Tag: Imyidagaduro

  • Amafoto y’abakobwa 5 bafite amahirwe yo kuger… – #rwanda #RwOT

    Amategeko y’iri rushanwa agena ko umukobwa uzageza ku wa Gatandatu tariki 23 Nzeri 2023 ari ku mwanya wa Mbere azahita abona amahirwe yo kugera mu cyiciro cya nyuma bidasabye ko ahatana n’abandi.

    Ku wa Gatandatu nibwo iri rushanwa rizasozwa. Hazamenyekana abakobwa batatu batsinze bazafashwa guserukira u Rwanda mu bikorwa bitandukanye by’imideli.

    Kugeza ubu Mushimiyimana Anita ufite Nimero 31 niwe ukomeje kuyobora abakobwa bagenzi be bahatanye mu matora yo kuri internet ari kubera kuri Noneho Events.

    Uyu mukobwa amaze igihe ariwe uri ku mwanya wa Mbere aho agejeje amajwi 1,743, ni mu gihe akurikiwe na Alliance Muziranenge uri ku mwanya wa kabiri n’amajwi 1,674. 

    Camila Uwiza ufite Nimero 2 ari ku mwanya wa Gatatu n’amajwi 872, Bella Bernice Izere ufite Nimero 8 ari ku mwanya wa kane n’amajwi 777 n’aho Angel Kabatesi Rosine [Nimero 13] ari ku mwanya wa Gatatu n’amajwi 708.

    Abakobwa 20 nibo bahatanye mu matora yo kuri internet. Ndekwe Paulette uhagarariye Embrace Africa aherutse kubwria InyaRwanda ko 44 batoranyijwe hashingiye ku bintu bitandukanye.

    Ati 'Dushingira cyane ku kureba umukobwa wujuje iby'amarushanwa Mpuzamahanga y'imideli dukorana n'ayo (ibyo) adusaba, hanyuma tugahitamo ababikwiriye kurusha abandi.'

    Akomeza ati 'Ariko bitavuze ko atabashije gukomeza batabikwiye, ahubwo ni uko batahiriwe. Turabifuriza kuzageragera kuyindi nshuro.'

    Ndekwe Paulette ashima Leta “idufasha mu gushyigikira impano z'urubyiruko” kuko bibafasha muri byinshi, aho guta umwanya mu biyobyabwenge n'ibindi byabangiriza ejo hazaza.

    Abakobwa 44 batsinzemo biganjemo amasura mashya uretse Gretta Iwacu wagarutsemo nyuma yo gutahana muri iri rushanwa ku nshuro ya mbere.

    KANDA HANO UBASHE GUTORA UMUKOBWA USHYIGIKIYE


    Anita Mushimyimana [Nimero 31] ari ku mwanya wa Mbere n’amajwi 1,743

    Alliance Muziranenge [Nimero 10] ari ku mwanya wa Kabiri n’amajwi 1,674
     

    Camila Uwineza [Nimero 2] ari ku mwanya wa Gatatu n’amajwi 872


    Bella Bernice Izere [Nimero 8] ari ku mwanya wa Kane n’amajwi 777


    Angel Kabatesi Rosine [Nimero 13] ari ku mwanya wa Gatanu n’amajwi 708

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/134593/amafoto-yabakobwa-5-bafite-amahirwe-yo-kugera-kuri-final-ya-rwanda-global-top-model-134593.html

  • Ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival byata… – #rwanda #RwOT

    Saa Tatu za mu gitondo nibwo imodoka yahagurutse i Kigali ihagurukanye abahanzi barimo Bushali, Chris Eazy, Bwiza, Niyo Bosco na Afrique berekeza mu Ntara y'Amajyaruguru.

    Muri urwo rugendo rwose rwatwaye arenga amasaha atatu, saa sita na Mirongo Itanu n'icyenda, nibwo Umuhanzi Afrique yagiye ku rubyiniro maze mu ndirimbo Agatunda na Lompe ahagurutsa ibihumbi by'abantu bari  biteguye aba bahanzi.

    Abakunzi b'ababa bahanzi bari biteguye kuryoherwa, banyuzwe cyane n'uko buri muhanzi yavagaho nta n’umunota uciyeho  hagahita hajyaho undi.

    Niyo Bosco wahise ukurikira Afrique yaje ku rubyiniro ategerejwe n'imbaga, maze abantu bakimukubita amaso barabyinana karahava.

    Mu ndirimbo Piyapuresha n'izindi zakunzwe, Niyo Bosco yanyuzwe n'uburyo yaririmbanye n'abakunzi be.

    Bwiza wari utahiwe, yerekanye ubuhanga bwe ndetse abyinana n'abakunzi be karahava binyuze mu ndirimbo Ready.

    Nta n’umunota ushize Bushali yahise ajya ku tubyiniro maze akora icyo bita gukangura abafana be atangira kubamenaho amazi, batangira gukurikira injyana ye.

    Bushali udasiba udukoryo yabyinanye n'abafana be guhera ku ndirimbo Mukwaha na Kurura yakoranye na Juno Kizigenza, maze abakunzi batangira kumusanga ku rubyiniro.

    Usibye abasanze uyu muraperi ku rubyiniro, hari umukobwa wo muri aka karere wasanze Bushali ku rubyiniro barabyinana karahava.

    Chris Eazy wari utahiwe yerekanye ubuhanga bwe, maze ajya kurubyiniro yisanga kuko yasanze indirimbo ze zose abakunzi bazizi bafatanya kuziririmba.

    Mu ndirimbo Inana, Basi Sori na Edeni Chris Eazy yerekanye ko ari umwe mu bahanzi bakomeye cyane.

    Saa Saba na mirongo itanu n'ine nibwo abahanzi bose bari barangije kuririmba  ari nabwo igitaramo cyasojwe.

    Ibitaramo bya Iwacu Muzika birakomeje  aho  abahanzi bazataramira i Musanze kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Nzeri 2023.

    Afrique imbere y'imbaga y'abantu

    Niyo Bosco yanyuze abitabiriye igitaramo

    Bwiza ubwo yari ari imbere y'abakunzi be yateraga bakikiriza

    Bushali ukunda gutazirwa nk'umwami wa Stage, Imbere y'ibihumbi by'abantu Bari baje kubyinana nawe

    Bushali yafatanyije n'abakunzi Be kwishima yongera kwerekana ko ku rubyiniro ntawe umuhiga mu Rwanda

    Chris Eazy yerekanye ubuhanga ntagereranywa

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/134606/ibitaramo-bya-mtn-iwacu-muzika-festival-byatangiriye-i-burera-bushali-chris-eazy-na-bwiza–134606.html

  • Ikote ntirihinduka! Ibintu 6 byaranze urubanz… – #rwanda #RwOT

    Byavuzwe ko Obama yakunze kuba ahuze cyane akabura umwanya wo kujya mu batayeri. Ni byo bishobora gukekwa kuri Prince Kid ku ikote yakunze kwambara mu rubanza, yaryambaye yagiye mu murenge asezerana na Elsa ndetse usubije amaso inyuma uribona mu mafoto y'igihe hari hagiye gutangizwa Miss Rwanda ya 2021.

    Bimwe mu bidasanzwe bitazibagirana byaranze urubanza rwa Prince Kid

    1. Urubanza rwabaye ruhindura isura humvikana ihangana ririmo intonganya

    Umushinjacyaha yageze hagati umutwe urashyuha kubera ko harimo havugwa ingingo zo ku majwi byavugwaga ko yahinduwe 'edited'. Mu rubanza rwo ku itariki 15 Nyakanga 2023 ariya majwi yateje impaka basubika urubanza noneho rusubukurwa tariki 15 Nzeri 2023 saa tatu za mu gitondo. 

    Me Emelyne Nyembo yaciye mu ijambo umushinjacyaha warimo ababwira 'uruhande rwa Prince Kid' ko bari guta umwanya bakagaruka ku ngingo zavuzweho cyane. Me Emelyne Nyembo ati: 'Hano ndi mu kazi ntabwo naje guta umwanya'. 

    Aha rero abari bakurikiye urubanza bahise babona ko ibintu bifashe intera. Perezida w'inteko iburanisha yasabye impande zombi kubahana dore ko byari bigiye gufata intera hatangiye intonganya kugeza ubwo bacanaga mu ijambo.

    2. Urubanza rwakurikiwe n'abantu benshi salle iruzura

    Urubanza rwa Prince Kid rwari rutegerejwe na benshi. Ni byo koko yaba abakurikira imyidagaduro, inshuti, umuryango ku ruhande rwa Prince Kid na Elsa babaye umuryango umwe, bari bashyigikiwe. Itangazamakuru ryari ryuzuye muri salle ku buryo intebe zagennwe zashize bamwe bahagarara hanze, mu madirishya, abandi bakurikira urubanza bari hanze.

    3. Telefoni ya iPhone 14 yafashe amajwi itarajya ku isoko

    Urubanza rwa Prince Kid rwenda gupfundikirwa yazamuye ukuboko. Uyoboye inteko iburanisha yamuhaye umwanya, arangije yerekana inyandiko y'uruganda rwa Apple rukora ibikoresho by'ikoranabuhanga birimo iPhone, MacBook n'ibindi. 

    Yagize ati: 'Ese ko amajwi yafashwe ku itariki 16 Mata 2022 kandi iriya telefoni uruganda rwarashyize hanze itangazo riyicuruza ku itariki 07 Nzeri 2022 ubwo amajwi yafashwe na telefoni itaragera ku isoko?'. 

    Iyi telefoni urebye yageze ku isoko ku itariki 16 Nzeri 2022 ni bwo abari hafi y'amaduka 'Stores' ya biriya bikoresho batangiye kuzigura. iPhone 14 Plus yagiye ku isoko ku itariki 07 Ukwakira 2022. Bivuze ko yageze mu Rwanda haciyemo iminsi. Iki kimenyetso rero cy'amajwi cyaba kirimo imitego mitindi ishaka kubambisha Prince Kid.

    4. Amajwi yarakataguwe

    Ubushinjacyaha bwavuze ko amajwi yasuzumwe n'inzobere mu bijyanye n'amajwi ariko asuzumirwa mu kigo cy'igihugu gishinzwe ibimenyetso bya gihanga no gukora ubushakashatsi kitwa Rwanda Forensic Institute bitangiwe uburenganzira n'Umushinjacyaha Mukuru nk’uko amategeko abiteganya. 

    Byavuzwe ko ariya majwi afite iminota irenga 30 ariko bagiye bakuramo iminota bifuza. Ikindi banagarutse ku kuba yarafashwe bitemewe kuko batari mu ruhame ahubwo ari Prince Kid warimo uganira n'umutangabuhamya. Yavuze ko amajwi bakuyemo ibyo bashaka bongeramo ibindi bagamije kugera ku ntego ubushinjacyaha bwifuza. Ariko Ubushinjyacyaha bwagaragaje ko butahinduye ariya majwi.

    5. Prince Kid yagize ikiniga ashyira ubuzima bwe mu biganza by'abacamanza

    Prince Kid yabajije Ubushinjacyaha uwo buri gusabira ubutabera kandi n'umutangabuhamya bavuga we ubwe yaranditse ibaruwa ishinjura Prince Kid. Ati: 'Ese mu by’ukuri uwo musabira ubutabera ni nde? Uwo muvuga yiyandikiye abahinyuza ko atakorewe ishimishamubiri rishingiye ku gitsina. None rero njyewe narihebye ubuzima bwenjye mbushyize mu biganza by'abacamanza. Ba nyakubahwa muzandenganure kuko ndabona nta butabera ntegereje!'. 

    Hano Prince Kid ntabwo yari azi ko Ubushinjacyaha buhora bushaka ibimenyetso bishinja noneho ushinjwa agashaka ibimenyetso bimugira umwere. Abacamanza bagaca urubanza batabogamye kuko bagendera ku bimenyetso.

    6. Ikote yambaye batangaza amabwiriza agenga Miss Rwanda mu 2021 ni ryo amaze igihe aserukana bitewe no kubura umwanya kubera urubanza rwamubanye akasongoyihwa. Urebye ubwo yitabaga aje kuburana mu bujurire ni ryo yari yambaye. 

    Ubwo yajyaga mu murenge ni ryo yari yambaye. N'ejo kuwa Gatanu mu rukiko ni ryo yaserutse yambaye. Muribuka ko Perezida Barack Obama yamaze imyaka 8 yambara ikote rimwe kubera kubura umwanya wo kujya mu batayeri.

    Mu murenge yari yambaye iri kote

    Ku itariki 02 Werurwe 2023 yari mu murenge yasezeranye

    Iri kote ni iryo mu bihe bya Miss Rwanda

    Ku itariki 30 Kamena 2023 ni ryo kote yari yambaye yitaba urukiko rukuru ku bujurire

    Kuri uyu wa Gatanu nabwo yari yambaye iri kote

    Prince Kid amaze igihe yambara yambara iri kote “kositimu’

    Prince Kid mu mudoka atwaye umugore we Miss Iradukunda Elsa

    REBA AMAFOTO: NGABO SERGE

    REBA IKIGANIRO: DOX VISUAL

    Barack Obama yamaze imyaka 8 yambara ikote rimwe

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/134435/ikote-ntirihinduka-ibintu-6-byaranze-urubanza-rwa-prince-kid-134435.html

  • Babonye ifaranga nubwamamare gusa: Ibyamamar… – #rwanda #RwOT

    Hari abantu benshi bibwira ko ubwiza, ifaranga n'ukwamamara bigirira akamaro umukobwa/umugore ubifite kuko aba afite amahirwe yo kugera ku cyo ashaka cyose ndetse akanabona umugabo yifuza uko yaba ameze kose. Nyamara ibi siko bimeze kuko hari benshi babibonye ariko bakabura urushako cyangwa se n’abarubonye ntirurambe cyangwa yagira n'umukunzi ntibamarane kabiri.

    Ibi bikunze kugaragara mu ngeri zitandukanye z'igitsina gore ndetse aho tuba, tuvuka, naho dukora hari igihe usanga hari umukobwa/umugore usanga yiyubashye afite amafaranga menshi n'uburanga nyamara ugasanga iby'ubukwe n'umubano w'abakundana ntibyamuhiriye.

    No mu byamamare ni uko usanga harimo abo bitahiriye kandi bafite ibyangombwa bisabwa. Aha hari urutonde rw'ibyamamarekazi by'imahanga bitahiwe n'urukundo ndetse n’abo ruhiriye barushinga ugasanga ntirurambye.

    1.Shakira

    Umuhanzikazi w'icyamamare Shakira, ukomoka muri Colombia, ni umwe mu byamamarekazi by'uburanga n'imiterere myiza ndetse unafite ifaranga. Ibi ariko ntibyamubujije kudahirwa n'urukundo. Uyu muhanzikazi yagiye mu rukundo na Gerard Pique wahoze ari umukinnyi wa Barcelona FC, mu 2010 ubwo aba bombi bahuriraga muri Africa y'Epfo ahari habereye igikombe cy'Isi.

    Urukundo rwa Shakira na Pique ruri muzavuzwe cyane ku Isi kuva mu 2010

    Kuva ubwo aba bombi ntibongeye gutandukana ndetse kuko bombi ari ibyamamare wasangaga kenshi bakunze kugarukwaho cyane. Byumwihariko hari abari baziko Shakira na Pique bakoze ubukwe gusa ntabwo bigeze bakora ahubwo ni uko bibaniraga nk'abashakanye ndetse banibaruka abana babiri b'abahungu.

    Shakira na Pique batandukanye bamaranye imyaka 12 bafitanye abana babiri

    Nyamara nubwo urukundo rwabo rwagaragaraga nk'uruhamye batandukanye muri Kamena ya 2022 bitangaza benshi ukuntu aba basitari batandukana bamaranye imyaka 12. Nyuma y'ibintu byinshi Shakira yavuze kuri Pique ndetse anakora indirimbo yise 'Monotomia' ariyo avugamo ko uyu mugabo yamucaga inyuma ndetse ko yumva muri we atazongera kwizera umugabo ukundi.

    2. Kim Kardashian

    Kimberly Noel Kardashian umunyamideli kabuhariwe uri mu batunze amafaranga menshi ku Isi, ni umwe kandi mu bagore batitiza imbuga nkoranyambaga ndetse izina rye rigarukwaho cyane mu myidagaduro mpuzamahanga bitewe n'udushya ahorana. 

    Uyu mugore ariko ari no mu byamamarekazi bitahiriwe n'urushako dore ko kugeza ubu amaze gukora ubukwe inshuro eshatu gusa bikarangira umugabo barushinze batarambanye. Mu 2000 Kim yarushinze na Damon Thomas utunganya umuziki baza guhana gatanya mu 2004. Mu 2011 Kim yongeye kurushinga n'umukinnyi wa Basketball witwa Kris Humpries gusa bahanye gatanya muri 2013 bamaranye imyaka ibiri n'igice.

    Kim Kardashian amaze kurushinga n’abagabo 3 bose batandukana

    Ibya Kim Kardashian ntibyatinze yahise ajya mu rukundo n'umuraperi w'icyamamare, Kanye West, aho urukundo rwabo rwaciye ibintu kugeza ubwo Couple yabo yahawe izina rya 'KimYe'. Ntibyatinze bahise bibaruka imfura yabo y'umukobwa ndetse mu 2014 bahita barushinga. Amakuru y'urugo rwabo ntiyasibaga kuvugwa mu itangazamakuru dore ko bombi ari abanyadushya.

    Kanye West na Kim Kardashian batandukanye bamaranye imyaka 6

    Mu 2020 nibwo byamenyekanye ko aba bombi batakiri mu rukundo ndetse ko batakibana no mu nzu imwe. Kim Kardashian yahise atangaza ko agatotsi kari mu mubano wabo katewe n'imyitwarire ya Kanye West wanigeze gutukira nyinabukwe Kris Jenner mu ruhame. Bahise bafata inzira zitandukanye buri wese ahita atangira kujya mu rukundo n'abandi dore ko Kanye yakundanye n'abakobwa 6 kuva yatandukana na Kim. 

    Kim Kardashian yatandukanye na Pete Davidson bakundanye amezi 9

    Ubwo bamaraga guhana gatanya ntibyatinze Kim ahita akundana n'umunyarwenya Pete Davidson gusa nabo bamaranye amezi icyenda gusa bahita batandukana. Kugeza ubu Kim Kardashian w'imyaka 42 ni umwe mu byamamarekazi bizwiho kuba bitajya bimara kabiri mu rukundo.

    3.Angelina Jolie

    Icyamamarekazi muri Sinema akaba n'umwanditsi w'ibitabo, washyizwe ku rutonde rw'abagore b'uburanga b'ibihe byose i Hollywood, ni urundi rugero rugaragaza ko kuba ufite ubwiza, ifaranga n'ubwamamare bidatuma uhirwa n'urushako cyangwa ngo ujye mu rukundo ruhamye. Uyu mugore yarushinze bwa mbere mu 1996 na Jonny Lee Miller bahana gatanya mu 1999 bamaranye imyaka 4. Yongeye kurushinga mu 2000 n'umukinnyi wa filime Bob Thornton bahana gatanya bamaranye imyaka 3 gusa.

    Angelina Jolie na Brad Pitt barushinze mu 2014

    Angelina Jolie wakunze gukundana n'abakinnyi ba filime yahise yongera kujya mu rukundo n'icyamamare Brad Pitt. Aba bombi bakundanye kuva mu 2005 aho urukundo rwabo rwaciye ibintu dore ko bashyizwe ku mwanya wa kabiri muri Couples z'ibyamamare zikomeye ku Isi mu 2008. Baje kurushinga mu 2014 urukundo rwabo rukomeza gukomera banabyarana abana 3 ndetse banarera abandi 3 (Adopted Children).

    Kugeza ubu ntibarahana gatanya mu mategeko ariko bamaze gutandukana

    Mu 2019 nibwo inkuru y'urukundo rwa Jolie na Pitt yashyizweho akadomo ubwo batangazaga ko batandukanye gusa bakemeza ko bazakomeza kuba umuryango no gufatanya kurera abana 6 babo. Kugeza ubu ntibarahana gatanya mu rukiko dore ko bakiri mu manza zijyanye no kugabana imitungo.

    4 . Taraji P. Henson

    Taraji Penda Henson, icyamamarekazi muri Sinema akaba n'umwe mu biraburakazi bakunzwe cyane mu ruhando rwa filime unamaze kwibikaho ibihembo byinshi, nawe ntiyigeze ahirwa n'urukundo nubwo ibisabwa abyujuje. 

    Umukinnyi wa filime Tariji P. Henson yagiye akundana  n’ibyamamare

    Kuva yamenyekana, Taraji yagiye arangwa no gukundana n'abagabo batandukanye barimo n'ibyamamare nka Drake, Lamar Odom n'abandi. Izi nkundo ariko ntizamaraga kabiri kugeza mu 2017 ubwo yatangiraga gukundana n'umukinnyi wa Baseball witwa Kelvin Hayden. Urukundo rwabo narwo rwaciye ibintu hirya no hino. Mu 2019 Kelvin yambitse impeta y'urukundo Taraji bemeranya kuzarushinga. Nyamara ibi ntibabigezeho kuko batandukanye mu 2020.

    Taraji arikumwe na Kelvin Hayden batandukanye bendaga kurushinga

    Kugeza ubu Taraji P. Henson w'imyaka 52 ntamugabo afite ndetse mu 2021 yabwiye The New Times ko ibijyanye n'abagabo yabivuyemo kuko yabonye yarageze ku myaka afite ntamugabo barabana agahitamo kubyihorera.

    5. Taylor Swift

    Umuhanzikazi akaba n'umwanditsi w'indirimbo, Taylor Swift, ntabwo ahirwa n'urukundo nubwo ahora aruririmba.  Uyu mukobwa w'imyaka 33 y'amavuko yaciye agahigo ko kuba umuhanzikazi umaze gukundana n'abasore benshi muri Amerika. Taylor uherutse gutandukana n'umukinnyi wa filime Joe Alwyn bari bamaranye imyaka 6, yanakundanye n'abasore 13 barimo Harry Styles, Calvin Harris, Joe Jonas hamwe n'icyamamare Tom Hiddleston.

    Taylor Swift yakundanye n’abarimo Harry Styles, Calvin Harris na Joe Jonas

    Muri aba basore 13 bakundanye na Taylor Swift nta numwe wabashije kurushinga nawe kabone nubwo bari bamaranye igihe kinini.

    7. Selena Gomez

    Icyamamrekazi mu muziki no muri sinema, Selena Gomez, iby'inkundo ntibyigeze bimuhira nubwo ari mu bahanzikazi b'ikimero banatunze ifaranga. Azwiho cyane kuba yarakundanye na Justin Bieber mu gihe cy'imyaka 9 nyamara ntibarushinge. 

    Selena yakanyujijeho n’ibyamamare nka Justin Bieber, The Weeknd na Charlie Puth

    Selena Gomez kandi anazwiho kuba yaragiye akundana n'abasore benshi barimo abafite amazina azwi nka The Weeknd, Nick Jonas, Orlando Bloom batandukanye agahita akundana na Katy Perry hamwe n'abandi bakanyujijeho n'uyu muhanzikazi.

    Ku myaka 31 Selena Gomez amaze kukanyuzaho n'abasore 10 gusa kugeza ubu ntamukunzi afite.

    8.Miley Cyrus

    Umukinnyi wa filime wabiteye ishoti akagana mu muziki bikamuhira, Miley Cyrus umukobwa w'icyamamare Bill Ray Cyrus, nawe ntiyigeze ahirwa n'urukundo dore ko kuva yamenyekana kugeza ubu ntamubano arajyamo ngo urambe.

    Uyu muhanzikazi nawe ntiyatanzwe no gukundana n’abasitari batandukanye muri Amerika

    Miley Cyrus azwiho cyane kuba yarakundanye n'umuhungu wa Arnold Schwarzenneger witwa Patrick Schwarzenneger akanamwambika impeta y'urukundo gusa bikarangira batabanye. Indi nkuru y'urukundo ya Miley yavuzwe cyane ni iye n'umukinnyi wa filime w'icyamamare Liam Hemsworth.

    Miley Cyrus arikumwe na Liam Hemsworth batandukanye bakongera bagasubirana

    Aba bombi batangiye gukundana mu 2009 baza gutandukana mu 2012 ndetse ahita asohora indirimbo ishingiye ku gutandukana kwabo yise 'Wrecking Ball'. Bongeye gusubirana mu 2016 bituma benshi bavuga ko aba bombi bakwiye kubana akaramata kuko bagaragaje ko urukundo rwabo rukomeye kuva batandukana bakongera bagasubirana.

    Aba bombi batandukanye burundu bamaze imyaka 3 barushinze

    Miley Cyrus na Liam Hemsworth baje kurushinga mu 2018 gusa ibyabo byashyizweho akadomo mu 2020 bahita banahana gatanya. Uyu muhanzikazi kandi uretse uru rugo rutamuhiriye, anazwiho kuba yarakundanye n'abasore bagera ku munani bose bagatandukana.

    9. Naomi Campbell

    Umunyamidelikazi kabuhariwe Naomi Campbell waciye agahigo ko kuba umwiraburakazi wa mbere werekanye imyenda ya Victoria Secrets, anazwiho kuba yaragiye mu mashusho y'indirimbo ya Bob Marley ndetse anakomoka mu muryango wa Nelson Mandela.

    Naomi yakundanye n’ibyamamare nka DiCaprio, Adam, hamwe n’umuraperi Skepta

    Naomi Campbell nawe iby'urukundo bisa nkaho atari ibye dore ko nawe yakanyujijeho n'abasore benshi gusa bikarangira nta numwe babashije kurushinga. Azwiho kuba yaragiye akundana n'ibyamamare bitandukanye birimo Leonardo DiCaprio, Robert De Niro, Adam Clayton hamwe n'umuraperi Skepta wo mu Bwongereza.

    Naomi Campbell yanakanyujijeho na Wizkid biratinda

    Uyu munyamideli w'imyaka 53 kandi yigeze no kukanyuzaho n'umuhanzi Wizkid gusa urukundo rwabo ntirwateye kabiri dore ko n'imbuga nkoranyambaga zitasibaga kugaya Wizkid wakundanye n'umugore umubyaye umurusha imyaka 20 yose. Nyuma  Naomi atandukaniye na Wizkid kuva ubwo ntiyasubiye mu rukundo.

    10. Amber Rose

    Amber Rose yakundanyeho na Kanye West

    Umunyamidelikazi utitiza imbuga nkoranyambaga kubera imiterere ye, Amber Rose, unazwiho kuba yarakundanye n'abaraperi bakomeye, nawe ntiyahiriwe nabyo. Mu 2008 kugeza mu 2010 yakanyujijeho na Kanye West batandukanye ahita akundana na Wiz Khalifa kugeza barushinze mu 2013. Aba bombi urukundo rwabo rwaciye ibintu gusa ntirwarambye kuko batandukanye mu 2016 bahita banahana gatanya.

    Amber Rose yarushinze na Wizkhalifa batandukana mu 2016

    Amber Rose yakomeje kujya mu rukundo n'abandi baraperi barimo Machine Gun Kelly, AE Vice n'abandi. Uyu mugore w'imyaka 33 y'amavuko wahoze ari umumansuzi (Stripper), azwiho kuba yarakanyujijeho n'abagabo 11 barimo abo baraperi bavuzwe hejuru.

    Yanakanyujijeho na 21 Savage mu gihe cy’imyaka 3

    Amber Rose kandi yanakundanyeho n’umuraperi Machine Gun Kelly bamarana imyaka 2

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/134162/babonye-ifaranga-nubwamamare-gusa-ibyamamarekazi-bitahiriwe-nurushako-ntibinahirwe-nurukun-134162.html

  • Icyo The Ben yasubije umugore we wamusabye ko bajyana i Burundi #rwanda #RwOT

    Umuhanzi The Ben yakiranye yombi icyifuzo cy’umugore we Uwicyeza Pamella wamusabye ko bazajyana i Burundi aho afite ibitaramo.

    The Ben afite ibitaramo 2 i Bujumbura tariki ya 30 Nzeri na tariki ya 1 Ukwakira 2023 bizabera muri ‘Jardin Public’ iherereye mu murwa mukuru i Bujumbura.

    Pamella, umugore wa The Ben abinyujije kuri Instagram yabajije umugabo we The Ben niba yakwemera ko bajyana i Burundi kuko ahakumbuye cyane.

    Ati 'The Ben ese nshobora kuza tukajyana mukunzi? Nkunda u Burundi nahoze nifuza kubusura kuva kera.'

    The Ben na we yahise abyakirana yombi maze ati “ndakwinginze ngwino tujyane. Ndashaka kukubonayo.”

    Tariki ya 30 Nzeri 2023 nibwo The Ben hazaba igitaramo cyiswe “Meet & Greet” aho abazaza muri icyo gitaramo bazagira amahirwe yo kuba bahura n’uyu muhanzi bagasuhuzanya, kwinjira bizaba ari ibihumbi 100 Fbu na miliyoni 2 Fbu ku meza y’abantu umunani, bagahabwa amacupa abiri ya Champagne.

    Tariki ya 1 Ukwakira nibwo hazaba igitaramo rusange, kwinjira bizaba ari ibihumbi 10 Fbu ku muntu umwe, itike ya VIP bikaba ibihumbi 50 Fbu, ameza y’abantu batandatu izaba igura ibihumbi 500 Fbu, mu gihe ameza y’abantu batandatu ariho amacupa abiri ya Champagne azaba agura miliyoni 1.5 Fbu.

    The Ben yemereye Pamella ko bazajya i Burundi

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/icyo-the-ben-yasubije-umugore-we-amusabye-ko-bajyana-i-burundi

  • MTN yasobanuye impamvu yo gutera inkunga Iwac… – #rwanda #RwOT

    Byatangajwe kuri uyu wa Kane tariki 7 Nzeri 2023 mu kiganiro kirambuye n'itangazamakuru cyabereye mu nyubako y'imyidagaduro ya BK Arena iherereye i Remera mu Mujyi wa Kigali.

    Ni nyuma y'iminsi mike yari ishize East African Promoters itegura ibi bitaramo itangaje ko bigiye kongera kuba imbona nkubone nyuma ya 2019, aho byasojwe n'igitaramo cya Diamond wo muri Tanzania cyabereye muri Parkingi ya Sitade Amahoro.

    Kuri iyi nshuro abahanzi umunani nibo bazaririmba muri ibi bitaramo barimo: Bruce Melodie, Bushali, Alyn Sano, Chriss Eazy, Riderman, Niyo Bosco, Bwiza ndetse na Afrique .

    Kuva ibi bitaramo byatangiye kuba ni ubwa mbere Bwiza, Afrique, Alyn Sano, Chriss Eazy na Bushali bagiye kubiririmbamo. Ni mu gihe Bruce Melodie na Riderman babiririmbyemo mu bihe bitandukanye.

    Ibi bitaramo bizatangira mu Karere ka Musanze ku wa 23 Nzeri 2023, bizakomereza mu Mujyi wa Huye ku wa 30 Nzeri 2023, i Ngoma bizahagera ku wa 7 Ukwakira 2023 n'aho ku wa 14 Ukwakira 2023 ibi bitaramo bizabera mu Mujyi wa Rubavu mu Burengarazuba bw'u Rwanda.

    Ibi bitaramo kandi bizabera mu Mujyi wa Kigali ku wa 25 Ugushyingo 2023 ri nacyo gitaramo cya nyuma kizabishyiraho akadomo.

    Ni igitaramo kinini cyagutse kizaririmbamo abahanzi kugeza ubu bitaratangazwa. Mu 2019, igitaramo nk'iki cyaririmbyemo umunyamuziki Diamond wo muri Tanzania.

    Kuri Mushyoma Joseph washinze East African Promoters (EAP), avuga ko mu gihe kiri imbere bazatangaza imigendekere y'iki gitaramo cya nyuma.

    Umukozi Ushinzwe Imenyakanishabikorwa muri Sosiyete ya MTN Rwanda, Saint Hillary, yabwiye itangazamakuru ko binjiye muri Iwacu Muzika Festival kubera ko iki gikorwa bakibona nk’idarapo no kwiyemeza ‘kuzamura uruganda rw’umuziki mu Rwanda’.

    Yavuze ko umuziki ari kimwe mu bintu bishimisha abantu benshi, kandi nka MTN biteguye gukomeza guteza imbere abahanzi. Ati “Tugomba kugira uruhare mu guteza imbere umuziki w’u Rwanda, yaba imbere mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga.”

    Saint Hillary yavuze ko bafite Application zirimo Ayoba, MTN Yello Tv n’izindi ‘dutekereza ko zafasha ubuhanzi mu Rwanda gutera imbere’.

    Yumvikanisha ko ubufatanye bagiranye na East African Promoters bushingiye ku iterambere ry’umuziki w’u Rwanda no gufunguka kw’andi marembo.

    Ati “Ibi biri mu mpamvu zatumye twiyemeza gukorana na East African Promoters. Kubera intego bafite no kuba bamaze imyaka myinshi mu muziki. Rero tubona nk’urubuga rwiza mu guteza imbere umuziki no guteza imbere ubuhanzihano mu Rwanda.”

    Yavuze ko nka MTN bazi neza ko hari impano nyinshi mu Rwanda, kandi iyo urebye ku Isi hose hari bahanzi bari gukora umuziki bubakiye ku njyana ya Afrobeat, Afro fusion n’izindi.

    Saint Hillary avuga ko binyuze mu Iwacu Muzika Festival hagomba gushakishwa impano zo gushyigikira nk’uko bigenda mu bindi bihugu

    Yavuze ko nka MTN bizerera mu mpano nshya, avuga ko atari umwaka umwe bagiye gukorana na Iwacu Muzika Festival ahubwo ‘n’igihe cy’imyaka itanu iri imbere’. Saint anavuga ko nyuma y’iyi myaka hazatekerezwa uko ubufatanye bwakomeza.

    Umuhanzi Bruce Melodie uzaririmba muri ibi bitaramo yashimye MTN ku bwo gutera inkunga ibi bitaramo, avuga ko ‘dusanzwe dukorana’.

    Yavuze ko imyaka ine ishize aririmbira mu Ntara zitandukanye z’u Rwanda, asaba abafana be n’abakunzi b’umuziki kwitegura kuzatarama n’aba bahanzi umunani.

    Yunganirwa n’umuraperi Riderman avuga ko kuba MTN yateye inkunga iki gikorwa ari ibintu byo kwishimira.

    Riderman wamamaye mu ndirimbo zinyuranye, yavuze ko we na bagenzi be ‘tuzakora ibishoboka byose kugirango abanyarwanda bishime ndetse tuzakora n’ibishoboka kugirango abaterankunga bose bicaye hano wa Iwacu Muzika Festival n’abo bazishime kandi bumve bafite ishema ry’uko bifatanyije n’abahanzi Nyarwanda ndetse na EAP mu kwamamaza ibikorwa by’abo.”


    Umukozi Ushinzwe Imenyakanishabikorwa muri MTN, Saint Hillary, yatangaje ko MTN irajwe ishinga no guteza imbere abahanzi Nyarwanda biri mu mpamvu zatumye yiyemeza kwinjira muri Iwacu Muzika Festival


    Umuyobozi w'imirimo rusange muri Rwanda Forensic Institute, Habyarimana Ildephonse, yavuze ko binyuze muri MTN Iwacu Muzika Festival bazasobanurira abaturage serivisi batanga zirimo gupima ADN n'ibindi

    Mushyoma Joseph [Boubou] yatangaje ko abahanzi bo mu Ntara bazahabwa umwanya wo kuririmba muri ibi bitaramo bya 'MTN Iwacu Muzika Festival' 

    Umuraperi Riderman yishimiye ko MTN yateye inkunga ‘Iwacu Muzika Festival’, avuga ko bigiye gufasha cyane abahanzi

    Umuhanzi Chriss Eazy yavuze ko “Twiteguye gutanga ibyiza byose dufite ku bantu bose tuzabana”
    Alyn Sano yavuze ko yahoze yifuza guhurira ku rubyiniro n’abahanzi bakuru mu muziki. Avuga ko yiteguye gutanga ibyishimo ku bafana be

    Umuraperi Bushali yashimiye kuba ibi bitaramo bigiye kongera kuba-Avuga ko ari ubwa mbere agiye kwigaragaza muri ibi bitaramo bizagera mu Ntara 

    Bruce Melodie yashimye MTN ku bwo guherekeza ibi bitaramo, avuga ko yiteguye gususurutsa abafana be 

    Niyo Bosco yavuze ko yiteguye gutanga ibyishimo muri ibi bitaramo bizaba mu buryo bwa Live. Avuga ko yishimiye kuba agiye guhurira ku rubyiniro na bagenzi be


    Umuhanzikazi Bwiza avuga ko kuba agiye kuririmba muri ibi bitaramo ku nshuro ye ya mbere ari ibyo kwishimira. Ati “Nishimiye ko nanjye kuri iyi nshuro nagiriwe icyizere.”

    Afrique yavuze ko yiteguye kwitwara neza ku buryo azajya ahora agaruka ku  rutonde rw’abaririmba muri MTN Iwacu Muzika Festval
     

    Kanda hano urebe amafoto menshi yaranze ikiganiro n'abanyamakuru

    AMAFOTO: Serge Ngabo-InyaRwanda.com

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/134147/mtn-yasobanuye-impamvu-yo-gutera-inkunga-iwacu-muzika-festival-mu-myaka-itanu-amafoto-134147.html

  • Abahanzi 8 bahawe akazi muri MTN Iwacu Muzika… – #rwanda #RwOT

    Iserukiramuco ryiswe MTN Iwacu Muzika ryasubukuwe, rizana umwihariko wo gutanga akazi ku bahanzi bakora injyana zose ariko izigezweho kuko Gakondo ntiyahawe rugari. 

    Iri Serukiramuco ryatangaje abahanzi basaga 8 bazazenguruka Igihugu mu bitaramo bizatangira ku Itariki 25 Nzeri 2023. Umuyobozi wa East Africa Promoters itegura iri Serukiramuco kuva mu 2019,  Mushyoma Joseph yagize ati:”Ibitaramo bizatangirira i Musanze dukomereze i Huye. Nituva i Huye tuzajya i Ngoma mu Burasirazuba. Hanyuma tujye i Rubavu. Tuzasoreza i Kigali”. 

    Abahanzi barimo Bruce Melodie, Bwiza, Niyo Bosco, Afrique, Riderman, Chriss Eazy, Alyn Sano na Bushali bagiye kugirana ikiganiro n’itangazamakuru binyuze mu gitaramo ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ bazaririmbamo. 

    Iri Serukiramuco ryatangiye muri 2019, icyo gihe ryabereye mu bice bitandukanye by’u Rwanda. Kuri iyi nshuro bizabera Huye, Ngoma, Rubavu na Musanze, aho bizasorezwa mu Mujyi wa Kigali. 

    Umuyobozi wa East African Promoters (EAP), Mushomya Joseph (Boubou) yashimiye ‘MTN ku bwo gutera inkunga iki gikorwa mu gihe cy’ imyaka itanu anashima Rwanda Forensic Institute (RFI) bateye inkunga iki gitaramo. 

    Ibi bitaramo bizatangira ku Itariki  23 Nzeri 2023 bizatangirira i Musanze bikomereze i Huye ku itariki 30 Nzeri. Ni mu gihe ku itariki 7 Ukwakira bizabera i Ngoma. Mu ntara bizasozwa ku tariki 14 Ukwakira i Rubavu naho ku wa 25 Ugushyingo 2023 mu Mujyi wa Kigali bipfundikirwe ku rwego rw’igihugu. 

    Abahanzi 8 bazasusutsa abanyarwanda mu bitaramo MTN Iwacu Muzika Festival

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/134141/abahanzi-8-bahawe-akazi-muri-iwacu-muzika-festival-134141.html

  • Riderman yakebuye bagenzi be badakozwa ibyo k… – #rwanda #RwOT

    Hari bamwe mu bahanzi bakizamuka, abafatwa nk'amaraso mashya mu muziki bavuga ko bacibwa intege na bakuru babo bamaze kumenyekana, aho babasaba ubufasha bakabima amatwi abandi bakabatuka kandi mu by'ukuri bo bumva bakabafashije nabo bakagira aho bajyeza impano zabo.

    Iradukunda Eugene, umwe mu bahanzi bakizamuka uzwi nka Ngabo Smith n'agahinda kenshi aganira na Inyarwanda yavuze ko benshi mu bahanzi nyarwanda bamaze kumenyekana babaye ba nyamwigendaho batagishaka gufasha ahanyempano bato mu muziki nyarwanda, aho bamwe muri bo bahitamo guhita babivamo kubera kubura ubafasha.


    Ngabo Smith, umwe mu banyempano bacyizamuka 

    Smith yanavuze ko kandi hari n'abakwa amafaranga banayatanga ugasanga ntibayemeye bavuga ko ari make kandi mu by'ukuri bakabafashije nta kiguzi babasabye cyane ko bose bahuje intego yo kuzamura umuziki nyarwanda.

    Gatsinzi Emery uzwi nka Riderman nawe yaganiriye na Inyarwanda, avuga ko kuko buri muhanzi wese ufite aho ajyeze aba azi neza uburyo gutangira umuziki bivuna, iyo yakabaye impamvu yo gufasha abacyiri bato kugira ngo nabo bagire aho bajyera.

    Riderman yagize ati: ''Buri muhanzi ugitangira ahura n’ibibazo byinshi birimo kubura ubushobozi na experience. Umuhanzi wese ugize amahirwe yo kurenga icyo cyiciro akabona byamushobokera kugira uwo afasha aba akwiye kubikora, kugira ngo nibura ibyo yanyuzemo hagire umuntu umwe ubisimbuka. Cyane cyane ko aba azi uburyo bivuna kandi biryana. Muri ubwo buryo tuba twishatsemo bimwe mu bisubizo ku bibazo byugarije uruganda rwacu.''     

    Uyu muraperi yakomeje avuga ko gufasha abahabnzi bacyizamuka ari ngombwa cyane kuko gushyigikirana no gufashanya ari bimwe mu bituma uruganda rwa muzika nyarwanda ruzamuka ndetse n’umuryango nyarwanda muri rusange. Gusa na none, Riderman yasobanuye ko nubwo abona bikwiye ariko gufasha atari itegeko, ahubwo ari ubushake kandi bikorwa n'ubishoboye.

    Riderman yasabye bagenzi be gufasha barumuna babo mu muziki

    Riderman yavuze ko hari impamvu nyinshi zishobora gutuma ubufasha ku bahanzi bacyizamuka budatangwa harimo kuba hari bamwe muri abo bahanzi bato basaba nabi ubufasha, ndetse no kuba abahanzi bakuru bashobora kuba bafite gahunda nyinshi bahugiyemo zibazitiye ku buryo bigoye kugira uwo bafasha kabone n'iyo baba babishaka.

    Ubutumwa yajyeneye abahanzi bagenzi be kuri iki kibazo buragira buti: ''Icyo nabwira bagenzi banjye ni uko abafatanyije bagera kure, bityo ubishoboye aba akwiye gushyikira cyangwa gufasha mugenzi we mu buryo bumushobokeye. Cyane cyane ko ineza ugize none uyisanga imbere.''


    Riderman yibukije bagenzi be mu muziki gufasha abahanzi bato, ababwira ko ugira neza ukayisanga imbere

    Riderman ari mu bahanzi bacye bagerageje gutanga umusanzu wabo mu kuzamura impano nshya mu muziki nyarwanda, aha twavuga nka AmaG The Black, Time B n'abandi batandukanye yagiye aha collabo.

    Riderman yakunzwe cyane mu ndirimbo nk'Ikinyarwanda yakoranye na Bruce Melodie, Nisamehe yafatanije na Safi Madiba, Padre, Holo, Inyuguti ya R n'izindi nyinshi. 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/134131/riderman-yakebuye-bagenzi-be-badakozwa-ibyo-kuzamura-barumuna-babo-mu-muziki-134131.html

  • Rwanda Global Top Model: Amatora yatangiye az… – #rwanda #RwOT

    Aya ni yo matora ya nyuma muri iri rushanwa ryubakiye ku guteza imbere abanyamideli bo mu byiciro binyuranye; ni nyuma y'amatora yabanje yasize hamenyekanye abakobwa 20 (Top 20) ari nabo bazavamo aba batatu bazahatana.

    Ndekwe Paulette uhagarariye Embrace Africa yabwiye InyaRwanda ko umukobwa uzahiga abandi akagira amajwi menshi kuri Internet 'azahita atambuka muri Top 3 nta kindi kigendeweho.'

    Yavuze ko abakobwa bazaba basigaye bazatoranywa n'Akanama Nkemurampaka kagendeye ku majwi (Votes) angana na 40% ndetse na 60% ijyanye n'uburyo umukobwa agaragara n'uko yigaragaza mu kumurika imideli (Physical Look).

    Ndekwe Paulette avuga ko ku wa 23 Nzeri 2023, ari bwo hazaba umuhango wo guhitamo abakobwa batatu bazafashwa guserukira u Rwanda.

    Ni ku nshuro ya kabiri iri rushanwa ribaye. Ndekwe Paulette avuga ko ashima Leta “idufasha mu gushyigikira impano z'urubyiruko” kuko bibafasha muri byinshi, aho guta umwanya mu biyobyabwenge n'ibindi byabangiriza ejo hazaza.

    Mu minsi ishize iri rushanwa ryaciye agahigo nyuma y’uko rigeze ku musozo, risohoka muri 'Magazine' yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Magazine, ubundi ni ikinyamakuru ariko kiba gisohoka bitari buri munsi, ahubwo mu bihe runaka kandi kibanda ku bintu bimwe muri ibyo harimo n'imideli.

    Muri Gashyantare 2023 ni bwo hashyizwe akadomo kuri iri rushanwa ryari rimaze amezi agera kuri atatu ritangiye mu birori byabereye kuri Olympic Hotel Kimironko.

    Ababashije kuryegukana barimo Kenson Munyana, Laura Sarah, Diane Ngabonziza, Amelia Mwiza, Rwemerakurinda Mac Alan na Nshogoza Jean.

    KANDA HANO UBASHE GUTORA UMUKOBWA USHYIGIKIYE MURI IRI RUSHANWA

    Alice Muziranenge

    Angel Rosine Kabatesi

    Sarah Mutesi

    Olivia Mutesi

    Fridaus Cyurinyana

    Rosine Bamurange

    Gretta Iwacu

    Grace Tuyizere

    Sumaya Uwimana

    Anita Mushimiyimana

    Anet Mbabazi

    Divine Maniraguha

    Blessing Gihozo Gaga

    Sandrine Mukamisha

    Benitha Atete

    Rachel Nzayihimbaza

    Camila Uwineza

    Bianca Yonsen

    Bella Bernice Izere

    Rosine Munezero

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/134097/rwanda-global-top-model-amatora-yatangiye-azasiga-hamenyekanye-abanyamideli-3-amafoto-134097.html

  • Ntibwakeye kabiri zahise zizima zisimbuzwa iz… – #rwanda #RwOT

    Kuri uru rutonde ntiwakwibagirwa  Narrow Road Records, Touch Records, Round Music, Empire Records n'izindi tutari burondore. Kuri ubu inzu zitunganya imiziki nka Country Records niyo usanga yiganza mu bihangano by'abahanzi. Ni mu gihe hari Studio zikorerwamo n'aba-Producers b'abahanga ariko ugasanga bariyamamaza kurusha aho baba bakoreye za ndirimbo bitewe n'uko uwavuga ko ari mu nsi y'igitanda ataba ari kure y'ukuri.


    Hano turareba icyatumye izi studio zizimira n'ibyo kwitaho ku mushoramari mushya muri uyu mwuga.


    Kuva mbere ya za 2007 i Huye hari Studio ishobora gukora indirimbo ikaba yacurangwa mu Rwanda hose bitewe nuko zabaga zifite ubushobozi bwo guhatana n'izatunganyirijwe i Kigali. Urugero mu 2007 indirimbo'Icyicaro' ya Urban Boyz yakorewe i Huye ikozwe na Producer Dr Jack (Uwayezu Jacques, yaguye i Burundi ku itariki 08.11.2014) yakoreraga muri Maurix Music Studio yari i Huye. Uyu  mujyi waje gucika intege mu bikorwa by'imyidagaduro abahanzi baho bambuka Nyabarongo baza guhahira i Kigali.

     

    Kigali yari igicumbi cy'inzu zitunganya imiziki zimwe zikamamara kubera amazina y'abazikoreramo'Producers' indirimbo zihakorerwa ndetse n'umubano wa Studio n'itangazamakuru rikora nk'itoroshi imurika ibiri mu icuraburindi bikagaragara.

     

    Abantu bagiye baba hafi y'izi nzu zitunganya imiziki kuri ubu zitagihari ababashije kuganira na InyaRwanda bagiye bibukiranya  izo Studios ariko ni nyinshi cyane ntabwo zose zajya mu nyandiko y'inkuru imwe ahubwo bisaba ubushakashatsi bwabikwa ahantu habugenewe abazakenera gucukumbura amateka ya muzika nyarwanda bakazabwifashisha .


    Ariko biragoye kuko nta rwego ruhari rushinzwe kubika izo nyandika yewe nta nubwo hari uwo wabaza ahazava aya mateka mu myaka 100 iri imbere igihe ku mashakiro ya murandasi izi nkuru zizaba zitakigarara cyangwa se abahari basigasire  aya mateka bazaba barasoje urugendo rwabo hano ku Isi barakomereje ahandi.

     

     

    Urebye umuziki uko wagiye utera imbere ugatunga abawukora, niko byagiye birushaho kuba bibi ku nzu zatunganyirizwagamo ibihangano by'abahanzi Nyarwanda. Nk’uko dufite abahanzi bamaze imyaka 16 bakora umuziki ni nako  aho batangiriye bafata amajwi y'indirimbo zabagize ibyamamare hakabaye hagihari ariko nyine amateka yagiye yibagirana ku buryo ubu bisaba ko abantu bicara bakibukiranya rimwe na rimwe ba nyiri izi Studios  bigiriye i Mahanga gushakirayo ubuzima kuko babonye ishyamba atari ryeru mu bucuruzi bw'inzu zitunganya imiziki.


    Ufashe urugero nka Riderman indirimbo yitwa Nakoze iki? Yakozwe na Dr Jack muri Maurix Music Studio, iyi ndirimbo yari ku muzingo witwa Impunduramatwara yashyize hanze mu 2010. Iyi nzu yakaba igihari ibitse amateka muri uriya mujyi wa Huye ariko rwose kubara ibyayo ni ugushaka abantu bari bahari bakibukiranya nka kumwe abasaza babara inkuru zo  mu buto bwabo.

     

    Izi nzu zari ubukombe mu gutunganyirizwamo indirimbo ariko izisigaye muri zo imikorere yazo ntabwo ifite umuriri nk'uwo zahoranye.


     Maurix Music Studio yari i Huye ikoreramo nyakwigendera Dr Jack waguye i Bujumbura. Uyu ashimirwa uruhare yagize mu gushyira itafari ku iterambere ry'umuziki nyarwanda. Iyi studio yabaye amateka ntabwo igihari ndetse muri uriya mujyi wa Huye ushaka aho ukorera indirimbo mu buryo bugezweho byagusaba kumanukana umu-producer w'i Kigali akazana ibikoresho. Icyokora hari igitekerezo cyo kuba Unlimited yahajyana ishami mu gihe byagenda neza.


              1.    Ubuntu Studio


    Iyi studio ni imwe mu zakoze amateka ubwo umuziki w'u Rwanda wari ugifite igicumbi mu bihe Kigali yari itarayikubita inshuro. Iyi nzu yakoreyemo na nyakwigendera Dr Jack n'uwitwa Amir Pro. Yakorewemo indirimbo zitandukanye zubakiye amateka abahanzi nyarwanda nka'Ese Nzapfa' ya Oda Paccy na Kayishunge, Amahirwe ya Nyuma ya The Ben yanitiriye album ye ya mbere, nyinshi mu ndirimbo za Urban Boyz ikirwana no kwamamara n'izindi. Nubwo yakoze akazi kayo mu gihe cyayo kuri ubu amateka yayo ari mu mitwe y'abari bahari kiriya gihe usibye ko bamwe batangiye  batakiriho bivuze ko amaherezo hazabura uwo kubara inkuru y'ibyahakorewe.

     

     

                 2.    TFP (The Future Production)

    Iyi ni inkomarume mu nzu zabayeho zagize uruhare mu kuzamura umuziki nyarwanda. Indirimbo 'Kubaka izina' ya Mc Mahoniboni benshi mu baraperi bafata nk'uwibihe byose bitewe nuko yabaciriye inzira babona ko Hip Hop burya nayo yakorwa igatunga uyikora kandi abanyarwanda bakagutiza amatwi yakorewe muri TFP.


    TFP yashinzwe na BZB The Brain uri mu ba mbere batangiye gutunganya indirimbo z'abahanzi b'abanyarwanda. Yakoze indirimbo zitandukanye z'abahanzi b'abanyabigwi mu muziki nyarwanda bakoze amateka akomeye mu bihe byo kwirya ukimara. Cya gihe umuziki kuwukora bitari akazi. Rutenderi ya Riderman niho yakorewe. Umutima Ukunda ya Papy John Safari yabiciye bigacika kubera imitoma irimo niho yatunganyirijwe n'izindi nyinshi.


    Hari n'amagambo ari muri iyi ndirimbo akoreshwa mu mvugo z'urukundo. Ati 'Umutima ukunda ntiwihishira…niyo nyirawo yifashe urukundo ruramutamaza..' Uyu muhanzi wari umuhanga mu gucuranga Guitar, Piano no gutanganya indirimbo mu buryo bw'amajwi yatabarutse ku itariki 13 Ukuboza mu 2015.


              3.    Bridge Records


    Yari  i Nyamirambo nayo yakorewemo nyinshi mu ndirimbo zaryoheye abanyarwanda ariko kuri ubu aho yakoreraga hamaze igihe hakorera Top 5 Sai nayo isigaye itacyumvikana mu ihatana ry'inzu zitunganya imiziki ibica bigacika.


    Nyiri Bridge Records yitwa Uwayezu Jaques bakundaga kwita Jackross asigaye atuye muri Canada. Iyi Bridge Records yatangiye ayifatanyije na Producer Nicolas iri i Kanombe. Mu 2011 yaje kuyigura arayegukana ahita azanamo Producer Junior Multisystem (Imana imuhe iruhuko ridashira) aribwo Studio yimuwe iva i Kanombe izanwa mu Biryogo, Nyarugenge ku gitekerezo cya nyakwigendera Junior Multisystem kubera ko yari yagaragaje ko abahanzi badashobora kuza i Kanombere bitewe n'amafaranga y'urugendo byari bigoye kuyabona.


    Iyi Bridge Records yakorewemo nyinshi mu ndirimbo zatumye abahanzi ba kiriya gihe baba ikimenyabose imbere mu Rwanda no mu karere.


    Zimwe mu ndirimbo zakorewe muri iyi nzu itagihari ukeneye kuzimenya ziri muri iyi nkuru. Mu 2015 nibwo Bridge Records yashyizwe ku isoko kubera ko nyirayo, Uwizeye Jacques yabonaga intumbero yari afite mu 2009 zari zitandukanye n'aho umuziki  wari ugeze mu 2015. Uhereye igihe iyi nzu yashingiye imizi kugeza icikiye intege wasanga ari imyaka 7 iri ku isoko itunganya indirimbo. 


    Abahanga mu gutunganya indirimbo mu buryo bw'amajwi banyuze muri iyi nzu barimo Nicolas, Piano The Grooveman, nyakwigendera Junior Multisystem n'abandi bagiye bahanyura mu bihe bitandukanye.


                  4.Narrow Road Records


    Iyi nzu nayo yanditse amateka ikorerwamo indirimbo zabiciye biracika. Yaje mu 2007 ariko kuri ubu yatangiye kugenda yibagirana nubwo indirimbo zahakorewe zitazibagirana. Yari iya Ezra Kwizera ikaba yarakoreyemo abahanga mu gutanganya indirimbo nka Pastor P, Nicolas, Pacento n'abandi batandukanye. Abahanzi nka Meddy, The Ben, King James  n'abandi bahari ubu nababivuyemo bari mu bazi uruhare rw'iyi Studio mu rugendo rwabo rwa muzika.


    Narrow Road yakoreraga i Gikondo mu Karere ka Kicukiro ariko na n’ubu niho ikiri ku buryo Inyarwanda izasura aho ikorera ikabasha kumenya icyayiciye intege ikaba itagifite umuriri nk'uwo mu myaka yo hambere.


    Bimwe bitazibagirana mu mateka abitswe n'iyi nzu ni inkuru ya Meddy ubwo yajyaga gukorerayo indirimbo ye 'Ungirira Ubuntu'. Meddy yishyujwe 15,000 Frw arayabura. Baratakamba bagera kuri 5000 Frw y'umuriro nayo arabura. Producer Nicolas yabwiye Ezra Kwizera ko bagirira Ubuntu Meddy dore ko Nicolas na Meddy bari inshuti. Meddy yabonye 3000 Frw ariko Nicolas na Meddy bahabwa ko bagomba gukora kuva Saa kumi n'ebyiri za mu gitondo kugeza saa mbiri za mu gitondo kandi bazaga n'amaguru kuko nta tike babaga bafite.


    Kuri ubu Meddy waburaga amafaranga yo kugura umuriro ari mu bahanzi batunze bahiriwe n'umuziki. Birumvikana ko iyi Narrow Road ibumbatiye amateka y'abahanzi nyarwanda ku buryo hatagize igikorwa yazibagirana burundu abazavuka bakazajya bajagajaga ku mashakiro ya murandasi bimwe bagasanga bitagihari ibindi birimo amafuti kuko bizaba byaranditswe n'abatazi amateka yabyo.


    5.    Top 5 Sai

     

    Iyi Studio iherereye mu Karere ka Musanze ikagira ishami mu Biryogo, Nyarugenge mu nzu yahoze ikoreramo Bridge Records ikaba ari inzu yahoze ituyemo Butera Knowles nayo iri mu zakonje ku buryo bigoye kumva igihangano cyahakorewe. Icyokora nyiri iyi studio witwa Patrick nyiri Energy Radio nayo ivugira i  Musanze yashyize imbaraga mu bucuruzi bwa Sound kurusha ibyo gutunganya imiziki. Yakorewemo na Mastola wari umwe mu bahanga u Rwanda rwagize mu gutunganya imiziki mu buryo bwa Audio. 


    Iyi studio yasohotsemo indirimbo nka Bya bihe ya The Brothers, Ikirori yabo, indirimbo ya Tuff Gangz yitwa'Inkongoro y'Umushimusi' niho yacuriwe. Indirimbo za Just Family nyinshi niho zakorewe. Yari imwe muri studio wasangaga umuhanzi ahaguruka i Kigali akajya gukorera indirimbo i Musanze. Rafiki Coga nyinshi mu ndirimbo ze hari izo yahakoreye kandi zakoze akazi gakomeye mu gihe cyazo.

     

                    6.    F2K

    Iyi studio yabaga i  Nyamirambo. Aho yahoze ubu biragoye kumenya ko ariho kuko hagiye ibindi bikorwa by'ubucuruzi. Yanyuzemo aba-Producers nka DevyDenko wanayitangiriyemo umwuga ubwo yari afite imyaka 18 kugeza mu 2017 ayisohotsemo. Ni imyaka isaga 7 ayirimo ndetse akora nyinshi mu ndirimbo zakunzwe. 


    Yari iya Fred ikaba ari imwe muri Studio zubatse amateka mu muziki Nyarwanda. Abandi banyuze muri iyi studio barimo Lick Lick na Junior Multisystem. Zimwe mu ndirimbo wakwibuka zahakorewe zirimo Igicaniro cy'Impanuro ya Ally G, Nyemerera y'Abakimaze n'izindi nyinshi. Iyi nayo iri muri Studio zari zifite umuriri none yabaye amateka.

                 

    7.    Super Level

    Iyi yari inzu itunganya ibihangano byumwihariko by'abahanzi babarizwaga muri Label ya Super level. Barimo Urban Boyz, Bruce Melodie, Amag The Black, Mico The Best na Fireman. Super Level yabagamo Piano The Grooveman ariwe wakoraga nyinshi mu ndirimbo z'aba bahanzi. Ariko na Junior Multisystem yigeze kuhinyabya agaruka muri Bridge Records.

    Super Level ya Richard yasenyutse ku maherere nyuma y'uko Bruce Melodie asohotsemo hakabaho imanza akabatsinda afashijwe na Me Irene yanashimiye muri Bado.

    Ubwo Urban Boyz begukanaga Primus Guma Guma Super Star bagahabwa Miliyoni 24 z’amafaranga y’u Rwanda  ntabwo uwitwa Rwema Dennis, wafashaga iri tsinda yavuze ko bamwambuye kandi banamukujeho kuri ziriya Miliyoni bahawe na Bralirwa. 

    Mu 2017 nibwo wavuga ko byashyize ku iherezo iyi nzu kuri ubu isigaye mu turango tw'indirimbo zahakorewe.

     

     

     

     

     

     

     

     

    Ese Studio ishinga imizi bitewe n'iki?

     

     

    Mu gushakira igisubizo iki kibazo InyaRwanda yegereye Nduwimana Jean Paul uzwi nka Noopja'izina azwiho mu myidagaduro' afite Country Records yashinze imizi akagira n'ibitangazamakuru birimo Radiyo akaba afite umushinga wo gutangiza televiziyo vuba n'urubuga rwandika amakuru y'imyidagaduro n'umuyoboro wa YouTube uzaba uri mu murongo w'imyidagaduro.


    Yagize ati:'Studio ishinga imizi bitewe na vision (Icyerekezo ) y'uwayishinze, Team ye, imikoranire myiza , nuko abafana bakira ibikorwa byayo. Gusa ahanini nyine inzozi zikabywa na nyiri kuyishinga. Studio ni nk'uruhinja, ni umushinga, ukeneye kwitabwaho, kwitangirwa, gupfirwa  kugeza intego zigezweho'.

     

    Nonese Gusenyuka ko bidatinda biterwa n'iki?


    Aha naho yatanze igisubizo cyaba itabaza ryo kwitwaza ku bantu bose bifuza gushora imari mu bucuruzi bwa studio zitunganya imiziki. Noopja yagize ati 'Gusenyuka kwa studio kwaterwa n’ibi bikurikira: Kuba uwayishinze atakiyitayeho, kutagira team nzima iyitekerereza, kubura abakiriya , Partners, Finance (abakiriya, abafatanyabikorwa n'ishoramari), kunanizwa (every beautiful project has haters, enemies, iyo rero external negative power ziganje nyiri project hari ubwo isenyuka gusa  the smart and beautiful idea can't be killed, igitekerezo kiza ntabwo gisenyuka'.

     

    Mu nkuru yacu , igice cya Kabiri tuzareba izindi studio zari ubukombe none zaburiwe irengero zisimburwa na home Studio nazo utamenya aho zikorera. Twagereranyije nko mu nsi y'igitanda. Ntabwo studio zose zaza mu nkuru imwe niyo mpamvu hazabaho indi yerekana izindi zari zihari. Ubundi izisigaye zizasurwa ndetse tumenye amateka yazo.


    2007-2017, imyaka 10 ya Narrow Road yarizihijwe. King James na Ezra Kwizera nyiri Narrow road



    Bridge Records kuva mu 2009 kugeza mu 2015 nibwo yari ifite umuriri none yaribagiranye


    Iki Gipangu niho hari ishami rya Top 5 Sai y’i Musanze nayo itagihatana. Niho Butera Knowless yabaga bitaracamo. Ni ku muhanda wo mu Biryogo ujya ahazwi nko ku Bisima

    Uwayezu Jacques “Jackross” atuye muri Canada, niwe nyiri Bridge Records

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/134085/ntibwakeye-kabiri-zahise-zizima-zisimbuzwa-izo-mu-nsi-yibitanda-irengero-rya-studio-zikome-134085.html