ni umwe mu baraperi bari bakomeye mu gihugu

    Kuba nyina yararirimbaga muri korali ya ADEPR Gakinjiro, byatumye na Jay Polly ajya muri korali y’abana, ariko akaba yarakundaa cyane injyana ya Hip Hop bitewe na mukuru we Maurice, ubu akaba ari umunyamakuru wa RBA.

    Mu mwaka wa 2002, Jay Polly ageze mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza nibwo yagiye mu itsinda rya muzika ryabyinaga imbyino zigezweho (dance moderne) ryitwaga 'Black powers'.

    Muri 2003 Jay Polly ageze muri E.S.K nibwo yahuye na Green P kubera ukuntu yari azi kubyina byatumye bakomeza gukorana.

    Umwaka wakuririyeho nibwo afatanije na Green P, Perry G bashinze itsinda baryita 'G5' icyo gihe bandika indirimbo batangira no kujya muri studio ya TFP yakoreragamo uwitwa BZB ari naho bakoreye indirimbo ya mbere bise 'Nakupenda' yarikozwe mu njyana ya R&B.

    Muri 2004 nibwo Jay Polly, Green na Perry G bakoze indirimbo ikozwe mu njyana ya Rap bayita 'Hi Hop Game'.

    Akazi yakoze mu njyana ya Hip Hop kazaguma mu mitima ya benshi

    Uko Jay Polly yisanze muri Tuff Gang

    Umuraperi Bull Dogg mu myaka yatambutse yigeze kugaruka ku buryo itsinda rya Tuff Gang ryavutse, aho ryagizwemo uruhare na Lick Lick.

    Jay Polly na Green P baje guhura na Lick Lick watunganyaga indirimbo muri icyo gihe muri studio yitwa 'ONB' ikorera ku Kicukiro yumvise ukuntu baririmba abahuza na Bull Dogg n’uko iryo tsinda ryaje kuvuka.

    Aba baraperi baje gukora indirimbo zirimo Money yakozwe na Jay Polly, Green P akora iyo yise 'Nyumvira' n’aho Bull Dogg akora 'Abirabura', gusa ntabwo zamenyakanye.

    Indirimbo ya mbere ya Tuff Gang yamenyekanye cyane ikanakundwa ni 'Kwicuma’ yakozwe n’aba baraperi batatu n’ubwo Bull Dogg yumvikana igiye kurangira.

    Nyuma nibwo baje guhura na P Fla wari umaze igihe atari mu Rwanda aba abaye umwe mu baraperi bagize itsinda rya 'Tuff Gang' kuko nawe yakoraga injyana ya Hip Hop.

    Nyuma y’aho nibwo Fireman nawe yaje kuza kwiyunga nabo kuko yari asanzwe ari inshuti magara ya Bull Dogg kandi akaba yarakoreshaga injyana ya R&B bamwita 'Akon'.

    Muri 2011 Jay Polly ari mu bahanzi bitabiriye Primus Guma Guma Super Star yari ibaye ku nshuro ya mbere (PGGSS1), gusa ntiyaje guhirwa kuko ategukanye iki gihembo cyegukanywe na Tom Close.

    Iya 2012 yegukanywe na King James, biteza akavuyo kenshi cyane kuko abakunzi b’uyu muraperi bavugaga ko bibwe, ntiyagaragaye muri PGSS3 yabaye 2013 kuko muri uwo mwaka yatutse abanyamakuru ko ari amadebe, yaje kwiyunga nabo asaba imbabazi maze PGGSS4 aza kugarukamo.

    Kuwa 30 Nyakanga 2014, nibwo hasojwe irushanwa rya PGGSS4 birangira Jay Polly aryegukanye ahabwa miliyoni 24 z’amafaranga y’u Rwanda.

    2014 ubwo yashyikirizwaga igihembo cya PGGSS4, ni Amb. Joe Habineza wakimuye na we yitabye Imana mu kwezi gushize

    Nyuma yo kwegukana iri rushanwa nibwo hatangiye umwuka mubi mu bagize Tuff Gang bamushinja ubwiyemezi kuko yabonye, ni nyuma y’uko P Fla we yari yaravuyemo kera, bagiye bashanwa bakiyunga bakongera bagashwana aho kugeza n’uyu munsi itinda Tuff Gang ryari risigaye ku izina gusa.

    Kuwa 24 Kanama 2018 nibwo Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwahamije Jay Polly icyaha cyo gukubita no gukomeretsa umugore we akamukura amenyo mu ijoro ryo kuwa 04 Kanama 2018, yakatiwe amezi 5 maze aza gufungurwa tariki ya 1 Mutarama 2019.

    Tariki ya 24 Mata, polisi y’u Rwanda yerekanye abantu 13 barimo n’umuraperi Jay Polly barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus, aho bari bari bakaba barahasanze umuti wongerera imbaraga abagabo mu gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina n’Urumogi. Bafatiwe Kibagabaga bakoreye ibirori mu rugo rwa Jay Polly.

    Bakaba baragiye gukorerwa isuzuma basanga muri aba bantu 13, 4 muri bo(Jay Polly, Iyamuremye Clément, Shemusa Mutabonwa na Hatunga Fidèle) mu maraso yabo hagaragaramo ko harimo ibibyobwenge ku kigero cyo hejuru.

    Byatumye bahita bafungwa bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge cyane ko babasanganye n’urumugi.

    Ku wa 20 Gicurasi 2021 nibwo Jay Polly n’abo bareganwa bari bakatiwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo gufungwa by’agateganyo, uyu muraperi n’abo bafunganywe bajuririye iki cyemezo ariko tariki ya 11 Kamena 2021, Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ruza kubishimangira. Yitabye Imana agomba gutangira kuburana mu Kuboza 2021.

    Kubera ko Jay Polly yize ibijyanjye n’ubukorikori yaje kuba umwe mu banyamuryango ba 'Ivuka' ishyirahamwe ry’abanyabugeni ryakorerega ku Kacyiru. Mu mwaka wa 2009 biba ngombwa ko amara amezi atandatu aba i Rubavu akorera muri ateliye (atelier) ya 'Ivuka' aho yakoraga akazi ko gushushanya.

    Jay Polly azahora yibukwa mu ndirimbo nka; 'Akanyarirajisho’, 'Ndacyariho ndahumeka’, 'Ibyubona’, 'Hisha Munda’, 'Rusumbanzika’ n’izindi.

    Bimwe mu byamamarere byabajwe n’urupfu rwa Jay Polly

    Let us grieve for the bond we shared and the bonds we didn’t get a chance to form yet, since you passed too soon Jay Polly..RIP 🖤🕊 pic.twitter.com/uWVJ2OMUUW

    — Bushali (@BushaliT) September 2, 2021

    Rest well Jay polly ! pic.twitter.com/LCQrXuomyf

    — Israel Mbonyi (@IsraeMbonyi) September 2, 2021

    Its so sad 💔💔💔 R.I.P😭😭😭@jay_polly pic.twitter.com/JVVUZUzMOE

    — Shaddyboo (@shaddyboo__92) September 2, 2021

    RIP JAY POLLY 💔
    It was an honor to work beside you 🙏 pic.twitter.com/dQVPouvsN4

    — Arielwayz (@arielwayz) September 2, 2021

    #Rwanda‘s top rapper Jay Polly has passed on. RIP Legend pic.twitter.com/wG9EUNfdAa

    — Richard Kwizera (@Muzungu4) September 2, 2021

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/bimwe-mu-byamamare-byashenguwe-n-urupfu-rwa-jay-polly-ibihe-by-ingenzi-byaranze-ubuzima-bwe

  • Urupfu rw'umuhanzi Jay Polly rukomeje kuvugisha benshi #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cy'uyu wa Kane tariki 02 Nzeri 2021, inkuru ncamugongo izindutse ivugwa ku mbuga nkoranyambaga n'ibitangazamakuru ni iy'urupfu rw'umuhanzi Tuyishime Joshua w'imyaka 33 y'amavuko, wamamaye ku izina rya Jay Polly. Byatangajwe ko yaguye mu bitaro bya Muhima azize uburwayi. Urupfu rwe rwavugishije benshi, bibaza icyo yazize mu buryo butunguranye.

    Ku mbuga nkoranyambaga, ku ma Radio atandukanye, inkuru ni 'Urupfu' rutunguranye rw'uyu muhanzi wari mu bakunzwe cyane mu Rwanda. Ja Polly, yari amaze iminsi afungiye muri Gereza ya Nyarugenge i Mageragere, aho akekwaho gukoresha ibiyobyabwenge. Aha ni naho yavanywe ajyanwa ku bitaro bya Muhima, aho yaje kugwa. Abakomeje kwibaza ku rupfu rwe, bibaza ku cyamuhitanye bitunguranye mu gihe yagombaga kwitaba urukiko kuwa 02 Ukuboza 2021.

    Hari amakuru yatangajwe kuri Radio 10 mu kiganiro Zinduka n'umunyamakuru Mutuyeyezu Oswald uzwi ku izina rya Oswakim, avuga ko hari amakuru yizewe akesha umwe mu bayobozi, wamubwiye ko Jay Polly na bagenzi be bari bafunganywe hari ibintu bakoroze barabinywa, ari nabyo bikekwa ko byaba byamuhitanye. Gusa bamwe ku mbuga nkoranyambaga bakibaza uburyo babinyoye bose bigahitana Jay Polly wenyine.

    Aha Jay Polly yarimo ahabwa igihembo cya Primus Guma Guma Super Star yari yatsindiye.

    Bivugwa kandi ko ku bitaro bya Muhima yahazanywe ubugira kabiri, kuko bwa mbere ngo bamusubije kuri Gereza asa n'uworohewe, ariko nyuma aza kongera kuremba bamugarura ku bitaro aho byarangiye apfuye. Urwego rw'igihugu rushinzwe amagereza-RCS ntacyo ruratangaza ku rupfu rwa Jay Polly n'icyo yaba yazize.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : https://www.intyoza.com/urupfu-rwumuhanzi-jay-polly-rukomeje-kuvugisha-benshi/

  • Jay Polly wari mu baraperi bakunzwe mu Rwanda yahitanwe n'uburwayi #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Tuyishime Joshua wakunzwe na benshi ku izina rya “Jay Polly” yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye iminsi aho yari arwariye mu bitaro bya Muhima mu mujyi wa Kigali.

    Umuraperi Jay Poll uri mu bubatse injyana ya Hip Hop ikaryohera cyane Abanyarwanda n'abumva ururimi rw'ikinyarwanda,amakuru aravuga ko yahitanwe n'uburwayi yari amaranye aho yari arwariye mu bitaro bya Muhima.

    Yari afungiye muri Gereza ya Mageragere akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge we na bagenzi be 11 bari bafunganwe.

    Amakuru avuga ko Jay Polly yajyanwe mu bitaro mu masaha y'ijoro, acyakirwa ahakirirwa indebe ahita yitaba Imana.

    Mu masaha y'igitondo cyo kuri uyu wa Kane nibwo inkuru y'urupfu rwe yatangiye gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, gusa Urwego rw'Igihugu rushinzwe Imfungwa n'Abagororwa rubifite mu nshingano ntirwagira icyo rubitangazaho.

    Mukuru wa Jay Polly, Uwera Jean Maurice, yemereye IGIHE ko murumuna we yitabye Imana. Ati 'Polly yapfuye, ngo yaguye mu bitaro bya Muhima. Sinzi icyo yari arwaye kuko ku wa Mbere twavuganye ari muzima.'

    Tuyishime Josua benshi bamenye nka Jay Polly yari umuraperi ukomeye mu njy

    Jay Polly yapfuye afunzwe kuko kuwa 23 Mata uyu mwaka we na bagenzi be 11 barimo na murumuna we batawe muri yombi bari mu rugo rwe I Kibagabaga,aho bivugwa ko polisi yasanze banywa ibiyobyabwenge birimo urumogi,banarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Nyuma yo kugezwa imbere y'amategeko,nibwo Ku wa 11 Kamena 2021Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwashimangiye icyemezo cy'Urukiko rw'Ibanze rwa Gasabo cyo gufunga Jay Polly n'abo bareganwa iminsi 30 y'agateganyo mu gihe hari hagikusanywa ibimenyetso.

    Urubanza mu mizi rwa Jay Polly na bagenzi be rwagombaga kuzatangira ku wa 2 Ukuboza 2021 ariko atabarutse kare.

    Jay Polly yavutse ku wa 5 Nyakanga 1988, avukira i Gikondo mu Mujyi wa Kigali nubwo hari abavuga ko yaba yaravukiye mu Kinigi ho mu Karere ka Musanze mu Ntara y'Amajyaruguru.Mu bwana bwa Jay Polly bivugwa ko yabaga i Butare mu Karere ka Huye.

    Kuririmba Jay Polly abikomora ku mubyeyi we waririmbaga muri korali Hoziyana muri ADPR mu Gakinjiro.

    Ibyo byatumye uyu muraperi nawe aririmba muri korali y'abana.

    Jay Polly yakuze akunda injyana ya Hip Hop abikomora kuri mukuru we witwa Maurice usanzwe ari umunyamakuru kuri RBA.

    Mu mwaka wa 2002, Jay Polly ageze mu mwaka wa gatandatu w'amashuri abanza nibwo yagiye mu itsinda rya muzika ryabyinaga imbyino zigezweho (dance moderne) ryitwaga 'Black powers'.

    Muri 2003 Jay Polly ageze muri E.S.K nibwo yahuye na Green P kubera ukuntu yari azi kubyina byatumye bakomeza gukorana.

    Umwaka wakuririyeho nibwo afatanije na Green P , Perry G bashinze itsinda baryita 'G5' icyo gihe bandika indirimbo batangira no kujya muri studio ya TFP yakoreragamo uwitwa BZB ari naho bakoreye indirimbo ya mbere bise 'Nakupenda' yari ikozwe mu njyana ya R&B.

    Muri 2004 nibwo Jay Polly, Green na Perry G bakoze indirimbo ikozwe mu njyana ya Rap bayita 'Hip Hop Game'.

    Uburyo Jay Polly yinjiye muri Tuff Gangz

    Kubera ko yari amaze kubona ko afite impano yo kwandika indirimbo we na mugenzi we Green P baje guhura na Lick Lick watunganyaga indirimbo muri icyo gihe muri studio yitwa 'ONB' ikorera ku Kicukiro yumvise ukuntu baririmba abahuza na Bull Dogg n'uko iryo tsinda ryaje kuvuka.

    Zimwe mu ndirimbo bakoze, ariko ntizamenyekana ni Money yakozwe na Jay Polly, Green P akora iyo yise 'Nyumvira' n'aho Bull Dogg akora 'Abirabura'.

    Impamvu izi ndirimbo zitamenyekanye byagiye biterwa n'uko amajwi yazo wasangaga atameze neza kubera ikibazo cy'ibyuma byabaga bitameze neza gusa Lick Lick wabazamuye agiye muri studio ya F2k nibwo batangiye gukora indirimbo ndetse zirakundwa,izo ni nka: Kwicuma, Target ku mutwe n'izindi.

    Aba baje guhura na P Fla wari umaze igihe atari mu Rwanda aba abaye umwe mu baraperi bagize itsinda rya 'Taff Gangz' kuko nawe yakoraga injyana ya Hip Hop.

    Nyuma y'aho nibwo Fireman nawe yaje kuza kwiyunga nabo kuko yari asanzwe ari inshuti magara ya Bull Dogg kandi akaba yarakoreshaga injyana ya R&B bamwita 'Akon'.

    P Fla ntabwo yaje gukomezanya na Taff Gangz kubera gushwana na bagenzi be.

    Kubera ko Jay Polly yize ibijyanjye n'ubukorikori yaje kuba umwe mu banyamuryango ba 'Ivuka' ishyirahamwe ry'abanyabugeni ryakorerega ku Kacyiru.

    Mu mwaka wa 2009 biba ngombwa ko amara amezi atandatu aba i Rubavu akorera muri ateliye (atelier) ya 'Ivuka' aho yakoraga akazi ko gushushanya.

    Jay Polly yagiye akora indirimbo zigakundwa muri zo harimo: Akanyarirajisho, Ndacyariho ndahumeka' ndetse byaje kumuha n'amahirwe yo kujya mu marushanwa ya Primus Guma Guma super Star.

    Muri 2011 nibwo Jay Polly yatorewe kujya mu marushanwa ya PGGSS, ariko ntiyegukana umwanya wa mbere kuko waje gutwarwa na Tom Close.

    Mu mwaka wa 2012, Jay Polly yabaye uwa kabiri akurikiye King James wegukanye irushanwa rya Primus ku nshuro ya kabiri (PGGSS2).

    Umwaka wa 2013, nibwo Jay Polly yatutse abanyamakuru aho yavuze ko za kaminuza ziri gusohora amadebe, bituma atabasha kuba umwe mu bahanzi bitabiriye amarushanwa ya Primus ku nshuro ya gatatu (PGGSS3).

    Nyuma Jay Polly yaje gutumira abanyamakuru yiyumvagamo biganjemo abakora ku maradiyo abasaba imbabazi, gusa byaje kuvugwa ko hari icyari kibyihishe inyuma kuko ngo icyo yari agamije kwari ukugira ngo izina rye rizagaragare mu marushanwa ya Primus ya 2014 ndetse biramuhira kuko ari we waje ku mwanya wa mbere.

    Mu mwaka wa 2014, Jay Polly yabaye umwe mu bahanzi icumi bitabiriye amarushanwa ya PGGSS4, ndetse agenda yerekana ko ashoboye mu Ntara zose z'u Rwanda aho byagaragaye ko akunzwe kurusha abo bahanganye arabatsinda.

    Kuwa 30 Nyakanga 2014, nibwo hasojwe irushanwa rya PGGSS4 birangira Jay Polly ayegukanye ahabwa miliyoni 24 z'amafaranga y'u Rwanda.

    Nyuma yo kwamamara cyane,Jay Polly,yatangiye kuba inshuti ya gereza aho Ku itariki ya 4 Kanama 2018,Jay Polly yatawe muri yombi ajya gufungirwa muri kasho ya Remera mu Mujyi wa Kigali nyuma y'uko abaturanyi be batabaje inzego zishinzwe umutekano ubwo bumvaga akubita umugore we.

    Icyo gihe,Jay Polly yemeye ibyo ashinjwa byose avuga ko yabitewe n'ubusinzi, anabisabira imbabazi ariyo mpamvu tariki ya 24 Kanama 2018,Urukiko rw'Ibanze rwa Gasabo rwafashe umwanzuro wo kumukatira igifungo cy'amezi 5.Yaje gufungurwa tariki ya 01 Mutarama 2019.

    Jay Polly yitabye Imana afite imyaka 33 y'amavuko,Turacyashakisha amakuru ku burwayi bwe.


    Jay Polly wari uzwi nka “Kabaka Man”yahitanwe n'uburwayi

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/umuziki/article/jay-polly-wari-mu-baraperi-bakunzwe-mu-rwanda-yahitanwe-n-uburwayi