Tag: Imyidagaduro

  • Prince Kid yasezeranye imbere y’Imana na Miss… – #rwanda #RwOT

    Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Gatanu  tariki ya 1 Nzeri 2023, ukaba wari utegerejwe n’abatari bake benshi bishimiye ko aba bombi birangiye bagiye kwibanira ny’uma y’amagorane urukundo rwabo rwanyuzemo nyamara bikarangira babitsinze ndetse bakanasigira benshi isomo

    Ni ibirori byabereye ahitwa i Rusororo mu  Intare  Conference  Arena bikaba byari byitabiriwe n’inshuti,abavandimwe n’abandi batandukanye babarizwa mu myidagaduro harimo abanyamakuru ndetse n’abahanzi.

    Muri uyu muhango, amagambo basezeranaga yakoraga ku mitima ndetse bikagera no ku bari bitabiriye uyu muhango.

    Aba Bose bakaba basezeranye kuzabana bagatandukanywa n’urupfu gusa,

    Elsa Iradukunda yagize ati” Ndagusezeranya kugukunda cyane, ndagusezeranya kubana nawe mu minsi myiza ndetse no mu minsi mibi, ndagusezeranya kukubaha, kukuguma iruhande nubwo Isi yose yaba iri kukurwanya kuko nziko urukundo rwacu rushobora kurwanya buri kintu cyose, ndagusezeranya kuba mama w’abana bawe, ndagusezeranya kukubaha kandi ndagusezeranya kuba ndi kumwe nawe ibihe byose, ndagukunda cyane kugeza n’aho ntiyumva mu buzima ntagufite, uri inshuti yanjye nziza, intwari yanjye, nzishimira kumara ubuzima bwanjye  bwose ndi kumwe nawe, Imana izabe hagati y’urukundo ndetse n’ubuzima byacu, warakoze gukunda umuryango wanjye nk’uko nabo bakunda uwawe, kuva uyu munsi ndagusezeranya kuzabana nawe ibihe byose”,

    Ni amagambo y’akoze ku mutima abantu benshi bari bitabiriye ibi birori, ari nako Prince Kid nawe yabwiye Elsa ko azamukunda kugeza batandukanyijwe n’urupfu.

    Muri uyu muhango, basezeranyijwe na Rev. Alain, wabasabye kuzakundana, kwirinda amagambo y’abantu, kubaho Ubuzima bufite intego kandi bubaha Imana.

    Ibi birori byari byitabirwe n’ibyamamare bitandukanye, harimo umuhanzi Riderman, Ndimbati, Tom Close n’abandi.

    Nyuma yo gusezerana,  abatumiwe bakiriwe  muri ‘Salle’ ya Intare Conference Arena ndetse n’ibirori bikaba bigikomeje.

    Byari ibirori bibereye ijisho

    Bishimira ko urukindo rwabo rwatsinze byinshi

    Iradukunda Elsa ubwo yambikaga impeta Prince Kid

    Cyari igihe cyo gusangira n’inshuti n’abavandimwe

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/133912/prince-kid-yasezeranye-imbere-yimana-na-miss-iradukunda-elsa-amafoto-133912.html

  • Akebo kajya iwa mugarura! Prince Kid yituye M… – #rwanda #RwOT

    Prince Kid yasabye anakwa Nyampinga w’u Rwanda wa 2017, Iradukunda Elsa mu birori byari biryoshye ndetse bishimishije byanasigiye isomo inkumi n’abasore benshi muri iki gihe.

    Kumva ko Prince Kid yakoze ubukwe na Miss Iradukunda Elsa nta gitangaza kirimo kuko n’abandi babukora ariko igitangaza kikaba ku byo banyuranyemo mu gihe urukundo rwabo rwari rutari rwabyara ikintu gikomeye. 

    Ni iki cyabaye kugira ngo urukundo rwa Miss Iradukunda Elsa na Prince Kid rusigire isomo ingaragu nyinshi mu Rwanda?

    Ishimwe Dieudone uzwi nka Prince Kid ni we muyobozi wa Rwanda Inspiration Back Up yari ishinzwe gutegura Miss Rwanda mu myaka yatambutse aho imbere ye haciye ba nyampinga icyenda barimo Iradukunda Elsa. 

    Mu mwaka wa 2019 nibwo hatangiye kuvugwa amakuru ko muri Miss Rwanda harimo ruswa ishingiye ku gitsina aho byavugwaga ko kugira ngo ugire aho ugera bisaba kubumbura ibibero hanyuma bagasigwa amavuta.

    Urwego rw’igihugu rushinzwe iperereza RIB, rwatangiye gukora iperereza kuri ayo makuru yavugwaga kugira ngo ubyihishe inyuma aryozwe ibyo byaha akorera abakobwa yitwaje ububasha abafiteho ndetse n’ibyo yabagezaho.

    Nyuma y’imyaka itatu RIB itangiye iperereza, nibwo yataye muri yombi umuyobozi wa Rwanda Inspiration Back Up yateguraya Miss Rwanda ashinjwa ibyaha birimo ihohotera rishingiye ku gitsina yitwaje ububasha afite. 

    Icyo gihe abo Prince Kid yavanye ku isuka akaburiza indege, nibo babaye aba mbere mu kumwigarama ndetse no kumushinja ibyaha bitandukanye banatanga ubuhamya.

    Nubwo mu Rwanda hari abandi basore benshi bifuzaga Miss Iradukunda Elsa,  yishyize mu kaga ubwo yashakaga uburyo yafunguza Prince Kid wari umaze gutabwa muri yombi kandi ariwe wari waramufashije kugera aho ageze.

    Miss Iradukunda Elsa hamwe n’umunyamategeko we batawe muri yombi ku Cyumweru, tariki 8 Gicurasi 2022, afungirwa kuri Sitasiyo ya RIB i Remera. Uyu mukobwa yari akurikirwanyweho ibyaha byo kubangamira iperereza ku birego bishinjwa Ishimwe Dieudonné ndetse no gukoresha impapuro mpimbano mu gihe umwunganizi we mu mategeko yaziraga kwemeza impapuro mpimbano. 

    Haciyeho igihe nibwo Miss Iradukunda Elsa yaje gufungurwa nyuma y’uko ibyaha yari akurikiranyweho byabuze ibimenyetso bifatika byo gushingiraho ahamwa n’icyaha.

    Amaze gufungurwa, Elsa yakomeje gukurikiranira hafi urubanza rwa Prince Kid kugeza aho afunguriwe ntabwo yigeze acika intege ahubwo yakomeje kunamba kuri Prince Kid.

    Nyuma y’igihe kirekire nibwo mu kuboza Prince kid yafunguwe amaze kugirwa umwere ku byaha yari akurikiranyweho cyo guhohotera abakobwa ariko nyuma y’aho bitungurana kubona ubushinjacyaha bwongera kujuririra uyu mwanzuro Prince Kid asubira kuburana ariko ari hanze.

    Iyo Prince Kid ahamwa n’ibyaha yaregwaga yari guhanishwa iki?

    Icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato (rape) gihanishwa igihano cy'igifungo kiri hagati ya 10-15 hakiyongeraho n'Ihazabu y'amafaranga ari hagati ya 1-2M.

    Icyo gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina gihanishwa igihano cy'igifungo kiri hagati ya 5-7 , hakiyongeraho n'Ihazabu y'amafaranga ari hagati ya 1-2M.

    Mu gihe icyo guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n'imibonano mpuzabitsina gihanishwa igihano cy'igifungo kiri hagati ya 1-2, hakiyongeraho n'Ihazabu y'amafaranga ari hagati ya 100,000 -200,000.

    Ubwo Prince Kid yafungurwaga, abantu benshi bahise batangira kwibaza icyo Prince Kid agiye kwitura Miss Iradukunda Elsa nyuma yo kumwitangira no gushyira ubuzima bwe mu kaga.

    Nyuma y’uko abantu bari bagifite ingingimira n’ibitekerezo bitandukanye, nibwo abanyarwanda bose bongeye kwemeza no gushimangira ubuhanga bw’abatubanjirije bavuze ko ‘Akebo kajya iwa Mugarura kubera ko bitatinze ngo Prince Kid yiture Miss Iradukunda Elsa kubwo ineza yamugiriye.

    Iyi nsigamugani “Akebo kajya iwa mugarura” bahuje n’ibikorwa bya Prince Kid isobanuye iki?

    Akebo kajya iwa Mugarura ni umugani w’ikinyarwanda baca iyo babonye umuntu witurwa ineza yagiranye imico ye myiza. Wakomotse kuri Mugarura uwo nyine ku ngoma itazwi neza ikirari.

    Mugarura uwo yakuranye imico myiza cyane, akubitiraho n'ubukire muri byose, imyaka n'amatungo , abantu baza kumucaho inshuro, akabereka ikibo cya mugerwa w'umuhinzi, umuhingiye yahingura akamuha inshuro 'umuhinzi muri icyo kibo, hanyuma akamushyiriramo n'indi y'ubuntu. Abigenza atyo imyaka myinshi n’uje kumusaba inka nawe akayimuha, ndetse byarimba akamuha n'indi ya kabiri. Byibera aho.

    Bukeye inshuti n'abana be baramukuba, bamubwira ko yangiza inka ze n'imyaka ye, bati:'Dore urimaraho ibintu ubyangiza, nihacaho iminsi uzasigara he? uzasigara umeze ute ? ejo uzasanga rubanda rukunnyega nta n'ukureba n'irihumye '.Mugarura akumva amagambo yabo akabihorera ntagire icyo abasubiza, ntihagire uwumva ururimi rwe bigenda bityo kugeza igihe kirekire.Biba aho biratinda.

    Bishyize kera, haza umuntu amugerageresha kumushuka, aramubwira ati 'Mugarura ubuntu bwawe bwo gutanga utabaze rubanda turabwishimira, ariko nubwo tugushima bwose, njyewe ntacyo urampa none nje kugusaba inka eshanu zo kubaga'.

    Mugarura aramwemerera amuha inka eshanu arazijyana.Azigejeje iwe aho kuzibaga arazorora zirakunda ziroroka ziba amashyo atanu, rubanda babibonye batyo, barega Mugarura I Bwami ko yangiza ibintu bye dore ko uwangizaga inka bavugaga ko amara inka z'Umwami.

    Ibyo byatumye umwami amugabiza rubanda baramunyaga ariko inka n'ibintu bye ntawabigabanye byatwawe na rubanda rwose rubyigabagabanije.

    Nuko i Bwami bategeka ko Mugarura atazahabwa umuriro kuko yabaye umupfu ku bintu by' i Bwami. Mugarura amaze kunyagwa ahinduka umukene cyane abura aho aba n'umugore we n'abana be bagumya kuzerera.Hanyuma atunguka ku muntu wigeze kumuhingira akamuha inshuro ebyiri.

    Uwo mugabo amukubise amaso, agira impuhwe ava mu nzu ye ya kambere ayiha Mugarura asigara mu nzu yo mu gikari hanyuma Mugarura amaze kubona inzu abamo, rubanda rumenya ko yabonye icumbi hanyuma abo yagiriye neza batangira kujya bagenda ijoro bamushyira ibintu,ubwo kugenda n'ijoro batinyaga i Bwami.

    Uwo Mugarura yahaye inshuro ebyiri akaza akamusubiza inshuro ndetse akabigira itetu mbese rubanda yagiriye neza bose baramuyoboka bamuzanira amafunguro, bamwe mu twibo abandi mu bitebo.

    Bigeze aho benshi mu bo yagiriye neza bajya kumuhakirwa i Bwami ngo bamuhe umuriro.i Bwami baremera bamuha inka y'umuriro. 

    Mugarura amaze kubona inka y'umuriro rubanda barishima noneho baza ku mugaragaro bamuzanira ibintu byo kumushimira bamwitura ineza yabagiriye.

    Bukeye wa mugabo wazaga kumusaba ngo amuhe inka eshanu zo kubaga (za zindi yagezaga mu rugo akazorora) yumvishe ko Mugarura yabonye umuriro arishima cyane. 

    Arazinduka ajya kwa Mugarura acumbitse aramubwira ati 'Ngize amahirwe kuko wabonye umuriro za nka wampaye zo kubaga uko ari eshanu narazoroye zabaye amashyo atanu none ngaya amashyo atatu nanjye ndasigharana abiri '.

    Mugarura amushimana na rubanda barakomeza barahurura bamuzanira amaturo y'inka n'imyaka, abadafite imyaka myinshi bakamuzanira mu twibo hanyuma yubaka imitiba n'ibigega

    Nuko Mugarura asubira kuba umukungu ndetse arusha mbere aratunga, aratunganirwa.Uko rero niko rubanda bamuzanira ibintu bibuka uko yabagiriraga nibyo byiswe 'Akebo kajya iwa Mugarura”.

    Ku wa 02 Werurwe 2023, nibwo Prince Kid yagiye imbere y’amategeko mu murenge wa Rusororo mu karere ka Gasabo yemeye imbere y’abantu n’amategeko ko yiyemeje kuzabana na Miss Elsa ubuzira herezo.

    Nubwo yari agikurikiranwa n’ubutabera, ntabwo Prince Kid yigeze atezuka ku kwitura Elsa yiyemeza kujya kumusaba no gukwa imbere y’abantu.

    Umuhango wo gusaba no gukwa wabaye ku gicamunsi cyo ku wa Kane  tariki 31 Kamana  2023. Wabereye mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo mu busitani bwitwa Jalia Garden ugana i Kabuga.

    Ni mu birori bitagaragayemo bamwe muri ba nyampinga Prince Kid yahaye ijambo mu Rwanda ndetse no ku Isi aho bya nyampinga 9 baciye imbere ya Prince Kid ari babiri bonyine babashije kwitabira ibirori by’ubukwe bwa Prince Kid na Miss Iradukunda Elsa. 

    Prince Kid yabereye urugero rwiza ingaragu. 


    Miss Elsa Iradukunda yagaragaje urugero rwiza rw’urukundo rwa nyarwo mu gihe abantu bavuga ko rwakendereye.


    Prince Kid yasabye anakwa umukunzi we Miss Iradukunda Elsa mu birori byari binogeye ijisho. 


    Ku wa 02 Werurwe 2023 nibwo Prince Kid yasezeranye imbere y’amategeko na Miss Iradukunda Elsa. 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/133890/akebo-kajya-iwa-mugarura-prince-kid-yituye-miss-iradukunda-elsa-133890.html

  • Burna Boy yahishuye uko J Cole yamwitiranyije… – #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Damini Ebunoluwa Ogulu wavukiye mu gihugu cya Nigeria uzwi ku mazina ya Burna Boy akaba ari umwe mu bahanzi b’inkingi za mwamba mu njyana ya Afrobeats, yatangaje uburyo yakuriwe ingofero n’umuraperi J Coley wo muri Leta zunze ubumwe za Amerika. 

    Umuraperi Jermaine Lamarr Cole uzwi nka J Cole wavukiye mu Budage akaba afite ubwenegihugu bwa Amerika, niwe wakuriye ingofero Burna Boy avuga ko ari nka 2Pac umwe mu banyabigwi iyi si yagize mu njyana ya Hip Hop. 

    Ibi Burna Boy yabihishuye ubwo yari mu kiganiro na Elliot Wilson avuga uko yagiranye ibiganiro na J Cole mbere y’uko bakorana indirimbo iri kuri album bise “I told Them” imaze icyumweru igiye hanze.

    Burna Boy yagize ati “Mbere y’uko dutangira gukorana indirimbo, J Cole yaravuze ngo iyi nigga ni nka 2Pac Shakur. Ndaranganguzwa ndimo ndareba uwo avuze hanyuma ahita avuga ngo ni wowe. 2Pac wongeye kuvukira muri Africa.”

    Burna Boy nyuma baje gukorana indirimbo yise Thanks yagaragaye no kuri album ye nshya yise I Told Them yagiye hanze mu cyumweru gishize.

    Nyamara n’ubwo Burna Boy bamugereranyije na 2Pac Shakur, ntabwo abo muri Nigeria barimo bamwiyumvamo kubwo gutangaza ko injyana ya Afrobeats ikunzwe cyane muri Afurika ndetse no ku isi hose nta kintu kizima kiba kiri muri iyo njyana.

    Burna Boy yavuze uko umuraperi J Cole yamwitiranyije na 2Pac. 


    J Cole abona Burna Boy ari nka 2Pac Shakur umunyabigwi mu muziki ku isi hose.


    2Pac Shakur yishwe arashwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/133905/burna-boy-yahishuye-uko-j-cole-yamwitiranyije-na-2pac-133905.html

  • Knowless yatomoye Clement ku munsi w’isabukur… – #rwanda #RwOT

    Yifashishije amafoto menshi agaragaraza ibihe byiza bagiranye, Butera Knowless yagize ati “Nkomeza kugukunda cyane uko ibihe bigenda biza. Yewe na nyuma yo kurwana no kurira, nahitamo wowe iteka ryose. Isabukuru nziza mukunzi. Ndagukunda.”

    Clement nyiri Kina Music yatangiye gukundana na Knowless nyuma y’uko Knowless yari amaze gutandukana n’umuhanzi Safi Madiba kuri ubu usigaye atuye Canada. 

    Uretse kuba Clement ari umugabo wa Knowless, ni umujyanama we mu muziki ndetse akaba ari nawe nyiri inzu ya Kina Music ireberera inyungu z’abandi bahanzi barimo Nel Ngabo.

    Kugeza ubu, Knowless na Clement bamaze kugira umuryango w’abana batatu mu myaka irindwi bamaze babanye aho umuto muri bo yavutse mu ntangiriro z’uyu mwaka.

    Knowless umaze kubyarana na Clement abana batatu, yavuze ko nta kintu na kimwe cyatuma adakunda Clement bamaze imyaka 7 barushinze.


    Butera Knowless yatomoye umugabo we Clement ku munsi w’isabukuru ye.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/133881/knowless-yatomoye-clement-ku-munsi-wisabukuru-ye-133881.html

  • Umujyanama wa Juno Kizigenza yasobanuye ibyo… – #rwanda #RwOT

    Ni mu kiganiro yagiranye na inyaRwanda.com, mu gihe abantu benshi bakurikiranira hafi imyidagaduro yo mu Rwanda, bibazaga byinshi abandi bakibeshya ku makuru hagati ya Juno Kizigenza, Nando Bernard n’umuhanzikazi France Mpundu bamaze iminsi basinyishije mu ikipe yabo.

    France Mpundu ni umuhanzikazi wasinyishijwe mu ikipe n’ubundi isanzwe ifasha Juno Kizigenza yitwa “HUHA Records”, mu muziki wa Juno wa buri munsi. Ni mu gihe abantu benshi bari bazi ko Juno Kizigenza ariwe uzajya afasha uyu muhanzikazi mushya, bitewe nuko bumvaga ko ariwe waba yarayishinze.

    Nando Bernard yasobanuye agira ati: “Abantu bakomeje kwibeshya cyane babyitiranya, bavuga ko uwitwa Juno Kizigenza ari we uzajya aba areberera France Mpundu inyungu ze mu muziki we, gusa ariko si byo kuko ntabwo ari Juno wenyine ugize ikipe kuko hari n’abandi benshi dufatikanya. Kuko HUHA Records ni ikipe ibarizwamo abantu batandukanye, ubwo bisobanuke ko atari Juno Kizigenza uzajya amufasha wenyine”.

    Nando Bernard mu kubazwa uwaba yarashinze HUHA Records, bikagera n’aho abantu benshi bavuga ko ari iya Juno Kizigenza ndetse ko ashobora kuba ari nawe muyobozi, yagize ati “HUHA Records yashinzwe n’abantu 2 aribo njyewe ndetse na Juno Kizigenza, nitwe twayitangije, gusa ariko kuko Juno ari umuhanzi aba ari kwita kuri muzika (kwandika indirimbo, recording) ni njyewe wagombaga kujya mureberera inyungu mu bikorwa bya muzika agenda akora bya buri munsi”.  

    Nando yakomeje avuga ko ibi bigomba gusobanuka abantu bakabimenya bakareka kubyitiranya. Yakomeje avuga ko uretse kuba HUHA Records ari ikipe isanzwe ifasha abahanzi, bari mu bikorwa byo kuyigira Label gusa nubwo bisaba imbaraga.

    Ati: “Ikintu kuri ubu turi kwitaho ni ukugira ikipe ya HUHA Records Label, gusa ariko nk’uko mubizi, Label isaba ibintu byinshi harimo Video studio, Audio studio, bityo bikaba biri mu bintu bisaba ibintu byinshi bikaba atari ibintu byo guhubukira, gusa ariko kuba biri mu buryo byo ni ibintu turi kwitaho ndetse turayishyira hanze vuba bitari kera cyane”.

    Yakomeje avuga kandi ko uretse kuba barasinyishije France Mpundu, bitarangiriye aho kuko bafite n’izindi gahunda zo kuba bazana n’abandi bahanzi bityo bakaba bakomeza kuzamura impano z’abahanzi nyarwanda kugera ku rwego mpuzamahanga.

    Nando yavuze ko kugeza ubu France Mpundu agiye kujya akorera ibikorwa bye byose bya muzika muri iyi kipe nk’ibisanzwe n’ubundi. Kuva France Mpundu yagera muri iyi kipe, amaze gushyira hanze indirimbo imwe yise “Umutima”.

    REBA INDIRIMBO “UMUTIMA” YA FRANCE MPUNDU

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/133811/umujyanama-wa-juno-kizigenza-yasobanuye-ibyo-abantu-bibeshyagaho-133811.html

  • Diamond yacyuriye abagore bose babyaranye wongeyeho na Wema Sepetu #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Tanzania, yavuze ko abagore bajya kwibagisha kugira ngo bibongerere ubwiza ariko bakitwara nk’aho ntacyo bigeze babakoraho, benshi bahise bakeka ko yashakaga gucyurira abo babyaranye.

    Ni mu mashusho uyu muhanzi yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze y’umuhanzi nyakwigendera Michael Jackson.

    Uyu muhanzi washinjwe kwibagisha akihinduza imiterere y’umubiri we, ayo mashusho yari mu kiganiro n’itangazamakuru ariko we ahakana ko atigeze yibagisha.

    Aya mashusho Diamond akaba yayaherekeresheje amagambo agira ati “abagore bagiye kwibagisha ariko bakitwara nk’aho ari abanyabo. “

    Nta gushindikanya benshi bahise bavuga ko ubu butumwa bugenewe abagore babyaranye kuko bose iki kintu bakivuzweho.

    Uhereye kuri Zari Hassan babyaranye abana babiri, aheruka kwemera ko yabikoze ariko kwari ukugira ngo bamukuremo ibintu byatumaga abyibuha cyane kuko yiyongereye ibiro muri COVID-19.

    Nta gihe kinini kirashira Tanasha Donna ufite bucura bwa Diamond, wibagishije muri 2021 kugira ngo atere neza, yakijweho umuriro kuko yanze kwishyura ababimukoreye.

    Hamisa Mobetto na we wabyaranye na Diamond Platnumz bivugwa ko yashoye amafaranga menshi kugira ngo agaragare neza, akaba yaragiye kwibagisha.

    Wema Sepetu na we wakundanye na Diamond Platnumz nubwo batabyaranye, muri 2018 yatakaje ibiro byinshi abantu bibaza icyo yabaye, na we yaje kwemeza ko yibagishije kugira ngo atakaze ibiro.

    Diamond na Zari

    Diamond na Tanasha bakanyujijeho

    Diamond na Mobetto bafitanye umuhungu

    Wema Sepetu ni we utarabyariye Diamond

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/diamond-yacyuriye-abagore-bose-babyaranye-wongeyeho-na-wema-sepetu

  • Abo Umwami yahaye Amata nibo bamwimye amatwi… – #rwanda #RwOT

    Prince Kid yasabye anakwa Nyampinga w’u Rwanda wa 2017, Iradukunda Elsa.

    Ni ibirori byari biryoheye ijisho ariko biryoheye iryinyo kuko abatumiwe ntibigeze bacogora kunywa buri kimwe wabaga ushoboye.

    Umuhango wo gusaba no gukwa wabaye ku gicamunsi cya none tariki 31 Kamena 2023. Wabereye mu Murenge wa Rusororo mu karere ka Gasabo mu busitani bwitwa Jalia Garden ugana i Kabuga. Ni ahantu hihagazeho kuko inyubako yishyurwa miliyoni 2, 700 Frw. Gutaka iyi sale bihagaze Miliyoni 10,0000 Frw.

    Tuve ku biciro twigarukire kuri za nkumi zahinduriwe ubuzima zikaba zitaje gushyingira mugenzi wabo Miss Iradukunda Elsa cyangwa se wenda Prince Kid wabicaje aho benshi baririraga. Abo umwami yahaye Amata bamwimye amatwi. Ni insigamugani ngiye kubanza kubasobanurira kugirango musobanukirwe. 

    Insigamigani: Abo ingoma yahaye amata ni bo isaba amaraso

    Uyu mugani ngo: 'Abo ingoma yahaye amata ni bo isaba amaraso, Abanyarwanda bawuca iyo bashaka kumvisha abandi ko abari ku ibere ry'ubutegetsi ari bo basabwa kubwitangira mbere y'abandi. Wakomotse kuri Ruganzu Bwimba ahagana mu mwaka wa 1300 (1264-1295).

    Ku ngoma ya Ruganzu Bwimba; mu Gisaka hatwaraga umwami witwa Kimenyi Musaya. Uyu Kimenyi yari yararaguriwe ko umwana azabyarana n'umukobwa w'umwami w'u Rwanda ari we uzatsinda u Rwanda maze akabumbira hamwe Igisaka n'u Rwanda. Nibwo Kimenyi ashyize nzira aza gusaba umugeni umUmwami w'u Rwanda Nsoro Samukondo ariko asanga na we abahanuzi be baratahuye amayeri ya Kimenyi bamubuza kumuha umugeni. Samukondo yumviye abahanuzi be ndetse no mu murage yahaye uwamusimbuye ku ngoma ari we Ruganzu Bwimba, harimo no kutazigera ashyingira mushiki we Robwa mu Gisaka, ndetse anamusobanurira ibyago byateza u Rwanda.

    Kimenyi amaze gutsemberwa n'umwami w'u Rwanda ko atazabona umugeni, yigiriye inama yo kunyura ku mugabekazi Nyakanga nyina wa Robwa na Ruganzu Bwimba, ndetse ananyura muri Nkurukumbi wari musaza w'Umugabekazi. Nyakanga na Nkurukumbi bemeye gushyingira Kimenyi Robwa mbere y'uko ajya kurongorwa yari yabanje kumvikana na Ruganzu ko nagera mu Gisaka agasama inda azabimumenyesha bagashaka umutabazi w'umucengeri.

    Koko rero Robwa amaze gusama, yahise atuma kuri Ruganzu ngo bashake umutabazi. Abo basabye bose ko bajya yo barimo nyirarume Nkurukumbi barabyanze, bituma Ruganzu yigirayo. Nubwo umugabekazi yagerageje kumubuza ndetse agatambika umweko we mu nzira dore ko cyaziraga ko umuhungu yarenga umweko wa nyina; ntibyabujije Ruganzu gukomeza agatabara. Umugabekazi byamuriye mu nda yohereza Nkurukumbi wari wabyanze ngo agende abe ari we utabara maze Ruganzu aramuhakanira ati: 'Ab'ingoma yahaye amata ni bo isaba amaraso'. Ubwo yari amubwiye ko nta mutabazi usubira inyuma kandi ko bigaragara ko ari Abanyiginya bene Ingoma bagomba kuyitabarira bakamena amaraso yabo; aho kuba Abasinga dore ko bari banabigaragajemo ubugwari!

    Ubwo Nkurukumbi abwira Ruganzu ko agarukiye ingoma akaba yemeye kuba ari we uba umutabazi maze Ruganzu akisubirira yo. Icyo gihe Nkurukumbi yari asanze Ruganzu ahitwa i Nkungu na Munyaga ku giti cy'umuguruka. Kuva ubwo kugeza ubu bahita ku 'Muguruka wa Nkurumbi'. Ni naho Ruganzu yaje kugwa kuko ari ho yatangirije intambara maze aza kwicwa n'Abanyagisaka apfa nk'umutabazi w'umucengeri. Ruganzu Bwimba rero akaba ari we mwami wenyine mu bami b'u Rwanda wabaye umutabazi w' umucengeri.

    Icyo gikorwa cy'umwami wemeye kumena amaraso abo kwa nyina babyangiriye; ni cyo cyabaye inkomoko y'umugani uvuga ngo: 'ab'Ingoma yahaye amata ni bo isaba amaraso'. Ab'Ingoma yahaye amata ni bo isaba amaraso : Bene ubutegetsi ni bo bagomba kuburwanaho byaba ngombwa bakaba ari na bo babupfira mbere y'abandi.

    Mu bukwe bwa Prince Kid na Miss Iradukunda Elsa

    Hakabaye hitezwe ko ba Nyampinga guhera mu 2014 ubwo Miss Akiwacu Colombe mu 2015 Miss Kundwa Doriane, miss Rwanda 2016 miss Mutesi Jolly, Miss Iradukunda Elsa umugore we, miss Rwanda 2018 Iradukunda Liliane yitabiriye, miss Rwanda 2019 Nimwiza Meghan yaje gushyigikira abageni, Miss Rwanda 2020 Nishimwe Naomie utahabonetse, miss Rwanda 2021 Ingabire Grace utahageze na Miss Nshuti Divine Muheto wa 2022 utahakandagiye. 

    Muri ba Nyampinga 9 habonetse babiri na Miss Iradukunda Elsa bashyingiranywe.

    Ntibisanzwe ko umuntu agira uruhare mu buzima bwa muntu ngo nakenera abantu ababure aribyo iyi nkuru ishingiyeho kuko byari gusa neza iyo baza bose kumushyigikira. Mu bisonga habonetse abarimo Teta Ndenga Nicole, Umuratwa Anitha

    Miss Uwimana Jeannette ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.

    Umuhango wo gusezerana imbere y’Imana utegerejwe ku Itariki 01 Nzeri 2023 mu Intare Arena I Rusororo saa Kumi ku Cyicaro cy’umuryango FPR Inkotanyi.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/133872/abo-umwami-yahaye-amata-nibo-bamwimye-amatwi-ba-nyampinga-2-batashye-ubukwe-bwa-prince-kid-133872.html

  • Kuki icyamamare gishakanye n’umu Diaspora hit… – #rwanda #RwOT

    Ese ko abatarashaka babure kumanuka kwirambagiriza abasore ngo havuzwe ibi na biriya?

    Uhereye kuri Safi Madiba wa Judith Niyonizera ukageza kuri Sintex wa Chadia hagiye havugwa amagambo atari meza mu matwi y'inkumi ziba zishakira kurongorwa n'abasore bahora ku mashusho. Mbese bamwe bitwa abatwitsi.

    Ku itariki 1 Ukwakira 2017 nibwo Safi Madiba yakoze ubukwe na Judith Niyonizera. Safi yari yaratandukanye na Urban Boyz asigaye yikorana umuziki ku giti cye. Byasabye imyaka ibiri n'amezi abiri kugirango abone ibyangombwa byo kujya gutura no gukorera muri Canada. Igihugu benshi mu banyafurika ubizima bwabihiye baba barota kuzukirayo. 

    Mu ntangiriro za 2020 nibwo Safi Madiba yerekeje muri Canada agezeyo hatangira kwaka umuriro waje kugeza kuri Gatanya iciye mu buryo bw'amategeko. Iyi gatanya yagiye mu buryo ku itariki 25 Mata 2023 nibwo umunyamategeko witwa Bayisabe Irene yambwiye ko byarangiye kandi byujujwe aka ya mvugo yo muri Bibiliya. 

    Uriya munsi yari yajyanye na Judith Niyonizera, umukunzi we mushya berekeza gufata impapuro zirangiza gatanya ku buryo buri wese ari'Divorced' mu buryo bw'amategeko. Nyuma y'iyi tariki yaba Judith cyangwa se Safi bemerewe gushaka kuko amategeko arabibemerera. 

    Uhereye mu 2017 kugeza mu 2023 ni imyaka 6 y'amacenga n'amayeri yagejeje Safi muri Canada kugirango yibonere Visa kuko nubundi byaje gucamo arayibona.

    Safi na Judith batandukanye nyuma y’imyaka 6

    Ariko rero usibye aba hari abandi bashakanye bigenda neza na nubu babana nk'umugore n'umugabo. Umunyamakuru Edman wakoraga kuri Prime Tv yashakanye na Mugisha Elisabeth usanzwe akora umuziki wa Gospel akaba azwi ku izina rya Liza. Ishimwe Edson wiyitaga Edman yashakanye na Liza mu mpera za 2021 mu bukwe bwabereye kuri Jali Garden mu mujyi wa Kigali.

    Byari ibirori bibereye ijisho. Uyu mukobwa atuye muri Canada. Mu 2022 yahise atwara uyu mugabo we bajya kubana akaramata. Nyuma y'amezi ane bageze muri Canada bahimbye ikinyoma cyo gutandukana noneho itangazamakuru n'imbuga nkoranyambaga zibatiza umurindi kirasakara.

    Nyamara bari mu nzu imwe bakora ibiganiro kuri Live ya Instagram kubera ko uyu Liza yari afite indirimbo nshya ashaka ko isohoka iga igikuba nubwo uwavuga ko yaguye mu mazi ataba abeshye.

    Amakuru yabaga ahari ya nyayo nuko yari amayeri bahimbye bazi ko azafata yo guhimba ikinyoma cyo gutandukana. Twebwe twabaga tuzi ukuri tukicecekera kuko imyidagaduro ni uku ikorwa. Uratwika hagashya cyangwa se wowe ukitwika bigahwaniramo.

    Edman na Liza babanye neza muri Canada

    Kuri ubu Edman na Liza barabana nk'umugore n'umugore rwose nta kibazo bafitanye kuko Edman azi neza ubuzima yarimo mu mihanda ya Kigali. Abatazi iby'imyidagaduro bakibona aya makuru batangiye gucira urubanza abasore b'I Kigali ngo ni Visa yigenderaga ntibamenye ko n'urukundo rukora kandi rugasagamba.

    Horaho Axel abanye neza na Nicole

    Ku itariki 18 Kamena 2022 Horaho Axel wakoraga neza amakuru y'imikino yagiye gutura muri Amerika asanze umugore we Masera Nicole Nirira usanzwe utuye muri Amerika. Basezeraniye mu murenge wa Ngoma mu karere ka Huye mu majyepfo y'u Rwanda ku itariki 18 Werurwe 2021.

    Bakoze imihango y'ubukwe bwo gusaba n'imbere y'idini mu ntangiriro za Kamena ya 2022 ibirori byabereye mu majyepfo y'u Rwanda. Aba babanye neza kandi nta nkuru zo gushwana zari zabavugwaho ku buryo bikwiriye guha isomo izindi nkumi imyaka yajyanye kuba zamanuka zikaza kwishakira abasore b'i Kigali bakibanira dore ko nta kiza nko kubana n'uwo muhuje byose.


    Bahati na Cecile basezeranye kubana akaramata

    Ejo bundi twinjira mu mpeshyi hakwirakwiriye ibiganiro kuri shene za YouTube zitandukanye byibasiraga Habiyambere Jean Baptiste uzwi nka Bahati Makaca. Bavuga ko ashatse umucyecuru, abandi bati: 'Ashatse Visa'. 

    Benshi mu babivugaga ni abo bagendanye bagakorana ibiganiro dore ko mu myaka nka10 Bahati atasibye mu itangazamakuru mu nkuru zitandukanye. Bivuze ko abo yakamiye nibo bamwihindutse baramutamarana karahava. Niko isi iteye!

    Yewe nta nubwo babashije gutaha ubukwe bakomeke kuvugira iyo mu biganiro batanazi ikijya mbere. Ku itariki 05 Kanama 2023 ni bwo Bahati na Cecile basezeranye imbere y'Imana muri Noble Family Church, itorero rya Apotre Mignonne Kabera. InyaRwanda yari ihari dore ko yamuherekeje kuva mu murenge kugeza ku isezerano rya nyuma ryo mu rusengero. 

    Bahati afashe indangururamajwi yavuze amagambo arimo ikiniga, agahinda no gukurira inzira ku murima abamuteze iminsi bose. Yagize ati: 'Abavuga ko hari ibyo nakurikiye baribeshya nzagukunda iteka'. 

    Hano murabyumva ko yajombaga ibikwasi ba bandi bamuteze iminsi ko akurikiye Visa. Bahati yabwiye Inyarwanda ko we ari we n'umugore we bashobora gusobanura urukundo bakundana naho abavuga tubareke kuko ntawabuza inyombya kuyomba.

    kSintex na Shadia basezeranye kubana akaramata

    Ku itariki 24 Kanama 2023 nibwo Sintex yasezeranye na Keza Shadia w'imyaka 36 utuye muri Canada. Keza Chadia na Sintex, Umurenge wabo witabiriwe n'abantu 10 ku mpande zombi.

    Byabanje kugirwa ubwiru birangira InyaRwanda ibimenyesheje abanyaRwanda bose bakurikira amakuru y'ibyamamare. Uyu mugore yahuye n'uruva gusenya akorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuva akiri umwana w'imyaka 7 y'amavuko nyuma yo kubura ababyeyi be bishwe muri Genocide yakorewe Abatutsi. Yabaye ku muhanda imyaka irindwi aza kujya muri Uganda kwa nyirasenge.

    Agezeyo nyirasenge yaramutoteje amushora mu buraya nabwo ayo yakuyeyo akayamwambura. Mu 2003 afite imyaka 18 Keza yashakanye n'umugabo wamuhohoteye ku buryo yamusigiye inkovu z'inkoni zigeretseho kumusambanya ku gahato. Mu 2009 bimukiye mu Bwongereza. Uyu mugabo yakomeje kumuhohotera baza gutandukana mu 2014 amusigiye abana babiri. 

    Keza yaje kwimukira muri Canada ashinga umuryango urwanya ihohoterwa yise'Shine the light on woman abuse'. Ntabwo inkuru y'urukundo rwe na Sintex yavuzwe mu itangazamakuru ariko ubukwe bwabo babuhisha babugaragaza buzavugwa kuko ntiwatwika inzu ngo uhishe umwotsi. 

    Nyuma y'uko Sintex na Keza Shadia bashyingiranywe hacaracaye amakuru ya Visa nyamara kami ka muntu ni umutima we. Yaba Sintex akeneye impinduka mu buzima yari arimo hano i Kigali butoroshye ndetse na Keza Shadia akeneye umuhoza amarira yarijijwe kuva ku myaka 7 kugeza ku myaka 36 akibabara amanywa n'ijoro kubera ibikomere yasigiwe n'ihohoterwa yakorewe mu myaka itandukanye.

    Kuki havugwa VISA?

    Nibyo ubuzima i Kigali buragoye ku badafite uturimo tw'amaboko. Ku bahanzi ababona akazi mu bitaramo ni abo zereye cyangwa se abafite abazi gukomanga ahantu hose. 

    Ni byo rero kuba umusore ugomba kwambara neza, ukarya neza, iryo cupa ntiribure ku meza kandi ukaba usabwa kujya muri studio ntabwo ari buri musore cyangwa se inkumi yabyishoboza kuko i Kigali ntibyoroshye. Niyo mpamvu umusore cyangwa se inkumi ibonye umu-Diaspora idatekereza kabiri. Uti ese kubera iki?

    Ejo bundi turi gushyingura papa wa The Ben, mukuru we witwa Dan, imfura iwabo yatanze ubuhamya bwavamo isomo. Yagize ati: 'Nagiye muri Amerika ari The Ben umpaye itike. Ubu maze imyaka itanu. Ntunze arenga miliyali n'igice mu mafaranga y'u Rwanda. Murumva ko data yatwigishije gukora kandi ntituzamutenguha'. 

    Ibaze niba uyu Dan uhamaze imyaka itanu yikomanga mu gatuza noneho The Ben uhamaze imyaka 12 we za miliyali atunze nubwo atajya azigamba ariko ibyo akora byerekana ko yarenze uruhombero. Na we se ko atacyemera akazi ka miliyoni 10 Frws mu gitaramo. Utazanye miliyoni 30 Frws ku meza ntabwo muvugana ngo muhuze.

    Amazu menshi afite, ibibanza, n'ubundi butunzi afite abasore yasize hano I Kigali baracyatega moto babanje gukatuza nabwo ntabwo bapfa gutega bisaba ko bagiye muri gahunda zirimo agarura ya yayandi ya moto. Uru ni urugero rwiza rw'umusore, inkumi ubuzima buri kugenda bwanga ko iyo abonye umu-diaspora nta kabuza itara riba ryatse. 

    Reka mbahe urugero rw'umusore wacuruzaga imyenda mu Biryoyo, Nyamirambo. Isoko bararisenye abura igishoro cyo kujya mu mujyi cyangwa se Kimisagara. Yahise ajya gukorera 45,000 Frws ku kwezi mu kabari.

    Reka hazasohokere inkumi imyaka y'ubukure yajyanye ivuye muri Amerika, ikubite amaso wa musore usa neza, ufite ibizigira, inkumi imwaka nimero za telefoni. Icyari cyamuzanye ni ukwishakira umugabo kuko we ntashoboye kuza guhatana n'ibyamamare icyapfa ni umugabo.

    Umukobwa atashye yatangiye kwiteretera wa musore wabaga mu nzu y'icyumba na Salon. Byarakomeye barakundana. Umukobwa yimura umusore anamukura mu kabari amukodeshereza inzu 'apartement' isa neza, ayishyiramo televiziyo ya rutura, amugurira internet idacika amuha ayo kurya umusore ijigo riraza nawe abaho nk'ufite umu-diaspora. 

    Vuba aha bakoze ubukwe bajya mu murenge, wa musore amutera inda ndetse umukobwa agiye kwibaruka ariyo mpamvu byihutishije ibyangombwa bya wa musore watoraguwe mu kabari ubuzima bwarabaye icuraburindi.

    Uyu munsi tariki 31 Kanama 2023 mu ndege zijya muri Amerika uyu musore araba arimo asanze ikibaruta. Ngayo nguko uko abasore n'inkumi z'aba-Diaspora bari kugenda bakura ku cyavu abasore n'inkumi z'inaha. Ntabwo bikwiriye ko Judithe na Safi kuba byaranze n'abandi bose bizanga kuko twaberetse ingero z'ababanye neza kuko erega n'i Kigali gatanya zirahari kandi ingo zibanye neza nizo nyinshi kurusha izirara zishya. 

    Nuko itangazamakuru rikunda byacitse. Ubuse Patient Bizimana na Gentille Uwera Karamira ntibabanye neza muri Amerika? Clarisse Karasira na DeJoie ntibaryohewe n'urushako. Imitoma iravuza ubuhuha amanywa n'ijoro. 

    Ntabwo inkuru imwe ishobora guca igikuba kuko inkuru nyinshi nziza zerekana imibanire ya Diaspora n'ab'i Kigali nizo nyinshi usibye igitotsi kitambika mu mubano nk’uko biba n'ahandi. N'impanga zirashwana kandi zaravutse mu nda imwe.


    Patient Bizimana ameranye neza n’umugore we. Yagiye muri Amerika mbere ya Serge Iyamuremye nawe wasanze umugore we. Ku itariki 30 Ukwakira 2022 ni bwo yasangije abamukurikira ko yageze muri Amerika.


    Clarisse Karasira n’umugabo we babanye neza

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/133854/kuki-icyamamare-gishakanye-numu-diaspora-hitegwa-visa-133854.html

  • Teta Sandra yatunguye benshi avuga ko atigeze akubitwa wa Weasel #rwanda #RwOT

    Bwa mbere Teta Sandra yatoboye aravuga maze ahakana ko atigeze akubitwa n’umuhanzi Weasel nk’uko byari byatangajwe mu minsi ishize.

    Muri Nyakanga 2022 nibwo hakwirakwiye amafoto ya Teta Sandra amugaragaza yakubiswe ameze nabi.

    Inkuru zatangiye gukwirakwira ko yakubiswe n’umuhanzi Weasel babanaga nk’umugore n’umugabo banabyaranye.

    Byakuruye imvururu nyinshi cyane kugeza aho uyu mukobwa wamenyekanye mu gutegura ibitaramo mu tubari twa Uganda acyuwe akazanwa mu Rwanda n’abana be.

    Muri icyo gihe cyose ntabwo yigeze avuga ku kuba ari Weasel yamukubise cyane ko no mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga yavugaga ko yarimo ataha agategwa n’amabandi akamukubita.

    Mu minsi ishize yaje gusubira muri Uganda asanze umugabo we, itanganzamakuru ryongeye kumubona ndetse rigira amahirwe yo kumuvugisha aho baboneyeho bamubaza niba koko ari Weasel wamukubise.

    Mu kiganiro yagiranye na Urban TV, Teta Sandra yavuze ko Weasel atigeze amukubita ahubwo yatezwe n’amabandi arimo ataha ko ntaho yigeze avuga ko umugabo we yamukubise.

    Ati “Nta kibazo nigeze ngirana na Weasel, nari njyanye abana iwacu kugira ngo bababone kuko kuva bavuka bari batarababona. Ntabwo Weasel yigeze ankubita, ntaho nigeze mbivuga, nakoze itangazo mvuga ko nakubiswe n’amabandi abantu baza guhimba inkuru zabo.”

    Ni uku Teta yari yagizwe

    Teta yavuze ko Weasel atigeze amukubita

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/teta-sandra-yateye-utwatsi-ibyo-gukubitwa-wa-weasel

  • Byose abishyize hanze! Miss Mwiseneza Josiane yavuze ku by’umusore wamwambitse impeta ndetse anahishura ibyari baragizwe ibanga ku rukundo rwa Prance Kid na Elsa – VIDEWO – YEGOB #rwanda #RwOT

    Miss Mwiseneza Josiane wegukanye ikamba rya Miss Popularity muri Miss Rwanda 2019, yatangaje byinshi ku rukundo rwe n'umusore wamwambitse impeta mu myaka yashije gusa bakaza gutandukana uwo musore akishakira undi mugore.

    Ubwo yaganiraga na Irene Murindahabi, Miss Josiane yavuze ko umusore wamwambitse impeta baje gutandukana kubera ko batahuzaga ngo yabonye bitavamo.

    Ndetse kandi yavuze ko urukundo rwa Prance Kid na Miss Rwanda 2017, Iradukunda Elsa we yari aruzi kuva mbere ngo yabimenye ubwo yari muri Miss Rwanda, gusa ku mbuga nkoranyambaga iby'urukundo rwa Prance Kid na Elsa byavuzwe cyane guhera mu mwaka wa 2022 ubwo Elsa yarwaniraga ishyaka Prance Kid wari waranzwe.

    Reba videwo aho hasi:

    Source : https://yegob.rw/byose-abishyize-hanze-miss-mwiseneza-josiane-yavuze-ku-byumusore-wamwambitse-impeta-ndetse-anahishura-ibyari-baragizwe-ibanga-ku-rukundo-rwa-prance-kid-na-elsa-videwo/