Tag: Muzika

  • Diamond uvuga ko atigeze ahirwa mu rukundo ag… – #rwanda #RwOT

    Uyu muhanzi yabaye mu rukundo n’abakobwa barenga 13, bose nta n'umwe barambanye. Yashatse abagore byeruye 2, harimo Zari Hassan babyaranye abana 2, na Tanasha Dona wo muri Kenya nawe babyaranye umwana umwe, n'ubwo bose nta n'umwe basezeranye. Burya abantu murabana ariko hari ugusigara ku mutima bitewe n’ibihe mwanyuzemo, cyangwa ibyo yagukoreye, nk’uko Diamond agatima ke kagaruka cyane kuri Wema Sepetu, bakundanye igihe kirekire bakaza gutandukana.

    Diamond Platnumz, avuga ko akumbuye uwahoze ari umukunzi we Wema Sepetu. Uyu muhanzi uzwi cyane, ubwo yamamazaga indirimbo ye ya ‘Naanzaje’, yasobanuye ko iyi ndirimbo imwibutsa iminsi yabanyemo n’umukunzi we w’umukinnyi wa filime (Wema Sepetu). 

    Yagize ati: “Ndibuka iminsi twe (na Sepetu) twabaga mu nzu icyumweru cyose, ibihe byari byiza. Nasohoye iyi ndirimbo kubera abafana banjye, kandi uko ibihe bigenda bisimburana narabikunze, urukundo ntirwampiriye .”

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109271/diamond-uvuga-ko-atigeze-ahirwa-mu-rukundo-agatima-karacyagwa-kuri-wema-sepetu-109271.html

  • Jean Paul Murara, umuhanzi wanigishije muri K… – #rwanda #RwOT

    Avuga ko ari ibintu bibiri gusa bisabwa kugira ngo umuhungu akore ubukwe na ho ibindi batangaho impamvu ni urwitwazo.

    Umuhanzi Jean-Paul Murara benshi bazi mu ndirimbo zivuga ku rukundo rw' Imana mu bantu, ubwo twahuraga twaraganiriye biraryoha kubera urwenya yateragamo atubwira ko benshi bamubaza niba ari Padiri cyangwa se Pasiteri kandi atari byo.

    Gusa ngo yiyumva nk'umukristu usanzwe wigeragereza kubaha amasezerano ya Batisimu gusa. Ariko ngo kubera ukuntu anikundira Ikinyarwanda ndetse n'uburyo yumva umuryango ari wo soko ya byose, agerageza guhanga ibyafasha Kiliziya n'umuryango w' abantu bose muri rusange.

    Kuri we rero, ngo asanga umuhungu kugira ngo akore ubukwe aba akeneye ibintu bibiri gusa. Ngo iyo bibonetse nta kibubuza muri rusange. Asobanura ko ibyo bintu bibiri bikenewe ku muhungu ngo ubukwe bube ari umukobwa bazabukorana ndetse n'itariki bemeranyaho bombi.

    Mu kiganiro na INYARWANDA, yagize ati 'Mu bintu bibiri rero bisabwa kugira ngo umuhungu akore ubukwe, icya mbere ni ukubona umukobwa bazabukorana, ni ukuba yabonye umukobwa wemera ko babukorana. Iyo wamaze kubona umukobwa wemera ko mukorana ubukwe ujye umenya ko 50% ubukwe bwabaye hasigaye indi 50%.”

    “Ikintu cya kabiri rero gisabwa kugira ngo umuhungu akore ubukwe ni uko wa mukobwa yamaze kubona bakemeranya gukora ubukwe ni uko aba bombi bemeranya itariki bazakoreraho ubukwe. Itariki iyo muyemeranyaho byanze bikunze ubukwe buraba…”

    Jean Paul yatanze urugero rw’umusore azi neza watumije inama y’ubukwe asaba ko abantu bamushyigikira gushaka umugeni. Ngo bamwe baratunguwe abandi biyemeza kumufasha gushaka umukunzi.

    Ati “Bamwe barumiwe abandi baravuga bati ubwo ni ugushaka umugeni inama ya kabiri ikazaba dupanga ubukwe.”

    Uyu muhanzi avuga ko nta mafaranga fatizo yo gukora ubukwe, kuko azi benshi babukoze ku biciro bitandukanye kandi bugataha.

    Jean Paul avuga ko ibindi bintu abantu bashyashyanamo bashaka gukora ubukwe ari ‘nk’amasogosi mu nkweto’ kuko ibyo biza nyuma y’uko umuhungu abonye umukobwa bazarushinga bakanemeranya n’itariki y’ubukwe.

    Kuri we ngo abona, igikuru atari ibirori bitwara amafaranga menshi ahubwo, igikuru ni igikurikira ibyo birori.

    Usanga kenshi ku munsi w'ubukwe, umuntu yiriranwa n'abantu benshi barimo imiryango n'incuti ndetse n'abashungerezi hanyuma ubukwe bwarangira abageni bagasigara ari babiri gusa, abandi bitahiye, kereka iyo ibyo kurya no kunywa byasagutse ku bwinshi.

    Iyo batagize umwanya rero wo kwitegurira ibizakurikira nyuma y'ubukwe ni ukuvuga iyo batagize umwanya wo gushaka bya bintu bibiri we yemeza ko bihagije, ni bwo ngo usanga bakeneye ko ba bantu mirongo cyangwa se magana bari babari iruhande bahaguma kugira ngo ibintu bikomeze, kandi batwikuruwe.

    Nyuma y'ibisabwa ngo ubukwe butahe, yashatse uko yahuza urugendo rugana ku bukwe yifashishije inshinga 'gutera'.

    Gutera ni imwe mu nshinga zigira ibisobanuro byinshi bitewe n'ijambo riyiherekeje akaba yarabashije kwegeranya ibisobanuro 85 bitandukanye akoramo umuvugo yise 'Gutera'.

    Uyu muvugo yawukoze ashaka gukurikiranya ibisobanuro by'iyi nshinga ku buryo bwaryohera amatwi kandi hakabamo n'impanuro, aho abihuza n'ubuzima bw' umuntu butangirira mu guhura kw'ababyeyi be, bamara kumvikana itariki y'ubukwe bakabukora, hanyuma hakazavukamo imbuto z'abana.

    Asoza atanga impanuro ku mwana uvutse muri uwo muryango uburyo na we agomba gukunda bose mu buzima bwe nta kwinubira kandi umurimo.

    Jean Paul Murara yamenyekanye mu ndirimbo nka 'Umwami Nyakuratwa', 'Inyenyeri inyobora', 'Ntiruzashira' yafatanyije n'umuraperi Patrick Bright, 'Ubuhamya', 'Turakwizera', 'I wanna live close to you', 'Ndabyemeye n' izindi.

    Aherutse kugenera abakunzi b' ibihangano bye indirimbo yise 'Guma udusabire' ijyanye n'amibukiro yo kwishima azwi mu ishapule ikoreshwa muri Kiliziya Gatolika.

    Inyikirizo y'iyi ndirimbo nayo yayikoze agendeye ku isengesho rizwi nka Ndakuramutsa Mariya uretse ko yahinduyemo ngo bijyane n'injyana iryoheye amatwi ariko ntiyagiye kure y'amagambo yaryo ari na ho havuye izina ry'indirimbo 'Guma udusabire'.

    Jean Paul Murara ni muririmbyi, umwanditsi, umucuranzi n’ ibindi bikenewe mu muziki. Yanabaye umwalimu muri Kaminuza y’u Rwanda mu ishami ry’ubumenyi n’ikoranabuhanga (Mu yahoze ari KIST). Abantu bamumenye mu ndirimbo bita iz’ Imana ariko afite n’ izindi zivuga ku muryango.

    Album ye ya mbere yise 'Nzaririmba' yayisohoye mu 2007, iya kabiri yayise 'Umushumba wanjye' yayisohoye mu 2013 ari nayo benshi baherukaga kumwumvaho.

    Jean Paul avuga ko umuhungu akora ubukwe nyuma yo kubona umukunzi bemeranya itariki y'ubukwe Jean Paul Murara avuga ko abahungu benshi batinya gukora ubukwe kubera ko bugoye, ariko ngo siko biri

    JEAN PAUL YAGARAGAJE IBINTU BIBIRI UMUHUNGU ASABWA NGO AKORE UBUKWE


    REBA HANO UMUVUGO JEAN PAUL MURARA AHERUTSE GUSHYIRA HANZE

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109252/jean-paul-murara-umuhanzi-wanigishije-muri-kaminuza-yu-rwanda-yavuze-ibintu-bibiri-gusa-um-109252.html

  • Uyu mwaka uri kugenda ubera ubuki ibyamamare… – #rwanda #RwOT

    Uku gusinya ku bahanzi n’abandi b’ibyamamare mu myidagaduro, byerekana ko uruganda rw’imyidagaduro ruri kuzamuka ku rundi rwego. Mu minsi ishize nibwo abantu bacitse ururondogoro kubera amafaranga y’umurengera Bruce Melodie yavuze ko yahawe, ubwo yasinyaga amasezerano  y’imyaka 2, ya miliyari y’amanyarwanda  yo kwamamaza sosiyete yitwa ‘Food Bundle’ igurisha ibiribwa kuri Internet.

    Bruce Melodie, umuhanzi wa mbere mu Rwanda wasinyiye amafaranga menshi

    Nyuma ya Bruce Melodie kandi, hahise hungamo Nizzo kabosi wo muri Urban Boys, nawe asinyira amasezerano yo kwamamaza inzoga yitwa K. Vant, ahabwa miliyoni 20 z'amafaranga y' u Rwanda, ku masezerano  y’umwaka umwe gusa. Junior Giti nawe, ubu yinjiye mu byamamare byasinyiye akayabo k’amafaranga menshi uyu mwaka, aho yasinyize Miliyoni 65 z’amanyarwanda.

    Nizzo wasinyiye Miliyoni 20

    Umusobanuzi wa Filime rurangiranwa mu Rwanda, akimara gusinya aya masezerano, yaganiriye na InyaRwanda. Yavuze ko ashima cyane urwego imyidagaduro igezeho, n’abashoramari bakamenya agaciro k’imyidagaduro  bagashoramo imari. Yagize ati: 'Nibyo koko ubu ndi gukorana na ‘Gashemere Business Company Ltd’, ni kompanyi icuruza ibinyobwa bitandukanye, ariko njye ni ukwamamaza ikinyobwa cya  ‘Grey Bolt’. Ni amasezerano azamara umwaka umwe, ashobora kongerwa cyangwa agahagarara bitewe n’impamvu'. 

    Juniro Giti asinyira Miliyoni 65 z’amanyarwanda na ‘Gashemere Business Company Ltd’ mu kwamamaza ikinyobwa cya ‘ Grey Bolt’.

    Junior Giti uri mu basobanuzi  ba Filime bakunzwe mu Rwanda

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109236/uyu-mwaka-uri-kugenda-ubera-ubuki-ibyamamare-nyuma-ya-bruce-melodie-na-nizzo-hiyongereyeho-109236.html

  • Umuryango wa Jay Polly umaze kumenyeshwa icyamwishe. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko isuzuma ryakozwe na Laboratwari y'u Rwanda y'Ibimenyetso bishingiye ku Bumenyi n'Ubuhanga bikoreshwa mu Butabera (RFL), rigaragaza ko Jay Polly yishwe n'ikinyabutabire cyitwa Methanol (Methanol alcohol intoxication).

    Ubwo Jay Polly yitabaga Imana ku wa 2 Nzeli, byatangajwe ko hagiye gukorwa iperereza rigomba kugaragaza mu buryo bwimbitse icyamwishe. Gusa ikinyamakuru Igihe cyavuze ko RIB yatangaje ko iri perereza ryarangiye.

    Bisobanurwa ko mu mubiri we hasanzwemo ikinyabutabire cya methanol cyinshi cyateye umutima we guharara ibizwi nka 'cardiorespiratory arrest'.

    Amakuru agaragaza ko ku munsi ubanziriza urupfu rwe, Jay Polly na bagenzi be barimo uwitwa Iyamuremye Jean Clement na Niyomugabo Jean Claude bakurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge na Harerimana Gilbert ukurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi banyoye ibintu byavanzwe hifashishijwe isukari, alcool n'amazi ashyushye. Harerimana niwe wari wabivanze.

    Nyuma yo kubinywa bose bamerewe nabi bajyanwa mu bitaro ari n'aho Jay Polly yaje kugwa.

    Kugeza ubu uwitwa Niyomugabo Jean Claude yamaze gusezererwa nyuma yo kuvurwa, mu gihe Iyamuremye na Harerimana bakiri mu bitaro.

    Amakuru avuga ko uyu Iyamuremye afite ikibazo cyo kutabona neza bishobora kumuviramo ubuhumyi bwa burundu biturutse kuri iki kinyabutabire. Guhuma amaso ni imwe mu ngaruka ishobora kuterwa no kunywa ikinyabutabire cya Methanol.

    Kugeza ubu muryango wa Jay Polly wamenyeshejwe icyishe umuvandimwe wabo hanyuma Harerimana wabahaye ibi binyobwa yatangiye gukurikiranwa n'amategeko.

    Source : https://yegob.rw/umuryango-wa-jay-polly-umaze-kumenyeshwa-icyamwishe/

  • Urwibutso rukomeye rwa Jay Polly yasigiye abahanzi nyarwanda barimo Bulldogg wiyemeje kuzafasha abana be #rwanda #RwOT

    Nta gushidikanya ko ibyo bavuga ari byo kuko ashobora kuba ari we muhanzi wakoranye indirimbo nyinshi na bagenzi be baba abakomeye n'abakizamuka.


    Riderman ati 'yari umuntu w'umugabo'

    ' Agiye akiri muto kandi yari afite byinshi byo gutanga ariko ntekereza ko nubwo hari ibyo agiye adakoze hari byinshi yakoze. Hari benshi bakora umuziki kuko bamurebeyeho, hari uruhare runini yagize mu kubaka umuziki nyarwanda ni uwo gushimirwa kandi tuzamukumbura.

    Yari umuntu w'umuhanga. Usabana, ugira inkuru nyinshi, uzi kubana, yari umuntu uvugisha ukuri, wa muntu mufitanye ikibazo mugahura mushobora kuganira n'abantu bakuru aho kugira ngo muryaryanye mukabwizanya ukuri ibintu bigakemuka. Yari umuntu w'umugabo.'

    'Jay Polly ni umurenze'- MC Tino


    'Ababizi n'abatabizi bamenye ko Jay Polly ari umuntu urenze bya hatari, bitari ibyo kuvuga umuntu yapfuye akiri na muzima nta muntu utabizi. Ni umuntu wagira urugwiro, umutima mwiza, ukunda gusabana akuganda gusetsa, agira urwenya rwinshi cyane. Yari umuntu w'abantu ni nka gikundiro. Sinzi ukuntu namuvuga.'

    Yageze aho ambere nk'umuvandimwe- Platini

    'Twahuriye muri Studio yitwa ONB twari abasore bafite impano n'inzozi, guhera ubwo ntitwigeze dusigana, twarasangiye, twaragendanye. Jay Polly ni we muntu nzi narebesheje amaso yanjye wakunzwe kurenza abandi.

    Kuva twahura twarahuje, twari inshuti zikomeye cyane, no gukora indirimbo byarikoraga n'ubu yitabye Imana twari dufitanye imishinga myinshi, nta n'ubwo ari indirimbo gusa hari n'ibindi byo mu buzima busanzwe kuko yagezeho ambera nk'umuvandimwe.'

    'Imana imucire urubanza rurimo impuhwe'- Diplomate

    'Twahuzwaga akenshi kuri producer umwe, tumenyana uko tuba abantu bameze nk'abasangirangendo, ibibazo byose tubicanamo. Iryo sano ntaho ryari ryaragiye no mu gihe cyashize kitari icya kure yansanze kuri studio imwe, turaganira ku by'umuziki wacu, Hip Hop muri rusange hari n'akantu yahise ankorera ntari niteguye nyuma y'aho ntitwongeye kubonana.

    Ibyo byongera ishusho ngari ye ukuntu yari ateye. Ni igikuba cyacitse nta kundi turabyakira ahubwo tukamuragiza nyagasani kugira ngo amwakire kandi amucire urubanza rurimo impuhwe.'

    'Twari tumaze gukora alubumu yose'- Li John

    'Mfite alubumu twari tumaze gukora indirimbo 12. Jay Polly yari umuntu w'umuhanga uretse ko kuba yakoraga Rap yagira ibitekerezo mu bijyanye no kuririmba. Yari wa muntu uza azi ikintu ashaka. Indirimbo namukoreye ni zimwe mu zanyuma yakoze.

    Twari twarafashe igihe dukora indirimbo nyinshi icyari gikurikiyeho kwari ugufata amashusho.'

    Yashyize itafari ku izina ryanjye- Young Grace

    Jay Polly nari muzi nkiga mu cyiciro rusange cy'amashuri yisumbuye nsubiramo indirimbo ze ku ishuri. Ngiye mu cyiciro cyisumbuye niyumvamo Hip Hop ndayikora, kubera ukuntu nakundaga indirimbo ze nifuza gukora na we ndabimusaba abarabyemera, akajya anyobora, akajya anjyana mu bitaramo.

    Izina Young Grace hari itafari yashyizeho, indirimbo Mpa Umusada yatumye abantu bamenya ku bwe kuko yari umusitari ukomeye.'

    Ndayishimiye Bertrand wamenyekanye nka Bulldogg yavuze ko byinshi yari kuvuga yakabivuze akiri muzima kuko banyuranye muri byinshi mu buzima.

    Ati 'Njyewe sinzi ko navuga ibintu byinshi kuko ibyo ntamubwiye akiri muzima sinabivuga aka kanya. Twagendanye urugendo rw'ubuzima ntabwo twabaye inshuti ahubwo twari abavandimwe. Hari igihe twaryamaga mu nzu nta kintu cyo kurya dufite, dufite nka 1000 Frw ariko tukavuga tuti 'tuzabikora nubwo twavukiye mu miryango idakize.' Twarasunikanaga. Agahinda ntabwo kashira aka kanya kubera kubona umuntu mwasangiye mukennye cyangwa mukize umushyize mu itaka ni agahinda gakomeye.'

    Uyu muhanzi yagaragaje ko mugenzi we ibyavuzweho ko yazize we atabyemera kandi ariko bizahora kugeza igihe na we azava mu mubiri.

    Uyu muhanzi yagaragaje ko mugenzi we ibyavuzweho ko yazize we atabyemera kandi ariko bizahora kugeza igihe na we azava mu mubiri.

    Ati 'Ibyo yazize ni ibyo bamushyizeho byose sinabyemera, nzabihagararaho kugeza umunsi nzongera gusubira ku muremyi. Ni ubusa. Yari afite abana babiri. Ukuntu ari umuntu utangaje nta mugore wamuvangira kuko bose basa na we. Twese uko turi aha Fifi cyangwa Sharifa mwese muzatekereze kuri bariya bana ba Kabaka (Jay Polly) kuko yabitagaho cyane. Njye aba bagore be nibampamagara nzabafasha. Nahoze mbwira Sharifa kuzahuza umwana n'uwo yabyaranye na Fifi.'

    Yavuze ko bajyaga bashwana ariko ubu akaba yaramubabariye akimenya amateka. Yamusabiye Imana kumugirira ibambe bakazongera guhurira aheza.

    Nirere Afsa uzwi nka Fifi wabyaranye na Jay Polly umwana witwa Crystal yavuze ko yamenyanye n'uyu muhanzi mu 2009, bagakundana imyaka ibiri nyuma bakaza no kubyarana. Avuga ko uwe ari na we w'imfura wa Jay Polly bamukunda.

    Mbabazi Sharifa babyaranye umwana witwa Khloe Ifeza, yavuze ko icyo azi ari uko uyu muhanzi yakundaga abana be cyane, ndetse na bo bakaba bafite impano nk'iya se.

    Ati ' Icyo muziho yakundaga abana be ni yo mpamvu yamuhaga abana basa na we ni na yo mpamvu nifuza ko abana be umubano wabo wakomera kurushaho kuko na bo bafite impano ikomeye. Bafatanyije bakora ikintu kiruta icya se.'

    Bangamwabo Octave wafashaga Jay Polly mu mategeko, yavuze ko uyu muhanzi yapfuye bamaze iminsi mike bahuye ndetse bari barimo gutegura dosiye y'urubanza rwe ngo azagaragarize urukiko ko ari umwere arekurwe.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/urwibutso-rukomeye-rwa-jay-polly-yasigiye-abahanzi-nyarwanda-barimo-bulldogg

  • Neema yahanuye abanyempano by’umwihariko abaririmbyi bagenzi be #rwanda #RwOT

    Umuririmbyi, umunyamakuru Neema Marie Jeanne ni umukristo ubarizwa mu itorero rya ADEPR wamenyekanye muri korari Iriba ndetse na New Melody, cyane cyane mu ijwi ryiza cyane. Ni umwana wa gatanu mu bana umunani, akaba yarashakanye na Aime Ndayambaje muri Mutarama mu 2017, kuri ubu bakaba bafite n’umwana nyuma y’imyaka bategereje urubyaro.

    Nk’umuhanzi ufite inararibonye mu muhamagaro w’ivugabutumwa mu buryo bw’indirimbo, afite icyo asaba abafite aho bahuriye n’umurimo w’Imana ariko cyane cyane ku bahanzi n’abaririmbyi bagenzi be. Arabasaba gukorera Imana bicisha bugufi, dore ko ngo uyu murimo ari ukuzuzanya. Impano abvuga kozatangiwe kungura itorero atari kubwo kuzamura amazina y’abazikoresha. Neema yavuze ibi mu kiganiro yagiranye na Life Radido ati'

    Icyo urimo gukoresha ni icyo wahawe ntabwo ari ikintu wicukumburiye wowe ubwawe ngo ukihereze, ngo uvuge uti aya ni amaboko yanjye. Iyo wahawe witwara nk’uwahawe, uwahawe rero akwiye kuba aciye bugufi imbere y’uwamuhaye. Ibyo dufite ntabwo biruta icyo twahawe, icyo wahawe(Impano) ukwiye kugikoresha mu buryo buciye bugufi.”

    Neema yakoze umurimo w’Imana muri Korari Iriba atishyira hejuru nubwo yafatwaga nk’inkingi ya mwamba muri yo

    'Abantu benshi bamenye Iriba kubera indirimbo 'Yakobo’, ariko ntabwo yari iyanjye [Nubwo nayihimbye] yari iya korari Iriba. Kandi ntabwo yari kuririmbwa neza iyo Iriba ritabaho: Ni ukuvuga ngo abanyikirizaga bafite uruhare runini mu kugira ngo indirimbo imere neza. Nubu nta kintu nandika ngo numve ko…, ni impano nahawe kuyikoresha neza muri korari ni ibintu byoroshye cyane. Numvaga kuririmba nk’itsinda bifasha cyane, kuririmba ngenyine mba numva bibishye.'

    Uyu muhanzikazi atangaza ko atigeze yibagirwa korari Iriba yarerewemo nkuko benshi bakunze kumubona muri iyi minsi mu bikorwa bya New Melody babikeka, ko ahubwo nk’uko n’abandi bakoranye murimo w’Imana mu majyepfo bagiye mu mihamagaro itandukanye aho bari, ariko bajya bafata igihe bagashyikira korari(Iriba) yabo mu gikorwa runaka. Si ibyo gusa kandi ngo n’indirimbo aracyazibahimbira uko ashobojwe.

    Neema ahora asaba Umwuka Wera kumumurikira buri gihe, bityo ngo abashe kubona n’igifasha abandi. Uyu muhanzi n’abagenzi be bo muri New Melody baherutse gushyira hanze indirimbo nsha NDAKWIRINGIYE yahembuye imitima y’abatari bake.

    Reba hano NDAKWIRINGIYE by NEW MELODY CHOIR (Official Video)

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Neema-yahanuye-abanyempano-by-umwihariko-abaririmbyi-bagenzi-be.html

  • Iwacu Muzika Festival: Mukuru wa Jay Polly ya… – #rwanda #RwOT

    Mu gitaramo cyo guha icyubahiro umuraperi Jay Polly cyabaye ku mugorowa wo ku wa Gatandatu tariki 04 Nzeri 2021, mukuru wa Jay Polly ari we Uwera Jean Maurice waganiriye na Lucky Nzeyimana, niwe watanze ubuhamya bw'uyu muraperi, ubuzima yaciyemo ndetse n'ikigiye gukorwa kugira ngo abo yasize n'ibyo yasize bishyigikirwe.

    Uwera Jean Maurice ubitse amateka akomeye ya murumuna we Jay Polly yatanze amateka akomeye y’uyu muraperi ndetse ahishura ibitari bizwi kuri uyu muraperi anavuga n'uburyo yagiye amugira inama nyuma yo gukora ariko ibyo akoreye mu muziki bikaribwa n'abandi.

    Uwera Jean Maurice yavuze kandi uburyo yageze kuri Radiyo bigatungura Jay Polly amwumvise bwa mbere akamubaza niba ariwe yumvishe. Ibintu byaje kugenda neza ubwo uyu muraperi yatwaraga Primus Guma Guma Super Stsr akabona amafaranga agera kuri Miliyoni 24 Frw ariko akamubuza amahoro akaza kumureba nka mukuru we akamugisha inama.

    Maurice yagize ati: “Guma guma ya kane nari mfite camera yanjye mu gatuza, Jay Polly akimara kuyitwara njyewe nahise nsohoka njya mu rugo, ngeze mu rugo mbona Jay Polly, Ambasaderi Joseph Habineza ari kumuha cheque ya miliyoni 24 kugeza ubwo sinabyemeraga.''

    Icyo gihe Jay Polly aza kumureba, Uwera yavuze ko yamubwiye ko afite ubwoba bw'abo aririmbira bagiye kumuvaho kubera ukuntu yari agiye kuba umukire. Uwera kandi yavuze ko we icyo yashakaga ari uko yiga ndetse ibindi byose akabireka ndetse n'umuziki akawureka ariko yasanze Jay Polly ari uw’abakunzi be koko.

    Mukuru wa Jay Polly yavuze ko bitewe n'ibyo yabonye yizeye kubisigasira ndetse akazita ku bana babiri Jay Polly asize. Yasoje asaba abantu batandukanye bamukundaga gukomeza umutima wabo bafasha umuryango nyakwigendera Jay Polly asize.

    Nyuma y'ubwo buhamya bwose hakurikiyeho igitaramo Jay Polly yari aherutse gukora aho yaririmbye indirimbo zitandukanye zakunzwe n'abatari bake mu bihe bitandukanye. Jay Polly uherutse kwitaba Imana ni umwe mu bahanzi bagaragaye muri Iwacu Muzika Festival kuva yatangira.

    Yagaragaye mu bitaramo bya mbere bya Iwacu Muzika Festival byabaye bwa mbere mu 2019, anagaragara mu 2020 ubwo iri serukiramuco ryabaga bwa mbere. Kuri gahunda yo guherekeza nyakwigendera yamaze gutangazwa, byitezwe ko kuri iki Cyumweru mu gitondo saa yine ari bwo umuryango wa Jay Polly uzajya gufata umubiri we mu bitaro bya Kacyiru.

    Nyuma yo gufata umubiri wa Nyakwigendera, saa sita z’amanywa hazatangira imihango yo kumusezeraho bwa nyuma izabera mu rugo iwe aho yari atuye Kibagabaga ikazarangira saa munani z'amanywa. Nyuma yo kumusezeraho bwa nyuma, abazaba bashyizwe ku rutonde bazahita berekeza ku irimbi rya Rusororo aho nyakwigendera azashyingurwa mu muhango uteganyijwe i saa kumi z'igicamunsi.

    REBA HANO IGITARAMO CYA NYUMA JAY POLLY YAKOZE MURI IWACU NA MUZIKA

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109189/iwacu-muzika-festival-mukuru-wa-jay-polly-yahishuye-ko-jay-amaze-gutwara-guma-guma-yabuze–109189.html

  • Mukuru wa Jay Polly yahishuye uko bashwanye bapfa indirimbo #rwanda #RwOT

    Umuvandimwe wa Jay Polly,Uwera Jean Maurice uzwi nka “UncleMorris”yatangaje ko uyu muraperi babanje kutumvikana ubwo yari atangiye umuziki bitewe n'imyandikire ye.

    Uyu mugabo usanzwe akora kuri RBA,yavuze ko uyu muvandimwe we uherutse gutabaruka bigeze gushwana bapfa indirimbo yakoze avuga ko ari imfubyi itagira se na nyina n'abavandimwe kandi bahari.

    Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Uwera Jean Maurice yavuze ko hari umunsi umwe atumvikanye neza na Jay Polly kubera indirimbo atavuze ariko bikekwa ko ari 'Akanyarirajisho'.

    Yagize ati 'Akenshi ntabwo twakundaga kumvikana ku ndirimbo ze cyane ko iyo yakoze yose yayinyumvishaga mbere mwebwe mutarayumva, urugero hari nk'iyo yakoze numva yiyise imfubyi itagira se na nyina, n'abavandimwe. Namuhamagaye ndakaye ndamutuka cyane arankupa ndakara kurusha noneho !!!.

    Musanga aho ari nsanga ari kumwe nabajama bari kuyibyina ahita ambwira ngo nayitanze hose Ku ma radios ngwino nguhe kamwe ndongera ndarakara!!!!! Iyo Ndirimbo yarakunzwe biteye ubwoba!!! Urakeka iyo Ndirimbo ari iyihe???mu minsi ye yanyuma yari asigaye akora indirimbo akaba ari njyewe uyikina bwa mbere kuri Radio'

    Kuri iki cyumweru tariki 05 Nzeri 2021,nibwo hateganyijwe gahunda yo gusezera bwa nyuma kuri nyakwigendera Jay Polly ndetse no kumusengera bikaba bizabera iwe aho yari atuye.

    Gahunda yashyizwe hanze nuko saa yine kugera saa sita z'amanywa ari ugusezera no gusenga mu rugo aho Jay Polly yari atuye, saa sita ni ugufata umurambo ku bitaro bya Kacyiru, naho kuva saa munani kugeza saa kumi ni ugushyingura mu irimbi rya Rusororo, saa kumi kugera saa kumi n'imwe ni ugukaraba.

    Jay Polly wari umaze iminsi afungiye muri gereza ya Nyarugenge mu Murenge wa Mageragere aho yari akurikiranyweho ibyaba bitandukanye,yatabarutse mu ijoro ryo kuwa Kane w'iki cyumweru.

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/imibereho/article/mukuru-wa-jay-polly-yahishuye-uko-bashwanye-bapfa-indirimbo