Tag: Imyidagaduro

  • Yaciye agahigo mu marushanwa yubwiza! Amatek… – #rwanda #RwOT

    Marsh afite imyaka 22 yavukiye muri Fort Smith, Arkansas kuri Mike na Whitney Marsh, afite umuvandimwe we Heidi, nyina umubyara yishwe na Kanseri y'urwagashya ubwo yarafite imyaka 17.

    Byatumye uyu mukobwa atangira ubukangurambaga bwo kurwanya  Kanseri y'urwagashya. Ahita atangiza umuryango wa Whitney Marsh mu guha icyubahiro  nyina witabye Imana.

    Uyu mukobwa yize amashuri yisumbuye muri Southside, aho yasoreje mu mwaka wa 2019 yagiye agaragaza urukundo rwo gukunda amasomo y’ibirebana no kuguruka mu kirere.

    Yaje kwinjira mu gisirikare kirwanira mu kirere mu gace ka El Paso County muri Colarado aho yasoreje mu ishami rya Astrophysics mu mwaka wa 2023.

    Yasoreje ku ipeti rya 2nd Lt akomereza mu ishuri rya Harvard Kennedy, aho yakuye impamyabumenyi y'icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza mu ishami rya Public Policy.

    Mu mwaka wa 2023 yegukanye ikamba rya Miss Academy, irushanwa ry'ubwiza rigamije guteza imbere abasirikare b'abari n'abategarugori babarizwa mu barwanira mu kirere.

    Aha hari nyuma yo kwitabira amarushanwa y'ubwiza anyuranye arimo nka Miss Colaradoyanegukanye byamuhesheje kwitabira amarushanwa y'ubwiza ya Miss America, aca agahigo kuba umusirikare ukiri mu kazi wegukanye iri kamba.

    Irushanwa rya Miss America 2024, ryasorejwe ahazwi nka Dr Phillips Center mu gace ka Orlando muri Leta ya Florida ku wa 14 Mutarama 2024, yabanje kugera muri Top 11 na Top 5 birangira anaryegukanye.

    Nka Miss America 2024, Marsh yabaye umukobwa wa mbere uva muri Colorado ubashije kwegukana iri kamba.

    Uyu mukobwa yahise ahabwa asaga Miliyoni 64 Frw [Angana n'ibihumbi 50 by'amadorali] hakiyongeraho no kumurihira amasomo.Byari ibyishimo kuri Miss Marsh uhwo yatangazwaga ko ari we wegukanye ikamba rya Miss AmericaIrushanwa rya Miss America, Marsh yegukanye rimaze imyaka 102 n’ibiri ritangiye kuko ryatangiye mu 1921Miss Marsh amaze kwitabira amarushanwa y’ubwiza atandukanye nubwo ari umusirikare kandi uri mu kaziYabaye Miss America mu ijoro ryo ku wa 14 Mutarama 2024 bivuze ko ari we uzahagarira Leta Zunze Ubumwe za Amerika  muri Miss WorldUyu mukobwa yakuze  ko akunda amasomo arebana n’ibirebana n’ikirere, byanamutumye yinjira mu gisirika mu mutwe   w’ingabo zirwanira mu KirereMu marushanwa y’ubwiza ni gake wasanga umusirikare ukiri mu kazi yayitabiye kandi akabasha no kuyegukana Marsh yabaye urugero rwiza ku bandi bakobwa usanga bakora imyuga yihariye ko ushobora kuyikora kandi ugakomeza no gukora ibyo ukunda

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138594/agahigo-mu-marushanwa-yubwiza-amateka-ya-2nd-lt-marsh-wabaye-nyampinga-ari-umusirikare-wa–138594.html

  • Ifungwa ryimipaka ihuza u Burundi n’u Rwanda… – #rwanda #RwOT

    Iyi inkuru yakozwe hashingiwe ku bihe bitambutse byari byiza mu buryo bugaragarira buri umwe mu myigaduro y'u Burundi n’u Rwanda bifatwa nk’impanga kandi buri gihugu cyungukiraga ku kindi mu buryo bumwe  cyangwa ubundi.

    Tariki ya 11 Mutarama 2024 yasize u Burundi butangaje ko bufunze imipaka yose ibuhuza n'u Rwanda n'itangazo ryashyizwe hanze nyuma y'inkuru zari zimaze iminsi mu itangazamakuru zagaragazaga ko hari ibitagenda hagati y'ibihugu byombi.

    Ibi bikaba ahanini byarashingiye ku ijambo rya Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye ashinja u Rwanda gufasha umutwe w'inyeshyamba za RED Tabara wateje umutekano muke muri iki gihugu.

    Ibi ariko Guverinoma y'u Rwanda yagiye yumvikana ibihakana inshuro zitari nkeya, tukaba twifuje kugaruka gato ku buryo umwanzuro wafashwe n'igihugu cy'u Burundi uzagira ingaruka zitari nziza ku bikorwa by'umuziki w'ibihugu byombi.

    Nubwo itangazo ryatanzwe n'u Burundi risa n’iridasobanura neza ingingo ziherekeza ifungwa ry'imipaka zirimo ibirebana n’ubuhahirane ariko Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga w'iki gihugu asa n'uwagaragaje ko nta muntu wemerewe kwinjira mu Burundi ava mu Rwanda uretse Umurundi waba ataha.

    Ibi bikaba ari imbogamizi umuntu yavuga ko itoroshye ku ruganda rw'umuziki rwari ruhagaze neza aho abahanzi b'Abarundi bagiye biyambaza bakaniyambazwa nabo mu Rwanda mu bikorwa byatanze umusaruro ufatika yaba mu ndirimbo cyangwa ibitaramo.

    Uretse ibyo kandi hari ibirori byagendaga bitumirwamo abavanzi b'umuziki [DJ] n’ababyinnyi baturuste ku mpande zombi kimwe n'ibitaramo byaberaga mu bihugu byombi.

    Ikirenze kuri ibyo ugasanga byahagurukije Abarundi niba byabereye mu Rwanda ubundi Abanyarwanda mu gihe byabereye i Burundi.

    Mbega hari imikoranire yagiye itanga inyungu zifatika cyane muri iki gihe ikoranabuhanga rimaze gutera imbere, hakaza kandi no kuba mu bihembo bitangirwa mu Rwanda, Abarundi bari batangiye kujya batekerezwaho ibintu bigaragaza ubuvandimwe.

    Uretse ibyo ku ruhande rwo gutunganya indirimbo abahanzi b'Abarundi wasangaga ahanini bakunda gukorana nabo mu Rwanda, Abanyarwanda nabo ugasanga bajya gufatirayo amashusho ndetse nyinshi mu ndirimbo zimaze iminsi zisohoka zakunzwe zagiye zifatirwayo.

    Ibi byiza byose bimaze iminsi biba bikaba bigoranye kumenya umurongo biza kuba bifite mu minsi igiye kuza mu gihe imipaka ku ruhande rw'u Burundi iruhuza n'u Rwanda yakomeza gufungwa.

    Gusa ntawakirengagiza ko Abanyarwanda bari bamaze iminsi bahurira n’isanganya mu Burundi aha twavuga nko mu gihe kitari cya kure ubwo Chriss Eazy yajyaga gutaramira i Burundi.

    Abari baherekeje uyu muhanzi barimo Junior Giti usanzwe areberera inyungu z’uyu muhanzi batawe muri yombi bamara amasaha arenga ane bahatwa ibibazo n’inzego z’iperereza zo mu Burundi hari ku wa 31 Ukuboza 2023.

    Umunyarwenya Nyaxo na we yatawe muri yombi mu Ukuboza 2023 amara igihe kitari gito afunganwe n’abo bari kumwe ntabwo hasobanuwe neza icyo yaziraga ariko ntabyo byumvikanisha urwicyekwe rumaze iminsi i Burundi.

    Si ubwa mbere u Burundi bufunga imipaka ibuhuza n’u Rwanda kuko ubwo yaherukaga gufungwa ikaza gufungurwa muri 2022 yamaze imyaka igera kuri itanu ifunze ibintu byahungabanije imibereho y’abaturage b’impande zombi mu buryo bumwe n’ubundi.

    Abahanzi batandukanye mu Rwanda bamaze iminsi bajya gutaramira mu gihugu cy’u Burundi mu bitaramo byatanze ibyishimo byimbitse 

    Ababyinnyi b’abanyarwanda bagiye bataramira mu Burundi mu bihe bitandukanye 

    Umubano w’abahanzi wari wifashe neza bakorana mu buryo bunyuranye bugamije guteza imbere umuziki

    Indirimbo zitandukanye zagiye zikomeza gukorwa ku muvuduko wo hejuru mu gihe imipaka yari imaze ifunguye 

    Kuba u Burundi bwarafunze imipaka ntawe wuzi neza aho bigana gusa bikomeje byateza igihumbo kitoroshye mu myidagaduro yari yifashe neza ku mpande z’ibihugu byombi

    KANDA HANO WUMVE UNAREBE YALAMPAYE YA KIVUMBI NA KIRIKOU AKILI

    “>

    KANDA HANO WUMVE UNAREBE INDIRIMBO YA DOUBLE JAY, KIRIKOU NA BRUCE MELODIE

    “>

    KANDA HANO WUMVE UNAREBE INDIRIMBO YA DRAMA T FT DRAMA T

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138540/ifungwa-ryimipaka-i-burundi-iruhuza-nu-rwanda-igihombo-gikomeye-ku-myidagaduro-yibihugu-by-138540.html

  • Kabarokore Yvonne agiye guhagararira u Rwanda… – #rwanda #RwOT

    Amarushanwa y'ubwiza ni kimwe mu bintu bifasha abantu banyuranye mu iterambere ryabo bamenya uko imico y’ahandi imeze,bakanunguka amahirwe abafasha gukomeza gutera imbere.

    Umwe mu bamaze gusobanukirwa ibi akaba ari Kabarokore Yvonne watoranyijwe nk’uzahagarira u Rwanda mu marushanwa ya Miss Planet International azabera muri Cambodia muri Nzeri.

    Mu kiganiro InyaRwanda yagiranye n'uyu mukobwa,yasobanuye ko yumva yuzuye ibyishimo kuko agiye kubona uko yahagararira igihugu agatanga umusanzu kandi azaharanira kugitera ishema.

    Yagize ati'Ni umugisha w'Imana kuba ari njye watoranyijwe, bizamfasha gusangiza abandi indoto zanjye no gutera imbere nifuza guteza  imbere igihugu cyanjye mu buryo bwose nshoboye.'

    Kabarokore Yvonne akaba yarabonye izuba ku wa 15 Werurwe 1999, asanzwe ari umwe mu bagize muri Crystal Model Africa ireberera inyungu z'abamurika mideli, kompanyi zitandukanye zikaba zinagenda zimwifashisha mu kwamamaza ibikorwa byabo.

    Yiyeguriye ubuhanzi akaba ari n'umwe mu bagenda bagaragara mu bikorwa bya Mashirika bitandukanye, ubu yiga mu Budage muri Kaminuza ya New International Performing Arts.

    Kabarokore Yvonne ni we uzahagararira u Rwanda muri Miss Planet International 2024Uyu mukobwa asanzwe yifashishwa na kompanyi zitandukanye mu kwamamaza ibikorwa bitandukanye CAMU Collection ya Miss Umukundwa Cadette ni bamwe mu bamaze gukorana na we Yasoreje muri Green Hills Academy mu 2017,ubu ari kwiga mu Budage ku mbuga nkoranyambaga yitwa ‘Shy_doll_’

     

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138368/kabarokore-yvonne-agiye-guhagararira-u-rwanda-muri-miss-planet-international-amafoto-138368.html

  • Ukuri ku bimaze iminsi bivugwa hagati ya Th… – #rwanda #RwOT

    Tom Close ari mu bahanzi bamaze igihe kitari gito mu muziki akaba ari na we wabereye umugisha The Ben amufashe kwinjira  mu buhanzi bamwe bakaba banafata nk'abavandimwe.

    Kenshi kandi Tom Close yagiye yumvikana avuga amagambo akomeye kuri mugenzi we The Ben, abibuka amateka y'igitaramo cya 2017 cyitabiriwe n'ibihumbi  ntibazibagirwa ibyo yamuvuzeho.

    Icyo gihe Tom Close ni we wakiriye ku rubyiniro The Ben agira ati'Ntabwo nje kuririmba kubera ko nanjye ndi umwe mu bantu bifuza kureba uko kino gitaramo kiribugende.'

    Akomeza agira ati'Hanyuma nagize amahirwe yo guhabwa umwanya wo kwakira umuvandimwe wanjye The Ben, abantu benshi banyumva bwa mbere kuri Radiyo nka Tom Close bumvise indirimbo yanjye yitwa 'Bwira' mu nyikirizo yayo hari harimo ijwi rya The Ben.'

    Asobanura uko abona umuziki wabo ati'Abantu benshi bazi ko natangiye umuziki mbere ya The Ben ariko Ben twaratangiranye ni nk’uko amaguru abiri iyo ari hari ukuguru kubanza imbere ukundi kugakurikira.'

    Agaragaza ko byari ngombwa ko abanza ariko igihe cyose mu muziki bari bakeneranye, asaba abantu kandi ko bakwiga kujya bavuga abantu neza bakiriho, anagaragaza ko The Ben ari umwe mu bahanga mu muziki mu bo u Rwanda rufite cyangwa rwigeze kugira.

    Si muri iki gitaramo honyine kuko no mu biganiro binyuranye Tom Close yagiye atanga agaruka ku buhanzi, The Ben atashoboraga kuburamo inshuro zirenze imwe.

    Gusa mu minsi yashize ibintu byabaye nk'ibyahindutse aba bagabo bombi ntibongera kujya bagaragara kenshi bari kumwe, bamwe bakavuga ko ari inshingano nyinshi Tom Close asigaye afite abandi bakagaragaza ko wasanga hari ibibazo aba bombi bafitanye.

    Ahanini ibi bikaba byarashingiye ku kuba The Ben apfusha se Tom Close n'umuryango we ntaho bigeze bagaragara mu gihe cyo gushyingura, abantu bakibaza icyatumye ataza guherekeza uyu musaza cyangwa ngo agire ubutumwa agenera uyu muhanzi mu ruhame.

    Byongeye kandi gusa n’ibigarukwaho cyane ubwo uyu muhanzi yageraga mu bihe by'ubukwe mu gusaba no gukwa Tom Close ntiyitabire ndetse  n'umugore  we ntahagaragare.

    Gusa biza gusa n’ibituzamo ubwo uyu muhanzi yitabiraga ubukwe bw'umuvandimwe we ariko na none bamwe bakibaza ko batigeze babona Tricia.

    Nyamara burya uyu mubyeyi yari mu gikari akurikirana uko ibintu bigenda ndetse mbere y'uko The Ben ajya guhaguruka Tricia ni we wayoboye isengesho ribanziriza umunsi.

    Nk’uko Noopja yabisangije abamukurikira mu ifoto yasangije abamukurikira avuga ko ibyabaye byose bagendanye n'Imana kuva batangiye kugera ku iherezo. 

    Si ibyo gusa  kandi kuko The Ben ajya gusezerana imbere y’Imana na Pamelle, Tom Close ni we wabaye  Parrain we .

    Tricia  ni we wayoboye isengesho ribanziriza umunsi w’ubukwe ku ruhande rw’umusore Tom Close yabaye Parrain wa The Ben mu bihe byo gusezerana kwe imbere y’ImanaMbere y’ubukwe n’ibirori byo gusezerana imbere y’Imana kwa The Ben hibazwaga uko umubano we na Tom Close waba uhagazeMu birori by’ubukwe byabereye muri Kigali Convention Center Tom Close yari yicaranye n’abarimo Ommy Dimpoz na Ishimwe ClementThe Ben na Pamella basoje umwaka wa 2023 barushinze mu birori by’amateka byashibutse ku rugendo rw’urukundo rwabo rwari rumaze imyaka igera kuri  Itanu

     

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138360/ukuri-ku-bimaze-iminsi-bivugwa-hagati-ya-the-ben-na-tom-close-138360.html

  • Bimwe mu bimenyetso simusiga bihamya ko Chris… – #rwanda #RwOT

    Mu kwezi kw’Ukwakira ubwo indirimbo “Ko Nahindutse’ ya The Ben yari yongeye kugerwaho, Chriss Eazy yaracitswe ashyira kuri Snapchat ifoto ye na Pascaline irimo ijambo rigira riti “Ukwanga nzamwanga”.

    Ni ifoto yahise asiba igitaraganya, ibintu byerekanye ko yamucitse.

    Ubwo umunyamakuru wa InyaRwanda yageragezaga kubaza iby’iyo foto, yamenye ko Chriss Eazy yari agiye kuyoherereza Umuhoza ariko ikamucika ari nacyo cyatumye isibwa byihuse.


    Chriss Eazy abibajijwe yabiteye utwatsi avuga ko we na Pascaline ari inshuti zisanzwe.


    Amakuru yiziwe InyaRwanda yakuye mu bantu ba hafi b’aba bombi, bahamya ko bakundana ndetse umwaka ushize bari mu rukundo.


    Icyakora nubwo babihakana, uko umunsi ushira urukundo rugenda rubaganza.Iyo umwe ashyize agafoto ku mbuga nkoranyambaga, undi ashidukira hejuru akaba uwa mbere mu kugakunda no gushyiraho igitekerezo cyiganjemo amarangamutima (comment).

    Kuva umwaka ushize, umunyamakuru wacu yakomeje gukusanya ibimenyetso simusiga byerekana urukundo rw’aba bombi.

    Ibi byaje kuba ibindi bindi ku munsi w’ejo ubwo Chriss Eazy yashyiraga kuri Instagram,  indirimbo “Cinema” yakoranye na Bwiza maze Pascalline akaza kumwita Umwami.

    Chriss Eazy yari yashyizeho amashusho ye ari muri Gym maze ayakurikiza amagambo agira ati “Hola Mamie” ndetse n’agatima.

    Ni amagambo asanzwe akoreshwa n’abantu bakundana.

    Pascalline ntiyatanzwe kuko yahise aza ajya muri comment section [ahatangirwa ibitekerezo] maze ashyiramo ikamba ry’Umwami n’mutima.

    Ibi bishatse gusobanura ko ari Umwami w’umutima we.

    Chriss Eazy nawe yaragarutse ashyiramo ikamba ry’Umwamikazi n’Umutima. Ibi bivuze ari Umwami n’Umwamikazi bahuje imitima.

    Chriss Eazy na Umuhoza Pascalline, urukundo ruravuza ubuhuha


    Chriss Eazy na Pascalline urukundo rurabaganza


    Pascalline guhisha amarangamutima ye kuri Chriss Eazy bijya bimugora


    Chriss Eazy agezweho mu ndirimbo “Bana” ariko azwi no mu zindi “Basi Sori,Inana” 
    n’izindi.


    Umuhoza Pascalline yitabiriye Miss Rwanda 2022 abasha kugera mu icumi ba mbere mu gihe ikamba ryegukanye Nshuti Divine Muheto.

    “>Reba indirimbo “Bana” ya Shaffy na Chriss Eazy

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138353/bimwe-mu-bimenyetso-simusiga-bihamya-ko-chriss-eazy-na-pascaline-bari-mu-rukundo-amafoto-138353.html

  • Element yishimiye gutangira umwaka ari kumwe… – #rwanda #RwOT

    Kuri ubu yerekanye umunezero yatewe no gutangirana umwaka wa 2024 n'abantu b'ingenzi mu buzima bwe barimo umuvandimwe we n'ababyeyi be agira ati'Gutangirana umwaka n'abantu b'ingenzi kuri njye ni umugisha udasanzwe.'

    Imyaka irakabakaba 5 izina Element ryinjiye mu ruhando rw'imyidagaduro nyarwanda aho yatunganije nyinshi mu ndirimbo zagiye zigira igikundiro cyo hejuru.

    Uyu musore kandi nk’uko inzozi ze yinjira mu muziki zari ukuba umuhanzi,mu 2022 yatangiye gukora indirimbo ze ku giti cye aho yahereye ku yitwa 'Kashe' yihuse mu kumenyekana yaba mu Rwanda no hanze yarwo.

    Mu 2023 ntabwo yisunze abahanzi babarizwa muri 1:55AM, Bruce Melodie na Ross Kana mu ndirimbo 'Fou De Toi' yaje ishimangira ko umuziki ari ikintu Element yavukiye gukora.

    Nubwo kandi yatangiye urugendo nk'umuhanzi ku giti cye yakomeje no kugenda atunganyiriza indirimbo abandi bahanzi nka Shaffy na Chriss Eazy yakoreye 'Bana' iri muzigezweho.

    Element nubwo bimeze gutyo inyota yo gukora ibintu byinshi kandi byiza iracyari yose nk’uko aherutse kubigarukaho mu butumwa bwihariye yageneye abakunzi be mu ntangiriro za 2023.

    Ati: '2023 wabaye umwaka ukomeye kandi mwiza mu gihe kimwe, 2024 urakoze kunyakira ngiye kukugira umwaka mwiza wanjye, sinzatuma uhumeka. Umwaka mushya muhire. Imana niyo nkuru.'

    Kuva yakwinjira mu myidagaduro mu buryo bweruye,Element amaze kwibikaho ibihembo bitandukanye kandi bikomeye mu Rwanda birimo ibya Kiss Summer Awards, The Choice Awards na Isango na Muzika Awards.

    Yatangiriye urugendo rw'ibyo akora kugeza uyu munsi kandi yamaze gushimangira ko ashoboye muri Country Records ya Noopja, ubu ari kubarizwa muri 1:55AM, zose zikaba ari inzu zihagazeho mu birebana no gutunganya umuziki mu Karere kugeza ubu.Element ari kumwe na se na nyina mu ntangiriro za 2024 ibintu byamukoze ku mutima avuga ko ari umugisha ukomeyeIbyishimo byari byose mu ntangiriro z’umwaka Element ari kumwe n’umuvandimwe weImwe mu mafoto yavugishije benshi mu bakunzi ba Element kubera uburyo yafashwemo hagati y’umuhungu na Se

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138209/element-yishimiye-gutangira-umwaka-ari-kumwe-nababyeyi-be-amafoto-138209.html

  • Miss Naomie n’umukunzi we binjiye mu mwaka mushya bemeranyije kuzabana nk’umugoe n’umugabo #rwanda #RwOT

    Ni umuhango wabaye kuri iki Cyumweru tariki 01 Mutarama 2024, muri resitora imwe yo mu Mujyi wa Kigali, nk’uko byemejwe na bamwe mu nshuti zabo.

    Naomie yagaragaje ibyishimo byo kuba umukunzi we yamwambitse impeta y’urukundo bakaba bagiye kubana nk’umugabo n’umugore nk’uko byahoze ari inzozi zabo.

    Yagize ati 'Sinjye uzarota mbanye nawe ubuzima bwanjye bwose busigaye.'
    Uyu musore witwa Michael Tesfay na we yagaragaje ibyishimo byo kuba umukunzi we yamubwiye Yego ubwo yamusabaga ko bazashyingiranwa.

    Aba bombi bamaze igihe mu rukundo, bakunze kubigaragaza kenshi by’umwihariko mu bikorwa bakunze kwitabira birimo imikino ya Basketball, baba bari kumwe agatoki ku kandi.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Miss-Naomie-n-umukunzi-we-binjiye-mu-mwaka-mushya-bemeranyije-kuzabana-nk-umugoe-n-umugabo

  • Na The Ben koko? Bisobanuye iki kubura kwiby… – #rwanda #RwOT

    Kenshi ibyamamare mpuzamahanga bigenderera u Rwanda ukumva hari abafite aho bahuriye n'ubuhanzi bavugira mu matama ko batahawe rugari ngo babashe kuganira bungurane ibitekerezo banamenyane.

    Urugero rwa hafi ni igihe Kendrick Lamar aheruka i Kigali. Bamwe mu bahanzi nyarwanda bagaragaje ko hari hakwiriye kubaho uburyo bwo kubahuza na we biranakorwa nubwo bitageze kuri bose, n'ubu bamwe bakaba bakimyoza.

    Gusa nubwo bimeze gutyo, ubwo Zari aheruka i Kigali bisa nk’aho haje igihu mu byamamare by'i Kigali, amahirwe aza abasanga ariko baburirwa irengero aho uyu muherwekazi ufite izina rikomeye yari.

    Ubwo Zari yageraga i Kigali yakiriwe n’abarimo Galstony umujyanama we wari umaze iminsi mu Rwanda ashyikirizwa indabo na Inzora Protocol n’abasore b’inkorokoro bashinzwe umutekano bo muri The Wave Lounge

    Kuvuga ko Zari yamaze gushinga imizi mu myidagaduro ndetse ko kuba ufite icyo ukora gifatika gishamikiye kuri yo guhuza na we byakugirira umumaro, ntabwo byaba ari ugukabya.

    Uhereye hafi uyu mugore afite filimi ihuriwemo n'ibyamamare nyafurika inyura ku rubuga rurangiranwa rwa Netflix, si bibi kuba abanyarwanda nabo bakwisanga muri uwo mushinga we.

    Si ibyo gusa ni umuntu uvuga rikijyana mu bihugu bigoranye ku banyarwanda kuba babasha kwigonderamo imishinga yaba irebana n'umuziki, sinema, imideli n'ibindi.

    Muri ibyo harimo Leta Zunze Ubumwe z'Amerika aho ari umuntu wa hafi wa Rick Ross icyamamare mu muziki w'injyana ya Hip Hop n'ubushabitsi ndetse na kompanyi zihagazeho nka Belaire usanga zitera inkunga ibyo akora.

    Mu Bwongereza ahantu yize mu myaka ya za 2000 ajya anahakorera imishinga inyuranye irimo n'ibirori bya Zari All White.

    Muri Nigeria, Ghana, South Africa naho ni uko kuko benshi mu bakinnyi bakina muri Young, Famous&African ni ho bakomoka. Iyo bigeze muri Tanzania ho boba ibindi kuko abafitiye abuzukuru.

    Ni we mugore mukuru wa Diamond Platnumz (mu bo uyu muhanzi yemera), kandi byafashe imyaka irenga 10 kugira ngo umunyarwanda yongere kuba yakorana indirimbo na Diamond nimero ya mbere mu Karere.

    Indirimbo ya mbere uyu muhanzi yakoranye n'umunyarwanda ni iyo muri 2012 yakoranye na Mico The Best, icyo gihe uyu muhanzi yari ataragera kure cyane ariko na none yari mu bahagaze neza.

    Undi uheruka ni The Ben na we utarabashije kuboneka mu birori Zari yakoreye i Kigali nubwo kenshi yagiye yumvikana avuga ko ari inshuti.

    Birashoboka cyane ko haba harabayeho kugendera mu kigare kwa benshi no kwanga kwiteranya ku bantu babana umunsi ku wundi aribo Kigali Boss Babes yari ifite ibirori byabereye muri Century Park.

    Ni birori byari bifite imimerere neza neza nk'iyi bya Zari All White Party nubwo bo babyise Black Elegance Party. Ikindi byombi byanabereye umunsi umwe tariki 29 Ukuboza 2023. Ibyamamare byinshi mu Rwanda byari byibereye mu birori bya Kigali Boss Babes.

    Ntawavuga ko ari umushinga mubi kubara amahirwe no kuyuririraho bakagaragaza ihangana n'icyamamarekazi muri Afurika. Gusa mu bundi buryo hari isura byatanze itari nziza mu myidagaduro nubwo ntabidashira mu bucuruzi n’ubuzima muri rusange.

    Zari akanyamuneza kari kose ubwo yinjiraga muri The Wave Lounge aho yakoreye ibirori byitabiwe n’abanyabirori b’abasilimu b’i Kigali

    Ibirori bya Zari nubwo byarimo udutego tego mu buryo bugaragara, byabashije kugenda neza abantu bitabira ku bwinshi kandi wabonaga ko banyotewe no guhura na we banishimiye kumubona nyuma y'imyaka igera ku 10 kuko yaharukaga muri 2014.

    Nubwo nta byamamare byinshi byarimo yaba mu mideli no mu muziki, gusa abari bahari bari bishyuye banagira ibihe byiza, ahantu haruzura, ibyo kunywa bihenze n'ibyo kurya birasangirwa, umuziki urabyinwa karahava.

    Ibirori bya Kigali Boss Babes by’abambaye umukara byateguwe mu gihe gito bisa nk’ibyatumye benshi mu byamamare babura amahitamo nubwo baba barabonaga ko kugirana ubucuti na Zari hari icyo byabungura

    Ubona ko Zari icyo ashyize imbere ari ugushimisha abakunzi be. Kumenya niba mu birori bye harimo ibyamamare, wavuga ko atari abyitayeho cyane ko ari bacye wavuga ko azi.

    Nk’uko yabitangaje akigera ku kibuga cy'indege, Zari yabashije kwishimana n'abanyabirori bamukunda batari bacye bari bahari bafata amafoto n'amashusho y'urwibutso.

    Ibyabaye ni ibintu byareberwa mu ndorerwamo ebyiri y’uwambaye ikirezi utamenya ko cyera cyangwa se no kwihesha agaciro abantu bateza iby'iwabo imbere.

    Birashoboka kandi kuba abahanzi, abanyamideli n'abandi batarabashije kureba inyungu bashobora kungukira mu kujya gushyigikira Zari cyangwa se batekereje ku z'igihe kirekire zo gushyira itafari ku mushinga Kigali Boss Babes [KBB] ngo nushinga imizi bazabibuke.

    Ariko burya na none hazirikana imfura kandi “Iyo menya” ni ijambo benshi babitse mu mutima.

    Nubwo abafite amazina azwi mu myidagaduro nyarwanda babaye iyanga kwa Zari, abantu barakubise baruzura abasilimu barishyura kugera no ku meza ya Miliyoni 1.5FrwThe Ben ntiyakandagiye mu birori bya Zari kandi byari bizwi ko bafitanye ubucuti bukomeye na cyane ko yakoranye indirimbo na se w’abana be, Diamond, wamuhaye amahirwe yimye abandi bahanzi nyarwanda mu myaka 10 ishize

    Ntawavuga ko gushyigikirana ari bibi ariko nta n’uwahakana ko hari amahirwe yanyuze mu myanya y’intoki ibyamamare byo mu Rwanda

    AMAFOTO: Rwigema Freddy na Ngabo Serge-inyaRwanda

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138161/byaba-ari-ukwanga-kwiteranya-bisobanuye-iki-kubura-kwabahanzi-nabanyamideli-bakomeye-mu-bi-138161.html

  • Uwicyeza, Bashabe, Miss Nishimwe na Element m… – #rwanda #RwOT

    Umugore wa Mugisha Benjamin [The Ben], Uwicyeza Pamella yifurije abantu umwaka mushya muhire wa 2024 yifashishije amashusho ari kumwe n'umugabo we bafatiye muri Kigali Convention Center.

    Ni amashusho yafashwe ubwo bari bitabiriye ibirori bisoza umwaka wa 2023, Perezida Kagame yakiriyemo abantu bari mu nzego zitandukanye, maze yifuriza abantu ibyiza.

    Uwicyeza yagize ati: 'Kuva ku banjye kugera ku banyu, umwaka mushya muhire bantu b'igikundiro.' 

    Kuwa 23 Ukuboza 2023 ni bwo Uwicyeza na The Ben bemeranije kubana akaramata mu birori byatigishije imyidagaduro nyarwanda.

    Uwicyeza yazirikanye abakunzi be mu ntangiriro z’umwaka abifuriza ishya n’ihirwe

    Nk’uko byagenze mu gusoza 2022 yinjira muri 2023, n'ubungubu Miss Nishimwe Naomie yinjiye mu mwaka ari kumwe n'umukunzi we Michael Tesfay. Yasangije amashusho bari kumwe, yongeraho ati: 'Gutangirana umwaka n'urukundo rw'ubuzima bwanjye.'

    Miss Nishimwe yeretse abamukurikira ko yatangiriye umwaka mu maboko meza ari kumwe n’uwo yihebeye 

    Umuhanga mu gutunganya indirimbo usigaye yaraninjiye mu gukora ize, Element wahiriwe mu bigaragara na 2023, yakomoje ku mwaka urangiye anavuga ko utangiye ari uw'ibikorwa bidasanzwe.

    Ati: '2023 wabaye umwaka ukomeye kandi mwiza mu gihe kimwe, 2024 urakoze kunyakira ngiye kukugira umwaka mwiza wanjye, sinzatuma uhumeka. Umwaka mushya muhire. Imana niyo nkuru.'

    Element yashimye Imana ku bwa 2023 avuga ko 2024 azarushaho gukora kandi yizeye ko izabimushoboza

    Umwari wahiriwe n'imyidagaduro akanayibyaza umusaruro mu nguni zose, Kate Bashabe na we yifurije abamukurikira ibyiza anashima Imana imukomereje amabo.

    Mu magambo ye yagize ati: 'Reka njye mu rusengero mfitiye ubutumwa Imana ihoraho, ntewe ishimwe n’ibyo yankoreye byose. Mbifurije mwese umwaka mushya muhire n'imigisha myishi kuri mwese.'

    Kate Bashabe yinjiranye muri 2023 amashimwe yifuriza abantu imigisha myinshi no kuzahirwa

    Miss Cadette, umukobwa wamamaye mu marushanwa y'ubwiza akaza no kwinjira mu bushabitsi wasozanije 2023 imodoka nshya kandi ihenze, na we yifurije abantu ibyiza anagaragaza ko ntacyo ashinja Imana mu mwaka watambutse.

    Ati'Umwaka wa 2023 wambereye umwaka mwiza ndizera 2024 uzarushaho. Umwaka mushya njyewe mushya, inzozi zimwe n'intangiriro nshya umwaka mushya muhire.'

    Miss Cadette yashimye Imana ku byo yaboneye mu mwaka washyizweho akadomo avuga ko afite icyizere ko 2024 azarushaho gutera imbere

    Si aba gusa ahubwo abantu benshi bafite izina bakomeje kuzirikana ababakurikira babifuriza umwaka mushya muhire wa 2024 banagaragaza ishimwe ryo kuba babashije gusoza urangiye wa 2023.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138156/uwicyeza-bashabe-miss-nishimwe-na-element-mu-byamamare-byatangiranye-umwaka-nabafana-babo-138156.html

  • RIFI Entertainment bakoze igitaramo cyamatek… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Ukuboza 2023, ikigo cya RIFI Entertainment cyahurije ababyinnyi, abanyamideli n'abandi benshi kuri Hotel Onomo, mu birori byo kumurika imideli ndetse n'imbyino zigezweho bise 'RIFI Dance & Fashion Show.'

    Inkumi n'abasore bigaragara ko bakiri bato ni bo bagaragazaga impano zidasanzwe, aho basimburanaga ku rubyiniro mu myambaro myiza yakozwe n'abanyamideli bo mu Rwanda.

    Abandi nabo bafite impano yo kubyina, bahawe umwanya berekana impano zabo barabyina karahava abantu bose barabarangarira bitewe n'ubuhanga bwabo bwatunguye benshi.

    Umwe mu babyinnyi basanzwe babarizwa muri RIFI, Mugisha Jonathan yavuze ko kuva yatangira gukorana nabo urwego rw'imibyinire ye rwagiye ruzamuka arushaho no kubaka izina rye bitewe n'ubufasha ahabwa.

    Bamwe mu babyinnyi bagezweho muri iyi minsi barimo Jojo Brezzy, Divine Uwa ndetse na Shakira Kay ni bamwe mu bagiye gushyigikira abannyi ba Rifi Dance mu gitaramo cya Rifi Dance and Fashion Show. 

    Umubyinnyi Shakira Kay yavuze ko ari ibintu binejeje kubona hari abakobwa bamaze kwitinyuka bakisunga Rifi Dance kugira ngo bakuze impano ye cyane ko we atangira kubyina nta bakobwa benshi bari mu ruganda rwo kubyina bitewe no kwitinya.

    Divine Uwa na Jojo Brezzy basabye ababyinnyi bagenzi be kutitinya cyane ahubwo bagakora cyane kugira ngo bagera ku nzozi zabo dore ko nta kintu bageraho batavunitse.

    Uretse kuba hari ababyinnyi, abamurika mideri bigaragaje mu byiciro birenga bine aho banyuraga imbere y’abitabiriye iki gitaramo bahinduranya imyenda buri uko baje guca imbere y’abantu.

    Si inshuro enye gusa ahubwo abamurikamideri ndetse n’ababyinnyi baziye rimwe ku rubyiniro hanyuma ababyinnyi bakabyina bagaragira abamurikamideri barimo bagaragaza ubuhanga bwabo mu kumurika imideri. 

    Nubwo bavuga ko batari bagera kure, abamurikamideri muri Rifi Entertainment bavuga ko bafite ikizere cyo kugera kure cyane muri uyu mwuga wabo bihebeye kuko hari bakuru babo bamaze kugera ku rwego rushimishije mu kumurika imideli. 

    Nyuma y’iki gitaramo,  Ri Kon Yocan umuyobozi wa Rifi Entertainment yatangaje ko iki gitaramo cyari kigamije kumurika ibikorwa bya Rifi Entertainment n’ubwo imvura yabanje kubakoma mu nkokora ariko byagenze neza.#

    Abanyamideli bo muri Rifi Fashion Agency banyuze abitabiriye igitaramo cyabo

    Harimo n’abana bato bafite impano yo kumurika imideli

    Hagaragaye imyambarire myinshi idasanzwe

    Abafite impano yo kubyina nabo bigaragaje

    MC Buryohe nawe yitabiriye iki gitaramo cyamurikiwemo impano zitandukanye

    Reba hano amafoto yose yaranze ibirori bya ‘RIFI Dance & Fashion Show’

    Reba uko byari bimeze mu birori bya ‘RIFI Dance & Fashion Show’ kuri Onomo Hotel

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138148/rifi-entertainment-bakoze-igitaramo-cyamateka-cyamurikiwemo-impano-zidasanzwe-mu-mbyino-ni-138148.html