Tag: lifestyle

  • Dore amafoto utabonye yaranze ubukwe bw'umuhanzi Igor Mabano #rwanda #RwOT

    Ku munsi w'ejo tariki ya 5 Nzeri 2021, nibwo umuhanzi ukunzwe cyane Igor Mabano yahamije isezerano we n'umukunzi we imbere y'ababyeyi n'Imana ,mu muhango wabereye kuri Heaven Garden ku Irebero.

    Ubukwe bw'abo bwatashywe na bamwe mu byamamare barimo Butera Knowless, Ishimwe Clement, Aline Gahongayire, Nel Ngabo, Platini n'umuhanzi Ben Adolphe banakoranye indirimbo 'Aba Ex'.

    Hari kandi Mighty Popo, umuyobozi w'ishuri rya Muzika rya Nyundo Igor Mabano yizeho umuziki. Dares na Junior bagize itsinda ry'umuziki rya Juda Muzika.

    Ubukwe bwabo bwaririmbyemo Nel Ngabo, itsinda rya Symphony Band ndetse n'umusizi Rumaga wavuze ibisigo.

    Igor Mabano aherutse kubwira Radio Rwanda ko hashize igihe 'kinini' akundana n'uyu mukobwa basezeranye kubana akaramata.

    Tariki 28 Kanama 2021, Igor Mabano yasabye anakwa umukunzi we. Ni umuhango witabiriwe n'abahanzi bagenzi barimo Yvan Buravan, Andy Bumuntu ndetse na Producer we Ishimwe Clement.

    Ku wa Gatanu tariki 27 Kanama 2021, Igor Mabano yasezeranye mu mategeko n'umukunzi we mu muhango wabereye mu Murenge wa Kimihurura mu Mujyi wa Kigali.

    Nyuma yo gusaba no gukwa, Igor Mabano yanditse kuri konti ye ya Instagram avuga ko yabonye umwamikazi yakunze, atsinze yegukanye umuringa.

    Yavuze ko hari hashize igihe kitari gito ategereje inyamibwa ye none umunsi warageze bemeranya kubana akaramata. Uyu muhanzi yavuze 'mbonye urubavu rwanjye nari narabuze ubu nduzuye ndanyuzwe ntazindi mpaka'.

    Yahaye ikaze mu buzima bwe urukundo rwe, amusezeranya kandi arahirira kutazigera amwicisha irungu.

    Ati 'Ntuzicwa n'irungu ibyo ndabirahiye. Nzakuririmbira izitarahimbwa nkucurangire urwo nkukunda unyurwe. None n'ejo ibe ari njye nawe nyamibwa yizihiye urug


    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/dore-amafoto-utabonye-yaranze-ubukwe-bw-umuhanzi-igor-mabano

  • AMAFOTO: Igor Mabano yakoze ubukwe bwitabiriwe n' ibyamamare bitandukanye byo mu Rwanda #rwanda #RwOT

    Kuri iki Cyumweru tariki ya 5 Nzeri 2021, umuhanzi Igor Mabano yakoze ubukwe n'umukunzi we mu birori byitabiriwe n'ibyamamare bitandukanye mu Rwanda.

    Ibi byabereye ahitwa Rebero Heaven Garden akaba ariho basezeraniye bakanahakorera ibindi birori.

    Ubukwe bw'uyu muhanzi bwari bwitabiriwe n'ibyamamare bitandukanye birimo Platini P, Nel Ngabo, Juda Muzika, Ben Adolphe, Dj Ira n'abandi batandukanye. Ishimwe Clement ni we wabaye Parrain w'uyu muhanzi.

    Mabano yari aherutse gusezerana imbere y'amategeko n'umufasha we, mu birori byari byaragizwe ibanga rikomeye kuko uyu muhanzi atigeze yifuza ko bijya mu itangazamakuru. Ni umuhango wabereye ku biro by'Umurenge wa Kimihurura ku wa 27 Kanama 2021.

    Uyu muhango wakurikiwe n'uwo gusaba no gukwa wabereye ku Kimironko mu Mujyi wa Kigali. Igor Mabano yari agaragiwe n'abarimo Nel Ngabo, OG The General, Janvier Kayitana, Frank Double Bass, Shiny Abdallah, Andy Bumuntu , Yvan Buravan n'abandi.

    Igor Mabano afite ubuhanga mu gukirigita ibicurangisho bitandukanye birimo ingoma za kizungu, guitar ndetse na piano. Ni n'umuririmbyi wabigize umwuga cyane ko yabihuguriwe mu Ishuri rya Muzika ku Nyundo.

    Ni imfura mu bize muri iri shuri ndetse yari mu bayoboye mu itsinda ry'umuziki ryahavukiye ryitwa 'Sebeya band' ryaje gutandukana. Ubu yigisha ibijyanye no kuvuza ingoma za kizungu nyuma yo gusoza amasomo mu 2016.

    Amafoto yakoreshejwe yakuwe ku rubuga rwa Igihe.com

    Source : https://impanuro.rw/2021/09/06/amafoto-igor-mabano-yakoze-ubukwe-bwitabiriwe-n-ibyamamare-bitandukanye-byo-mu-rwanda/

  • Wari uziko abakobwa bagufi burya bikundira abasore barebare? – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ubushakashatsi bwakozwe nabahanga bwerekana ko burya abakobwa bagufi bashimishwa nabagabo barebare.

    Ubusanzwe, hari ibintu byinshi byangiza umubano w'abakundana, ariko abenshi ntabwo batekereza ku burebure, kandi nawe uri gusoma iyi nkuru wasanga utarabitekerezaga. Ntagushidikanya, uko wowe n'uwo mukundana mureshya, bisobanura byinshi ku byishimo muzagirana ku hazaza hanyu niba koko mubyitaho.

    Umuhanga akaba n'umushakashatsi witwa Kitae Sohn, yavuze ko niba uri umugore mugufi, ukaba ukundana n'umugabo/umusore muremure , urukundo rwanyu ruzabazanira ibyishimo gusa. Konkuk University yo mu gihugu cya Koreya y'Amajyepfo, mu bushakashatsi yakoze, yasobanuye impamvu abasore benshi bakunda gushaka abakobwa basumba.

    Ubu bushakashatsi bwose twagarutseho, buruzuzanya cyane. Aha urahita wicara urebe aho utuye, witegereze neza, urahita ubona niba ibyo uri gusoma hari aho byaba bihuriye n'ukuri. Ubusanzwe, abagore bakunda abagabo babasumba mu gihagararo, n'ubwo bo batagaragaza impamvu nyamukuru ituma biyumva gutyo.

    Mu gihe cyo gusohokana, abakobwa benshi cyangwa abadamu, bakunda gusohokana n'ababasumba mu ndeshyo cyane. Abagabo barebare, bashimisha abagore babo. Uko umugabo areshya, biha n'umugore we kwisanzura no kwishima mu gihe ari mubandi.

    Source : https://yegob.rw/wari-uziko-abakobwa-bagufi-burya-bikundira-abasore-barebare/

  • Gasabo: umusore yaryamanye n'umukobwa amubeshya ko yambaye agakingirizo birangira amuteye inda. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umusore yabeshye umukobwa w'imyaka 18 y'amavuko ko barakoresha agikingirizo birangira atwite nk'uko uyu mukobwa yabitangarije igihe.

    Uyu mukobwa wiswe Kobwa utuye mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo yemeza ko yatewe inda mu buryo budasobanutse nyuma yo gukorana imibonano mpuzabitsina n'umukunzi we aziko yambaye agakingirizo ariko akaza kumutera inda.

    Uyu kobwa yavuze ko abayeho nabi nyuma y'aho aterewe inda mu buryo bumutunguye.

    Yavuze ko yakundanye n'uyu muhungu amezi ane, nyuma aza kumusaba ko bakorana imibonano mpuzabitsina arabimwemerera ariko amusaba ko bazakoresha agakingirizo.

    Yagize ati 'Urabizi abantu iyo bakundana hari ubwo ugorwa no guhakanira umukunzi wawe ibintu nk'ibyo cyane nk'iyo umukunda. Njye yansabye ko tubikora mubwira ko agomba kwambara agakingirizo kugira ngo atantera inda arabyemera.'

    Yakomeje avuga ko umuhungu yabikoze nk'uko yari yabimusabye ariko amubwira ko ubutaha nta gakingirizo azakoresha ngo kuko atagakunda.

    Ati 'Urumva nyine naje kongera kumusura angurira waragi turayisangira tuza kongera turabikora ariko yari yabanje kumbwira ngo nta gakingirizo yambara ndabyanga arakambara turabikora.'

    Kobwa avuga ko nyuma yaje gutangira kumva atameze neza mu mubiri we ku buryo n'ababyeyi be bahise babikeka ko atwite bamujyana kwa muganga basanga yarasamye.

    Yavuze ko yahise ahamagara wa muhungu kuri telefoni amubwira ko atwite ariko yanga kubyumva. Ati 'Nabaye nk'umubwira gusa ko ntwite ahita abihakana arambwira ngo ntabwo ariwe ngo kuko yari yambaye agakingirizo.'

    Nyuma yo gutereranwa n'uyu musore n'ababyeyi ba Kobwa ngo bahise bamubwira ko badashobora kurera ikinyendaro.

    Yagize ati 'Nyine urabyumva bampaye akato ariko nyine iby'ababyeyi urabizi baje kumbabarira baranyumva banatangira kumfasha.'

    Kobwa yavuze ko yaje kubwira ababyeyi be ibyamubayeho kugira ngo aterwe inda n'uburyo uwo muhungu yamunywesheje inzoga, bajya iwabo abona kwemera ko ariwe wayimuteye ndetse amubwira ko ubwo baryamanaga yakuyemo agakingirizo.

    Source : https://yegob.rw/gasabo-umusore-yaryamanye-numukobwa-amubeshya-ko-yambaye-agakingirizo-birangira-amuteye-inda/

  • Igitekerezo: Ariko indeshyo y’inzara z’umukobwa ihurira hehe n’imico ye! #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibi abantu babivuga baba bumvikanisha ko uwo mukobwa wahisemo gutunga inzara ndende aba ari zo arera gusa nta kindi kintu yakwishoborera. Njyewe ibi sinemeranya na byo kuko akenshi umukobwa uhitamo gutunga inzara ndende ari uko aba azikunze agahitamo kuzitunga, ariko bitabangamiye akazi ke ka buri munsi.

    Ujya kumva ngo “Uriya se na ziriya nzara yahata igitoki? Yakuba isafuriya se? Yafura se… Ibi bikantera kwibaza niba ako ari ko kazi ubundi kabaho gusa! Uretse ko ari na ko kazi akora buriya yaba azi ko izo nzara zitazamubangamira mu kazi ke.

    Mbona gufata umukobwa ngo ni uko umubonanye inzara ndende uhite umushyira mu banebwe ntaho bihuriye. Ajya guhitamo gutereka izo nzara azi ko ntacyo zimubangamiyeho, kuko zimubuza gukora akazi afite mu nshingano cyangwa kamutunze, yabyihorera kuko byose bikorwa n’amahitamo y’umuntu.

    Si no kugira inzara ndende gusa, hari n’abahita babihuza n’umukobwa ufite inzara zisa neza yasizeho verini (vernis) y’amabara basiga ku nzara, agahita yumva ko nta kintu ashoboye, ukagira ngo kugira ngo umukobwa abe ashoboye akazi bisaba kuba asa nabi atiyitaho!

    Gutereka cyangwa guca inzara ni amahitamo y’umuntu bitewe n’icyo yumva akunze kurusha ikindi. Inzara ni kimwe n’ibindi bigize umuntu nk’uko umwe yatereka umusatsi undi akawogosha kandi buri wese agakora akazi ke.

    Hari n’imiryango imwe ngo ibenga umukazana kuko babonye inzara afite atavamo umugore! Aha numva biba bikabije aho ubugore baba babugereranyije n’akantu gato cyane. Umugore n’inzara ntaho bihuriye rwose.

    Hari n’abatagira amahirwe y’uko inzara zabo karemano zidakura ngo zibe ndende ku rugero yifuza agahitamo kujya kwitereshaho izindi kugira ngo zigere ku rugero rumushimishije. Ariko ibi byose mpamya ko ujya kubikora aba yarebye ko ntaho bibangamira imirimo ye ya buri munsi, cyane ko harimo abatunga izo nzara kandi bibana bonyine kandi imirimo yose bakayikorera.

    Niba wowe ubonana umuntu izo nzara ndende ukumva ko ntacyo wowe wabasha kuzikoresha, wowe uri wowe na nyiri kuzigira ni we. Nyabugenge n’ubugenge bwayo. Wimucira urubanza ngo uhite umushyira mu bantu badafite akazi bashoboye.

    Hari n’ababikabiriza bati “Uriya n’akenda k’imbere ntiyakimesera” Burya nta muntu wahitamo kwiha ubumuga kandi ari muzima. Burya baba babihisemo kandi bazi ko ntacyo bibangamira ku mirimo yabo n’ubuzima bukabaryohera.

    Iki ni igitekerezo cy’umunyamakuru Mukazayire Immaculée Youyou

    source : https://ift.tt/3mZAe14

  • Umukunzi wawe numwandikira aya magambo agiye kuryama ntawuzigera amugutwara. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu rukundo hari utuntu duto duto ukorera umukunzi wawe ntabe yakwibagirwa cyangwa ngo agusimbuze undi. Guha ubutumwa bugufi umukunzi umwifuriza ijoro ryiza ni kimwe muri ibyo bikorwa, mwaba mukundana cyane cyangwa byoroheje, yaba ari kure yawe cyangwa mubonana kenshi. Dore bumwe mu butumwa buzatuma ubasha kwigarurira umutima w'umukunzi wawe ndetse bukazamutera guhora amwenyura igihe agutekereje.

    1.'Nta wundi muntu nifuza kuba ndikumwe na we atari wowe. Ndifuza ko wagumana nanjye ukangundira kugeza nsinziriye iri joro.'

    2.'Muri ubu butumwa, nguhaye urukundo rwanjye rwose. Ndifuza kuba naguhobera ngusomagura iyi saha.'

    3.'Nicishije bugufi ngo nereke umwiza wanjye kuri iyi si ko mukunda cyane kandi mwifuriza kunyurwa n'iri joro.

    4.'Ndifuza ko twarangiza igicuku tuganira tudateze kurambirwana. Uri ibyishimo byo kuganiriza.'

    5.'Ndabizi ko uru ari urugendo rushya kuri twe, gusa tuzishima kuko ejo hazaza hatubikiye ibyiza. Ni wowe uzamura amarangamutima yanjye.'

    6.'Kimwe mu bigize ibihe nkunda buri munsi ni igihe nganira nawe ngana igitanda. Uranshimisha.'

    7.'Nanga urunuka iyo uri kure yanjye. Mpora mbara iminsi ntegereje kongera kukubona. Gusa menya ko ngukunda. Ijoro ryiza!'

    8.'Inzozi ni yo mahirwe nsigaranye yo kubasha kukubona. Ni yo mpamvu shenge nkunda kuryama buri joro. Nishimiye kongera kukubona.'

    9.'Ndifuza ko wamenya ko ari wowe wenyine undi mu bwenge mbere y'uko ndyama. Ndifuza ko nakomeza kukubona na nyuma y'uko mbyutse. Ndagukunda.'

    10.'Ndyamye ntegereje gusinzira gusa icyantwaye ibitekerezo ni uburyo nakugundira nkubonye.'

    Source : https://yegob.rw/umukunzi-wawe-numwandikira-aya-magambo-agiye-kuryama-ntawuzigera-amugutwara/

  • Bimwe mu byo umukobwa wakunze umusore byo gupfa akora. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Urukundo burya akenshi ni ibyiyumvo bisangiwe n'abantu babiri kandi babyumvikanyeho neza.

    Igitsina gore akenshi iyo bari mu rukundo rw'ukuri bashaka gukora ikintu cyose kugaragaza amarangamutima yabo kuri buri wese.Tugiye kureba bimwe mubyo umukobwa wakunze umusore cyane akora kugirango abimwereke.

    1.Ntashobora kugusiga

    Umukobwa wagukunze by'ukuri yakwemera agakererwa na gahunda ze ariko ntagusige inyuma .Ntawundi aba ahanze amaso uretse wowe gusa.Aba yifuza ko niba ko ukomeza kumera neza kuva agiye kukazi kugeza akavuyemo.Bishatse kuvuga ko uyu mukobwa yakwemera ko ababyeyi bamutonganya cyangwa bakamutuka kuko aba yumva atekanye muri kumwe.

    2.Akomeza kukubwira uko yiyumva inshuro nyinshi.

    Umukobwa ugukunda by'ukuri niyo mwaba mutarikumwe akora ibishoboka byose akakwandikira akubwira uko amerewe ,akubwira icyo yifuza n'ibimuhangayikishije.

    3.Akimara kubonako yahemutsè yihutira gusaba imbabazi.

    Ibi biba byiza cyane ,iyo umukobwa agukunda byukuri iyo agukoshereje yibuka kugusaba imbabazi.Umukobwa udashaka kukubura aba yumva yaguhora iruhande,iyo aguye mu ikosa yihutira kukwereka ko yakosheje akagusaba imbabazi.

    4.Ahora yumva yakuganira mu nshuti ze.

    Ibi biganiro sibya bindi bisenya, aba yumva bakuganiraho ibyiza gusa ,aho aba yumva nabo yabakuratira,akagutaka akababwira uburyo uri umuntu mwiza.Mbese yumva bimuteye ishema kukuvuga mu bandi.

    Source : https://yegob.rw/bimwe-mu-byo-umukobwa-wakunze-umusore-byo-gupfa-akora/

  • Wari uziko abakobwa b'iki gihe basigaye bakunda guteretwa n'abasore bafite ubwanwa?menya impamvu. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu gihe mu myaka yakera, abantu babonaga umuntu ufite ubwanwa, nk'umunyamwanda; byarahindutse rero,ubu abakobwa biki gihe basigaye bakunda umusore wizigamiye ubwanwa cyane, akanabwitaho.

    Muri iyi myaka, umugabo cyangwa umusore ufite ubwanwa, asigaye agaragara nk'umwe mu bamurika imideri, akenshi aba anakundwa cyane kuko aba yarashatse uko abukora neza maze akabwambika isura ashaka, ku buryo bizinjira mu ntekerezo z'igitsina gore kizamureba atambuka. Ubwanwa ubu bwabaye nk'igikoresho abasore bamwe bakoresha, kugira ngo biyegereze abakobwa b'uburanga.

    Fata umwanya muto witegereze mu nshuti zawe z'abagabo cyangwa z'abasore, abenshi urasanga ubwanwa barabugize iturufu rwose, urasanga barabuteretse ku buryo wagira ngo hari amarushanwa ategerejwe imbere. Jya kumbuga nkoranyambaga zawe, urebe amafoto y'abo ukurikira, urasanga ab'igitsina gabo benshi barateretse ubwanwa.

    Ubusanzwe, bamwe ntabwo babutereka kuko babushaka, babutereka bagambiriye kubona abakobwa bifuza, ba bandi bazi neza ko bakururwa nabwo. Ubyange cyangwa ubyemere, umusore ufite ubwanwa abakobwa bamwe bamukundira uko agaragara batitaye ku kiri imbere mu mutwe. Abakobwa batarisobanukirwa, bafata ubwanwa nk'iturufu ibageza ku gitanda cy'umusore, kugira ngo babone uburyo babukoraho babukinisha. Ubushakashatsi bwakozwe, bwagaragaje ko abasore badafite ubwanwa bwinshi cyangwa badafite na duke, bakunda kwirengagizwa cyane n'ab'igitsina gore, nk'uko byemejwe n'ubwo bushakashatsi bwakozwe muri 2016, bugasohokera mu nkuru yiswe ngo 'Evolutionary Biology'.

    Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko abakobwa bakunda cyane umusore ufite ubwanwa, kuruta wa wundi utabufite.

    Igitangaje ni uko ab'igitsina gore, bakunda abo badahuje igitsina kuko baba bafite ibitandukanye kuri bo kandi bakeneye cyane, kuko bibavaho bikabajyaho nk'ikimenyetso cy'uko umuntu yuzuye.

    Itsinda ry'abadamu ibihumbi umunane na magana tanu (8,500 Women), ryashyizwe hamwe maze rikorwaho ubushakashatsi. Aba badamu babajijwe niba bakwemera kujya mu rukundo rw'igihe kirekire n'abagabo bogoshe bameze neza, badafite akantu na kamwe kagaragaza ko bigeze ubwanwa, cyangwa ba bandi byibura bigaragara ko bazabugira (Buri gutangira kuza).

    Aba bagore ntabwo bazuyaje, bagaragaje ko badashobora gukundana n'umugabo udafite ubwanwa, gusa bagaragaza ko byibura, abagaragaza ko buzaza bo bagerageza. Aba badamu bemeje ko umugabo udafite ubwanwa aberewe n'urukundo rw'akanya gato, mu gihe umugabo ufite ubwanwa akwiriye umugore igihe cyose.

    Ubwanwa ni ibintu umuntu atikururira, ntabwo buhamagarwa burizana. N'ubwo muri iyi nkuru twagaragaje ko abakobwa bakunda abafite ubwanwa, ariko ntibivuze ko ubu bushakashatsi bwujuje 100%, kuko nawe ufite ingero z'uko uwo ukunda ashobora kuba nta bwanwa afite kandi umukunda cyane. Yego! umugabo ni umugabo, ubwanwa sibwo bugaragaza umugabo. Abantu benshi bakuraho ubwanwa kubwo kwifuza kugira isuku ku mubiri wabo kandi ni byiza.

    Source : https://yegob.rw/wari-uziko-abakobwa-biki-gihe-basigaye-bakunda-guteretwa-nabasore-bafite-ubwanwamenya-impamvu/

  • Uwapfuye yarihuse:umugore yateye gapapu umukobwa we ,arongorwa n'umukwe we. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuririmbyi ukiri muto wo mu Burundi uzwi ku izina rya Akes Don ,yakoze ubukwe numugore wari kuzamubera nyirabukwe atuye muri AMERIKA.

    Inkuru yatangiye igihe Akes Don yashakaga kurongora Nelly, umukobwa w'uyu mugore. nyuma uyu mudamu yatangiye kugirana umubano udasanzwe n'uyu muririmbyi birangira amwegukanye.

    Nyina w'umukobwa yatangiye kumenyana n' uyu musore wakundanaga numukobwa we batangira kujya bandikirana ku mbuga nkoranyambaga.

    Amakuru avuga ko Akes Don yahuye na nyina w'umukunzi we nyuma yo kwandikirana ubutumwa butandukanye inbox havuka umubano w'urukundo. Icyatangiye nkamakimbirane, umuriro wurukundo waratangiye 😂😂

    Akes wibwiraga ko ari umugabo wa Nelly ubu ni papa we. Nyina YAMAZE gukora ubukwe nuyu musore aho batuye i Bujumbura naho Nelly asigara muri Amerika.

    Bivugwa ko igihe Akes yabwiraga Nelly amakuru yuko asigaye abana na nyina. Nelly yaratunguwe ndetse aramuseka cyane, avuga ko agomba kuzamuharika nyina kuko agikunda uyu musore.

    Ese wumva bizagenda bite? Akes azarongora Nelly na nyina cyangwa azagumana umukunzi we mushya bita Mama wa Nelly?

    Source : https://yegob.rw/uwapfuye-yarihuseumugore-yateye-gapapu-umukobwa-we-arongorwa-numukwe-we/