Tag: lifestyle

  • Isura yawe ntaho yakugeza! Isomo mu nzira yuz… – #rwanda #RwOT

    Hari abavuka inzira ziharuwe, ibyo bakora byabagize ibyamamare byaraboroheye kubigeraho kubera ubafasha bw’imiryango n’ibindi. Gusa abo ni bo bacye kandi babasha kuramba mu kazi. Hariho abakiri bato bifuza kuzamera nk’ibyamamare runaka babona banumva nyamara batazi inzira baciyemo bakibwira ko inzira baciyemo zari zoroshye ariko si ko biri rwose.

    Uyu munsi INYARWANDA twabateguriye ibyamamare binyuranye byo mu Rwanda no hanze byagiye bivugwa nabyo ubwabyo bikaba byakivugira inzira y'amacumu byanyuze yuje gucibwa intege, mu bukene bukomeye ariko kuri ubu bakaba ari bo bafatirwaho urugero n'imbaga nyamwinshi.

    Mu bo twabateguriye harimo abazwi mu Rwanda, Africa n'isi muri yose muri rusange.

    Shakira w'imyaka 44 watangiye umuziki mu mwaka 1990 yatangiye afite munsi y'imyaka 13, akomoka mu gihugu cya Colombia, yigeze kuvuga ko urungano rwe rwajyaga rumubwira ko afite ijwi ribi rirutwa n’iry'ihene ariko ibyo ntiyabyitayeho yarabirenze birangira abaye icyamamare mpuzamahanga, rya jwi rye rikundwa na bose.

    Enrique Iglesias w'imyaka 46 yatangiye umuziki mu mwaka wa 1995, akomoka kuri Espagne mwene Julio iglesias na Isabel Preysler. Se umubyara Julio n’ubwo nawe ari umuririmbyi wanaconzeho umupira w'amaguru ntiyigeze yifuza ko umwana we yaba umuririmbyi. Nyamara ubwo Iglesias yajyaga kwiga muri Amerika yatangiye umuziki mu mazina yandi, se ajya kubimenya byararenze igaruriro.

    Davido w'imyaka 28 yavutse ku mushoramari ukomeye, Adedeji Adeleke na Veronica Adeleke. Yinijye mu muziki mu mwaka wa 2010, inzira yari igoye kuko se atigeze na rimwe yifuza ko umuhungu we yajya mu bintu by'imiziki. Yarwanije Davido yabonaga ntaho yazamugeza. Hari aho yigeze gukoresha ububasha bwe maze atageka polisi guhagarika igitaramo cya Davido.

    Urugendo rw'umuraperi wababaje benshi w'umunyarwanda witwa Jay Polly wafatwaga nk'umwami w'injyana ya Hip Hop nawe ntirwamworoheye nk’uko byagiye bigarukwaho yaba abo babanye mu muziki ndetse n'umuvandimwe we Uwera Jean Maurice. Uyu mukuru wa Jay Polly, yahishuye byinshi byaranze ubuzima bw’uyu muraperi nyuma y’uko yitabye Imana. Aragira ati:'Murumuna wanjye yari umugabo kuko namubwiraga kunyura aha akanga akanyura aho ashaka.'

    Aha yagarukaga ku buryo atakunze guhuza na Jay Polly murumuna we yarushaga imyaka irindwi kuko yumvaga atifuza ko yaba umuraperi akaba ahubwo yaramwifurizaga ubuzima busanzwe. Gusa Jay Polly yakomeje guhangana. Hari igihe Jean Maurice yigeze gukupira Jay Polly ibyuma ari ku rubyiniro i Gikondo, nyamara byaje kurangira mukuru we, Maurice amubereye umufana wa mbere kandi umwubaha akanamugira inama. Bull dogg wabanye na Jay Polly, nawe yemeje ko hari ubwo bararaga batariye ubundi bakaba nta n’inote y'igihumbi bafite.

    Riderman w'imyaka 34 mwene Etienne Rukwavu na Peruth Kantetere, umugabo ufite izina rikomeye muri iyi myidagaduro nyarwanda, nawe mu gutangira umuziki kwe avuga ko Se umubyarwa atabyumvaga. Nk’umubyeyi wo hambere, yari afite impungenge ko umuhungu we Riderman agiye kuba Sagihobe kubera kujya mu muziki. Nyamara Rusake yakomeje kubika kugeza Se yemeye.

    Riderman yavuze ko yumvaga agiye kuva mu muziki akigira mu bucuruzi busanzwe ariko se wari warahoze adashaka umuhungu mu muziki ni we wamubujije amugaragariza ko adakwiye kureka umuziki kuko hari byinshi wamugejejeho kandi ko yaba atengushye abafana be.

    Itahiwacu wamamaye nka Bruce Melodie nawe yagiye acibwa intege na benshi ndetse bivugwa ko hari umunyamakuru wamubwiye ko isura ye ari mbi idashamaje ko ntaho izamugeza, nyamara ubu ni umuhanzi ufatwa nka nimero ya mbere mu bakorera umuziki mu gihugu, akaba afatanya umuziki n'ubucuruzi akora na kompanyi zimwifashisha mu kwamamaza ibikorwa byazo, umuhanzi wishimirwa n'abari n'abategarugori batagira ingano.

    Si abo bonyine ariko amateka yabo akwereka ko iyo uzi icyo ushaka ukagikorana imbaraga n’umwete ukanagira imyitwarire myiza abakurwanyaga birangira bakubereye abafana.


    Shakira yatangiye umuziki ku myaka 13 acibwa intege n’inshuti ariko ntiyabivamo 

    Enrique Iglesias yatangiye umuziki yiyita andi mazina kugira ngo Se Julio atazabimenya, birangira abimenye ariko byararenze igaruriro

    Davido umuhungu w’umushoramari utarigeze yifuza na rimwe yifuza ko yaba umuhanzi kuko yagiye amurwanya nyamara birangira amubereye umufana

    Riderman nawe yabanje kugorwa na se nyamara biza kurangira amubereye umufana w’akadasohoka umugira inama yo kudatenguha abafana be

    Nyakwigendera Jay Polly Umwami wa Hiphop yagiye abangamirwa na mukuru we wifuzaga ko ajya mu masomo akazavamo umuntu ukomeye bitari mu muziki

    Bruce Melodie uyoboye umuziki w’imbere mu gihugu nawe yaciwe intege na benshi barimo n’umunyamakuru wamubwiye ko isura ye idashamaje ntacyo yamugezaho, nyamara gukora hamwe n’umugisha w’Imana byaramuciriye inzira

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109641/isura-yawe-ntaho-yakugeza-isomo-mu-nzira-yuzuye-amacumu-yibyamamare-ku-isi-birimo-nabo-mu–109641.html

  • Umugabo wamaze imyaka 40 aba mu ishyamba yishwe n'umutima [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Umugabo wari uzwi ku izina rya “Tarzan wa nyawe” nyuma yo gutura mu mashyamba ya Vietnam imyaka 40 n'umuryango we, yapfuye azize kanseri y'umwijima ku myaka 52.

    Ho Van Lang yapfuye azize kanseri y'umwijima nyuma yimyaka 8 asubijwe mu buzima busanzwe akuwe mu ishyamba, gusa inshuti ye yavuze ko ubuzima bwo ku isi y'abantu bwamuguye nabi.

    Bwana Ho Van Lang n'umuryango we bahungiye mu mashyamba ya Vietnam nyuma y'uko igisasu cyatewe n'abanyamerika cyishe umugore wa se Ho Van Thanh mu ntambara ya Vietnam yo muri 1972.

    Lang, murumuna we Tri na se Ho ubuzima bwabo bwose babaye mu mashyamba ya Vietnam kuko se yari afite “ubwoba bukomeye bwo gutaha kuko atizeraga ko intambara ya Vietnam yarangiye.”

    Uyu muryango waryaga inkende, inzoka, ibisimba, n'ibindi biremwa byose bashoboraga gukozaho amaboko yabo mu ishyamba.Bambaraga imyenda, ikozwe mu bishishwa by'ibiti.

    Lang yabanye na se imyaka ibarirwa muri za mirongo mu ishyamba ryahoze ryitwa Tra Bong District mbere yuko babonwa n'abenegihugu bakusanya inkwi. Bumvaga ko intambara ya Vietnam ikomeje kugeza igihe basubirijwe ku isi isanzwe muri 2013 ubwo se yarwaraga.

    Lang amaze kuva mu buzima bwo bwo mu mashyamba, yabanye na se mu mudugudu muto wa Vietnam.

    Mu myaka 41, Lang ntabwo yari azi ko abagore babaho. Abajijwe niba azi umugore icyo ari cyo, yasubije ko se atigeze abimusobanurira.

    Lang yahitanwe kanseri y'umwijima kuwa 6 Nzeri 2021.

    Inshuti ye Alvaro Cerezo usanzwe ari umushakashatsi,yamugaruye mu mashyamba bamarana icyumweru, yemeza ko “ubuzima bwa none” bushobora kuba bwaramugizeho ingaruka mbi.




    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/umugabo-wamaze-imyaka-40-aba-mu-ishyamba-yishwe-n-umutima-amafoto

  • Inkumi nitangira kugusura kenshi uri umusore… – #rwanda #RwOT

    Muri iyi nkuru tugiye kugaruka ku bintu bitanu uzirinda gukora, igihe ubona inkumi isigaye  igusura kenshi uri ingaragu. 

    1.Ntuzamwemerere kurara iwawe 

    Hari abasore usanga  bashimishwa no kuba inkumi yabasura ikarara, cyane cyane ab'ingaragu. buriya rero ni ikosa rikomeye kwemerera inkumi yagusuye ko irara iwawe, mu gihe nta bucuti bwihariye mufitanye cyangwa se atari umugore wawe. Ibi bishobora gukurura ibyago utateguye mu ijoro, bishobora kugushyira mu kaga gakomeye. Urugero ashobora kurwara akaremba bikamuviramo urupfu, nawe bikaba ngombwa ko ukurikiranwa mu iperereza! Mushobora no kugira ibyo mupfa bindi byagukururira ibibazo.

    2.Ntuzamwemerere kuzana ibintu bye iwawe

    Ni ikosa rikomeye kwemerera umukobwa  ko azana ibintu bye iwawe mu gihe atari umugore wawe. Yewe si nabyiza mu gihe ari inshuri yawe. Ibi byakuviramo ibyago bitandukanye wahura nabyo. Bishobora no kugutandukanya n’umukunzi wawe mu gihe azanye ibintu iwawe. Akenshi ahamara igihe bikaba byabaviramo kutumvikana no gutandukana, kubera ko uko bwije n’uko bukeye buri wese agenda amenya imico y’undi bikaba byabatandukanya umwe abonye ko yibeshye!

    3.Uzirinde kumuha urufunguzo rw’inzu yawe

    Utitaye ku kuntu agira umutima mwiza n’uko mubanye, ntuzahe na rimwe umukobwa urufunguzo rw’inzu yawe. Urubuga legitpost.com twifashishije dukora iyi nkuru, rwo ruvuga ko kabone n’ubwo yaba ari umukunzi wawe si byiza kumuha urufunguzo rw’inzu yawe kuko hari ubwo yazakuvumbura bitewe n’ibyo ashobora gusanga mu nzu, bityo gahunda zose mwari mufitanye zigapfa. Uru rubuga rukomeza ruvuga ko igihe wahaye umukunzi wawe urufunguzo, nawe ahita yumva afite inshingano zo kumenya ibyakorewe mu nzu, abantu bahaje, n’ibindi byinshi bishobora kwangiza urukundo rwanyu.

    4.Uzirinde icyatuma umukubita

    Gukubita umukobwa ni ikosa ryatuma wisanga mu buroko! N’ubwo warakara birenze urugero, ni ikosa rikomeye gukubita inkumi yagusuye. Icyo mwapfa cyose uzirinde kumukubita. Navuga “oya” ku kintu runaka adashaka, uyubahe bitabaye ibyo numukubita mukarwana bizaba bibi.

    5.Umukobwa wagusuye uzamwibutse ko agomba gutaha

    Nk'uko twigeze kubigarukaho, si byiza kwemerera inkumi yagusuye kurara iwawe, kuko hari ibyago byagutse wahura nabyo  nk'uko twabivuze haruguru. Kabone n’ubwo yaba ari umukunzi wawe uzamwibutse gutaha, bizarushaho kubaka ubucuti bwanyu.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109515/inkumi-nitangira-kugusura-kenshi-uri-umusore-uzirinde-ibi-bintu-uko-ari-5-109515.html

  • Ntibisanzwe , Umugeni bamuguye gitumo rwahanye inkoyoyo_ inkuru irambuye #rwanda #RwOT

      Iyi nkuru iratangaje kandi iteye n' agahinda umugeni yakoze ibara avugisha abatari bacye mu bamutahiye ubukwe, nyuma yuko afashwe ari muri koridoro yo mu nzu y'umusore bakoranye ubukwe, arimo gusambana n'umwe mu bahungu bahoze bakundana.

      Ibi byabaye muri Nigeria ubwo bamwe bari bitabiriye ubukwe, bari bahugiye ku kunywa no kwishimira ibirori, umugeni yagiye nk'ugiye hanze gato, abandi bakomeza kwinywera.
      Uyu mugeni yari yahanye gahunda n'umusore bakundanye mbere, abari aho babonye umugeni wari ugiye atinze, bajya hanze ngo barebe uko bimeze.
      Mu kumushakisha, basanze ikanzu y'ubukwe yayizamuye, nyamusore yamuhereye inyuma (doggy style) rwahanye inkoyoyo.
      Abari aho cyane ko bari biyakiriye mu rugo rushya rw'abageni nk' uko Pulse Ghana ibitangaza, barumiwe.
      Uwabaguye gitumo ni nyina w'umusore gusa ngo yagerageje kubihishahisha n'ubwo n'abandi babibonye.
      Uwatanze amakuru avuga ko uyu mubyeyi yabicecetse kugira ngo ibintu bitazamba ku munsi wakabaye ari uw'ibyishimo.
      Abenshi mu babutashye bagiye bajujura bibaza ibyabaye, bavuga ko uwo mu-ex atakabaye yatumiwe ndetse bakibaza uko ejo hazaza ku kwizerana muri urwo rushya hazaba hameze.
      Bikomeza kugaruka mu mpaka hagati y'abantu niba koko bikwiriye ko umu-ex atumirwa mu bukwe.

    Source : https://impanuro.rw/2021/09/14/ntibisanzwe-umugeni-bamuguye-gitumo-rwahanye-inkoyoyo_-inkuru-irambuye/

  • Umugeni yaguwe gitumo aryamanye n'uwo bahoze bakundana ku munsi w'ubukwe bwe. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Uyu mukobwa utatangajwe amazina yaguwe gitumo arimo gusambana numusore bahoze bakundana kera(ex boyfriend)ku itariki ye y'ubukwe.

    Ibi byabereye muri Nigeria aho bamwe bari bizihiwe bishimiye ubukwe bw'uyu mukobwa.Nibwo uyu mugeni yahise yinyabya hanze gato maze ajya guhura n'uwari umukunzi we w'akahise.

    Bivugwa ko uyu mukobwa yari yahaye uriya musore gahunda yo kuza mu ibanga bakajya mu byabo.Abari batashye ubukwe ngo babonye umugeni atinze hanze barasohoka bajya kureba icyamubayeho.Mu kumushakisha basanze yazamuye ikanzu umusore yamuhereye inyuma ibyo bita 'doggy style '.

    Abari baje kwiyakirira mu rugo rushya rw'abageni ngo bahise bagwa mu kantu nyuma yo kubona ayo mahano ,Uwabaguye gitumo ngo ni nyina w'umuhungu, wagerageje kubihishahisha ariko biba iby'ubusa kuko n'abandi bari babaciye iryera.

    Abantu benshi bari batashye ubu bukwe ngo batashye bijujutira ibi byabaye,bavuga ko uwo musore (ex boyfriend)atakabaye yatumiwe ndetse bakibaza amaherezo yuru rugo rushya.

    Ese uri umugabo w'uyu mukobwa wakora iki?tubwire muri comment hasi gato.

    Source : https://yegob.rw/umugeni-yaguwe-gitumo-aryamanye-nuwo-bahoze-bakundana-ku-munsi-wubukwe-bwe/

  • Umukobwa wari ikizungerezi anafite agatubutse yahindutse mayibobo. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umukobwa witwa Suzy Perez wabaye icyamamare mu kubyina no mu mideli ndetse akaba yari umukobwa wifuzwaga na buri wese kubera ubwiza bwe kuri ubu asigaye yibera ku muhanda.

    Suzy Perez yahoze ari umunyamideli akaba n'umubyinnyi kabuhariwe, mu myaka ya za 2000, yari ikirangirire yishyurwa n'ibyamamare kugira ngo agaragare mu ndirimbo zabo anasarura agatubutse mu kumurika imideli. Amafaranga yose yabonye yamupfiriye ubusa dore ko yanywaga inzoga nyinshi n'ibiyobyabwenge byinshi birangira ubwonko butokowe amera nk'ufite uburwayi bwo mu mutwe.

    Suzy ukomoka muri Repubulika ya Dominikani, yimukiye muri Amerika afite inzozi zo kuba mu myidagaduro. Inzozi ze zaje kuba impamo aramamara aho amakuru avuga ko yifashishijwe mu ndirimbo zitandukanye za Jennifer Lopez, umuraperi P Diddy na Sean Combs n'abandi. Suzy kandi yaryamanaga n'abaherwe gusa akishyurwa akayabo ariko ntiyatekereje kubivamo ngo yiteze imbere.

    Source : https://yegob.rw/umukobwa-wari-ikizungerezi-anafite-agatubutse-yahindutse-mayibobo/

  • Amahano aragwira! Umugabo amaze kubyarana na… – #rwanda #RwOT

    Umwimukira ukomoka muri Repubulika ya Bénin, Adamu Sabi Sime, amaze kubyarana na nyina  gatatu, byatumye Leta ya Nigeria itabyishimira. Mu minsi ishize yafashwe n'ubuyobozi bwa Leta ya Kwara ya Nijeriya, ishinzwe umutekano n'ingabo z'igihugu (NSCDC).

    Umuvugizi wa NSCDC, Babawale Afolabi, ibi yabitangaje mu magambo ye i Ilorin ku wa gatandatu, tariki ya 11 Nzeri, aho yemeje  ko Adamu  yateye inda nyina akaba aheuka kwibaruka umuhungu. Ati: 'Ku wa kane tariki ya 9 Nzeri 2021, umuyobozi w’akarere ka Mosne mu gace k’ubutegetsi bw’akarere ka Kaiama, yavuze ko igikorwa cy'ubusambanyi cyakozwe na Adamu Sabi Sime na nyina, Fati Sime, kandi umwe abyara undi, ibintu bakoze igihe kirekire aho babyaranye gatatu.'

    Ati: 'Abagabo bo mu ishami ry'ubutasi n'abakozi ba NSCDC i Kaiama, bihutiye kugira icyo bakora kandi ibyavuye mu iperereza byagaragaje ko uyu mubyeyi (Fati) afite abana batatu yabyanye n’umuhungu we Adam “.

    Amahano uyu mugore yakoze we n'umuhungu we ntiyagarukiye aho, kuko irindi genzura ryerekanye ko murumuna w’ ushinjwa, ni ukuvuga undi muhungu w'uyu mugore, na we yemejwe ko yaryamanye nawe (na nyina). Ubuyobozi bwa NSCDC bwanavuze ko uyu mubyeyi n’abahungu be bombi badafite impapuro za ngombwa zo kuguma muri Nijeriya, ariko  bashyikirijwe Serivisi ishinzwe abinjira n’abasohoka muri Nijeriya, kugira ngo basubizwe iwabo vuba na bwangu kuko bakoreye amahano muri Nigeria.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109476/amahano-aragwira-umugabo-amaze-kubyarana-na-nyina-ubugira-gatatu-109476.html

  • Ibimenyetso by'urukundo nyakuri ni ibihe? Bisonanukirwe neza #rwanda #RwOT

    Nubwo bidakunze gutindwaho, hari impuguke mu by'imibanire zemeza ko ari ingenzi cyane kandi birafasha kumenya icyo umuntu mukundana yita gukunda no gukundwa ndetse n'uburyo abyakira byombi.

    Mu gitabo cy'umwanditsi, Gary Chapman yise imikorere yumvikanisha urukundo ( Les 5 langages de l'amour), yasobanuye uburyo butanu urukundo ruvugwamo kandi rwumvikanamo, bikaba biba byiza abakundanye bumvikanye ku buryo bubashimisha n'ubutabanyura cyane muri ubwo buryo.

    1. Guhabwa Impano

    Umwanditsi Gary Chapman avuga ko hari abantu bumva ko bakunzwe iyo bahawe impano,yaba ntoya cyangwa nini, bakabifata nk'aho iyo mpano ari ikimenyesto simusiga ko bakunzwe.

    Kuri bene uwo muntu n'iyo wavuga iki cyangwa ugakora ibindi bintu byinshi ariko nta mpano umuha abifata nkaho utamukunda.

    2. Kumarana umwanya n'umukunzi

    Hari abandi bantu bumva ko bakunzwe ari uko bamaranye umwanya n'abakunzi babo. Bene abo ushobora kubazanira impano ntibayihe agacro ko ijyanye n'urukundo ubakunda kuko kuri bo gukundwa bihwanye no kubaha umwanya ukababa hafi kabone n'iyo mwaba mutavugana kuko ari byo bibanezeza bakumva bakunzwe cyane.

    3. Kubwirwa amagambo meza

    Iki gitabo cy'uyu mwanditsi kigaragaza ko hari abandi bumva ko bakunzwe iyo ubabwiye neza cyangwa ubabwiye amagambo meza. Icyo gihe barishima, bagaseka , hari n'abarira (ushobora nko kumubwira uti nkunda ukuntu ugira gahunda, agahita aseka ati ” Yoo, koko se nibyo,uziko unkunda disi ni ukuri ndishimye …”).

    Nubwo yaba akeneye guhabwa impano cyangwa kubona umukunzi we hafi, bene nta kindi kintu abakeneye cyane mu rukundo nko guhora umubwira urukundo no kumubwira amagambo meza amwubaka mwaba muri kumwe cyangwa mutari kumwe.

    4. Gukorerwa ikintu runaka

    Gary Chapman yasobanuye ko uburyo bwa kane bwo kumva ko umuntu akunzwe ari ugukorerwa ikintu runaka nko mutekera, kumumesera, kumutwaza isakoshi, kumwoza ibiganza, ku mucira inzara, ku musokoza, kumuterera ipasi n'ibindi. Usanga bene abo abantu bavuga bati ” Uzi ko runaka ankunda ! Yankoreye ibi n'ibi, ni ukuri arankunda …”

    5. Gukoranaho

    Gary Chapman yasobanuye ko uburyo bwa gatanu umuntu yumvamo ko akunzwe ari ugukorwaho. Uzasanga hari abaganira bafatanye mu biganza, cyangwa umwe akora undi mu musatsi, amushima mu nzara n'ibindi. Icyo gihe umuntu wumva ko akunzwe ari uko akozweho kumukorera ibindi byose atabihereza agaciro cyane.

    Umwanditsi Gary Chapman yongeraho ko ari gake cyane uzasanga abakundana umusore n'inkumi bumva gukundwa kimwe, umwe ashobora kuba yakwita urukundo guhabwa impano naho undi akumva ko akunzwe ari uko yabwiwe amagambo meza.

    Gary atanga inama ko ari byiza kwiga mugenzi wawe ukamenya icyo yita gukundwa bityo urukundo rukabaryohera mwese. Mushobora gutandukana wibwira ko ntacyo utakoze nyamara icyo we yita gukundwa utarakigezeho.

    Avuga ko kugira ngo umenye icyo mugenzi wawe yita gukundwa ari uko wagerageza ubwo buryo bwose bwavuzwe noneho ukareba ikinezeza umukunzi wawe kurusha ibindi akaba aricyo ujya wibandaho kurusha ibindi.

    Icyakora ngo kuba umuntu yakumva gukundwa mu buryo bumwe ntibivuze ko n'ibindi utabimukorera ariko ukibanda ku cyo yiyumvamo cyane , nk'urugero umukunzi wawe ashobora kuba yumva ko akunzwe ari uko ahawe impano ibyo ntibivuuze ko wamwima umwanya wo kuganira , kubwirwa amagambo meza n'ibindi byose biruzuzanya.

    Ibitekerezo bya benshi mu bagerageza gukundana byemeza ko urukundo rwakonje ndetse rutakibaho kuko rugendana n'inyungu, ku buryo hari n'abakorerana ibi bimenyetso by'urukundo barikiye inyungu z'amafaranga cyangwa ubundi butunzi, byose bisaba ubushishozi.

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/ibimenyetso-by-urukundo-nyakuri-ni-ibihe-bisonanukirwe-neza

  • Dore uburyo abagabo bakoresha kugirango bashimishe abagore mu gikorwa cyo gutera akabariro – YEGOB #rwanda #RwOT

    Abagabo bamwe na bamwe banengwa n'abagore babo ku ngingo yo gutera akabariro, ibi bikaba binashobora kuba intandaro yo gucana inyuma cyangwa se gutandukana ntibakomeze kubana.

    Ubushakashatsi bwakozwe ku miryango 1300 ibana, bugaragaza ko abagabo bafasha abagore babo imirimo yo mu rugo ari bo batera akabariro neza kandi kenshi.

    Ubu bushakashatsi buvuga ko umugabo ufasha umugore we gukora imwe mu mirimo yo mu rugo irimo nko guteka no koza ibikoresho byo mu rugo cyangwa kumesa bari kumwe n'abagore babo bakora neza kandi kenshi imibonano mpuzabitsina inogeye abagore babo.

    Umushakashatsi Dr Matt Johnson avuga ko kubana hafi y'uwo mwashakanye mugafatanya imirimo yo mu rugo bitera akanyamuneza n'ibiganiro bishimisha umugore bityo igihe cyo gutera akabariro akaba yiteguye kandi nawe abishaka.

    Ubushakashatsi ku bufatanye bw'abagabo n'abagore mu gukora imirimo yo mu rugo nk'uburyo bwiza bwo kunoza imibonano mpuzabitsina buje buvuguruza ubwabubanjirije bwavugaga ko abagabo bakora imirimo yo mu rugo bakora nabi kandi gakeya imibonano mpuzabitsina nk'uko byanditswe mu gitabo cyiswe 'imibereho y'umuryango' mu gihugu cy'Ububiligi.

    Umushakashatsi Dr Matt Johnson wo muri kaminuza ya Alberta akaba n'umuhanga mu by'imibanire y'abashakanye, avuga ko aho yabereye atigeze abona umugabo wapfuye n'umugore gukora imirimo yo mu rugo.

    Dr Matt agira ati, 'Nta na rimwe, nta n'ikigereranyo runaka cy'imirimo abagabo bafashamo abagore babo byigeze biteza impagarara hagati yabo, cyakora hari ibihugu bimwe na bimwe bifite imico itandukanye bishobora kubaho ariko ibyiza byigaragaza ni uko abagabo bafasha abagore babo mu mirimo yo mu rugo bagira ibihe byiza mu buriri n'abagore babo'.

    Biryo bagabo muhaguruke mufashe abagore banyu imirimo yo mu rugo kdi bizafasha mu kuzana akanya muneza mu muryango.

    Source : https://yegob.rw/dore-uburyo-abagabo-bakoresha-kugirango-bashimishe-abagore-mu-gikorwa-cyo-gutera-akabariro/

  • Dore uburyo 3 wakoresha ukabyutsa uwo ukunda… – #rwanda #RwOT

    N'ubwo mwaba mumaranye igihe mukundana cyangwa mubana, ushobora no kwiga uburyo bushya wabikoramo mu gihe uburyo wari usanzwe ubikoramo yaburambiwe. Iga uko wajya ukangura umukunzi wawe. Uwo mubana ashobora kutazakubwira isaha yifuza kubyukiraho, ariko wowe wareba ugasanga ukeneye ko abyuka kubera impamvu zitandukanye, bikaba byatuma umubyutsa imburagihe, mushobora kuba mutanabana ariko ukaba ushaka ko umunsi wose, wirirwa mu ntekerezo ze.

    Muri uko kumubyutsa imburagihe rero, usabwa kwiga uburyo ubikoramo neza, ntibimutere umutima mubi, ahubwo akabifata nk'ibidasanzwe.

    DORE UKO WAMUBYUTSA

    1. Muzanire ifunguro rya mugitondo mu buriri: Kuzana ifunguro rya mugitondo mu buriri, ni ibintu bidasanzwe, bizamura amarangamutima y'uwo mukundana cyane, kandi akabyukana akanyamuneza agusekera.

    2. Mwongorere amagambo y'urukundo mu matwi uvuga gahoro gahoro: Niba uziko umukunzi wawe, ashobora gukanguka bitinze kandi umukeneye, mwongorere, muvugire mu matwi ariko uvuge amagambo y'urukundo nawe uzi neza ko akeneye.

    Aha ushobora gusubiramo amazina mukunda kwitana, cyangwa andi asobanuye byinshi kubakundana, ukayavuga mu buryo butunguranye kandi buyunguruye kuburyo amushimisha.

    3. Mwandikire urwandiko rumutomagiza: Ibi akenshi bikorwa n'abakundana batabana. Niba uri kure y'uwo mukundana, ushobora kumukangura ukoresheje ubutumwa bwa mugitondo. Ushobora kubumuha ukoresheje ubutumwa bugufi, cyangwa imbuga nkoranyambaga. Nakanguka agasanga ubwo butumwa azahita amenya ko umukunda cyane, azajya mu kazi akomeye kandi ameze neza, uwo munsi uwiharire muri we.

    Inkomoko: Opera News

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109440/dore-uburyo-3-wakoresha-ukabyutsa-uwo-ukunda-bikamuguma-mu-ntekerezo-umunsi-wose-109440.html