Tag: Imikino

  • Bwa mbere mu mateka Kenya yatsinze Misiri mu mikino Nyafurika ya Volleyball, Tunisia na Cameroon zageze muri kimwe cya kane #rwanda #RwOT

    Ku nshuro ya mbere, ikipe y'igihugu mu mukino w'intoki wa Vollyeball ya Kenya yatsinze iya Misiri mu maseti atanu yakinwe mu irushanwa Nyafurika mu mukino wa Volleyball ikomeje kubera mu Rwanda mu nyubako ya Arena.

    Muri uyu mukino warangiye ikipe ya Kenya itsinze amaseti 3-2, iya mbere Kenya yayitsinzwe 25 kuri 19, iya kabiri iyitsinda kuri 25-22, iya gatatu nayo iyitsinda 25-20 mu gihe iya kane yatsinzwe na Misiri kuri 25 kuri 18.

    Nyuma yo kunganya amaseti abiri kuri abiri, hahise hitabazwa iseti ya gatanu y'ishiraniro bakina ku manota 15, iyi yarangiye ikipe ya Kenya iyitwayemo neza kuko yatsinze Misiri amanota 15 kuri 12 bityo yegukana intsinzi ya mbere ihura n'ikipe y'igihugu ya Misiri mu mateka yayo mu marushanwa atandukanye bagiye bahuriramo.

    Usibye ikipe y'igihugu ya Kenya yatsinze Misiri, ikipe y'igihugu ya Tunisia ndetse na Cameroon zakatishije itike yo kugera muri kimwe cya kane cy'irangiza nyuma yo gutsinda imikino yazo ya kabiri.

    Uko indi mikino y'umunsi wa kabiri yagenze:

    Niger 2-3 RD Congo (26-28, 23-25, 25-21, 25-21, 11-15)
    Ethiopia 0-3 Tunisia (13-25, 14-25, 16-25)
    Nigeria 0-3 South Sudan (25-20, 25-21, 25-19)
    Mali 0-3 Cameroon (16-25, 17-25, 9-25)
    Morocco 3-0 Tanzania (25-14, 25-14, 25-22)
    Kenya 3-2 Egypt (19-25, 25-22, 25-20, 18-25, 15-12)

    The post Bwa mbere mu mateka Kenya yatsinze Misiri mu mikino Nyafurika ya Volleyball, Tunisia na Cameroon zageze muri kimwe cya kane appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/bwa-mbere-mu-mateka-kenya-yatsinze-misiri-mu-mikino-nyafurika-ya-volleyball-tunisia-na-cameroon-zageze-muri-kimwe-cya-kane/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=bwa-mbere-mu-mateka-kenya-yatsinze-misiri-mu-mikino-nyafurika-ya-volleyball-tunisia-na-cameroon-zageze-muri-kimwe-cya-kane

  • Rayon Sports yatumijeho inama y’abakinnyi, bamwe mu bakinnyi ntibiteguye gutangira imyitozo #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutumizaho inama y’abakinnyi izaba mu gitondo cy’ejo ku wa Gatanu ku cyicaro gikuru cy’iyi kipe Kimihurura, biteganyijwe ko bazaherebwamo amabwiriza ajyanye no gusubukura imyitozo.

    Abakinnyi b’iyi kipe bose basabwe kuzaba bari Kimihurura tariki ya 10 Nzeri 2021 saa 9:00′.

    Ntabwo bigeze babwirwa icyo bashakirwa ariko amakuru ISIMBI yabashije kumenya ni uko komite nyobozi y’iyi kipe ishaka kuganira n’abakinnyi mbere y’uko batangira imyitozo bitegura shampiyona umwaka w’imikino 2021-22.

    Ejo nibwo bazahabwa gahunda yose ijyanye n’igihe bazasubukurira imyitozo bitegura iyi shampiyona, aho biteganyijwe ko nta gihindutse bazatangira imyitozo ku wa Mbere w’icyumweru gitaha tariki ya 13 Nzeri 2021.

    Gusa n’ubwo ubuyobozi bw’iyi kipe butegura ibi, bamwe mu bakinnyi ntibiteguye gutangira imyitozo mu gihe cyose batishyuwe umwenda babafitiye.

    Abakinnyi b’iyi kipe barishyuza iyi kipe umushahara w’amezi 2, hari n’abakiyishyuza amafaranga baguzwe.

    Rayon Spprts izakorana inama n’abakinnyi

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/rayon-sports-yatumijeho-inama-y-abakinnyi-bamwe-mu-bakinnyi-ntibiteguye-gutangira-imyitozo

  • Eduardo camvinga: yamaze kwerekanwa nkumu kinnyi wa real madrid. #rwanda #RwOT

    Ku wa gatatu, tariki ya 8 Nzeri, Eduardo Camavinga yerekanwe nk'umukinnyi mushya wa Real Madrid, anagaragaza ko yishimiye kwinjira muri iyi kipe. Uyu mukinnyi wo hagati w'Ubufaransa yarangije kwimuka ava i Rennes yerekeza muri Real Madrid ku munsi ntarengwa, kandi nyuma yo kuvu mumikino mpuzamahanga n'abatarengeje imyaka 21 y'Ubufaransa ubu akaba yageze i madrid aho […]

    The post Eduardo camvinga: yamaze kwerekanwa nkumu kinnyi wa real madrid. appeared first on Kigalinews24.

    Source : https://kigalinews24.com/2021/09/09/eduardo-camvinga-yamaze-kwerekanwa-nkumu-kinnyi-wa-real-madrid/

  • Adil Mohamed yangiwe gutoza APR FC mu mikino ya CAF Champions League #rwanda #RwOT

    Kuri uyu gatatu nibwo amakuru yizewe yageze kuri btnrwanda.com avuga ko umutoza Adil Mohamed usanzwe utoza ikipe ya APR FC atemerewe gutoza mu mikino ya CAF champions League uyu mwaka.

    Kuri uyu wa Gatatu,nibwo CAF yamenyesheje ikipe ya APR FC ibinyujije mu ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda (FERWAFA),ko umutoza Adil Mohamed atemerewe gutoza imikino ya CAF Champions League iyi kipe izitabira uyu mwaka.

    Umutoza Adil afite Licence A ya UEFA, kandi kugira ngo CAF yemerere umutoza udafite Licence yo muri Afurika, bimusaba kuba afite Licence A PRO CAF.

    APR FC ikimara kumenyeshwa aya makuru, biravugwa ko yahise yihutira gusaba CAF ko umutoza wayo wungirije,Neffati Jamel Eddine ufite Licence B ya CAF, kugira ngo abe ariwe uzayitoza muri iyi mikino izatangira gukina tariki ya 12 Nzeri 2021.

    Mu gihe APR yakwangirwa ko itozwa n'umutoza wungirije muri iyi mikino, yahitamo umwe mu batoza bo mu Rwanda bujuje ibyangombwa akaba ariwe uyifasha muri iyi mikino.

    Ntabwo ari ubwa mbere Adil agonzwe n'ikibazo cy'ibyangombwa kuko mu mwaka ushize nabwo byarabaye ariko biza kurangira Adil yemerewe gutoza umukino wa Gormahia, baje no gusezererwamo.

    Mu gihe ikipe ya APR yakangirwa ubusabe bwayo bwo gutozwa na NEFFATI JAMEL EDDINE hari gahunda yuko ishobora guhita yitabaza Abdul Mbarushimana cyangwa Yves Rwasamanzi akaba aribo bayobora iyi kipe ya APR FC muri iyi mikino mpuzamahanga bazakina uyu mwaka.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/adil-mohamed-yangiwe-gutoza-apr-fc-mu-mikino-ya-caf-champions-league

  • APR FC yatangaje kapiteni mushya usimbura Manzi Thierry/AS Kigali ishyira hanze imyambaro izakoresha [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Mu myitozo yabaye kuri uyu wa Gatatu ari nayo ya nyuma mbere yo kwerekeza mu gihugu cya Djibouti, ikipe y'ingabo z'igihugu yahawe impanuro n'umuyobozi w'iyi kipe Lt Gen Mubarakh Muganga aho yayifurije kuzatahana intsinzi.

    Yagize ati' Mugiye gutangira imikino nyafurika, intsinzi ituruka hanze turabifuriza intsinzi muzagaruke tuzabakirane ibyishimo, mufite ikipe nziza abakinnyi bashya baramenyereye ikipe ni nziza rero intsinzi ituranga ikomeze.'

    Abakapiteni ba APR FC

    Tuyisenge Jacques Kapiteni wa APR FC
    Manishimwe Djabel kapiteni wa kabiri
    Buregeya Prince Kapiteni wa Gatatu

    Tuyisenge asanzwe ari Visi Kapiteni w'Ikipe y'Igihugu 'Amavubi'

    AS Kigali yerekanye imyambaro mishya igaragaza umwihariko w'u Rwanda

    Imyambaro yerekanwe kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 8 Nzeri 2021, ni iyo As Kigali izajya ikinana mu gihe yakiriye imikino ndetse yanasuye andi makipe mu mwaka w'imikino wa 2021/2022.

    Ni imyambaro ifite umwihariko wo kugira ikirango gishya cy'iyi kipe, kigizwe n'ishusho ya Kigali Convention Centre ndetse kikanerekana imigongo nka kimwe mu biranga umuco w'u Rwanda.

    Uyu mwambaro wahanzwe ku buryo werekana umwihariko w'u Rwanda, hifashishijwe amabara arimo ubururu, umweru n'imigongo kugira ngo bihe isura y'umwimerere iki kirango.

    Umwambaro w'ubururu uzajya wambarwa AS Kigali yakiriye imikino mu gihe uwa Orange uzajya wambarwa iyi kipe yagiye gusura andi makipe.

    Iyi ikipe ikomeje ikomeje kwiyubaka mu buryo bwo gushaka abafanyabikorwa batandukanye; kugeza ubu iri mu mikoranire n'Umujyi wa Kigali, Africa Medical Supplier Ltd, RwandAir, IGIHE Ltd, Forzza Bet n'abandi bazatangazwa mu gihe cya vuba.





    APR FC na AS Kigali zigiye gukina imikino nyafurika zifite impinduka nshya

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/apr-fc-yatangaje-kapiteni-mushya-usimbura-manzi-thierry-as-kigali-ishyira-hanze

  • CAF yamenyesheje Mohamed Adil utoza APR FC ko… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 08 Nzeri 2021, ni bwo binyuze mu Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda 'FERWAFA', CAF yakuriye inzira ku murima umutoza Adil imumenyesha ko atemerewe gutoza imikino ya Champions League.

    Amakuru Inyarwanda.com yahawe n'umwe mu bari hafi y'iyi kipe, avuga ko kuri uyu wa Gatatu ari bwo bakiriye ibaruwa ivuye muri CAF ikumira umutoza Adil kuzatoza imikino ya CAF Champions League iyi kipe izitabira uyu mwaka.

    Umutoza Adil afite Licence A ya UEFA, kandi kugira ngo CAF yemerere umutoza udafite Licence yo muri Afurika, bimusaba kuba afite Licence A PRO CAF.

    APR FC ikimara kumenyeshwa aya makuru, biravugwa ko yahise yihutira gusaba CAF ko muri iyi mikino yatozwa n'umutoza wayo wungirije ariwe Neffati Jamel Eddine ufite Licence B ya CAF, kugira ngo abe ariwe uzayitoza muri iyi mikino izatangira gukina tariki ya 12 Nzeri 2021.

    Mu gihe APR yakwangirwa ko itozwa n'umutoza wungirije muri iyi mikino, yahitamo umwe mu batoza bo mu Rwanda bujuje ibyangombwa akaba ariwe uyifasha muri iyi mikino.

    Ntabwo ari ubwa mbere Adil agonzwe n'ikibazo cy'ibyangombwa kuko mu mwaka ushize nabwo byarabaye ariko biza kurangira Adil yemerewe gutoza umukino wa Gormahia, baje no gusezererwamo.

    APR FC irahaguruka mu Rwanda mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki ya 09 Nzeri 2021, yerekeza muri Djibouti ahazabera umukino wayo na Mogadishu City bazakina mu ijonjora ry'ibanze muri CAF Champions League uyu mwaka.

    Iyi kipe y'ingabo z'igihugu izakina na Mogadishu City mu mukino w'ijonjora ry'ibanze muri CAF Champions League, umukino ubanza ukazabera kuri Stade Gouled yo muri Djibouti ku wa 12 Nzeri 2021, mu gihe uwo kwishyura uzabera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa 19 Nzeri 2021.

    Ikipe izakomeza hagati ya APR FC na Mogadishu City Club izahura na Etoile du Sahel yo muri Tunisa mu ijonjora rya kabiri rizakinwa mu Ukwakira 2021.

    Umutoza Adil wa APR FC yamenyeshejwe ko atemerewe gutoza imikino Nyafurika

    Umutoza wungirije wa APR FC Neffati Jamel ashobora kuba ariwe uzatoza iyi kipe mu mikino Nyafurika

    APR FC irerekeza muri Djibouti kuri uyu wa Kane igiye kwitegura umukino wa Mogadishu City

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109316/caf-yamenyesheje-mohamed-adil-utoza-apr-fc-ko-atemerewe-gutoza-imikino-ya-champions-league-109316.html

  • APR FC yabonye Kapiteni mushya mbere yo kurir… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu mugoroba nibwo APR FC yerekanye Kapiteni mushya, ugomba gusimbura Manzi Thierry wavuye muri iyi kipe. Tuyisenge Jacques usanzwe ari Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’abakinnyi bakina imbere mu gihugu, ndetse akaba na Kapiteni wungirije mu ikipe y’igihugu, ni we waragijwe igitambaro cy’ubukapiteni mu ikipe  ya APR FC.


    Tuyisenge Jacques, agomba gutangira inshingano kuri uyu wa Kane aho ikipe ya APR FC igomba gufata indege yerekeza muri Djibouti, aho izahurira na Mogadishu City Club yo muri Somalia mu mukino wa CAF Champions League uzaba ku cyumweru.


    Tuyisenge Jacques ubu ni Kapiteni wa APR FC 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109322/apr-fc-yabonye-kapiteni-mushya-mbere-yo-kurira-indege-109322.html

  • APR FC yatangaje umuyobozi mushya w’abakinnyi(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Nyuma y’igenda rya Manzi Thierry, ikipe ya APR FC yatangaje Jacques Tuyisenge nk’umuyobozi mushya w’abakinnyi (captain) mu mwaka w’imikino wa 2021-22.

    Manzi Thierry ni we wari kapiteni wa APR FC mu myaka ibiri itambutse, nyuma yo kujya gukina muri Georgia mu ikipe ya FC Dila Gori, hari hataratangazwa umuyobozi w’abakinnyi mushya.

    Nyuma y’imyitozo ya nyuma iyi kipe yakoze mbere yo guhaguruka berekeza muri Djibouti gukina na Mogadishu City Club mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League, iyi kipe yatangaje ko Jacques Tuyisenge ari we kapiteni mushya w’iyi kipe.

    Jacques Tuyisenge azaba yungirijwe na Manishimwe Djabel nka kapiteni wa kabiri ndetse na Buregeya Prince nka kapiteni wa gatatu.

    Jacques Tuyisenge yagizwe kapiteni wa APR FC

    Yabyishimiye

    Jacques Tuyisenge winjiye ku mwaka we wa nyuma muri APR FC ni we kapiteni mushya wa APR FC

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/apr-fc-yatangaje-umuyobozi-mushya-w-abakinnyi-amafoto

  • Cristiano Ronaldo yongeye guca akandi gahigo kidasanzwe. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Rutahizamu wa Manchester United yatangiye guca uduhigo mu Bwongereza atarakinira iyi kipe umukino n'umwe, nyuma y'uko umwenda azambara ukubye kabiri amafaranga yaguzwe mu masaha 12 gusa ushyizwe ku isoko.

    Umwenda wa Cristiano Ronaldo uriho nimero 7 muri Manchester United wahise ushyirwa ku isoko, abafana mu bice bitandukanye by'Isi bawuguze ku bwinshi bituma aca agahigo ko kugurisha imyenda myinshi mu gihe gito cyane.

    Amafaranga Manchester United yatanze igura uyu rutahizamu ufatwa nka nimero ya mbere ku Isi, yayakubye kabiri mu masaha 12 gusa binyuze mu kugurisha umwambaro uyu mukinnyi azambara muri iyi kipe yakoreyemo amateka mu myaka yashize.

    Ku rubuga rwa Sky Sports no kuri app yayo, inkuru za Cristiano Ronaldo nizo zasomwe cyane ndetse no kuri Twitter yayo, posts za Ronaldo zagize miliyari y'abazikunze.

    Source : https://yegob.rw/cristiano-ronaldo-yongeye-guca-akandi-gahigo-kidasanzwe/

  • Abakinnyi 27 APR FC izajyana guhangana na Mogadishu City Club #rwanda #RwOT

    Ikipe ya APR FC irerekeza muri Djibouti mu rukerera rwo ku wa Kane(ejo) aho iri bube igiye gukina umukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League na Mogadishu City Club.

    Umutoza w’iyi kipe, Adil Erradi Mohammed akaba yahisemo guhagurukana abakinnyi 27 azifashisha kuri uyu mukino, bivuze ko ari abakinnyi bayo bose uretse Byiringiro Lague wagiriye imvune mu ikipe y’igihugu.

    Muri aba bakinnyi kandi harimo na Ruboneka Bosco utazakina uyu mukino kubera imvune.

    Uyu mukino biteganyijwe ko uzaba tariki ya 12 Nzeri muri Djibouti kuko iyi kipe yo muri Somalia igihugu cyayo harimo umutekano muke.

    Biteganyijwe inyura Addis Ababa muri Ethiopia mbere y’uko bafata urugendo rwerekeza muri Djibouti.

    Abakinnyi APR FC ijyana

    Hertier Ahishakiye
    Ishimwe J. Pierre
    Kenesi Armel
    Mutabaruka Alexendre
    Ombolenga Fitina
    Niyomugabo Claude
    Ndayishimiye Dieudonne
    Ngabonziza Gylain
    Rwabuhihi Aime Placide
    Nsabimana Aimable
    Karera Hassan
    Buregeya Prince
    Mugisha Bonheur
    Nsengiyumva Ilshade Parfait
    Ruboneka Bosco
    Manishimwe Djabel
    Nsanzimfura Keddy
    Ishimwe Annicet
    Itangishaka Blaise
    Nizeyimana Djuma
    Mugisha Gilbert
    Kwitonda Allain
    Tuyisenge Jacques
    Mugunga Yves
    Nshuti Innocent
    Bizimana Yannick
    Nshimiyimanayunusu

    Abagize Staff

    Mohammed Adil Erradi(
    Neffati Jamel Eddine
    Haji Taeb Hassan
    Mugabo Alex
    Maj. Guillaume Rutayisire
    Capt. Ernest Nahayo
    Capt. Twagirayezu Jacques
    Nshimiyimana Steven
    Habumugisha Ernest

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/abakinnyi-27-apr-fc-izajyana-guhangana-na-mogadishu-city-club