Tag: Imyidagaduro

  • Kayitesi arambiwe ubuzima bwo kubaho adafite umukunzi. #RwoT

    By Doriane Umutoni
    Maze igihe kinini ndi jyenyine ndi mu bwigunge ariko ubu noneho ibyo kubaho nta mukunzi ndabirambiwe. Ndashaka umukunzi ufite urukundo ruzira uburyarya.
    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.
  • Umuhanzi Tekno wavuzweho gufata abakobwa ku ngufu,yasabye Imana guhana abantu bakora yo mahano #RwoT


    Hamaze iminsi mu bice bitandukanye by’igihugu cya Nigeria haba ibikorwa byo gufata ku
     ngufu abakobwa bakiri bato ndetse n’abakuze none kuri ubu bimwe mu byamamare byo 
    muri iki gihugu byatangiye kugira icyo bivuga kuri ibi bintu bidashimwa na rubanda.

    Umwe mu byamamare byeruye bikavuga ku gikorwa cyo gufata ku ngufu ni umuhanzi ukomeye
     cyane witwa Tekno Miles, uyu byamurenze maze atabaza Imana yo mu ijuru mu magambo 
    “Imana ijye ihana buri muntu wese ufata umukobwa ku ngufu” aya ni amagambo umuhanzi 
    Tekno Miles yifashishije asaba Imana kuba yatabara abanya Nigeria n’abanyanigeriyakazi 
    bakomeje gufatwa ku ngufu n’abasore n’abagabo bo muri iki gihugu.
    Umuhanzi Tekno Miles nawe yagiye avugwaho ibikorwa byo gufata ku ngufu abakobwa 
    bagiye bahurira mu kazi ke, gusa nta na rimwe yigeze ahamwa n’iki cyaha gikomeye
     byagiye bifatwa nk’ibihuha akomeza kwitwa umwere, ubu amagambo yafashe ibikorwaremezo
     bya murandasi.
    source : umuryango.com
  • SHADDY BOO YAMAZE KWIHANGIRA UMURIMO MWIZA BURI WESE YEMEZA KO AZATERA IMBERE CYANE:INKURU>>

    UMUKOBWA UMAZE KWAMAMARA UZWI NKA SHADDY BOO UYU UMUNSI HARAMAKURU AVUGWA KO YAMAZE KWIHANGIRA UMIRIMO IKOMEYE WO GUTEKERA MURUGO AKAGEMURA IBYO BIRYO AHO WABA URI HOSE.

    IBI BIRASHOBOKA KO SDHADDY BOO YABA YARAFASHE UYU MWANZURO MU GIHE CYA GUMA MURUGO KUKO ABANTU BENSHI BIZE IMIRIMO ITANDUKANYE MU GIHE BAMAZE BARI MUNGO ZABO.
    KANDI BURI WESE YEMEZA KO ASHOBORA KUBA YARAHISEMO NEZA SHADDY BOO BITEWE NI ZINA AMAZE KUGIRA UYU MUNSI AKAZI KOSE YAKORA MWIZINA RYE NTAWAHAMYA KO ATABYUNGUKIRAMO BITEWE NUKO YAMAZE KWAMAMARA CYANE.

    HASHIZE IMINSI AYA AMAKURU AVUGWA ARIKO NYIRI UBWITE RWANDAPAPARAZZI.RW YAMUHAMAGAYE ICURO ZIGERA KURI 3 ATITABA NGO AMARE ABANYARWANDA AMATSIKO DORE KO ARI NA KAZI KEZA YIHANGIYE BURI WESE ASHIMA KURUTA IBINDI BYOSE YABAGAMO.
    BIJYANYE NO KWAMAMAZA AKORESHAJE INSTARGAM YE IFITE ABAYIKURIKIRA BARENGA IBIHUMBI 500 IKINDI KANDI NTIWAKWIRENGAGIZA KO KWAMAMAZA KO MU RWANDA AHANINI NTANYUGU ZIBAMO BITEWE NUKO AMASOSIYETE YAGATANZE AMAFARANGA YO KWAMAMAZA BATANGA AMAFARANGA ATAGIRA ICYO YAKUMARIRA KANDI NI BINTU BIDAHORAHO BYATUNGA  UMUNTU.

    POSTED BY UWINEZA VANESSA KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

     74 total views,  74 views today

    The post SHADDY BOO YAMAZE KWIHANGIRA UMURIMO MWIZA BURI WESE YEMEZA KO AZATERA IMBERE CYANE:INKURU>> appeared first on Rwanda Paparazzi.

    source https://rwandapaparazzi.rw/2020/06/06/shaddy-boo-yamaze-kwihangira-umurimo-mwiza-buri-wese-yemeza-ko-azatera-imbere-cyaneinkuru/

  • Aline arashaka umukunzi uzamwomora igikomere yatewe n’umusore bigeze gukundanda #RwoT


    By Doriane Umutoni
    Nitwa Umugwaneza Aline mfite imyaka 24 ntuye Kacyiru nkaba nkeneye umukunzi uzankiza igikomere maranye imyaka, nkaba nifuza ko yaba afite imyka itarenze 35. Muri 2017 ubwo nari ndwaje murumuna wanjye kwa muganga nahamenyaniye n’umusore nawe wari urwaje mugenzi we. Twembi twari abarwaza, mu ma salle yegeranye. Tugatizanya ibikoresho ndetse tukihanganishanya. Nyuma y’aho yansabye urukundo mbona ntacyambuza kurumuha. Gusa ntibyatinze kuko naje kumenya ko afite undi mukobwa basanzwe bakundana rero mpita ntandukana nawe. Hashize iminsi ansaba ko duhura njyayo mbona ko ari kunsaba kuzakomezanya nawe mbese ambwira ko uwo mukobwa w’undi barekanye twahise twongera turakundana.
    Ntihaciye kabiri azana n’undi ndabimenya kandi nanamenyako agikururukana na wawundi wa mbere noneho niyemeza kujya mbyihanganira wa mukobwa wa mbere aho yakoraga baje kumwirukana ajya gukora mu ntara umusore nawe bamwimurira Nyagatare akaba ariho musura. Ni ukuri yankoreye byinshi bibi nkihangana ariko nyuma yarahindutse mbona ntakimpamagara biranyobera namuhamagara akanyihorera akabikora abishatse. nafashe urugendo njya kumusura njyezeyo nsanga aryamanye n’umukobwa uwo mukobwa araza arandeba aransuzugura ndetse aranantuka cyane nahise ntaha ndi kurira kuva ubwo ndahira ko ntazongera gukunda. Ubu rero ndumva nshaka kongera gukunda niyo mpamvu nkeneye umukunzi wankiza igikomere natewe n’uwo musore.
    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.
  • Shaddyboo watangiye umushinga wo guteka, yasubije abamutuka anasobanura amashusho yafashwe muri Miss Rwanda 2020

    Shaddyboo izina ry’umugore w’ikizungerezi ukundwa na benshi ndetse unakurikirwa n’umubare munini ku mbuga nkoranyambaga cyane ko ari nazo zimutunze, yinjiye mu bucuruzi bw’ibiryo yise “Love on plate”.
    Mbabazi Shadia benshi bamenye nka Shaddyboo ni umwe mu bakurikirwa cyane ku mbuga nkoranyambaga. Uyu mushinga yatangije ni uwo guteka ndetse agacuruza ibiryo ku babikenera bya buri munsi.
    Mu kiganiro na IGIHE yagize ati” Ni ibintu nsanzwe nkunda, mu minsi ishize nibwo niyemeje kubikora nkanabishakamo amafaranga kuko nari umutetsi mwiza noneho abantu bantera imbaraga zo kubigira umwuga.”
    Shaddyboo kugeza ubu yatangiye kujya atekera mu rugo agashyira abantu ibyo kurya aho bakorera cyangwa mu ngo zabo.
    Ibijyanye n’ibiciro ndetse n’amakuru arambuye kuri ubu bucuruzi azayatangaza ku wa mbere tariki 8 Kamena 2020 binyuze ku mbuga nkoranyambaga.
    Shaddyboo avuga ko icyorezo cya Covid-19 nikirangira azafungura restaurant aho noneho abantu bazamenya aho bajya bafatira amafunguro yateguwe na we.
    Abajijwe umwihariko w’amafunguro ye yagize ati” Njye ngira urukundo, nzi guteka ibaze rero ibiryo bitetse neza birimo n’urukundo rwanjye. Ndabizi bazabikunda.”
    Shaddyboo ari mu bakurikirwa ku mbuga nkoranyambaga ndetse avuga ko ari byo bimutunze
    Shaddyboo avuga ko kuba ari mu bakurikirwa cyane ku mbuga nkoranyambaga bimufasha cyane mu buzima bwa buri munsi kuko abikoramo ubucuruzi ndetse bukaba aribwo bumutunze.
    Ati “Nibyo bintunze njye iyo nshyize amafoto yamamaza kuri Instagram n’izindi mbuga nkoranyambaga nkoresha ndinjiza, bimfasha kubona akazi ko kujya mu mashusho y’indirimbo z’abahanzi kandi byose bimpa ubushobozi bwo kubaho.”
    Kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru Shaddyboo yari akurikiwe n’abarenga ibihumbi 715 kuri Instagram.
    Yasubije abakunda kumutuka avuga ko bamufata uko atari
    Shaddyboo yavuze ko kenshi abantu bakunda kumutuka ku mbuga nkoranyambaga ariko ahamya ko abenshi ari abamwibeshyaho.
    Ati” Njye mba ndi gushaka amafaranga abamvuga nabi bo ntacyo baba bambwiye kuko icyo mba nshaka mba nkizi, ariko kandi nanjye ndi umuntu ndababara iyo mbibonye, ariko se kuki natinda ku muntu unyanga kandi nziko hari abandi bankunda? Iyo mbibonye gutyo mpita nkureka nkikomereza ibyanjye n’abankunda.”
    Shaddyboo icyakora avuga ko hari igihe abantu barengera kuko hari ubwo basohora n’amashusho y’abantu bambaye ubusa cyangwa bari mu busambanyi bakabimwitirira nyamara atari we.
    Yagize ati” Abantu bajye bibuka ko ndi umubyeyi, nabo bazabyara. Ese kuki umuntu yashimishwa no kugushyira ku karubanda? Kuki umuntu atatekereza ku bana banjye, ese nk’umubyeyi cyangwa umuntu uzabyara uba wumva ukoze neza? Ni ukuri nta muntu udakosa wenda nanjye ndakosa ariko ntibagakabye rwose.”
    Icyakora yibukije abamwanga n’abakunda kumutuka ko ntacyo bimutwara ahubwo bimufasha.
    Ati” Iyo muntuka cyangwa mumvuga nabi njye ntacyo biba bimbwiye kuko abankurikira ntibasiba kwiyongera kandi nibo batuma mbona akazi kuko nakubwiye ko ntunzwe no gukoresha imbuga nkoranyambaga.”
    Yavuze ku mashusho yafashwe mu birori Miss Rwanda 2020 bikavugwa ko yari yasinze
    Mu birori bya Miss Rwanda 2020, Shaddyboo yasizemo inkuru kubera ukuntu yabyinnye n’ukuntu yishimiye gutsinda kwa Naomie Nishimwe.
    Shaddyboo wavuzweho kuba yari yasinze abandi bakamwita umusazi yahishuye ko yari yishimiye uko ibirori byari byiza, uko uwo yafanaga yatsinze ariko by’umwihariko ngo yari yishimiye ko atsinze intego yari yagiranye n’inshuti ze.
    Ati” Njye nirirwaga mu mpaka n’abantu hano, buriya nari nateze nabo. Rero ibaze umuntu ufana atsinze noneho ukaba wariye n’intego mu birori byari bimeze kuriya.”
    Ibibazo by’amatsiko wakwibaza kuri Shaddyboo
    Urukundo rwe na Diamond, Shaddyboo yavuze ko nta rwigeze rubaho ahubwo ko ari inshuti bisanzwe, “Diamond ni inshuti yanjye ikomeye mufata nk’umuvandimwe kubera ukuntu amfasha.”
    Shaddyboo nubwo ari umubyeyi w’abana babiri yabyaranye na Meddy Saleh, ari mu rukundo n’undi mugabo.
    Ati ” Mfite undi mukunzi, ntabwo aba mu Rwanda ariko si umuhanzi Shaffy nkuko benshi babitekereza cyangwa bajya babivuga ku mbuga nkoranyambaga. Shaffy ni inshuti yanjye isanzwe ntabwo dukundana.”
    Shaddyboo nubwo adashyize imbere ibyo gukora ubukwe avuga ko Imana nimufasha azabukora kuko niba ariwo mugambi wayo ntaho yabikwepera.
    Ubusanzwe uyu mubyeyi yahishuye ko yishimira gutembera, guteka, kwambara neza ndetse no kubyina.
    Mu Rwanda ni umufana wa Bruce Melodie na Yvan Buravan, muri Afurika ni umufana wa Wizkid naho ku Isi akunda bikomeye Chris Brown.

    Shaddyboo ni umwe mu bakurikirwa cyane ku mbuga nkoranyambaga

    Shaddyboo avuga ko abakunze kumuvuga nabi ari abamwibeshyaho we akenshi aba yishakira amafaranga

    Shaddyboo yinjiye mu mushinga wo guteka, Uncle Austin ni umwe mu bariye ku ifunguro rya Shaddyboo bwa mbere
  • Umuhanzi MC Monday waririmbye “Inyoni yaridunze” yavuze icyatumye areka umuziki.


    By Umulisa Fillette
    The Music Stars You May Soon Forget – KT PRESS
    Assoumani Gashumba [MC Monday] wamamaye mu itangazamakuru no mu muziki mu Rwanda yongeye kugaragara asobanura iby’irengero rye ndetse n’ukuntu yakomanyirijwe mu myidagaduro agasezera umuziki n’ibindi byose biwushamikiyeho.
    Uyu mugabo ubu wiyise Saga Assou yasezeye mu ruganda rwa muziki nyarwanda ahanini kubera urusobe rw’ibibazo yawubonagamo, bitanatangaga icyizere cyo kuzakemuka kubera aho bishingiye.
    MC Monday afatwa nk’impirimbanyi yaharaniye kuzamuka k’umuziki nyarwanda guhera mu myaka ya za 2000. Mbere yo kwinjira mu itangazamakuru yabanje kuba umuraperi. Yakoreye Radio 10 kuva mu mwaka wa 2004 kugeza mu 2012.
    Yavuzwe ubudasiba aho abenshi wumva iyo bagaruye izina rye bahita barihuza n’indirimbo yakoze yitwa ‘Inyoni yaridunze’.
    Mu 2012 yahinduye izina ava kuri MC Monday yiyita Saga Assou Gashumba. Bamwe bavuga ko yaba yarahinduye izina nyuma yo gukora indirimbo yitwa “Inyoni yaridunze” yagawe cyane n’abayobozi bakuru b’igihugu.
    Hari igihe yanditse kuri Facebook avuga ko afite agahinda n’intimba ikomeye ku bw’ibibazo by’urudaca no guhezwa mu bintu byose kugeza ubwo yari asigaye asaba akazi ntihagire umureba n’irihumye.
    Kuri ubu, yongeye kugaragara mu itangazamakuru aho yatumiwe mu kiganiro Isango na Muzika gica kuri Televiziyo Isango Star, asobanura irengero rye ndetse n’ibindi byerekeye umuziki we.
    Nashatse gusibanganya izina ryajeho icyasha biranga!
    Ubwo yahinduraga izina mu 2012, MC Monday ntiyigeze yerura ngo avuge impamvu nyayo ariko ubu yemeje ko yarihinduye ashaka gusibanganya iryari rimaze kuzaho icyasha ariko bikanga.
    Ati “Ntaho nigeze njya ndahari, hari umugani baca mu Kinyarwanda ngo umuntu asiga ikimwirukankana ariko ntasiga ikimwirukamo. Umuziki nari narawuhunze, narabyanditse ko navuye mu muziki bijya no mu binyamakuru, nashatse gusiba rya zina abantu bazi rya MC Monday ariko biranga, ahantu hose nahinduye izina nitwa Saga Assou ariko wa MC Monday nashatse ko agenda byaranze.”
    Akomeza avuga ko abantu bose babizi ko yahinduye amazina ariko ubu ahura nabo bakamwita MC Monday n’ugeregeje kumwita Saga Assou akongeraho ngo ‘wa wundi witwaga MC Monday’.
    Uyu mugabo ngo akumbuye ibintu byinshi mu ruhando rw’imyidagaduro birimo kubona umuhanzi aza amusanga amusaba ubufasha nyuma yamara kubumuha akabona aramamaye.
    Atanga urugero rurimo nka Mani Martin, unafite igihembo yahawe biturutse ku kiganiro yakoraga agasaba abaturage gutora umuhanzi uhiga abandi.
    Ashushanya mu bihe bye ibiganiro by’imyidagaduro nk’ikintu cyabayeho mu gihe cy’intambara ikomeye kuko aho kuba umuhanzi ujya kumwishakira ari umunyamakuru wabikoraga.
    Ati “Yari intambara ikomeye. Uyu munsi abahanzi baza kwishakira abanyamakuru. Ku gihe cyacu twajyaga kwishakira abahanzi, ahantu hari studio, producer akampa indirimbo zarangiye nkazitwara.”
    MC Monday yaragambaniwe …
    MC Monday yazinutswe uruganda rwa muzika bitewe n’uhuri rw’ibibazo yagiye ahuriramo narwo birimo kuba mu 2012 abantu batazwi baratemaguye imodoka ye bayisanze mu rugo rwe mu gicuku.
    Uyu mugabo muri Werurwe 2014 yahisemo gukuramo akarenge ngo arebe ko yabona agahenge, asezera umuziki.
    MC Monday yahagaritse umuziki by’agateganyo, ahamya ko ashobora kuzawugarukamo Imana nibishaka. Nyuma yo gusezera muri Gicurasi 2014, nabwo imodoka ye yogongewe mu rugo iwe bamwe bakabihuza n’ibibazo uruhuri yari amazemo iminsi.
    Muri Nzeri uwo mwaka, yatangaje ko yagarutse muri muzika ariko byanga gufata bimuyobeye ahitamo kwigendera ubutareba inyuma n’ubwo avuga ko byanga bikunze azagaruka mu gihe nawe atazi.
    Yavuze ko kimwe mu byatumye azinukwa uruganda rw’umuziki ari ishyari yagiriwe n’abari baje bamusangamo cyane ko uretse kuba umunyamakuru yari afite na studio yitwaga ‘C4D’.
    Ati “Buriya abanyarwanda turi beza ku isura ariko ku mutima ntabwo turi beza. Bamwe bababazwa no kuba undi yateye imbere. Ishyari ryabaye ikibazo, murabizi cyane batema imodoka yanjye n’imipanga n’ibindi ntavuze. Baje kugira Imana njyewe ngira ibyago, nyakubahwa Perezida Paul Kagame avuga ku ndirimbo yanjye yitwa ’Inyoni yaridunze’.”
    “Ntawe yategetse ko indirimbo zanjye bazihagarika, nta nama y’abaminisitiri yateranye ngo bankomanyirize ariko abantu bamwe bo ubwabo bamfatanyije n’abandi bo mu itangazamakuru baravuga ngo tumuzimye, ahantu hose hari indirimbo zanjye barazisiba, umuturage yazisaba bakazibura.”
    Uyu mugabo afatwa nk’impirimbanyi yaharaniye kuzamuka k’umuziki nyarwanda guhera mu myaka ya za 2000. Uretse kuba umunyamakuru anazwiho kuba umuhanzi. Niwe waririmbye “Inyoni yaridunze”, “Gitanu”, “Panda Gali”, “Oh Rayon” n’izindi. Ubu asigaye yikorera ku giti cye mu bijyanye n’itumanaho.
    ‘Inyoni yaridunze’ indirimbo yakojeje agati mu ntozi Mc Monday agakomanyirizwa