Tag: Muzika

  • Abahanzi nyarwanda bananiwe kubangikanya umuziki n'amashuri. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuziki mu Rwanda ugitangira byari bigoye ko hari uwatekereza ko uzatunga umuhanzi. Byatumye hari abahanzi bahitamo guha umwanya wabo amashuri, kuko nta kizere cy'uko umuziki wazabatunga ubwawo bari bafite.

    Hari abahanzi bagiye badindira mu muziki izina ryabo rigasubira hasi. Nk'uwo iyo muganiriye hari igihe urwitwazo arugira amasomo, yego biranashoboka cyane ariko mu byukuri aba nta cyizere afite ko wenda umuziki we wazamubeshaho mu buzima yifuza.

    Hari abahanzi bameshe kamwe, basanga batabangikanya amasomo n'umuziki.

    Riderman

    Umuraperi Riderman, Yavuye mu ishuri ageze mu mwaka wa gatatu wa Kaminuza aho yigaga mu ishuri ry'ubukerarugendo n'amahoteli rya UTB yahoze ari RTUC.

    Ntitwarangiza iyi nkuru tutanenze umuraperikazi Young Grace wigeze (muri 2015) gusohora ifoto agaragaza ko yamuritse igitabo cyandikwa n'abarangije Kaminuza kandi abeshya.

    The Ben

    The Ben asa nk'uwagendeye rimwe na Meddy bagerera muri USA igihe kimwe.
    Yavuye mu Rwanda ageze mu mwaka wa mbere wa Kaminuza muri ULK.

    Muri 2013 yatangaje ko yakomereje amasomo ye muri Amerika mu ishami rya Public Health.

    Kuva yavuga ibyo ntiyigeze atangaza ko yarangije ya masomo ahubwo icyo abakunzi be babona hafi buri mwaka ni indirimbo asohora n'ibitaramo akora hirya no hino.

    Meddy

    Yavuye mu Rwanda muri 2010. Icyo gihe yari arangije amashuri yisumbuye muri La Colombière, aho yigaga imibare n'ubugenge( Mathematics& Physics).

    Akigera muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika yatangaje ko yakomereje amasomo ye mu ishuri ryitwa Tarrant College muri Leta ya Texas, USA, Kuva icyo gihe uyu muhanzi ntarongera kugira icyo avuga ku myigire ye.

    King James

    Ruhumuriza James, uzwi ku izina rya King James yarangije APE RUGUNGA nyuma atangira kaminuza muri mount Kenya yiga umwaka umwe ageze aho arabihagarika.

    Nizzo Urban Boys

    Nizzo wo mu itsinda rya Urban Boys we ntiyabashije kurangiza amashuri yisumbuye kuko yagarukiye mu mwaka wa gatatu.

    Bruce Melodie

    Bamwe muri abo bahanzi biyeguriye umuziki kugeza ubu urabatunze. Urugero rwiza ni Bruce Melodie utarize cyane ariko umuziki ukaba waramukijije.

    Nta mushahara agira ariko ijwi rye rituma yinjiza amafaranga aruta aya benshi bakorera mu biro bambaye karuvati.

    Byaramuhiriye kuko yemeye kuwitangira, amashuri akayishyira ku ruhande.Bruce Melodie yize amashuri abanza ahitwa Camp Kanombe, ayisumbuye ayiga n'ubundi i Kanombe.

    Ntabwo yayarangije kuko yahise yinjira mu muziki.

    Mu bandi bahanzi bitangiye umuziki bagahagarika amashuri harimo Christopher, Buravan, King James, Derek, n'abandi.

    Source : https://yegob.rw/abahanzi-nyarwanda-bananiwe-kubangikanya-umuziki-namashuri/

  • Urukundo ntirupimirwa mu mafoto dushyira kuri Instagram- Yverry asubiza abibaza niba yaratandukanye n’umukunzi #rwanda #RwOT

    Yverry n’umukunzi we Vanessa baherutse gukora ibyatunguye benshi ubwo buri umwe yasibaga amafoto ari kumwe n’undi.

    Ibi byabaye mu ijoro ryo ku ya 28 Nzeri 2021 ubwo Yverry yahanaguye amafoto yose ari kumwe n’umukunzi we Vanessa bukeye Vanessa na we akabigenza atyo.

    Benshi mu bakurikirana imyidagaduro n’abazi iby’urukundo rwabo bahise batangira kwibaza niba aba bombi bataba bamaze gutandukana.

    Umuhanzi Yverry yagize icyo avuga kuri kiriya gikorwa cyatumye bamwe batekereza ko we n’umukunzi we batandukanye.

    Yabaye nk’uwibaza ati 'Ese ubundi urukundo rupimirwa ku ngano y’amafoto ari kuri Instagram ? Mwebwe ibyacu mube mubiretse kuko murabizi ko njyewe itangazamakuru twuzura amakuru nyayo nzayabihera nk’uko n’ayandi nyabaha.'

    Yverry uvuga ko ari mu bikorwa byo kwitegura gushyira hanze indirimbo nshya, yatangaje ko ari nabwo azatangaza ibyerekeye urukundo rwe na Vanessa bikomeje kwibazwaho na benshi.

    Uyu muhanzi umenyerewe mu ndirimbo z’urukundo, yakunze kugaragaza ko we na Vanessa bimariranyemo bitewe n’amafoto yabo yagaragaraga bari kumwe bari mu bihe byiza.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/Urukundo-ntirupimirwa-mu-mafoto-dushyira-kuri-Instagram-Yverry-asubiza-abibaza-niba-yaratandukanye-n-umukunzi

  • Kuva mu Ruhango kugera i Kigali! Urugendo rw… – #rwanda #RwOT

    Butera Knowless yavutse tariki 1 Ukwakira 1990, avukira mu Karere ka Ruhango ku babyeyi bakijijwe, ariko nyuma y'imyaka ine, Jenoside yakorewe Abatutsi imwambura ababyeyi, asigara ari impfubyi cyane ko yari yaravutse ari ikinege.

    Yize amashuri abanza ku Kacyiru muri ESCAF, akomeza mu cyiciro cya mbere cy'amashuri yisumbuye muri APARUDE (Ruhango). Abamuzi bavuga ko ku ishuri yari umukobwa ucecetse utavuga menshi, ariko ugerageza gusabana.

    Yatangiye gushabuka cyane ageze muri APACE aho yize icyiciro cya kabiri cy'amashuri yisumbuye, ari naho yatangiriye kuvumbura ko afite impano yo kuririmba.

    APARUDE aho yize icyiciro rusange, ni ishuri ry'Abadivantisiti ndetse no muri APACE, yari mu muryango mugari w'abanyeshuri b'Abadivantisiti b'umunsi wa karindwi, akaba no muri Korali Maranata kimwe n'abandi bahanzi bazwi hano mu Rwanda barimo Tonzi n'abandi.

    Iki gihe cyose cy'amashuri yisumbuye, nta muntu wari uzi izina Knowless Butera, kuko izina rye ryari Jeanne d'Arc Ingabire, umukobwa utari ufite umwihariko na muto mu buhanzi uretse gusa kuba hari ababonaga ari mwiza ku isura.

    Inzira ye y'umuziki yatangiye muri 2009 ubwo yari arangije amashuri yisumbuye, iki gihe akaba ari umwe mu binjiye mu kiragano cy'umuziki ugezweho ubu, kirimo Kamichi, King James, Dream Boys, Oda Paccy n'abandi benshi.

    Urugendo rwe rwa Muzika rwatangijwe na Safi Madiba na Kamichi

    Muri 2016, Knowless Butera yavuze ko ajya gukora indirimbo bwa mbere yagiye muri studio ya Unlimited Records yari I Nyamirambo yakorwagamo na Junior na Lick Lick, ariko icyo gihe ajyayo, Junior ni we wari uhari.

    Ubusanzwe ngo Safi wari waramaze kumenyekana mu itsinda rya Urban Boys, ngo yajyaga abwira Knowless ko abona yashobora kuririmba, ariko akitinya gusa ngo yumvaga umunsi umwe azabikora.

    Iki gihe, ngo Kamichi na Safi basanze arimo aririmba muri Studio hamwe na Junior, bamutera imbaraga bamubwira ko akwiye gukora indirimbo, aribwo yashyiraga hanze 'Nyumva' ijya ku maradio iranacurangwa, amenya ko ashobora kuba umunyamuziki.

    Kamichi wari umuhanzi akaba n'umunyamakuru kuri Voice of Africa, ndetse na Safi wari umaze kugira ubunararibonye bw'umwaka urenga mu muziki, bahetse ibihangano bya Knowless bamugeza mu itangazamakuru, Knowless atangira kumenyekana bitamuvunnye cyane.

    Urukundo rwe na Safi ruri mu byatumye abanyarwanda barushaho kumumenya, kuko aba bombi barandikwaga kenshi bakanavugwa mu itangazamakuru ry'imyidagaduro, bamwe bamwumva bagashaka kumenya indirimbo ze.

    Ibihembo bya SALAX, irembo ryinjira mu bwiza bw'umuziki kuri Knowless

    Ku nshuro ya kabiri y'ibihembo bya Salax Awards muri 2010, Butera Knowless wari umaze umwaka umwe atangiye umuziki, yashyizwe ku rutonde rw'abahanzi bakizamuka bashobora guhabwa igihembo cya 'Upcoming Artist.'

    Mu bo bahanganaga cyane uwo mwaka, harimo Naason wari warakoze indirimbo 'AMATSIKO' yari umwe mu bahabwaga amahirwe yo kwegukana iki gikombe, abategura Salax bemeza ko iki gihembo ari icya Knowless ari na cyo gihembo rukumbi yari abonye kuva yatangira umuziki.

    Iki gihembo cyabaye irembo rikomeye mu kwinjira mu bwiza bw'umuziki, kuko umwaka wakurikiyeho muri 2011 Knowless wari umaze gusohora indirimbo nyinshi yashyize hanze umuzingo we wa mbere (Album) yise 'Komeza', igitaramo cyo kumurika iyo Album kiritabirwa cyane, ndetse umukobwa wari muto atangira kujya ku byapa byamamaza by'ibigo bikomeye.

    Umwaka wakurikiyeho, yagiye gukorera mu nzu ya Kina Music iyobowe na Ishimwe Clement bari baratangiye no gukundana mu buryo bw'ibanga.

    Kina Music yahinduye umuziki n'isura bya Butera Knowless

    Kuva yamenyekana, Knowless yari umuhanzi muto wari warasanze abandi bakobwa mu muziki w'u Rwanda barimo Priscillah wari waramutanze mu muziki, Miss Jojo wari izina riyoboye abandi mu muziki w'abagore ugezweho, yasanzemo kandi abahanzi nka Miss Shanel, Liza Kamikazi, asangamo Oda Paccy, Queen Ally n'abandi.

    Kugira impano no kwinjira muri Studio ntibyari bihagije ngo Knowless abashe kwireshyeshya n'aya mazina, ndetse byamusabaga imbaraga z'umurengera.

    Gukundana na Safi byaramufashije ku ruhande rumwe kuko byamuhuzaga n'isi ya muzika, ariko ku rundi ruhande byatumaga abanyarwanda bamufata nk'umukobwa ukangisha urukundo agakora umuziki.

    Knowless amaze gushohora umuzingo wa Gatanu witwa Inzora

    Benshi mu banyamakuru n'abafana batiyumvagamo Urban Boys ya Safi, bananiwe kwiyumvamo Knowless. Ibi byiyongeraho kuba yarakoreraga mu nzu zitandukanye akora umuziki, akanakorana n'abatunganya imiziki batandukanye ku buryo kumenya umwimerere we byari bigoye.

    Muri iki gihe, umuntu wese yashoboraga guha isura ashaka Knowless, ku buryo hari n'abavugaga ko ari umuhanzikazi unywa inzoga nyinshi, hakaba n'abavugaga ko yanywaga ibiyobyabwenge, gusa nyiri ubwite yakomeje kubihakana.

    Ubwo yari amaze gushyira hanze Album ya mbere muri 2011 yise 'Komeza', yari yaramaze gutandukana na Safi wari umukunzi we, ndetse iki gihe bivugwa ko yari yaratangiye gukundana na Clement Ishimwe ubu wabaye umugabo we.

    Mu ntangiriro za 2012, nibwo byemejwe ko Butera Knowless yinjiye muri Kina Music, Ishimwe Clement ahita amufasha gutunganya Album ye ya 2 yashyize hanze muri 2012, muri uwo mwaka akaba ari nabwo yitabiriye irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star.

    Icyo gihe nibwo abanyarwanda batangiye kubona isura yindi ya Butera Knowless, isura yarimo gukora umuziki mwinshi no guhisha ubuzima bwite bw'uyu mwari, wari usigaye akundana na Clement mu ibanga.

    Muri icyo gihe, umuvuduko wari mwinshi cyane kuri Knowless, ndetse muri 2014 yashyize hanze undi muzingo wa gatatu, aba ashyize hanze imizingo itatu mu myaka itatu, naho muri 2015 yatwaye igikombe cya Primus Guma Guma, aba umukobwa uciye aka gahigo mu mateka y'iri rushanwa, umwaka ukurikiyeho wa 2016 ashyira hanze undi muzingo wa kane.

    Ubwo Knowless yigaga mu Ruhango

    Mu ruhando mpuzamahanga, Knowless yateye intambwe iruta iya benshi hano mu Rwanda

    Muri 2015, Butera Knowless yasohoye indirimbo nyinshi ziri mu rurimi rw'igiswahili, bituma ahabwa igihembo cyitwa 'Bingwa Award' gitangirwa muri Kenya.

    Mu mwaka wa 2019 yongeye gutumirwa muri Kenya ahabwa ikindi gihembo cyitwa DIVA, anahabwa ibihembo bibiri bya HIPIPO Award 2018 bitangirwa muri Uganda, mu bihembo yahawe harimo icyahembwe indirimbo ye 'Mbaye wowe'.

    Muri 2015 yashyize hanze indirimbo 'Te Amo' yakoranye na Roberto wo muri Zambia, muri 2016 asohora indirimbo 'Ujumbe' zose zakunzwe muri ibi bihugu byo mu Burasirazuba bwa Afurika, muri 2017 ashyira hanze indirimbo yo mu rurimi rw'igiswahili yise 'Peke Yangu' naho mu ntangiriro za 2018 ashyira hanze Darling yakoranye na Ben Pol ukunzwe muri Tanzania.

    Ku myaka 31 y'amavuko, Butera Knowless akunda kumvikana cyane avuga ko ashimira Imana kubera ibyo amaze kugeraho, kuko avuga ko Imana yamufashije kugera ku bintu byinshi agereranyije n'aho yavuye.

    Mu gihe cy'imyaka irenga 10 Butera Knowless amaze mu muziki nyarwanda, Butera Knowless ari mu bahanzi nyarwanda bafite ibihembo byinshi by'umuziki ndetse ni we mukobwa wa mbere ufite uduhigo n'ibihembo bya muzika mu mateka y'umuziki wa hano imbere mu gihugu.

    Mu kiganiro gito yagiranye n'umunyamakuru wa Kigali Today mu mwaka wa 2019 akomoza kubyo amaze kugeraho, Butera Knowless yagize ati 'Achievements (ibyagezweho) ni nyinshi zitandukanye, kandi zo kwishimirwa, kuko aho navuye n'aho njyeze ubu muri uyu mwaka harashimishije n'ubwo wenda atari ho nshaka kugera. Uyu mwaka by'umwihariko, uzajya kurangira hari bimwe muri byinshi nifuje kugeraho nsohoje kandi nishimira.'

    Ibyo Butera Knowless yavugaga mu mwaka wa 2019 ibyinshi yarabikoze ndetse akomeza kuba umuhanzi uri kugasongero k'umuziki nyarwanda, aba n'umuhanzikazi mwiza wo gufatiraho urugero urebeye ku buryo afatanya umuziki we n'ubuzima busanzwe burimo kurera abana kandi byose akabikora neza.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110023/kuva-mu-ruhango-kugera-i-kigali-urugendo-rwumuziki-wa-butera-knowless-wizihiza-isabukuru-y-110023.html

  • Phil Peter yakoranye indirimbo na Marina, avu… – #rwanda #RwOT

    Aya mashusho ntari mu ndirimbo aba bahanzi bombi bakoranye yasohotse kuri uyu wa Gatanu tariki 1 Ukwakira 2021, ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki za Dj Phil Peter.

    Iyi ndirimbo isohotse mu gihe Phil Peter yari aherutse kuyiteguza abantu, akanabwira Davis D ko natinda gusohora indirimbo ye yise 'Eva' azamutanga, kandi azamuhiga.

    Iyi ndirimbo “Bimpame” ya Phil Peter na Marina, ivuga ku bantu babiri bakundana, aho umwe aba abwira mugenzi we ko hari abamubaza impamvu yamuhisemo, ariko akabima amatwi.

    Uyu mushinga w'iyi ndirimbo wari umaze imyaka ibiri. Phil Peter avuga ko we na Marina batinze kuyikora, ahanini bitewe na gahunda zitandukanye za buri umwe.

    KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘BIMPAME’ YA PHIL PETER NA MARINA

    Uyu munyamakuru wa Isibo Tv, yabwiye INYARWANDA ko Marina ari inshuti ye y'igihe kirekire, ku buryo baziranyi na mbere y'uko uyu mukobwa yinjira mu muziki, akiri ku ntebe y'ishuri.

    Yavuze ko Marina ari no mu bigeze kwitabira irushanwa 'Special Vacance' yakoreraga kuri Isango Star, ryashakishaga impano mu rubyiruko rushaka kwinjira mu muziki.

    Ati 'Marina hari ibintu byinshi by'amabanga tuziranyeho. Ni umuntu wanjye, gukorana nawe ni byiza.'

    Akomeza ati '…Ni umuhanzi w'umuhanga ukeneye amaboko mazima. Imana ishimwe ko yavuye muri The Mane akagarukamo. Nkubwije ukuri afite ibintu byinshi byo kwereka Isi, ahubwo birasaba umuntu ubasha kubivumbura akamenya n'ibyo ari byo.”

    Mbere y'uko iyi ndirimbo isohoka, ku mugoroba w’uyu wa kane tariki 30 Nzeri 2021, hasohotse amashusho agaragaza Phil Peter ari mu buriri bumwe na Marina, bameze nk'aho bari gushwana, umwe atemera ibyo undi yamusabaga.

    Aya mashusho yahererekanyijwe n'abantu batandukanye, buri wese yibaza icyo bakoraga. Murungi Sabin yanditse kuri ‘post’ ya Irene Murindahabi agira ati “Agatwiko kari aha. Phil Peter buriya waviriyemo aho sha?”

    Phil Peter yabwiye INYARWANDA, ko nta byinshi yavuga kuri aya mashusho kuko yasohotse mu gihe atari yiteze, kandi ko umuntu wayasohoye batari babivuganye.

    Ati 'Ntabwo ari njyewe wayasohoye. Hariya habayeho akabazo ntashobora kuvugira mu itangazamakuru. Ariko nta kundi.'

    'Kuko iyo nshaka kuyasohora ntabwo yari gusohokera kwa Irene [Umunyamakuru M. Irene bakorana kuri Isibo Tv], yari gusohokera ku muntu tutaziranye, umuntu abantu batacyeka, ariko nyine habayemo akantu nzasobanura mu gihe kiri imbere.'

    Ni amashusho avuga ko atashyizwe muri iyi ndirimbo 'kuko Producer wayakoze yahisemo ay'ingenzi'.

    Phil Peter asohoye iyi ndirimbo mu gihe aherutse gusohora indirimbo 'Amata' yakoranye na Social Mula, ihatanye mu bihembo bya Kiss Summer Awards.

    Ni indirimbo avuga ko ikwiye gutwara igihembo mu cyiciro cy'indirimbo y'impeshyi, ashingiye ku gihe imaze itava ku ntonde z'indirimbo zikunzwe. Ariko ngo 'kuko umuntu wese uba uhatanye aba agomba kukijyana, ndategereje'.

    Iyi ndirimbo mu buryo bw'amajwi, yakozwe na Producer Element inononsorwa na Producer Bob, naho amashusho yakozwe na Oskados Oscar, afatirwa ku Kivu.

    Phil Peter yasohoye amashusho y'indirimbo yise 'Bimpame' yakoranye na Marina

    Phil Peter yavuze ko amashusho amugaragaza ari mu gitanda kimwe na Marina yasohotse mu buryo atazi

    KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'BIMPAME' YA PHIL PETER NA MARINA

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110032/phil-peter-yakoranye-indirimbo-na-marina-avuga-ku-mashusho-yasakaye-abagaragaza-mu-gitanda-110032.html

  • Kuki Yverry n’umukunzi we basibye amafoto, ba… – #rwanda #RwOT

    Ni nako byagenze kuri Vanessa, kuko kuri konti ye ya Instagram yasibye amafoto yose yari yashyizeho agaragaza umusore yihebeye. Yasigajeho amafoto 25 amugaragaza mu bihe bitandukanye harimo aho yasohokeye ahantu hatandukanye n'ahandi.

    Yverry we yasigajeho amafoto 11 harimo amugaragaza aririmba mu bitaramo bitandukanye, ateguza abafana n'abakunzi b'umuziki indirimbo ze n'andi.

    Gusa, Vanessa ukurikirwa n'abantu barenga ibihumbi 11 muri 'bio' ye ya Instagram haracyanditsemo ko ari 'inshuti nyanshuti ya Yverry'.

    Imyaka ibiri, Yverry na Uwase Vanessa bari mu rukundo. Mu bihe bitandukanye, bagaragaje ko ibyabo biganisha ku kurushinga.

    Umuhanzi Yverry wakunzwe mu ndirimbo zitandukanye yabwiye INYARWANDA, ko urukundo rudapimirwa mu ngano y'amafoto umwe mu bakundana asangiza abamukurikirana.

    Ahamya ko ntawe ukwiye kwibaza impamvu we na Vanessa basibye amafoto bari bahuriyeho kandi mu gihe kimwe.

    Ati 'Ese ubundi urukundo rupimirwa ku ngano y’amafoto ari kuri Instagram? Mwebwe ibyacu mube mubiretse kuko murabizi ko njyewe itangazamakuru twuzura amakuru nyayo nzayabihera nk'uko n'ayandi nyabaha.'

    Uyu muhanzi ukurikirwa n’abantu ibihumbi 69, avuga ko ari mu bikorwa byo kwitegura gushyira hanze indirimbo nshya, ari nabwo azatangaza ibyerekeye urukundo rwe akavana abantu mu rujijo.

    Yverry aherutse kuririmba mu gitaramo cya Iwacu Muzika Festival 2021, aho yatanze ibyishimo bisendereye agatangaza ko azakomeza gukorana indirimbo zubakiye ku rukundo.

    Aherutse gusohora indirimbo yise 'Umuzimu' nyuma ya 'Ibara' 'Quarantine Love' n'izindi.

    Yverry yavuze ko urukundo rudapimirwa mu ngano y'amafoto abakundana bashyira kuri Instagram
    Yverry yavuze ko bidatinze azatangaza icyihishe inyuma yo gusiba amafoto kuri Instagram no guhagarika gukurikira umukunzi we kuri Instagram
    Mu byumweru bitatu bishize, Vanessa yanditse kuri konti ye ya Instagram avuga ko umugore uzi akeneye kugeraho ntajya atinya kurya wenyine

    YVERRY AHERUTSE GUSOHORA INDIRIMBO YISE 'UMUZIMU'

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110008/kuki-yverry-numukunzi-we-basibye-amafoto-bagahagarika-gukurikirana-kuri-instagram-110008.html

  • Abana bane bavukana barimo abafite ubumuga bw'uruhu basohoye indirimbo nshya. #rwanda #RwOT

    Nyuma y'aho leta y'u Rwanda yimakaje ubumwe mu banyarwanda nta vangura iryo ari ryo ryose, byatumye n'abafite ubumuga bw'uruhu bitinyuka bagakora ibijyanye n'imyidagaduro. Ni muri urwo rwego havutse itsinda HolyMercy ry'abana bane bavukana bakora umuziki wo guhimbaza Imana. Batatu muri bo bafite ubumuga bw'uruhu.

    Iri tsinda ryasohoye n'indirimbo nshya yitwa'Gumana nanjye'. Muri iyi ndirimbo basaba Imana kubaba hafi yabo. Iyi ndirimbo ikaba yakiriwe neza n'abakunzi b'umuziki nyarwanda cyanecyane abihebeye umuziki uhimbaza Imana. Baherukaga gusohoka indirimbo mu mwaka ushize wa 2020.

    Aba bana bose ni abahanga mu myidagaduro dore ko umuto muri bo Fabiola Ndihokubwayo ari umukinnyi kaburahiwe mu gukina amafilimi(sinema)kuko yegukanye ibihembo by'umukinnyi ukiri muto mu marushanwa yo gukina sinema y'iserukiramuconyafurika azwi nka Mashariki African Film Festival.

    Fabiola ni umuhanga mu gukina sinema,yabigarije mu bihembo yegukanye muri Africa byo gukina sinema. Yabiheshejwe na filimi yakinye yitwa Dusabejambo Clementine, aho yakinye neza cyane.

    Iri tsinda HolyMercy ryakoreye iyi ndirimbo muri studio yitwa Umushanana Records,ikaba yarayikoze mu majwi n'amashusho.

    Kubera ubushobozi berekanye mu muziki nyarwanda byatumye basinyishwa na kampani yitwa Igihozo Music ikaba ishami ry' Igihozo Rwandan Association Inc iteza imbere umuco nyarwanda mu gihugu cya Australia,iyobowe n' uwitwa Joy Key.

    Aba bana batangaje ko bagiye gushyiramo umwete bagakora cyane ngo kuko babonye ibyo bakora abantu babikunda bituma iyi kampani ibasinyisha.

    Iri tsinda Holly Mercy bavuga ko bafite byinshi bafitiye Abanyarwanda ndetse ko bafite intego yo kuzageza ubutumwa bwiza henshi bashoboka.

    Kanda hano urebe indirimbo 'Gumana nanjye' baherutse gusohora

    Source : https://impanuro.rw/2021/09/30/abana-bane-bavukana-barimo-abafite-ubumuga-bwuruhu-basohoye-indirimbo-nshya/

  • The Ben na Miss Pamella bateye amatsiko menshi abafana babo. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzi The Ben yateye amatsiko menshi abafana be ubwo yatangazaga ko hari ikintu kiza cyane agiye gushyira hanze. Bamwe bakeka ko ari album nshya agiye gukora ,abandi bakeka ubukwe.

    Mu mashusho uyu muhanzi yashyize kuri konti ye ya Instagram ahashyirwa ubutumwa bumara umunsi umwe, The Ben yagaragaraga nk'uri kwifotoza ndetse bisa nk'aho hari ikintu kidasanzwe ari gutegurira abakunzi b'umuziki nyarwanda n'abanyarwanda muri Rusange.

    The Ben ashyiraho ayo mashusho mato yanditse abwira abakunzi be ko hari ikintu cyiza kiri hafi gushyirwa hanze vuba cyangwa se gutangazwa. Nyuma y'ubwo butumwa umukunzi we Miss Uwicyeza Pamella yanditse mu byishimo byinshi agira ati 'AMEN' (Bisobanuye ngo 'Bibe gutyo'), maze akurikizaho emoji y'umutima mu kugaragaza urukundo akunda uyu muhanzi Mugisha Benjamin wamamaye mu muziki nka The Ben.

    Source : https://yegob.rw/the-ben-na-miss-pamella-bateye-amatsiko-menshi-abafana-babo/

  • Clarisse Karasira yakanguriye abakundana guhe… – #rwanda #RwOT

    Gutandukana kw'abashakanye, kenshi bishingira ku kuba hari ibyo badahuza, ingeso umwe yanze gucikaho, gucana inyuma, kumenya ko hari ibyo mugenzi we yamuhishe kandi akaba adashobora kubyihanganira, ubuzima butandukanye n'ubwo umwe yari yiteze n'ibindi.

    Ijwi rya benshi mu batandukanye ryumvikana rivuga ko atari agishoboye kubana na mugenzi we. Kandi ko aho kugira ngo batandukanywe n'uko umwe yishe undi, yahisemo guca inzira ze atangira ubuzima bwa wenyine. Ibi bigira ingaruka ku bana.

    Mu 2020, Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ibarurishamibare (NISR), cyasohoye raporo y'ubushakashatsi cyakoze mu 2019 bugaragaza ko imiryango 8, 941 mu Rwanda yemerewe n'inkiko gutandukana burundu, buri umwe atangira ubuzima bwe.

    Raporo y'iki kigo kandi inagaragaza ko mu 2017, imiryango 69 yemerewe n'amategeko gutandukana naho mu 2018 imiryango yemerewe gutandukana ni 1, 311.

    Hari abavuga ko gatanya ziyongera kubera ko nta ngufu zishyirwa mu gutegura abitegura gushyingirwa ndetse no kuba nta buryo buzwi buriho/bwifashishwa mu gukomeza gukurikirana no kugira inama abashyingiwe.

    Mu 2020, umuhanzikazi Clarisse Karasira yasomye ya Raporo ya NISR igaragaza ko mu mwaka umwe gusa gatanya inkiko zatanze zikubye inshuro umunani.

    KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘NIMUKONGEZE’ YA CLARISSE KARASIRA

    Bituma atekereza ku buryo abantu bakundana batarashakana kimwe n'abashakanye, nabo bagirana ibibazo byinshi ugasanga hari ubwo bashwanye kandi wenda hari uburyo byari gushoboka ko urukundo rushibuka.

    Atekereza n'uburyo urukundo rwa babiri rutangira rushyushye bimeze neza nyuma bikagenda bigabanyuka kuri benshi, bimuha igitekerezo cyo gutanga umusanzu we mu kubanisha neza abashakanye, yifashisha inganzo ye akora indirimbo yise 'Ni mukongeze'.

    Mu kiganiro na INYARWANDA, Clarisse Karasira yavuze ko yakoze iyi ndirimbo kugira ngo yibutse abashakanye ko uko byagenda kose biba bigishoboka guhembera urukundo.

    Ati 'Iyi ndirimbo nshya 'Nimukongeze' nayihimbye nshaka guha ubutumwa abantu bakundana ariko bageze aho babona ibyabo byananiranye, bigana ku iherezo. Yaba abatarashakana (aba fiancée, cyangwa abashakanye)

    'Numva ari indirimbo yadufasha kujya twibuka ko uko byamera kose haba hakiri amahirwe yo kubyutsa no gukongeza igicaniro cy’umubano.'

    Uyu muhanzikazi yavuze ko kuganira hagati y'abashakanye, guca bugufi, kwisuzuma kuri buri umwe, gutega amatwi mugenzi we, ari umuti ukomeye mu gucubwa uburakari bwa buri umwe, amahoro akongera agasagamba mu rugo.

    Clarisse Karasira yaherukaga gusohora amashusho y'indirimbo yise “Rwambyaye”, “Tabara” n'izindi.

    Mu buryo bw'amajwi (Audio) iyi ndirimbo 'Nimukongeze' yakozwe na Clement the Guitarist n'aho amashusho (Video) yakozwe na Bless World Music. Iyi ndirimbo yashowemo imari na Ifashabayo Sylvain Dejoie, umugabo wa Clarisse Karasira.

    Clarisse Karasira yasohoye amashusho y'indirimbo ye nshya yise “Nimukongeze”

    Clarisse yavuze ko yagize igitekerezo cyo gukora iyi ndirimbo nyuma yo gusoma Raporo igaragaza ko mu mwaka umwe gatanya inkiko zatanze zikubye inshuro umunani

    Uyu muhanzikazi avuga ko abashakanye bakwiye guharanira guhembera urukundo, kurusha gushyira imbere gutandukana

    KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'NIMUKONGEZE' YA CLARISSE KARASIRA


    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109976/clarisse-karasira-yakanguriye-abakundana-guhembera-urukundo-nyuma-yuko-gatanya-zikomeje-kw-109976.html

  • Emma yifashishije Tom Close na Riderman basub… – #rwanda #RwOT

    Mu 2009, ni bwo Emma yasohoye indirimbo yise 'Isi ntisezera', icurangwa kuri Radio zitandukanye nka RC Rusizi, Radio Rwanda n'ahandi hatandukanye.

    Iri mu ndirimbo ze zatumye aririmba mu birori bitandukanye byo gutora ba Nyampinga nko muri Kaminuza y'u Rwanda i Huye; ari no mu bahanzi baririmbye mu gihe cy'amatora y'Umukuru w'Igihugu mu 2017 n'ahandi.

    Bitewe n'uko Emma yashakaga gushyira imbere kwiga, yashyize ku ruhande iby'umuziki ariko akomeza gutunga mu rugo 'piano', kugira ngo azajye yiyibutsa iby'umuziki.

    Nyuma yo gushyira buri kimwe ku murongo mu bijyanye n'ubuzima bwite, Emma yasubukuye umuziki nyuma y'igihe kinini, ahitamo gutangira asubiramo indirimbo ye yise 'Isi ntisezera.'

    Mu guhitamo abahanzi azifashisha, yahisemo abari mu kigero cye, kandi bazahita bisanga mu murongo w'ubutumwa buri muri iyi ndirimbo.

    Nka Tom Close bahuriye ku rubyiniro rumwe mu myaka yashize, mu gitaramo baririmbyemo cyabereye muri Kaminuza ya Isae Busogo no muri Kaminuza ya Kibungo (yafunzwe burundu).

    Ni mu gihe yahisemo umuraperi Riderman kubera ko ari umuhanzi 'mwiza' yakuze akunda, akaba n’umwanditsi mwiza.

    KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘ISI NTISEZERA’ EMMA YAKORANYE NA TOM CLOSE NA RIDERMAN

    Gahunzire Aristide washinze inzu ifasha abahanzi mu bya muziki yise G&A Entertainment, ni we wakurikiranye uyu mushinga kugeza urangiye. Yahisemo Producer w'amajwi, abahanzi bazakorana na Emma, Producer w'amashusho, n'ibindi.

    Emma avuga ko afite indirimbo nyinshi yakoze abitse, ndetse ko yumvaga n’indirimbo 'Isi ntisezera' namara kuyisubiramo mu buryo bw'amajwi atazayisohora.

    Uyu muhanzi yabwiye INYARWANDA ko abo bakoranye ari bo bamusabye ko yayisohora, bitewe n'ubutumwa buyigize.

    Ati 'Njyewe numvaga ari 'Audio' ngiye kubika. Ntabwo nkubeshya, kuko hari n'izindi ndirimbo mba mfite nkakora nkabika. Hari n'izindi nigeze gukorera kwa Producer Jay P, yankoreye ebyiri nazo ndazibika.'

    'Tom Close na Aristide nibo bambwiye bati 'ariko kuki tutakora amashusho y'iyi ndirimbo ko ifite igitekerezo cyiza.'


    Umuhanzi Emma avuga ko kuba kuri iyi Si bisaba kwigengesera, kuko ubuzima buhora buhinduka

    Emma avuga ko yabitekerejeho yemeranya nabo kuyifatira amashusho, ariko ko ifatwa ry'amashusho y'iyi ndirimbo ritamworoheye, kuko byari ibintu atari aherutse.

    Ati 'Ubwa mbere nagiyeyo mvayo ntakoze kuko nabonaga nsabwa ibintu byinshi, bambwira gukora ibi n'ibi kandi ngomba no gukora akazi gasanzwe.'

    Uyu muhanzi yavuze ko iyi ndirimbo ikimara gusohoka, yabonye ibitekerezo bya benshi bamushimiye ku butumwa buri mu ndirimbo ye.

    Ni indirimbo avuga ko yagize igitekerezo cyayo ubwo yari afite imyaka 19, ku buryo nawe atazi uko byaje.

    Ati “Igitekerezo cy'iyi ndirimbo cyaje ndi muto nta kibazo nari mfite. Kuko nasoje ayisumbuye mpita mbona akazi. Gusa, nkunda guhimba indirimbo zigaruka ku buzima.”

    'Ni indirimbo igaragaza uburyo umuntu ashobora kuzamuka avuye ahantu runaka ejo ukabona ageze ahantu hagaragara, ariko igihe kimwe ugasanga asubiye ha handi yari.”

    “Nti ariko ubyitwayemo neza, ukamenya ko Isi idasezerana, wa wundi wagiriye neza uyu munsi ejo nawe ashobora kukugirira neza.'

    Yavuze ko iyi ndirimbo yayisubiyemo nyuma y'imyaka 11 kubera ko yasanze ubutumwa yaririmbyemo budasaza.

    Emma avuga ko gukorana indirimbo na Tom Close na Riderman, ari ibintu byamushimishije. Ikindi ngo uko yabatekerezaga batarahura, yasanze birushijeho.

     Ati 'Ni abantu baca bugufi. Tom Close yarangije gukora 'record' mbere y'uko ngera kuri studio, arampamagara arambwira ati 'ubanze uze wumve niba bihuye n'ibyo ushaka'. Nagezeyo ndamubwira nti 'birenze ibyo natekerezaga'.'

    Emma avuga ko agiye gukomeza gukora indirimbo zitandukanye, ariko by'umwihariko izivuga ku Rwanda n'izindi zibumbatiye ubutumwa bwubaka.

    Uyu muhanzi yamenyekanye mu ndirimbo zirimo 'Morale' yamumenyekanishije muri Kaminuza y'u Rwanda, 'Ndagukunda', 'Ndi mu rukundo', 'Amahoro' n'izindi.

    Amajwi (Audio) y'iyi ndirimbo yatunganyijwe na Bob Pro naho amashusho (Video) yakozwe na Cedric Pro. 

    Igice cya mbere cy'amashusho y'iyi ndirimbo cyafatiwe muri Kicukiro, ndetse amashusho agaragaramo umukinnyi wa filime uzwi nka 'Ndimbati'.

    Umuhanzi Emma yavuze ko yasubiyemo iyi ndirimbo imaze imyaka 11 nyuma yo kubona ko ibyo yaririmbye ari ubuzima bwa buri munsi

    Umuhanzi Tom Close yaririmbye mu ndirimbo 'Isi ntisezera' avuga ko nta muhanga w'ubuzima

    Mu ndirimbo 'Isi ntisezera', umuraperi Riderman aririmba yemeza ko ubuzima ari inshoberamahanga, ahubwo ko icyubahiro ari icy'Imana

    KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'ISI NTISEZERA' EMMA YAKORANYE NA TOM CLOSE NA RIDERMAN

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109973/emma-yifashishije-tom-close-na-riderman-basubiramo-indirimbo-ye-isi-ntisezera-imaze-imyaka-109973.html

  • Umuhanzi Vocal King yahishuye ko yakubiswe na… – #rwanda #RwOT

    Iby’iyi nkuru ni birebire ariko turagerageza kubivuga mu ncamake. Ubusanzwe yitwa Kwizera Moses, akaba ariyo mazina yahawe na Se umubyara uri mu bayobozi bakomeye muri Leta ariko tutari bugarukeho kubera impamvu z’umutekano we. Vocal King mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda.com yavuze ko yamaze imyaka 17 abana na nyina atazi se nyuma yaho nyina aza kumubwira Se maze baza guhura.

    Vocal King yahishuye uko Se uri mu bayobozi bakomeye yamukubise bikamuviramo ubumuga amuziza impano y’umuziki yifitemo

    Nyina ngo babana yari afite undi mugabo batuye i Butare ari naho bagituye kugeza magingo aya. Icyakora ngo nyuma yaho nyina amwerekeye se ndetse bakanahura ngo yarishimye nk’umwana umenye umubyeyi we nyuma y’imyaka myinshi yifuza kumumenya ari nabwo baje kubana, gusa ntibyaje kumugendekera neza.

    Bakimara kubana ngo Se yahise ahindura amazina ye ahindura n’igihe yavukiye akaba ariwe wamwise Kwizera Moses. Ngo bagitangira kubana i Rwamagana ngo ni bwo byatangiye kuba ibibazo bikomeye kuko yasanze uyu mubyeyi we yari afite abandi bagore batatu nk’uko yabisobanuye ati: “Nasanze afite n’abandi bagore nyine barenze umwe bari batatu ubwo nyine urumva ubuzima ntabwo bwari kugenda neza nk’uko nabirotaga niho nagorewe mpuriramo n’izo mbogamizi zigiye zitandukanye zo kuba nagaragaza ko nkunda umuziki ariko nkagenda mbigiriramo ibibazo bigiye bitandukanye”.

    Icyakora yavuze ko aba bagore batabaga mu rugo ahubwo hakudanga kuza abana Se yabyaranye nabo, buri wese akavuga ibitekerezo bye, ariko ugasanga we batamwiyumvamo ngo kuko wenda biyumvishakaga ko yaje kubazungura kandi we icyo yifuzaga kwari ukubona mu maso ha Se byonyine. 

    Mu myaka itanu yamaranye na Se ngo yamubwiraga ko afite impano y’umuziki ntabishyigikire ari nabyo byaje kumuviramo gukubitwa bikamusigira ubumuga. Atangira kubisobanura yagize ati: “Ntabwo yabishyigikiye, uko nagendaga ngaragaza ko mbikunda [gukora umuziki] narakubitwaga, nkatotezwa nyine ngo nanze ishuri nigize ikirara sinshaka kwiga ibintu nk’ibyo kugeza aho nyine biriya byabayeho”.

    Yabyinjiyemo neza asobanura uko byagenze ngo amukubite amunene ingoma y’ugutwi kw’ibumoso maze bikamuvurima kugira ubumuga bwo kutumva. Yatangiye agira ati: “Nyine hari nka nimugoroba mu masaha ya nimugoroba avuye mu kazi kwa kundi umubyeyi aza atongana. Sinzi umujinya aho waturutse, sinzi aho shitani yaturutse iryo joro njyewe ntabwo nzi n’uko byagenze, njyewe nisanze ndi hasi umukozi wo mu rugo yambwiye ko nari napfuye nari meze nk’umuntu uri muri koma, n’ibyinshi nabimenye mu gitondo mbona ndi kuva amaroso mu gutwi.”.

    Yakomeje agira ati: “Nari ndi mu rugo ntabwo yigeze anjyana kwa muganga ntabwo yigeze ashaka kumvuza”. Twamubajije icyatumye abihuza n’umuziki akavuga ko Se yamukubise amuhora impano ye maze asubiza agira ati: “Yarambwiraga ati wowe nukomeza kuguma muri ibyo by’umuziki ntabwo tuzigera dukorana ntabwo ibyo mba mbishaka ibyo ni iby’ibirara, ni iby’abantu batagira gahunda ni nabyo byatumye nyine ahanini anca avuga y’uko ntari umwana we”.

    Nyuma yuko amukubise akamusigira ubumuga bwo kutumva agutwi kumwe ngo yashatse kongera kumugirira nabi ahita atoroka ava i Rwamagana asubira kubana na nyina i Butare ari nawe umufasha kugeza magingo aya. Yashimangiye ko nyuma yo gukubitwa na Se bamujyanye mu bitaro bya Rwamagana bakabona akeneye ubundi buvuzi bwisumbuye bamwohereza mu bitaro bya Kanombe agakomeza gukingira se ikibaba kubera ko ari mu bayobozi bakomeye ngo arebe ko wenda yazamuvuza ariko birangira ntabyo akoze.

    Ngo yavugaga ko yaguye hasi bisanzwe mu rwego rwo gukingira se ikibaba. Icyakora ngo i Kanombe batangiye gukora iperereza ngo bamenye uko byose byagenze ahitamo gutoroka aragenda atababwiye ukuri kose ku byo Se yamukoreye.

    Ku ngingo yo gutoroka yavuze ko yabonye noneho se ashobora kumugirira nabi kurushaho ati: “Bitewe n’ibintu yari yanankoreye urumva n’ibirenze ibyo ntabwo yari kubura kubikora naganiriye na mama arambwira ati ndabizi ukuntu ameze n’ukuntu atwara ibintu ati ufite igihe gito cyo kuba uri aho ngaho kuko nkimara no kuhava yashyizeho abantu baranshakisha ariko barambura”.

    Kuva tariki 13 Kamena 2016 yamukubita, ngo ntabwo barongera kuvugana kugeza magingo aya. Iyi tariki yamusigiye igikomere atazibagirwa bituma ayishyira ku kuboko kwe nka Tatuwage [Tattoo]. Vocal King hari aho yageze aho avuga ko yatekereje kwiyahura nyuma aza kubyikuramo. Yanavuze ko yajyaga yumvaga Se ashobora kuzamugirira nabi, ati: “Yari kubikora n’ubu n’ubwo turi kuganira ibi ngibi mba mfite ubwoba”. 

    Yakomje ashimangira ko akeneye ubutabera ati: “Icyo mba nkeneye ni ubutabera bwo kuba nakwivuza nyine nkikomereza ubuzima bwanjye nkamureka nawe agakomeza ubwe ntabwo namugirira inabi nk’uko yangiriye nabi”.

    Mu kiganiro Ten To Night cya Radio TV 10 cyo kuri iki cyumweru Vocal King yashimangiye ko Se yamukubise akamumena ingoma y’ugutwi amuziza impano ye maze bikamuviramo ubumuga bwo kutumva. Yavuze ko ubungubu ugutwi kwe kw’ibumoso kutukumva ari nayo mpamvu yavuze ko akeneye ubutabera. Se umubyara nagira icyo atangaza ku byo uyu muhanzi avuga, tuzabibagezaho. 

    Kugeza ubu Vocal King afite indirimbo iri hanze yitwa ‘Isezerano’ akaba yifuza ko buri wese ukunda umuziki yamufasha uko ashoboye haba mu buryo bw’inama, kumuhumuriza n’ibindi. Uwakumva afite uwo mutima yamuhamagara kuri 0789523171. Yifitemo impano yo kuririmba kandi mu buryo bukomeye, abonye uwamufasha umuziki we wagera kure rwose.

    REBA HANO INDIRINMBO YE ISEZERANO

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109900/umuhanzi-vocal-king-yahishuye-ko-yakubiswe-na-se-uri-mu-bayobozi-bakomeye-amunena-ingoma-y-109900.html