Tag: lifestyle

  • Dore amwe mu makosa abantu bakora mu gitondo akaba yabaviramo gutakaza ubuzima_ inkuru irambuye #rwanda #RwOT

    Abahanga mu buvuzi bavuze ko hari uburyo bwinshi cyane ikiremwa muntu gishobora kwikururira indwara, zitavuye mu byo cyariye cyangwa mu muhuro hagati kigira. Hari indwara ziterwa no kutita kuri bimwe na bimwe, bikaba byanatuma uhasiga ubuzima.

    Muri iyi nkuru turarebera hamwe icyo umuntu yakora agaca ukubiri n'izo ndwara.

    1.Ntukwiriye kuva mu buriri imburagihe: Akenshi, abantu bakunda kuva mu buriri bihuta, ndetse bakaba banabyuka mbere y'igihe kubera gukererwa akazi, amasengesho n'ibindi, bakunze guhura n'uburwayi butandukanye. Abahanga mu buvuzi bo bemeje ko byibura umuntu akwiriye kuguma mu buriri iminota itatu mbere y'uko abyuka, kugira ngo amaraso atembere neza mu mubiri, hanyuma abone kubyuka.

    Amaraso aba aturije ahantu mu mubiri iyo uryamye, rero biba ingenzi iyo uyahaye akanya agatembera mbere yo kugira aho ujya uvuye mu buriri. Iyo ubyutse vuba vuba, utuma imiyoboro y'amaraso icika intege kandi ari nta n'amaraso arimo, ibi bikaba byanatera umuvuduko w'amaraso.

    2. Mu gihe uri mu bwogero hera ku maguru:Ukwiriye guhera ku maguru mu gitondo mu gihe uri mu bwogero. Amaraso atembera ahereye mu maguru ajya mu mutwe, rero ntago ari igitekerezo cyiza guhera mu mutwe mu gihe ubyutse.

    3. Fata iminota itatu (3) y'imyitozo ngorora mubiri:Ibi bireba cyane abantu baba bafite uturemangingo tudafite imbaraga zihagije muribo. Gerageza uko ushoboye buri mu gitondo, umubiri wawe wakire ubushyuhe. Ukeneye no gufata umwanya w'imyitozo isanzwe, ya buri mu gitondo.

    Ivomo: Opera News

    Source : https://impanuro.rw/2021/09/12/dore-amwe-mu-makosa-abantu-bakora-mu-gitondo-akaba-yabaviramo-gutakaza-ubuzima_-inkuru-irambuye/

  • Imiryango isaga 500 yasezeye kubana mu makimbirane nyuma y’amahugurwa ku kugira ingo zitekanye – #rwanda #RwOT

    Aya masomo kwigisha abayitabiriye indangagaciro z’umuryango utekanye, yamaze igihe cy’umwaka, yatanzwe na Kiliziya Gatolika binyujijwe muri Komisiyo yayo ishinzwe umuryango, ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere, RGB, ku nkunga y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye wita ku Iterambere, PNUD.

    Ni amahugurwa yahawe imiryango 543 yabanaga mu makimbirane n’urubyiruko 263 rwitegura gushinga ingo.

    Bamwe mu bahawe aya masomo, bavuga ko bahungukiye byinshi mu mibanire yabo n’iterambere kandi ko bagiye gutanga umusanzu wabo mu guharanira ko habaho imiryango ifite ubushobozi bwo kwikemurira ibibazo no kwiteza imbere babikesha ubumenyi bahawe.

    Baganizi Pontien wo mu Murenge wa Busengo mu Karere ka Gakenke, yavuze ko urugo rwe rwabayeho mu buzima bubi bw’ihohotera yakoreraga umugore we no kumusahura umutungo nyuma yo kumuca inyuma.

    Yagize ati “Nabaye aho nza guca inyuma umugore wanjye twari tumaranye imyaka icumi, icyo gihe twabanye mu makimbirane umutungo w’urugo nkawusahura kugeze aho n’inka nayitwaye nkayigurisha, twarahombye bihagije. Naje guhabwa inyigisho ariko icyo gihe sinabanaga n’umugore wanjye, turigishwa tugerageza kuganira ngo dusubirane ubu tubanye neza n’turumvikana.

    “Umugore nari narashatse naramuretse ubu turi kwiteza imbere ku buryo tumaze kugura inka n’imyaka turi kweza. Inama nagira abandi bagabo ni uko babana neza n’abagore babo, bakajya inama bagatera imbere.”

    Florentine Dusabeyezu, umugore wa Baganizi yavuze ko umugabo we yahindutse nyuma y’inyigisho bagiye bahabwa.

    Ati “Ubu turumvikana, dushyize hamwe kandi n’abana babonye aje barishima cyane ku buryo aya masomo tuzayasangiza n’indi miryango yaba ibanye nabi igahinduka agatera imbere.”

    Nshakirabandi Alphonse wo mu Murenge wa Rwerere mu Karere ka Burera, na we yagize ati “Njyewe nari umurembetsi nikorera kanyanga nkayinywa n’ibitabi byose, nagera mu rugo nkakubita umugore akenshi akarara hanze kugeza ubwo yagiye kundega ku murenge asaba ko dutana, twaje kwiga aya masomo ku buryo ubu turi kwiteza imbere.”

    Hategekimana Gilibert, umwe mu rubyiruko rwahawe ayo masomo yavuze ko ko mu byo bize harimo n’ibikorwa bibateza imbere bityo ko agiye kubisangiza n’abandi.

    Yagize ati “Iyi nyigisho nakuyemo amasomo menshi kuko twiganye n’abantu bakuze bashinze ingo badusangiza uburyo tugomba kwitwara kandi zimfashije kujya mu itsinda turizigamira.”

    Umuyobozi wa Komisiyo y’umuryango muri Diyoseze Gatolika ya Ruhengeri, Padiri Achille Bawe yavuze ko bajya gutanga izi nyigisho bari bagamije gufasha umuryango Nyarwanda kugira imiryango yishimye kandi itekanye.

    Yagize ati “ Iyo umugabo n’umugore babanye batishimye, bibagiraho ingaruka nyinshi mu mibanire no mu iterambere, ibyo twagiye tubatoza ni ugufata indangagaciro bigishijwe bakazishyira mu bikorwa ndetse bakazishyira n’abandi.”

    Izi nyigisho zatanzwe kuva muri Ukwakira 2020 zisozwa muri Nzeri 2021 zihawe imiryango 543 n’urubyiruko 263 bo mu Mirenge ya Kivuye na Rwerere muri Burera, iya Busengo na Kamubuga yo muri Gakenke na Rwaza yo muri Musanze.

    Padiri Achille Bawe ushinzwe komisiyo y’Umuryango muri Diyoseze Gatolika ya Ruhengeri

    Imiryango yahuguwe yiyemeje kurushaho gukangurira bagenzi babi kubana mu mahoro

    source : https://ift.tt/3tyJlad

  • Menya amabanga uko ari 15 abakobwa bakwifashisha bitatuma bagira amabere meza ahagaze neza ateye nk' imitemeri, inkuru irambuye #rwanda #RwOT

      Abakobwa benshi baba bifuza kugira amabere meza kandi ahagaze neza ataye nk'imitemeri, kugira ngo bibafashe kuberwa n'utwensa two hejuru kandi ikindi amabere yabo ninayo abafasha gukundwa n'igitsina gabo.
      Dore amabanga 15 akoreshwa:
      1. Kwambara udufata-mabere bita soutien tujyanye n'uko amabere angana no kwirinda urwikubano urwo ari rwo rwose ku gituza.
      2.Kwambara agafata-mabere igihe cyose uri gukora imyitozo ngororangingo.
      3.Kuryamira umugongo kugira ngo utaryamira igituza mu gihe cy'ijoro.
      4.Kwirinda imyitozo ngororangingo ituma wicugusa cyane.
      5.Kwegeranya amabere hamwe n'amaboko akubiranye ukayamasa uyazana mu cyerekezo cy'isura yawe.
      6.Koga amazi akonje ku mabere cyagwa umuntu agakoresha agatambaro karimo barafu mu gihe adakunze koga amazi akonje.
      7.Kwirinda gukorakorwa cyangwa kumaswa amabere ku buryo burengeje urugero. Batanga inama ko ushaka massage yayo yakoresha kereme yabugenewe kandi akayamasa mu cyerekezo cy'uruziga.
      8.Kudaterura ibyuma biremereye cyane cyangwa binarengeje urugero.
      9. Koga ugaramye muri pisine cyangwa se mu yindi migezi ndetse no kwirinda koga mu buryo butuma igituza cyawe cyikubana n'amazi cyane.
      10.Kudatinda cyane mu mazi ashyushye igihe kirekire igihe uri kwiyuhagira.
      11.Kwambura kenshi ibiba biyafashe kugira ngo amaraso atemberemo neza ndetse n'uturemangingo tube duhagaze neza.
      12. Kuryamira ikintu gitambitse ugashyira amaguru yawe ku butaka amasegonda make ukimenyereza guhora wemye ndetse ibi ngo bifasha mu kugira forume nziza y'ambere.
      13. Kutikorera ibintu biremereye.
      14. Kwirinda ibiryo bikungahaye cyane kuri poroteyini
      15. Mu gihe ukiri umukobwa utarabyara ngo wonse, ngo uba ufite amahirwe menshi yo kuba wagira amabere ameze uko ubishaka, bityo ngo kwirinda n'ubusambanyi byagufasha kugira amabere wifuza ngo kuko uko bayakorakora cyane mu gihe cyo gutegurana ngo ni nako forme yayo iba itakara agahanuka.

    Source : https://impanuro.rw/2021/09/12/menya-amabanga-uko-ari-15-abakobwa-bakwifashisha-bitatuma-bagira-amabere-meza-ahagaze-neza-ateye-nk-imitemeri-inkuru-irambuye/

  • Yayobye: Umugore yibeshye yandikira umuhungu we ngo aze baryamane azi ko ari umukunzi we, ibyakurikiyeho birasekeje. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umugore yagize ikimwaro n'amasoni nyuma yo kwibeshya mu kohereza ubutumwa bugufi yanditse azi ko buragera ku mukunzi we,amusaba ko basambana buyobera ku mwana we w'umuhungu.

    Amakuru avuga ko uyu mugore wo muri Afurika y'Epfo utatangajwe amazina yahengereye umugabo we yagiye ahantu kure gutabara,noneho kuko asanzwe amuca inyuma anyarukira kuri Whatsapp kugirango atumire umusambane we,kugirango barebe uko bigenza dore ko umugabo we n'abana bari bajyanye.

    Umugore yanditse ubutumwa bugira buti:'Mwiriwe mukunzi wanjye,ngufitiye amakuru meza,umugabo wanjye nabana bagiye muri Limpopo gushyingura muri iyi weekend, bivuze ko weekend ari iyanjye nawe mu rugo,waza tukongera'.

    Ubutumwa uyu mugore yanditse

    Umugore yohereje ubu butumwa aziko buragera kumukunzi we ,nyamara yabwoherereje umuhungu we wari wajyanye na Se.Ahita atungurwa aramusubiza ati:'Ariko se mama bimeze bite,ibi ni ibiki koko?Ubu butumwa bwari ubwanjye?'

    Mu kwikura mu isoni ,nyina yahise abeshya umwana we ko telefoni yikoresheje yandika ibyo atashakaga.

    Source : https://yegob.rw/yayobye-umugore-yibeshye-yandikira-umuhungu-we-ngo-aze-baryamane-azi-ko-ari-umukunzi-we-ibyakurikiyeho-birasekeje/

  • Ibizakwereka ko ufite umukunzi uzavamo umugore mubi. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ibi bimenyetso bigaragaza ingeso cyangwa se imyitwarire, nyirazo aramutse atazihinduye zazatuma avamo umugore uteye ubwoba, utizihiye urugo.Kuba ari umukobwa mwiza ntibisobanuye ko azavamo umugore mwiza. Ni ibintu 2 bihabanye.

    Ibi ni ibimenyetso urubuga Elcema rwandika ku mibanire rwagaragaje bikwereka ko umukunzi wawe azavamo umugore mubi:

    1. Agoye gushimisha

    Abasore benshi ntabwo bazi uko bashimisha abakobwa bakundana ariko atari uko bataba bagerageje ahubwo kubera ko abakobwa benshi bagoye gushimishwa. Abakobwa bagoye gushimisha, iyo bubatse urugo, babera umutwaro abagabo babo.

    2.Ntanyurwa

    Ingo nyinshi zirambana, zubakira ku kunyurwa. Kuba utanyurwa ukiri umukobwa, ntanikikwemeza ko uzanyurwa ugeze mu rugo rwawe. Kunyurwa bituma urugo ruhoramo amahoro. Umukobwa utanyurwa, iyo ageze mu rugo rwe ahora ashaka kwakira byinshi akibagirwa no gushimira na bike yahawe n'umugabo we kandi ntako aba atagize. Nunanirwa kwishimira na bike umugabo wawe aguha yiyushye icyuya, ukamuhoza ku nkeke, urumva uzaba uri umugore mwiza?

    3.Ntajya utega amatwi abandi

    Gutega amatwi abandi ni ingenzi kandi bifite akamaro kanini cyane. Iyo ubasha gutega amatwi, kumvikana n'abandi ntibikugora. Bigufasha kubasha kumvira umukunzi wawe.

    Umukobwa utajya abasha gutega amatwi abandi , bizamugora no kumenya gutega amatwi umugabo we, bizamugore kubaka urugo rurimo ubwumvikane

    4.Arikunda

    Kwikunda nicyo kintu cy'ibanze gituma ingo nyinshi zisenyuka. Iyo iteka uhora witekerezaho gusa, ntabwo wazavamo umugore mwiza. Inshingano z'umugore mwiza ni ukwita no kuba inkingi ya mwamba y'urugo. Mu gihe wikunda kandi wirebaho gusa, biragoye ko wazavamo umugore wizihiye urugo.

    6.Ntajya ashimira umusore mukundana…nta jambo ryiza yamubwira

    Umukobwa uzavamo umugore mwiza, ashimira umusore bakundana kubyo amukorera byose ndetse akanamukomeza igihe hari ibyamuciye intege. Umukobwa utabasha gukora nkibi, biramugora kuvamo umugore mwiza.

    Umukobwa uzavamo umugore mwiza kandi agaragarira mu magambo avuga. Umukobwa ubasha kubwira amagambo meza umusore bakundana agamije ko atera imbere akazavamo umugabo umwizihiye, aba azavamo n'umugore mwiza. Umukobwa uhoza ku nkeke umusore bakundana, amubwira amagambo amukomeretsa, naba n'umugore niko bizakomeza.

    7.Ahora utegeka

    Abakobwa bahora bategeka ndetse bagashaka ko uko bumva kandi babona ibintu ariko bigenda, bavamo abagore babi. Umukobwa uhorana ibitekerezo biruta iby'abandi, agahora yumva ko ariwe uhora ari mu kuri , ntabashe gucira bugufi abandi, avamo umugore mubi. Yubaka urugo ruhoramo intonganya zidashira.

    Source : https://yegob.rw/ibizakwereka-ko-ufite-umukunzi-uzavamo-umugore-mubi/

  • Video: Umusore yasebejwe bikomeye n'inkumi yashakaga kwambikira impeta mu muhanda. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umusore yasebejwe n'umukunzi we ku karubanda ubwo yashakaga kumwambikira impeta mu muhanda rwagati maze uyu mukobwa agahita yigendera nyamusore agasigara yumiwe.

    Abakobwa benshi muri iki gihe bakunda umusore utera intambwe akagera ku rwego rwo kubambika impeta kuko haba hari icyizere ko bazabana.Nubwo hari n'abazambikwa bikarangirira aho ntibanabane.

    Mu mashusho akomeje kugarukwaho na benshi ku mbugankoranyambaga, agaragaza umusore wari wabukereye ,ashaka gutungura umukunzi we kuri bose babireba,aho yari ashungerewe n'abatari bake.Gusa ntibyamuhiriye kuko yahise ashinga ivi ategereje ko umukobwa amuha igisubizo 'Yego'.Umukobwa yahise asubira inyuma irigendera ,umusore na we asigara mu kimwaro rwagati mu muhanda.

    Source : https://yegob.rw/video-umusore-yasebejwe-bikomeye-ninkumi-yashakaga-kwambikira-impeta-mu-muhanda/

  • Dore ibanga wakoresha ukagira imiterere ikurura benshi – YEGOB #rwanda #RwOT

    Abakobwa benshi baba bifuza kugira amabere meza kandi ahagaze neza ataye nk'imitemeri, kugira ngo bibafashe kuberwa n'utwensa two hejuru kandi ikindi amabere yabo ninayo abafasha gukundwa n'igitsina gabo.

    Dore amabanga 15 akoreshwa:

    1. Kwambara udufata-mabere bita soutien tujyanye n'uko amabere angana no kwirinda urwikubano urwo ari rwo rwose ku gituza.

    2.Kwambara agafata-mabere igihe cyose uri gukora imyitozo ngororangingo.

    3.Kuryamira umugongo kugira ngo utaryamira igituza mu gihe cy'ijoro.

    4.Kwirinda imyitozo ngororangingo ituma wicugusa cyane.

    5.Kwegeranya amabere hamwe n'amaboko akubiranye ukayamasa uyazana mu cyerekezo cy'isura yawe.

    6.Koga amazi akonje ku mabere cyagwa umuntu agakoresha agatambaro karimo barafu mu gihe adakunze koga amazi akonje.

    7.Kwirinda gukorakorwa cyangwa kumaswa amabere ku buryo burengeje urugero. Batanga inama ko ushaka massage yayo yakoresha kereme yabugenewe kandi akayamasa mu cyerekezo cy'uruziga.

    8.Kudaterura ibyuma biremereye cyane cyangwa binarengeje urugero.

    9. Koga ugaramye muri pisine cyangwa se mu yindi migezi ndetse no kwirinda koga mu buryo butuma igituza cyawe cyikubana n'amazi cyane.

    10.Kudatinda cyane mu mazi ashyushye igihe kirekire igihe uri kwiyuhagira.

    11.Kwambura kenshi ibiba biyafashe kugira ngo amaraso atemberemo neza ndetse n'uturemangingo tube duhagaze neza.

    12. Kuryamira ikintu gitambitse ugashyira amaguru yawe ku butaka amasegonda make ukimenyereza guhora wemye ndetse ibi ngo bifasha mu kugira forume nziza y'ambere.

    13.Kutikorera ibintu biremereye.

    14.Kwirinda ibiryo bikungahaye cyane kuri poroteyini

    15.Mu gihe ukiri umukobwa utarabyara ngo wonse, ngo uba ufite amahirwe menshi yo kuba wagira amabere ameze uko ubishaka, bityo ngo kwirinda n'ubusambanyi byagufasha kugira amabere wifuza ngo kuko uko bayakorakora cyane mu gihe cyo gutegurana ngo ni nako forme yayo iba itakara agahanuka.

    Source : https://yegob.rw/dore-ibanga-wakoresha-ukagira-imiterere-ikurura-benshi/

  • Ibisobanuro by'impeta bitewe n'urutoki uyambayeho. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Nk'uko bitangazwa n'urubuga WWW.RMRS.Com ubundi ibiganza byombi bifite ubusobanuro buhambaye mu buryo bujyanye n'imi korere n'imitekerereze ya muntu. Abahanga mu mite kerereze ya muntu bavuga ko ukuboko kw'i Buryo kwerekana imbaraga, umurava n'ubwiganze. Mu gihe ukuboko bw' i Bumoso ko kugaragaza imitekerereze n'umutwe ibi bigaragaza imitekerereze ndetse n'imyemerere y'umuntu.

    Burya rero kwambara impeta ku rutoki runaka n'ubwo hari ababikora nk'umurimbo nyamara bifite icyo biba bisobanuye.

    1.Kwambara impeta ku gahera (Agatoki gato muri zose):

    Kwambara impeta ku gatoki gato k'ikiganza. Kwambara impeta kuri uru rutoki bigaragaza kubana n'abandi. Uru rutoki rugereranywa n'umubumbe wa merikure (mercure) kenshi umuntu yambara impeta kuri uru rutoki agamije ko abantu bayibona ndetse agamije no kubereka ko afite ubuhanga budasanzwe mu gukora ibintu binyuranye.

    2.Urutoki ya kane(Mukubitarukoko):

    uru ni rwo rutoki bambaraho impeta ya Marriage, bitewe n'uko uru rutoki rufatanye n'umutsi ujyana amaraso ku mutima uru rutoki rugaragaza urukundo ndetse ubwizano kuba uri mu rukundo. Ku bijyanye n'imibumbe uru rutoki rugereranywa n'Isi n'Ukwezi. Kwambara impeta kuri uru rutoki bigaragara guhanga udushya ndetse n'ubwiza ndetse umubano uganisha ku rukundo.Impeta igira ubu busobanuro mu gihe yambawe ku kuboko bw'iburyo. Iyo Impeta yambawe ku kuboko kw'i Bumoso bigaragaza inshingano.

    3.Kwambara impeta kuri musumbazose:

    Uru ni urutoki rurerure gusumba Izindi ruragaye cyane. Kwambara impetakuri uru rutoki bigaragaraza ko umuntu ari wenyine kandi yifuza ko uwo bafatanya ubuzima. Kandi bigaragaza ko umuntu asumba abandi, Ku bijyane n'imibumbe uru rutoki rukaba rugereranywa n'umubumwe wa Saturne.

    4.Mukuru wa mema:

    Uru rutoki rukaba ruranga igitinyiro, imbarAga, Ubuyobozi n'inshingano n' ubushake bwo gukora. Iyi myemerere ngo ifite inkomoko kera cyane kuko abami bakundaga kwambara impeta kuri uru rutoki.Umuntu iyo yambaye yacyangwa akambikwa iyi mpeta abayifurizwa kugira imbaraga ku buyobozi n'ububasha bwe. Jupiteri niwo mubumbe ugereranywa n'uru rutoki.

    5.Meme(Igikumwe):

    Kwambara impeta ku rutoki rw'igikumwe bifite ubusobanura bw'imibanire. Kandi bikagaragaza ko uba ufite icyo ushaka guhindura mubuzima bwawe, mu gihe wambaye impeta ku Gikumwe bisobanuye ko uba ushaka kugaragaza ko ushaka kugaragaza impinduka mu buzima. Mu yindi mico bavuga ko kwambara impeta kuri uru rutoki bisobanura imyemerere.

    Source : https://yegob.rw/ibisobanuro-byimpeta-bitewe-nurutoki-uyambayeho/

  • Dore ubwoko 10 bwo gusomana n'ubusobanuro bwabwo – YEGOB #rwanda #RwOT

    Gusomana ubusanzwe benshi babifataga nk'umuco w'abazungi, bigafatwa nk'ibidasanzwe ku muntu uwo ari we wese. Magingo ya iki gikorwa kiri mu bishimangira neza urukundo hagati y'abantu babiri ndetse hari n'ukwishimira bisanzwe akaba yagusoma gutyo gutyo.

    Hano hari amoko menshi yo gusomana n'ubusobanuro bwabyo, dore ko usanga abantu basomana ahantu hatandukanye nko ku munwa, ku itama, ku ijosi, ku jisho, ku kiganza n'ahandi.

    Gusomana ku munwa (First kiss)

    Ubu buryo bwo gusomana bukorwa abasomana bahuje iminwa. Bukorwa n'abantu basanzwe bakundana cyangwa bafite ibyo bashaka gusoobanura ariko bijyanye n'urukundo kuko ababikora hari uko baba basanzwe baziranye cyangwa banaganira ku bijyanye n'urukundo.

    Bene ubu buryo iyo bukoreshejwe, ababikoze ngo basigarana akantu ku mutima ku buryo bidapfa kwibagirana.

    The Butterfly kiss (Gusomana kw'ikinyugunyugu)

    Mu gihe abantu benshi bamenyereye ko gusomana bikorwa n'iminwa, kuri ubu buryo ho biratandukanye kuko bikorwa n'ingohe z'amaso.

    Mu gusomana muri ubu buryo, abantu akenshi bakundana, bitegerezanya mu maso bakegerana kugeza ingohe zabo zikoranyeho ku jisho rimwe.

    Abahanga bavuga ko nk'uko umuntu asoma undi hakabaho kubitekerezaho ku mpande zombie, no muri ubu buryo uku kwitegerezanya ngo gusigira buri umwe mu mabikoze izindi ntekerezo.

    The Drink Kiss (Gusomana munanywa)

    Ubu buryo bwo gusomana bukorwa mu gihe abasomana baba bafite n'ikinyobwa bakunda cyane. Ibi nabyo ngo biba byiza ku babikora kuko bibongerera imbaraga zo gukundana babifashishjwemo n'icyo kinyobwa bombi baba bahuriyeho. Ikaba ari nayo mpamvu akenshi bikunze kugorana gusomana ku bantu batanywa ikinyobwa kimwe.

    The Belly Button kiss (Gusomana kunda)

    Ubu buryo bwo gusomana kun da bukorwa ahanini ku bashakanye aho mu buryo bw'iyigamuntu (psychology) ngo bifasha umwana uri mu nda kugubwa neza.

    The Nose Kiss (Gusomana ku zuru)

    Ubu buryo bwo gusomana ku zuru, nabwo ni bumwe mu buryo bukunze gukoreshwa cyane bukaba bukorwa n'abantu basanzwe bakundana ariko batarashyira ku mugaragaro iby'urukundo baba bafitanye. Ubu buryo bukoreshwa n'abantu baba bafitanye ibanga ry'urukundo hagati yabo ku buryo umwe aba ari nk'ikitnderwa ku wundi.

    Angel's Wing Kiss (Gusomana ku rushyi rw'ukuboko)

    Ubu buryo bwo gusomana na bwo bukorwa n'abashakanye. Akenshi umugabo abikorera umugre nk'ikimenyetso cyerekana uruhare amufiteho cyangwa agaciro amufitiye mu bandi bantu.

    The Shoulder Kiss (Gusomana ku rutugu)

    Ubu buryo bwo gusomana ku rutugu, nabwo ni bumwe mu buryo bukorwa hagati y'abashakanye cyangwa abakundana.
    Ibi akenshi bikorwa n'ab'igitsinagore. Bigaragaza ukuba umugore akifuza umugabo we ko yagira icyo amukorera kirenze ku byo asanzwe amukorera. Bikorwa akenshi iyo bamaze kuryamana.

    Juicy Kiss (Gusomanira ku mutobe)

    Ubu nabwo ni uburyo bwo gusomana bukoreshwa n'abakundana cyangwa abashakanye.
    Ubu buryo bukorwa hifashishijwe urubuto ruto aho bose baruhurizaho iminwa yabo bakaruhererekanya ari nako iminwa yabo ikoranaho. Ibi bikorwa nk'uburyo bwo kuzana ibyishimo muri bo kuko urukundo ruba russhaka ibintu biryohereye no kuzanamo udushya.

    The Virtual Kiss (Gusomanira kure)

    Ubu buryo bwo gusomana bukorwa n'abantu bategeranye ariko barebana. Biragoye kumenya aho umuntu yerekeje umunwa niba ari ku munwa, ku zuru, ku rutugu se. ku ijosi n'ahandi.

    Bikorwa umwe mu bakundana cyangwa babiziranyeho atunga umunwa kuri mugenzi we ndetse rimwe na rimwe bigaherekezwa n'akajwi gato.

    Ubu buryo butuma abategeranye nabo barushaho kumva bari kumwe ndetse ko bagikundana.

    The Lizard Kiss (Gusomana nk'umuserebanya)

    Ubu nabwo ni ubundi buryo bwo gusomana. Bukorwa n'abantu 2 b'ibitsina bitandukanye ariko bwo bukaba bukorwa mu buryo bwihariye.

    Abasomana bakoresha indimi zabo zikaba arizo zikoranaho iminwa idakoranyeho.

    Ubu buryo nabwo bukorwa n'abakundana kuko bubafasha kumva bakundanye cyane ndetse no kwishimirana.

    Source : https://yegob.rw/dore-ubwoko-10-bwo-gusomana-nubusobanuro-bwabwo/

  • Ibizakwereka ko uri mu rukundo rudafite icyerekezo. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ikigaragaza urukundo rudafatika ni uko uyu munsi ruba rushyushye ariko umunsi ukurikiyeho ugasanga byahinduye isura ndetse rusa n'uratarigeze kubaho. Urukundo rudafatika kandi ni rwarundi rutabasha kwihanganira ibigeragezo. Ikindi kiruranga ni uko nta gitekerezo cyo gushinga urugo umusore n'inkumi bakundana baba bafite.

    Ibimenyetso biranga urukundo rudafatika:

    1.Ntahazaza

    Urukundo rufatika rugira icyerekezo n'intego. Abantu bakundana urukundo nyarukundo bagaragarizanya amarangamurima nta mbereka, hejuru y'uko bakundana, baba bafitanye ubushuti bufatika,…Mu gihe mu rukundo rudafatika abakundana bagaragarizanya amarangamutima gake gashoboka, nta hazaza, nta ntego bafite cyangwa icyerekezo cy'urukundo rwabo.

    2.Nta bihe byiza mugirana

    Biragoye ko abantu bakundana urukundo rudafatika bagirana ibihe byiza . Aha ndashaka gusobanura byabihe bitibagirana, wicara ukibuka ukumva uhise ukumbura umukunzi wawe, byabihe bituma urukundo rwanyu rurushaho kugira ingufu.

    3.Kuvugana gake/kubonana inshuro nke zishoboka

    Mu bintu biranga urukundo nyarukundo, kuvugana no kumenya uko mugenzi wawe ameze n'ingenzi. Mu ndimi z'amahanga nibyo bita communication. Niba rero mutagira igihe gihoraho cyo kuganira no kumenya amakuru ya buri umwe, urukundo rwanyu tangira urugireho amakenga. Ntiwambwira uburyo bwakwira cyangwa igihe runaka kigashira utazi amakuru n'uko umukunzi wawe amerewe ngo nurangiza unyemeze uburyo icyo murimo ari urukundo.

    Hambere iterambere ritaraza nibwo byagoranaga ariko nabwo abakundana bohererezanyaga amabaruwa cyangwa bagasurana uko babishobojwe. Kuri ubu communication yaroroshye kuburyo bitagoranye kurara umenye uko umukunzi yiriwe yemwe mukaba mwagirana n'ikiganiro n'ubwo mutandukanyijwe n'intera ndende. Niba biba rimwe na rimwe, harimo ikibazo.

    4.Nawe ubwawe ntuzi niba ukunda umukunzi wawe

    Hari igihe bibaho ko umusore cyangwa umukobwa yibaza niba amarangamutima agaragariza mugenzi we niba ari urukundo cyangwa ari agahararo bikamuyobera. Niba rero nawe ubwawe utazi ibyo urimo ni uko urukundo mukundana rudafatika.

    5.Guhora mushwana

    Kutumvikana mu rukundo cyangwa mu mubano ni ibintu bibaho kandi ntakabuza bigomba kubaho kuko ntabwo iteka abantu bahuza byose. Ikigaragaza ko muri mu rukundo nyarukundo ni uko iyo hari icyo mutumvikanyeho cyangwa hari aho mugonganye, mugira uko mukemura ibibazo vuba kandi mu mutuzo. Ariko niba wowe n'umukunzi wawe muhora mushwana bihoraho kandi bikagorana kwiyunga ni uko urukundo rwanyu rudafatika.

    Niba ufite umusore cyangwa umukobwa mukundana, uyu munsi urukundo rukaba rushyushye ariko ejo rukazima kandi iteka mugapfa udukosa duto , menya ko urukundo rwanyu ntaho rugana. Binabayeho mukabana, urugo rwanyu ntirwazamara kabiri cyangwa mukajya muhora mu ntonganya.

    6.Ntiwizera umukunzi wawe/Ntumwiyumvamo

    Icyizere no kwiyumvanamo hagati y'abakundana n'ibintu by'ingenzi cyane mu rukundo. Kuba rero utazi neza niba umukunzi wawe agukunda by'ukuri, kuba utazi neza uko agufata, kuba ushidikanya niba ari wowe wenyine akunda, n'ibindi bisa nabyo bishobora kukwereka ko urukundo mukundana rudafashije.

    Source : https://yegob.rw/ibizakwereka-ko-uri-mu-rukundo-rudafite-icyerekezo/