Tag: Imikino

  • Volleyball: Ikipe y'u Rwanda y'abagore yageze muri 1/2 cya shampiyona y'Afurika bwa mbere mu mateka #rwanda #RwOT

    U Rwanda rwitabaje abakobwa 4 b'abanya Brazil bakomeye,rwatsinze uyu mukino utari woroshye,rwerekeza muri 1/2 cy'iyi mikino iri kubera muri Kigali Arena.

    U Rwanda rwatsinze Nigeria amanota 25 – 22 mu iseti ya mbere y'uyu mukino wa kabiri wari ishyiraniro.

    Iseti ya kabiri u Rwanda rwayegukanye rutsinze Nigeria amanota 25 – 23 mu gihe iya 3 yari igoye cyane Nigeria yagerageje kuzamura amanota ariko birangira itsinzwe kuri 25-23 nyuma y'amanota akenewe yakozwe na Aline Siqueira na Bianca Gomes.

    U Rwanda ruyobowe na Bianca Moreira Gomes uri gukora amanota akenewe cyane muri iyi mikino ndetse afite ubuhanga mu kuyobora bagenzi be.

    Muri ½ kizakinwa ku wa Gatandatu, u Rwanda ruzahura n'ikipe izaba iya kabiri mu Itsinda B rigizwe na Cameroun, Kenya, Tunisia, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Indi mikino yabaye kuri uyu wa Mbere ni iyo mu Itsinda B aho Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatsinzwe na Kenya amaseti 3-0 (11-25, 12-25, 19-25) mu gihe Tunisia yatsinzwe na Cameroun amaseti 3-0 (15-25, 18-25, 17-25).

    Ikipe y'u Rwanda izongera gukina ku wa Gatatu ihura na Sénégal ifite urugamba rwo kwisobanura na Maroc muri iri tsinda A guhera saa Munani ku munsi w'ejo.

    Mu bagabo,Tunisia igiye kongera guhurira na Cameroun ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika cya Volleyball mu bagabo nkuko byagenze muri 2019.

    Tunisia ifite irushanwa riheruka, yabigezeho itsinze Misiri amaseti 3-1 muri Kigali Arena mu gihe Cameroun yatsinze Maroc amaseti 3-2 mu mukino wa 1/2 wabanje.Umukino wa nyuma ni kuri uyu wa Kabiri.






    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/volleyball-ikipe-y-u-rwanda-y-abagore-yageze-muri-1-2-cya-shampiyona-y-afurika

  • Mo Salah ararya isataburenge Drogba nyuma yo… – #rwanda #RwOT

    Ku mupira waturutse kwa Trent Alexander-Arnold, ku munota wa 20, Mohamed Salah yatsinze igitego cya 100 muri Premier League, mu mukino Liverpool yatsinzemo Leeds United ibitego 3-0, biyifasha kuguma ku ruhembe rw'amakipe ayoboye andi muri Premier League uyu mwaka.

    Uretse Salah wafunguye amazamu ku munota wa 20, Fabinho yatsinze icya kabiri ku munota wa 50, naho Sadio Mane atsinda icy'agashinguracumu ku munota wa 90, umukino urangira Liverpool yegukanye amanota Atatu ku ntsinzi y'ibitego 3-0.

    Uyu munya-Misiri wujuje ibitego 100 muri Premier League, yakoze amateka yo kuba umukinnyi wa kabiri ukomoka muri Afurika utsinze ibitego byinshi muri shampiyona y'u Bwongereza, nyuma y'umunya-Cote d'Ivoire Didier Drogba watsinze ibitego 104 muri iyi shampiyona ikurikirwa na benshi kuruta izindi ku Isi.

    Mu bitego 100 Salah yatsinze muri Premier League, harimo 98 yatsindiye Liverpool na bibiri yatsindiye Chelsea atamazemo igihe kirekire. Salah ukomeje kwigaragaza cyane muri Premier League, amaze gukina imikino 163, akaba yaratsinze ibitego 100, atanga imipira 36 yavuyemo ibitego.

    Uyu mukinnyi ufatiye runini ubusatirizi bwa Liverpool, amaze kwegukana ibihembo bitandukanye muri iyi shampiyona, birimo urukweto rwa zahabu ruhabwa umukinnyi watsinze ibitego byinshi mu mwaka w'imikino, akaba yararuhawe inshuro ebyiri. Yegukanye igihembo cy'umukinnyi w'umwaka, akaba kandi yaregukanye igihembo cy'umukinnyi mwiza w'ukwezi inshuro eshatu.

    Salah afite amahirwe yo kuzaca agahigo k'umukinnyi w'umunyafurika uzatsinda ibitego byinshi muri Premier League, kubera ko agifite igihe kirekire cyo gukina muri iyi shampiyona kandi akaba akomeje gutsinda umusubirizo.

    Mo Salah yatsinze igitego cya 100 asatira Drogba ku mwanya yicayeho

    Salah afite amahirwe menshi yo kuzaba Umunyafurika watsinze ibitego byinshi muri Premier League

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109484/mo-salah-ararya-isataburenge-drogba-nyuma-yo-gutsinda-igitego-cya-100-muri-premier-league-109484.html

  • Umwaka udasanzwe kuri Arsenal byasabye iminot… – #rwanda #RwOT

    Mu mpera z'icyumweru twasoje, shampiyona y'u Bwongereza yari yakomeje hakinwa umukino w'umunsi wa Kane, amakipe hafi ya yose akomeye yabonyemo intsinzi ndetse na Arsenal yari imaze imikino itatu nta ntsinzi, yewe nta n'igitego, byose bibonekera rimwe.

    Mu mikino itatu ya mbere muri Premier League uyu mwaka, Arsenal yayitsinzwe yose, yinjizwa ibitego 9, mu gihe yo nta gitego yigeze yinjiza, ibintu byari bishya kuri iyi kipe ifite amateka aremereye i Burayi.

    Uyu musaruro mubi watumye havuka umwuka mubi muri iyi kipe, ndetse umutoza wayo Mikel Arteta atangira kubarirwa imikino, nayitsindwa akazirukanwa.

    Umukino wa Kane muri shampiyona Arsenal yakinnye wari umwe mu yo uyu mutoza yasabwe gutsinda, byamunanira ikaba imwe mu ntambwe zizamusohora Emirates.

    Mu mukino wakinwe ku wa Gatandatu tariki ya 11 Nzeri 2021 wahuje Arsenal yari yakiriye Norwich City bakurikiranaga ku rutonde rwa shampiyona ku kibuga Emirates, iminota 45 y'igice cya mbere yarangiye amakipe yombi anganya 0-0.

    Ku munota wa 66' ku mupira wari uvuye kwa Nicolas Pepe, umunya-Gabon, Pierre Emerick Aubameyang yatsindiye Arsenal igitego cy'amateka, cyahinduye byinshi ku buzima bw'iyi kipe.

    Iminota 90 y'umukino yarangiye Arsenal yegukanye amanota atatu ku ntsinzi y'igitego 1-0.

    Arsenal yabonye igitego cya mbere muri Premier League y'uyu mwaka ku munota wa 336, bivuze ko mu minota 335 yari imaze mu kibuga yinjijwe 9, ariko nta gitego yari yaratsinze.

    Arsenal yatsinze umukino wa mbere muri uyu mwaka w'imikino wa 2021/22 muri Premier League, ari na ko yabonaga amanota ya mbere muri iyi shampiyona ikunzwe kurusha izindi ku Isi.

    Nyuma yo gutsinda Norwich 1-0, Arsenal yavuye mu murongo utukura w’amakipe yamanuka mu cyiciro cya kabiri, irazamuka yicara ku mwanya wa 16, aho ifite amanota atatu, ikiba irimo umwenda w’ibitego 8.

    Andi makipe akomeye yose yabonye amanota atatu ku mukino w'umunsi wa Kane muri shampiyona y'u Bwongereza, uretse Tottenham yatsinzwe na Crystal Palace ibitego 3-0.

    Aubameyang yatsinze igitego cyahinduye ubuzima bwa Arsenal muri uyu mwaka w’imikino

    Aubameyang watsinze igitego na Pepe wamuhaye umupira

    Umutoza Mikel Arteta ari mu bihe bikomeye bishobora kumwirukanisha muri Arsenal

    Arsenal yavuye mu makipe ashobora kumanuka mu cyiciro cya kabiri

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109466/umwaka-udasanzwe-kuri-arsenal-byasabye-iminota-336-igatsinda-igitego-cya-mbere-muri-premie-109466.html

  • U Rwanda rugeze muri 1/2 cy’igikombe cy’Afurika nyuma yo gutsinda Nigeria #rwanda #RwOT

    Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mukino wa Volleyball mu bagore yatsinze Nigeria amaseti 3 ku busa ihita igera muri 1/2 cy’igikombe cy’Afurika.

    Kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 hakinwaga umunsi wa kabiri w’igikombe cy’Afurika mu bagore muri Volleyball kirimo kubera mu Rwanda aho mu itsinda A u Rwanda rwakinaga na Nigeria.

    U Rwanda rwatangiye iseti ya mbere neza rutsinda amanota 25-22. Iseti ya kabiri nayo u Rwanda rwaje kuyitwara ku manota 25-23.

    Inkumi z’u Rwanda zari zamaje kwinjira mu mukino, zatsinze n’iseti ya gatatu ku manota 25-23. U Rwanda ruzasoza itsinda rukina na Senegal tariki ya 16 Nzeri, ruharanira kuzamuka ari u rwa mbere.

    Aline yafashije u Rwanda cyane

    Hope yazamutse gukora block

    Mariana agerageza gupasa umupira

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/u-rwanda-rugeze-muri-1-2-cy-igikombe-cy-afurika-nyuma-yo-gutsinda-nigeria

  • Volleyball: U Rwanda rwatsinze Nigeria rwongera kwisanga mu ntambara na Uganda mu gushaka umwanya wa 5 mu gikombe cy'Afurika #rwanda #RwOT

    U Rwanda rwatsinze Nigeria amaseti 3-0, mu mikino yo guhatanira imyanya kuva ku wa gatanu kugeza ku wa munani mu Gikombe cya Afurika cy'Abagabo.

    Nyuma yo gusezererwa muri ¼ cy'iyi Shampiyona Nyafurika yahuje ibihugu 16 mu bagabo, u Rwanda na Nigeria byahuriye mu mukino wo guhatanira kuva ku mwanya wa gatanu kugeza ku wa munani.

    Muri uyu mukino wabereye muri Petit Stade Amahoro i Remera kuri uyu wa Mbere, u Rwanda rwatsinze amaseti 3-0 ruhita rukatisha itike yo guhatana na Uganda mu gushaka uyu mwanya wa 5

    Uko amaseti yagenze:

    - Iseti ya 1: Rwanda 25 – 17 Nigeria
    - Iseti ya 2: Rwanda 25 – 22 Nigeria
    - Iseti ya 3: Rwanda 25 – 17 Nigeria

    Nyuma yo gutsinda uyu mukino, u Rwanda ruzakina na Uganda kuri uyu wa Kabiri.

    Uganda yo yabonye itike yo guhatanira umwanya wa gatanu nyuma yo gutsinda Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo amaseti 3-1 (23-25, 25-21, 25-23, 25-19) mu wundi mukino wabereye muri Petit Stade.

    U Rwanda na Uganda byari kumwe mu Itsinda A ry'iri rushanwabigiye kongera guhura nubwo u Rwanda rwatsinze Uganda bigoranye ku maseti 3-2.

    Igikombe cya Afurika cy'Abagabo cyagombaga gusozwa ku wa Gatatu, tariki ya 15 Nzeri 2021, ariko Impuzamashyirahamwe y'Umukino wa Volleyball muri Afurika (CAVB) yatangaje ko imikino ya nyuma izaba ku wa Kabiri.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/volleyball-u-rwanda-rwatsinze-nigeria-rwongera-kwisanga-mu-ntambara-na-uganda

  • Umutoza wa APR FC, Adil ashobora kutemererwa gutoza icyiciro cya mbere mu Rwanda #rwanda #RwOT

    Nyuma y’uko CAF igaragaje ko ibyangombwa by’uyu mutoza Adil Erradi wa APR FC bitemewe kuba yatoza amarushanwa Nyafuruka, ashobora no kwisanga atemerewe gutoza icyiciro cya mbere mu Rwanda.

    Umutoza Adil Erradi wa APR FC, ari ku rutonde rw’abatoza 29 batemerewe gutoza imikino Nyafurika(CAF Champions League na CAF Confederations Cup) ya 2021-22 nk’abatoza bakuru bitewe n’uko ibyangombwa byabo bitari ku rwego rwa CAF yifuza.

    Ubundi CAF igena ko umutoza mukuru mu mikino Nyafurika agomba kuba afite License A itangwa n’iyi mpuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika cyangwa akaba afite License y’ikirenga (License Pro) ituruka ku yindi migabane, ni mu gihe umutoza wungirije agomba kuba afite License B ya CAF.

    Ibi nibyo byagonze Adil kuko atari abifite maze umukino utozwa n’umutoza wungirije wa APR FC, umunya-Tunisia, Jamel Eddine Neffati ufite License B.

    Ubundi Adil Erradi Mohammed ukomoka muri Maroc, byavugwaga ko afite License A ya UEFA, gusa CAF yagaragaje ko uyu mutoza afite UEFA Advanced Diploma.

    UEFA Advanced Diploma ya Adil, ifite akahe gaciro?

    Ubundi itandukaniro rya Diploma na License, ni uko Diploma ari certificate uhabwa iyo usoje icyiciro cy’amasomo runaka usigaje kujya gukora ibyo wize(practice) kugira ngo ubone License urimo ukorera.

    Urugero nka UEFA ihera kuri Diploma C, iyo usoje amasomo mu buryo bwo mu ishuri(theory) no gushyira mu bikorwa ibyo wize(practice), ubona License C.

    Kugira ngo utangire gukorera Diploma B ni uko uba ufite License C. Niba umutoza arimo akorera License B, agomba guhera kuri Diploma B, akaba ari Certificate ahabwa nyuma yo gusoza amasomo mu ishuri(Theory), umutoza ahita yinjira mu cyiciro cya nyuma cy’isomo cyo gushyira mu bikorwa ibyo yize(practice) akabona guhabwa License B yakoreraga. Ibi ivuze ko Diploma ari icyiciro kimwe cy’amasomo umutoza akora kugira ngo abone lisence runaka, ntiwabona Ntiwabona License utarakoreye Diploma.

    Tugarutse kuri UEFA Advanced Diploma ya Adil Erradi, iyo urebye muri Diploma zitangwa na UEFA, k’urutonde ntigaragaraho, ku buryo byagorana no kumenya agaciro ifite.

    Reka tuvuge ko afite UEFA A Diploma kuko kuko license A yo ntayo afite, niyo diploma ya nyuma ukorera mbere yo kujya gukorera UEFA Diploma Pro ikorerwa n’uwamaze kubona License A ya UEFA.

    Aramutse afite A Diploma, byaba bivuze ko nta License A ya UEFA afite kuko hari igice cyayo atarakora kiyimuhesha cya 'Practice’, ubwo ahubwo muri License yaba afite UEFA License B.

    Iyo ugiye guhuza license za UEFA na CAF, byaba bivuze ko UEFA License B ari CAF License C. Iyi License ikaba itemewe ko umutoza yayitorezaho mu Rwanda muri shampiyona nk’umutoza mukuru.

    Bivuze ko Mohammed Adil Erradi yaba atemerewe gutoza mu cyiciro cya mbere muri shampiyona yo mu Rwanda nk’umutoza mukuru, kuko umutoza mukuru asabwa kuba afite License A cyangwa B cya CAF, ni mu gihe License ya Adil yo ifite agaciro ka License C ya CAF.

    Adil akaba amaze imyaka 2 atoza APR FC aho yayihesheje ibikombe bya shampiyona byose yatwaye adatsinzwe.

    Amaze imyaka 2 atoza APR FC

    License ye CAF yarayanze

    Ashobora kutemererwa gutoza muri shampiyona yo mu Rwanda

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/umutoza-wa-apr-fc-adil-ashobora-kutemererwa-gutoza-icyiciro-cya-mbere-mu-rwanda

  • Police FC yerekeje i Ngoma #rwanda #RwOT

    Ikipe y’abnashinzwe umutekano, Police FC yerekeje mu karere ka Ngoma aho igiye gukorera umwiherero w’ibyumweru bibiri yitegura shampiyona izatangira mu kwezi gutaha.

    Umutoza mushya wa Police FC, Francis Nuttall Elliot akaba yafashe abakinnyi berekeza Iburasirazuba kugira ngo babanze bajye mu mwuka wo gukina batari mu Mujyi wa Kigali.

    Iyi kipe ikaba igiye gukorera imyitozo i Ngoma aho izagaruka nyuma y’ibyumweru 2, aho bazahita bakomereza imyitozo ku kibuga cya Kicukiro bitegura shampiyona izatangira tariki ya 16 Ukwakira.

    Police FC ikaba irimo amasura mashya nka Hakizimana Muhadjiri, Nsabimana Eric Zidane, Danny Usengimana na Twizerimana Onesme.

    Police FC yerekeje muri Ngoma

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/police-fc-yerekeje-i-ngoma

  • Uwayezu wari umaze imyaka 3 ari Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA yeguye ku mpamvu bwite #rwanda #RwOT

    Ni ibarurwa yanditswe kuri iki Cyumweru tariki 12 Nzeri 2021, aho Uwayezu Francois Regis yandikiye Perezida wa FERWAFA, Mugabo Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa uyu mwanya.

    Iyi baruwa yo kwegura iragira iti 'Mbandikiye mbamenyesha ko neguye ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA. Ni umwanzuro nafashe ku giti cyange.'

    Iyi baruwa ikomeza ivuga ko kugira ngo abashe gusiga ibintu mu buryo yazakora ukwezi kumwe ku buryo yazahagarika inshingano ze tariki 13 Ukwakira 2021.

    Uwayezu Francois Regis yashimye igihe cy’imyaka itatu yari amaze muri FERWAFA, yongeraho ko mu gihe yazakenerwa bazamwegera agatanga umusanzu.

    Ati 'Nejejwe n’igihe cy’imyaka itatu namaze nkora muri FERWAFA. Uburyo nafashijwe byatumye nzamura urwego rwange. Niteguye guhererekanya ububasha nyuma yo kwegura, kandi ntimuzatinye kunyegera mu gihe cyose naba hari uburyo nafasha.'

    Yashoje ibaruwa ye ashimira ko bumvise ubusabe bwe. Ni ibaruwa yamenyeshejwe na komite nyobozi ya FERWAFA.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imikino/article/Uwayezu-wari-umaze-imyaka-3-ari-Umunyamabanga-Mukuru-wa-FERWAFA-yeguye-ku-mpamvu-bwite