Tag: lifestyle

  • Dore bimwe mu bimenyetso 9 simusiga bishobora kukwereka ko umukunzi wawe atakikwiyumvamo #rwanda #RwOT

    Nta bidasanzwe akora mu rukundo rwanyu

    Urukundo rurangwa n'ibintu bidasanzwe, ari na byo bituma ruryoha. Kimwe mu bizakwereka ko umuntu mukundana atangiye kureba ahandi ni uko uzasanga ibintu birimo gutanga impano n'utundi tuntu yari asanzwe akora abihagarika nta mpamvu ifatika, nk'ikibazo yagize mu kazi cyangwa ibihe bitoroshye runaka, ukabona aretse ibintu byose mu buryo udashobora gusobanura.

    Yigira ntibindeba

    Abantu babiri bakundana baba bakwiye gufatanya ibikorwa bitandukanye kugira ngo urukundo rwabo rurusheho kugenda neza. Iyo uwo muri kumwe ubona nta kintu yitayeho, ari wa muntu uhamagara gusa we ntabikore, umuntu utagufasha mu bibazo runaka ufite n'ibindi nk'ibyo, ujye utangira kugira amakenga umuganirize umenye impamvu, kuko ni ikimenyetso kitari cyiza cy'umubano wanyu.

    Ntabwo akwereka amarangamutima y'urukundo

    Urukundo si ikintu wafata cyangwa ngo urebe ahubwo rugaragarira mu marangamutima yanyu mwembi. Nubona umukunzi wawe nta marangamutima adasanzwe akwereka, ukabona ntaho utandukaniye n'abandi bantu basanzwe kuri we, ujye umenya ko ibyo akubwira by'uko agukunda bikeneye gusuzumanwa ubushishozi.

    Arajarajara

    Umuntu ugukunda bya nyabyo, ubona ari wowe gusa ahanze amaso ndetse ibyo akora ubona ari wowe byibandaho. Niba umukunzi wawe akwereka urukundo rudasanzwe uyu munsi, ejo ukabona ntarwo cyangwa ararwerekeza ahandi, ugomba gutangira kugira amakenga.

    Ahora yisegura ku makosa ye

    Umuntu muri kumwe mu rukundo ukabona buri gihe mwagiranye gahunda ntiyayubahirije, ahubwo afite impamvu zidashira zabimuteye. Ujye ugira amakenga kuko hari ubwo aba adashaka kubikora kuko atagukunda, ugomba kugenzura niba impamvu zibimutera zumvikana cyangwa ari uburyo bwo kukwibuza gahoro gahoro.

    Ashaka ko umukorera byinshi we ntacyo akora

    Umuntu utagukunda bya nyabyo, iteka ryose aba afite ibyo agusaba n'ibyo ashaka ko umukorera, ariko ugasanga we ntacyo yaguha. Aba yifuza ko wamuhora iruhande, ariko wowe wamushaka ntumubone. Ibi bizakwereka ko atagukunda ahubwo hari inyungu runaka agukurikiyeho.

    Nk'urugero ashobora kukuburira umwanya mu gihe umukeneye, ariko yaba agukeneye agakora uko ashoboye akabona uwo mwanya ndetse ugasanga yabishyizemo imbaraga. Ushobora kumusaba ko mujyana gusenga akabyanga, ariko yaba ashaka ko muryamana agakora ibishoboka byose mukabonana.

    Igihe cyose umuntu akoresha imbaraga zidasanzwe akwifuza ariko ntazikoreshe umwifuza, ugomba gutangira kumugiraho amakenga.

    Urukundo rwanyu ntabwo arugira ikintu cy'ibanze mu buzima bwe

    Iyo umuntu aha ikintu agaciro, abigaragariza ku mwanya agiha, niba umuntu avuga ko agukunda, ariko ukabona nta mwanya aguha, ni ngombwa ko wibaza kuri urwo rukundo. Ubundi umuntu ugukunda yagakwiye kukubonera umwanya, nubwo utaba uwo kubonana imbonankubone ariko mukaba mwaganira birambuye kuri telefoni n'ibindi nk'ibyo.

    Arikunda cyane

    Umukunzi wawe niba ubona ahora aharanira inyungu ze mu rukundo, ukabona icyo agusabye arifuza ko kigerwaho ariko wowe icyo umusabye akitarutsa, ukwiye gutangira kugira amakenga. N'iyo byaba bigoye ko icyo usabye ukibona buri gihe, hari ubwo umuntu yigomwa agakora ikintu runaka kubera urukundo agufitiye, ibyo bikwereka ko agufite ku mutima bitari ibyo kubeshya.

    Aba afite abandi bagabo/abagore bakururana cyane

    Niba ufite umukunzi akaba afite abandi bantu ubona bakundanye cyane ndetse washaka no kwinjira mu mubano wabo ukabona biramubabaje, ujye umenya ko ukwiye gukurikirana iby'uwo mubano wo ku ruhande, kereka iyo ari inshuti uzi.

    Mu rukundo, ikintu cya mbere ni ibiganiro, niba ubona ibi bimenyetso ku mukunzi wawe, mbere y'uko ufata umwanzuro uwo ari wo wose, ni ngombwa kubanza kuganira n'umukunzi wawe, ukamubaza uko ibintu bimeze, byaba ari ibisobanuro ukeneye ukabisaba kandi ukanyurwa.

    Mu gihe rero abantu bakundana batajya baganira ku ngingo zikomeye zirimo ibyo babona bitagenda mu rukundo rwabo, haba hari amahirwe ko ibyo bari gukora bizarangira nabi kuko umuntu umwe yishyiramo ibintu runaka, atabona ibisobanuro byabyo akabifata nk'ukuri bikazarangira bibaye agatotsi mu mubano wanyu.

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/dore-bimwe-mu-bimenyetso-9-simusiga-bishobora-kukwereka-ko-umukunzi-wawe

  • Umugore yahuye n'uruva gusenya ku munsi we w'amavuko. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu gihugu cya Ghna, hakomeje kuvugwa inkuru iteye agahinda cyane, y'umugore witwawitwa Dubigan Sabrina wahuye n'uruvagusenya Ku munsi w'amavuko we.

    Nkuko amakuru aturuka mu binyamakuru byo mu gihugu cya Ghana abivuga, uyu mugore yahuye n'ibibazo byo gupfusha abana batanu Bose yareraga bahiriye mu nzu Ku isabukuru ye.

    Amakuru atangwa n'ikinyamakuru kitwa Ghana news avuga ko uyu mubyeyi wari usanzwe urera aba abana 5 wenyine, yavuye murugo rwe agiye kuzana inshuti ze mu kirori k'isabukuru ye y'amavuko .Agarutse asanga inzu ye yaka umuriro yarimo abana be bose ukwari 5.

    Amakuru akomeza avuga ko umuriro watangiriye mu igorofa rya kabiri ry'inyubako iri mu burasirazuba bwa St Louis hakurya y'ikibuga cy'ishuri ribanza rya Annette Harris.

    Umukuru wa Polise wo muri ako gace yatangarije iki kinyamakuru dukesha iyi nkuru ko ubwo bazaga kuzima iyi nkongi basanze abana 4 bamaze kwitaba Imana , umwe wari usigaye ari muzima ajyanwa mubitaro ari naho yaguye.

    Source : https://yegob.rw/umugore-yahuye-nuruva-gusenya-ku-munsi-we-wamavuko/

  • Abana bato cyane bagaragaje urukundo rudasanzwe bafitanye. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Abana bato cyane bagaragaje ko bakundana mu buryo budasanzwe, nyuma yo guhurira kwa muganga bombi barwaye kanseri.

    Aba bombi bafite imyaka itatu! Umuhungu yitwa Mack Poter naho umukobwa akaba yitwa Payson Altice. Bwa mbere bahuriye kwa muganga bajyanwe kuvuzwa kuko bose bafite uburwayi bwa kanseri. Bahuriye ku bitaro by'abana bizwi nka 'Phoenix Children's Hospital' biherereye Arizona muri Amerika. Bagihura ngo barakundanye mu buryo bukomeye barakina ndetse baranasabana.

    Nyuma yo kuva kwa muganga bageze iwabo, urukundo rwakomeje gufata indi ntera ndetse ku muhungu biba ibindi bindi nk'uko nyina yabisobanuye ati: 'Buri gitondo ikibazo cye cya mbere cyahoraga ari nzakina na Payson ryari? Urukundo rwabo rwatumye ababyeyi babo bamenyana kuko buri umwe yahoraga yishyuza undi ababyeyi. Cyakora ngo kubo batuye mu gace kamwe, ababyeyi babo bafashe umwanzuro wo gutegura umunsi wo kongera kubahuza bawushyira tariki 11Kanama 2021 baje guhura maze gukora ibirori byakataboneka.

    Mu mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje uko byagenze nyuma yo guhura ku nshuro ya mbere kuva bakundanira kwa muganga. Bisa n'aho umukobwa [Payson] yaje kumutegerereza hafi y'iwabo. Aba yambaye agakanzu n'udukweto tugufi. Umuhungu [Mack Poter] aturuka hirya afite indabo, maze uwari waherekeje umukobwa akabaha rugari agakura telephone mu mufuka agatangira gufata amashusho.

    Mack Poter n'urugwiro rwinshi araza akabanza agaha ururabo umukunzi we Payson nawe akabanza kurwitegereza maze nyuma atazuyaje afata umwanzuro agahobera cyane Mack Poter warumaze kumuha ururabo.

    Source : https://yegob.rw/abana-bato-cyane-bagaragaje-urukundo-rudasanzwe-bafitanye/

  • Menya ibanga rikomeye utari uzi riri mu gusomana ku munwa #rwanda #RwOT

    Abahanga mu by'imibereho ya muntu, imihindagurikire y'imico n'imibanire bemeza ko iminwa ari cyo gice kigaragaza cyane uko umuntu yiyumva by'umwihariho mu bijyanye n'imibonano mpuzabitsina, kidashobora guhishwa. Ibindi iyo yambaye imyenda irabikingiriza.

    Ibyo bituma iyo ari kumwe n'uwo afitiye amarangamutima ari yo akunze gukoresha, uko begerana umwe akarushaho gushaka gukoza iminwa ye ku y'undi bikarangira basomanye.

    Ni umwihariko ku bantu kuko nta zindi nyamaswa zibikora neza nkabo. Zo iyo zagiriranye amarangamutima hari ukuntu ziyegerezanya imwe igakurura impumuro y'indi ikoresheje amazuru gusa bikaba bihagije.

    Umwarimu muri Kaminuza ya Nevada, William Jankowiak, yabwiye BBC ko umuntu we adafite ububasha buhagije nk'ubw'inyamaswa bwamufasha gukurura ibyo byiyumviro bya mugenzi we, ikaba impamvu ituma iyo ashaka kubikurura amwegera bagasomana.

    Yakomeje agira ati 'Uko amwegera cyane ni ko arushaho gushaka kumusoma.'

    Jankowiak yasobanuye ko uko umuntu yambara imyenda myinshi bigira uruhare mu kuba uwo basomana yabishaka cyane. Ni mu gihe abari kumwe batambaye badakunze kugirirana irari ryo gusomana.

    Ati 'Itandukaniro ritangaje, wibutse ibyo navuze ukareba nk'abahigi n'abandi baba mu mashyamba batambara uzasanga badasomana.'

    Yavuze ko bituruka ku kuba ibice by'umubiri bigaragaza ibyiyumviro hafi ya byose biba biboneka, nyamara wakwambara hagasigara haboneka umunwa gusa.

    Hagaragazwa ko kuva mu myaka 3.500 ishize gusomana ku munwa byabagaho. Mu mico imwe n'imwe byagizwe ikizira ahandi bikemerwa bikazongera gucika bitewe n'abayoboye amatwara yaho.

    Si abakundana basomana ku munwa gusa kuko n'umubyeyi ashobora gusoma umwana we. Bikunze kubaho kenshi nk'iyo akiri muto.

    Refe:elcrema.com

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/imibereho/article/menya-ibanga-rikomeye-utari-uzi-riri-mu-gusomana-ku-munwa

  • Amakosa ukwiye kwirinda gukora mu gihe umaze gufata amafunguro. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ibyo ukora nyuma yo kurya, bigira uruhare mu kwinjiza intungamubiri, umubiri ukoresha. Niyo mpamvu ari ngombwa kumenya ibyo ugomba kwirinda nyuma yo kurya mu rwego rwo kwirinda ibyakubuza kugira ubuzima bwiza.

    Ibyo ugomba kwirinda nyuma yo kurya

    1.Kurya imbuto ukimara kurya

    Bimenyerewe mu mico itandukanye, ko barya imbuto bakimara kurya. Nyamara nubwo bikorwa na benshi, ntibikuraho ko ari ikosa. Imbuto zikenera enzymes (ibi ni ibinyabutabire byitabazwa mu igogorwa) zazo zihariye, iyo uziriye ukimara kurya, bitera igifu kutabasha gukamura neza intungamubiri mubyo uba wariye

    2.Irinde kunywa icyayi gishyushye

    Icyayi kibonekamo ibinyabutabire byitwa tannin, bishobora kubuza proteyine wariye kwinjira mu mubiri. Iyo unyweye icyayi nyuma yo kurya, bishobora kubuza kandi umubiri kwinjiza ubutare (iron/fer) bityo ukaba wagira ikibazo cyo kugira ubutare bucye mu maraso (anemia).

    3.Gukora sport

    Umubiri ukenera umwanya uhagije wo gukora igogorwa ry'ibyo wariye mbere yo gukora imyitozo ngorora mubiri kabone naho byaba ari ukugenda (walking). Iyo ukoze sport ukimara kurya, igogorwa rigenda nabi, bikaba byatera gutumba inda, kugaruka kw'aside yo mu gifu, kuruka ndetse no kubuza umubiri kwinjiza intungamubiri.
    Ni ngombwa gutegereza byibuze amasaha macye nyuma yo kurya, ukabona gukora sport.

    4.Kunywa itabi

    Hari abantu bakunda itabi, yamara kurya akumva ashatse kurenzaho itabi. Ibi ni amakosa akomeye, kuko iyo unyweye itabi ukimara kurya, nicotine iboneka mu itabi ihura n'umwuka wa oxygen uba ukenewe ari mwinshi nyuma yo kurya. Bikaba byakora uburozi bukomeye kurusha mu bihe bisanzwe, ari nabwo buvamo kanseri zitandukanye.

    5.Kuryama ukimara kurya.

    Kuryama ukimara kurya bishobora gutera ibibazo bitandukanye mu gifu. Ibikunze kugaragara ni ugutumba, kumva ibintu bivuga mu nda cg se no gusinzira nabi.
    Ni byiza gutegereza byibuze amasaha 2 nyuma yo kurya, ukabona kuryama.

    6.Kwirinda kunywa amazi akonje

    Amazi akonje abangamira bikomeye ndetse agacamo hagati igogorwa cg se icagagurwa ry'ibyo uba wariye, bihinduka uduce duto dushobora kwinjira mu maraso (intungamubiri) kugira ngo bijye gutunga ingirangingo n'uturemangingo dutandukanye.Niba ufite inyota mu gihe uri kurya, wanywa amazi ashyushye (y'akazuyazi) kuko yo afasha mu igogorwa.

    7.Irinde koga nyuma yo kurya

    Iyo ukimara kurya, igogorwa rikenera imbaraga zihagije ndetse n'amaraso aba atembera mu bice by'urwungano ngogozi.
    Iyo woze, cyane cyane amazi ashyushye, amaraso atemberera mu bice by'inyuma (ahagana ku ruhu) mu rwego rwo kugabanya ubushyuhe, bityo igogorwa rikagenda nabi.Ugomba gutegereza byibuze iminota 30 nyuma yo kurya, ukabona koga.

    Source : https://yegob.rw/amakosa-ukwiye-kwirinda-gukora-mu-gihe-umaze-gufata-amafunguro/

  • Tube intangarugero ku bana bacu #rwanda #RwOT

    Mugirirane neza, mugirirane imbabazi, mubabarirane ibyaha nk’uko Imana yabababaririye muri Kristo. Abefeso 4:32

    Umubyeyi umwe (maman) arimo kubara iyi nkuru ababyeyi bose bagomba gusoma no gutekerezaho:

    “Umunsi umwe, habayeho intonganya hagati yanjye n’umugabo wanjye birangira mbabaye ndasakuza. Nahungiye ahantu runaka ndicara, nubika umutwe wanjye mu biganza, ndarira. Umukobwa wacu w’imyaka 2 yumvise induru maze ntiyazuyaza. Yaraje yicara iruhande rwanjye, arampobera ati: “Ndagukunda, mama!”Naramusubije nti: “Nanjye ndagukunda.” Yashyize umutwe ku rutugu rwanjye yungamo ati: “Byaba byiza iyaba nawe wakundaga papa”.

    Ni nk’aho umutima wanjye unsimbutse! Ndarira, icyakora nihagararaho ndavuga nti”Ariko nkunda papa wawe, nubwo twagize ibyo tutumvikanaho. Umukobwa wanjye rero aramwenyura, arahaguruka, ariruka, atera hejuru ati: “Nzahita mbwira papa ko umukunda.”

    Niba abana bawe ari abahamya b’uburakari bwawe, menya neza ko hari byinshi ushobora gukora ugahindura imyitwarire bityo ugaragarize abantu imbabazi.

    Mubigishe gukemura amakimbirane hatabayeho kwanduranya. Ubereke ko itandukaniro ry’ibitekerezo rishobora kuganisha ku cyemezo cyiza ku bandi bantu, ko ushobora kwibeshya kandi ugakomeza kubahwa no gukundwa.

    Inshuro nyinshi, ugomba kubigisha ibyo utigeze wigishwa. Niba ari uko bimeze, wigire ku makosa y’ababyeyi bawe kandi uhe isomo abana bawe.

    Babarira igihe wababajwe cyangwa wakomerekejwe kandi ntukaryame ufite uburakari mu mutima wawe (Abefeso 4:26). Yesu adusaba kubabarira “Kugira ngo So uri mu ijuru na we akubabarire amakosa yawe” (Mariko 11:25).

    Babyeyi, mwibuke ko abana banyu ari mwe bagomba kwigiraho ingeso n’imigirire bizabaranga mugihe kizaza. Muri macye icyo mubababibamo ni cyo muzabasaruramo. Bibiliya itugira inama yo gutoza abana inzira nziza bagomba kunyuramo kuko bazarinda basaza batarayivamo (Imigani 22:6)

    Source: www.topchretien.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Mugirirane-neza-mugirirane-imbabazi.html

  • Wabyifatamo ute ushatse guterera umukobwa ivi akagutera utwatsi? – YEGOB #rwanda #RwOT

    Muriki gihe imico itandukanye ikwira ku isi hose, umuco wo gutera ivi ku basore bashaka gusaba abakobwa ko bazabana nawo umaze gukwiragira ku isi no mu Rwanda hadasigaye nubwo ntawuzi uwabizanye mu Rwanda.
    Ariko nubwo biri uko umuntu wese uteye ivi siko bahita bamwemerera ahubwo hari nabo bakoza isoni ku karubanda bakabahakanira.

    Iyo bigenze gutyo umusore bahakaniye ahita agwa mu gahinda gakomeye ndetse abenshi bishobora kubagiraho ingaruka zikomeye, hari abahura n'ihahamuka abandi bakamera nk'abasazi. Nyamara ndashaka kubwira abasore bose biyemeje gutera ivi ko mukwiye kumenya ko nibabahakanira atariho ubuzima burangirira kuko n'ubundi abenshi muba mwaratandukanye n'abandi bakobwa.

    Mu gihe rero uzatera ivi bakagutera utwatsi uzubahirize bimwe muribi tugiye kukubwira bizagufasha kwikomereza ubuzima nkaho ntacyabaye:

    1. Tuziko iyo utera ivi ukoresha ivi rimwe, nuramuka usabye uwo mukobwa ko mwabana akaguhakanira uzahite ukubita ivi rya kabiri hasi wambaze Imana rurema ishobora byose, maze uyisabe kugukomereza umutima, kugira ngo ubone imbaraga zo guhangana n'agahinda uwo mukobwa aguteye. Bitewe nuko wowe ku giti cyawe utakwishoboza kwihanganira agahinda waba uhuye nako ningombwa kwiyambaza Imana, bizagufasha kujya mu bindi bitekerezo bishya ndetse no kwisuzuma ngo urebe igikurikiyeho.

    2. Nuramuka uteye ivi umukobwa akaguhakanira ntuzigere wongere kumwiginga ngo ukomeze kumusaba kukugirira impuhwe. Ibi ni ukubera ko ajya kugutera utwatsi abikuye ku ndiba y'umutima ndetse harukuntu aba yarasanzwe muburyo utazi. Nukomeza kumwinginga rero uzaba uri guta igihe no kwibabariza umutima, kuko we aba yakoze ikintu yagambiriye ndetse ntanubwo yakwisubiraho burya. Niyo mpamvu rero nibaguhakanira uzahite uhaguruka ugende ntakundi kubitekerezaho ndetse niba yanabikoze ahubutse we ubwe ashobora kuzagaruka akakwisabira imbabazi nubwo bigoranye, ariko ntuzigere wiyongerera akababaro kuko kumusaba imbabazi ninko kuzisaba umushinjacyaha ntacyo yakumarira.

    3. Mu gihe baguhakaniye ntuzihutere kujya mu kabari ngo wiyahuze inzoga, mu gihe utekereza uku bizatuma ugumana igikomere ku mutima mu gihe kinini kuko za nzoga zibikwibagiza ako kanya uri kuzinywa ariko iyo bukeye nihahandi urongera ukabyibuka. Ahubwo mu gihe uteye ivi bakaguhakanira uzagerageze kujya ahantu hatuje witekerezeho, ushobora kujya mu nshuti zawe za hafi zikakuganiriza, ushobora kujya mu masengesho ugaturisha umutima, ndetse n'ibindi… ibyo bizagufasha komora bya bikomere watewe na wa mukobwa

    4. Mu gihe aguhakaniye ntuzigere umutekerezaho umugambi mubi, nko kumwica cyangwa wowe kwiyahura. Wowe uziyumvishe ko nta gikuba cyacitse ndetse wishyiremo ko atariwe ubuzima bugarukiraho. Uzahite wishyiramo ko nyine atari uwawe ndetse ko igihe nikigera uwawe azagusanga utagombye gutera ivi.

    Izi nama enye nuzikurikiza bizagufasha mubihe nk'ibi bidasanzwe byo guterwa indobo.

    Source : https://yegob.rw/wabyifatamo-ute-ushatse-guterera-umukobwa-ivi-akagutera-utwatsi/

  • Niba wifuza gukundwa dore ibintu 12 ukwiye kwitaho #rwanda #RwOT

    Ibintu 12 ugomba kwitaho niba ushaka gukundwa:

    1.Indoro

    Gerageza kureba mu buryo umuntu atabona ko ufite ubwoba cyangwa igihunga. Irinde guhumbaguza no kureba hirya no hino nk'aho hari ikintu urimo gushaka. Reba neza witonze. Indoro iri mu bintu bikurura abantu benshi yaba abakobwa cyangwa abahungu, abagore cyangwa se abagabo.

    2.Imvugo

    Irinde kuvugira hejuru, kuvuga wiruka cyangwa ucuranwa amagambo. Vuga witonze, ukoreshe ijwi rituje kabone n'iyo waba ugeze mu bintu biteye ubwoba cyangwa byagukuye umutima. Ugomba kugerageza ukiyoroshya, ukavuga neza, kuko ni byo bizatuma abantu bose bashaka kukumva, bakagukunda, bagakunda n'ibyo uvuga; mbese ukagenda ubakurura gahoro gahoro kubera kuryoherwa n'ijwi ryawe.

    3.Kwiyitaho

    Ugomba guhora wita ku isura yawe. Niba uri umukobwa, menya kwisiga amavuta ajyanye n'uruhu rwawe, nawe musore umenye niba mu maso hawe hakeye, niba hatarimo umwera, cyangwa se ngo habe hayagirana. Ikindi, reba imyambaro wambaye niba yatuma abantu bakwitaho. Aha icyo ugomba kumenya ni uko bashobora kukwitaho kubera amabara wambaye, kubera uburyo ikubereye mbese ijyanye n'imiterere yawe cyangwa bakakwitaho kubera uburyo ari imyenda idasanzwe kandi igezweho.

    4.Ingendo cyangwa intambuko

    Ingendo iri mu bintu bikurura abantu ndetse ikanatuma bakwitaho by'umwihariko. Ingendo yawe yigire umwihariko. Ingendo yawe igomba kugendana n'uburyo wambaye. Uburyo utambukamo wambaye ijipo, sibwo buryo uzagendamo wambaye 'i jeans' [ikoboyi].

    5.Kumenya kubana n'abantu

    Burya ubwiza bw'inyuma bushobora kugufasha gukurura abantu ariko ikintu cyiza kurushaho ni ukuba ufite bwa bwiza ariko ukaba uzi no kubana n'abantu, uzi kuganira kandi ukamenya kuganira na buri muntu bitewe n'urwego arimo. Jya usabana n'abantu b'ingeri zose bizagufasha nta kabuza.

    6.Ubwiza

    Bushobora kuba ari ubw'umugabo cyangwa ubw'umugore. Ubwiza bw'umukobwa butuma abantu bamwitaho, wabishaka cyangwa utabishaka. Ugomba rero kumenya ko ubwiza wavukanye budahagije, ahubwo ugashyiraho akawe usiga umubiri ndetse ukanawambika ibintu bituma abantu bakwitaho kurushaho. Ugomba kugerageza gushaka itandukaniro n'abandi bari, niba uri umugore ukagerageza ukisiga mu buryo butandukanye n'ubw'abandi.

    7. Imyambarire

    Imyambarire ni kimwe mu bintu bifasha ingaragu cyangwa abantu batarashaka gutereta cyangwa gukurura abo badahuje igitsina. Icyo usabwa gukora ni uko ugomba kureba imyenda myiza kandi bibaye byiza yaba umwihariko wawe, ugashaka imyenda cyangwa inkweto bidakunda kwambarwa n'abantu benshi. Rimwe na rimwe, hari igihe uzabona umukobwa yambaye ipantaro y'abagabo cyangwa yambaye umwambaro utagendanye n'igihe ukeke ko yibeshye cyangwa yakoze ibyo atazi, nyamara hari ubwo aba yabikoze ku bushake kugira ngo abantu bamwiteho bamwitegereze. Gusa ugomba kwirinda kwambara amabara atagaragara cyangwa yijimye cyane.

    8. Imivugire

    Ijwi ryawe n'uburyo uvuga hamwe n'amagambo ukoresha biri mu bintu bikurura abantu cyane. Aha bishatse kuvuga ko iyo ufite ijwi ukaba uzi no kurikoresha neza bituma ukurura abantu benshi.

    Uburyo umuntu asubiza ibyo bamubajije, ibimenyetso ukoresha ndetse n'izindi ndimi ukoresha mu biganiro, byose bigufasha gukurura abantu benshi.

    9. Gusabana

    Gusabana cyangwa kumenya kubana n'abantu bose bituma umuhungu cyangwa se umukobwa akurura abantu benshi. By'umwihariko ku mukobwa ho ni ikintu cyiza cyane. Niba rero ujya wumva bavuga ngo urasabana ubwo nawe uhite wishyira mu mubare w'abantu bakurura abantu benshi. Uburyo wegera abantu, uko ubaganiriza ubatega amatwi, ubakemurira ibibazo, biri mu bintu bikurura abantu benshi ndetse burya utuma hari n'abagenda bagutekerezaho.

    10. Kuryoshya ibiganiro

    Iyo uri umuntu uryoshya ibiganiro ukurura abantu benshi cyane, kabone n'iyo waba utari mwiza mu buranga. Ibi bituma iyo uvuga, buri wese aba yifuza kugera aho uri, bityo ukigwizaho umubare munini w'abaryoherwa n'ibyo uvuga ariko nako bamwe bagenda barushaho kugutekerezaho.

    Umuntu rero uzi kuryoshya ibiganiro akenshi no gutereta biramworohera kuko bitamuvuna kwiyegereza uwo yakunze, cyane ko benshi baba baza bakurikiye ibiganiro bye nawe akaboneraho.

    11. Kumenya kuvugira kuri telefone

    Telefone ni imwe mu ntwaro zifashishwa mu gukurura abantu. Hariho umuntu uba uzi kuvugira kuri telefone ku buryo atuma uwo bavugana atarambirwa cyangwa abantu bagahora bifuza kumuhamagara kugira ngo biyumvire uburyo avugamo. Ibi rero bisaba kuba uzi kwishyira mu mahoro, ubundi ukavuga witonze.

    12. Kumenya ubwenge

    Iyo uri umuntu w'umuhanga kandi uzi ubwenge ni ibintu bituma ukurura abantu kuko baba bizeye ko ibyo ukora n'ibyo uvuga ubizi kandi byuzuye amagambo y'ubwenge. Ikindi kandi baba bumva ibikorwa byawe birimo ubwenge kandi ari byiza. Ibi bituma bamwe hari abaza kukuvomamo ubwenge, maze ukigirira inshuti utyo.

    Src:www.Wikihow.com

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/niba-wifuza-gukundwa-dore-ibintu-12-ukwiye-kwitaho

  • Niba ukunda guhora ugenzura telefoni y'umukunzi wawe, itegure izi ngaruka. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Muri iki gihe aho iterambere mu ikoranabuhanga ryaziye usanga hari ingaruka nyinshi rifite no mu bashakanye cyane cyane mu gihe hari ubwo umwe mu bashakanye abikoresha mu rwego rwo gucunga uwo bashakanye ngo amenye ibyo yirirwamo.Ibi akenshi bivamo ingaruka nyinshi mbi zituma babana nabi.

    Ingaruka zo guhora ugenzura telefoni y'uwo mwashakanye:

    1.Guhora mutongana mupfa ubusa

    Akenshi iyo uhora ucunga telefoni y'uwo mwashakanye ushobora no kwibeshya ku bamuhamagara, cyangwa se ku bamwandikira ukaba wabitiranya n'abafite gahunda yo kuguca inyuma bigatuma uhubuka ukabibaza uwo mwashakanye, hari n'abahubuka bagahita bahamagara izo nimero babonye kugira ngo bakurikirane bamenye ukuri.

    2.Nawe ubwawe ubura amahoro

    Iyo mu mutwe wawe harimo guhora ucunga uwo mwashakanye nawe ubwawe bikubuza amahoro kandi uko ukomeza kubura amahoro kuko utizera uwo mwashakanye niko n'uwo mwashakanye abura amahoro ugasanga nawe akugabanirije icyizere bikazabageza no ku rwego rwo gucana inyuma kandi byaravuye kukutizerana. Igitangaje nuko uwo mwashakanye ashobora no kuguca inyuma kuko yamenye ko umucunga cyane ntunabimenye nawe akakwigira imitwe.

    3.Bibuza amahoro uwo mwashakanye

    Nubwo uwo mwashakanye mwasezeranye kubana akaramata ariko ukwiye kumenya ko akeneye ubwisanzure bw'ibanze ku buzima bwe bwite. Kuba ataratumye umenya umubare we w'ibanga cyangwa se akayiguha kubera mpamvu runaka ngo wenda uze kumurebera kuri email, ntabwo bikwiye gutuma uhora uyikoresha nkaho ari iyawe. Igihe uwo mwashakanye amenye ko umucunga bigeze aho bituma abura amahoro. Ugasanga amaze kuvugana n'umuntu agahita asiba nimero no mu gihe ntacyo yikeka kuko aba aziko uri buze kubicunga

    4.Gutuma uwo mwashakanye agushidikanyaho

    Niba uhora ureba muri telefoni y'uwo mwashakanye cyangwa se email ze mu ibanga iyo atangiye kubimenya nawe bituma agushidikanyaho. Urugero niba uwo mwashakanye ashyira telefone hasi cyangwa se ubutumwa bwaza ukihutira kubusoma nk'aho ari ubwawe, uko akomeza kukubona bizamutera kugushidikanyaho kandi abone ko utamwizera.

    Source : https://yegob.rw/niba-ukunda-guhora-ugenzura-telefoni-yumukunzi-wawe-itegure-izi-ngaruka/

  • Abakobwa gusa: Niba umusore mukundana akunda… – #rwanda #RwOT

    Nyuma yo kumenya aya magambo umusore mukundana akoresha akaba yakwereka ko vuba muratana , uhite wiga uko wakomeza kumubanira neza cyangwa nawe uhindukire umwandikire urwandiko rumusezerera mbere ye. Nusanga uwo mukundana ayakoresha wifatire umwanzuro.

    1.'Ntuzategereze ko nkusobanurira buri kimwe ariko'.

    Urukundo ni ukwihangana. Kwihangana ni ryo shingiro ry'urukundo rw'ukuri, niyo mpamvu rero bigora iyo utari kumwe n'umukunzi wihangana ngo abe yagusobanurira buri kimwe. Niba uwo mukundana akunda kukubwira ngo 'Erega ntugategereze ko nkusobanurira buri kimwe', menya ko atakiri uwawe.

    2.'Erega ibibazo byawe , si ibyanjye'' (Menya ibyawe).

    Buri mubano wose, wubakira ku cyizere, kubaha no gukundana, hagomba iteka kubaho gufashanya no kuzuzanya. Niyo mpmavu abantu bakundana by'ukuri , basangira ibyiza n'ibibi, inyungu n'ibihombo. Insinzi y'umwe muri bo , ikaba insinzi y'urukundo rwabo.

    3.'Niba udakunze ibyo ubona , shaka undi'.

    Niba uwo musore atangiye kujya agutera ubwoba ngo shaka undi, icyo ni ikimenyetso cyumvikana cyane. Ubwo yumva ko nta gitekerezo wowe wagira. Uyu musore rero yamaze kukuvamo kera.

    Umusore ugukunda iteka azahora yumva mwaganira kandi azajya agutega amatwi, natemeranya n'ibyo uvuga azajya abyivugira we ubwe.

    4.'Sinkwizera erega'.

    Ntuzigera uba mu rukundo n'umusore utakwizera. Ukwiriye kuba murukundo n'umusore ukwizera, umusore uguha umutima we, akaba azi neza ko uko byagenda kose na we umukunda .

    5.'Simbizi, bikore uko ubyumva'

    Ntabwo akwiyumvamo. Ibi bizatuma numubaza akantu yanga kugusubiza, akwihorere cyangwa akubwire ngo rero , bikore uko ushaka. Umusore iyo atemeranya nawe aba agukundaa, ariko iyo ataguha umwanya , nta n'icyo mwavugana.

    6.Rekera gutekereza byinshi ariko'

    Iyo ugerageje kwiga ku kantu gashya mu rukundo rwanyu, arakubwira ngo 'Rekera aho gutekereza byinshi'. Nubibona rero uzamenye ko hari ikitajya mbere.

    7.'Sinkigukunda'

    Niba uri umunyamahirwe, uzagira umukunzi uzashikama akakubwira ko atakigukunda. Ni amakuru mabi kuyumva ariko uzamenye ko uri umunyamahirwe. Biba byiza kugira umukunzi uzakubwiza ukuri kurenza uko wagira wa musore uzakubabaza gusa.

    Inkomoko: Relrules

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108827/abakobwa-gusa-niba-umusore-mukundana-akunda-gukoresha-aya-magambo-vuba-aragusezerera-108827.html