Tag: Imikino

  • Uwayezi wari umunyamabanga mukuru wa FERWAFA yeguye ku mirimo ye #rwanda #RwOT

    Uwayezu François Régis wari umaze imyaka 3,ari umunyamabanga mukuru w'ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru(FERWAFA) yeguye mu nshingano ze kubera impamvu ze bwite

    Mu ibaruwa yagiye hanze uyu munsi,Bwana Uwayezu yavuze ko afashe uyu mwanzuro kubera impamvu ze bwite ndetse ko italiki ya nyuma yo kuba mu biro ari kuwa 12 Ukwakira 2021 ibi bivuze ko yatanze ukwezi kw'integuza.

    Uwayezu w'imyaka 38 ufite impamyabumenyi y'icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu masomo y'imari n'ubutegetsi, yargeze muri FERWAFA muri Gicurasi 2018.

    Yari amaze imyaka irindwi ari Umuyobozi ushinzwe imari n'ubutegetsi mu kigo cy'Inteko Nyarwanda y'Ururimi n'Umuco (RALC ) ndetse yigeze gukora no muri Minisiteri y'Umutekano ikibaho.

    Kuva mu 2017, yari ari muri Komisiro ya Siporo ya bose muri Komite Olempike ndetse akaba na Perezida wungirije mu Ishyirahamwe ry'abatoza mu Rwanda. Afite n'impamyabushobozi y'ubutoza ya UEFA Licence B yakuye i Koblenz mu Budage mu 2010.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/uwayezi-wari-umunyamabanga-mukuru-wa-ferwafa-yeguye-ku-mirimo-ye

  • Uwayezu Regis wari umunyamabanga wa FERWAFA y… – #rwanda #RwOT

    Uwayezu Regis wari umaze imyaka itatu n’igice muri iyi nzu ikorere i Remera, kuri uyu mugoroba yandikiye ibaruwa umuyobozi wa FERWAFA, Niyezimana Olivier, amumenyesha ko yeguye ku mirimo ye.

    Regis yasezeye ku nshingano zo kuba umunyamabanga wa FERWAFA 

    Mu ibaruwa ye yagize ati: “Nsezeye ku mirimo yo kuba umunyamabanga wa FERWAFA”. Yakomeje avuga impamvu yeguye. Yagize ati: “Iki cyemezo nkifashe nshingiye ku mpamvu zanjye bwite, nkaba ngiye kumara ukwezi ndi mu nshingano kugira ngo FERWAFA ibe yitegura. Umunsi wanjye wa nyuma mu kazi ni tariki 12 Ukwakira 2021.”

    Uwayezu Regis kandi, akomeza ashimira FERWAFA amahirwe yamuhaye, ndetse n’ibihe byiza yagiriyemo ubwo yari umunyamabanga kuva mu 2018, kugeza ubu yeguye.

    Umwanya w’Ubunyamabanga muri FERWAFA ntutorerwa, bivuze ko Komite nshya ya FERWAFA iheruka kujyaho, igomba gushaka umusimbura wa Uwayezu Regis.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109441/uwayezu-regis-wari-umunyamabanga-wa-ferwafa-yatanze-umwanya-109441.html

  • Volleyball:U Rwanda rwatangiye igikombe cy'Afurika rutsinda Maroc #rwanda #RwOT

    Uyu munsi nibwo hatangiye imikino y'igikombe cya Afurika mu bagore,aho ikipe y'u rwanda yitwaye neza itsinda Maroc yaherukaga guhemukira u Rwanda mu bagabo.

    Iyi mikino izabera muri Kigali Arena,aho U Rwanda rwisanze mu itsinda A kumwe na Senegal, Morocco na Nigeria.

    Iseti ya mbere u Rwanda rwayirangije rutsinze amanota 25-19.Iseti ya kabiri yarangiye u Rwanda ruyitsinze ku manota 25-18.

    Mu iseti ya 3, amakipe yombi yahatanye cyane bigera ubwo anganya amanota 24-24 byatumye bagenda bimura imibare yo gutsindiraho,Maroc itsinda ku manota 34-32.

    Ibi byahaye umukoro u Rwanda,rukina seti ya 4 rwariye karungu ndetse ruza kuyitsinda ku manota 25-22 ndetse biruhesha guhorera ikipe y'abagabo yananiwe kugera muri 1/2 ihemukiwe na Maroc yayitsinze amaseti 3-0.

    Umutoza w'u Rwanda, Paulo ukomoka muri Brazil, akabayarafashije u Rwanda kubona abakobwa bane bahawe ubwenegihugu baturutse muri Brazil bafite impano idasanzwe

    Abo ni; Aline Siqueira, Apolinario Caroline Taina, Mariana Da Silva na Moreira Bianca Gomes bose bakaba bari babanje mu kibuga biyongereyeho Uwamahoro Beatrice na Mukandayisenga Benitha.

    Aba banya Brazil bagaragaje ko bari ku rwego rwo hejuru kuko aribo bafashije u Rwanda kuva mu nzara za Maroc ndetse bashimangira ko u Rwanda rukeneye abanyamahanga mu rwego rwo kuzamura imikinire yarwo.

    Mu yindi mikino yabaye kuri uyu munsi wa mbere, umukino wo mu Itsinda B wari uryoheye ijisho wahuje Cameroun ifite igikombe giheruka na Kenya imaze kwegukana kenshi iri rushanwa ry'abagore. Cameroun yatsinze amaseti 3-0 (25-20, 25-21 na 25-19).

    Nigeria yatsinze Sénégal amaseti 3-0 (25-16, 25-18, 25-22) mu Itsinda A mu gihe u Burundi bwatsinzwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo amaseti 3-0 (18-25, 15-25, 13-25) mu Itsinda B.

    Ejo u Rwanda ruzakina na Nigeria saa Sita,mu gihe Morocco izakina na Senegal.



    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/volleyball-u-rwanda-rwatangiye-igikombe-cy-afurika-rutsinda-maroc

  • Imbunda ibonye imbarutso, Bugesera FC yasinyi… – #rwanda #RwOT

    Sadick Sulley w’imyaka 21 yari amaze umwaka mu Rwanda akinira ikipe ya Espoir ibarizwa i Rusizi, ndetse anayifasha kwitwara neza muri shampiyona yarangiye ubwo Espoir FC yasorezaga ku mwanya wa gatatu.


    Sadick Sulley yasinye imyaka ibiri muri Bugesera FC 

    Nyuma y’ibiganiro byari bimaze iminsi, hagati ya Espoir FC uyu musore yakiniraga ndetse na Bugesera FC, kuri iki gicamunsi amakipe yombi yaje kwemeranywa ko Bugesera FC igura amasezerano y’umwaka umwe Sadick yari asigaranye, ubundi uyu musore akerekeza i Burasirazuba bw’u Rwanda.


    Umunyamabanga wa Bugesera Sam Karenzi ari mu gikorwa cyo gusinyisha Sadick Sulley

    Ku masezerano y’imyaka ibiri, Sadick Sulley yasanze muri Bugesera undi musore w’umunya-Ghana, Muniru Abdoul, bagiye kujya bashakana ibitego nk'uko babikoraga muri Ghana, mu ikipe ya Leoze FC. Sadick Sulley mu mwaka yari amaze muri Espoir FC, yakinnye imikino 11 atsinda ibitego bitanu, anatanga imipira itanu ivamo ibitego.

    Manager Emmy Fire niwe n’ubundi wagurishije Sadick Sulley nyuma ya Muniru


    Sadick ati: 'Ndi Bugesera' 

    Sulley afite imyaka 21 y’amavuko

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109436/imbunda-ibonye-imbarutso-bugesera-fc-yasinyishije-sadick-sulley-imukuye-muri-espoir-fc-ama-109436.html

  • APR FC yananiwe gutsinda ikipe yo muri Somalia mu mikino ya CAF #rwanda #RwOT

    Kubera ko muri Somalia hari umutekano muke,APR FC yasuriye Mogadishu City Club muri Djibouti banganya 0-0 bituma bamwe mu bakunzi b'umupira bayiha urw'amenyo.

    APR FC yagiye gukina uyu mukino idafite bamwe mu bakinnyi bayo, Ruboneka Bosco na Byiringiro Lague kubera imvune ndetse idafite umutoza wayo mukuru, Mohammed Adil Erradi wahagaritswe na CAF kubera ko adafite ibyangombwa byemewe.

    Muri uyu mukino watojwe n'Umunya-Tunisia umwungirije Jamel Eddine Neffati,APR FC yabuze amahirwe yo gutsinda ibitego ariko igerageza kwitwara neza ntiyinjizwa na kimwe.

    Nta buryo bukomeye bugana mu izamu amakipe yombi yabonye mu gice cya mbere, uretse umupira watewe na Omborenga Fitina mu minota y'inyongera, ariko na wo uca ku ruhande nyuma yo gukorwaho n'umukinnyi wa Mogadishu City Club.

    APR FC ntiyashoboye kubona igitego mu gice cya kabiri gusa hari umupira watewe na Bizimana Yannick uca ku ruhande rw'izamu rya Mogadishu.

    Umukino warangiye ari 0-0, umukino wo kwishyura uzaba tariki ya 19 Nzeri 2021, ubere i Kigali mu Rwanda.

    Ikipe izakomeza hagati yazo izahura na Etoile du Sahel yo muri Tunisia mu ijonjora rya kabiri rizakinwa mu Ukwakira.

    Abakinnyi APR FC yabanje mu kibuga: Ishimwe Jean Pierre, Omborenga Fitina, Niyomugabo Claude, Buregeya Prince, Karera Hassan, Mugisha Bonheur, Rwabuhihi Aimé Placide, Bizimana Yannick, Mugisha Gilbert, Manishimwe Djabel na Tuyisenge Jacques (c).

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/apr-fc-yananiwe-gutsinda-ikipe-yo-muri-somalia-mu-mikino-ya-caf

  • Umunyamabanga wa FERWAFA yeguye ku nshingano ze nyuma y’imyaka 3 #rwanda #RwOT

    Uwayezu François Regis wari umunyamabanga wa FERWAFA yeguye ku nshingano ze nyuma y’imyaka 3.

    Muri Gicurasi 2018 nibwo Regis yagizwe umunyamabanga wa FERWAFA, hari ku ngoma ya Rtd Brg Gen Sekamana Jean Damascene.

    Nyuma y’uko Sekamana Jean Damascene yeguye muri Mata uyu mwaka, ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru nibwo inkuru y’uko Regis yeguye ku mpamvu ze bwite yamenyekanye.

    Ubwo ISIMBI yageragezaga kuvugana na Regis Uwayezu kuri ubu bwegure bwe ntabwo yigeze yifuza kuvuga byinshi, yavuze ko ari ku mpamvu ze bwite nk’uko twabibonye.

    Ubwo yari kuri uyu mwanya, Regis ntabwo yagiye yumvikana na bamwe mu banyamuryango ba FERWAFA bishingiye ku byemezo bimwe na bimwe byafatwaga na Komite Nyobozi y’iri shyirahamwe.

    Uretse ibi kandi, amakuru avuga ko yigeze gusa n’utumvikana na MINISPORTS, aho FERWAFA yo yari yafashe umwanzuro wo kutongerera umutoza w’ikipe y’igihugu, Mashami Vincent amasezerano, ni nyuma yo kudashima umusaruro we.

    Ibi ntibyaje gukunda kuko yaje kongererwa amasezerano ku mbaraga za Minisiteri ya Siporo, ibintu atashimiye kimwe n’abandi bo muri FERWAFA. Yari umugabo uzwiho gufata ibyemezo bikomeye ubundi akirengera ingaruka.

    Uwayezu Regis w’imyaka 38, afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu masomo y’imari n’ubutegetsi, yari amaze imyaka irindwi ari Umuyobozi ushinzwe imari n’ubutegetsi mu kigo cy’Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco (RALC ) ndetse yigeze gukora no muri Minisiteri y’Umutekano ikibaho.

    Kuva mu 2017 yari ari muri Komisiro ya Siporo ya bose muri Komite Olempike ndetse akaba na Perezida wungirije mu Ishyirahamwe ry’abatoza mu Rwanda. Afite n’impamyabushobozi y’ubutoza ya UEFA Licence B yakuye i Koblenz mu Budage mu 2010.

    Uwayezu Regis yeguye ku nshingano ze

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/umunyamabanga-wa-ferwafa-yeguye-ku-nshingano-nyuma-y-imyaka-3

  • Bahoreye basaza babo! U Rwanda rw’amasura mashya rwatangiye igikombe cy’Afurika rutsinda Morocco(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mukino wa Volleyball mu bagore yatangiye igikombe cya Afurika itsinda Morocco amaseti 3-1.

    Iki gikombe cya Afurika mu bagore, cyatangiye uyu munsi nacyo kirimo kubera muri Kigali Arena nk’aho icy’abagabo kirimo kubera.

    U Rwanda rwisanze mu itsinda A kumwe na Senegal, Morocco na Nigeria.

    Nyuma y’uko tombola igaragaje ko u Rwanda rugomba guhera Kuri Morocco, benshi bibazaga niba bari buze guhorera basaza babo baraye basezerewe na Morocco muri 1/4 n’ubundi mu gikombe cy’Afurika.

    Umutoza w’u Rwanda, Paulo ukomoka muri Brazil, akaba yari yifashishije abakobwa bane bahawe ubwenegihugu baturutse muri Brazil.

    Abo ni; Aline Squeira A., Moreira Gomes B., Apolonario Caroline na Mariana Da Silva B., bose bakaba bari babanje mu kibuga.

    Ni abakobwa bafashije u Rwanda cyane nka Mariana wari passeur wanafashaga mugukora block.

    Ibi byaje kubafasha kwegukana iseti ya mbere ku manota 25-19 ya Morocco.

    Iseti ya kabiri inkumi z’u Rwanda zongeye gukora akazi gakomeye abarimo Benitha wakoraga ‘service’ z’imipira ikomeye, bibafasha kwegukana n’iyi seti ku manota 25-18 ya Morocco.

    Iseti ga gatatu, amakipe yombi yazamukanye ariko bigeze ku inota rya 16, Morocco isiga u Rwanda.

    Nyuma y’uko igize amanota 23 u Rwanda rufite 20, rwayizamukanye bose bagira amanota 24-24, byari bivuze ko iseti itsindirwa ku manota 26 kuko ntabwo ishobora gutsindwa nta kinyuranyo cy’amanota 2 kirimo, nabyo ntibyaje gukunda kuko buri kipe yatsindaga inota indi iryishyura, iseti yaje kwegukanwa na Morocco ku manota 34 kuri 32 y’u Rwanda.

    U Rwanda rwaje gutsinda iseti ya 3 ku manota 25-22, rwegukana umukino ku maseti 3-1.

    Undi mukino wo muri iri tsinda wabaye, Nigeria yatsinze Senegal amaseti 3-0. Ejo u Rwanda ruzakina na Nigeria mu gihe Morocco izakina na Senegal.

    Aline umwe mu bakinnyi bafashije u Rwanda

    Aline yumva impanuro z’umutoza

    Mariana Da Silva uhagaze neza, agerageza gupasa umupira

    Caroline yitegura kurivura

    Aline na Bianca

    Benitha na Caroline bajya kuri block babuze abanya-Moroc gutsinda

    Nkundamatch w’i Kirinda yari yaje gushyigikira u Rwanda

    Rujugiro na we yari yaje gushyigikira u Rwanda

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/bahoreye-basaza-babo-u-rwanda-rw-amasura-mashya-rwatangiye-igikombe-cy-afurika-rutsinda-morocco-amafoto

  • Abanya-Brazil 4 muri 14 mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatangiye igikombe cy’Afurika(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa Volleyball yatangiye igikombe cya Afurika irimo amasura mashya y’abakobwa 4 baturuka muri Brazil ni muri 14 bazifashishwa muri iri rushanwa.

    Iki gikombe cya Afurika kikaba kirimo kubera mu Rwanda guhera uyu munsi ku Cyumweru, ni mu gihe icy’abagabo cyatangiye ku wa Kabiri w’iki cyumweru.

    Mu bakinnyi 14 bazifashishwa muri iri rushanwa, harimo abakinnyi 4 bakomoka muri Brazil bahawe ubwenegihugu.

    Abo ni; Aline Squeira A., Moreira Gomes B., Apolonario Caroline na Marina Da Silva B.

    Abakinnyi bose bazitabazwa muri iri rushanwa ni;

    Aline Squeira A., Moreira Gomes B., Apolonario Caroline, Mariana Da Silva B., Akimana Ernestine, Munezero Valentine, Uwiringiyimana Albertine, Dusabe Flavia, Mukantambara Seraphine, Mukandayisenga Benitha, Nzamukosha Olive, Musaniwabo Hope, Nzayisenga Charlotte na Uwamahoro Beatrice.

    Moreira Gomes Bianca, ni mushya mu ikipe y’igihugu

    Mariana Da Silva(6), akomoka muri Brazil

    Apolonario Caroline(ugiye gutera umupira) na Mariana, bose bakomoka muri Brazil

    Apolonario Caroline

    Aline Squeira A.

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/abanya-brazil-4-muri-14-mu-ikipe-y-igihugu-y-u-rwanda-yatangiye-igikombe-cy-afurika-amafoto

  • APR FC yatangiye nabi imikino Nyafurika #rwanda #RwOT

    Ibitari byitezwe n’abakunzi ba APR FC nibyo byabaye inganya umukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League na Mogadishu City Club yo muri Somalia 0-0.

    Ni umukino wabaye ku gicamunsi yo kuri iki Cyumweru ubera muri Djibouti kuko muri Somalia hari umutekano muke.

    APR FC yagiye gukina uyu mukino idafite bamwe mu bakinnyi bayo, Ruboneka Bosco na Byiringiro Lague kubera imvune.

    Aba bakaba biyongeraga ku mutoza mukuru w’iyi kipe, Mohammed Adil Erradi udafite ibyangombwa byo gutoza aho umukino watojwe n’Umunya-Tunisia Jamel Eddine Neffati.

    Bitewe n’amateka ya ntayo y’ikipe ya Mogadishu City Club mu mikino Nyafurika, benshi bakekaga ko umukino uri bworohere APR FC ariko siko byagenze.

    Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye nta mahirwe akomeye impande zombi zabonye.

    Mu gice cya kabiri cy’umukino, APR FC iba yabonye igitego ariko umupira Yannick Bizimana yateye mu izamu uca iruhande rwaryo.

    Umukino warangiye ari 0-0, umukino wo kwishyura uzaba tariki ya 19 Nzeri 2021, ubere i Kigali mu Rwanda.

    Abakinnyi 11 impande zombi zitabaje

    APR FC: Ishimwe Jean Pierre, Omborenga Fitina, Niyomugabo Claude, Buregeya Prince, Karera Hassan, Mugisha Bonheur, Rwabuhihi Aimé Placide, Bizimana Yannick, Mugisha Gilbert, Manishimwe Djabel na Tuyisenge Jacques (c).

    Mogadishu CC: Kimera Ali, Ciise (c), Baanuu, Stephane, Willic, Ali, Mika, Catoosh, Santoos, Majiid, Olivier.

    11 ba APR FC babanjemo

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/apr-fc-yatangiye-nabi-imikino-nyafurika

  • Manchester yashimye Burna Boy warebye umukino… – #rwanda #RwOT

    Burna Boy ni umwe mu bitabiriye umukino w’amateka, kuko wari uwa mbere Cristiano Ronaldo agaragayemo, kuva yakiyemeza kujya gutanga ibyishimo na none muri shampiyona y’ubwongereza, by’umwihariko ‘Old Traford’.

    Ukaba wahuje Manchester United na Newcastle, bikarangira intsinzi ibaye iy’ikipe y’ibigwi, yihanije Newcastle ikayitsinda ibitego 4 kuri 1. Nyuma y’intsinzi, bagaragaje ko batewe ishema no kuba Burna Boy yaje kubashyigikira.

    Burna Boy yari yibereye muri ‘Old Traford’ akurikiranye yambaye umupira wa Manchester United

    Burna amaze iminsi ku mugabane w’u Burayi mu gihugu cy’u Bwongereza, aho yageze mu matariki yo hagati muri kanama, mu myiteguro y’igitaramo kitabiriwe bitangaje yakoreye mu nzu ngali y’imyidagaduro ya O2 Arena muri London.

    Kuri ubu aritegura kwerecyeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho afite ibitaramo binyuranye. Burna Boy siwe muhanzi wenyine ufite ibitaramo bizenguruka isi mu bahanzi ba Africa.

    Wizkid nawe aritegura kujya mu Bwongereza mu mpera z’uyu mwaka, Diamond Platnumz nawe ategerejwe muri uku kwakira mu bitaramo binyuranye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Guhera kuri 04 Nzeri 2021, Harmonize nawe ari mu batangiye ibitaramo bizenguruka Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho azava yerecyeza muri Canada, kimwe mubyo azakorerayo akazagihuriramo na Bruce Melodie.

    Harmonize azahava yerecyeza ku mugabane w’i Burayi, akazasoreza muri Africa mu gihugu cya Sierra Leone mu ntangiriro z’umwaka utaha.

    Burna Boy mu gitaramo aheruka gukora cy’amateka muri London yamanukiye mu gisa nk'icyogajuruIgitaramo cya Burna Boy cyari amateka mu Bwongereza cyaritabiriwe birenze

    Burna Boy ari mu kwitegura kwerecyeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho afite ibitaramo ahantu hanyuranye uhereye muri Hollywood Bowl

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109432/manchester-yashimye-burna-boy-warebye-umukino-wayihuje-na-new-castle-109432.html