Tag: Imyidagaduro

  • Zari Hassan yahaye gasopo abari kumugira umukecuru #rwanda #RwOT

    Umunyamideri Zari Hassan uri mu Rwanda mbere yo kujya mu gitaramo yihanangirije abafata amafoto ye bakayagira uko bashaka.

     

    Uyu mugore w'abana batanu n'imyaka 46 yongeye gusubira mu magambo yabwiye abanyamakuru bo muri Uganda ubwo bafataga amashusho ye asa n'umukecuru ngo bakayakorera 'Edit' kugira ngo bamusebye.

     

    Zari anyuze kuri 'Story ya Instagram' ye , yagaragaje ko kumuvuga nabi ari ishyari riba ririkubarya bibaza impamvu ari gutera imbere akanakora cyane bigatuma batekereza uburyo bakoresha ngo bamushyire hasi.Zari Hassan yavuze ko ari mwiza kandi ko azahora ari mwiza.

     

     

    Mu magambo ye yagize ati:'Ikibazo ni kuki mukomeje kubangamirwa nuko ngaragara.Guhindura amafoto yanjye  mugamije guhaza inkuru zanyu nta hantu na hamwe bizigera bimpindura.Niba mukomeje kubabazwa nabyo mujye gushaka ubuvuzi.Mukomeza mwibaza ngo kuki ari gutera imbere kuki ari gutsinda , ndabizi kandi muvugane n'Imana kuko sinjye kubazo'.

     

    Uyu mugore yahise atumira abo bantu kujya muri The Wave Lounge kujya kumureba mu gitaramo afite uyu munsi cya All White Party.Zari yishingoye agaragaza ko ntawabasha kumushyira hasi kuko ngo Imana yamusize amavuta.

    The post Zari Hassan yahaye gasopo abari kumugira umukecuru appeared first on The Custom Reports.

    Source : https://thecustomreports.com/zari-hassan-yahaye-gasopo-abari-kumugira-umukecuru/

  • Bushali yavuze inkomoko y’izina rye n’ukuntu… – #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Bushali wari umutumirwa mu gitaramo cy’abanyarwenya kizwi nka Gen Z Comedy kibera ahazwi nka Camp Kigali, yagaririje abiganjemo urubyiruko ku rugendo rwumuziki we, n’ibyamukomeje bigatuma ahinduka umuraperi mu bakunzwe bo mu Rwanda.

    Uyu muhanzi nyarwanda wakiriwe mu gace kitwa ” Meet Me Tonight” yasobanuye byinshi ku muziki we wamuhaye izina, ariko yatangiye bigoye adashyigikiwe n’ababyeyi.

    Bushali yakundaga umuziki kuruta ishuri akabipfa n’ababyeyi

    Bushali yatangaje ko yinjiye mu muziki akiri ku ntebe y’ishuri, ababyeyi be ntibabyishimire, ndetse bikagira ingaruka ikomeye mu myigire ye, kuko yakundaga gustindwa akabona amanota mabi, yahindura ikigo bikamusaba gukoresha indangamanota kugirango yemerwe ku kindi kigo.

    Ati” Ku ishuri bahoraga banyirukana nahindura ikigo ngakoresha bulletin [Indangamanota] kugirango bamfate”.

    Yatanze inama ku bitabiriye biganjemo urubyiruko 

    Umuraperi uzwi nka Bushali yamenyekanye mu muziki nyarwanda muri 2013, nyagasani aramusekera nk’uko yabitangaje. Ati” Natangiye umuziki mu 2013, nibwo nyagasani yansekeye. Gusa nari naratangiye kuririmba kera muri korali nkiri umwana, nyuma nza gutangira gukora ibihangano byanjye”.

    Uyu muhanzi wiyeguriye umuziki mu bwana, yavuze ko imbogamizi yahuye nayo ari ugufatisha itangazamakuru no kumenyekanisha ibihangano bye ahantu hatandukanye. Yavuze ko gutinda kubona inzira yo kumenyekanisha impano bye aribyo byamubereye imbogamizi ikomeye.

    Ubwo yabazwaga imvano y’izina rye Bushali, yavuzeko iri zina rye rifite amateka yihariye kuko rikomoka mu muryango we. Yatangaje ko, iri zina  yarikuye kuri Sekuru, nyuma yo kuvuka akaryitwa.

    Yanasobanuye ko ariwe wimenyeye ibihangano bye ndetse ko ashima Imana yamufashije kugera ku byo afite. Bushali watanze inama ku biganjemo urubyiruko, yabasabye gukora cyane no kutarambirwa nk’uko nawe yihambiye ku muziki we kugeza umuhiriye.

    Atangaza ko gukora cyane arirwo rufunguzo rwakugeza ku nzozi. Ati” Gukora cyane nibyo bituma ugera kure!Rubyiruko ntabwo wakora aka kanya ngo uhite ugera ku nzozi biragoye”.

    Yagarutse ku byiza yakuye mu muziki avuga ko yasanze burya ubuhanzi bwagutunga bukaguhindukira akazi kakugaburira umunsi ku wundi.

    Ubwo yataramiraga abitabiriye biganjemo abafana be, yabifurije guhirwa mu mwaka mushya ugiye gutangira wa 2024, no kugera ku nzozi zabo binyuze mu gukunda ibyo bakora no gukora cyane, batibagiwe kwihangana.

    Abitabiriye bishimiye uburyo Bushali yabaganirije

    Abitabiriye bigishijwe ko bakwiye gukora cyane mu byo bashoramo imbaraga

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138081/bushali-yavuze-inkomoko-yizina-rye-nukuntu-umuryango-wamucaga-intege-mu-muziki-138081.html

  • Byaramurakaje ! Diamond Platnumz yahishuye yategetse ko bashaka uwamwibiye isapo #rwanda #RwOT

    Umuhanzi ukomeye muri Afurika Diamond Platnumz uherutse kwibirwa isapo i Dodoma mbere y'uko atarama muri Wasafi Festival, yavuze ko impamvu yabuze amahwemo akanga kugenda atayibonye ari uko yiyumvise nk'usuzuguwe.

     

    Yagaragaje uburakari bukomeye cyane ndetse yanga kuva mu modoka yahise ajya kwicaramo atarabona isapo ye.Uyu muhanzi ubusanzwe amenyereye abafana n'urugomo rwabo gusa, akimara kwibwa isapo , yabaye nk'ushatse gusubirayo, abwira abarinzi be gushaka utwaye isapo kugeza bamubonye.

     

    Benshi bavuze ko ari uguteka imitwe , gusa n'ubwo byaba byo, ntabwo yaterwa amabuye na cyane ko aribwo buryo arimo gukoresha muri iyi minsi.

     

    Diamond yavuze ko yababajwe n'uko uwo mufana ataje ngo amusabe kuneza aho gukora igikorwa kigayitse cyo kumukora k'umutwe akamwambura isapo ye.Yavuze ko uwo mwanya yahise yiyumva nk'umuntu usuzuguwe cyane , kuko yari yambaye imyambaro ijyanishije.

     

    Mu mashusho yashyizwe kuri Channel ya WASAFI TV, uyu muhanzi yavuze ko yababaye cyane,Ati:'Abantu batangajwe cyane n'uko nkurikiye isapo, gusa iyo umuntu akwibye aba akweretse ko agusuzuguye.Nubaho ko mwamfashije , ariko nanone niba hari icyo umuntu arasaba, kandi sinimana'.

    The post Byaramurakaje ! Diamond Platnumz yahishuye yategetse ko bashaka uwamwibiye isapo appeared first on The Custom Reports.

    Source : https://thecustomreports.com/byaramurakaje-diamond-platnumz-yahishuye-yategetse-ko-bashaka-uwamwibiye-isapo/

  • Harimo itike igura ibihumbi 130Frw! Bruce Mel… – #rwanda #RwOT

    Ku wa 22 Ugushyingo 2023, ni bwo uyu muhanzi wakuriye i Kanombe yanditse amateka avuguruye mu muziki we, aririmbira 'bwa mbere' muri Amerika.

    Ni nyuma y'uko afashijwe na Shaggy kuririmba mu bitaramo ngaruka mwaka 'iHeart Radio Jangle Ball' bifasha Abanyarwanda n'abandi gusoza neza umwaka.

    Uyu muhanzi ari kwitegura kugaruka mu Rwanda, aho agomba guhurira ku rubyiniro na Kendrick Lamar mu gitaramo 'Move Afrika Rwanda' kizaba ku wa Gatatu tariki 6 Ukuboza 2023 muri BK Arena.

    Mbere yo kugaruka i Kigali, yatangaje ko tariki 30 Ukuboza 2023 azakorera igitaramo cye bwite muri Leta ya Maine mu Mujyi wa Portland.

    Ni igitaramo azakora nyuma yo gutumirwa na kompanyi ya Innox Entertainment LLC isanzwe ifasha abahanzi Nyarwanda gukorera ibitaramo muri kiriya gihugu.

    Ku rubuga rwo gucururizaho amatike rwa Eventbrite.com, bagaragaza ko amatike yo kwinjira muri iki gitaramo ari hagati y'amadorali 60 n'amadorali 100.

    Amatike y'amadorali azarangira gucuruzwa tariki 29 Ukuboza 2023. Ariko ku rubuga bagaragaza ko muri rusange wishyura amadorali 65.87 [Ni ukuvuga 82,059.59 Frw].

    Amatike ya VIP y'amadorali 100 azarangira gucuruzwa tariki 30 Ukuboza 2023, ariko ku rubuga bagaragaza ko ari ukwishyura amadorali 108.55 [Ni ukuvuga 135,229.53 Frw].

    Hari n'amatike y'amadorali 70 wongeyeho 6.54 bikaba amadorali 76.54 [Ni ukuvuga 842,820.68 Frw] ariko yo azatangira gucuruzwa tariki 30 Ukuboza 2023.

    Afite ishimwe ku mutima:

    Mu butumwa bwo kuri Instagram, Bruce Melodie yavuze ko yakuriye i Kanombe nk’abandi bana, ariko ko atigeze atekereza ko azagera ku ntera y’urugendo rw’ubuzima agezeho muri iki gihe.

    Yavuze ko nk’abandi bose biyumvamo impano, yagiye agerageza amahirwe anyuranye kugira ngo abashe kwinjira, kandi igihe cyarageze inzozi ziba impamo.

    Avuga ko nyuma y’ibihe byiza n’imiraba, imirimo yakoze yatangiye kubyara inyungu. Yabwiye abahanzi bakiri bato batangiye urugendo nk’urwo yanyuzemo kudacika intege, no gukurikira inzozi zabo, kandi bakanoza neza ibyo bashaka guha abantu.

    Mu butumwa bwe yashimye Perezida Kagame ku bw’intambwea amaze guteresha u Rwanda, avuga ko nk’umunyarwanda biteye ishema kubona aho ugeze hose ukavuga ko uri umunyarwanda wakwiranywa ubwuzu kandi ukishimirwa.

    Kandi avuga ko buri wese wumvise u Rwanda agaragaza inyota yo gushaka kumenya byinshi ku Rwanda.

    Uyu munyamuziki yashimye cyane abafana be, itangazamakuru, abagira uruhare mu kumenyekanisha ibihangano n’abandi bose batumye aba uwo ariwe muri iki gihe. Yanashimye kandi Shaggy wamuciriye inzira. Ati “Nzahora mbashimira.”

    Kanda hano ubashe kugura itike yo kwinjira mu gitaramo cya Bruce Melodie 

    Bruce Melodie yatangaje ko tariki 30 Ukuboza 2023 azataramira muri Maine


    Ni ubwa mbere Bruce Melodie agiye gukorera igitaramo cye bwite muri Amerika


    Bruce avuga ko afite ishimwe rikomeye kuri Shaggy wamufashije kuririmbira muri Amerika


    Bruce Melodie yashimye Perezida Kagame ku bw'intambwe amaze guteresha u Rwanda

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/137215/harimo-itike-igura-ibihumbi-130frw-bruce-melodie-agiye-gukorera-igitaramo-cye-muri-amerika-137215.html

  • The Ben yavuze ko umubyeyi we yatewe ubwoba nuko agiye mu muziki , abwira amagambo akomeye uwamwise umunebwe #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Mugisha Benjamin , yavuze ko abantu bamwita umunebwe batazi neza ko afite indi mirimo abamo umunsi ku munsi arinayo imugira uwo ari we kuri uyu munsi.Ibi The Ben yabitangarije muri Canada nyuma y'ikibazo yari maze kubazwa na Ally Soudy.

     

    Munama ya Rwanda Youth Convention , yabereye muri Canada niho The Ben yatoboreye aya magambo yari yaririnze kuvuga na mbere ndetse anagaruka ku mpamvu atajya apfa kumvikana avuga amagambo menshi mu itangazamakuru cyangwa ngo ashake kugaragaza guhangana gukomeye.

     

    The Ben umaze imyaka irenga 15 muri muzika ,  yagaragaje ko ibintu bifasha umuhanzi kubirambamo ari ukugira ikinyabupfura no kurangwa n'imyitwarire myiza.The Ben yagize ati:'Ntabwo ndi intungane , inshuti zanjye nyinshi zinziza ko mba ndwana nabyo no kwitwararika ku myitwarire , ngerageza guharanira kugira ikinyabupfura , kubaha no guca bugufi'.

     

    Ubwo The yagarukaga kukindi kintu cyafasha umuhanzi , yabaye nk'uwibuka abigeze kuvuga ko ari umunebwe we na Meddy, maze agira ati:'Hari abantu benshi , nubwo navuga ko atari benshi cyane , usanga bavuga ngo The Ben na Meddy muri abanebwe.Ikintu nababwira , dushobora kuba abanebwe mu maso y'ibyo mutubonamo, ariko dufite ibindi dushyiramo imbaraga kandi dukora cyane'.

     

    Uyu muhanzi yasobanuye ko ikibazo gikunze kubaho ari uko abantu bitiranya ibintu.Ati:'Benshi mutuzi nk'abahanzi bakora indirimbo zigasohoka, ibyo bigatuma mudufata nk'abakora cyane,ariko ni kuri kimwe. Twe rero dufite ibindi bintu dukora bitajya hanze, kandi bifite akazi karuta ibyo.Ibyo nibyo bidufasha bikaduha imbaraga zo gutera imbere mu buryo butandukanye'.

     

    Uyu musore witegura kurushinga, yavuze ko gukunda Imana no kuyubaha ndetse no kwirinda ibiyobyabwenge biri mu byafasha umuhanzi kuramba muri muzika.Yagize ati:'Nkijya mu muziki, umubyeyi wanjye yagize ubwoba, yumva ko naba ngiye mu murongo mubi,kimwe rero mu byo niyemeje ni uko ntazaba umuntu yatekerezaga ko ngiye kuba we.Ikintu rero nirinze cyane ni ibiyobyabwenge'.

     

    Mugisha Benjamin yavuze ko kwirinda ibiyobyabwenge biri mu bimufasha gukomeza kugira ubuzima bwiza.

    The post The Ben yavuze ko umubyeyi we yatewe ubwoba nuko agiye mu muziki , abwira amagambo akomeye uwamwise umunebwe appeared first on The Custom Reports.

    Source : https://thecustomreports.com/the-ben-yavuze-ko-umubyeyi-we-yatewe-ubwoba-nuko-agiye-mu-muziki-abwira-amagambo-akomeye-uwamwise-umunebwe/

  • Judithe Niyonizera akomeje gushimirwa umutima mwiza yeretse Samusure #rwanda #RwOT

    Umugore wamamaye mu myidagaduro Nyarwanda , Niyonizera Judithe , akomeje gushimirwa umutima mwiza yeretse Samusure akamwishyurira ideni nk'uko byagiye bigarukwaho.

    Nyuma yo kujya hanze kw'inkuru zivuga ko ariwe wishyuye ideni ryatumye Samusure ahunga , Judith yashize hanze ifoto kumbuga nkoranyambaga ze yandikaho amagambo agira ati:' Utagushima yaba yitwa nde, y'aba akomoka kwande ? Uko nzajya nibuka ineza yawe , nzajya ngushima'.

     

    Nyuma yo kwandika ayo magambo , benshi bamuhaye ibitekerezo, bagarutse kuri Samusure, bavuga ko urukundo bamukundaga rwahise rwiyongera.

     

    Uwitwa Jean Peter yagize ati:' Sha urwo nagukundaga rwahise rwiyongera , kuva aho utabariye uriya musore Samusure. Sinzi impamvu numva ari wowe muntu wa Mbere numvise nkumva Roho yanjye ikunezerewe birenze.Habwa umugisha Imana isubize aho wakuye ntukabure abantu'.

     

    Mugisha Kevin yagize ati:' Nkunda umutima wakimuntu ugira, uri muri bake basigaranye umutima nk'uwawe simbishidikanyaho kandi utakuzi yarahombye'.

     

    Uwitwa Niyibizi Sada yagize ati:' Nagukundaga ariko inkuru ya Samusure itumye rwikuba, Allah ajye yivanga mu byawe ! Mu byeyi'.

     

    Benshi mu batanze ibitekerezo bashimiye Judithe ndetse bamusabira umugisha ku Mana no gukubirwa.

    The post Judithe Niyonizera akomeje gushimirwa umutima mwiza yeretse Samusure appeared first on The Custom Reports.

    Source : https://thecustomreports.com/judithe-niyonizera-akomeje-gushimirwa-umutima-mwiza-yeretse-samusure/

  • Urwango rukomeje kwiyongera hagati ya Rayvanny na Harmonize bapfa umukobwa n'imishinga #rwanda #RwOT

    Abahanzi bamamaye murizika ya Tanzania ,  Harmonize na Rayvanny ntabwo bari kujya imbizi nyuma y'aho aba bombi bikomeje kuvugwa ko urwango  rwabo rwaturutse kuri Paula Kajala no kubihangano bishya bafite muri muzika.

     

     

    Aba bahanzi bombi bafitanye amateka.Harmonize na Rayvanny bombi batangaje ko bazashyirira hanze imishinga yabo icyarimwe.Rayvanny yatangaje ko hari umushinga w'indirimbo 5 '5.4.U' yari bushyirire hanze rimwe  tariki 24 Ugushyingo 2023, mu gihe na Harmonize yari yatangaje ko agiye gushyira hanze umuzingo yise 'Visit' Bongo' nano kuri iyo tariki.

     

     

    Ubwo yatangazaga ibyizo ndirimbo Rayvanny yagize ati:'Indirimbo 5 zanyu tariki 24 Ugushyingo 2024'.Uyu muhanzi agitangaza ibi abafana ba Harmonize ntabwo bamworoheye kuko yahise atangira kwibasirwa cyane bamubwira ko ashaka kwigana umuhanzi wabo.

     

     

    Umufana umwe yaragize ati:'Wananiwe gushaka indi tariki nanone urimo kwigana Konde [Harmonize]'.Undi ati:'Ikibi cyawe ni uko iyo wumvise ko Konde yashyize hanze indirimbo nawe uhita uyitangaza'.

     

     

    UBYO GUPFA UMUKOBWA

    Aba bahanzi bombi bagiye bumvikana bapfa Paula Kajala umukinnyikazi wa Filime muri Tanzania , akaba umwana Fridah Kajala wakundanga na Harmonize.

     

     

    Mu gihe kimwe, ubwo Harmonize yakundanaga na Fridah Kajala, na Rayvanny yakundanaga na Paula gusa nanone bikavugwa ko Harmonize nawe yakundaga Paulah ndetse akamufatanya na nyina kugeza no mu gihe Rayvanny yasubiraga kwa Fahyvanny wamubyariye.

     

     

    Ibi nabyo byakuruye urwango rukomeye hagati yabo bombi  kugeza na magingo aya.Mu minsi yashize ubwo bahuzwaga n'igitaramo cya Wasafi , byagaragaye ko basubiranye ariko bisa n'aho urwishe yambwa rukiyirimo.

    The post Urwango rukomeje kwiyongera hagati ya Rayvanny na Harmonize bapfa umukobwa n'imishinga appeared first on The Custom Reports.

    Source : https://thecustomreports.com/urwango-rukomeje-kwiyongera-hagati-ya-rayvanny-na-harmonize-bapfa-umukobwa-nimishinga/

  • Inama ya Acces itangirwamo ibihembo ku bany… – #rwanda #RwOT

    Abategura iyi gahunda basobanura ko ari urubuga rugamije guteza umuziki Nyafurika binyuze mu kungurana ibitekerezo no kuvumbura impano nshya. Iki gikorwa gikunze kuba mu kwezi k'Ugushyingo buri mwaka.

    Bavuga ko iyi gahunda y'uru rubuga igiye kubera i Kigali biturutse ku biganiro bagiranye n'Ikigo gishinzwe kumenyekanisha ubukerarugendo bushingiye ku Nama (Rwanda Convention Bureau, RCB) n'Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere, RDB, byabaye mu mwaka w'2018.

    Music Africa iherutse gusohora amashusho agaragaza Manzi Christian ukora muri RCB atanga ikaze buri wese uzitabira iyi gahunda ya Acces mu Rwanda mu 2024.

    Icyo gihe yari mu nama ya Acces yabereye muri Tanzania. Manzi avuga ko nk'u Rwanda bishimiye kwakira iki gikorwa, akumvikanisha ko iyi nama izaba ari amahirwe yo kongera guhura kw'abari mu buhanzi. Yashimye Acces ku bw'inama yari yateguye n'uburyo Tanzania yabakiriye.

    Akomeza ati 'Reka mbonereho umwanya wo kubaha ikaze mwese mu Rwanda. Bizaba ari ibihe bidasanzwe n'amahirwe ku bari mu bahanzi bose muri Afurika yo kongera guhura. Rero ikaze mwese, kandi twiteguye kubakira.'

    Muri iyi gahunda ya Acces habaho kuganira ku muziki, ibitaramo by'abahanzi, kumenyana no kuganira mu bijyanye n'imikoranire, haba amahugurwa, imurikagurisha ry'ibihangano no gukorana ibihangano kubitabiriye.

    Iyi nama ya 'Acces' ibera mu Mijyi itandukanye yo ku Mugabane wa Afurika, kuri iyi nshuro izabera mu Mujyi wa Kigali ku nshuro ya mbere.

    Music Africa.net ivuga ko iyi nama ihuriza hamwe intumwa zo mu bihugu bitandukanye byo ku Isi, kandi ikamara igihe cy'iminsi itatu.

    Yitabirwa n'abanyamuziki, abagira uruhare mu kumenyekanisha ibikorwa by'umuziki, abanditsi b'ibitabo, abacuranzi, abaterankunga, abafata ibyemezo n'imiryango itegamiye kuri Leta n'abandi.

    Iyi nama kandi itanga amahirwe ku bayitabiriye yo gusura Inganda Ndangamuco z'ingenzi mu Mujyi wayakiriye. Kandi hatangwa amahugurwa ku bantu barimo abafata ibyemezo mu muziki n'abandi.

    Gahunda ya Acces yatangijwe mu 2016 nka kimwe mu bikorwa bya Music In Africa Foundation's AGM mu muhango wabereye mu Mujyi wa Addis Abeba muri Ethiopia.

    Icyo gihe gutangiza iyi nama byitabiwe n'abantu bo mu bihugu birenga 15, aho ijambo nyamukuru ryavuzwe n'umucuranzi w'icyamamare muri Ethiopia mu njyana ya Jazz, Mulatu Astatke.

    Muri 2017, Acces yatangijwe nk'igikorwa Mpuzamahanga gihuza abakitabiriye mu bihugu bigera kuri 50. Icyo gihe ijambo nyamukuru ryavuzwe n'umucuranzi w’icyamamare wo muri Senegal, Baaba Maal.

    Muri 2018, iki gikorwa cyabereye mu Mujyi wa Nairobi muri Kenya, aho cyaherekejwe n'imurikagurisha n'ibiganiro byatanzwe na Mr. Eazi wo muri Nigeria, Blinky Bill wo muri Kenya, Blick Bassy wo muri Cameroon, Rikki Stein wo mu Bwongereza n'abandi.

    Iki gikorwa kandi cyabereye mu Mujyi wa Accra muri Ghana mu 2019. Icyo gihe cyahuje abanyamuziki mu ngeri zinyuranye batanze ibiganiro barimo umuraperi Sarkodie wo muri Ghana, Sway Dasafo (UK), Efya (Ghana), Samini (Ghana), Skales (Nigeria) ndetse n'umuyobozi Mukuru uri mu bashinze ikigo 'Ditto Music', Lee Parsons wo mu Bwongereza.

    Mu 2021 iki gikorwa cyabereye mu Mujyi wa Johannesburg muri Afurika y'Epfo, aho bakoranye n'abahanzi barimo Busiswa, Abidoza, Yugen Blakrok, Priddy Ugly n'abandi.

    Ni igikorwa kandi kitabiriwe n'abari bahagarariye ibigo bikomeye ku Isi birimo nka Tik Tok, Reeperbahn Festival, Sony/ATV, Ditto Music, Africori, Linkfire, Believe n'abandi.

    Gahunda ya Acces inaherekezwa no gutanga ibihembo 'Music In Africa Honorary Award' hashimirwa abari mu bahanzi bakoze ibikorwa by'indashyikirwa ku Mugabane wa Afurika.

    Umunyamuziki Baaba Maal wo muri Senegal niwe wabaye uwa mbere mu guhabwa iki gihembo yashyikirijwe mu 2017, Eric Wainaina wo muri Kenya yashyikirijwe iki gikombe mu 2018.

    Music Africa ivuga ko iki gikorwa cya Acces gikorwa mu rurimi rw'Icyongereza, Igiswahili ndetse n'Igifaransa muri buri gihugu cyakiriye.

    Kitabirwa n'abantu barenga 2000 bo mu bihugu 50, kandi kikaririmbamo abahanzi barenga 100. Kitabirwa kandi n'abavuga rikijyana n'abashoramari barenga 70. Ni igikorwa gikurikirwa n'abantu barenga Miliyoni, kandi haba hari abatanga ubumenyi barenga 150. 

    Ubwo Umuyobozi wa Music in Africa Foundation, Maïmouna Dembélé yashyikirizaga igikombe Minisiteri y'Umuco, Ubuhanzi na Siporo muri Tanzania ku bwo kwakira igikorwa cya Acces mu 2022/2023. Igikombe cyakiriwe n'Umunyamabanga wa Leta muri iriya Minisiteri, Hamis Mwinjuma 

    Music In Africa Foundation yahaye igikombe Ishyirahamwe ry'abahanzi muri Tanzania (Basata) ku bw'uruhare mu kwakira inama ya Acces ya 2022/2023. Iki gihembo cyakiriwe n'umunyamabanga w'iri shyirahamwe, Dr. Kedmon Mapana

    Gahunda ya Acces ihuza abahanzi mu ngeri zinyuranye bakungurana ibitekerezo

    Umuhanzikazi Sho Madjozi wo muri Afurika y'Epfo aherutse kuririmba mu gikorwa cya Acces 2023



    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/136545/inama-ya-acces-itangirwamo-ibihembo-ku-banyamuziki-igiye-kubera-i-kigali-136545.html

  • Niyonizera Judith wahoze ari umugore wa Safi Madiba yishyuye ideni ryatumye Samusure ahungira hanze y'u Rwanda #rwanda #RwOT

    Umuherwe Niyonizera Judith washakanye n'umuzungu nyuma yo gutandukana na Safi Masiba byemewe n'amategeko, yishyuye ideni ryari ryaratumye Samusure wamamaye muri Cinema Nyarwanda ahungira hanze.

     

    Mu masaha make ashize, Samusure yari amaze kumvikana avuga ko abayeho nabi ndetse ko kugira ngo agaruke mu Rwanda byamugora.

     

    Nyuma y'izi nkuru, hari andi makuru , yavuze ko uwahoze ari umugore wa Safi Judith , yamaze kwishyurira uyu mugabo ideni ryamutumye ahunga.

    Inyarwanda yatangaje ko uyu mugore yishyuye M, Bayisabe Irene wakurikiranye ikibazo cya Samusure igihe kirekire

    The post Niyonizera Judith wahoze ari umugore wa Safi Madiba yishyuye ideni ryatumye Samusure ahungira hanze y'u Rwanda appeared first on The Custom Reports.

    Source : https://thecustomreports.com/niyonizera-judith-wahoze-ari-umugore-wa-safi-madiba-yishyuye-ideni-ryatumye-samusure-ahungira-hanze-yu-rwanda/

  • Bruce Melodie yagaragaje inyungu amaze gukura… – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Ugushyingo 2023, mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Sossi May wa Trace East Africa yo muri Kenya hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Bruce Melodie yisunze ururimi rw'Icyongereza, yabanje kugaruka ku bitaramo bikomeye yaririmbyemo nka East African Party, Iwacu Muzika Festival n'ibindi avuga ko byagiye bimusigira amasomo akomeye yubakiyeho ubuhanzi bwe.

    Yikije cyane ku ndirimbo 'When She’s Around' yakoranye na Shaggy, avuga ko bayikoze bagendeye ku buryo indirimbo ye 'Funga Macho' ikozemo.

    Uyu muhanzi asobanura ko yageze ku gukora iyi ndirimbo na Shaggy bigizwemo uruhare n'umugabo witwa Steve waje mu Rwanda mu minsi ishize akumva indirimbo ye yise 'Funga Macho' akayikunda mu buryo bukomeye.

    Steve yijeje Bruce Melodie ko azamuhuza na Shaggy bagakorana indirimbo bagendeye ku kuntu 'Funga Macho' ikozemo.

    Bruce ati “Yumvise ari indirimbo nziza, kandi ambwira ko Shaggy ashobora kuyiririmbamo…Bwa mbere numva igitero cye muri iyi ndirimbo naravuze nti uyu ni Shaggy’.”

    Yavuze ko mu myaka 15 ishize Shaggy yaje mu Rwanda mu bitaramo bya MTN ‘nkiri umwana ku buryo nta n’amafaranga nari mfite bituma ntabasha kujya kumureba’.

    Bruce yavuze ko gukorana indirimbo na Shaggy ari ‘ibitangaza byambayeho’, kandi asobanura ko ari amahirwe adasanzwe yagize mu buzima bwe, yo gukorana n’uyu muhanzi wegukanye ibikombe bikomeye birimo Grammy Awards n’ibindi bikomeye mu muziki.

    Bruce Melodie yavuze ko yigiye kuri Shaggy ibijyanye no kumenyekanisha indirimbo, kandi ko muri iki gihe ari mu biganiro n’ibitangazamakuru binyuranye atigeze arota kuzakorana nabyo. Ati “Turi gukorana n’abantu ntigeze ndota mu buzima bwanjye. Byonyine uhereye kuri Producer wakoze iyi ndirimbo, abari kumenyekanisha iyi ndirimbo n’abandi, icyo navuga nkomeje kwiga byinshi.”

    Bruce yavuze ko ibi byose amaze kubigeraho mu gihe kitageze ku cyumweru kimwe iyi ndirimbo isohotse, kandi yizera neza ko mu gihe cy’amezi atatu ari imbere azaba ageze kure.

    Yavuze ko mu busanzwe iyo ashyize hanze indirimbo afata igihe cy’ibyumweru bibiri byo kuyimenyekanisha, ariko ko kuva yahura na Shaggy yatunguwe no gusanga bifata nibura amezi atatu mu kumenyekanisha indirimbo. Ati “Namenye ko kumenyekanisha indirimbo ari ikintu gikomeye.”

    Bruce Melodie avuga ko album ye ‘Sample’ izaba iriho indirimbo yakoranye n’abandi bahanzi, ariko ko atahita abitangaza. Avuga ko ‘Sample’ izaba ibaye album ye ya kane mu rugendo rw’imyaka 12 ishize.

    Yavuze ko indirimbo ze nyinshi zitari kuri ‘Internet’ bitewe nuko yatangiye umuziki atazi neza ibijyanye no gucuruza indirimbo mu buryo bwa ‘Online’, ku buryo avuga ko yatangiye gushyira hanze ibihangano bye kuri internet mu 2015.

    Bruce avuga ko iyi ndirimbo 'When She’s Around' yakozwe na S-Curve Recordsariyo ya mbere kuri album ye ‘Sample azashyira hanze mu 2024.

    Orville Richard Burrell wamenyekanye nka Shaddy ari mu bahanzi bamaze igihe kinini mu muziki, kandi izina rye ryatangiye guhangwa amaso nyuma yo gusohora indirimbo 'It wasn't me' yabiciye bigacika mu bihugu bitandukanye ku Isi.

    Anazwi cyane mu ndirimbo ziirmo nka 'Bombastic', 'In the Summertime', 'Oh Carolina', 'Angel' n'izindi. Yari amaze igihe atumvikana cyane mu bitangazamakuru by'i Kigali.

    Mu 2008 uyu mugabo yarabiciye biracika, bituma sosiyete y'itumanaho ya MTN imutumira akorera igitaramo muri Parking ya Petit Sitade. Abo yataramiye baramwibuka!

    Shaggy yigeze kubwira Ikinyamakuru Blogowitz ko itangiriro y'urugendo rwe rwo gukora umuziki yamutunguye, kuko atigeze arota yavuyemo umuhanzi ukomeye ku Isi.

    Sunset again Yavuze ko yatangiye aririmbira abasirikare babaga bari mu myitozo, nyuma asabwa ko abigira ibintu bya buri gihe, atangira kwitoza kuririmba kuva ubwo.

    Uyu munyamuziki yavuze ko byari ibihe bigoye kuri we, kuko atari azi ibijyanye no kwita ku ijwi no kuririmba. Kandi avuga ko yakoraga urugendo rurerure kugirango ahagere. Ati 'Byansabaga urugendo rwa 5 Km, kandi naririmbaga buri gihe.'

    Avuga ariko ko nyuma yahuye n'umunyamuziki Barrington Levy amutoza ibijyanye n'amajwi. Akomeza ati 'Nyuma y'aho nahuye n'umuhanzi Sting amfasha kwiga byinshi mu muziki bijyanye n'uburyo ukorwamo.'

    Tariki 18 Mutarama 2023, yabwiye kiriya kinyamakuru ko afite indirimbo zirenga 100 ari gukoraho, biturutse ku bitekerezo yagiye agira. Ati 'Ikigoye muri ibi byose ni uguhitamo indirimbo yo gushyira hanze. '

     

    Bruce Melodie yatangaje ko ari inzozi yakabije nyuma yo gukorana indirimbo na Shaggy 

    Bruce Melodie yavuze ko mu myaka umunani ishize Shaggy yataramiye i Kigali ntiyabasha kwitabira igitaramo cye kubera ko atari afite amafaranga

    KANDAHANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'WHEN SHE'S AROUND' YA BRUCE MELODIE NA SHAGGY

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/136237/bruce-melodie-yagaragaje-inyungu-amaze-gukura-mu-ndirimbo-na-shaggy-136237.html