Tag: Music

  • Ibyo Rihanna yakoreye abafana be byagutera kutazongera kuryamira niba wabikoraga – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi Rihanna uri mu bakomeye ku isi, abinyujije kuri Twitter ye yifashishije ifoto igaragaza inyuma he maze ayiherekesha amagambo areba abantu bose baryamira.

    Rihanna yagize ati ” if you woke up late…this for you “.

    if you woke up late…this for you pic.twitter.com/XMx8qeCBkQ

    — Rihanna (@rihanna) October 17, 2021

    Source : https://yegob.rw/ibyo-rihanna-yakoreye-abafana-be-byagutera-kutazongera-kuryamira-niba-wabikoraga/

  • Imyaka 14 inkuru y'urupfu rwa Luck Dube imenyekanye Sobanukirwa ibintu bitangaje abagabo 3 bamwishe bamuhoye #rwanda #RwOT

    Raporo ya Polisi ya Afurika y'Epfo ivuga ko Lucky Dube yishwe n'aba bagabo batatu aribo Mbuti Mabe, Sifiso Mhlanga na Gxowa Ludwe.

    Raporo ya Polisi ya Afurika y'Epfo kandi ikomeza ivuga ko Lucky Dube yishwe ubwo yari amaze kugeza abana be 2 kwa se wabo i Rosettenville mu mujyi wa Johnannesburg.

    Imodoka yo mu bwoko bwa Chrysler 300c yatwaye ubuzima bwa Lucky Dube.

    Polisi ya Afurika y'epfo ivuga ko Lucky Dube ajya kwicwa atari cyo cyari kigambiriwe nkuko abamwishe babivuze. Lucky Dube yari atwaye imodoka you mu bwoko bwa Chrysler 300c . Imwe mu modoka zari zihenze icyo gihe ndetse n'ubu.

    Abashinjwa kwica Lucky Dube, bavuga ko na bo ubwabo bababajwe no kubona ko bishe umuhanzi basanzwe bakunda, bamwitiranyije n'abashoramari b'abanya-Nigeria bakorerga muri icyo gihugu. Bivugwa ko kandi abo bagabo bashakaga kwambura amafaranga uwari mu modoka batitaye ku wo ari we ndetse n'imodoka ye bakayitwara.

    Mu masasu menshi bamurashe, amwe yaramufashe bituma ata umuhanda imodoka yarimo igonga igiti kikini cyari impande y'umuhanda ahita apfa.

    Lucky Philip Dube yavutse kuwa 3 Kanama 1964 avukira i Ermell muri Transvaal muri Afurika y'Epfo. Yaje kuba icyamamare mu njyana ya Reggae aho yaririmbaga indirimbo zisakaza amahoro n'urukundo mu bihe bibi Afurika y'Epfo yari ihanganye n'irondaruhu mu cyitwaga Apartheid. Yapfuye kuwa 18 Ukwakira 2007 azize abagizi ba Nabi.

    Zimwe mu ndirimbo ze zitazibagirana twavuga nka: Remember Me, Together as One, No Body can Stop Reggae n'izindii nyinshi zigikunzwe kugeza ubu.

    Abasore 3 bahamijwe kwica Lucky Dube ubu bafunzwe burundu

    Impamvu nyamukuru yatumye Lucky Dube yicwa.

    Nyuma y'urupfu rwe, Polisi yashyizweho igitutu n'abafana be kugira ngo itahure abamwishe. Ni muri urwo rwego yatanye muri yombi abantu 5. Tariki ya 31 Werurwe 2009 ni bwo 3 mu bari bafunzwe baje guhamwa n'icyaha cyo kwica Dube banahanishwa igihano cya Burundi mu gihome.

    Imodoka yo mu bwoko bwa Chrysler 300c yatwaye ubuzima bwa Lucky Dube
    Polisi ya Afurika y'epfo ivuga ko Lucky Dube ajya kwicwa atari cyo cyari kigambiriwe nkuko abamwishe babivuze. Lucky Dube yari atwaye imodoka you mu bwoko bwa Chrysler 300c . Imwe mu modoka zari zihenze icyo gihe ndetse n'ubu.

    Abashinjwa kwica Lucky Dube, bavuga ko na bo ubwabo bababajwe no kubona ko bishe umuhanzi basanzwe bakunda, bamwitiranyije n'abashoramari b'abanya-Nigeria bakorerga muri icyo gihugu. Bivugwa ko kandi abo bagabo bashakaga kwambura amafaranga uwari mu modoka batitaye ku wo ari we ndetse n'imodoka ye bakayitwara.

    Mu masasu menshi bamurashe, amwe yaramufashe bituma ata umuhanda imodoka yarimo igonga igiti kikini cyari impande y'umuhanda ahita apfa.

    Lucky Philip Dube yavutse kuwa 3 Kanama 1964 avukira i Ermell muri Transvaal muri Afurika y'Epfo. Yaje kuba icyamamare mu njyana ya Reggae aho yaririmbaga indirimbo zisakaza amahoro n'urukundo mu bihe bibi Afurika y'Epfo yari ihanganye n'irondaruhu mu cyitwaga Apartheid. Yapfuye kuwa 18 Ukwakira 2007 azize abagizi ba Nabi.

    Ubwo Lucky Dube yaherekezwaga mu cyubahiro
    Zimwe mu ndirimbo ze zitazibagirana twavuga nka: Remember Me, Together as One, No Body can Stop Reggae n'izindii nyinshi zigikunzwe kugeza ubu.
    1.Remember Me

    2.Together as One

    3.

    4.The way it is

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/imyaka-14-inkuru-y-urupfu-rwa-luck-dube-imenyekanye-sobanukirwa-ibintu

  • Marina na Yvan Muziki koko baba bakoze ubukwe? #rwanda #RwOT

    Ku mbuga nkoranyambaga hamaze igihe hacicikana amafoto Marina na Yvan Muziki bikavugwa ko baba barakoze ubukwe, icyakora amakuru agera kuri Impanuro.rw ni uko nta bwigeze bubaho ahubwo byari ifatwa ry'amashusho y'indirimbo bari gukorana.

    Amakuru atugeraho ni uko amafoto yifashishijwe havugwa ko aba bahanzi bakoze ubukwe ari ayafotorewe mu ifatwa ry'amashusho y'indirimbo 'Urugo ruhire' ya Masamba bari gusubiramo.

    Ati 'Marina, Massamba Intore na Yvan Muziki bari gusubiranamo indirimbo 'Urugo ruhire', mu ifatwa ry'amashusho y'iyi ndirimbo niho abantu bakuye amafoto bahamya ko bakoze ubukwe.'

    Iyi ndirimbo bivugwa ko izasohoka kuri EP Yvan Muziki ateganya gusohora mu minsi iri imbere.

    Abavuga iby'ubukwe bw'aba bahanzi babishingira ku nkuru zimaze iminsi zivuga ko bari mu rukundo.

    Hari amakuru avuga ko urukundo rwa Marina na Yvan Muziki rugeze aharyoshye, ndetse kuva uyu muhanzi yaza mu Rwanda inshuro nyinshi baba bari kumwe.

    Source : https://impanuro.rw/2021/10/16/marina-na-yvan-muziki-koko-baba-bakoze-ubukwe/

  • Nigeria: Umuhanzi Omah Lay ukunzwe cyane n' igitsina gore agiye gusesekara mu Rwanda #rwanda #RwOT

    Umuhanzi wo muri Nigeria Omah Lay umaze kwigarurira imitima y' abenshi hano mu Rwanda agiye gutaramira mu Mujyi wa Kigali nyuma y' uko hari hamaze igihe kirekire abakunzi b' umuziki batabona umuhanzi ari kubataramira kubera ibihe isi yari irimo byo kurwanya icyorezo cya Covid19.

    Ibi byatangajwe n' ikigo cyitwa Intore Entertainment cyatangaje ko Omah Lay yahawe ubutumire ndetse yamaze kwemeza ko azaririmbira mu murwa mukuru w'u Rwanda Kigali.

    Gusa nta yandi makuru yatangajwe kuri iki gitaramo bivugwa ko uyu muhanzi w' umunya_ Nigeria azataramira mu Mujyi wa Kigali ku wa 29 Ukwakira 2021.

    Omah Lay ni umusore w'imyaka 24. Ari mu bahanzi bagezweho cyane muri Nigeria no mu bindi bihugu. Indirimbo ye 'Godly' yatumye aba icyamamare.Azataramira mu Rwanda nyuma y'ibitaramo amaze iminsi akora hari n'ibyo yakoreye muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika.


    Omah Lay agiye kuza gutaramira mu Rwanda

    Source : https://impanuro.rw/2021/10/15/nigeria-umuhanzi-omah-lay-ukunzwe-cyane-n-igitsina-gore-agiye-gusesekara-mu-rwanda/

  • Nambara inkweto rimwe nkajugunya – Diamond yishongoye kubamunnyega #rwanda #RwOT

    Nyuma y’icyumweru inkuru zicicikanye ko umuhanzi ukunzwe cyane muri Tanzania no muri Afurika, Diamond Platnumz yaba ubuzima agaragaza atari bwo abamo, uyu muhanzi yavuze ko yambara inkweto rimwe akajugunya.

    Uyu muhanzi mu minsi mike ashize yashyize ahanze amashusho, agaragaza inkweto nyinshi, avuga ko abavuga ko ahora asubira mu nkweto imwe atari byo, ni nyuma y’uko byavuzwe cyane ko ahora mu nkweto zimwe.

    Ati 'hari abantu bavuga ko mpora nsubira mu nkweto zimwe. Ntabwo ari byo. Mfite inkweto nyinshi, nambara inkweto rimwe nkahita zijugunya, umuntu waba uzishaka, akazambara.'

    Mu minsi ishize uwari umujyana we, Ostaz Juma Na Musoma, yashinje uyu muhanzi kubeshya abantu ubuzima abamo, ko ubukire avuga afite atari bwo, amafaranga yishyurwa kugira ngo aririmbe atari yo n’ibindi, ngo ababazwa n’uko abivuga abanntu bakabyemera.

    Diamond avuga ko yambara inkweto rimwe akajugunya

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/nambara-inkweto-rimwe-nkajugunya-diamond-yishongoye-kubamunnyega

  • Diamond yahishuye ko nta rukweto ajya yambara kabiri ngo urwo akuyemo arajugunya #rwanda #RwOT

    Abitangaje nyuma y’iminsi micye hari abantu bamuserereje ko ubuzima ashobora kuba yerekana ku mbuga nkoranyambaga bushobora kuba buhabanye n’ubwo abayemo by’ukuri.

    Uyu kizigenza muri murika mu karere, mu minsi micye ishize yashyize ahanze amashusho, agaragaza inkweto nyinshi, avuga ko abavuga ko ahora asubira mu nkweto imwe atari byo.

    Ati 'hari abantu bavuga ko mpora nsubira mu nkweto zimwe. Ntabwo ari byo. Mfite inkweto nyinshi, nambara inkweto rimwe ngahita nzijugunya, umuntu waba uzishaka, akazambara.'

    Mu minsi ishize uwari umujyana we, Ostaz Juma Na Musoma, yashinje uyu muhanzi kubeshya abantu ubuzima abamo, ko ubukire avuga afite atari bwo, amafaranga yishyurwa kugira ngo aririmbe atari yo n’ibindi, ngo ababazwa n’uko abivuga abanntu bakabyemera.

    Uyu muhanzi w’Umunya-Tanzania ni umwe mu bakunze kugaragaza ko abaho ubuzima bwo ku rwego ruhambaye haba ari mu myambarire, mu modoka agendamo ndetse n’ibindi.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Diamond-yahishuye-ko-nta-rukweto-ajya-yambara-kabiri-ngo-urwo-akuyemo-arajugunya

  • Bwa mbere Omah Lay agiye gutaramira abanyarwanda #rwanda #RwOT

    Iki gitaramo kigiye kuba mu muburyo ari guteganya gukora bizenguruka umugabane wa Afurika, anyura mu bihugu bitandukanye. Amakuru agera ku Umuryango aravuga ko yamaze gushyira umukono ku masezerano n'abamutumiye gutaramira mu Rwanda. Igisigaye ni ugutangira gusohora gahunda y'uko iki gitaramo kizagenda.

    Uyu musore w'imyaka 23 y'amavuko muri Gicurasi 2020 yasohoye EP yise 'Get Layd' iriho indirimbo ye yise 'You' na 'Bad Influence' zamumenyekanishije.

    Tariki 13 Mutarama 2021, yabwiye Ikinyamakuru Teen Vogue ko yagiye gushyira ku isoko iyi EP afite ubwoba bw'uko yashoboraga kutakirwa neza na rubanda.

    Avuga ariko ko ari muri studio yumvaga ifite icyanga biri no mu murongo yihaye wo gukora indirimbo zikora ku marangamutima ya benshi. Ati 'Umuziki wanjye n'ibyo nanyuzemo, ni njye, ni ubuzima bwanjye.'

    Uyu muhanzi yavuze ko ari umugisha ukomeye yagize kuba yarakiranwe yombi mu muziki. Avuga ko Wizkid, Tuface, Davido, Burna Boy n'abandi baharuye inzira bisunze injyana ya Afrobeats byamufashije gukomereza mu murongo batangiye.

    Kuri we asanga ari igitangaza gikomeye Imana yamukoreye kuba ari mu bahanzi bari gucuruza muri Afurika. Nawe yahamije ko umwaka wa 2020 uzaba urwibutso rukomeye kuri we, kuko wabaye intangiriro nziza kuri we.
    Indirimbo “Godly” ya Omah Lay yakunzwe cyane n'abanyarwanda

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/bwa-mbere-omah-lay-agiye-gutaramira-abanyarwanda

  • Umuraperi Tyga yatawe muri yombi #rwanda #RwOT

    Nk'uko byatangajwe na TMZ ku wa kabiri (12 Ukwakira 2021) , Uyu muraperi w'imyaka 31 y'amavuko yijyanye ku cyicaro cya Polisi mu Mujyi wa Los Angeles agahita atabwa muri yombi. Nyuma yo gutanga ibihumbi 50 by'amadorali yaje gufungurwa kuri uyu wa Kabiri.

    Umuvugizi w'uyu muhanzi witwa Jack Ketsoyan yavuze ko umukiliya we arengana ndetse bikaba bizasobanuka vuba.

    Ku wa Mbere nibwo hamenyekanye inkuru y'uko Camaryn Swanson wahoze akundana n'uyu muhanzi mu rukerera rw'uwo munsi tariki 11 Ukwakira 2021, yasakuzaga ari hanze y'inyubako y'uyu muhanzi.

    Abo mu muryango w'uyu muhanzi bavuze ko byagaragaraga ko uyu mukobwa yasinze ariko Tyga akamureka akinjira bakavugana.

    Ubwo aba bombi binjiraga mu ntonganya Tyga yakubise uyu mukobwa ndetse hari amafoto yagiye hanze nyuma agaragaza umukobwa afite ibikomere mu maso.

    Hari amakuru yavugaga ko Camaryn yaje mu rugo rwa Tyga atatumiwe ariko yifashishije imbuga nkoranyambaga yerekanye ubutumwa bugufi yandikiranye na Tyga mbere yo kujyayo. Hari aho agaragaza ko Tyga yari yamwereye kumwoherereza imodoka iza kumujyana iwe.

    Nyuma nyina w'uyu mukobwa yaje kumucyura, ndetse banahamagara polisi ngo ize kureba ibyabaye.

    Polisi ubwo yazaga mu rugo rwa Tyga yasanze uyu mukobwa afite ibikomere bigaragarira amaso, ndetse itanga raporo y'uko habayeho ihohoterwa ryo mu rugo. Tyga yanze kuvugisha polisi ahitamo kujya ku cyicaro cyayo ngo ababwire uruhande rwe ari nabwo yahise atabwa muri yombi.

    Tyga na Camaryn bakundanye mu ntangiriro za 2020, batangira kubigaragaza muri Werurwe uwo mwaka.

    Refe:https:.myjoyonline.com

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/umuraperi-tyga-yatwe-muri-yombi

  • Umuhanzi Platini P yavuze impamvu yasuye Interpol n’igisobanuro cya 'Badge’ yahawe #rwanda #RwOT

    Umuhanzi nyarwanda urimo kubarizwa mu gihugu cya Nigeria mu kwamamaza indirimbo ye nshya yitwa Shumuleta, Nemeye Platini, yasuye Polisi Mpuzamahanga ikorera muri iki gihugu(Interpol) ndetse imuha 'badge'(Ikirango) ku buryo ntawamuhutaza ayifite.

    Nyuma yo gusinyana na masezerano n’ikigo cya One Percent International Management cyo muri Nigeria kizajya kimufasha mu muziki we, Platini yasubiye muri iki gihugu mu ntangiriro z’uku kwezi aho iki kigo kirimo kumufasha kuzenguruka ibitangazamakuru bitandukanye amenyekanisha indirimbo ye aheruka gusohora yitwa 'Shumuleta’.

    Muri iki gihugu akaba yaragize amahirwe yo gusura polisi mpuzamahanga(Interpol) ishami rya Nigeria, akaba yabwiye ISIMBI ko impamvu yatumye ayisura ari uko iyo ugeze ahantu uba ukwiye gusura inzego z’umutekano.

    Ati 'intego yo kubonana nabo byari ugusurana nta kindi kuko ni umuco iyo ugeze ahantu inzego z’umutekano ubonye urazisura.'

    Avuga yahawe badge(ikirango) nk’ikimenyetso cyo kumushimira ko yabasuye ariko ikaba ifite ubushobozi bwo kuba yamurindira umutekano.

    Ati 'bampaye badge(ikirango) yo kunshimira ko nabasuye ariko iyo badge ivuga ko mfite uburenganzira busesuye bwo kudahutazwa, bivuze ko umutekano wanjye wuzuye, umuntu wese nayereka yamenya ko nahuye n’ubuyobozi bw’umutekano, nemerewe gutembera, ikindi iriya badge imfasha kuba nagira ikibazo bakampa ubufasha bwihuse.'

    Platini kandi yavuze ko uru ruzinduko rwari no mu rwego rwo gushyira ibihangano bye mu maboko ya Interpol kuko ari yo ifite mu nshingano ibintu bijyanye na 'Copyright’ ku buryo igihangano cy’umuhanzi kitakwibwa.

    Ati 'Ikindi ugomba kumenya ni uko copyright ziba mu nshinano zabo, ziba mu nshingano za Interpol, igihangano cyawe kirakurikiranwa hirya no hino ku Isi, gishobora kuba kitakibwa kuko kiba kiri mu maboko ya Interpol, hano ibihangano rero harimo no kubibashyira mu biganza.'

    Nta gihindutse ku Cyumweru tariki ya 17 Ukwakira nibwo Platini azagaruka mu Rwanda, aho azasubirayo mu Gushyingo 2021 yitabiriye itangwa ry’ibihembo bya Afrima azanaririmbamo.

    Platini yahawe ikirango n’umuyobozi wungirije wa Interpol kizanamufasha mu buryo bwo kumurindira umutekano

    Umuyobozi wa wa One Percent International Management(iburyo) ari kumwe n’umuyobozi wungirije wa Interpol muri Nigeria

    Umuyobozi wungirije wa Interpol muri Nigeria, AIG. Garba Umar

    Arimo kuzenguruka mu bitangazamakuru bitandukanye amenyekanisha indirimbo ye ‘Shumuleta’

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/umuhanzi-platini-p-yavuze-impamvu-yasuye-interpol-n-igisobanuro-cya-badge-yahawe

  • Tanasha Donna yasebeje Diamomd ubwo yamusabaga ubufasha , inkuru irambuye #rwanda #RwOT

    Tanasha Donna wahoze ari umugore wa umuhanzi Diamond Platnumz , yavuze umuntu uyu muhanzi wo mu gihugu cya Tanzania ngo ajye mu mashusho y'indirimbo ye aherutse gushyira hanze yise 'Naanzaje' ariko undi amutera utwatsi.

    Ubwo iyi ndirimbo igiriye hanze ,Hanscana wayoboye amashusho yayo yavuze ko Diamond yari yahisemo ko Tanasha ariwe bazakoresha muri iyi ndirimbo gusa Tanasha we abitera utwatsi.

    Aganira n'umunyamakuru wa Kiss100 ubwo yari mubagiye gushyigikira Alikiba urikumurika album ye nshya ,Tanasha yemeje ko byabayeho ko koko yanze kujya mumushusho yiyi ndirimbo ariko atifuza kujya muri byinshi.

    Ati 'ni byo narabyanze ariko nakwifuza kutagira byinshi mbivugaho uyu munsi. Reka wtibande kuri Alikiba na Album ye mugende muyirebe !'

    Tanasha Donna na Diamond batandukanye muri Werurwe 2021, ni nyuma y'uko mu Kwakira 2020 bari babyaranye umwana w'umuhungu, Naseeb Jr.

    Source : https://impanuro.rw/2021/10/12/tanasha-donna-yasebeje-diamomd-ubwo-yamusabaga-ubufasha-inkuru-irambuye/