Umuyobozi w'Ishami rifasha abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina, Shafiga Murebwayire, yabwiye aba bakobwa ko IOSC ikora mu buryo butandukanye buhuza serivisi zatangwaga n'ibigo bitandukanye bishinzwe kurwanya no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina harimo na Minisiteri y'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango, iy'Ubuzima n'iy'Ubutabera.
Izi serivisi zose byorohera abagana IOSC kuzisanga ahantu hamwe. Ati 'Ishyirwaho rya Isange ryaje nk'igitekerezo cyo guhuza imbaraga zinyuranye mu gukemura ibibazo by'ihohotera rishingiye ku gitsina n'ihohoterwa ry'abana.'
Yasobanuye ko iki kigo gifasha buri wese haba umugabo, umugore, umukobwa ndetse n'umuhungu igihe yakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Ati 'Iyi service ntabwo ari iy'abakobwa gusa. Ni iy'abantu bose. Ni iy'abagore, abagabo, abakobwa n'abahungu.'
Muri iki kigo harimo ibyumba bitandukanye nk'icyo kuganiriza umwana wahohotewe, umuntu mukuru, icyo gufatiramo ibizamini bya muganga n'ibindi bitandukanye bifasha abakozi ba IOSC kuzuza inshingano zabo neza.
Abakobwa bahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2022 batemberejwe muri ibi byumba byose, basobanurirwa ibikorwa bibera muri buri kimwe.
Bahavuye biyemeje kuba ba Ambasaderi b'iki kigo mu kumenyekanisha amakuru ya serivisi zihatangirwa ku bandi baturage kugira ngo zirusheho kugera kuri buri wese mu Rwanda.
Madamu Jeannette Kagame ni we watangije Isange One Stop Centre mu 2009, iza ije gushyigikira izindi gahunda zari ziriho zijyanye no guhangana n'ihohoterwa rishingiye ku gitsina no guhohorera abana.
Muri izo gahunda hari harimo nk'ubukangurambaga bwa 'Fata Umwana Wese nk'Uwawe' n'izindi zitandukanye zashyizweho bitewe n'ibihe bya Jenoside yakorewe Abatutsi u Rwanda rwanyuzemo ndetse n'umubare uri hejuru w'abahohoterwa wakomeje kugenda uzamuka.
Serivisi zitangwa na IOSC zirimo iz'iperereza, izo gufasha mu mitekerereze abahungabanyijwe, ubujyanama, kuvura, kwipimisha byemewe n'amategeko n'icumbi ry'agateganyo.
Kuva ikigo Isange One Stop Center cyatangira mu mpera z’umwaka wa 2009 kugeza tariki 31 z’ukwezi gushize kwa 5 mu 2019, cyari kmaze kwakira abahohotewe 19 047.
65% by’abakiriwe bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina, naho 35% bakaba ari abahuye n’ihohoterwa rikorerwa mu ngo, aho 82% byabo ari abagore naho 18% bakaba ari abagabo.Â
Abakobwa 19 bahataniye ikamba basuye ikigo Isange One Stop Center gitanga ubufasha ku bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina
Isange One Stop Center iherereye ku kacyiru ikaba yarashinzwe ku bufasha bwa Nyakubahwa Madamu Jeanette Kagame
Â
Aba bakobwa basobanuriwe ko kuva iki kigo cyatangira mu 2009, cyakira amanywa n'ijoro abahohotewe abenshi baba biganjemo abagore
Â
Ba Nyampinga babwiye ko IOSC ifasha mu kuvura, kumva no gukurikiranira hafi abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsinaÂ
Ba Nyampinga banditse mu gitabo cy'abasuye IOSC, bashima imikorere y'iki kigo
Â
Buri mwaka iki kigo cyakira abantu benshi bakigana baje kwigira ku mikorere yacyo


Abategura irushanwa bagize ikompanyi ya Rena bakiriwe mu nteko ishingamategeko
Ambasaderi Mbarouk Naser yakiriye abagize Rena Event
Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Wasafi ari kumwe na Mutesi Jolly nyuma yo gushyira umukono ku masezerano y’imikoranire
Diamond Platnumz na Mutesi Jolly
Minisitiri w’Ibikorwa Karemano n’Ubukerarugendo muri Tanzaniya yakiriye Perezida na Visi Perezida b’Akanama gategura Miss East Africa
Shanitah uhagarariye u Rwanda muri Miss East Africa n’uhagarariye Uganda
Umukobwa waserukiye Somalia
Umukobwa waserukiye Ethiopia
Shanitah yakomeje kwisanzura no gusangira ibyishimo na bagenzi be




Abakobwa bitabiriye iri rushanwa ubona ko bagororotse
Byari umunezero
Baratembereye

Mutesi Jolly yakomeje guhagararira irushanwa n’u Rwanda neza

Wasafi yakiriye abakobwa 12 bageze mu mwiherero mu mbere 
Mutesi Jolly n’Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Wasafi
Abakobwa babaga bishimye bari kumwe na Jolly
Byari ibyishimo mu ijoro ryo gusangira rya Miss East Africa riherutse kuba






Shanitah yaririmbye indirimbo ya Meddy
Shanitah aryohewe n’ubuzima mu gafoto k'urwibutso k'ubwato ku mazi







