Tag: Imyidagaduro

  • Gorilla Fashion Week yasojwe abamurika imidel… – #rwanda #RwOT

    Iki gikorwa cyaranzwe n'ibihe bitandukanye byabimburiwe n'ibiganiro byahuje abahanzi, abamurika n'abandi bafite aho bahuriye n'imideli.

    Ni ibirori byabereye muri IPRC Kigali kuwa 29 Ukuboza 2023. Iyi kaminuza yakiriye ibi birori isanzwe ifite ishami rijyanye n'ubuhanzi ririmo by'umwihariko ibirebana n'imideli.

    Umwe mu bayoboye ibi biganiro unasanzwe ari umwarimu muri IPRC, Hategekimana Uwayo Maximilien Kolbe umaze imyaka irenga 10 mu ruganda rw'imideli, yagarutse ku cyo abona Gorilla Fashio Week izanye.

    Ati: 'Iyi gahunda izazamura abahanga n'abamurika imideli ibahuze n'abashoramari inabazamure mu buryo bw'ubucuruzi ibafasha kubona amasoko yaba imbere mu gihugu no hanze yacyo.'

    Agaragaza imbogamizi uruganda rw'imideli rugifite ati: 'Haracyari ibibazo birimo kubasha kubona ibyo kwifashisha mu guhanga ibyo bifuza, hakaza kandi n'ibibazo bijyana n'ubushobozi hamwe n'amasomo.'

    Mu byo kwishimira Maximilien yagaragaje harimo kuba kugeza ubu abantu baramaze kumva akamaro ko kwambara imyambaro ikorerwa mu Rwanda.Bamwe mu bayoboye gahunda yabereye muri IPRC Kigali kuwa 29 Ukuboza 2023 uhereye iburyo: Eveline Gonzebach, Irina Beslavets, Gikundiro Joyeuse na Kolbe Maximilien

    Umunyamabanga Mukuru wa RFMU yongeye kugaruka ku ntego ya Gorilla Fashion Week ati' Icyo Gorilla Fashion Week igamije ni uguteza imbere ubukerarugendo noneho no kuzamura ubumenyi mu mpano z'abanyamideli binyuze mu kubatoza no kubereka inzira iboneye bakwiriye kubikoramo banahanga udushya.'Abantu bitabiriye ikiganiro cyabereye muri IPRC Kigali harimo abahanga n’abamurika imideli

    Mbere y’uko Gorilla Fashion Week itangira habanje gutoranywa abamurika mideli bazayitabira aho abarenga 150 bitabiriye, hatoranywamo 45 barimo abanyarwanda n'abanyamahanga.

    Umunsi wo kuwa 30 Ukuboza waranzwe no kumurika imyambaro y'abahangamideli batandukanye aho Duri fashion, Groovy Collection na H Gennes Design ari zo zabanje kwiyerekana.

    Buri muhangamideli wigaragaje muri iki gikorwa yari afite umwihariko we yaba mu buryo bwa gakondo nyafurika cyangwa no mu buryo bwa kizungu ariko bunagendana n’aho ibihe bigeze.

    Bamwe mu bitabiriye ibirori byo gusoza Gorilla Fashion Week byabereye Century Park

    Uwitwa Muheto Design yerekanye imyambaro yihariye cyane harimo ifite amababa indi ikoze mu buryo bwo hambere harimo n’igaragaza ibirango by'ibendera ry'u Rwanda, ibyo bakora byose bikaba bishingiye kuri gakondo nyarwanda na Afurika.

    Hari abahanzi b'imideli bagaragaje amarangamutima yabo nka Nishimwe Anais nyiri Rimba Designs imaze imyaka igera kuri 5 ikora, wagize ati: 'Iyi Fashion Week yanyunguye ibintu byinshi hari ibitekerezo n'ubundi bumenyi binyunguye nizera ko umwaka utaha bizaba ari byiza kurushaho.'

    Nyiri Sami Fashion na we yagaragaje ko yishimiye cyane ibikorwa bya Gorilla Events avuga ko ije kubafasha gukomeza guteza imbere ibyo bakora agaruka kandi kubyo akora.

    Ati'Mvanga amabara y’amatise atandukanye kuko kuri njye numva ko umuntu arimo amabara menshi n'umwenda mukora mu mabara atandukanye, nkaba mfite imyambaro nita 'Zip Fashion' y'umwihariko umwenda wose uba uri zip.'

    Abantu b’ingeri zitandukanye bitabiriye ibirori by’imideli muri Gorilla Fashion WeekHamuritswe imyambaro y’ubwoko butandukanye yatunganijwe n’abahanzi b’imideli b’abahangaAbamurika mideli bo mu mahanga nabo bitabiriye Gorilla Fashion Week, uyu ni Eveline wo mu BusuwisiImyambaro yuje udushya yamuritswe n’abamurikamideli yaba abasore n’inkumiByari ibihe byiza bitanga icyizere cy’ahazaza ha Gorilla Fashion WeekUbwo ubuyobozi bwa IPRC Kigali na RFMU baganiraga n’itangazamakuru batangaje ko intego bihaye ari ugutuma imideli itera imbere kandi ko bashyize imbaraga mu gufasha impano zitaramenyekana

    Kanda hano urebe amafoto menshi yaranaze Gorilla Fashion Week ya IPRC Kigali na RFMU

    AMAFOTO: Iyakaremye Emmanuel, Dieudonne Murenzi na Steven Noheli-inyaRwanda

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138146/gorilla-fashion-week-yasojwe-abamurika-imideli-batambuka-mu-myambaro-yihariye-amafoto-138146.html

  • Bapfobyaga igitaramo ko nta matike yaguzwe! B… – #rwanda #RwOT

    Ni igitaramo cyiswe Bruce Melodie live in Portland ME, kikaba cyarateguwe n’inzu isanzwe ifasha abahanzi izwi nka 1:55 AM ifatanyije na Sosiye yitwa Innoz Innox Entertainment isanzwe itegurira ibitaramo hariya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Iki gitaramo cyabaye kuwa 30 Ukuboza 2023, cyari gifite intego yo kwishimana n’abakunzi b’uyu muhanzi baherereye muri Leta ya Maine ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gusozanya umwaka wa 2023 bari mu byishimo. 

    Mu mashusho yagiye hanze, agaragaza ko abantu bari bakubise buzuye, cyane ko aha hantu uyu muhanzi yaririmbiye hajya abantu basanga 1,000 ndetse wabonaga ko abantu bose banyuzwe ikindi kandi baririmbana indirimbo kuva itangiye kugeza irangiye.

    Iki gitaramo cyatangajwe nyuma y’uko uyu muhanzi yari amaze gufatanya na Shaggy kuririmba mu bitaramo bibiri yari yamutumiyemo bya iHeart Jingle Ball nyuma y’uko bari bamaze gukorana indirimbo bakayita ‘When She’s Around’, hanyuma bakimara kubisoza bahita biteguririra icyabo cyo kwishimana n’abakunzi b’uyu muhanzi.

    Amatike ya VIP muri iki gitaramo yari yamaze gushira rugikubita mbere y’uko kiba. Abakunze kwivugira ibyo bashaka no gushaka gupfobya uyu muhanzi, bahise batangira kugaragaza ko amatike atigeze ashira ahubwo ko gutangaza ko yashize byari agatwiko, nyamara ku muntu wageragezaga gukubita akajisho ku rubuga rwacururizwagaho amatike, wasangaga yashize kare nta na tike y’umuti wabona.

    Abandi bavugaga ko Coach Gael n’ikipe ye baguze imyanya yose y’aho igitaramo cyari bubere, ko nta bantu bigeze bagura ayo matike.


    Melodie yongeye kwerekanira ubudahangarwa bwe muri Amerika 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138145/bapfobyaga-igitaramo-ko-nta-matike-yaguzwe-bruce-melodie-yakoreye-amateka-muri-amerika-138145.html

  • Bawurangije mu marira! Urutonde rw’ibyamamare… – #rwanda #RwOT

    Hari uwavuze ko urukundo n’ibyamamare ari ibintu bibiri bitajyana, gusa hari bamwe mu byamamare byahiriye, bakabona abakunzi bagakundana rugakomera ndetse bakubakana ingo. 

    Gusa na none ntabwo ari ibyamamare byose byahiriwe n’urukundo by'umwihariko umwaka wa 2023 wagaragayemo ugutandukana kw’ibyamamare byinshi na gatanya zitagira umubare.

    Mbere y’uko umwaka wa 2022 ushyirwaho akadomo, irebere urutonde rw’ibyamamare 10 byatandukanye bikaba bisoje uyu mwaka mu marira:

    1. Britney Spears na Sam Asghari

    Umuhanzikazi w’icyamamare Britney Spears wamamaye mu njyana ya ‘Pop’,ntabwo uyu mwaka wamuhiriye mu rukundo. Muri Nyakanga uyu mwaka nibwo uyu muhanzikazi yatandukanye na Sam Asghari wari umugabo bamaze imyaka 2 barushinze mu gihe bari baratangiye gukundana kuva mu 2018.

    2. Ariana Grande na Dalton Gomez

    Icyamamarekazi mu muziki no muri Sinema, Ariana Grande nawe ntiyorohewe n’urukundo kuko nawe gatanya yamugezeho. Mu Ukwakira yahanye gatanya na Dalton Gomez bari bamaranye imyaka 2 barushinze. Kugeza ubu Ariana Grande yamaze kubona undi mukunzi witwa Ethan Slater ukina filime.

    3. Cardi B na Offset

    Urugo rw’abaraperi babiri bakomeye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika narwo 2023 isize irusenye. Muri uku kwezi ni bwo Cardi B yatangaje ko ibye n’umugabo we Offset byarangiye ndetse ko batakibana mu rugo rumwe. 

    Yavuze ko bashwanye bapfa ko Offset ahora amuca inyuma. Mu minsi ishize aba bombi  basangiriye hamwe Noheli hamwe n’abana babo maze bivugwa ko baba bariyunze gusa Cardi B yahise abihakana avuga ko ntagahunda yo kwiyunga ihari.

    4. Kim Kardashian na Pete Davidson

    Nyuma yaho umunyamideli kabuhariwe Kim Kardashian ahanye gatanya n’umuraperi Kanye West, yahise ajya mu  rukundo n’umunyarwenya Pete Davidson. 

    Aba bombi urukundo rwabo rwaciye ibintu kuva muri Nyakanga ya 2022 kugeza muri Mata ya 2023 ubwo batangazaga ko batandukanye. Kim Kardashian yatandukanye na Pete bamaranye amezi 9 gusa bakundana.

    5. Taylor Swift na Joe Alwyn

    Umuhanzikazi Taylor Swift wahiriwe n’uyu mwaka mu muziki, byageze mu rukundo bisa nkibigorana. Muri Mata nibwo Taylor Swift yatandukanye n’umukinnyi wa filime Joe Alwyn bari bamaranye imyaka 6 bakundana. Aba bombi batandukanye nyuma yaho Joe yanze gukora ubukwe na Taylor mu gihe aribyo uyu muhanzikazi yifuzaga.

    6. Joe Jonas na Sophie Turner

    Urundi rugo rw’ibyamamare rwari rukomeye i Hollywood rwasenyutse uyu mwaka ni urw’umuhanzi Joe Jonas n’umwongerezakazi Sophie Turner ukina filime. 

    Batandukanye muri Nzeri, ndetse kugeza ubu rurageretse hagati yabo mu nkiko aho Joe ashinja Sophie kutita ku bana n’umuryango wabo akaba ariyo mpamvu yatse gatanya ndetse akanasaba ko ariwe wahabwa uburenganzira busesuye bwo kubarera wenyine.

    7. Jeezy na Jeanie Mai

    Umuraperi w’icyamamare Jay Jenkins uzwi nka Jeezy mu muziki nawe aherutse gutandukana n’umugore we Jeanie Mai w’umunyamakuru. Aba bombi barushinze mu 2021 batandukanye bamaranye imyaka 2 n’igice. Kugeza ubu Jeezy aherutse kurega mu nkiko Jeanie amushinja kumwima guhura n’umwana wabo.

    8. Jorie Turner Smith na Joshua Jackson

    Umukinnyi wa filime akaba n’umunyamideli ukomoka mu Bwongereza, Jordie Turner Smith nawe asoje umwaka wa 2023 mu gahinda nyuma yo gutandukana n’umukinnyi wa filime Joshua Jackson bari bamaranye imyaka 5 barushinze banafitanye umwana umwe.

    9. Lupita Nyong’o na Selema Masekela

    Icyamamarekazi muri Sinema, Lupita Nyong’o nawe ntiyahiriwe n’urukundo uyu mwaka. Mu Ukwakira Lupita akoresheje Instagram ye, yatangaje ko yamaze gutandukana na Selema Masekela umunyamakuru wo muri Africa y’Epfo. Aba bombi bari bamaranye umwaka n’igice mu rukundo.

    10. Kylie Jenner na Travis Scott

    Muri Werurwe uyu mwaka umunyamideli w’icyamamare Kylie Jenner yatandukanye n’umuraperi Travis Scott bapfa ko yamuciye inyuma. Batandukanye bamaze kubyarana abana babiri mu myaka 5 bari bakundanye. Kugeza ubu Kylie Jenner yamaze kubona umukunzi mushya witwa Timothee Chamalet ukina filime.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138143/bawurangije-mu-marira-urutonde-rwibyamamare-byatandukanye-imahanga-mu-2023-amafoto-138143.html

  • Diamond Platnumz yahaye gasopo umusore washakaga kureshya Zuchu #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Naseeb wamamaye nka Diamond Platnumz yahaye gasopo umusore washakaga gutereta Zuchu.

     

    Ibinyamakuru byo muri Tanzania byanditse ngo ' Diamond Platnumz yasagarariye uwashakaga kwigarurira umurima we ( Ubutaka bwe )'.

     

    Ibi byanditswe gutya nyuma y'igihe Zuchu atavugwa mu itangazamakuru asa n'uwazimye bigaragaza ko Diamond Platnumz yashakaga kongera kugarura umuhanzi we mu matwi y'abafana bitewe n'uburyo byakozwe.

    Diamond Platnumz yakoze ibi binyuze mu butumwa yashyize hanze uwo musore yandikiye Zuchu amubwira ngo aze kumuhamagara nabona umwanya.

    Muri ubu butumwa uyu musore yasabaga Zuchu ko babonana iminota 10 yonyine.

    Diamond Platnumz asubiza uyu mugabo, yavuze ko akwiriye guharika kumureshya , amubwira ko Zuchu yamureze.

    Zuchu amaze igihe avuga ko akunda Diamond gusa we ntaratobora na rimwe ngo amubwira ko amukunda ari nayo mpamvu abakurikiranira hafi iby'umuziki wa Tanzania bavuga ko ari agatwiko Diamond yashakaga nyuma yo kubona umuhanzi we agiye kumara umwaka atavuzwe.

     

    The post Diamond Platnumz yahaye gasopo umusore washakaga kureshya Zuchu appeared first on The Custom Reports.

    Source : https://thecustomreports.com/diamond-platnumz-yahaye-gasopo-umusore-washakaga-kureshya-zuchu/

  • Asa na pamella wa The Ben! Umukobwa uri mu ndirimbo Ni Forever yasubiwemo n'umuhanzi 'Nigabe' #rwanda #RwOT

    Umusore muto akomeje kuzamuka mu muziki abinyujije mu gusubiramo indirimbo z'abahanzi bakunzwe barimo The Ben, Shafi na Chriss Eazy.

    Umuhanzi uzwi ki Izina rya 'Nigabe' wasubiyemo indirimbo Bana ya 'Shafi' na 'Chriss Eazy' bimwe bakunze kwita 'cover' igakundwa na benshi, ubu yamaze no gushyira hanze indi cover yakoze ku ndirimbo ya 'The Ben' umuhanzi ukunzwe mu rw'imisozi igihumbi ndetse no hanze y'arwo ndetse uherutse kurushinga na Miss Uwicyeza Pamella.

    Kanda hano urebe indirimbo Bana yasubiyemo

    Hari hashize ukwezi uyu musore ashyize hanze iyi cover ya Bana yakunzwe n'abatari bake dore ko imaze kurebwa n'abarenga ibihumbi icumi ku rubuga rwa youtube kuri konti ye yitwa 'Nigabe' akaba ari izina rye bwite ndetse akoresha no mu muziki.

    Mu kiganiro twagiranye n'uyu muhanzi yavuze ko yafashe icyemezo cyo gusubiramo iyi ndirimbo 'Ni forever'  nyuma yaho abonye urukundo benshi bayifitiye ndetse akurikije uko indirimbo yari aherutse gusubiramo yakunzwe  ndetse  bityo ngo akaba yizeza abakunzi be gukomeza kubaha n'izindi mu minsi iri imbere.

    Uyu muhanzi ukiri muto akomeza avuga ko afite gahunda yo gusubiramo indirimbo z'amoko yose (ziri mu ndimi z'amahanga) kugira ngo akomeze yigarurire imitima ya benshi ari nako yagura imbago z'umuziki we ndetse yongeyeho ko afite ubushobozi bwo kuryoshya ubukwe binyuze mu bihangano by'indirimbo.

    Ni mu gihe turimo gusoza umwaka abahanzi benshi batandukanye barimo Niyo Bosco, Israel Mbonyi, Alyne Sano, Rider man ndetse n'abandi batandukanye bakomeje gushyira hanze indirimbo, abamenyerewe mu gusubiramo indirimbo nka Silvizo n'abandi bakomeza kugenda na bo batoranya izo basubiramo, nuyu 'Nigabe' akaba akomeje kwiyongera muri abo bahanzi.

    'Nigabe avuga ko atazagarukira gusa mu gusubiramo indirimbo z'abandi ahubwo ko azakora n'ize bwite mu minsi iri mbere ariko akaba yarabanje gukora ibi asa naho akora igerageza.

     

     

    The post Asa na pamella wa The Ben! Umukobwa uri mu ndirimbo Ni Forever yasubiwemo n'umuhanzi 'Nigabe' appeared first on The Custom Reports.

    Source : https://thecustomreports.com/asa-na-pamella-wa-the-ben-umukobwa-uri-mu-ndirimbo-ni-forever-yasubiwemo-numuhanzi-nigabe/

  • The Ben na Madamu na Ommy Dimpoz mu bitabiriy… – #rwanda #RwOT

    Ibi birori byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, byambukiranyije umunsi bigera mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Ukuboza 2023, bibera kuri Century Park Hotel i Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali.

    Ni ubwa mbere byari bibaye, kandi Kigali Boss Babes isobanura ko yabiteguye mu rwego rwo gufasha abakunzi b'abo kurangiza neza umwaka no kubamukurikira filime y'abo bwite bakoreye mu bihugu bitandukanye birimo Senegal, Nigeria, mu Bushinwa, Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu.

    Ni ibirori byatangiye ahagana saa sita z'ijoro, ahanini bitewe n'uko abatumirwa batinze kugera aho byabereye n'ibindi byari bigishyirwa ku murongo.

    Byakozwe mu rwego rwo kugaragaza ubudahweranwa bw'umwirabura kuko byanahawe inyito ya 'Kigali Boss Babes Elegancy Beauty.'

    Amasura y'abitabiriye ibi birori yari yiganjemo cyane ibyamamare mu ngeri zinyuranye cyane cyane mu muziki, kuko byagaragayemo The Ben n'umugore we, umuhanzi Niyo Bosco, Ross Kana, Danny Nanone, Okkama, Afrique, Muyoboke Alex, Ommy Dimpoz wo muri Tanzania n'abandi banyuranye.

    Byitabiriwe kandi n'abarimo Producer Fayzo utunganya amashusho y'indirimbo, Producer Niz Beats ndetse na Producer Gad wakoze filime ya Kigali Boss Babes ndetse na Producer Kiiiz uherutse kwegukana igikombe cya Producer w'umwaka mu bihembo bya Isango na Muzika Awards.

    Kigali Boss Babes igizwe n'abagore cyangwa abakobwa batandatu gusa, ariko ibi birori byagaragayemo bane gusa, ku mpamvu zirimo ko babiri batabashije kuboneka.

    Buri wese wafashe ijambo muri Kigali Boss Babes, yitaye ku gushima cyane uburyo abantu bitabiriye ibirori by'abo, kandi yumvikanisha ko ari bwo bagitangira kuko bafite byinshi byo gukora mu gihe kiri imbere.

    Queen La Douce uri mu bagize Kigali Boss Babes yavuze ko bakozwe ku mutima n'uburyo abantu babashyigikiye ku nshuro y'abo ya mbere bateguye ibi birori.

    Yavuze ati 'Ni ikintu gikomeye cyane mu rugendo dutangiye nkatwe bashyashya! Kubona ibirori byacu dukoze ku nshuro ya mbere bimeze gutya, ntabwo mfite icyo kuvuga.'

    La Douce yavuze ko yanogewe n'uburyo ibara ry'umukara ryatumye ahabereye ibirori n'abitabiriye ibirori bagaragara neza, yemeranya n'amahitamo bakoze.

    Gashema Sylivie yavuze ko yakozwe ku mutima no kuba ibi birori byabaye ari mu Rwanda, kuko mu bihe bitandukanye Kigali Boss Babes yagiye ikora ibikorwa adahari.

    Yavuze ati 'Nishimye kubona mwaje kudushyigikira! Byanejeje kandi ndanezerewe, ibirori byinshi bya Kigali Boss Babes byakundaga kuba ntari inaha, uyu munsi rero byabaye nanjye mpari.'

    Amb.Alliah Cool yavuze ko iriya filime bakoze bayishoyemo amafaranga menshi, kandi ko bashimira Producer Dad na Prince Kiiiz babafashije mu kuyitunganya.

    Yavuze ko iyi filime bari gutekereza uko izajya izatambuka kuri Netflix cyangwa se ku rundi rubuga rurimo nka Show Mass.

    Queen La Douce asobanura ko basanzwe ari inshuti z'igihe kirekire, ku buryo ubwo mu minsi ishize basohokeraga hamwe mu hantu muri Kigali, bifata amashusho na telefoni zabo baganira, basangira ari bwo bagize igitekerezo cyo gushinga iri huriro.

    Yavuze ko bakimara kwiyemeza gushinga ihuriro bahise bafungura konti ya Instagram. Camilla Yvette uri kubarizwa mu muhanga niwe wazanye izina rya 'Kigali Boss Babes' baryemeranyaho bose, hanyuma babona kubitangaza.

    Uyu mugore yunganirwa na Isimbi Alliance uvuga ko 'turi inshuti z'igihe kirekire'. Isimbi yavuze ko 'Dukorana Business twiyemeza kugira icyo twakorana cyadufasha natwe kikatugirira akamaro'.

    Kigali Boss Babes yashinzwe muri Mata 2023 isanzwe ibarizwamo: Gashema Sylvie, Queen Douce, Christella, Camille Yvette, Ishimwe Alice [Alice La Boss] na Alliah Cool.

    Uhereye ibumoso: The Ben n’umugore we Uwicyeza Pamella, Ommy Dimpoz ndetse na Muyoboke Alex wabaye umujyanama w’abahanzi banyuranye


    Umuhanzikazi Marina yari kumwe na Bad Rama washinze The Mane imufasha mu muziki

    Umuraperi Danny Nanone ari kumwe na Producer Fayzo wamukoreye nyinshi mu ndirimbo

    Umuhanzi Okkama yitabiriye ibirori bya Kigali Boss Babes byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu

    Abagize Kigali Boss Babes bari bicaye mu myanya yishyurwa Miliyoni 5 Frw

    Umuhanzi Shemi wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Peace of Mind’ (Uri ibumoso)

    Umuhanzi Tizzo wo mu itsinda rya Active yashyigikiye ibikorwa bya Kigali Boss Babes

    Ibyishimo byari byose kuri Kigali Boss Babes nyuma yo kumurika filime yabo ya mbere

    Umuhanzi Ross Kana wo muri 1:55 Am yitabiriye ibirori by’abambaye umukara

    Dj Phil Peter yavanze umuziki muri iki gitaramo, ndetse ni nawa wayoboye ibirori byose

    Umunyamideli Christelle asuhuzanya n’umuhanzi Shemi nyuma yo kumurika filime y’abo

    Alliah Cool aganira na Queen La Douce basoma kuri ‘Skol Pulse’ y’uruganda rwa Skol yateye inkunga ibi birori

    Umunyamideli Christelle (uri iburyo) yavuze ko bishimiye uburyo bakiriwe kuva bihuje nk’itsinda

    The Ben ari kumwe n’umugore we Pamella bitabiriye ibirori bya Kigali Boss Babes

    Pamella na The Ben bavuze ko banogewe n’ubuzima bw’urugo


    Umuhanzikazi Bwiza aganira na Niyo Bosco bahuriye muri Label ya Kikac

    Umuhanzi Juno Kizigenza ari mu bitabiriye ibirori bya Kigali Boss Babes

    Gad wafashe amashusho ya filime ya Kigali Boss Babes yashimiwe mu buryo bukomeye

    Inkumi z’ikimero zashyigikiye Kigali Boss Babes


    Umuhanzi Ommy Dimpoz yari yicaye ku meza ariho ibinyobwa bya SKOL

    Ommy Dimpoz yashimye cyane Alliah Cool ku bw’ibikorwa batangije n’ibindi


    SKOL yari yateguye ibinyobwa binyuranye ku bitabiriye ibi birori bya Kigali Boss Babes


    Umuhanzi mu njyana gakondo, Ruti Joel uherutse kumurika Album ye ‘Musomandera’ yashyigikiye Kigali Boss Babes

    REBA UKO KIGALI BOSS BABES YASERUTSE MU BIRORI BYAYO BYIHARIYE

    “>

    Kanda hano urebe amafoto menshi yaranze ibirori bya Kigali Boss Babes

    AMAFOTO: Serge Ngabo-InyaRwanda.com

    VIDEO: Murenzi Dieudonne-InyaRwanda.com

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138120/the-ben-na-madamu-na-ommy-dimpoz-mu-bitabiriye-ibirori-kigali-boss-babes-yamurikiyemo-fili-138120.html

  • Amafoto 10 y’intoranywa ya Zari mu birori by’… – #rwanda #RwOT

    Iyo unyujije amasomo mu buzima bwa Zari usanga yarabaye mu Bwongereza imyaka igera kuri 2 mbere ya 2000 akaba avukira muri Uganda. Ibi bihugu byombi bikaba aribyo biza imbere mu byo yakoreyemo ibirori bye ngarukamwaka by’abambaye ibyera.

    Nubwo amaze igihe kirekire mu myidagaduro inafite igisobanura gikomeye mu buzima bwe buri munsi ariko siho honyine akura amafaranga kuko uyu mugore ari ku rutonde rw'abagore bashoye umwanya, amafaranga n'ubumenyi mu Burezi cyane muri Afurika y’Epfo.

    Ibi byose bituma ahora imbere kuko ingunzi zose z'ubuzima binyuze mu byo akora usanga azifitemo akaboko, byagera ku kuba ari umuntu w'imbere wa Diamond Platnumz bafitanye abana n'imishinga inyuranye bakoranaho bikaba ibindi.

    Kuba kandi abantu benshi baba bacyeneye kumenya amakuru ye mu buryo bwagutse na we agenda abibyaza umusaruro akabikuramo imishinga.

    Kuri ubu yageze no mu Rwanda aho yakoreye ibirori bye ngarukamwaka bya Zari All White Party byabereye muri The Wave Lounge mu ijoro ryo kuwa 29 Ukuboza 2023.

    Ni ibirori byitabiriwe n’abasilimu bo mu ngeri zitandukanye barimo urubyiruko n'abakuze bose bari bazinduwe no kwirebera uyu mugore w'icyamamare n'umunyafaranga.

    Inzoga zihenze, amafunguro y'ubwoko bwose, byafashwe karahava. Zari yageze ahabereye ibirori bye saa saba ishyira saa munani z’ijoro yakiranwa urugwiro rwinshi.

    Twabegeranirije amafoto yihariye y'uyu mugore ubwo yari muri The Wave Lounge agaragaza ubwiza bwe nuko yari yabucyereye yishimana n'abanyabirori nyarwanda mu gusoza umwaka batangira uwundi.

    Zari All White Party yari imaze ukwezi itegerejwe na benshi, yerekanye ko kubaka izina atari ibintu byoroshye, gusa na none bisobanuye byinshi ku wamaze kurikora bya nyabyo.

    Abantu bari buzuye muri The Wave Lounge kandi bose bishyuye yaba mu myanya isanzwe no ku meza yagera kuri Miliyoni 1.5Frw.

    Mu ijoro ryo kuwa 29 Ukuboza 2023 ni bwo Zari yakoreye ibirori bye i Kigali aho yageze kuwa 28 Ukuboza 2023 avuye muri Uganda igihugu cy'amavuko anaheruka gutaramiramo.Ubwo Zari yasohokaga mu modoka agana muri The Wave LoungeAkanyamuneza kari kose kuri Zari yinjira bafotora yaba abafana n’abafotozi b’umwugaZari aganira n’Umujyanama we Galston Antony mu byicaro byiza byari byateguriwe uyu muherwekaziZari ari mu bagore bahiriwe n’Ubushabitsi by’umwihariko bushingiye ku myidagaduroNubwo hamaze iminsi hacicikana amafoto amugaragaza nk’ushaje, ariko umwegereye wese atungurwa n’ubwiza afite Yafashe amafoto n’abakunzi be bari baje babucyereye mu myenda y’ibara ry’umweruMiss Muyango ari mu bagize uruhare mu itegurwa n’ishyirwamubikorwa rya Zari All White PartyNyiri The Wave Lounge, Pio n’umugore we bifotozanije na ZariGalston amaze iminsi i Kigali mu gukurikirana gahunda za Zari abereye umujyanama kugira ngo azahagere inzira zaraharuweZari ari kugendera mu modoka igezweho, iki ni ikizuru cyayo n’ikirango cyacyoMiss Muyango yishimiye guhura na Zari umunyabigwi mu myidagaduro by’umwihariko mu gutegura ibirori, ibyo na we akora 

    AMAFOTO: Rwigema Freddy-InyaRwanda

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138119/amafoto-10-yintoranywa-ya-zari-mu-birori-byabambaye-ibyera-138119.html

  • Zari yatumye nabari mu mirimo bayita mu biro… – #rwanda #RwOT

    Ibi birori bya Zari byabereye muri The Wave Lounge, byitabiwe n'abasilimu wabonaga ko bari bafitiye amatsiko kubona uyu mutegarugori wigwijeho ibigwi mu myidagaduro mpuzamahanga.

    Mu mpera z'Ugushyingo n'intangiriro z'Ukuboza 2023 ni bwo muri Kigali hatangiye gucicikana ko Zari, umwe mu bari n'abategarugori bahiriwe n'uruganda rw'imyidagaduro bakanabasha ku rubyaza agatubutse, azataramira mu Rwanda.

    Nyuma byaje gutangazwa neza ko azataramira muri The Wave Lounge i Kigali kuwa 29 Ukuboza 2023, ibintu na we ubwe yaje kwemeza asaba abantu kuzitabira ku bwinshi.

    Kuwa 28 Ukuboza 2023 mu masaha ya saa cyenda z'amanywa ni bwo Zari yageze i Kanombe mu ndege yari ivuye Entebbe muri Uganda aho yari aherutse gutaramira kuwa 16 Ukuboza 2023 mu birori byitabiriwe na mukeba we Tanasha Donna.

    Ubwo yageraga i Kigali yakiriwe n'Umujyanama we, Galston Antony wari umaze iminsi akurikirana ibikorwa by’ahazabera ibi birori n'ibindi bijyana nabyo, ashyikirizwa indabo n'abakobwa bo muri Inzora Protocol.

    Nyuma y'ikiganiro gito yagiranye na InyaRwanda Tv, yahise yerekeza mu modoka yari yateguriwe arindiwe umutekano n'abasore b'ibigango basanzwe bakora muri The Wave Lounge ari naho habereye ibi birori.

    Buri meza yose yari iriho inzoga z'ubwoko butandukanye nka Martel na Skol bari mu bateye inkunga iki gikorwa, kimwe naza Hennesy n'izindi.

    Uko amasaha yakuraga niko abantu bagiye biyongera. Buri umwe wabonaga ko afitiye amatsiko kubona imbonankubone Zari Hassan.

    Mbere gato yuko Zari ahagera, habanje kuza Miss Uwase Muyango witegura ubukwe na Kimenyi Yves kuwa 06 Mutarama 2023. Uyu Muyango na we amaze kubaka izina mu gutegura ibirori i Kigali.

    Hashize akanya mu masaha ashyira saa munani z'ijoro, nibwo Umujyanama wa Zari, Galstony yinjiye muri The Wave Lounge, abanza kureba uko imyiteguro imeze mbere y'uko Zari asohoka mu modoka.

    Uyu muherwekazi ubwo yinjiraga n'abari mu mirimo bayitaye babanza kuza kwihera ijisho ari na ko buri umwe yafataga amashusho y'urwibutso, Zari yafashe umwanya abanza kwifotoranya n'abari aho by'umwihariko nyiri The Wave Lounge, Pio n'umugore we.

    Nyuma yakomeje yinjira mu kabyiniro aho mu byicaro yarimo yifata amashusho ari nako ashagawe n'abantu benshi bisimbukuruza ngo babashe kumureba neza umuziki uvagwa abantu bakaraga umubyimba hamwe n’umushyushyarugamba MC Nario.Nabari bafite imirimo barimo bayivuyemo bajya kwihera ijisho Zari ari nako bafata na telefone zabo amashusho n’amafoto y’uyu muherwekazi y’urwibutsoUyu mugore wamamaye mu myidagaduro kuva akiri umuririmbyi kugeza n’ubu yinjiye mu bushabitsi bwimbitse yari yabucyereyeYinjiye acungiwe umutekano n’abasore b’ibigango bo muri The Wave Lounge Nyiri The Wave Lounge, Pio n’umugore we bafata ifoto y’urwibutso na Zari HassanMiss Muyango uri mu myiteguro y’ubukwe numwe mu bafashishije Zari mu mitegurirwe y’ibirori byabambaye ibyera i KigaliAmatsiko yari yose kubitabiye ibirori byabambaye ibyera bya Zari The Boss Lady umwe mu bagore babacuruzi mu myidagaduro bavugisha abarimo Rick Ross bakanaterwa inkunga mu bihe bitandukanye na kompanyi zikomeye nka Belaire na Ciroc

    AMAFOTO:Rwigema Freddy/inyaRwanda

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138118/zari-yatumye-nabari-mu-mirimo-bayita-mu-birori-byagatangaza-yakoreye-i-kigali-amafoto-138118.html

  • Minisitiri Dr Utumatwishima watangajwe no kum… – #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro aherutse kugirana na inyaRwanda Tv, umuraperi Bushali yatangaje ko yifuza guhura na Minisitiri Utumatwishima nyuma yo kumenya amakuru y’uko uyu muyobozi ari mu barebye imiririmbire ye.

    Muri icyo kiganiro, Bushali yabajijwe niba yamenya ko mu bo yataramiye mu gitaramo cyo kumurika umuzingo wa Yago Pon Dat yitwa “Suwejo” harimo Minisitiri Utumatwishima, asubiza ko atigeze abimenya.

    Uyu muraperi yabanje kubaza kandi akomeje niba Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr Utumatwishima Abdallah, yaba ari umu-mama, asobanurirwa n’umunyamakuru ko ari umugabo.

    Mu magambo ya Bushali yagize ati: 'Ntabwo nabashije kumenya niba harimo Minisitiri.' Akimara kubwirwa amazina y’umu Minisitiri wakurikiranye ‘performance’ ye, uyu muraperi yagize ati: 'Ni umu-mama?.'

    Amaze gusobanurirwa ko uwo muyobozi ari umupapa, Bushali yagize ati: 'Ntabwo nari nzi ko ahari. Ndanamusuhuje papa wanjye. Iki kiganiro nakireba azamfashe nanjye duhure nkeneye inama z’aba papa baba baturusha ibintu byinshi.'

    Minisitiri Utumatwishima asa n’uwatangajwe no kuba Bushali yarashidikanije ku wo ari we, ariko na none amwemerera ko bazahura. Ati: 'Ariko Bushido yaravuze ngo #Utumatwishima ni umu-mama, Bushali uzamuzane kuri Minisiteri tumenyane.'

    KANDA HANO UREBE IKIGANIRO INYARWANDA YAGIRANYE NA BUSHALI YIBAZA NIBA MINISITIRI D UTUMATWISHIMA ARI UMU-MAMA

    Minisitiri Dr Utumatwishima yemereye Bushali ko bazahura nyuma y’ikiganiro uyu muraperi asaba ko bazahuraBushali uri mu baraperi bahagaze neza uheruka gutangaza ko yifuza za Minisitiri yabyemerewe

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138108/minisitiri-dr-utumatwishima-watangajwe-no-kumva-bushali-yibaza-niba-ari-umu-mama-yemeye-ko-138108.html

  • Niragire Marie France yavuze umuti wibibazo… – #rwanda #RwOT

    Inyandiko igenewe abanyamakuru, igaragaza ko Niragire yungirijwe na Murayire Protais ndetse n'umuhanzikazi Uwitonze Clementine wamamaye nka Tonzi. Mu matora kandi, Harerimana Ahmed yabaye Umunyamabanga naho umubitsi agirwa Rwagasani Braddock Le Sage.

    Niragire yatowe asimbura Janvière wari umaze imyaka ibiri ari ku buyobozi mu buryo bw’agateganyo. Uyu mugore ariko yari asanzwe ari Visi-Perezida mu Ihuriro ry’abatunganya filime, ari na Perezida w’Ihuriro rya filime.

    Yavuze ko kuba mu ihuriro ry’abatunganya filime, ari byo byamufashije kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Art Council.

    Avuga ko hari byinshi byasabwaga birimo nko kuba afite uburambe n’ubumenyi byasabwaga-ibi byose byamuhaye amahirwe yo kugera ku mwanya wa Perezida w'Inama y'Igihugu y'Abahanzi.

    Avuga ko imyaka ibiri yari ishize badakora amatora kubera ibyangombwa byo muri RGB byaburaga, bityo ko bafashe igihe cyo kubanza kubitegura.

    Agiye ku buyobozi mu gihe muri ‘Art Council’ havuzwemo ibibazo binyuranye birimo nko kwirukana abakozi ‘bidakurikije amategeko’, ibirego binyuranye byagiye bitangwa mu Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), abitabaje Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (Minubumwe) n’ibindi.

    Mu kiganiro na InyaRwanda, Marie France yavuze ko yiteguye kubakira ku byari bimaze gukorwa no guha umurongo ibyifuzwa n’abanyamuryango. Ati “Ahantu uyu munsi aho bigeze ku guhangana na byo, tuzarebera ukuri, kuko niba harimo abakozi harimo ‘Contract’ […] Tuzareba ku mategeko agenga ‘contract’ n’abakozi’.

    Yagaragaje ko bimwe mu bibazo biri muri Art Council bizwi, kandi bizakemurwa hisunzwe amategeko agenga iri huriro. Ati “Tuzareba uko dukemura ikibazo cy’abakozi.”

    Niragire yavuze ko mu gihe cy’imyaka itanu azamara ku buyobozi, ashyize imbere ibiganiro n’abahanzi bijyana no gusaba buri wese kubanza gutekereza ku bikorwa byabo mbere y’uko abishyira hanze.

    Ati “Ikibazo ni twebwe abahanzi, ntituramenya agaciro k’ibihangano byacu.” Hagomba kubanza kubaho ubukangurambaga ku buhanzi…”

    Yavuze ko bazahuza imbaraga na Minisiter y’Urubyiruko ndetse n’ubuhanzi, mu rwego rwo guteza imbere ubuhanzi. Ati 'Art Council' ikora ubuvugizi mu guhuza abahanzi, guverinoma n’izindi nzego.'

    Niragire anavuga ko muri iki gihe bagiye gukora ubukangurambaga buzatuma abahanzi binjira mu mahuriro anyuranye, kuko ‘iyo umuhanzi ari hanze aba yigenga’. Ati “Ntabwo uba umufiteho uburenganzira. Nibazamo ibibazo bakabicishamo aho ngaho, ibibazo birahagera.”

    Yavuze ko kubarizwa mu ihuriro bifite inyungu nyinshi, kuko hari ababarizwa muri cinema bakenera kujya kwiga hanze, cyangwa se kuhafatira amashusho bikaborohera cyane kurusha cyane iyo bataba bari muri iri huriro.

    Niragire Marie France yavuze ko mu gihe cy’imyaka itanu ashaka guteza imbere ubuhanzi mu buryo bwose. Ati “Ikintu cya mbere abahanzi dukeneye ni ukunga ubumwe, kuko nitugira ijwi rimwe tuzagira imbaraga, bujya nta muhanzi uba umwe….”

    Akomeza ati “Numva icya mbere ari ubumwe no gukorera hamwe. Icya kabiri ni uburyo twabyaza umusaruro ibihangano byacu, icya gatatu umuhanzi yahabwa agaciro gute? Kuko ukurikije sosiyete yacu n’umuco wacu bigeze ku rwego rwiza ariko rutari rwiza cyane.”

    Yavuze ko umubare utaraba munini w’abantu bumva ko ubuhanzi ari akazi nk’abandi, biri mu byo bagomba kwitaho mu kumvikanisha ko ubuhanzi ari akazi.


    Amaze imyaka itatu ariwe mugore watangije Televiziyo

    Muri Kanama 2021, nibwo Niragire Marie France yabaye umugore wa mbere mu Rwanda watangije ku mugaragaro Televiziyo yigenga, kuva icyo gihe yinjiranye ibiganiro byibanda cyane ku guteza imbere Cinema n’ubuhanzi.

    Yabwiye InyaRwanda ko urugendo rw’imyaka itatu ishize ruherekejwe no kwiga amasomo ajyanye n’ubushabitsi bwa Televiziyo.

    Yavuze ati “Imyaka itatu ku isoko uba uri gufata amasomo, kuko iyo utangiye ‘Business’ uza usanga hari abandi bayikoraga ariko n’ubwo uba warakoze ubushakashati, uba warakoze ku byo bamaze igihe bakora ariko atari ibyo bagiye gukora cyangwa se ibyo bari gukora kuko byo uba utarabibona…”

    Asobanura ko imyaka itatu ishize Genesis Tv iri ku isoko bizera neza ko mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere, nabo bazaba bafite abandi babigiraho.

    Uyu mugore yavuze ko yatangije Televiziyo kubera ko yashakaga urubuga rwihariye rwajya ruteza imbere umuziki na Cinema, na gahunda ya Made in Rwanda.

    Ariko kandi anavuga ko yatangiye Televiziyo kubera ko yashakaga kugira ahantu he bwite ho gutambukiriza filime ye y’uruhererekane yise ‘The Little Angel’.

    Muri we avuga ko atashakaga ko filime ye itambuka kuri Youtube nk’ibindi bihangano, kuko yifuzaga urubuga rushobora kugera kure, kandi nawe bikamufasha kwiteza imbere yaba muri cinema no mu buhanzi.

    Ariko kandi intangiriro ntiyari yoroshye ‘kuko urumva hari ukuntu uba ufite ibihangano uri umuhanzi, ukina filime, ukora filime, iyo ureba itangazamakuru cyangwa Televiziyo uba ubona byose ariko iyo ugezemo ari ‘Business’ nibwo ubona ko ikeneye kubanza gufata imbaraga mbere y’uko ushyiraho cya gihangano kindi watekerezaga’.

    Niragire Marie France yavuze ko yabanje gufata igihe cyo gutegura neza ibikorwa yagombaga gushyira ku isoko, kandi atangiza urubuga ruzamufasha kwiteza imbere no guteza imbere ibihangano bya bagenzi be.

    Kuri we, avuga ko yinjiye mu ishoramari rya Televiziyo adashyize imbere amafaranga mu bihangano, ariko yari afite intumbero yo kunguka mu gihe kiri imbere cyo kimwe n’abandi. Ati “Ni ukunguka mu gihe bya bihangano byabo byateye imbere. Iyo n’iyo ntego yanjye.”


    Cinema yayishyize ku ruhande?

    Hari abavuga ko kuva Niragire yashinga Televiziyo atongeye kugaragara cyane muri filime.

    Asobanura ko inshingano za Televiziyo zatumye atabona umwanya uhagije mu gukina filime, ariko kandi na cinema isaba umwanya uhagije ari nayo mpamvu yabanje kwita ku guteza imbere igitangazamakuru yashinze mbere y’uko akomeza urugendo rwa filime.

    Marie France asobanura ko habaye kujanisha buri kimwe, abanza kwita kuri ‘Business’ ya Televiziyo mbere y’uko akomeza gukina muri filime ze n’iz’abandi.

    Yavuze ko ajya yumva abantu bavuga ko gukina muri filime kwe bihenze, ariko kandi siko bimeze. Ati “Ntabwo ndi umukinnyi uruhanya, icyo ni kimwe. Ntabwo ndi umukinnyi utubahiriza amasaha, ndi umukinnyi uri buguhe umusaruro ku mwanya wampaye.”

    Niragire yavuze ko filime ‘Inzozi’ yakinnyemo yitwa ‘Sonia’ yamwubakiye izina, kandi umwanya yakinnyemo wafashije benshi, inatinyura abakinnyi bashya ba filime bashakaga kwinjira muri cinema.

    Anasobanura ko iyi filime yafashije cyane cyane abagore bashakaga kwinjira muri cinema. Ati “Uruhare yagize ni runini cyane, ku buryo nzi abantu binjiye muri cinema cyangwa bakoze cinema nyuma y’uko filime yanjye isohotse.”

    Niragire asobanura ko igihe cyose umukinnyi yakinnye umwanya yahawe, bigatuma sosiyete imufata bijyanye n’umwanya yakinnye, bigaragaza ko yashyize mu bikorwa ibyo yagombaga gukina.

    Yavuze ko mu gihe yatangiraga urugendo rwo gukina filime, nta bicantege byarimo nk’aho abakobwa basabwa ruswa y’igitsina n’ibindi.

    Ahubwo ko byagiye bivugwa cyane muri Cinema, nyuma y’uko abantu babonye ko harimo amafaranga no kuba umuntu yashobora kwiteza imbere. 

    Niragire Marie France ‘Sonia’ ni umwe mu bakinnyi ba filime bigaragaje cyane mu Rwanda akaba ari nawo mwuga yubakiyemo izina 

    Niragire yagize izina rikomeye muri Cinema abicyesha filime 'Inzozi' yakinnyemo yitwa 'Sonia'


    Niragire yavuze ko imyaka itatu ishize ashinze Televiziyo ari urugendo rw’ubumenyi n’ibishoboka

    KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NANIRAGIRE MARIE FRANCE


    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138102/niragire-marie-france-yavuze-umuti-wibibazo-yakirijwe-mu-nama-yigihugu-yabahanzi-nimihigo–138102.html