Tag: Iyobokamana

  • Ikorere umusaraba wawe! #rwanda #RwOT

    “Abwira bose ati 'Umuntu nashaka kunkurikira niyiyange, yikorere umusaraba we iminsi yose ankurikire, kuko ushaka kurengera ubugingo bwe azabubura, ariko utita ku bugingo bwe ku bwanjye ni we uzabukiza. 'Luka 9:23-24

    Aya ni amabwiriza asobanutse Yesu yaduhaye ku byo tugomba gukora, niba koko dushaka kumukurikira no kuba abigishwa be. Ariko se mu byukuri bisobanura iki “kwikorera umusaraba wanjye?”

    Duhereye kuri ibi, dushobora gusobanukirwa ko “Kwikorera umusaraba wanjye” ari ngombwa kugira ngo mbe umwigishwa wa Yesu, kandi bigomba kubaho buri munsi.

    Abantu ba mbere batumvira amategeko y’Imana, bazwi “Nk’abaguye”, kubera ko bari bafite “umubiri”, bituma barwanya Imana. Abantu bose barazwe uyu mubiri, kandi ugira ingaruka ku bitekerezo byacu, amagambo n’ibikorwa byacu.

    Uko wakwikorera umusaraba wawe, ni uko waha ubuzima bwawe Yesu ukiyemeza kureka gukora icyaha, no gukora ibyo nshaka, hanyuma utangire gukorera Imana. Hakanira kamere yawe ibyo ikwifuzamo, urwanye n’irari n’ibyifuzo bibi biva mu mubiri wawe byose.

    Kuba nahindura ibitekerezo byanjye bishya, ntabwo bivuze ko kamere yanjye yahindutse. Nahise mbona ko irari ryanjye rikiri rizima cyane, kandi ndacyageragezwa, iyi niyo mpamvu nkeneye kwikorera umusaraba wanjye buri munsi.

    Umusaraba wari uburyo busanzwe bwo guhanwa bwakoreshwaga n’abaroma bategekaga mu gihe cya Yesu. Nta muntu washoboraga kumanikwa ku musaraba ngo abeho. Nyuma yo kubabazwa igihe runaka, amaherezo birangira apfuye.

    None kwikorera umusaraba wanjye mu byukuri bivuze iki? “Kwikorera umusaraba wanjye” ni kintu kigomba kubaho mu bitekerezo byanjye. Iyo ibitekerezo bidashimisha Imana bije muri njye, ndabihakanira kandi “nkabica, nkabibamba” ku musaraba w’imbere muri njye .”Hanyuma rero noneho kwikorera umusaraba wanjye, ukuvuga “Oya!” ku bushake bwanjye, nkarwanya ukwifuza uko ari ko kose iyo ngeragejwe.

    Kamere irababara iyo mpakanye ibitekerezo by’icyaha nsanzwe nkunda gutekereza kuko binyuranyije n’ubushake bwImana. Nyamara ibyo bimpaho mu gihe mba nifuza gukora ibishimisha Imana. “Kwikorera umusaraba wanjye” bitera imibabaro kumubiri wanjye, kuko nywima icyo ushaka. Bibiliya yita ibi 'kubabaza kamere,' kandi Intumwa Petero yaranditse ati: “Nuko ubwo Kristo yababarijwe mu mubiri mube ari ko namwe mwambara uwo mutima we nk’intwaro, kuko ubabarizwa mu mubiri aba amaze kureka ibyaha”1 Petero 4:1

    Umwuka Wera ampa imbaraga zo gukomeza kubamba kamere yanjye ku musaraba, gukomeza kuvuga ngo 'Oya!' ku byo umubiri wanjye unsaba, kugeza irari ripfuye. Nibwo mba mbohowe rwose ingoyi z’icyaha.

    Nk’umuntu, umubiri wanjye wuzuye ukwikunda. Niyo mpamvu Yesu avuga ko ngomba kwiyanga no kwikorera umusaraba wanjye kandi buri munsi mu buzima bwanjye bwose. Uko mpora nikorera uyu musaraba wanjye umunsi kumunsi, buhoro buhoro, nzatsinda icyaha kandi nzasa na Yesu. Ubuzima buzagenda burushaho kuba bwiza mu gihe ntakitwara nk’uko nabimenyereye.

    Bible words explained: Take up your cross

    Source: Activechristianity.org

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Ikorere-umusaraba-wawe.html

  • Umupasiteri yashatse kwigana Yesu Kiristo bimuviramo kubura ubuzima bwe #rwanda #RwOT

    Mu gihugu cya Zambia, haravugwa inkuru y'umugabo witwa James Sakala w'imyaka 22 y'amavuko, wari usanzwe ari umuvugabutumwa mu idini rya Zion Church washatse kwigana ibyo Yesu umwana w'Imana yakoze ariko birangira uyu mugabo abuze ubuzima bwe.

    Nkuko ibinyamakuru bitandukanye byo mu gihugu cya Zambia byakomeje kugenda bibyandika, uyu mugabo Sakala yafashe ikanzu y'umweru ndetse na rugabire arabyambara arangije abwira abayoboke yigishaga ko agiye gukora nk'ibyo Yesu Kiristo yakoze, Yahise asaba aba bayoboke be kumufata bakamuhamba ari muzima kuko nyuma y'iminsi itatu azahita azuka nkuko Yesu yazutse.

    Uyu muvugabutumwa Sakala mbere yo guhambwa ari muzima yabwiye abayoboke be kwegera hafi y'imva yari yicukuriye ubwe maze atangira kubigisha ijambo ry'Imana.

    Sakala yagize ati'Mwese mwegere hino kuko mufite ukwizera gucye mwe, ndifuza ko mumpamba ndi muzima kuko nyuma y'iminsi itatu yonyine nzahita nzuka nkava mu bapfuye nkagaruka ndi muzima nkuko Yesu Kiristo umwana w'Imana yagikoze ndetse nkazahita mba umuntu wa kabiri ubikoze nyuma ya Yesu'.

    Abayoboke be babanje kwanga ibyo abasabye ndetse bamwe muribo bagira ubwoba bwinshi, ariko nyuma baje kwemera ibyo abasabye maze baramuhamba, Uyu Sakala akaba yari asanzwe asanzwe ari umuyobozi mukuru w'urusengero Zion Church ndetse akaba yari n'umuvuzi wa gakondo ndetse n'umupfumu.

    Amakuru akaba avuga ko Sakala yakoze biriya agamije guhinduka umuyobozi mukuru w'abanyabitangaza ku isi, ndetse ngo yizeraga neza ko naramuka azutse akava mu bapfuye azaba abaye umwe rukumbi ubikoze nyuma ya yesu.

    Mbere yuko ahambwa yabajijwe ikimuteye gukora ibyo, avuga ko mbere yuko Yezu abambwa, yavuze ko abazizera izina rye nawe bakamwizera by'ukuri bazajya bakora ibyo yakoze nk'ikimenyetso cyo kumuzirikana.

    Akimara kuvuga ibyo yaragiye aryama mu mva maze bazana ibitiyo baramutaba neza bamurenzaho itaka rimurengaho ndetse abamushyinguye babikoze baririmba indirimbo nyinshi zo murusengero rwe, bavuga amasengesho menshi bategereje igitangaza cy'Imana ariko byose byaje gupfa ubusa kuko atigeze azuka.

    Hashize iminsi itatu Sakala atazutse, Abayoboke be bamwihambiye bihutiye kujya kumutaburura gutaburura kugira ngo barebe niba yaba akiri muzima gusa baje gusanga umugabo yarapfuye kera ndetse kuri ubu abashinzwe umutekano mu gihugu cya Zambia bakaba bakomeje guhiga bukware umuntu wari mu gikorwa cyo guhamba uyu muvugabutumwa wigereranyije na Yesu bikamuviramo urupfu.

    Source : https://impanuro.rw/2021/08/12/umupasiteri-yashatse-kwigana-yesu-kiristo-bimuviramo-kubura-ubuzima-bwe/

  • COVID-19: Insengero n’ imihango y’ubukwe harimo gusaba byakomorewe, Amasaha ntarengwa y’ingendo yashyizwe saa Mbili #rwanda #RwOT

    Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ingamba nshya zo guhangana na COVID-19 aho insengero zahawe uburenganzira bwo gukora mu gihe bimwe mu bikorwa birimo ubukwe byakomorewe.

    Iyi Nama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 11 Kanama 2021, yayobowe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

    Nyuma yo gusuzuma imiterere y’icyorezo hanzuwe ko havugururwa ingamba zo gukumira ikwirakwira ry’Icyorezo cya COVID-19.

    Muri zo harimo ko amasaha yo gutaha yavuye saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba ashyirwa saa Mbili z’ijoro.

    Mu myanzuro mishya yatangajwe, yagennye ko insengero zahawe uburenganzira bwo gukora kuko zujuje ibisabwa mu kwirinda COVID-19, zemerewe kwakira 30% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu.

    Inama y’Abaminisitiri kandi yanakomoreye imihango y’ubukwe harimo gusaba, ishyingirwa rikorewe imbere y’Ubuyobozi bwa Leta n’irikorewe mu nsengero. Ibi bikorwa ariko bizajya 'byitabirwa n’abantu batarenze 50.'

    Ikomeza igira iti 'Iyo byabereye ahantu hasanzwe hemerewe gukorerwa ibirori ntibirenza 30% by’ubushobozi bwo kwakira abantu bw’aho bateraniye. Abitabiriye iyo mihango bagomba kwerekana ko bipimishije COVID-19 mu masaha 72 mbere y’ibyo bikorwa, kandi bakubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19.”

    Ibikorwa birimo restaurants byakomorewe aho zemerewe kongera kwakira abakiliya ariko ntizirenze 30% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu. Restaurants zakira abicaye hanze zemerewe kwakira abagera kuri 50% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu.

    Ubusanzwe restaurants zakoraga ariko abazigana bagahabwa amafunguro bakayatahana (take aways).

    Ingamba zashyizweho zizubahirizwa mu gihugu hose guhera ku wa 12 Kanama kugeza ku wa 1 Nzeri 2021.

    Ingamba zizubahirizwa mu gihugu hose:

    a. Ingendo zirabujijwe guhera saa Mbili z’ijoro (8:00 PM) kugeza saa Kumi za mu gitondo (4:00 AM). Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa Moya z’ijoro (7:00 PM)

    b. Ibiro by’Inzego za Leta bizakomeza gufungura, ariko buri rwego rurasabwa gukoresha abakozi batarenze 50% by’abakozi bose, abandi bakozi bagakorera mu rugo, ariko bakagenda basimburana.

    c. Ibikorwa by’Inzego z’abikorera bizakomeza, ariko buri rwego rurasabwa gukoresha abakozi batarenze 50% by’abakozi bose, abandi bagakorera mu rugo, ariko bakagenda basimburana.

    d. Inama zikorwa imbonankubone (physical conferences) zizakomeza. Umubare w’abitabira Inama ntugomba kurenga 30% by’ubushobozi bwo kwakira abantu bw’aho bateranira. Abitabiriye Inama bose bagomba kugaragaza ko bipimishije COVID-19.

    e. Imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zemerewe gutwara abantu batarenze 75% by’umubare w’abantu zagenewe gutwara. Abatwara imodoka zitwara abagenzi barasabwa kugenzura ko amadirishya afunguye kugira ngo zigeremo umwuka uhagije ndetse n’uko abagenzi bahana intera.

    f. Moto n’amagare byemerewe gukomeza gutwara abagenzi. Abatwara moto n’amagare barasabwa kubahiriza amabwiriza yo kurwanya icyorezo cya Covid-19 buri gihe.

    G. Resitora zemerewe kongera kwakira abakiriya ariko ntizirenze 30% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu. Resitora zakira abakiriya bicaye hanze zemerewe kwakira abantu ku kigero cya 50% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu.

    h. Utubari twose tuzakomeza gufunga.

    i. Insengero zahawe uburenganzira bwo gukora kuko zujuje ibisabwa mu kwirinda COVID-19, zemerewe kwakira 30% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu.

    j. Abagenzi bose binjira n’abasohoka mu gihugu bakoresheje Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali bagomba kuba bafite icyemezo cy’uko bipimishije COVID-19 (PCR test) mu gihe cy’amasaha 72 mbere y’uko bahaguruka, kandi bakubahiriza amabwiriza y’Inzego z’Ubuzima yo kwirinda COVID-19.

    k. Ibikorwa by’ubukerarugendo bizakomeza, hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19. Muri ibyo bikorwa harimo amahoteli, abashinzwe kuyobora ba mukerarugendo (tour operators) na serivisi zo gutwara ba mukerarugendo. Amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo azatangwa na RDB.

    1. Ibikorwa bya Siporo y’umuntu ku giti cye n’izikorerwa hanze abantu bategeranye bizakomeza. Amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo azatangwa na Minisiteri ya Siporo.

    m. Ibigo bikorerwamo imyitozo ngororamubiri (gyms and fitness centers) bizafungura mu byiciro. Amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo azatangwa na Minisiteri ya Siporo.

    n. Imihango y’ubukwe harimo gusaba, ishyingirwa rikorewe imbere y’Ubuyobozi bwa Leta n’irikorewe mu nsengero birasubukuwe, ariko bikitabirwa n’abantu batarenze 50. Iyo byabereye ahantu hasanzwe hemerewe gukorerwa ibirori (licensed event venues), ntibigomba kurenza 30% by’ubushobozi bwo kwakira abantu bw’aho bateraniye.

    Abitabiriye iyo mihango bagomba kwerekana ko bipimishije COVID-19 mu masaha 72 mbere y’ibyo bikorwa, kandi bakubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 (gusiga intera hagati y’umuntu n’undi, gukaraba intoki, kwambara agapfukamunwa neza).

    o. Umubare w’abitabira ikiriyo ntugomba kurenza abantu 10 icyarimwe. Imihango yo gushyingura ntigomba kurenza abantu 20.

    p. Ibikorwa by’imikino y’amahirwe bizakomeza gufunga.

    Source:Igihe.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/COVID-19-Insengero-n-imihango-y-ubukwe-harimo-gusaba-byakomorewe-Amasaha.html

  • Umugore w'umupasiteri yahishuye uburyo umugabo we amuteza amadayimoni. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umugore witwa Happiness Nwakamma ukomoka mu gihugu cya Nigeria yatanze ubuhamya bw'ukuntu atagishaka kubana n'umugabo we bahuriye kuri facebook, akaba ashinja uwo mugabo kumuteza amadayimoni nyamara uwo mugabo asanzwe ari pasiteri.

    Umugabo we witwa Divine Okoh, niwe washinze Itorero ryitwa healing grace deliverance ministry, rikaba riherereye muricyo gihugu cya Nigeria. Uyu mugore avuga ko byose hagati ye nuwo mugabo, byatangiriye kurubuga rwa facebook muri comments aba ngo bisanze bateye comment kuri post imwe kuri facebook maze bayiheraho baganira birangira bahuriye muri message.

    Nyuma y'ibi aba baganiriye menshi ndetse barahuza, bigeze aho bemeranya guhura amaso ku maso, sibyo gusa barahuye baramenyana, kandi barishimirana ndetse biyemeza kuzajya kwiyerekana mu miryango yabo. Aba mu gihe bataraganira ngo bamenyane neza ahubwo bihutiye gushyiraho itariki y'ubukwe, ndetse birangira basezeranye mu mategeko. Gusa muri ibi birori umuryango w'umukobwa ntiwari unezerewe na gato biturutse kuri ubwo bukwe bw'igiturumbuka.

    Byageze naho nyina w'umukobwa ataha ubukwe byo kwikiza umwana we ngo adaseba ariko ntiyari abyishimiye na gato. Ntibyatinze aba bakoze ubukwe barabana, nyuma yo kubana haciyemo iminsi ntakibazo bafitanye.
    Ikibazo rero cyaje kuvuka nyuma gato, ubwo umugore yasabaga umugabo gushyira mu bikorwa isezerano yamuhaye mbere yuko babana. Uyu mugore yasabye umugabo kumuha amafranga agasubira kwiga agakomeza amashuri ye, kuko ari isezerano umugabo yari yamuhaye. Amukojeje ibyo gusubira ku ishuri umugabo yahise asimbuka ararahira arirenga abwira umugore ko nta mafaranga yifitiye. Ahubwo umugabo yahise abwira umugore ko agomba kubanza agatwita maze akazasubira ku ishuri nyuma yo kubyara.

    Umugore mu buhamya, yakomeje avuga kandi ko uretse kuba umugabo we atarubahirije ibyo yamusezeranyije, ngo uwo mugore yajyaga arara ahanganye n'abadayimoni mu nzozi, ibi kandi ngo nubwa mbere byari bimubayeho ubuzima bwe bwose. Uyu mugore kandi yavuze ko uwo mugabo we atashobora kwambara ubusa imbere ye n'umunsi n'umwe, ibyo nabyo ngo bikamutera ikibazo gikomeye. Nubwo bakoraga imibonano mpuzabitsina ngo umugabo yabariraga mu gicuku kuburyo umugore atashoboraga kumubona yambaye ubusa na gato.

    Source : https://yegob.rw/umugore-wumupasiteri-yahishuye-uburyo-umugabo-we-amuteza-amadayimoni/

  • Umuramyi Reuben Kigame ufite ubumuga bwo kuta… – #rwanda #RwOT

    Reuben Kigame witeguye guhatanira kuyobora Kenya ni umunyamuziki akaba n'umuvugabutumwa uzwi mu ndirimbo nka 'Huniachi' yasohotse kuri Album Usifadhaike yakoranye n'itsinda ry'abaririmbyi bakomeye Sifa Voices na Gloria Muliro.

    Iyi ndirimbo yasohotse tariki 11 Ukwakira 2017 imaze kurebwa n'abantu barenga miliyoni 12. Azwi kandi mu ndirimbo 'Mwana Ni Mchungaji Wangu' yakoranye na Jayne Yobera; 'Never Alone', 'Ombi Langu', 'Oh Jesus', 'Another country' n'izindi zinyuranye.

    Mu ijambo rye ryatambutse mu makuru ya Televiziyo NTV yo muri Kenya kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Kanama 2021, Reuben Kigame yavuze ko yateye intambwe idasubira inyuma yo kwiyamamariza kuyobora Kenya.

    Uyu mugabo ujya anyuzamo agakora indirimbo mu njyana ya Country, yavuze ko azi neza ko kwiyamamaza kwe bizatungura benshi, bamwe ntibiyumvishe ukuntu umuntu ufite ubumuga bwo kutabona avuga ko 'ashaka kuba Perezida.'

    Reuben Kigame yavuze ko naramuka atsinze amatora bizaba ari amateka adasanzwe ku banyamuziki bafite ubumuga nk'ubwe muri Kenya. Kandi afite icyizere.  Perezida wa Kenya uzatorwa azaba abaye Perezida wa Gatanu.

    Kigame afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya Kaminuza yakuye muri Kenyatta University mu Ishami ry'Amateka, Imitekerereze n'Iyobokamana.

    Anafite impamyabumenyi y'icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza (Masters) yakuye muri Moi University mu Ishami ry'Itangazamakuru. Muri iyi Kaminuza ni naho yahuriye n'umugore we Mercy barushinze mu 1991. Nyuma yaje kwitaba Imana babyaranye abana batatu.

    Uyu mugabo avuga ko politiki iri mu maraso ye kuva yatangira amashuri ye. Hari imyanya imwe n'imwe yagiye ahatanira mu matora atandukanye kuva ku buyobozi bwa Perezida Daniel Moi.

    Yavuze ko naramuka atowe azaharanira gutera ikirenge mu cy'abakozi b'Imana n'abahanzi babashije kuba aba Perezida muri Afurika.

    Atanga ingero nka Perezida Andry Rajoelina wa Madagascar wabaye Dj, Perezida wa Liberia George Weah wabaye umukinnyi w'umupira w'amaguru,  Perezida wa Malawi Lazarus Chakwera wabaye umuvugabutumwa n'abandi,

    Kigame watangiye umuziki mu 1987 amaze gushyira ku isoko Album 29. Avuga ko 'ku buyobozi bwe azahanira kurwanya ruswa no gufasha abaturage kwihaza mu biribwa'.

    Uyu mugabo avuga ko yamenye ko afite ubumuga bwo kutabona akiri muto. Ngo igihe kimwe ari kumwe na Nyina yagerageje gukora ku isahani yari iriho ubugari arahusha. Ati 'Icyo gihe nibwo namenye ko mfite ubumuga bwo kutabona.'

    Avuga ko Nyina yagerageje uko ashoboye ngo amuvuze ariko akomwa mu nkokora n'ubushobozi, bituma umwana we atavurwa ngo akire.

    Umuranyi Reuben Kigame yatangaje ko aziyamamariza kuyobora Kenya ku itike y'ishyaka Federal Patry of Kenya

    Reuben Kigame ubwo yacurangiraga gitari abashyitsi bari bamusuye aho atuye mu gace ka Eldoret tariki 9 Kanama 2021

    KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'HUNIACHI' YA REUBEN KIGAME NA GLORIA MULIRO

    “>

    REUBEN KIGAME YEMEJE KO AZIYAMAMARIZA KUYOBORA KENYA

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108500/umuramyi-reuben-kigame-ufite-ubumuga-bwo-kutabona-yatangaje-kwiyamamariza-kuyobora-kenya-108500.html

  • Ndabibutsa ko tugeze mu minsi mibi! Mwirinde iyi mitego 5 Satani atega Abakristo buri munsi-Pst Desire Habyarimana #rwanda #RwOT

    “Nuko mwirinde cyane uko mugenda mutagenda nk’abatagira ubwenge, ahubwo mugende nk’abanyabwenge, mucunguze uburyo umwete kuko iminsi ari mibi. Nuko ntimukabe abapfu, ahubwo mumenye icyo Umwami wacu ashaka.” Abefeso 5:15

    Tugiye kuganira ku mitego 5 Farawo yateze Abisiraheli mbere yuko bava muri Egiputa. Iyi mitego 5 ni yo Satani adutega buri munsi, iyo tuvuze Egiputa tuba tuvuze isi, iyo tuvuze kanani tuba tuvuze mu Bwami bw’Imana. Iyi mitego 5 Farawo yateze Abisiraheli, na n’uyu munsi irakigaragaza mu buzima bw’ubukristo.

    Umutego wa mbere

    “Farawo aramubwira ati 'Ndabareka mugende mutambirire Uwiteka Imana yanyu mu butayu icyakora ntimuzajye kure cyane. Nimunsabire.' Kuva 8:24

    Satani atega umutego Abakristo, akababwira ati 'Muzasenge ariko ntimuzajye kure: Mu kwezwa, mu guhinduka ku ngeso, kure mu gukira imvune zo mu mutima, kure mu gusa na Krsto ( Bibiliya iravuga ngo mugire umutima nk’uwari muri Kristo Yesu ).

    Satani ntabwo yishimira ko tugira umutima uhindutse wejejwe. Nagira ngo mbabwire ko kuva mu gihe cya Yohana umubatiza Ubwami bw’Imana buratwaranirwa, intwari zibugishamo imbaraga. Ntabwo ushobora kubona ubuntu bw’Imana bwinshi udafashe igihe cyo gusabana n’Imana. Farawo yarababwiye ngo “Muzagende, ariko ntimuzagere kure!” Hari ubwo Satani adushyiraho ibiziriko: Akatureka tukajya muri korari, tukabwiriza, tugakora imirimo, ariko abizi neza ko tutabasha kugera kure kuko azi ibyo adufatiraho. Birashoboka ko usenga, ubana n’Imana, ariko aho utererwa urahazi!

    Umutego wa kabiri

    “Kuri uwo munsi Farawo ategeka abakoresha ubwo bwoko uburetwa, n’abatware bo muri bo ati 'Ntimwongere guha abantu inganagano zo kubumbisha amatafari nka mbere, nibagende bishakire inganagano. Kandi umubare w’amatafari basanzwe babumba bawugumeho, mwe kuwubagabanirizaho na make kuko ari abanebwe. Ni cyo kibatakisha bati 'Tugende dutambire Imana yacu ibitambo.’ Abo bagabo bategekwe imirimo irushaho kurushya, bayikore be kwita ku magambo y’ibinyoma.' Kuva 5:6-9

    Hari ubwo Satani atwongerera imirimo. Iyo urebye siterese y’ubuzima ihari, umuntu wese aba ashakisha atewe ubwoba n’ejo hazaza. Ibyo bituma abantu bibagirwa ko Kanani ibaho, kuko bahorana ibirarane by’ibyo babuze mu buzima ariko Yesu yaravuze ngo 'Ntimukiganyire ibiryo n’imyambaro, n’ejo nzamera nte’. Ejo hazaza ukwiye kuharagiza Imana, ntabwo hakwiye kugutera ubwoba ngo uhore ushakisha ibirebana n’ubuzima gusa, utitaye ku buzima bw’umwuka. Nujya muri dushe ukoga, wibuke koga mu maraso ya Yesu, niwambara imyenda myiza iteye ipasi wibuke no kwambara gukiranuka.

    Niba ufite idantite( identity) y’igihugu urimo, ukwiye no kuba ufite idantite ko uri umwana w’Imana. Ntabwo ari ibyo gusa, nujya ufata ifunguro ry’umubiri wibuke ko n’ubugingo nabwo bukwiye gufungura, ntugakorere umubiri gusa ubora ahubwo ushakishe n’ibirebana n’ubugingo buhoraho. Hanyuma ibyo utarageraho ugirire Imana ikizere izabana nawe kandi izagufasha

    Umutego wa gatatu

    “Si ko bizaba, ahubwo abagabo bakuru mugende mukorere Uwiteka, kuko ari cyo mushaka.' Birukanwa mu maso ya Farawo.” Kuva 10:11

    Ubundi murabizi ko umugabo ari umutambyi w’umuryango cyangwa se umutwe w’urugo, ubwo yababwiraga ngo hazagende abagabo gusa yari aciyemo umuryango kabiri! Iyo Farawo ababwiye ngo 'Hazagende abagabo gusa’, yari abateze umutego ukomeye batazabasha kwikuramo kuko ntabwo mugabo yagenda ngo asige umugore n’abana bikunde.

    Nimurebe ibibazo biri mu ngo uko bingana: Hari ugucana inyuma, ugutandukana kw’abashakanye, hari ibibazo byinshi bikomeye mu muryango. Abana bareranwa ibikomere, abantu benshi bafite ibibazo bikomoka mu muryango! Sinzi umuryango wawe uko wubatse, ariko iyo umuntu ashoboye gutanga ibirebana: N’umwuka, ubugingo, n’umubiri, mu muryango aba atanze ibikwiriye.

    Rimwe na rimwe hari igihe iyo twaguze ibiryo, tukaba dufite aho tuba, umuntu akabona amashuri y’abana cyangwa se abo babana, akaba azi ngo ibintu yabikoze neza kandi mu buryo bw’imbere amarangamutima akomeretse, no mu buryo bw’umwuka ntacyo yabahaye! Umuryango ufite ikibazo gikomeye, abantu benshi bakomerekeye mu miryango bavukamo!

    Mu muryango ni ho Imana yishimira kuba ni naho ikorera, ariko na Satani ni ho akorera kuruta ahandi! Nituramuka dukoze ubushake bw’Imana, mu muryango Imana izahaba ibe iyambere mu muryango.

    Umutego wa kane

    “Farawo ahamagaza Mose aramubwira ati 'Nimugende mukorere Uwiteka, ariko imikumbi yanyu n’amashyo yanyu abe ari byo bisigara, abana banyu bato mubajyane.'Kuva 10:24

    Mu by’ukuri, “Aho umutima w’umuntu uri ni n’aho ubutuzi buba”. Buriya impamvu abantu bibagora gukorera Imana, ni uko tubasaba kohereza aho imitima yabo itaba! Niba umutima wawe warahindutse uhishanywe na Kristo Yesu mu Mana, kohereza yo ubutunzi bwawe ntabwo bizakugora. Abantu benshi birabagora kwitanga no gukorera Imana, kuko imitima yabo ibamu isi, n’ubutunzi bwabo ni ho buri. Umuntu arunda ubutunzi aho umutima we uri, niba utekereza ko uri umugenzi uzajya mu Bwami bw’Imana wakagombye kuba utekereza aho uzatura iteka ryose ko ari ho ukwiye kubika ibyawe.

    Ntibishoboka ko ugenda ngo imikumbi isigare: Nta kuntu wakizwa ngo imyenda yawe isigare, ngo uhahe urye wenyine uturanye n’ababurara, nta kuntu wakwambara wenyine mu rusengero usengana n’abantu badafite icyo bambara. Nta kuntu waba utuye mu nzu nziza kuruta aho usengera, ntabwo bibaho! Ahubwo ni uko utamenye ko n’imikumbi yawe na yo ikwiye gukorera Imana.

    Yarababwiye ngo mugende umutungo wanyu usigare

    Ese waba warakijijwe, amafaranga yawe ataramenya gukorera Imana? Imodoka Imana yaguhaye, inzu utuyemo, akazi ufite, icyubahiro ufite, nabyo bikwiye kuba byubahisha Imana. Kuko Bibiliya iravuga ngo 'Ukundishe Uwiteka umutima wawe wose, ubwenge bwawe bwose, n’imbaraga zawe zose'.

    Umutego wa gatanu

    “Umwami wa Egiputa bamubwira yuko ubwo bwoko bwacitse. Umutima wa Farawo n’iy’abagaragu be irabuhindukira barabazanya bati 'Twakoze ibiki kurekura Abisirayeli bakava mu buretwa twabakoreshaga?'Kuva 14:5

    Satani hari ubwo akureka, ariko akazanagukurikira kandi akajya agutega ugeze mu bihe bibi, akaba ari bwo agutera: Ukumva amajwi akubwira ngo Imana ntigukunda, ntikwitayeho, ntacyo yakumariye mu buzima!

    Nagira ngo nkubwire ko muri Kristo Yesu ari ho dutabarirwa, ni ho ubuntu bw’Imana bubanira natwe. Nagira ngo ngusabe ukomeze kubana n’Imana nubwo waba ugeze mu bigeragezo bikomye: Ushobora kuba urwaye, ushobora kuba ushonje, ushobora kuba ufite amadeni, ushobora kuba uri mu buzima bugoye butandukanye, inkuru nziza ni uko no ku nyanja itukura Imana iziyerekana! Inkingi yari abari imbere yarahindukiye ijya inyuma, ku ruhande rw’Abisiraheli harakomeza haba kumanywa ariko ku ruhande rw’Abanyegiputa haba umwijima, ngo Imana ibareba nabi kugeza ubwo bavuze ngo 'Tuve inyuma y’Abisiraheli kuko Imana ibarwanirira, ikarwanya abanyegiputa’

    Uyu mutego, nawo ntugutere ubwoba niba waramaramaje kujya mu juru. Ibicantege bizaza, ibigeragezo sinavuga ngo bizavaho, ariko imbaraga z’Imana ziri kumwe natwe kugira ngo zidutabare.

    Bibiliya yatubwiye ngo'Nuko mwirinde cyane uko mugenda mutagenda nk’abatagira ubwenge, ahubwo mugende nk’abanyabwenge, mucunguze uburyo umwete kuko iminsi ari mibi. Nuko ntimukabe abapfu, ahubwo mumenye icyo Umwami wacu ashaka.”

    Nagira ngo mbibutse ko tugeze mu minsi itari myiza ku itorero: Tugeze mu minsi abantu bacitse intege bananiwe, tugeze mu minsi abantu bakizwa ukabona iby’agakiza kabo biteye impungenge, tugeze mu minsi y’abantu bavuga ko bakijijwe ariko batarigeze bahinduka. Tugeze mu minsi mibi ariko abazi Imana yabo bazakomera, bagumye bakore iby’ubutwari.

    Pasiteri Desire Habyarimana mu kiganiro ubutumwa bukiza kuri Agaiza Tv

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Ndabibutsa-ko-tugeze-mu-minsi-mibi-Mwirinde-iyi-mitego-5-Satani-atega-Abakristo.html

  • IBYAKOZWE N'INTUMWA EP#31: Ubuzima bwa Politike bwa Boniface Rucagu #rwanda #RwOT

    Ikiganiro IBYAKOZWE N'INTUMWA EP#31 kiragaruka ku buzima bwa Politiki bwa Muzehe RUCAGU Boniface wariye Ingoma zose! Uko mu ntambara y'Abacengezi ubwo yari Perefe wa Ruhengeli yakarabiye imbere ya Gen Kayumba Nyamwasa wari Umugaba Mukuru w'Ingabo imbere hagati muri Stade abwira abaturage ko ibigiye gukurikira uzabigwamo atazabazwa amaraso ye! Kurikira ikiganiro.

    IBYAKOZWE N'INTUMWA EP#31: RUCAGU akarabira imbere ya Gen KAYUMBA ko Abaturage bazapfa atazababazwa!

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/politiki/article/ibyakozwe-n-intumwa-ep-31-ubuzima-bwa-politike-bwa-boniface-rucagu

  • Umugabo yasutse amarira menshi cyane ku butaka nyuma yo guhemukirwa na Pasiteri #rwanda #RwOT

    Mu gihugu cya Nigeria, haravugwa inkuru y'Umugabo witwa Bright Ben, watangaje abantu benshi cyane ubwo yasukaga amarira menshi cyane ku butaka kubera ko pasiteri yamutwariye umugore bari barasezeranye kubana akaramata.

    Nk'uko ibitangazamakuru bitandukanye mu gihugu cya Nigeria byakomeje kugenda bibyandika, umupasiteri witwa Moses Adeeyo niwe watwaye umugore wa Bright Ben, aho yamutwaye avuga ko ari Imana yabitegetse ko bigomba kugenda gutyo.

    Bright Ben yavuze ko yababajwe cyane n'ukuntu uyu mupasiteri Moses usanzwe ayobora urusengero rwa Word Bank Assembly International Church yamutwariye umugore we Tina yitwaje ko ari umwuka wera wategetse ko bibaho kandi ataribyo ahubwo ari ubusambanyi.

    Nkuko yabigaragaje abinyujije ku rubuga rwa Facebook, Bright Ben yavuze ko ubwo yari yagiye mu kazi, umugore we yafashe abana be arabatwara yisangira pasiteri Moses, ubwo yatahaga ngo yasanze nta muntu numwe uri mu rugo bituma amera nk'umusazi ashakisha ahantu araheba ariko nyuma ngo yaje kubona amafoto y'umugore we ari mu munyenga w'urukundo na pasiteri wabo Moses.

    Bright akimara kubona amafoto yihutiye kubaza pasiteri impamvu yamutwariye umugore maze undi amusubiza amubwira ko Imana yamubwiye ko agomba gutwara madamu Tina bakibanira akaramata nk'umugore n'umugabo ndetse ngo bakazanabyarana abana benshi.

    Mu marira menshi cyane Bright yagize ati' Umupasiteri wo ku rusengero rwacu yantwariye umugore avuga ko Imana ariyo yabimutegetse kubikora, Ntababeshye pasiteri wacu N'umusambanyi. Nubwo biteye isoni kubivuga ariko ndavuga ukuri kuko byarabay'.

    Yakomeje agura ati' Pasiteri yantwariye umugore wanjye Tina twari tumaze imyaka 12 dushyingiranwe ndetse tunafitanye abana 2 barimo umuhungu n'umukobwa, Twashyingiranwe mu buryo bwa gakondo ndetse no mu buryo bwa kizungu none pasiteri yamuntwaye'.

    Amakuru akaba avuga ko uyu mupasiteri n'uyu mugore wahize ari uwa Bright Ben bakoze ubukwe tariki ya 08 Kanama 2021, ni nyuma y'uko Pasiteri Moses Adeeyo yari yaratandukanye n'umugore we.

    Source : https://impanuro.rw/2021/08/11/umugabo-yasutse-amarira-menshi-cyane-ku-butaka-nyuma-yo-guhemukirwa-na-pasiteri/

  • Icyanejeje mu myaka 26 maze nkijijwe-Ev. Adda Darlen Kiyange #rwanda #RwOT

    Muri uru rugendo rujya mu ijuru, duhura na bynshi birushya ariko Imana igenda idushoboza. Mu ri ubu buhamya Umuvugabutumwa bwiza bwa Yesu Adda Darlen Kiyange ukorera umurimo w’Imana muri ADEPR, arasubiza ibibazo bya Pasiteri Habyarimana Desire, umutware we banafatanyije kandi umurimo w’Imana muri Agakiza corporation ( Seek and save humanity ministries/ www.agakiza.org/ Agakiza TV). Aragaruka ku ishimwe afite ku Mana yamubaye hafi muri byose mu myaka 26 amaze akijijwe.

    Umaze imyaka 26, ni iki wigiye muri uru rugendo rw’agakiza?

    Imana yanyigishije kuyikorera ntarebye ku kintu gifatika, ntarebye ngo Imana nibanze izane amafaranga nibwo nzayikorera. Ikindi Imana yanyigishije ubukene, inyigisha kubaho nta kintu mfite kandi ugatuza ugakomeza ugakorera Imana, utitotomba, unezerewe. Namenye kandi ko Imana ari umupapa mwiza, ntabwo Imana ari iyo kutwica!

    Ni iki cyakunejeje muri iyi myaka 26 umaze ukijijwe?

    Ikintu cyanejeje ni ukuzura Umwuka Wera. Yesu yanyujuje Umwuka Wera, kugeza ubu kuzura Umwuka Wera biracyanejeje kandi biramfasha mu bintu bikomeye: mu gihe haje icyaha gihagarara imbere yanjye Umwuka Wera aramfasha nkavuga ngo ' Hoya'. Umwuka Wera aramfasha mu bihe byo gusenga.

    Wabwira iki abantu badukurikiye mu myaka 26 umaze ukijijwe?

    Icyo nababwira ni uko Yesu ari mwiza, kandi akunda kutwigisha kugira ngo tube abantu bakuru. Ntabwo ari ukutwanga ahubwo ni ukugira ngo dukure, azadutume turi abantu bakuru.

    Ni iki cyakugoye mu rugendo rw’agakiza?

    Ibintu byangoye ni amashuri y’Imana. Hariho ibyangoye numva nsezeye Yesu nk’inshuro 3, nsezera ku ivugabutumwa, nsezera ku budiyakoni, ariko kubera Umwuka Wera ntabwo nabiretse ndacyabirimo.

    Ev. Adda Darlen Kiyange yatura ishimwe rye mu myaka 26 ishize akijijwe. Kurikira hano ubuhamya bwe ndetse n’inyigisho yatanze.

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Icyanejeje-mu-myaka-26-maze-nkijijwe-Ev-Adda-Darlen-Kiyange.html