Tag: Iyobokamana

  • Menya aho kwizihiza Asomusiyo tariki 15 Kanama byaturutse #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umusaseridoti Ndagijimana Theogene ubarizwa muri Diyosezi ya Nyundo waganiriye n’umunyamakuru wa Kigali Today, mu kwemera kwe yizera ko Bikira Mariya yari umuziranenge, ndetse umuhungu we Yezu yamujyanye mu ijuru kubera urukundo yamukundaga cyane kugira ngo bajye kubana mu ijuru.

    Ati: “Ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya ryabaye nk’ikimenyetso cyo kubaha uwo mubyeyi, nyuma yo gusoza ubutumwa bwe hano ku isi. Nk’uko umubyeyi n’umwana badatandukana ni nako Yezu wari ugiye mu ijuru atari busige umubyei we ku isi yuzuye ibyaha kandi yari umuziranenge utagira icyasha, bityo yari akwiriye kujyanwa mu ijuru ahagenewe abatagira icyaha. Niba rero twifuza kujya mu ijuru, twige kubaho nka Bikira Mariya”.

    Ikindi kandi ngo ni uko ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya ari ubutoneshwe yagiriwe nyuma y’urupfu rwe, atabikesheje kamere ye ahubwo abikesheje umwana we.

    Mu mateka bavuga ko mu kinyejana cya gatandatu aribwo uyu munsi mukuru watangiye kwizihizwa i Yeruzalemu, ariko utaramenyekana cyane. Mu kinyejana cya karindwi nibwo uyu munsi wo guhimbaza ubutarasamanywe icyaha bwa Bikira Mariya wamenyekanye henshi ndetse uranizihizwa, umaze kugirwa ihame muri Kiliziya Gatolika.

    Iminsi myinshi yizihizwa muri Kiliziya Gatolika, Umusaseridoti Theogene avuga ko igirwa ihame hanagendewe ku bitangaza runaka bihamya uwo munsi, bityo ikabona kwizihizwa no kugirwa ihame ku mukirisitu wese.

    Umunsi w’ijyanwa mu ijuru kwa Bikiramariya wagizwe ihame tariki 1 Ugushyingo, Iyi tariki ikaba inizihizwaho umunsi umunsi w’Abatagatifu bose.

    Uwo munsi wizihizwa tariki 15 Kanama kuko hari umwami w’u Bufaransa Louis XIII wamaze imyaka makumyabiri (20) atarabyara we n’umugore we. Mu isengesho ryabo bisunze ibikorwa bya Bikira Mariya, bamusaba kugira ngo abahe urubyaro, bityo baza kubona igitangaza babona umwana tariki 15 Kanama uwo munsi utangira kwizihizwa kuri iyo tariki kuva ubwo, ariko ugirwa ihame nyuma mu kwezi k’Ugushyingo.

    Umusaseridoti Ndagijimana Theogene yasobanuye ibyerekeranye na Asomusiyo
    Umusaseridoti Ndagijimana Theogene yasobanuye ibyerekeranye na Asomusiyo

    Ndagijimana Theogene asaba abakirisitu kumenya ihame ry’ukwemera ku munsi nk’uyu wizihizwaho ijyanwa mu ijuru rya Bikiramariya, kuko bifasha umukirisitu wese. Yibutsa abakirisitu bose kutabaho uko bashaka, ko ahubwo bari mu rugendo bw’ubutumwa hano ku isi ruzabageza mu ijuru. Avuga ko kandi imibereho y’ubuzima bwa Bikiramariya igomba gufasha umukirisitu wese kwitwararika, kunogera Imana, gukurikiza ugushaka ku Imana no kubaho mu rukundo n’ubudahemuka.

    Ndagijimana avuga ko gupfa neza bibanzirizwa no kubaho neza, ari yo mpamvu umukirisitu wese akwiye gusaba inema yo gupfa neza.


    source : https://ift.tt/3g4xrzm

  • Abantu bake ni bo bemerewe kwizihiriza Asomusiyo i Kibeho #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    I Kibeho mu Karere ka Nyaruguru ni hamwe mu hari hasanzwe hahurira abantu benshi kuri uyu munsi wizihizwa na Kiliziya Gatolika ku itariki ya 15 Kanama buri mwaka. Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buvuga ko ubusanzwe kuri uyu munsi mukuru hakorwaga ibirori bikomeye. By’umwihariko i Kibeho ku butaka butagatifu wasangaga hahuriye abantu benshi babarirwa mu bihumbi bisaga 40 baturutse hirya no hino ku Isi, ariko kuri iyi nshuro hahuriye abantu bake cyane babarirwa muri 300 mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.

    Mu kiganiro yagiranye na RBA, umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Nyaruguru, Janvier Gashema, yavuze ko hari uburyo bwashyizweho bwo kugira ngo abantu babashe gukomeza kwizihiza umunsi mukuru wa Asomusiyo bubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo.

    Ati “Ubundi uyu munsi mukuru wabaga ari umunsi ukomeye cyane hano mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Kibeho ariko kubera ko turimo guhangana n’icyorezo cya Covid-19 birasaba ko umuntu uhaza ari uwiyandikishije ku buryo tutarenza umubare w’abantu tubasha kwakira kandi twubahirije amabwiriza yo kwirinda, bishingiye ku mibare isanzwe yakirwa kugira ngo tubashe kwirinda icyorezo.”

    Icyorezo cya COVID-19 cyatumye abitabiriye uyu munsi mukuru muri iyi myaka ibiri bagabanuka cyane kandi bubahiriza amabwiriza yo kwirinda
    Icyorezo cya COVID-19 cyatumye abitabiriye uyu munsi mukuru muri iyi myaka ibiri bagabanuka cyane kandi bubahiriza amabwiriza yo kwirinda

    Yongeyeho ati “Dukoresheje uburyo buhari turakira abantu bacye cyane kugira ngo abahaje tutagira ibyago byo kugira ngo bagende banduzanya covid, abaturiye hafi barabizi ariko n’abatahaturiye barabizi kuko hari uburyo bwacishijwe mu ma Paruwasi bwo kubabwira uko bizagenda, handikwa umubare w’abantu bagomba kuza, abiyandikishije rero ni bo baje hanyuma abatabashije kwiyandikisha hari uburyo twumvukanye na Kiliziya Gatolika bwo kuzana televiziyo ndetse na radiyo kugira ngo byibuze abantu babashe gukurikirana ibirimo kubera ku butaka butagatifu badahari ariko na bo bari kumwe n’umubyeyi Bikira Mariya”.

    Mu biyandikishije harimo n’abanyamahanga n’ubwo hari n’undi mubare munini w’abari bifuje kuhagera ariko ntibibakundire kubera ingamba zo kwirinda icyorezo kuko hagomba kwakirwa bacye ugereranyije n’umubare wari usanzwe uhakirirwa.

    Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Nyaruguru yaboneyeho kongera gukangurira abikorerwa gushora imari muri aka Karere.

    Ati “Ibyo Leta yasabwaga yarabikoze mu bijyanye n’ibikorwa remezo, umuhanda wa kaburimbo, amashanyarazi, Internet, amazi, uburyo bwo kwivuza ku wagira ikibazo cyo kwivuza ariko ibijyanye n’amacumbi biracyari ikibazo, nkaba nasaba n’abikorera kubyaza umusaruro amahirwe ari mu Karere ka Nyaruguru kuko ni ahantu dufite isoko rihagije. Uretse kuba turi mu cyorezo ariko kandi dutekereza ko kitazahoraho ku buryo uwahashora imari mu bijyanye n’amahoteri yahasanga ibyo bikorwa remezo byashoboye kuhagera hanyuma na we akabasaha kwakira abagana Kibeho kugira ngo umushinga yashoyemo imari abashe kubonamo inyungu”.

    Mu bihe bisanzwe kuri Asomusiyo i Kibeho habaga hateraniye abakirisitu benshi baturutse hirya no hino ku isi
    Mu bihe bisanzwe kuri Asomusiyo i Kibeho habaga hateraniye abakirisitu benshi baturutse hirya no hino ku isi

    I Kibeho ubusanzwe hateraniraga abantu benshi babaga buzuye ku kibuga gihari no mu nkengero zacyo, ariko kuri iyi nshuro abemerewe kuhateranira bahuriye imbere mu ngoro ya Bikira Mariya bituma baba umubare muto cyane ko abarimo na bo batayuzuye kuko hakurikijwe amabwiriza ateganywa yo kwakira umubare muto hagamijwe kwirinda Covid-19.


    source : https://ift.tt/3CQZagP

  • Abagize All Gospel Today barimo Apotre Mignon… – #rwanda #RwOT

    All Gospel Today (AGT) ni itsinda ryatangiye mu mwaka wa 2013, rikaba rihuza ingeri zitandukanye z'abantu bafite aho bahuriye n'ibikorwa by'Iyobokamana (Gospel) barimo; Abashumba bahagarariye amatorero atandukanye, Abavugabutumwa, Abahanzi, Abakuriye amakorali n'amatsinda y'abaririmbyi, Abanyamakuru, n'Abatunganya umuziki, abayobora ibitaramo (MCs), n'abandi.

    Ubu bukangurambaga bwatangijwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Kanama 2021 buzagaragaramo ibikorwa byo gusakaza ubutumwa bukangurira Abaturarwanda kwirinda Covid-19 bukanyuzwa ku mbuga nkoranyambaga za All Gospel Today (Twitter, Instagram na Facebook) ndetse no ku z'abantu bwite babarizwa muri iri tsinda babasha gukurikirwa n'imbaga nyamwinshi, hazatangwa ibiganiro mu bitangazamakuru bitandukanye, kandi hazakorwa indirimbo y'amajwi n'amashusho ihuje bamwe mu bahanzi b'indirimbo zo kuramya.

    Mu butumwa bugaragara ku mbuga nkoranyambaga za All Gospel Today bukubiyemo: #Sindohoka, Kambare neza ku bw'abandi, Karaba intoki kenshi kandi neza, Sigamo intera ya metero hagati yawe n'undi, irinde ingendo zitari ngombwa, Imana ifasha uwifashije, kingura amadirishya n'inzugi by'aho utuye cyangwa aho ukorera, Twihangane tuzatsinda, Covid-19 irica, Covid-19 ntitoranya, Covid-19 nawe yakugeraho, Jye nawe dufatanyije tuzatsinda.

    Apostle Mignonne Kabera umushumba mukuru wa Women Foundation Ministries na Noble Family church uri mu bagize iri tsinda, ni umwe mu bamaze gutambutsa ubutumwa muri ubu bukangurambaga bwa #Sindohoka.

    Yavuze ko gufata urukingo rwa Covid-19 atari ikimenyetso cyo kutizera imbaraga z'Imana. Ati 'Gufata urukingo rwa Covid-19 si ikimenyetso cyo kutizera imbaraga z'Imana, ahubwo ni ikimenyetso cy'urukundo rwo kurinda abo Imana yadushinze/Yaduhaye kuyobora'.

    Umuhanzikazi Sarah Sanyu Uwera nawe ubarizwa muri AGT, yasabye abantu kwirinda ibirori ndetse n'amahuriro y'abantu benshi, ati 'Bene Data bakundwa ntitudohoke, dukomeze kwirinda Covid-19; twirinda ibirori ndetse n'amahuriro y'abantu benshi'.

    Umuramyi Aime Uwimana we yagize ati 'Muvandimwe nsengera ngusengere ariko unandinde nkurinde Covid-19, ibuka gukingura amadirishya y'inzu urimo, n'ibirahuri by'imodoka urimo'.

    Rev. Alain Numa uhagarariye itsinda rya All Gospel Today (AGT) yavuze ko ubu bukangurambaga buzafasha guhindura imyumvire ya bamwe bica amabwiriza nkana yo kwirinda Covid-19 harimo n'abakristo.

    Ati: 'Twaricaye dusanga mu bantu bagize umuryango wa All Gospel Today nk'abahanzi n'abashumba bakurikirwa kandi bakumvwa n'abantu benshi, muri iki gihe hari abantu benshi bafite imyumvire yo kudohoka bakica ingamba zo kurwanya icyorezo, twizeye ko muri ubu bukangurambaga benshi bazahindura imyumvire.'

    Numa yongeyeho ko Abakristo bafite uruhare rukomeye mu gufatanya n'inzego zitandukanye mu rugamba rwo kurwanya ikwirakwira ry'icyorezo.

    Akomeza ati 'Nyuma y'ubu bukangurambaga abantu bazumva ko ari ngombwa kwambara agapfukamunwa, gusiga intera hagati y'umuntu n'undi, ahahuriye abantu benshi hagomba kuba hafunguye umwuka wo hanze winjira, kumenya ko gusengera mu bihuru bitemewe. All Gospel Today yiyemeje gukorana n'izindi nzego mu bikorwa bitandukanye kuko naryo ari ivugabutumwa.'

    Imibare ya Minisiteri y'Ubuzima yo kuri uyu wa kane yerekana ko abantu 10 bishwe na Covid-19 mu Rwanda bituma abamaze gupfa bagera ku 930. Abarwayi bashya babonetse ni 449 bangana na 4% by'ibipimo 11,377 byafashwe mu masaha 24 ashize. Hakingiwe kandi abantu 77,622.

    Mu gihe u Rwanda rukomeje ibikorwa byo gukingira abaturage, Minisitiri w'Ubuzima Dr Daniel Ngamije yavuze ko mu cyumweru gitaha u Rwanda rwiteguye kwakira doze zisaga 200,000 z'urukingo rwa Covid-19 rwitwa Sinopharma rwakorewe mu Bushinwa.

    All Gospel Today imaze gukora ibikorwa by'urukundo binyuranye byakoze ku mitima y'abatari bacye.Tariki 24 Mata 2021, yasuye abarwayi bo mu bitaro bikuru bya Kigali, CHUK, icyo gihe ikaba yarafashije abarwayi 32 bari barabuze amafaranga yo kugura imiti, ibishyurira fagitire y'imiti yose bari barandikiwe n'abaganga.

    Mu mpera za 2020 nabwo iri tsinda ryasuye abarwayi mu bitaro bya Muhima mu mujyi wa Kigali ryishyurira abagore bari bamaze iminsi babyaye ariko barabuze ubushobozi bwo kwishyura ibitaro.

    Umuhanzikazi Sarah Sanyu Uwera nawe ubarizwa muri AGTRev. Alain Numa uhagarariye itsinda rya All Gospel Today (AGT)Apostle Mignonne Kabera Umushumba Mukuru wa Women Foundation Ministries na Noble Family Church Umuhanzi wagwije ibigwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Aime Uwimana Umuhanzikazi Tonzi uherutse gusohora amashusho y'indirimbo yise 'Ubukwe'

    Umuyobozi wa Family TV, Nshuti Alpha Umuhanzikazi mu ndirimbo ziha ikuzo Imana, Liza Kamikazi

    Bishop Dr. Masengo Fidele Umushumba w’Itorero Foursquare Gospel Church

    Umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Patient Bizimana wakunzwe mu ndirimbo zirimo ‘Ubwo buntu’, ‘Amagambo yanjye’ n’izindi

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108568/abagize-all-gospel-today-barimo-apotre-mignonne-aime-tonzi-patient-liza-na-masengo-bahagur-108568.html

  • Imigisha wifuza ni iyo kumara iki?-Pst Desire Habyarimana #rwanda #RwOT

    “Dawidi abwira Umufilisitiya ati 'Wanteranye inkota n’icumu n’agacumu, ariko jyewe nguteye mu izina ry’Uwiteka Nyiringabo, Imana y’ingabo za Isirayeli wasuzuguye. Uyu munsi Uwiteka arakungabiza nkwice nguce igihanga, kandi ndagaburira ibisiga byo mu kirere n’inyamaswa z’inkazi zo mu ishyamba intumbi z’ingabo z’Abafilisitiya, kugira ngo abo mu isi yose bamenye ko muri Isirayeli harimo Imana.” 1Samweli 17:45-46

    Icyatumye Dawidi atsinda Goliyati, ni uko intego ye yo kurwana kwari ukugira ngo abo mu isi bose bamenye yuko muri Isiraheli hakiri Imana. Dawidi yari afite umutima wagutse, kuko yashakaga kwerekana ko Imana ikiri muri Isiraheli.

    Harya wowe ibyo usaba ni ibyo kumara iki? urashaka kubaka inzu ngo wemeze abantu? urashaka kugura imodoka ngo abantu babone ko uri igitangaza? urashaka gutunga amafaranga yo kumara iki? Ese ufite izihe ntego z’Ubwami bw’Imana? imigisha wifuza ni iyo kumara iki?

    Abantu benshi kubera bakuranye ibirarane by’ibiryo, imyambaro, icyubahiro, agaciro,… iyo akuze akagira umugisha, akagira ibintu ahita ashaka guhita akuramo ibirarane agashaka kubaho yemeza abandi. Agashaka kubaho yereka ko ari hejuru y’abandi bose, ariko mu by’ukuri ibyo bintu afite bidafitanye isano n’ubwami bw’Imana.

    Ibi mvuze, abakire bose babimenye abapfakazi babona amazu yo kubamo, imfubyi zabona amashuri, zikabona imyambaro, zikabona ibiryo. Rimwe na rimwe hari igihe dutunga n’ibyo tudakeneye cyane kandi hari abantu babikeneye babibuze duturanye na bo, dusengana na bo, mu buzima bwa buri munsi ari bene wacu.

    “Kugira ngo abo mu isi yose bamenye ko muri Isirayeli harimo Imana”

    Dawidi yari afite intego ivuga ngo izina ryawe(Imana) riramenyekana ku isi hose! Harya wowe nupfa tuzakwibukira kuki? Wamenyekanishije izina ry’Imana mu isi?

    Mu isi ntabwo turi ba mukerarugendo, ntabwo twaje gutembera. Twaje guhagararira ubwami bw’Imana, tubayeho kugira ngo izina ry’Imana rihimbazwe. tubayeho kugira ngo izina ry’Imana ryubahwe.

    Reba hano iyi nyigisho yose yateguwe ikanatambutswa na Pasiteri Desire Habyarimana kuri Agakiza Tv

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Imigisha-wifuza-ni-iyo-kumara-iki-Pst-Desire-Habyarimana.html

  • Ibuka imirimo y’Imana uyihimbaze #rwanda #RwOT

    'Nibutse iminsi ya kera nkibwira ibyo wakoze byose, ntekereza imIrimo y’intoki zawe nkakuramburira amaboko, umutima wanjye ukugirira inyota,nk’iyigihugu kiruhijwe n’amapfa.' Zaburi 143:5.

    Dawid yigeze avuga muri Zaburi 65:5 ) Zaburi 143:5. Hahirwa umuntu utoranya ukamwiyegereza ,kugira ngo agume mu bikari byawe.

    Umuntu utazi iyo ava ntamenya iyo ajya. Abisilayeli bari barembejwe n’uburetwa, muri Egiputa ariko uwiteka arabareba amenya uko ameze, Yohereza Mose abakura mu buretwa. Baca mu butayu Imana yabanaga na bo,ikabaha manu, ikabayora.., gusa baje kwibagirwa.

    Mu minsi habamo amajoro n’amanywa harimo iminsi ugera mo ukumva n’ijwi ry’Imana nta cyo ryakumarira, ariko ibasha kuhagukura. Rero birakwiriye nk’uko Mose yavuze at 'Utwigishe kubara iminsi yacu uburyo butuma dutunga imitima y’ubwenge', Tuzirikane iminsi yacu ya kera. Dawidi Uwiteka amukijije aravuga Zaburi 23: Uwiteka ni we mwungeri wanjye sinzakena, andyamisha mu cyanya cy’ubwatsi bubisi, anjyana i ruhande rw’amazi adasuma. Kugira ngo urwane intambara neza ni uko wibuka iminsi ya kera warwanye. Ariko ikibabaje muri iyi minsi, iminsi ihemuje abantu, ntibakibyibuka.

    Yesaya 45.Yesaya yahanuye ibya Kuro ariko, Kuro yakuze arerwan’umushumba kuko sekuru, yar iyarashatse kumwica. Aza gukura, yiga kurwana nyuma aza no kwigarurira igihugu cya sekuru, kuko iby’Imana yari yaravuze byagombaga gusohora.Ni nako Imana yagiye itabara abantu.

    Iyo wibutse iminsi ya kera bigufasha gushimira Uwiteka wayigutambukije, kuko ntiwarwana intambara utarabona ariko iyo wahuye na yo, yagufasha kumenya uko uzayirwana.

    Umusozo: Muri iyi minsi uri kwitwara gute? Banza wibaze aho wahereye mbese n’ubw o waba utaragera kure, ni nka mbere? Ibaze iki kibazo, subiza amaso inyuma wibuke ku misozi y’iwanyu urebe. None niba umaze kwibuka iminsi ya kera Imana yagutambukije, Uri gushaka Imana? Abantu batifatanije n’Imana muri iyi minsi bazabaho ejo gute?,ariko twebwe abifatanije nayo tuzabaho.

    Gutegeka kwakabiri 4:4 'ariko mwebweho,abifatanije n’uwiteka Imana yanyumura cyariho mwese uyu munsi'. Ni ik iumuti mawawe ufitiye inyota iki? Ko dawidi we yavuze ko umutima we umugirira inyota nk’igihugu kiruhijwe n’amapfa.

    Source:cepurhuye.org

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Ibuka-imirimo-y-Imana-uyihimbaze.html

  • Imana ikuraho igitutsi bikemera!-Dominic Ashimwe #rwanda #RwOT

    Wisanga mu bihe bisharira, bya bihe uburira izina ubyita: Gusuzugurwa, kurenganywa no gutotezwa, kwiturwa inabi n’abo wagiriye neza, ubukene budashira,…mbese bya bihe bitera ipfunwe ku buryo uhora wiyumva nk’uri munsi y’abandi.

    Kuko agahinda katarobanura, ntibitinya kugera ku muntu wese, ku muryango, ku bwoko no kubatuye igihugu runaka.

    Uyu munsi mfashijwe n’iri jambo rivuga ko Imana ikuraho igitutsi bikemera!

    “Imana yibuka Rasheli iramwumvira, izibura inda ye. Asama inda abyara umuhungu ati: ‘Imana inkuyeho igitutsi.’ Amwita Yosefu ati: ‘Uwiteka anyongere undi muhungu.’ Itangiriro 30:22-23

    Wowe uri mu gisuzuguriro, utinze mu gisebo, baguhimbira ibinyoma bakubeshyera, ntako utagira ngo ugirire neza bose ariko inyiturano ni amarira, ibibazo ni uruhuri, urumva gupfa bikurutiye kubaho…

    Ndakwibutsa ko guhindukiza ibihe bibi bikaba byiza, ku Mana ni nko guhumbya! Imana ya Yakobo igukureho igitutsi mu izina rya Yesu/Yezu!

    Aya ni yo magambo nkwaturiyeho aka kanya. Uyakire wizeye! Bikubere isengesho rya nonaha. Amen!

    Ubutumwa bwa Dominic Ashimwe yasangije abantu, by’umwihariko abamukurikira kuri Instgram

    Reba hano indirimbo: NEMEREWE KWINJIRA – Dominic Ashimwe

    Wareba kandi n’iyi nyigisho: Imana idukureho agasuzuguro kose/Kuyoboza Imana inzira || Pastor Desire H.

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Imana-ikuraho-igitutsi-bikemera-Dominic-Ashimwe.html